Category: Uncategorized

  • Abikorera bagiye kubaka isoko rya Gisenyi rimaze igihe ryaradindiye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni umwanzuro wafashwe hakurwaho imbogamizi zari iz’amafaranga akarere kari kashyizeho kugira ngo kemere kwegurira isoko ikigo cy’ubucuruzi Rubavu Investment Company Ltd cyashyizweho n’urugaga rw’abikorera mu karere ka Rubavu.

    Kigali Today ivugana na Twagirayezu Celestin umuyobozi w’ikigo cy’ubucuruzi kizubaka isoko avuga ko biteguye badindijwe n’ubuyobozi bw’akarere bwatinze kwemeza ko basinya amasezerano bitwe nibyo bwashakaga ko bijyamo kandi bibangamiye abazubaka isoko.

    Twagirayezu avuga ko bamaze kwemera amafaranga azakoreshwa mu kurangiza igice cya mbere cy’isoko kigatangira gukorerwamo bakabona kubaka igice cya kabiri cy’isoko aricyo kizasaba menshi bagafata amafaranga muri banki.

    « Urebye ku ruhande rwacu ntakibura, ubu dutegereje ko imyanzuro y’inama njyanama yohererejwe Guverneri w’Intara y’uburengerazuba ayemeza cyangwa akagira inama atanga ubundi byakwemezwa tugatangira gushyira ibintu mu bikorwa. »

    Twagirayezu avuga ko ubuyobozi ni bwemera kubaha isoko hazakurikiraho kujya muri RDB kwandikisha ikigo no gusinya n’akarere kazahita kuba umunyamuryango mu kubaka isoko hamwe n’umugabane wa miliyari 2 zingana n’ikibanza cyahazubaka isoko n’ibikorwa byakozwe ubu biriho.

    Nyuma yo gusinya hazakurikiraho guhindura icyangombwa cy’ubutaka gishyiraka ku kigo cy’ubucuruzi, ibikorwa avuga ko bizatwara nk’ukwezi, naho abanyamuryango biyemeje amafaranga nabo bakazaba bari kuyashyira kuri konti.

    Perezidante w’Urugaga rw’ababikorera mu karere ka Rubavu Kayumba Nyota Jeannette asobanura ko mu mezi atandatu akarere kamaze gusinya amasezerano n’ikigo cy’abikorera ibikorwa byo kubaka igice cya mbere cy’isoko bizatwara amezi atandatu ndetse abacuruzi batangiye kugikoreramo.

    Agira ati: ”N’ubwo hari imbogamizi zishingiye ku bushobozi zagiye zigaragara kuri zimwe muri sosiyete zari ziyemeje kuryubaka, nta mpungenge abaturage bakwiye kugira kuri iyi nshuro kuko mu mezi atandatu ari imbere igice kimwe cy’iri soko kizaba cyuzuye maze kimurirwemo abasanzwe bacururiza mu isoko rishaje ryari rihasanzwe.”

    Nubwo Akarere ka Rubavu kagiye kwegurira isoko abikorera kazaba gafitemo imigabane itari micyeya kuko kazaba gafitemo amafaranga abarirwa muri miliyari ebyiri ashobora kuzangana 20% ugereranyi n’amafaranga azakoreshwa mu kubaka isoko ryose.

    Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere Ka Rubavu Nyirurugo Come de Gaule avuga ko isoko rya Gisenyi rifitiye Igihugu akamaro kandi Ubuyobozi bw’Akarere buzakomeza gukurikirana kubera inyungu rusange z’abaturage n’ingengo y’imari ya Leta isaga miliyari ebyiri yashowemo.

    Ati ”Akarere kazakomeza gukurikirana kubera ko imigabane myinshi ni umutungo w’abaturage. hari ubushake kuri iyi nshuro kuko bashaka no gufatanya n’abandi bashoramari mu kwihutisha iyuzuzwa ry’iri soko.”

    Rubavu investment company Ltd izubaka isoko rya kijyambere rya Gisenyi ifite imari shingiro ya miliyari Imwe na miliyoni 107 frw, ikazongeraho miliyoni 900 kugirango yuzuze igice kizimurirwamo abacururiza mu isoko risanzwe.

