Category: Uncategorized

  • Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w'intebe Bunyoni #rwanda #RwOT

    Umunyarwanda yagize ati 'Nta bihanga bibiri bitekerwa mu nkono imwe'. Kuri uyu munsi umwuka si mwiza hagati ya Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye na Minisitiri w'intebe ariko akaba ari ibintu bidatunguranye kuko n'ubundi Perezida Ndayishimiye yamushyizeho ku mwanya wa Minisitiri w'Intebe kugirango abashe kumwiyegereza.

    Mu Burundi, ntawe utaziko hari abayobozi bangana nubwo hari uwitwa Perezida hakaba na Minisitiri w'Intebe. Perezida Nkurunziza ashyigikiwe n'ingabo naho Bunyoni agashyigikirwa na Polisi dore ko yabaye na Minisitiri w'umutekano ufite Polisi mu nshingano ze.

    Abakurikiranira Politiki y'u Burundi hafi, barabona ko iri hangana hagati y'abagabo babiri rigejeje u Burundi aharindimuka nubwo n'ubundi butari buriho. Nubwo aba bagabo bombi bari muri CNDD FDD baratandukanye cyane kandi bose bararwanira ubutegetsi amaso bayahanze 2025. Bunyoni uzwiho kwigwiza umutungo, dore ko afite wenyine isoko ryo kwinjiza mu Burundi ifumbire igurwa na Leta n'abikorera, azwiho kubangamira cyane uburenganzira bwa muntu ndetse n'urukiko Mpanabyaha rwa La Haye rumukoraho iperereza naho Leta zunze ubumwe z'amerika zamushize ku rutonde rw'abatemerewe kwinjira muri icyo gihugu. Bunyoni kandi azwiho kwerekana umutungo we dore ko iyo yahaye umugore we impano, bihita bijya ku mbuga nkoranyambaga. Ibi byoyongera ku butagondwa bwe aho utari mu ishyaka CNDD FDD akwiye gupfa.

    Perezida Ndayishimiye atandukanye na Bunyoni aho bavuga ko yumvikana kurusha Busnyoni ariko ntanafate ibyemezo. Kuva mu bwana bwe Ndayishimiye yitwa 'Kirogorogo' kubera kuvuga ibyo abonye adatekereje. Gupingana hagati ya Ndayishimiye na Bunyoni byagaragaye cyane muri iyi minsi aho hari hateganyijwe inama nkuru ya CNDD kugirango haboneke uzasimbura Ndayishimiye ku mwanya w'Umunyamabanga Mukuru wiryo shyaka, ariko kuko batarumvikana ku izina ntabwo iyi nama iraba kugeza uyu munsi.

    Ubwo yarahiraga nka Perezida, Ndayishimiye yavuzeko abayobozi bakuru bose muri za minisiteri bagomba gusimbuzwa ariko bikaba bitarashyirwa mu bikorwa kuko abazabasimbura ntibarumvikanwaho nabo bagabo amezi atanu arashize.

    Mu minsi ishize, Perezida Ndayishimiye yatangaje ko abayobozi bakuru bose bagaragaza umutungo wabo naho wavuye, nyuma y'iminsi mike arigarura ati ntibarakunda neza kuko hari n'abamara icyumweru barondora imitungo yabo. Amakuru agera kuri Rushyashya nuko ari Bunyoni washyize igitutu kuri Ndayishimiye kuko ari mu baherwe u Burundi bufite muri iki gihe.

    The post Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w'intebe Bunyoni appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/intambara-iratutumba-hagati-ya-perezida-ndayishimiye-na-minisitiri-wintebe-bunyoni/

  • Uganda yasabye Google gufunga YouTube ya Bobi Wine #rwanda #RwOT

    Leta ivuga ko iyo miyoboro ikunze kunyuzwaho ibikorwa byo kwiyamamaza bya Bobi Wine yagize uruhare mu myigaragambyo yabaye mu kwezi gushize ihagitana abasaga 50.

    Iyo myigaragambyo yadutse ubwo Bobi Wine yatabwaga muri yombi, ashinjwa kunyuranya n’amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

    Ubuyobozi bwa Komisiyo ishinzwe itumanaho muri Uganda bwabwiye Bloomberg ko icyari kigenderewe atari ugufunga imiyoboro ya Bobi Wine, ahubwo ari ugufunga ikoreshwa mu bikorwa bibi.

