Category: Uncategorized

  • Burundi: Perezida Ndayishimiye yahaye imbabazi abanyamakuru b'Ikinyamakuru IWACU #rwanda #RwOT

    Aba bari bafunzwe kuva mu kwezi kwa cumi k'umwaka wa 2019 bashinjwa “ubufatanyacyaha mu guhungabanya umutekano w'igihugu” ,ariko uyu munsi bafunguwe nkuko itangazo ryasohowe na Perezida Ndayishimiye ribitangaza.

    Ibi birego byari bijyanye n'igitero cy'abantu bitwaje intwaro cyabaye ku musozi wa Musigati mu ntara ya Bubanza ku itariki ya 22 Ukwakira 2019.

    Nyuma y'iminsi 430 muri gereza,aba banyamakuru bahawe imbabazi nyuma yo kwandika bazisaba gusa amande ya miliyoni FBU baciwe aragumaho.

    Bavugana na BBC kuri uyu mugoroba wo kuri uyu wa Kane, bakimara gusohoka gereza, bavuze ko banezerewe cyane kuko bagiye kurira Noheli mu miryango yabo.

    Agnes Ndirubusa, umwe muri bo,yabwiye BBC yishimye ati:“Ndanezerewe cane kuba turekuwe, jewe n'abo turi kumwe tugasubira mu miryango yacu.

    “Tuvuye kure, tukaba tugiye gusangira Noel n'incuti n'imiryango mu munezero nta ngere. “

    Mu ibaruwa yo kubarekura yo kuwa gatatu tariki 23 Ukuboza 2020, umukuru w'igihugu Gen. Evariste Ndayishimiye avuga ko nyuma yo kwakira amabaruwa yabo yo gusaba imbabazi yafashe ingingo yo kubababarira, ariko bagomba kuriha amande baciwe.

    Aba banyamakuru batawe muri yombi ubwo bari mu kazi kabo ko gutara inkuru mu Ntara ya Bubanza iherereye mu Burengerazuba bw'iki gihugu, ku bijyanye n'igitero cyagabwe n'inyeshyamba z'Abarundi (RED Tabara) ziturutse muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

    Aba banyamakuru bane:Térence Mpozenzi, Agnès Ndirubusa, Egide Harerimana na Christine Kamikazi,bagejejwe imbere y'urukiko ku wa gatatu tariki 06 Gicurasi 2020 nyuma y'amezi agera kuri atandatu bari bamaze bari muri gereza.

    Aba bakatiwe igifungo cy'imyaka 2 n'amezi 6 banacibwa ihazabu ya miliyoni imwe y'amarundi buri umwe mu kwa mbere uyu mwaka, bashinjwa kugerageza kugambanira inzego za Leta z'ubutasi bw'imbere mu gihugu.

    Itangazo rigenewe abanyamakuru ryasohowe n'ubushinjacya bukuru bw'u Burundi ryo mu mpera y'ukwezi kwa cumi umwaka ushize, ryavugaga ko ibimenyetso bufite “bigaragaza ko bishoboka ko bari basanzwe bazi iby'icyo gitero”.

    Ryavuze kandi ko “bafatiwe ku musozi waberagaho imirwano”.

    Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch, wavuze ko icyemezo cyo gukomeza gufunga abo banyamakuru ari “ibintu bibabaje…ku kinyamakuru cya nyuma kigenga gisigaye mu Burundi, mu gihe haburaga gusa amezi atandatu ngo amatora yo mu 2020 abe”.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/burundi-perezida-ndayishimiye-yahaye-imbabazi-abanyamakuru-b-ikinyamakuru-iwacu

  • Muhamudu Mosi wakiniye Amavubi arasaba ubufasha kuko arembeye muri Ethiopia #rwanda #RwOT

    Uyu munyezamu yagiranye na Radio TV1 ayitangariza ko akeneye ubufasha akava muri Ethiopia akerekeza muri Australia hatuye nyina umubyara ndetse n'umugore we babyaranye abana 2 mbere y'uko batandukana.

    Mosi uherutse kubabaza benshi mu bakunzi b'umupira w'amaguru mu Rwanda kubera ifoto yagiye hanze asa nabi cyane ndetse ubona nta buzima afite.