    Kubaka igice cya mbere cy’isoko bizatanga amahirwe yo kubaka igice cya kabiri cy’isoko bitume isoko rizuzura ritwaye miliyari zirindwi harimo azakoreshwa zizakoreshwa mugutanga ingurane ikwiye kugice kimwe cy’ahazagurirwa iri soko no kuhashyira inyubako yemeranijweho.

    Kubaka isoko rya Gisenyi ni umwe mu muhigo uzaba uciwe na komite nyobozi icyuye igihe kuko nyuma y’imyaka 10 ryari ryarahagaze ndetse ubundi buyobozi bwabayeho bukaba butarabashije gusoza ikibazo cyaryo kibabaje benshi bakora ubucuruzi mu mujyi wa Gisenyi ubu badafite aho bakorera ndetse bikagira uruhare mu gutuma umujyi wa Gisenyi ukibonekamo akajagari mu bucuruzi.

    Kubaka isoko rya Gisenyi bizafasha kubona aho abakora ubucuruzi bakorera ndetse n’ibikorwa byo kuvugurura inyubako z’umujyi wa Gisenyi bishoboke kuko ubu bitashoboka abacuruzi badafite aho bajya gukorera.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/Abikorera-bagiye-kubaka-isoko-rya-Gisenyi-rimaze-igihe-ryaradindiye

  • Mu kwa mbere haratangira abanyeshuri bashya ibihumbi 500 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri Mutarama 2021 abana ibihumbi 500 bazatangira mu mashuri abanza
    Muri Mutarama 2021 abana ibihumbi 500 bazatangira mu mashuri abanza

    Ibyo biravugwa mu gihe imyiteguro irimbanyije yo kwakira abo bana mu mashuri mu gihugu hose, nubwo itariki bazatangiriraho itaratangazwa.

    Minisitiri w’Uburezi Dr Valentine Uwamariya, avuga ko ubwo bwiyongere bw’abana batangira ishuri buturuka ahanini ku bukangurambaga bugenda bukorwa ku bijyanye n’uburezi.

    Ati “Uko iminsi iza ni ko umubare w’abana batangira ishuri ugenda wiyongera, urugero mu mwaka ushize abatangiye ishuri bari ibihumbi 450 mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza. None ubu mu ibarura turimo gukora turabona barimo kugera mu bihumbi 500 bazatangira mu kwa mbere”.

    Ati “Ubwo bwiyongere bwa buri mwaka buterwa ahanini n’ubukangurambaga bukorwa bwo gushishikariza ababyeyi kohereza abana mu mashuri. Ikindi ni uko n’Abanyarwanda bororoka ari cyo gituma n’amashuri yigenga abona abana yigisha”.

    Minisitiri Uwamariya avuga kandi ko ubwo bwiyongere bw’abana bagana ishuri muri rusange mu gihugu, ari na bwo bwatumye Leta ishyiraho gahunda yo kubaka ibyumba by’amashuri byinshi, aho byari biteganyijwe ko muri uyu mwaka hazubakwa ibyumba by’amashuri 25,505 ndetse n’abarimu bakiyongera.

    Mu mashuri menshi yo mu gihugu wasangaga mu cyumba kimwe harimo abana bari hagati ya 60 na 80 ndetse hari n’aho barengaga, icyakora muri uko kongera umubare w’ibyumba by’amashuri, Leta ikaba ishaka ko nta cyumba cyajyamo abana barenga 46, gusa ngo bibaye byiza kurushaho icyumba cyajyamo abana 30 kugira ngo bige bisanzuye.

    Kubera kongera ibyumba by’amashuri ndetse n’abana bagana ishuri bakaba bagenda biyongera, Leta yafashe na gahunda yo kongera umubare w’abarimu mu buryo budasanzwe bazafasha abo bana, nk’uko Minisitiri Uwamariya abisobanura.

