Category: Uncategorized

  • Leta ya Uganda yasabye ifungwa ry'imbuga za YouTube zifite aho zihurira na Bobi Wine #rwanda #RwOT

    Urwego rushinzwe kugenzura itumanaho muri Uganda rwandikiye ikigo cy'ikoranabuhanga Google, ari cyo nyiri YouTube itangazwaho za videwo, kiyisaba gufunga shene (channels) 14 bivugwa ko zifite aho zihuriye n'imidugararo yo mu kwezi gushize yaguyemo abarenga 50.

    Iyo midugararo yabereye mu murwa mukuru Kampala no mu yindi mijyi ikomeye, nyuma y'itabwa muri yombi ry'umukandida Perezida Robert Kyagulanyi, uzwi cyane nka Bobi Wine, kubera kurenga ku mabwiriza yo kurwaya Covid-19.

    Zimwe muri shene zo kuri YouTube ziri gusabirwa gufungwa zifite aho zihuriye na Bobi Wine, ariko umukuru w'ibijyanye n'amategeko mu kanama ka Uganda k'itumanaho (UCC), yabwiye igitangazamakuru Bloomberg ko ibyo 'byahuriranye', ko batari bagendereye Bobi Wine.

    Mu ibaruwa ako kanama kandikiye Google, kavuze ko izo shene za YouTube zakoreshejwe mu gukangurira abantu kwitabira imidugararo ndetse zigatangaza ibintu binyuranyije n'amategeko, nkuko bivugwa n'ikinyamakuru Daily Monitor.

    Nkuko BBC ibitangaza, biteganyijwe ko Abanya-Uganda bujuje ibyangombwa byo gutora bitabira amatora ku itariki ya 14 y'ukwezi kwa mbere 2021 batora perezida n'abagize inteko ishingamategeko bashya.

    Perezida Yoweri Museveni uri ku butegetsi amazeho imyaka 34, arimo gushaka kongera gutorwa.

    Munyaneza Theogene intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/leta-ya-uganda-yasabye-ifungwa-ryimbuga-za-youtube-zifite-aho-zihurira-na-bobi-wine/

  • Ugandan Independent Candidate Calls Off Physical Campaigns #rwanda #RwOT

    Willy Mayambala an Independent presidential candidate in Uganda's ongoing presidential campaigns has called off his physical campaigns‚ citing a threatening increase in the COVID19 cases and deaths.

    Mayambala now says he has resorted to electronic campaigns and wants NIRA to avail him of all contacts of Ugandans for easy access.

    So far Uganda has registered 402 new cases making a total of 28,168 cases since the Covid-19 pandemic hit the East African country in March. A total of 10,005 have recovered and the country has lost  225 people to the pandemic in the past  nine months only.

    Meanwhile, Presidential candidate Yoweri Museveni the flag bearer of the ruling National Resistance Movement is aggressively combing through the western region of Uganda seeking support from voters.

    He has commissioned the newly constructed Ishaka—Katunguru road (58km), officially opened the Kasese Central Market constructed under the Markets, and Agricultural Trade Improvement Program(MATIP), it will accommodate at least 800 vendors and amenities including a daycare center.

    'At the sidelines of our campaign meetings in Kasese yesterday, NRM party leaders from the district gifted me with 10 heifers as a token of appreciation,' Candidate Museveni said on Tuesday.

    On the side of the opposition candidates, Robert Kyagulanyi representing the National Unity Party in the race, this candidate has staged a tough resistance against the ruling party telling his supporters that change is inevitable.

    He says that there is no rule of law in Uganda, adding that the country runs on orders from a small circle of oppressors who dispense orders that are implemented without question.

    Kyagulanyi says the Ugandan security has launched chemical attacks on members of the NUP party, 'we believe there was a chemical attack on our team by the military in police uniforms. We condemn all human rights abuses by the M7 regime. One day justice will be served.'

    The candidate also claims his social media channels and those of his supporters are being targeted by the state operatives as they attempt pulling down most of the vocal platforms.

    'Having gagged Ugandan media with all manner of repressive laws, raids, arrests & intimidation (plus taxing social media), the regime now asks Google to block social media channels that support us or carry message of change! The dictator is in panic,' Kyagulanyi claims.

    On Wednesday, Kyagulanyi said due to the pressure the NUP has subjected to the government, the ruling party NRM is offering bribes to NUP candidates to pull out of the campaigns.

