Category: Uncategorized

  • IGP Dan Munyuza yasuye ishuri rya Polisi rya Zambia #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    IGP Munyuza yasuye ishuri rya Polisi rya Zambia
    IGP Munyuza yasuye ishuri rya Polisi rya Zambia

    Ubwo yasuraga iri shuri rikuru rya Polisi, IGP Munyuza yaherekejwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri iki gihugu, Ambasaderi Amandin Rugira.

    Iri shuri rya Polisi ryigisha amasomo ya kinyamwuga ajyanye n’uko abapolisi bubahiriza amategeko n’inshingano zabo, imyitozo ngororamubiri n’uko bakoresha intwaro, imyitwarire n’imikorere y’abapolisi ndetse n’uko bahosha imyigaragambyo.

    Ikindi kandi iri shuri rifite umutwe w’abapolisi uhora witeguye gutabara ahari ibibazo by’umutekano.

    Amahugurwa ni kimwe mu bikubiye mu masezerano y’ubufatanye abayobozi ba Polisi z’ibihugu byombi bavuguruye ku munsi w’ejo kuwa mbere ubwo bari mu murwa mukuru wa Zambia, Lusaka.

    Inzego za Polisi z’ibihugu byombi (u Rwanda na Zambia) zizajya zihanahana ubumenyi mu bijyanye n’amahugurwa, nko kohererezanya abahugurwa n’abahugura.

    IGP Munyuza yashimiye ubuyobozi bw
    IGP Munyuza yashimiye ubuyobozi bw’ishuri rya Kanfinsa ku kuba ritanga amasomo y’ubunyamwuga

    IGP Munyuza yashimiye ubuyobozi bw’ishuri rya Kanfinsa ku kuba ritanga amasomo y’ubunyamwuga, ashimangira ko amahugurwa ari nk’umusingi w’imikorere myiza ya Polisi. Nyuma yo gusura iri shuri umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa Polisi mu Ntara ya Copperbelt ariwe Charity Katanga, ndetse yanagiranye ibiganiro n’umunyamabanga uhoraho w’iyi Ntara ya Copperbelt.

    Ari umunyamabanga uhoraho w’iyi Ntara ndetse n’umuyobozi wa Polisi muri iyi Ntara bishimiye ubufatanye mu by’umutekano hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iya Zambia aho bagiye guhanahana ubumenyi mu bintu bitandukanye bikazafasha mu guhangana n’ibyaha byambukiranya imipaka.


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/hanze-y-igihugu/article/igp-dan-munyuza-yasuye-ishuri-rya-polisi-rya-zambia

  • Ishuri rikuru ry’Abangilikani rizigisha kuboneza urubyaro no kugenzura imihigo (harimo iy’uturere) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kaminuza y
    Kaminuza y’Abangilikani iherereye i Masaka muri Kicukiro

    Aya ni ‘East African Christian College(EACC)’ ry’Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda hamwe na ‘African College of Theology’ ry’Itorero ‘Africa New Life Ministries’ riri ku Kicukiro.

    Kigali Today yaganiriye n’Ubuyobozi bwa EACC, ishuri ry’Abangilikani riherereye mu Kagari ka Gako mu Murenge wa Masaka w’Akarere ka Kicukiro (hepfo gato y’i Kabuga), rikaba ryari rimaze imyaka igera kuri 14 ryigisha abapasitoro b’Abangilikani n’abandi babyifuza.

    Umuyobozi wa ‘East African Christian College’, Rev Prof Viateur Ndikumana, avuga ko bateganyirije abanyeshuri amasomo ajyanye n’iyobokamana, ariko ko hari n’ajyanye n’ubuzima busanzwe bw’Abanyarwanda.

    Rev Prof Ndimukumana yagize ati “muri iki gihe ijambo ry’Imana ntabwo rigendana gusa n’uko wasomye Bibiliya cyangwa kumva Umwuka Wera, nk’urugero mu byo twasanze bikenewe, nta bantu bashinzwe gukurikirana no kugenzura iyubahirizwa ry’imihigo kandi nyamara buri rwego kugeza ku rugo basinyana na Leta imihigo”

    Yavuze kandi ko bazigisha gahunda ijyanye no kuboneza urubyaro, mu rwego rwo gutuma Abanyarwanda bitabira kubyara bake bashobora gukwirwa ku butaka buri muntu afite, hamwe no kwirinda gutsikamira ibindi binyabuzima.