    Mu ibaruwa Uganda yamenyesheje Google ko imiyoboro isabirwa gufungwa ikoreshwa mu bikorwa binyuranyije n’amategeko y’icyo gihugu.

    Tariki 14 Mutarama 2021 nibwo hateganyijwe amatora ya Perezida muri Uganda, aho Perezida Yoweri Museveni umaze imyaka isaga 30 ku butegetsi azaba ashaka indi manda.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Politiki/article/Uganda-yasabye-Google-gufunga-YouTube-ya-Bobi-Wine

  • Ntituze gutana mu mitsi nta mpamvu- Minisitiri Prof Shyaka #rwanda #RwOT

    Kuva ku wa Kabiri tariki 15 Ukuboza 2020, abanyarwanda batangiye kubahiriza ingamba nshya zashyizweho n’Inama y’Abaminisitiri yakajije amwe mu mabwiriza arimo amasaha abanyarwanda bagomba kuba bari mu rugo ndets n’abakora ingendo mu modoka rusange.

    Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuri uyu wa Gatatu, Ministiri Prof Shyaka yavuze ko ijoro ryakeye [ni ukuvuga ku munsi wa mbere wo kubahiriza izi ngamba nshya], abanyarwanda bitwaye nabi ugendeye ku mibare y’abafatiwe kurenga ku mabwiriza.

    Muri rusange abantu 2548 nibo bafashwe barengeje isaha ya saa tatu, mu gihe imodoka 128 arizo zafashwe zarenze kuri ayo mabwiriza yo gutaha saa tatu.

    Utubari tugera kuri 85 twafatiwemo abantu basaga 300, mu gihe abantu bafashwe batambaye neza agapfukamunwa ari 3000, mu gihe abafashwe batahanye intera ya metero ari 979.

    Minisitiri Prof Shyaka yavuze ko 'Ibi byose biraduha ishusho yuko kuri uyu musi wa mbere tutashyize ibintu mu buryo ibyo amabwiriza ateganya.'

    Yakomeje agira ati 'Ndasaba abanyarwanda bose rwose tutaza gutana mu mitsi nta mpamvu, amabwiriza turayazi,tuyubahirize tubashe gukumira iki cyorezo.'

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Ntituze-gutana-mu-mitsi-nta-mpamvu-Minisitiri-Prof-Shyaka

  • IGP Munyuza yasuye ishuri rya Polisi rya Zambia #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    IGP Munyuza yasuye ishuri rya Polisi rya Zambia
    IGP Munyuza yasuye ishuri rya Polisi rya Zambia

    Ubwo yasuraga iri shuri rikuru rya Polisi, IGP Munyuza yaherekejwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri iki gihugu, Ambasaderi Amandin Rugira.

    Iri shuri rya Polisi ryigisha amasomo ya kinyamwuga ajyanye n’uko abapolisi bubahiriza amategeko n’inshingano zabo, imyitozo ngororamubiri n’uko bakoresha intwaro, imyitwarire n’imikorere y’abapolisi ndetse n’uko bahosha imyigaragambyo.

    Ikindi kandi iri shuri rifite umutwe w’abapolisi uhora witeguye gutabara ahari ibibazo by’umutekano.

    Amahugurwa ni kimwe mu bikubiye mu masezerano y’ubufatanye abayobozi ba Polisi z’ibihugu byombi bavuguruye ku munsi w’ejo kuwa mbere ubwo bari mu murwa mukuru wa Zambia, Lusaka.

    Inzego za Polisi z’ibihugu byombi (u Rwanda na Zambia) zizajya zihanahana ubumenyi mu bijyanye n’amahugurwa, nko kohererezanya abahugurwa n’abahugura.

    IGP Munyuza yashimiye ubuyobozi bw
    IGP Munyuza yashimiye ubuyobozi bw’ishuri rya Kanfinsa ku kuba ritanga amasomo y’ubunyamwuga

    IGP Munyuza yashimiye ubuyobozi bw’ishuri rya Kanfinsa ku kuba ritanga amasomo y’ubunyamwuga, ashimangira ko amahugurwa ari nk’umusingi w’imikorere myiza ya Polisi. Nyuma yo gusura iri shuri umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa Polisi mu Ntara ya Copperbelt ariwe Charity Katanga, ndetse yanagiranye ibiganiro n’umunyamabanga uhoraho w’iyi Ntara ya Copperbelt.