    'While patients in our hospitals die because there is no oxygen, the NRM has approached almost all NUP candidates offering them hundreds of millions to quit the race! Some are offered up to 200m, others more, other less! This is what our money does! Why we must remove the dictator,' Kyagulanyi noted.

    The post Ugandan Independent Candidate Calls Off Physical Campaigns appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/ugandan-independent-candidate-calls-off-physical-campaigns/

  • Ngoma Farmers To Benefit From Solar Powered Irrigation System #rwanda #RwOT

    A solar irrigation project has been launched in Ngoma district to help farmers in Zaza and Mutenderi Sectors, Taarifa can reliably report.

    According to details, the project has been launched by Rwanda Rural Rehabilitation Initiative (RWARRI) at a cost of Frw 260million. Part of this includes a Frw 168million donation by Rwanda Green Fund-FONERWA.

    In Zaza and Mutenderi Sectors the irrigation equipment is expected to pump water to fix 20 hectares of crop farms.

    Uwizeye Belange, the RWARRI Exective Director says the project aims at improving smallholder farmers' livelihoods and climate resilience using green technologies.

    'This project is a response for vegetables and fruits growers who were challenged by the long dry seasons. Once all these irrigation facilities are operational, farmers grow crops during all seasons,' Uwizeye said.

    According to Uwizeye the project has installed two solar water pumping stations and two clay-stone water reservoirs of 500m3 each to improve the livelihood and climate resilience for vulnerable groups in the community.

    'Vegetable production during the 3 months of the dry season, costs Frw600,000 for the generator fuel used to pump water to the hillside,' says Uwihanganye Sebahire Faustin a farmer in the area.

    Uwihanganye notes that such expenses were too high to be afforded by farmers in Zaza or Mutenderi sectors. Farmers in this area had resorted to farming only during the two rainy seasons.

    Other details also indicate that this project targets 1,500 smallholder farmers with 600 women and 300 youth to produce high-value crops and increase their income using durable and adequate green technologies infrastructures.

    The post Ngoma Farmers To Benefit From Solar Powered Irrigation System appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/ngoma-farmers-to-benefit-from-solar-powered-irrigation-system/

  • President Ndayishimiye Summons Military, Police To Security Meeting #rwanda #RwOT

    The Burundian leader Evarsite Ndayishimiye has driven to Gihanga town in Bubanza Province to convene an impromptu security meeting.

    According to his handlers, the President is charing this meeting to assess the security situation at the national level.

    In attendance are members of the FDNB Military leadership and the National Police (PNB), the Ministry of Justice and administrative officials have been invited.

    Gihanga is a town in the Commune of Gihanga in Bubanza Province in north western Burundi. It is a border province on the frontier with the Democratic Republic of Congo.

    Red Tabara rebels have repeatedly overwhelmed the Burundi security forces in this area. They regularly cross from DRC and launch deadly attacks in this part of Burundi.

    For example last year in October, around 100 combatants wearing Burundian army and police uniforms entered the province and initially took around 20 civilians hostage before releasing them.

    On 30 January 2020 Four journalists from the Iwacu group, one of the last independent media still operating in the country, were sentenced to two and a half years in prison for possible attempt to destabilise the internal security of the State yet they were merely carrying out their professional duty to gather information.

    On 22 October 2019, they went to the province of Bubanza to cover armed clashes between the Burundian defense forces and members of an armed group reported the same morning; but they were immediately arrested and detained. Their sentencing was denounced by several independent experts from the United Nations.

    The post President Ndayishimiye Summons Military, Police To Security Meeting appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/president-ndayishimiye-summons-military-police-to-security-meeting/

  • Utubari 85 twaraye dufatiwemo abantu 300 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuri uyu wa 16 Ukuboza 2020, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yagarutse ku mibare y’abantu bagiye bafatwa baranze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, harimo abafatiwe mu tubari, abatambaye udupfukamunwa, abatubahirije ibwiriza ryo guhana intera ndetse n’abarenze ku masaha yo kugera mu ngo zabo.

    Minisitiri Shyaka yavuze ko ku bufatanye n’inzego zitandukanye harimo na Polisi y’Igihugu, mu gihugu hirya no hino hafashwe utubari dufunguye tugera kuri 85, harimo abantu bagera kuri 300. Mu gihe abafashwe batambaye udupfukamunwa uko bikwiye bagera ku bihumbi bitatu (3000).