    Rev Prof Ndikumana avuga ko EACC ifite ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri batarenga 400 (ariko ko 300 ari bo bakwiga neza cyane), ikaba yaratangiye kwandika abazatangira kwiga mu mwaka wa mbere mu kwezi kwa Werurwe k’uyu mwaka utaha wa 2021.

    Mu mashami ishuri EACC rifite hari Iyobokamana (Theology) imyaka ine (bachelors’ degree) ndetse n’umwaka umwe w’Iyobokamana ku barangije amasomo asanzwe y’imyaka ine mu zindi kaminuza(post graduates).

    Umuyobozi wa EACC avuga ko mu zindi gahunda(Programmes) z’ubuzima busanzwe bagiye kwigisha, harimo iyo gutanga impamyabumenyi ya diploma(imyaka ibiri ya kaminuza) ku bigisha abana bato bo mu kiburamwaka(Early Child Development).

    Rev Prof Ndikumana avuga ko EACC ridashobora gufunga imiryango bitewe no kubura amikoro nk’uko byagendekeye zimwe muri kaminuza zigenga mu Rwanda, kuko ngo ari iry’Itorero ‘Anglican’ atari iry’umuntu ku giti cye.

    Yavuze ko buri mwaka umuyoboke wese wo muri ‘Angirikani atanga nibura umusanzu w’amafaranga 1,000 yo gufasha ishuri EACC gukomeza imirimo, kandi ko iryo torero ryose mu Rwanda rifite abayoboke barenga miliyoni imwe.

    Icyo HEC yiteze kuri aya mashuri yigisha iyobokamana

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Inama Nkuru ishinzwe Amashuri Makuru na za Kaminuza(HEC), Dr Rose Mukankomeje avuga ko Leta itegereje kubona abashumba b’amadini n’amatorero hamwe n’abigisha Ijambo ry’Imana bose mu Rwanda barize ibijyanye n’iyobokamana(theology).

    Dr Mukankomeje avuga ku bahanuzi babwira abantu ko bagiye kubona ubukire butandukanye cyangwa abagore n’abagabo beza, yagize ati “ubwo ntabwo ari uburezi, ni ibindi byo mu mwuka jyewe ntazi, nta n’ubwo bitureba, tuzareba amasomo ya Bibiliya hamwe n’andi, ni yo tuzajya twemera”.

    Ishuri ‘African College of Theology’ New Life Ministries na ryo rigaragaza ko ku masomo ya Bibiliya ryongeraho n’ajyanye n’ubuyobozi bw’abantu n’inzego zitandukanye(Leadership).

    Urwego rushinzwe imiyoborere mu Rwanda (RGB) rusaba abantu bose bakora ivugabutumwa no kuyobora amatorero n’amadini, kuba bafite ubumenyi muri ‘Theology’ buri ku rwego rwa kaminuza.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/ishuri-rikuru-ry-abangilikani-rizigisha-kuboneza-urubyaro-no-kugenzura-imihigo-harimo-iy-uturere

  • Rwanda’s GDP decreases by 3.6 percent in third quarter #rwanda #RwOT

    The third quarter looks promising for economic recovery compared to the second quarter which recorded 12.4% decrease compared to the same period last year.

    The decrease is mostly attributed to difficult times of COVID-19 pandemic which affected the world in all aspects of life.

    NISR revealed that the pandemic did not only bring health risks but also destabilized the economy due to instituted preventive measures.

    Transport, trade, education, construction, export, hotels, restaurants and agriculture are among other sectors heavily affected by the pandemic.

    The statement signed by NISR Director General released yesterday shows that COVID-19 effects on the economy are lessening compared to the second quarter.

    In the third quarter of 2020, GDP decreased by 3.6% which isan improvement considering the sharp decline of 12.4% in second quarter.

    'Services continue to lead in terms of shares to GDP with 48% compared to 26% and 19% shares for agriculture and industry respectively. The remainder 8% is attributed to net taxes on products. In this quarter, estimates calculated in 2017 prices show that GDP decreased 3.6 percent compared to the same quarter of 2019. This reflects the ongoing public health catastrophe of covid19,' reads in part the statement released by NISR.

    Agriculture increased by 2% and contributed 0.5 percentage points to overall GDP. Within agriculture, food crops production increased by 3%. Export crops decreased by 8% mainly due to 21% drop in tea production and 6% drop in coffee production.