    Nyina wa Muhamudu Mosi witwa Mbiwa Seraphine yabwiye Radio &TV1 ko umwana we ahangayitse cyane kuko arwaye indwara zitandukanye z'ubuhumekero ndetse ngo yabwiwe ko natabagwa azarwara Kanseri.

    Yagize ati 'Muhamudu Mosi arahangayitse cyane.Arwaye indwara nyinshi ariko no mu mutwe ntabwo ameze neza.Afite ikibazo mu mazuru guhumeka ntibimworoheye.Bari bamusabye kubagwa ariko arabitinya muganga amubwira ko azarwara kanseri.

    Nta muntu n'umwe wo kumufasha,abantu bose bamuvuyeho.Ndabaririra,mufashe Muhamudu Mosi kubera akazi yabakoreye abashe kuva hariya muri Ethiopia aze hano ndi.Aha muri Australia mba njyenyine.Natwaye abana be 2 mbafasha kwiga barangiza kaminuza ariko nyuma baransiga nsigara njyenyine.

    Aho ndi niyishyurira inzu na Muhamudu Mosi mwishyurira inzu buri kwezi.N'ubufasha mbasaba,mumfashe ave hariya muri Ethiopia.'

    Uyu mubyeyi yasabye abakunzi b'umupira w'amaguru mu Rwanda kumufasha nibura kugera mu Rwanda hanyuma akazabona uburyo bwo kugera muri Australia.

    Uwahoze ari kapiteni w'ikipe y'igihugu mu gihe cya Muhamudu Mosi witwa Mbonabucya Desire yatangaje ko uyu munyezamu bagerageje kumufasha kuko ngo hari amadolari 800 bamwoherereje ayamara mu minsi 2 gusa.

    Yagize ati 'Twashatse amadolari turayamwoherereza.Bwa mbere yabonye nk'amayero 200,ubundi tumwoherereza andi 600.Urumva ko yabonye amayero nka 700 cyangwa 800.

    Bebe [Mosi] turamuzi uburyo akunda amafaranga kandi yabaye mugenzi wacu mu ikipe y'igihugu ntabwo ari umuntu twatererana,twaramufashije ayo mafaranga twarayatanze.

    Ibyo kugaruka mu Rwanda naba abyemeye twamufasha wenda akabona n'abandi bantu bakamufasha kuko yabaye umusinzi,n'umuntu wirirwa yinywera ku muhanda.Namenye ko abana n'abantu bacuruza amakara ibintu nk'ibyo.

    N'ukubyigaho ukuntu abantu bakongera kumufasha,ariko Bebe umuhaye amafaranga mu ntoki ayo twamuhaye yaraye ayamaze,mu minsi 2 yari ayamaze.'

    Uyu Muhamud Mosi kuri ubu ubarirwa mu myaka 43, ni umwe mu banyezamu bashimishije bikomeye abakunzi ba ruhago nyarwanda mu myaka yo hambere bitewe n'udushya, amafiyeri no gusetsa abafana byamuranze mu gihe yamaze akina mu Rwanda.

    Uyu mugabo ari mu bakinnyi bahetse ikipe y'igihugu Amavubi ubwo yatsindaga Uganda ku wa 6 Kanama 2003, igitego kimwe ku busa mu mukino utazasibangana mu mateka y'ibihugu byombi.

    Uyu mugabo yanyuze mu makipe menshi arimo Mityana Fc, Express Fc, Victors Fc,SC Villa yose yo muri Uganda ndetse na APR FC, AS Kigali na Kiyovu Sports ya hano mu Rwanda.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/muhamudu-mosi-wakiniye-amavubi-arasaba-ubufasha-kuko-arembeye-muri-ethiopia

  • Umugabo yarwanye n'intare yari ije kumurya akoresheje ibipfunsi atabarwa na bagenzi be [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Gotz Neef w'imyaka 32 yahuye n'uruva gusenya kuwa 07 Ukuboza 2020,ubwo yari muri iri hema rye hanyuma iyi nyamaswa y'inkazi iramwinjirana ishaka kumwica.

    Dr Rainer Von Brandis nawe w'umushakashatsi bari begeranye muri ako gace bari bakambitsemo bitavuzwe niba ari muri pariki,yumvise rwahanye inkoyoyo niko kuza gutabara yambaye ubusa atera umwanda w'inzovu iyi ntare mu rwego rwo gutabara mugenzi we biranga, ahagura ishami ry'igiti arayitera biranga.