    Ari umunyamabanga uhoraho w’iyi Ntara ndetse n’umuyobozi wa Polisi muri iyi Ntara bishimiye ubufatanye mu by’umutekano hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iya Zambia aho bagiye guhanahana ubumenyi mu bintu bitandukanye bikazafasha mu guhangana n’ibyaha byambukiranya imipaka.


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/hanze-y-igihugu/article/igp-munyuza-yasuye-ishuri-rya-polisi-rya-zambia

  • 11 b'ibihe byose kuri Rwatubyaye Abdul uhamya gutandukana n’ikipe ye, ibyo kugaruka gukina mu Rwanda, ikintu gihora kimubabaza #rwanda #RwOT

    Myugariro w’umunyarwanda usoje amasezerano ye mu ikipe ya Colorado Rapids, avuga ko gusubira gukina Colorado Rapids muri Amerika bigoye, ni mu gihe ngo no kugaruka mu Rwanda atabitekereza kuko ataragera mu gihe cyo gusoza gukina.

    Mu ntangiriro za 2019 nibwo yatandukanye na Rayon Sports yerekeza muri Kansas City muri Amerika, imugurisha muri Colorado Rapids nayo yahise imutiza muri Colorado Springs Switchbacks FC.

    Mu kiganiro n’ikinyamakuru ISIMBI uyu musore wasoje amasezerano ye, avuga ko kuba yakongera amasezerano muri iyi kipe bisa n’ibigoye kuko iyo ari ibiba biba byarabaye, bityo ko abamuhagarariye barimo kumushakira andi makipe ku mugabane w’u Burayi.

    Ati'mvugishije ukuri gusubira muri Rapids ntabwo biri muri gahunda, kubera ko iyo ndangije amasezerano tuvugana mu kwa 11 cyangwa mu kwa 10, ariko ubu ntabwo byigeze bibaho ariko hari ibiganiro n’andi makipe ntatangaza ubu, harimo ayo muri Amerika n’umugabane w’u Burayi. Sinayavuga ubu kuko nta biganiro byimbitse biraba.'

    Yavuye mu Rwanda agiye muri Kansas City nayo ihita imugurisha muri Colorado Rapids yahise imutiza muri Colorado Springs Switchbacks

    Ahamya ko kugaruka gukina mu Rwanda nk’uko bamwe muri bagenzi bajya babigenza, nta gahunda yabyo afite kuko ngo igihe cyo gusoza gukina ntikiragera ku buryo yaba aje gusazira mu Rwanda.

    Ati'kuva nasohoka nta kipe yo mu Rwanda irongera kunyegera ngo ngaruke kuyikinira. Nakunze kubivuga cyane ntabwo mu Rwanda harongera kuba amahitamo yanjye yo kugaruka ngo nkine, urwego ngezeho ndacyafite igihe, ntabwo wenda ngeze mu gihe cyo gusoza gukina ku buryo nafata umwanzuro wo kuwagaruka, biramutse binabayeho ntabwo niteguye kubikora.'

    Mu bakinnyi b’abanyarwanda amaze gukinana nabo, yatoranyije 11 beza be ariko we yikuramo, ni ikipe avuga ko yatozwa na Mashami Vincent, yakinisha sisiteme ya 3-4-3.

    Umunyezamu: Kwizera Olivier(APR FC n’Amavubi)

    Ba Myugariro: Nirisarike Salomon(Amavubi), Manzi Thierry(Rayon n’Amavubi) na Usengimana Faustin(Rayon n’Amavubi)

    Abakina hagati: Rusheshangoga Michel(APR FC n’Amavubi), Rutanga Eric(Rayon n’Amavubi), Yannick Mukunzi(APR FC, Rayon n’Amavubi) na Djihad Bizimana(Amavubi)

    Ba rutahizamu: Manishimwe Djabel(Rayon n’Amavubi, Muhire Kevin(Rayon n’Amavubi) na Kagere Meddie(Amavubi)

    Uko baba bahagaze mu kibuga(twagerageje gushaka imyenda isa n’iyo amakipe bakinira uyu munsi yambara)

    Urugendo rwe muri ruhago

    Urugendo rwe muri ruhago yarutangiye muri 2010 ubwo yajyaga mu ishuri ryigisha umupira rya APR FC. Muri 2013 APR FC yamwohereje mu Isonga FC akinamo umwaka umwe muri 2014 APR FC imuzamura mu ikipe nkuru, muri 2016 ahita yerekeza muri Rayon Sports.