    Among others, Industry dropped by 1% and contributed -0.3 percentage points to the GDP drop. The main contributor to the drop in the industry sector was Construction activities which dropped by 6% and Mining and quarrying which dropped by 24%. However, Manufacturing activities increased by 6%. Within Manufacturing, Food processing increased by 8%, Metal products increased by 31%, Furniture increased by 14% while Non-metallic products increased by 6%.

    Overall services sector decreased by 7%. Within services, Transport activities decreased by 33%, Hotel and restaurants decreased by 55%, financial services decreased by 3%, Administrative and support activities decreased by 9%. Education decreased by 57% as schools remained closed between July and September 2020.

    'However, Health services increased by 6%, Public Administration increased by 1% while information and communication activities increased by 43% mainly boosted by telecommunication activities,' reads NISR statement.

    In Q3 of 2020, total final consumption expenditure decreased by 1 percent, Household final consumption decreased by 3%. However, Government final expenditures increased by 6%. Exports increased by 6% while Gross capital formation decreased by 14%.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/rwanda-s-gdp-decreases-by-3-6-percent-in-third-quarter

  • Clarisse Karasira yasubitse igitaramo kubera COVID-19, ubishaka arasubizwa amafaranga ye #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Clarisse Karasira yatangaje ko yari amaze kubona abantu 50 baguze amatike yo kwinjira mu gitaramo cye cyo kumurika alubumu ye ya mbere cyasubitswe mu rwego rwo kwirinda COVID-19.

    Inama y'Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 14 Ukuboza 2020 yanzuye ko amakoraniro y'abantu benshi ahagaritswe.

    uyu mwanzuro wahise ugira ingaruka ku bitaramo bitandukanye birimo n'icyo kumurika alubumu ya mbere ya Clarisse  Karasira yitwa 'Inganzo y'Umutima'.

    Iki gitaramo cyari kuzaba tariki 26 Ukuboza 2020 kikabera muri Kigali Serena Hotel. Mu rwego rwo kwirinda COVID-19 bari bateganyije ko kizitabirwa n'abantu batarenze 70.

    Itangazo Clarisse Karasira yashyize hanze yamenyesheje abakunzi n'abashakaga kuzitabira igitaramo cye ko cyasubitswe bitewe n'ingamba nshya zo kwirinda COVID-19.

    Clarisse Karasira yavuze ko imyiteguro yari igeze kure ndetse ko kugeza ubu abantu bagera kuri 50 bari bamaze kugura alubumu ari nayo tike yo kwinjira, ndetse hari n'abari baraturutse mu mahanga.

    Mu itangazo rya Clarisse Karasira yavuze ko umuntu waguze alubumu akaba atazabasha kwitabira igitaramo cye kizasubukurwa mu mwaka utaha, ashobora kubivuga agasubizwa amafaranga ye.

    Nta matariki Clarisse Karasira yatangarije ko azasubukurira iki gitaramo ngo ni igihe bazaba bizeye ko abantu batekanye ku buryo nta wahava yanduye COVID-19.

    Alubumu ya mbere ya Clarisse Karasira iriho indirimbo 18 zirimo izakunzwe nka 'Ntizagushuke', 'Giraneza', 'Twapfaga Iki' n'izindi nyinshi.

    Karasira Clarisse yahagaritse igitaramo cye kubera Coronavirus

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/16/clarisse-karasira-yasubitse-igitaramo-kubera-covid-19-ubishaka-arasubizwa-amafaranga-ye/

  • Rwandans urged to adhere to new, existing COVID-19 preventive measures #rwanda #RwOT

    RNP spokesperson, CP John Bosco Kabera, while appearing of Rwanda Television on Tuesday, December 15, said that some people comply when forced or only for fear of being arrested.

    The Cabinet meeting held on Monday, December 14, set new measures in response to the fight against further spread of the COVID-19, most of which took effect on December 15.

    The new measures include prohibited movements between 9pm and 4am (with exception of Musanze District where movements are prohibited between 7pm and 4pm) effective December 15 to 21st.

    With effect from December 22 up to January 4, movements will be prohibited from 8pm to 4am. All social gatherings including wedding ceremonies and celebrations of all kinds are now prohibited in both public and private settings; meetings and conferences should not exceed 30 percent of the venue capacity while event organizers must comply with COVID-19 prevention measures. A certificate for negative negative test for COVID-19 will, however, be required for all participants.