    Abafashwe batubahirije ibwiriza ryo guhana intera hagati y’umuntu n’undi, bagera kuri 979, naho abafashwe barenze ku masaha yo kugera mu ngo zabo, ni abantu bagera ku 2538 mu gihe ibinyabiziga byafashwe byarengeje amasaha yo kugera mu ngo ari 128.

    Asoza icyo kiganiro, Minisitiri Shyaka yavuze ko iyo mibare yo ku munsi wa mbere gusa nyuma y’ibyemezo bishya by’inama y’Abaminisitiri igaragaza ko abantu bataratangira gushyira ibintu mu buryo. Yasabye Abanyarwanda bose kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo, bakubahiriza amasaha yo kugera mu rugo dore ko bayazi, ko nta kabari kemewe, bakubahiriza n’ibyo guhana intera bagamije kwirinda.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/utubari-85-twaraye-dufatiwemo-abantu-300

  • Minisitiri wa Siporo yijeje ko barimo kwiga uko imikino yahagaritswe yasubukurwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Munyangaju (ubanza ibumoso) hamwe n
    Minisitiri Munyangaju (ubanza ibumoso) hamwe n’abandi bayobozi mu kiganiro n’itangazamakuru

    Ibi yabigarutseho mu kiganiro abayobozi banyuranye bagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukuboza 2020 bagamije kugaragaza uko ingamba zijyanye no gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 zihagaze mu Rwanda.

    Minisitiri Munyangaju avuga ko n’ubwo imikino y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe ngo hari imikino mpuzamahanga izakomeza harimo umukino wa AS Kigali yemerewe gutangira imyiteguro tariki ya 16 Ukuboza mu kwitegura umukino uzayihuza n’ikipe yo mu gihugu cya Uganda.

    Atangaza ko n’ikipe y’igihugu na yo izitegura umukino wa CHAN, naho imikino ya CECAFA iri kubera mu Karere ka Rubavu ngo irakomeza n’ubwo hari ingamba zigomba kubahirizwa.

    Minisitiri Munyangaju yagize ati « Ingamba zihari ni uko amakipe yose yajyanywe ahantu hamwe i Rubavu, kuri buri mukino ugiye kubaho abakinnyi n’ababafasha barapimwa. »

    Minisitiri Munyangaju avuga ko nta mbogamizi mu kwanduza abakinnyi bari mu irushanwa kuko badasohoka ndetse ntibagire aho bahurira n’abantu bo hanze.

    Ku bijyanye n’amarushanwa yo gusiganwa ku magare (Tour du Rwanda), Minisitiri Munyangaju avuga ko ayo marushanwa arimo gutegurwa kandi kugira ngo abe bikazaterwa n’uko icyorezo cya COVID-19 kizaba gihagaze.

    Ati « Twari tumenyereye ko abaturage bajya ku muhanda mu gihe tour du Rwanda iri kuba bashyigikiye abakinnyi ariko iyi si ko bizagenda kuko tuzagendera uko icyorezo kizaba gihagaze, hakazaba kubahiriza amabwiriza.”

    Minisitiri wa Siporo avuga kuba hari abakinnyi babonetseho icyorezo cya COVID-19 byatewe no kutubahiriza amabwiriza yashyizweho n’inzego zitandukanye yo kwirinda, harimo kuba amakipe ataragumye aho yari ateraniye (camp) nk’uko byasabwaga.

    Yanagaragaje n’ibibazo byabonetse muri imwe mu mikino, urugero nko ku mukino wa Rayon Sports na Rutsiro FC agira ati “Mu mukino wa Rayon Sports na Rutsiro FC, abakinnyi bagiye mu kibuga ibisubizo bya COVID-19 bitaraza, bisohoka bigaragaza ko hari abakinnyi bane barwaye kandi umukino uri kuba, abakinnyi bakomeza gukina.”

    Ikindi avuga ni uko hari amakipe yatanze impapuro mpimbano zerekana ibisubizo bya COVID-19. Avuga ko ahabonetse impapuro mpimbano ababikoze bazahanwa n’amategeko hagendewe ku igenzura riri gukorwa.