    Ubwo Bwana Neef yari hafi yo gupfa,umurinzi w'izi nyamaswa witwa Tomalets Setlabosh yahise ahagoboka agerageza kuyikanga ngo ihunge ahubwo itangira kwiruka ku modoka ye ngo nawe imwice.
    Uyu murinzi yayisatiriye n'imodoka,iyi ntare ibona urugamba rurenze niko kwiruka igana mu bihuru bwana Neef arokoka atyo gusa yari yamuteye inzara n'amenyo yayo atyaye.

    Neef yahise ajyanwa ku bitaro afite ibikomere 16 bikomeye ku mubiri we,yari yavunitse igufwa ryo ku kuboko ndetse birumvikana ko iyi ntare yari yamuteye ibisebe ku mubiri.Kugeza ubu, Neef ari koroherwa ariko yari ameze nabi mu minsi ishize.

    Icyakora aba barinzi ba pariki bahise bahise bagerageza gufasha iyi ntare ishaje yari yirukanwe mu cyanya cyayo na ngenzi zayo bigatuma inzara yari ifite iyitura Neef.

    Bwana Dr Von Brandis w'imyaka 46 avuga kuri iyi ntambara yamaze iminota 5 yagize ati 'Ntabwo nari mberewe kurebwa kuko nari nambaye agapira ko hejuru gusa ndi gusakuza ngo iyi ntare ihunge ye kwica inshuti yanjye.

    Numvise Gotz avuza induru ko hari ikintu kinini kiri inyuma y'ihema rye nsohokana itoroshi ndebye mbona n'intare yamaze gusenya iryo hema.Yari iri hejuru ya Gotz ariko kubw'amahirwe yari ikirya iryo hema,nibwo nabonye umwanda w'inzovu wumye ndayitera cyane.

    Nabonye ntacyo bitanze mpita nyitera ishami ry'igiti naryo ntiryagira icyo rimara ahubwo mbona itangiye kurya bya nyabwo Gotz ku kuboko ari kuvuza induru cyane.

    Nabonye bikomeye mpita niruka nyisanga nambaye ubusa nyikubita igiti kinini nari mfite nabwo ntiyagenda.Kubw'amahirwe umukuru w'abarinzi witwa Tomalets Setlabosha yahise aza.

    Iyo ntare yatinye imodoka ariko kubera ko yari ishonje cyane yakomeje kurya Gotz nibwo Tomalets Setlabosha yazanye Land Cruizer ayegereye yirukira mu bihuru.'

    Iyi ntare imaze guhunga aba bagenzi be bahise bamujyana ku bitaro bya Maun biri ku birometero birenga 50 uvuye aho ariko abaganga baramunaniwe ajyanwa I Windhoek muri Namibia ari naho ari kuvurirwa.

    Uyu Dr Rainer Von Brandis, afite umugore n'abana 2 n'umunyafurika y'Epfo aho ayoboye ikigo cyitwa Wild Bird Trust ndetse yari yagiye muri Botswana ajyanye n'uyumugenzi we Neef.





    Gotz yari amaze inshuro 500 arara mu ihema mu bushakashatsi ariko nibwo bwa mbere yatewe n'intare yari igiye kumuhitana

    Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umugabo-yarwanye-n-intare-akoresheje-ibipfunsi-yari-ije-kumurya-atabarwa-na

  • Neymar Jr yatwawe umutima n'umukobwa w'ikizungerezi wasajije benshi ku mbuga nkoranyambaga[AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Uyu mukobwa w'imyaka 28 aravugwaho gukurura Neymar Jr kubera amafoto akurura abagabo yagiye ashyira hanze mu bitandukanye arimo n'iyo iki cyamamare cyakunze [like].

    Ikinyamakuru Marca cyo muri Espagne cyavuze ko Neymar Jr akunda uyu mukobwa ndetse ahora areba aya mafoto ye akamwifuza.

    Melodie akurikirwa n'abarenga 793,000 kuri Instagram biganjemo abagabo bakunda amafoto agaragaza uburanga bwe abasangiza.

    Uyu mukobwa yavukiye ahitwa Elche muri Spain ndetse asanzwe akora ibiganiro kuri TV bigaragaza ubwiza.