    Meetings and conferences in Musanze are suspended for the next three weeks.
    Offices of public and private institutions will operate at 30 percent capacity; other employees will continue working from home on a rotational basis.

    Public transport will now operate at 50 percent capacity in compliance with COVID-19 prevention measures; services at places of worship shall operate once a week with no more than 50 percent of maximum occupancy, except in Musanze when attendance is at 30 percent maximum occupancy.

    Funerals should not exceed 50 persons but the maximum number is 30 persons in Musanze; the maximum number at the vigil is 15 persons at a time; gyms and swimming pools have been closed with related services only allowed for tested hotel residents; football competitions and training suspended except for national teams and clubs involved in international competitions.

    The Minister of Health, Dr Daniel Ngamije warned that the new directives can be revised and tightened further any time, if people don’t adhere to health guidelines.
    The Cabinet directives emphasized the critical importance of complying with the health measures including physical distancing, wearing facemask and hand washing, warning of penalties for non-compliance.

    All other existing measures and guidelines remain in force.

    On the specific measures for Musanze, Dr. Ngamije said that this was informed by the increase in infections in the district.

    “In our random testing, we found that at least 13 percent of those tested were positive; any positive cases beyond 10 percent in random testing raises concern that requires immediate and relatively tougher measures,” Minister Ngamije said.

    Meanwhile, CP Kabera reminded all Rwandans to comply for own safety from catching COVID-19 or spreading it.

    'Complying because you are being watched or for fear of being arrested will not save you from getting infected. Fear the COVID-19 not the Police,” CP Kabera said.

    He explained that Police officers across the country continue to work with other relevant entities such as local leaders and youth volunteers to enforce the directives, including awareness, arresting and penalising violators.

    “It’s a combination of education and enforcement. We urge people to continue sharing information on violators; bars, restaurants and hotels that hide under their permitted services to sell alcohol; people turning their homes into bars or holding events and other prohibited gatherings.

    If a hotel allows people, who are not their residents, to access their gym and swimming pool services, the owner or management will be held accountable including likely closure of the facility.”

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/rwandans-urged-to-adhere-to-new-existing-covid-19-preventive-measures

  • Kagame commends OECD’s contribution to improve economic, social well-being worldwide #rwanda #RwOT

    Kagame revealed it yesterday as he virtually participated in the celebration of 60 years since OECD was established.

    Rwanda approved to join OECD Development Centre country members in May 2019.

    The OECD is an intergovernmental economic organisation with 37 member countries, founded in 1961 to stimulate economic progress and world trade.

    President Kagame commended the organization for spearheading evidence based policies in development programs.

    'OECD’s signature is its use of evidence-based policy to improve economic and social well-being worldwide. Its focus on inclusive, private sector development is much needed particularly for Africa’s industrialization agenda,' he said.

    As countries make plans to recover from the Covid pandemic, Kagame said, it is important that everyone is brought along, no matter the level of development.

    'As a new member of OECD Development Center, Rwanda appreciate the opportunity to learn from best practices, and also share the lessons of our development journey. In Africa and Rwanda, we look forward to continued dialogue and collaboration with the OECD, in pursuit of prosperity and opportunity for our people,' he said.

    Generally, OECD members are high-income economies with a very high Human Development Index (HDI) and are regarded as developed countries. As of 2017, the OECD member countries collectively comprised 62.2% of global nominal GDP (US$49.6 trillion) and 42.8% of global GDP (Int$54.2 trillion) at purchasing power parity. The OECD is an official United Nations observer.

    President Kagame commended the organization for spearheading evidence based policies in development programs.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/kagame-commends-oecd-s-contribution-to-improve-economic-social-well-being

  • Rwanda Police Chief Visits Zambia Police School #rwanda #RwOT

    The Inspector General of Police (IGP) Dan Munyuza, who is in Zambia since Monday for bilateral cooperation, on Tuesday December 15, visited Zambia Police School of Public Order Maintenance—Kanfinsa College.

    IGP Munyuza was accompanied, on the second day of the visit, by Rwanda's High Commissioner to Zambia, Amb. Amandin Rugira.

    The Police School offers professional courses that include law on Police duties, drill and weaponry, Police science and public order management.

    It also shelters a Mobile Unit, a force that reinforces Police Stations in case of any security threat.