    Ati “Twasabye uburenganzira muri Komisiyo y’abakozi ba Leta, batwemerera gushaka abakozi mu buryo budasanzwe, ubu turimo kugendera ku ndangamanota zigaragaza uko batsinze mu mashuri hanyuma bashyirwe mu kazi. Kugeza ubu harabura abarimu 18,000 ari bo turimo gushaka muri ubwo buryo bwihariye, tuzabaha amasezerano y’akazi amara umwaka kugira ngo tubanze turebe uko bitwara hanyuma tuzabinjize neza mu mwuga w’ubwarimu”.

    Ubwo buryo ngo burimo gukoreshwa kubera ko mu gihe cyashize, hari abarimu bakoze ibizamini by’akazi batsindwa ari benshi ku buryo umubare w’abarimu ukenewe utari kuzaboneka vuba kandi amashuri yaratangiye.

    Kugeza ubu mu mashuri abanza umwarimu umwe bibarwa ko yigisha abana 59, naho mu mashuri yisumbuye umwarimu umwe akita ku bana 29.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/mu-kwa-mbere-haratangira-abanyeshuri-bashya-ibihumbi-500

  • Muhanga: Bagerageje guhahira umunsi mukuru wa Noheli #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Aho bacururiza inyama wasangaga hari abantu bake ahandi ari ntabo
    Aho bacururiza inyama wasangaga hari abantu bake ahandi ari ntabo

    Abahaha inyama za Noheli baguraga nkeya kubera ubushobozi buke buturuka ku ngaruka za COVID-19 bigatuma abacuruzi batabona abakiriya benshi nk’uko byabaga bimeze ku munsi mukuru wa Noheli mbere y’icyorezo.

    Umwe mu bacuruza inyama mu isoko rya Muhanga byagaragaraga ko ahagaze nta bakiriya, imbere y’aho acururiza inyama byumvikanaga mu mvugo ye ko arakaye umubajije uko abakiriya bitabiriye guhahira umunsi mukuru wa Noheli.

    Yagize ati “Uragira ngo abakiriya bave he igihe nta kabari gakora, nta resitora ikora, nta masakaramentu ngo abantu bahahe bajye gutekera ibirori, none se niba umuntu acuruza iminsi 15 mu kwezi ariko agasora nk’uwakoze iminsi 30 uragira ngo izo nyama azigure ayo akuye he”?

    Ku rundi ruhande ariko hari abahahaga akaboga ka Noheli bishimye, bitabiriye nk’ibisanzwe, aho nk’umwe mu basaza bari baje guhaha inyama bagaragazaga ko bishimye n’ubwo icyorezo cya COVID-19 cyabakomye mu nkokora.

    Yagize ati, “Njyewe nabonye icyo nza guhahisha ntacyo nashinja Imana ku munsi mukuru umuntu aragerageza akareba uko yongeraho akantu, ubu turi guhaha kare ngo dutahe kare twubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19.”

    Hari n’ababashije guhaha ibindi bikoresho birimo nk’ibyambarwa ngo barimbe kuri Noheli, mu gihe hari ibice by’ubucuruzi wasangaga bitameze neza nko ku bacuruza imbuto.

    Ku mugoroba wa Noheli mu rwego rwo kwirinda ukwirakwira cya COVID-19 mu Mujyi wa Muhanga nta rujya n’uruza rwari ruhari kuko nta bikorwa byo kwishimisha byari bifunguye, abantu bakaba bateraniye mu miryango yabo bakomeza kwizihiza Noheli uko bishoboka.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/muhanga-bagerageje-guhahira-umunsi-mukuru-wa-noheli

  • Noheli y’uyu mwaka yizihijwe mu buryo budasanzwe (Amafoto) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abakirisitu gatolika kuri Santarari ya Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo
    Abakirisitu gatolika kuri Santarari ya Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo

    Muri za Kiliziya Gatolika n’izindi nsengero zitandukanye, abantu bitabiriye misa n’amateraniro ari bake bake kugira ngo abajyayo babashe guhana intera.

    Umushumba muri Kiliziya Gatolika, Karidinali Antoni Kambanda yatanze ubutumwa bwa Noheli, avuga ko uyu munsi ari uwo kwibuka uburyo Imana yicishije bugufi kugira ngo izamure umuntu imuheshe agaciro.