    Icyakora Neymar Jr ashobora kugorwa n'uko uyu mukobwa amaze imyaka 9 akundana n'undi musore Cristian Jerez bakora akazi kamwe.

    Melodie n'uyu mukunzi we bigeze gukora ikiganiro bari ku kirwa ndetse bagaragaza ko bari mu rukundo rukomeye.

    Icyakora amafaranga ya Neymar Jr ndetse n'ubwamamare bwe bushobora gutuma Cristian Jerez ashyirwa ku ruhande igihe cyose uyu mukobwa yaba atamukunda bikomeye.

    Neymar Jr amaze igihe kinini nta mukunzi agira uzwi nyuma yo gutandukana na Bruna Marquezine.

    Uyu mukinnyi yavuzwe mu rukundo rw'ibanga n'abandi bakobwa barimo n'uwitwa Anitta bagiranye ibihe byiza mu birori bya Rio Carnival.





    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/neymar-jr-yatwawe-umutima-n-umukobwa-w-ikizungerezi-wasajije-benshi-ku-mbuga

  • Muvunyi Paul wayoboye Rayon Sports amaze iminsi 4 atawe muri yombi #rwanda #RwOT

    Umuherwe wigize kuyobora Rayon Sports akanayihesha igikombe cya shampiyona cya 2019-2019 ari cyo iheruka, Muvunyi Paul amaze iminsi 4 atawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ‘RIB’ aho akurikiranyweho gukoresha impapuro mpimbano.

    Muvunyi Paul yatawe muri yombi ku wa 24 Ukuboza 2020, akaba yarafatanywe n’abandi 4 bakurikiranyweho iki cyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano.

    Mu bandi bafatanywe nawe harimo Rtd Col Ruzibiza Eugène wigeze kuba Umuyobozi ushinzwe Ingabo mu Karere ka Karongi ndetse mu 2015 yari Umuyobozi wa Brigade ya 307 yakoreraga mu Ntara y’Uburengerazuba.

    Hafunzwe kandi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gasura mu Karere ka Karongi, Niyongamije Gérald n’umuturage witwa Kayigema Félicien.

    Umuvugizi w’Umusigire w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B. Thierry yabwiye ISIMBI ko Muvunyi Paul ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ariko yirinda kuvuga byinshi ku byo akurikiranyweho.

    Ati“Nibyo. Akurikiranyweho gukoresha impapuro mpimbano, ndumva ari ayo makuru twatanga byaka kanya.”

    Kuba icyaha akurikiranyweho cyaba gifitanye isano na hoteli yo mu karere ka Karongi yitwa Kivu Safari Lodge iri mu Murenge wa Gishyita, yatashywe mu 2016 itwaye miliyari 1,2 Frw cyane ko n’abo bafunganywe ari abo muri aka karere harimo n’umuyobozi wayo, yavuze ko ntacyo yabivugaho amakuru ahari ari uko bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha gusa.

    Muvunyi Paul yatawe muri yombi

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/muvunyi-paul-wayoboye-rayon-sports-amaze-iminsi-4-atawe-muri-yombi

  • Paul Muvunyi, former Rayon Sports president arrested #rwanda #RwOT

    IGIHE has learnt that Muvunyi has been arrested along with Rtd Col Ruzibiza Eugène who once served as the RDF 307 Brigade commander in Western Province; Niyongamije Gérald, the executive secretary of Gasura cell in Karongi district and another resident, Kayigema Félicien.

    Speaking to IGIHE, the Acting spokesperson of Rwanda Investigation Bureau (RIB), Dr Murangira B. Thierry has confirmed their arrest.

    'They were arrested on 24th December 2020 for allegedly using forged documents,' he said.

    Dr Murangira explained that investigation is underway for deeper insights into the case.
    Paul Muvunyi is a businessman with ventures in hotels.The executive secretary of Gasura cell in Gishyita sector where the businessman owns a Kivu Safari Lodge is one of suspects arrested with him. The facility was inaugurated in 2016 at a cost of Rwf 1.2 billion.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/paul-muvunyi-former-rayon-sports-president-arrested

  • Umunyemari Muvunyi Paul wayoboye Rayon Sports afunganywe na Rtd Col Ruzibiza Eugene #rwanda #RwOT

    Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi w’umusigire w’Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda, RIB, yemereye ikinyamakuru Ukwezi ko umunyemari Muvunyi Paul na bagenzi be batawe muri yombi tariki 24 Ukuboza 2020, aho ubu bakurikiranyweho icyaha cy’inyandiko mpimbano. Dr Murangira B. Thierry ariko yavuze ko hakirimo gukorwa iperereza kandi gutangaza amakuru menshi bikaba byabangamira iperereza.