    Akimara gusinyira Rayon Sports yaje kubirirwa irengero, aho yaje kugaruka muri 2017. Yaje gutandukana na Rayon Sports mu ntangiriro za 2019 yerekeza muri muri Kansas City muri Amerika, imugurisha muri Colorado Rapids nayo yahise imutiza muri Colorado Springs Switchbacks FC.

    Mu gihe cyose yamaze muri APR FC uyu musore avuga ko ikintu ahora yibukira kuri APR FC ari uburyo buri gihe baba banyotewe n’intsinzi bashaka ibikombe. Ikindi ni imibanire iba iri hagati y’abakinnyi n’abayobozi kuko bisanzuranaho kandi akaba ari n’umuryango witeguye gufasha umukinnyi no hanze y’ikibuga mu buzima bwe bwa buri munsi.

    Ku ruhande rwa Rayon Sports avuga ko ahora yibuka urukundo yeretswe n’abafana b’iyi kipe ndetse n’abayobozi ubwo yari agarutse mu Rwanda nyuma yo kugenda abasinyiye ariko ntabakinire akamara umwaka wose atari mu Rwanda.

    Umukino atazibagirwa mu buzima bwe ni umukino wabaye ku wa 27 Gashyantare 2016, ubwo APR FC yari yakiriye Mbabane Swallows i Kigali mu mukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League, Mbabane Swallows yari yabatsindiye iwayo 1-0, APR FC yaje kuyitsinda 4-1 Rwatubyaye atsindamo 3(hat-trick).

    Umukino yatsinzemo Mbabane Swallows 3 ni wo mukino wamushimishije

    Ubizima bwe bwite

    Rwatubyaye Abdul yavutse tariki ya 23 Ukwakira 1996, avukira mu mujyi wa Kigali mu karere ka Nyarungenge mu murenge wa Gitega akaba ari umuhungu wa Moment Ally na Uwimana Amina Queen. Abdul Ni umuhererezi mu muryango w’abana 3 abahungu 2 n’umukobwa umwe.

    Ntabwo yigeze agira amahirwe yo kumenya se umubyara kuko yamenye ubwenge abana na mama we gusa, ikintu kimubabaza mu buzima ni ukuntu yaje kwitaba Imana Abdul akiri muto.

    Ati'Kubura mama wanjye, nicyo kintu cyambabaje mu buzima bwanjye na n’uyu munsi. Yapfuye nk’iri muto cyane, nifuza ko ubu yakabaye ahari.'

    Ni umusore ufite ibishushanyo byinshi ku mubiri we, aho avuga ko byose bifitanye isano n’umubuzima bwe, harimo ibyo kwibuka mama we, icy’igihe yavukiye. Ni ibishusnyo yashyiriyeho mu Misiri, Turikiya n’Amerika, bifite agaciro k’amafaranga ari hejuru y’ibihumbi 3 by’Amadorali y’Amerika.

    Ntarashaka ariko ari mu rukundo n’umukobwa w’umunyarwandakazi, Hamida wibera muri Indonesia.

    Mu myaka amaze akina ruhago ntavuga icyo amaze gukuramo nyirizina, ariko kuba uyu munsi asoje gukina ataba mu bukode ndetse anafite imodoka ye ni kimwe mu byo yagezeho. Akunda imodoka yo mu bwoko bwa Range Rover.

    Rwatubyaye Abdul afite ibishushanyo byinshi ku mubiri we, gusa byose bifite ubusonaburo

    Ni umusore uba utuje

    Kubura mama we akiri umwana ni kimwe mu byamubabaje

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/11-b-ibihe-byose-kuri-rwatubyaye-abdul-uhamya-gutandukana-n-ikipe-ye-ibyo-kugaruka-gukina-mu-rwanda-ikintu-gihora-kimubabaza

  • Rwanda Tapping Israel Expertise To Improve Agri-Businesses #rwanda #RwOT

    Rwandan Agriculture students are scheduled to conduct their internships in Israel to acquaint themselves deeply with skills and best practices from a highly developed Israeli agriculture sector.