    Minisitiri wa Siporo, Aurore Munyangaju, yizeza ko abashinzwe ibirebana n’umupira w’amaguru barimo gutegura ingamba zizatuma wongera kugaruka, imikino igasubukurwa.

    Ibi abivuga ashingiye ku biganiro biri gukorwa ariko akongeraho ko bizaterwa n’uko ubwandu buzaba bwifashe mu Rwanda.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/minisitiri-wa-siporo-yijeje-ko-barimo-kwiga-uko-imikino-yahagaritswe-yasubukurwa

  • Karongi : Umugabo yikase igitsina kubera umugore we ukunze kumuca inyuma #rwanda #RwOT

    Ibi byabereye mu Mudugudu wa Bugoberi, Akagari ka Gitega, Umurenge wa Gitesi, mu Karere ka Karongi, aho Harerimana atuye n’umugore we bivugwa ko amaze igihe yaramujujubije amuca inyuma akajya gusambana n’abandi bagabo.

    Uyu mugabo wikase igitsina ku wa 14 Ukuboza 2020, afite imyaka 38 y’amavuko akaba yari amaze igihe kitari gito afitanye amakimbirane n’umugore we ashingiye ku gucana inyuma nk’uko byatangajwe n’Umuseke dukesha iyi nkuru.

    Abaturage baturanye n’uyu muryango bavuze ko batazi niba umugabo yarashakanye byemewe n’amategeko n’umugore bafitanye amakimbirane.

    Ibyo kuba umugore yacaga inyuma umugabo we byemejwe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri aka gace ndetse bushimangira ko bwari buzi iki kibazo.

    Umunyamanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitesi, Niyonsaba Cyriaque yabwiye iki kinyamakuru ko uriya mugabo yagiranye ibibazo n’umugore we ejo hashize (ku wa Mbere) mu masaha y’umugoroba nka sa kumi n’ebyiri (18:00) agahita ajya ahantu hiherereye afata urwembe atangira kwikata igitsina.

    Ngo yakataga ahereye aho igitsina gitangirira agenda ashishura abaturage baza gusanga yamaze kwikorera aya marorerwa.

    Uyu muyobozi avuga ko uriya mugabo bahise bamujyana ku Kigo Nderabuzima cya Bubazi, ariko bakaza guhita bamwohereza ku bitaro bya Kibuye.

    Agira inama abaturage ko mu gihe bagize ibibazo nka biriya by’amakimbirane badakwiye kwifatira ibyemezo ahubwo bakwiye kwegera ubuyobozi bukabasha kubikemura kuko biri no mu nshingao zacu zo gukumira icyaha.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Karongi-Umugabo-yikase-igitsina-kubera-umugore-we-ukunze-kumuca-inyuma

  • Rwanda Francs: Buying Frw961, Selling Frw980 #rwanda #RwOT

    As of Wednesday December 16th, performance of Rwanda currency against the other major safe haven currencies remained weak compared to the day before.

    The US dollar is buying  at Frw961 and selling at Frw980

    The Euro is buying at Frw1169 and selling at Frw1192

    Another major currency is the Pound sterling currently buying at Frw1294 and selling at Frw1320

    For Kenya which is a destination of Rwanda's importers, the Kenya shilling is buying at Frw 8.6 and selling at Frw 8.78.

    Rwanda Currency Remains Weak Against US Dollar

    The post Rwanda Francs: Buying Frw961, Selling Frw980 appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/rwanda-francs-buying-frw961-selling-frw980/

  • President Félix Antoine Tshisekedi & UN Discuss Exit Of Monusco #rwanda #RwOT

    Jean-Pierre Lacroix the Assistant Secretary General of the United Nations flew to the DRC capital Kinshasa to meet with President Félix Antoine Tshisekedi for discussions on the withdrawal of the UN peacekeeping mission.

    According to the DRC Presidency, the two leaders held discussions on 3 main points, in particular the relations between the DRC and the United Nations Mission for the Stabilization of the DRC (Monusco), the security, socio-economic and humanitarian challenges due to the coronavirus pandemic.

    On the phasing out of MONUSCO peacekeepers, Jean-Pierre Lacroix proposed to the DRC government a gradual exit strategy depending on the situation on the ground.

    UN Secretary-General Antonio Guterres, for his part, called for a one-year extension of MONUSCO's mandate, which expires in principle on December 20.