    Abandi bafunzwe ni Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gasura mu Karere ka Karongi witwa Niyongamije Gérald hamwe n’umuturage witwa Kayigema Félicien. Aba bose batawe muri yombi bigaragara ko icyaha bakekwaho cyaba cyaranakorewe mu karere ka Karongi kuko na Muvunyi Paul ahafite ibikorwa by’ubucuruzi birimo hotel ikomeye yitwa Kivu Safari Lodge yubatse mu mwigimbakirwa (Presqu’île) uri mu Kiyaga cya Kivu mu Murenge wa Gishyita.

    JPEG - 170.7 ko

    Hotel y’agatangaza ya Muvunyi Paul yuzuye itwaye asaga miliyari imwe na miliyoni magana abiri

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Umunyemari-Muvunyi-Paul-wayoboye-Rayon-Sports-afunganywe-na-Rtd-Col-Ruzibiza-Eugene

  • Pope Francis Recognises Every Family Has Problems #rwanda #RwOT

    Sunday's feast of the Holy Family, said Pope Francis at the weekly Angelus, calls us to reflect 'on the fact that the Son of god wanted to be in need of the warmth of a family, like all children.'

    This is why the Holy Family of Jesus, Mary, and Joseph can serve as a model 'in which all families of the world can find their sure point of reference and sure inspiration.'

    Families open to joy

    A key note of the life of the family of Nazareth was joy, with the Child Jesus 'surrounded by the maternal affection of Mary and the care of Joseph, in whom Jesus was able to see God's tenderness.'

    We too, said Pope Francis, 'are called to rediscover the educational value of the family unit.'

    Families, he said, must be founded on the love that always regenerates relationships, opening up horizons of hope.'

    The Pope emphasized the importance in the family of prayer, affection, forgiveness, tenderness, and adherence to the will of God.

    'In this way,' he said, 'the family opens itself to the joy that God gives to all those who know how to give joyfully.'

    A happy home, he added, is also outgoing: 'it finds the spiritual energy to be open to the outside world, to others, to the service of brothers and sisters, to collaboration in building an ever new and better world,' especially by the example of daily life.

    Three important words

    Pope Francis recognized that every family has its problems, and that at times, because we are human, because we are weak, we even fight within the family.

    'I want to tell you one thing,' the Pope said: 'If we fight in the family, never end the day without making peace.'

    Once again, he recommended three words that should be common in every family: 'please,' 'thank you,' and 'I'm sorry.' If these three words are present in the family, he said, the family will be in good shape.

    A year of reflection on Amoris laetiatia

    Returning to the theme of 'evangelizing with the family,' Pope Francis said Sunday's feast proposes to us once again 'the ideal of conjugal and family love, as emphasized by the Apostolic Exhortation Amoris laetitia, promulgated five years ago' on the feast of St Joseph in 2016.

    'It will be a year of reflection on Amoris laetitia,' he added, and will be an opportunity to deepen the contents of the document.'

    During this special year, he said, 'these reflections will be made available to ecclesial communities and to families, to accompany them on their journey.

    In particular, Pope Francis invited everyone 'to take part in the initiatives that will be promoted during the year, and that will be coordinated by the Dicastery for Laity, the Family, and Life.'

    The Holy Father went on to entrust the 'journey' of the Year 'Amoris Laetitia Family'to' the Holy Family of Nazareth and in particular to Saint Joseph, the devoted spouse and father.'

    Following the Angelus, the Holy See Press Office confirmed that the special Year dedicated to the 'Family Amoris laetitia,' will be inaugurated on the upcoming Solemnity of Saint Joseph (19 March 2021), and will conclude with the celebration of the Tenth World Meeting of Families, to be held here in Rome in June 2022.'