    Training is one of the areas of cooperation under the renewed MoU between Rwanda National Police (RNP) and Zambia Police Service (ZPS), which was signed on Monday in Lusaka between the two Police Chiefs

    The two Police institutions, therefore, intends to exchange, among others, training programmes, trainees and trainers.

    IGP Munyuza commended the Kanfinsa College administration for the offered professional courses, emphasizing that 'training is the backbone of Police efficiency.'

    Prior to visiting the School, IGP Munyuza paid a courtesy call to the Copperbelt Provincial Police Commissioner, Charity Katanga as well as the Copperbelt Province Permanent Secretary.

    Both the Permanent Secretary and the Police Commissioner appreciated the security cooperation between Rwanda and Zambia Police institutions, which will promote exchange of best practices, further building the capacity of the two forces to collectively respond to modern cross-border security threats.

    The post Rwanda Police Chief Visits Zambia Police School appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/rwanda-police-chief-visits-zambia-police-school/

  • Rutsiro: Stolen boat engine recovered #rwanda #RwOT

    The suspects arrested on Monday, December 14, are Hamuri Biracitse and his son Pascal Nizeyimana.

    The engine, Yamaha 9.9hp, and fishing nets were stolen in the night of December 11, from Congolese fishermen in Lake Kivu, DR Congo side.

    Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi, the Police spokesperson for the Western region, said that following the alleged theft, Police Marine and Kivumu Police station in Rutsiro received credible information on some of the suspected thieves.

    “Police, at about 3am on Monday, went to the house of Biracitse located in Bukiro, Kirambi cell in Kivumu Sector, Rutsiro District where the stolen items were suspected to be hidden. They recovered four rolls of illicit fishing nets and arrested Biracitse alongside his son,” CIP Karekezi said.

    He added: “During interrogation, Nizeyimana admitted to have been stealing nets and boat engines, in collaboration with other people. He, however, argued that he did not take part in this specific night raid and theft, but disclosed that he knew other members of the group behind the theft.

    He led Police officers to a spot in the lake, where they normally hide items they steal. It is the same spot where the boat engine was found submerged held by a rope.”

    The suspects have since been handed over to Rwanda Investigation Bureau (RIB) at Kavumu station alongside the exhibits.

    “Law enforcement organs are working together to locate and arrest other two members of the group still at large. We call upon the general public with information of their whereabouts, to come forward as usual, so that the remaining suspects can be arrested to face justice,” the spokesperson said.

    In article 166, any person convicted for theft is liable to imprisonment for a term of not less than one year and not more than two years and a fine of not less than Rwf1 million and not more than Rwf2 million, community service in a period of six (6) months or only one of these penalties.

    However, in article 167, the penalty doubles if the theft was carried out by more than one person.

    Suspects with the boat engine and illicit fishing nets stolen from Congolese fishermen in Lake Kivu in DRC waters.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/rutsiro-stolen-boat-engine-recovered

  • MINISANTE yasobanuye impamvu Musanze yashyiriweho ingamba zihariye zo kurwanya COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umujyi wa Musanze washyiriweho ingamba zihariye
    Umujyi wa Musanze washyiriweho ingamba zihariye

    Ni Akarere kafatiwe ibyemezo by’uko ingendo zihagarara saa moya z’umugoroba, mu gihe ahandi mu gihugu ingendo zihagarara saa tatu.

    Si ingendo gusa zafatiwe ingamba mu mujyi wa Musanze kuko n’inama zibujijwe mu gihe cy’ibyumweru bitatu n’umubare w’abitabira Misa n’Amateraniro ukaba utagomba kurenza 30%, imihango yo gushyingura ikaba itagomba kurenza abantu 30.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Lt Col Dr Tharcisse Mpunga, yatangaje ko ibyemezo byafatiwe Akarere ka Musanze bijyanye n’uburyo ubwandu bwagiye bwiyongera muri ako Karere umunsi ku wundi, agaruka ku bushakashatsi bwa MINISANTE bwagaragaje ko mu bantu bapimwe muri uwo mujyi 13% basanganywe ubwandu bwa COVID-19.

    Yagize ati “Muri iyi minsi twakoze ubushakashatsi ku bantu batandukanye mu bice bitandukanye dusanga Musanze ifite umwihariko ku bwandu buri hejuru cyane, ugereranyije bugeze nko ku gipimo cya 13% by’abantu bapimwe. Ufashe abantu batandukanye hariya mu muhanda bivuze ko ubwandu buri ku rwego rurenze ahandi hose mu gihugu”.