    Israel Ambassador Ron Adams on Tuesday took a guided tour at the Rwanda Institute for Conservation Agriculture (RICA) and held discussions with the top managers on site.

    'We are excited about the prospective of collaborating in Ag research and connecting student interns with Israelis Research Institutes and agri-businesses,' the institute said upon the hosting the Israeli envoy.

    Agriculture in Israel is a highly developed industry. In 2019 agriculture represented 2.3% of total GDP. In 2020, Agriculture fetched 3831.30 ILS Million in the second quarter of 2020 from 3236.30 ILS Million in the first quarter of 2020.

    Farmworkers make up only 3.7% of the work force, Israel produces 95% of its own food requirements, supplementing this with imports of grain, oilseeds, meat, coffee, cocoa and sugar.

    For Rwanda which has almost 72% of the working population employed in agriculture, the country is looking for solutions that may make agriculture more lucrative and attractive to the youth.

    Rwanda exports dry beans, potatoes, maize, rice, cassava flour, maize flour, poultry and live animals within Eastern Africa and beyond- however; the sector is still lagging in introduction and wide adoption of modern farming practices. Israel may offer a solution in this aspect.

    Israel is a leader in agricultural research and development, influenced, in part, by its variation variable climatic, topographical and soil conditions throughout its regions. The compact size of Israel means Rwanda students on exchange programs could experience this variety via day trips, traversing deserts and lush landscapes alike.

    Israel produces roughly 70% of all its food requirements and has significant exports in fruit, vegetables and flowers/ornamentals, many of which are grown year-round in greenhouses to meet counter-season demands.

    Israel argues that today's farmers need to adapt to this process by making the required transition from being simple producers to becoming managers of an agricultural enterprise, armed with the latest technologies and know-how, as well as an understanding of the market.

    Agricultural diversification, coupled with intensive Research and Development and effective up-to-date extension services for rural farms, will prevent the transformation of additional farming lands for non-agricultural use and keep farmers and rural professions in business.

    As technology and intensive agricultural methods change the conditions of agricultural production, farmers need to explore other alternatives in order to remain in the rural areas.

    Taking into account current trends, Israel says is ready to share its rich experience in agribusiness for the enhancement of rural development.

    Israel Ambassador Ron Adams on Tuesday took a guided tour at the Rwanda Institute for Conservation Agriculture (RICA) and held discussions with the top managers on site.

    In January 2017, Rwanda and Israel committed to strengthening bilateral cooperation in boosting Rwanda's agriculture sector.

    This cooperation has been evidenced through important agricultural projects including professional internship programme that has been enabling Rwandan young graduates to pursue agricultural courses in Israel since 2012, among other projects.

    Meanwhile, Israel and Rwanda have set up a Center of Excellence for Horticultural Development in Rwanda. This aims at to create a self sustaining center for agricultural production, training, and the demonstration of new and more efficient production methods, irrigation systems, post harvest handling and marketing of fresh products.

    Israel Ambassador Ron Adams at the Rwanda Institute for Conservation Agriculture (RICA)

    The post Rwanda Tapping Israel Expertise To Improve Agri-Businesses appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/rwanda-tapping-israel-expertise-to-improve-agri-businesses/

  • East African Chiefs of Defence Meeting In Kigali #rwanda #RwOT

    The East African Chiefs of Defence are meeting in Kigali under the auspices of the 28th Ordinary Session of the Eastern Africa Standby Force with the aim of tackling the rising threat of Terrorism in the region.

    The five-day meeting convened at the Radison Blu Hotel in Kigali, Rwanda has drawn top leadership from security institutions and agencies within the East African region.

    This meeting was preceded by the EASF Experts Working Group- it was officially opened by the Guest of Honour, Lt. Gen. Jean Jacques Mupenzi, the Army Chief of Staff from the Rwanda Defence Force.

    The 28th Ordinary Session of EASF's Policy Organs' Meetings (POM) was officially opened today Monday 14th December, 2020 at the Radison Blu Hotel in Kigali, Rwanda.

    The aim of the meeting is to apprise the higher leaders of the Eastern Africa Region on the progress made by EASF since the 27th Ordinary Policy Organs Meetings held in December 2019 in Uganda.

    Chairperson of the Experts Working Group, Commandant Moujib Adaine from Union of Comoros called on the delegates to contribute meaningfully in the deliberations in particular on important points such as the proposed budget, the 2021 activity plan.