    The post Pope Francis Recognises Every Family Has Problems appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/pope-francis-recognises-every-family-has-problems/

  • Huye:  Umuyobozi w'akarere ka Huye, yongeye kuburira abibwira ko igishushanyo mbonera cy'umugi wa Huye kitagikurikizwa. #rwanda #RwOT

     

     

    Meya w'akarere ka Huye, Sebutege Ange, mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru kuwa 23 ukuboza 2020, yongeye gukebura abibwira ko gahunda y'isuku mu mugi, hacibwa ibihingwa birebire birimo n'urutoki yahagaze, ko bibeshya.

    'Igice cy'umujyi kizakomeza kuba koko igice cy'umugi. Ntabwo twigeze tubuza umuntu guhinga, ahubwo turamugira inama ngo azakorere ubuhinzi ahagenewe ubuhinzi.' Meya Sebutege Ange, aha yasubizaga umwe mu banyamakuru, wari umubajije niba gahunda yari yatangijwe muri Mutarama 2020, yo gutema insina no guca ibihingwa birebire, niba yarasubiwemo, igahagarikwa.

     

    Yibukije ko gahunda yo kunoza isuku mu mu batuye mujyi wa Huye no gukurikiza igishushanyo mbonera cyawo, bitagikeneye kubihatirizwa no kubikoreshwa ku ngufu, ahubwo abaturage bakwiye kubigira ibyabo. Ati ' icyo natangaza ni uko ni uko iyi gahunda yo gusukura umujyi, yo gutuma umujyi ukorerwamo ibyakabaye biwukorerwamo, yo izakomeza kandi hari abantu twagiye tubijyamo inama, abenshi bakabyikorera. Kandi nubundi igishushanyo mbonera kivuguruye nicyemezwa kizagira ibyo gitegeka.'

    Mu kwezi kwa 9 mu 2019, nibwo akarere kafashe icyemezo cyo gusaba abatuye umugi wa Huye, guhagarika ubuhinzi bw'ibimera birebire birimo: insina, ibigori, amasaka n'ibindi byose bituma isura y'umugi itagaragara neza. Muri icyo kemezo kandi abaturage basabwaga gukuraho inzitiro n'ingo z'imiyenzi, imbingo, imihati, n'ibindi byose bitajyanye n'ikerekezo cy'umugi, mu gihe kitarenze amezi 6, ndetse n'abacuruza amayinite mu mitaka ku mihanda bakahava bakajya mu isoko.

    Ibi byemezo bigitangira gushyirwa mu bikorwa cyanecyane muri Mutarama 2020, abaturage, barabyijujutiye, ntibabyakira neza, bavuga ko bigiye kubateza inzara. Nyuma y'amezi make bishyirwa mu bikorwa, imbaraga byatangiranye zaje kugabanuka abaturage batangira gukeka ko iyo gahunda yahagaritswe. Aha meya  yabibukije ko akarere kagizwe n'igice cy'ubutaka kigenewe umujyi kingana na 14% ndetse na 86% by'icyaro, ko abashaka gukora ubwo buhinzi bagana aho habigenewe.

    Igishushanyombonera cy' umujyi wa Huye kivuguruye

    Igishushanyo mbonera kivuguruye, kigaragaza ko umujyi uzaba ugizwe n'ibice byo mu mirenge itanu kuri 14 igize Akarere ka Huye, ari yo Mbazi, Huye, Ngoma, Tumba na Mukura.

    Mu Murenge wa Mbazi, umujyi uzaba uri mu midugudu imwe n'imwe yo mu Tugari twa Mwulire, Gatobotobo na Kabuga. Muri Huye, ni mu tugari twa Rukira na Sovu, naho muri Ngoma uzagera mu tugari twa Kaburemera, Butare, Ngoma na Matyazo.

    Mu Murenge wa Tumba, imbago z'umujyi zizagera mu Tugari twa Mpare, Cyarwa, Cyimana, Gitwa, na Rango B, naho mu Murenge wa Mukura, uzagera muri Rango A na Cyeru.

     

    Umuyobozi w'akarere kandi, yibutsa abafite ibibanza mu mujyi bitabyazwa umusaruro nkuko biteganyijwe n'igishushanyo mbonera bazabyamburwa bigahabwa ababyibyaza umusaruro. Avuga ko icyo cyemezo cyafashwe n'inama njyanama y'akarere.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/27/huye-umuyobozi-wakarere-ka-huye-yongeye-kuburira-abibwira-ko-igishushanyo-mbonera-cyumugi-wa-huye-kitagikurikizwa/