    Yavuze ko Imana yakoze ibigaragara ko bidashoboka kuri Noheli kuko Yezu Krisitu ari we Jambo waremye ijuru n’isi n’ibirimo byose yigize umuntu, bikaba ari byo abantu bizihiza kuri Noheli.

    Karidinali Kambanda avuga ko by’umwihariko mu Rwanda babonekewe na nyina wa Jambo ari we Bikira Mariya i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru.

    Karidinali Kambanda akomeza avuga ko kuba Jambo waremye ijuru n’isi yarigize umuntu akabyarwa na Bikiramariya, ngo ari amayobera y’urukundo rw’Imana rurenze imyumvire y’abantu.

    Yagize ati “Ikigoye ni uburyo(Imana) yemeye kwicisha bugufi kugira ngo yegere umuntu imukize, mu kwitubya(kwayo) no kwicisha bugufi ikigira umuntu byaduhaye agaciro, umuntu yarazamuwe ku buryo aba akamana gato ndetse asumba abamarayika”.

    Mu yandi madini n’amatorero atari Kiliziya Gatolika na ho amateraniro yabaye, bahabwa inyigisho zijyanye n’umunsi wa Noheli.

    Umushumba mu Itorero Umuriro wa Pantekote mu Rwanda, Pasiteri Joseph Majyambere yigishije ko umugambi wo kuza mu isi kwa Yesu Kristo aje gukiza abantu ibyaha, Imana ngo yawuteguye kera.

    Yasubiyemo amagambo yanditswe mu gitabo cy’Ibyahishuriwe Yohana, avuga ko mu ijuru hateraniye inama yahuje abariyo bangana na za miliyoni nyinshi cyane, hakabura n’umwe waho, uwo mu isi cyangwa ikuzimu, kuko ngo byari bitinyitse cyane kwemera gupfa ugahinduka igitambo cy’abantu.

    Pasiteri Majyambere avuga ko kuba Yesu Kristo yarasize icyubahiro n’ubutware bw’ijuru n’isi akihindura urusoro mu nda y’umuntu, kwari ukwicisha bugufi kugira ngo abere urugero abantu, bitume na bo biga guca bugufi no guhara icyubahiro, ubukire n’ubwibone.

    Ati “Mbabwize ukuri mwa barokore mwe, umuntu wese ujya wumva afite agatima ko kwishyira hejuru, uzamenye ko kujya mu ijuru kwe bigoranye”.

    Uyu mushumba avuga ko ibintu byose abantu bakora n’ibyiza babona bakiri mu isi, ntaho bihuriye n’ubwiza bw’Imana abantu bazabona bageze mu ijuru, ari na yo mpamvu Yesu ngo yaje mu isi kubakiza ibyaha, kugira ngo bazajye kubana na we.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/noheli-y-uyu-mwaka-yizihijwe-mu-buryo-budasanzwe-amafoto

  • Musanze: Abahaha ibya Noheli si benshi nk’uko byabaga bimeze mu myaka yabanje #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bakeka ko biri guterwa n’uko icyorezo Covid-19 cyashegeshe isi n’u Rwanda rudasigaye, ari na byo byatumye hashyirwaho ingamba zitandukanye zigamije gutuma abantu birinda ikwirakwira ry’iki cyorezo. Izo ngamba zirimo no kuba muri iyi minsi nta birori byemewe, bigatuma abahaha bagabanuka.

    Mu isoko rinini ryitwa Goico Plaza, abacuruzi bari biteze ko babona abakiriya benshi ariko si ko bimeze. Umwe mu bahacururiza imyenda yagize ati: “Iminsi mikuru yajyaga igera igihe nk’iki turi kwakira abakiriya. Ariko ubu ugendeye kuri ibi bihe turimo ntacyo turi kubona, turiyicariye gusa. Abaza guhaha ni umwe umwe. Nawe se ko ibirori byahagaritswe, nta bana bazabatizwa muri iyi minsi, nta bukwe buhari, nta kwizihiza isabukuru; aho hose ni ho twakuraga agafaranga kuko ababyitabiraga babaga bakeneye ibyo bambara. Ntibitangaje kuba waza ugatahira aho utanacuruje. Mbese ubucuruzi bwacu Covid-19 yabukomye mu nkokora bikomeye”.