    Brig. Gen. Getachew Shiferaw Fayisa The Director of EASF noted that the Policy Organs Meetings sets the foundation for the 'Chiefs of Defence Staff meeting' and the Ministers of Defence meeting.

    ''It is at this level that strong deliberations and proposals are made to inform the decisions of the next level, the Committee of Chiefs Defense Staff and it is evident, therefore that our Experts continue to play a very essential role in the development of EASF operating manuals, documents, guidance, plans and others to effectively and efficiently operationalize the mandate and on this regard I want to thank you all for the invaluable support of all EASF subject matter Experts'' said the Director.

    The Eastern Africa Standby Force is a regional organization with a mandate to enhance peace and security in the Eastern Africa region. It is one of the five regional multidimensional Forces of the African Standby Force (ASF) consisting of Military, Police and Civilian components.

    The post East African Chiefs of Defence Meeting In Kigali appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/east-african-chiefs-of-defence-meeting-in-kigali/

  • Nyanza: Abana biganjemo ab’abasigajwe inyuma n’amateka bubakiwe imyicundo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umwicundo w
    Umwicundo w’abakiri batoya umuntu yagereranya n’aho mu cyaro bamanukira ku mitumba

    Muri iyo myicundo harimo igizwe n’umugozi bicaraho bakajya bizengurutsa mu kirere, hakabamo iyo umuntu yagereranya n’umunzani aho umwe ajya ku ruhande rumwe yazamuka undi akamanuka, hakaba n’iyo umuntu yagereranya n’iminzani ifatanye bashobora kwicundaho bicaye cyangwa bagenda.

    Harimo n’iyubatse ku buryo umwana yicara ahahanamye hanyuma akamanuka yicaye, umuntu yagereranya n’uko abana bo mu cyaro bamanukira ku mitumba ahantu hahanamye, ndetse n’ibipine byakozwe ku buryo bimeze nka moto cyangwa Tingatinga nk’uko abana babikinisha babyivugira, bicaraho bakamera nk’ababitwaye. Hari kandi n’ikibuga cy’umupira w’amaguru.

    Iyi myicundo ifatanye hari abayicundaho bicaye, hakaba n
    Iyi myicundo ifatanye hari abayicundaho bicaye, hakaba n’abayicundaho bahagaze

    Godfrey Kalema, umuyobozi w’umuryango DUFATANYE wubatse iyi myicundo, avuga ko ubundi bafite abana 300 b’abakene baturuka ahanini muri iriya midugudu yombi bakira buri wa Gatandatu, bakigishwa gukunda igihugu, uburere, ubukorikori, n’ijambo ry’Imana, hanyuma bakabaha igikoma n’umugati mu rwego rwo kubarinda imirire mibi.

    Agira ati “Dutekereza kububakira imyicundo kwari ukugira ngo duhe abana bo muri iki giturage amahirwe yo kubona ibikinisho nk’iby’abandi bana b’abanyamugi. Bwari n’uburyo bwo kugira ngo abana 300 twakira buri wa gatandatu babone aho bidagadurira, na bo bumve ko bameze nk’abandi bana bose b’abasirimu.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busasamana, Egide Bizimana, yashimye umuryango DUFATANYE ku bw’ibikinisho wazaniye abana batuye mu gice cy’icyaro, ubwo byatahwaga tariki 12/12/2020.

    Ahamanukirwa n
    Ahamanukirwa n’abana bakuru

    Yagize ati “Bahoze bansobanurira icyo buri mukino umaze. Hari nk’uwo bambwiye ufasha umwana gutangira kujya yitonda, ntahubuke mu myumvire no mu byo akora. Iyi mikino izafasha abana guhindura imyumvire.”
    Ababyeyi b’abana baturiye ahubatswe iyi myicundo na bo bavuga ko n’ubwo n’ubusanzwe iwabo bashobora gukinira ku mbuga, bashima cyane kuba barubakiwe aho bashobora guhurira n’abandi bakidagadura.

    Judith Mukasharangabo ati “Ku mbuga iwacu na ho barahakinira, ariko biba byiza iyo bateranye na bagenzi babo nk’abangaba. Bituma batinyuka kuko baba bari kumwe n’abandi, bakanidagadura.”