    Yongeye agira ati “Ingamba zihariye za Musanze rero zagiyeho kugira ngo tugabanye ubwandu buri kugaragara i Musanze, no kugira ngo bidakoma mu nkokora ibikorwa bimwe bihakorerwa cyane cyane nk’ubukerarugendo ariko kandi no kurinda abaturage n’inzego z’ubuvuzi kugira ngo zitarengerwa n’icyorezo”.

    Mu minsi ishize ubwo Kigali Today yasuraga bamwe mu bakorera muri uwo Mujyi hagamijwe kumenya uburyo ingamba zo kwirinda COVID-19 ziri kubahirizwa, yasanze hari ukudohoka aho ubukarabiro ku maduka na za butike ndetse no ku bigo binyuranye busigaye ari nk’umutako.

    Bumwe usanga nta mazi bugira, ubundi budakora ndetse n’ahagaragaye ubukarabiro bwujuje ibyangombwa ugasanga abajya gusaba serivise zinyuranye haba muri butike barinjira batitaye ku gukoresha izo kandagira ukarabe.

    Bumwe mu bukarabiro amazi aza ari ibitonyanga ku buryo abaturage batinda bakaraba
    Bumwe mu bukarabiro amazi aza ari ibitonyanga ku buryo abaturage batinda bakaraba

    Hari n’aho bigaragara ko ubwo bukarabiro budafite amazi, ukeneye gukaraba yasanga nta mazi agahitamo kujya kwaka serivise adakarabye. Urugero ni ku bukarabiro bwo ku isoko ry’ibiribwa rya Musanze bwamaze icyumweru budakora na n’ubu amazi akaba aza ari make ku buryo bisaba umuturage iminota isaga itatu akaraba ibitonyanga by’amazi ugasanga imirongo ibaye miremire.

    Umwe mu baganiriye na Kigali Today ati “Dusabwa gukaraba ariko uragera ku bukarabiro ugasanga haraza igitonyanga umuntu akahamara iminota itanu, ibi ni kimwe mu bituma abantu bihuta bakwepa bakinjira mu isoko badakarabye”.

    Hari n’aho usanga isabune zikoreshwa zitujuje ubuziranenge aho usanga ari amazi, hakaba abanga kuzikoresha bagahitamo kwaka serivise badakarabye.

    Ikindi cyateye idohoka rikabije mu kwirinda COVID-19 hakaba hakomeje kwiyongera umubare w’abandura ni utubari dukora rwihishwa, aho n’abaturage ubwabo biyemerera ko badasiba inzoga kandi bakazinywera mu kabari nta kintu bishisha.

    Umuturage umwe ati “Njye buri munsi icupa ndarisoma kandi ndisomera mu kabari ntacyo nishisha, gusa haba ubwo ngize ubwoba ko Polisi insanga mu kabari ngasohoka nkarisomera ku rubaraza, ariko byo utubari turakora rwose, ndarisoma da!”.

    Kuba utubari tumwe na tumwe dukora rwihishwa, abenshi mu batungwa agatoki, ni abayobozi b’inzego z’ibanze badatanga amakuru ugasanga ibikorwa byose byo kwirinda COVID-19 biraharirwa Polisi.

    Abakorerabushake mu kazi ko gukangurira abaturage kwirinda COVID-19
    Abakorerabushake mu kazi ko gukangurira abaturage kwirinda COVID-19

    Mu bagize uruhare mu kurwanya COVID-19 mu Karere ka Musanze, harimo n’urubyiruko rw’abakorerabushake rushimwa na benshi ku bwitange rwakomeje kugaragaza, n’ubwo rwakomeje kugaragaza imbogamizi ruhura na zo muri ako kazi, zirimo kubura uburyo bwabafasha mu kazi nko kubona isabune yo kumesa imyambaro baba biriranywe mu kazi aho baba biriwe bafasha igihugu gukumira COVID-19.

    Umwe waganiye na Kigali Today yagize ati “Igihugu cyacu turagikunda ntituzigera tugitererana, aka kazi dukora karakomeye dukeneye ubufasha, nk’ubu iyi myambaro twiriranwa biba bisaba kuyifura wataha ugasanga nta sabune, wazinduka mu gitondo uza mu bufasha ukabura n’ayo gutega igare, twe abakobwa ntitukibona amavuta yo kwisiga, bibaye ngomba badufasha muri aka kazi tukabona ibikoresho nkenerwa”.