    This proposal was formulated during the meeting of the Security Council on the Democratic Republic of Congo, organized this week.

    Jean-Pierre Lacroix is expected to visit the provinces of North Kivu and Ituri, these areas where armed groups are still rife and where insecurity continues to be in full swing.

    MONUSCO was established by the United Nations Security Council in resolutions 1279 (1999) and 1291 (2000) of the United Nations Security Council to monitor the peace process of the Second Congo War, though much of its focus subsequently turned to the Ituri conflict, the Kivu conflict and the Congo conflict.

    The post President Félix Antoine Tshisekedi & UN Discuss Exit Of Monusco appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/president-felix-antoine-tshisekedi-un-discuss-exit-of-monusco/

  • #COVID19: Minisitiri Shyaka yasobanuye uko ingendo zacaga i Musanze mu muhanda Kigali-Rubavu zizakorwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umujyi wa Musanze unyuramo umuhanda uhuza Rubavu na Kigali
    Umujyi wa Musanze unyuramo umuhanda uhuza Rubavu na Kigali

    Prof Shyaka yavuze ko hari uburyo bubiri abantu bazakomezamo ingendo ntibahure na Covid-19 bageze i Musanze, aho basabwa guhitamo kunyura i Muhanga cyangwa bakanyura i Musanze ariko Polisi ikabaherekeza kugira ngo badahagararayo.

    Ibi Minisitiri Prof Shyaka yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu, ari kumwe na bagenzi be barimo ushinzwe ubuzima, siporo, ubucuruzi n’inganda ndetse n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda.

    Prof Shyaka yagize ati “Abantu baribaza bati ‘ese Musanze ko ari saa moya ariko Rubavu na Kigali bigashyirwa saa tatu biragenda bite!” Niba uva i Rubavu ukabona ko uri bugongane na saa moya i Musanze, ushobora kwinyurira mu Ngororero na Muhanga ugakomeza ukagenda”.

    Yakomeje agira ati “Ariko ushaka gukomeza guca i Musanze, ngira ngo twafatanyije na Polisi y’Igihugu hamwe n’izindi nzego dukorana, hari aho Musanze itangirira n’aho irangirira, hagati aho Polisi y’Igihugu iraguherekeza ariko ntabwo ari byo dushyize imbere”.

    Ministiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ndetse n’Umuvugizi wa Polisi, CP John Bosco Kabera, bakomeza bagira inama abantu kwirinda kuva i Rubavu cyangwa i Kigali bwije (saa moya zageze), ahubwo ko bakwiye kumenyera gukora no kugenda hakibona.

    Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) ku bijyanye n’ubwandu bwa Covid-19 kuri uyu wa 15 Ukuboza 2020 igaragaza ko i Kigali handuye abantu 30 biganjemo abagenzi binjira mu gihugu, bakaba barahise bashyirwa mu kato.

    Mu mujyi wa Musanze hagaragaye abafite ubwo bwandu bangana na 39, bakaba ari itsinda MINISANTE ivuga ko ari abibasiwe kurusha abandi, ndetse n’i Rubavu ngo handuye abantu umunani, i Karongi batatu, i Rusizi batatu, mu Ruhango umwe, ndetse na Huye umwe.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije avuga ko i Musanze hagaragaye umwihariko wo kugira abantu benshi banduye Covid-19 ugereranyije n’ahandi mu yindi mijyi y’u Rwanda.

    Dr Ngamije yagize ati “Ku bantu basaga 100 muri Musanze twasuzumye (mu cyumweru gishize) nta gahunda twahanye ndetse na bo nta gahunda bahanye natwe, uhuriye n’umuntu mu nzira ukamupima, twasanze harimo abasaga 13% bafite ubwandu”.

    Minisitiri w’Ubuzima avuga ko iyo mibare ku bijyanye n’indwara z’ibyorezo iteye impungenge, akaba ari yo mpamvu abanya-Musanze bafatiwe ingamba zihariye.

    MINISANTE ivuga ko mu yindi mijyi y’u Rwanda ikibazo cya Covid-19 kidakabije nk’i Musanze, ariko na bo ngo basabwa kwirinda cyane cyane muri iki gihe cy’iminsi mikuru isoza umwaka.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/covid19-minisitiri-shyaka-yasobanuye-uko-ingendo-zacaga-i-musanze-mu-muhanda-kigali-rubavu-zizakorwa