    Biteganyijwe ko abana bazakomeza kujya baza gukinira kuri iyi myicundo buri wa gatandatu nk’uko bari basanzwe baza bagakinira ku mbuga itariho, ariko na none ngo mu masaha ya nimugoroba, nyuma y’amasomo, na bwo hazajya haba hafunguye ku buryo n’ubundi abana baza kuhakinira, nk’uko bivugwa na Kalema.

    Ikibuga cy’umupira cyo ngo kizajya kinifashishwa n’abana biga mu ishuri ryubatse hafi aho.

    Iyi ngo ni tingatinga. Uyitwaye ngo namara gukura ni zo azajya atwara
    Iyi ngo ni tingatinga. Uyitwaye ngo namara gukura ni zo azajya atwara

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/indi-mikino/article/nyanza-abana-biganjemo-ab-abasigajwe-inyuma-n-amateka-bubakiwe-imyicundo

  • Urupfu rwanjye ndarubona ruri vuba – Wema Sepetu watangaje amagambo ateye ubwoba #rwanda #RwOT

    Nyampinga wa Tanzania wa 2006, Wema Sepetu yasabye amasengesho abakunzi be kuko ari mu bihe bya nyuma bitewe n’uburwayi bw’ibihaha bumumereye nabi.

    Uyu mukinnyi wa filime ukomeye muri Tanzania, aganira na Global Publishers, yavuze ko arwaye ameze nabi ndetse ko urupfu rwe arubona hafi ye.

    Yagize ati“abantu bashobora kugira ngo ndabeshya ariko reka mbabwize ukuri uko meze, ndababara cyane, nabonye uburyo urupfu rwari hafi yanjye kuko nananiwe guhumeka kugeza aho nabonye ngiye gupfa, amahirwe make abantu bari bazi ko ndimo kubeshya ariko narababaraga cyane.”

    Nakira azafata umwanya wo kujya gushimira Imana kuko yamukuye ku muryango w’urupfu.

    Ati“ndabona ari ryo herezo ryanjye ku Isi, niyo mpamvu nashyize ifoto ku rukuta rwa Instagram kugira ngo nihagira ikiba abantu bazamenye ko narimo mbabara.”

    Aherutse gushyira ifoto ku rukuta rwe rwa Instagram aryamye iherekezwa n’amagambo agira ati“ndababara, ndababara, ndababara.”

    Uyu mukobwa wamenyekanye cyane mu rukundo na Diamond, yasabye abakunzi kumusengera kugira ngo azakire vuba atazicwa n’iyi ndwara y’ibihaha imwe mu ndwara zihitana abantu benshi.

    Ifoto Wema yasangije abakunzi be ababwira ko ababara cyane

    Wema yavuze ko ari mu bihe bye bya nyuma

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/urupfu-rwanjye-ndarubona-ruri-vuba-wema-sepetu-watangaje-amagambo-ateye-ubwoba

  • Rwanda: Brides to be in dilemma as Government bans Wedding ceremonies following the rise of COVID 19 Cases #rwanda #RwOT

    Brides who were planning a wedding this weekend say banning wedding ceremonies has put them in a loss while still finding that there could be regulations governing the event in order to prevent COVID 19

    Their reactions came after a cabinet meeting on December 14, 2020 decided to cancel the wedding ceremonies until further notice.

    Some are saying that they have not yet made up their mind about what to do but still thinking on getting married.

    'My husband is a foreigner who came to Rwanda for a wedding and we are going to get married. Now will he go back unmarried, will he come back?' one told a local media

    The young man who was supposed to be engaged in legal affairs in Nyagatare sector on Thursday, whom Kigali Today named Mugabo Paul, said he is going to think about what he should do in these circumstances.

    'Wedding is money, I prepared everything for the people who provided me with financial support, I can't give their money back because I used it. I'm going to talk to Fiancé and see what can be done.'

    Although there are indications that they have been hampered by these measures, on the other hand it was necessary as the government has taken steps to reduce the severity of Covid-19, as it appears that these days the death toll from it had continued to rise sharply.

    115

    The post Rwanda: Brides to be in dilemma as Government bans Wedding ceremonies following the rise of COVID 19 Cases appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/12/16/rwanda-brides-to-be-in-dilemma-as-government-bans-wedding-ceremonies-following-the-rise-of-covid-19-cases/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=rwanda-brides-to-be-in-dilemma-as-government-bans-wedding-ceremonies-following-the-rise-of-covid-19-cases