    Undi ati “Dutewe ishema no kuba turi gufasha Leta mu kurwanya icyorezo cya COVID-19 kandi turabikora twishimye, gusa ducibwa intege no kumva abo mu tundi turere bahembwa twe tukabura n’ay’isabune, mfite inshuti zanjye i Kigali zirampamagara ziti twe twahembwe, twese twakagombye gufatwa kimwe mu gihugu hose”.

    Mu bindi byatumye COVID-19 ikwirakwira mu Karere ka Musanze kandi ni abaturage batambara udupfukamunwa uko bikwiye aho usanga hirya no hino mu mihanda abenshi batumanuye batwambariye ku kananwa abandi badutwaye mu ntoki.

    Nyuma y’uko imibare y’abandura COVID-19 ikomeje kwiyongera mu Karere ka Musanze, Umuyobozi w’ibitaro bikuru bya Ruhengeri Dr Muhire Philbert na we yagaragaje uburyo habayeho ukudohoka gukabije mu kwirinda COVID-19 muri ako Karere aho mu barwayi bari gukurikirana harimo umubare munini w’abarembye.

    Yagize ati “Ntabwo nabura kubivuga abaturage baradohotse mu buryo bukabije, aho tunyura hose mu makaritsiye no mu mihanda y’igiturage turabibona, ntibambara udupfukamunwa uko bikwiye, guhana intera ntibikorwa ntibakaraba intoki abantu baradohotse ni yo mpamvu uburwayi bukomeje kwiyongera. Niba tubona abantu bakatubwira n’abo bahuye twabapima tugasanga bararwaye biratwereka ko ibijyanye n’ubwirinzi burimo ikibazo gikomeye.

    Ubwiyongere bwa COVID-19 muri uyu Mujyi wa Musanze bushobora kubangamira ibikorwa birimo iby
    Ubwiyongere bwa COVID-19 muri uyu Mujyi wa Musanze bushobora kubangamira ibikorwa birimo iby’ubucuruzi n’ubukerarugendo, ikaba ari yo mpamvu hakajijwe ingamba zo kwirinda

    Mu gukumira ubwo bwandu bukomeje kwiyongera muri ako karere, ubuyobozi bw’Akarere bwashyizeho ingamba ahakomeje gukorerwa ubukangurambaga mu mirenge inyuranye no mu bigo by’amashuri bashishikariza abaturage kwirinda COVID-19.

    Mu gukaza izo ngamba kandi, ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwashyizeho imodoka ebyiri za Coaster zigenda mu mihanda zifata abakomeje kunyuranya n’amabwiriza yo kwirinda COVID-19 ku bufatanye na Polisi, aho mu isaha imwe izo modoka zishyizweho hahise hafatwa abarenga ijana batambaye udupfukamunwa bajyanwa muri sitade bafatirwa ibihano.

    Nyuma kandi y’uko Inama y’Abaminisitiri ifatiye ingamba Akarere ka Musanze, abafite amahoteli barataka ibihombo aho hari n’abari baraye muri ayo mahoteli biteguye inama mu gitondo bucya babwirwa ko izo nama zitakibaye.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/minisante-yasobanuye-impamvu-musanze-yashyiriweho-ingamba-zihariye-zo-kurwanya-covid-19

  • COVID-19: Rwanda records 57th death, 85 new cases #rwanda #RwOT

    The statement released last night shows that the new patients were found in Kigali: 30 Musanze: 39, Rubavu: 8, Karongi: 3, Rusizi: 3, Ruhango: 1 and Huye: 1.’

    Rwanda confirmed the first COVID-19 case on 14th March 2020. Since then, 6832 people have been tested positive out of 673,517 sample tests of whom 6036 have recovered, 739 are active cases while 57 have succumbed to the pandemic.

    Coronavirus symptoms include coughing, flu, and difficulty in breathing. The virus is said to be transmitted through the mucous membranes of the respiratory tract.

    Rwandans are urged to adhere to COVID-19 health guidelines, washing hands frequently using soaps and safe water, wearing face masks and respecting social distancing.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/covid-19-rwanda-records-57th-death-85-new-cases