    Abacuruza imyenda ya caguwa muri Goico baravuga ko abaguzi ari bake
    Abacuruza imyenda ya caguwa muri Goico baravuga ko abaguzi ari bake

    Yaba muri iri soko n’andi maduka yo mu mujyi wa Musanze, abacuruzi ngo bari baragerageje kurangura ibicuruzwa byinshi, kugira ngo iminsi mikuru nigera, abaguzi bazabone ibyo bakeneye byose. Ariko kuba nta birori biteganyijwe, ibicuruzwa ntabwo biri kubona abaguzi nk’uko byajyaga bigenda.

    Mu masoko y’ibiribwa yaba iriherereye muri gare ya Musanze n’irindi soko ry’ibiribwa rizwi nka Kariyeri, na ho hagaragara abaguzi ariko si benshi nk’uko bisanzwe. Ikiguzi cy’ibiribwa bimwe na bimwe kiyongereye. Urugero ni nk’ibirayi byaguraga amafaranga ari hagati ya 220 na 230 ubu biri kugura amafaranga 270 na 280. Inyanya zo agatebo gato kaguraga amafaranga ibihumbi bitatu ubu karagura ibihumbi bine. Igitebo kinini cyaguraga ibihumbi 11 ubu kiragura ibihumbi 17.

    Umwe mu bahacururiza yagize ati: “Ibi birayi nabiranguye n’abahinzi bo mu Kinigi bari barabirekeye mu mirima ngo bazabigurishe mu minsi mikuru, kuko bari bizeye ko hazaba hari n’ibindi birori; igiciro cyabyo cyuriye ari na yo mpamvu usanze natwe byiyongereye. Ubundi hajyaga haza abaguzi bagatwara nk’ibiro 200 cyangwa 300 hakaba n’ababirenza. Abo bose babaga bagiye gutekera abitabiriye ibirori nka za batisimu n’ibindi. Ariko ubu byahindutse, uza guhaha aratwara ibiro bitanu, n’ukabije ntarenze icumi byo gutekera abo mu muryango we gusa. Mbese urabona ko nta baguzi bahari pe”.

    Bari baranguye ibicuruzwa byinshi kugira ngo abakenera ibyo kwambara batabibura
    Bari baranguye ibicuruzwa byinshi kugira ngo abakenera ibyo kwambara batabibura

    Abakora mu bigo bitwara abagenzi mu modoka bo bavuga ko muri iki gihe bari kwinjiza agafaranga, kubera ko ababagana baturutse mu bice bitandukanye bigaragara ko biyongereye.

    Rutajorwa Joseph, umukozi wa Virunga ishami rya Musanze yagize ati: “Abagenzi barahari kandi uko tubatwara mu modoka birashingira ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo Covid-19, aho imodoka itwara 50% by’abo yagenewe. Musanze ni mu mahuriro y’abagenzi baturuka i Rubavu, Kigali cyangwa abaganayo. Abo bose turi gukoresha uko dushoboye dufatanyije n’andi makampani, tukabageza iyo bajya kandi twitwararitse ku mabwiriza yose yaba kwambara agapfukamunwa, gukaraba intoki, guhana intera byose tugamije ko izi ngendo zitatuviramo ikwirakwizwa rya Covid-19.

    Muri gare ya Musanze, abatwara abagenzi ngo biteguye kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19
    Muri gare ya Musanze, abatwara abagenzi ngo biteguye kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19


    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/musanze-abahaha-ibya-noheli-si-benshi-nk-uko-byabaga-bimeze-mu-myaka-yabanje

  • Musenyeri Mbonyintege: Abakirisitu bizihirize Noheli mu miryango yabo birinda COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Musenyeri Mbonyintege Smaragde avuga ko kwizihiriza Noheli mu ngo ntacyo bigabanya ku myemerere isanzwe y
    Musenyeri Mbonyintege Smaragde avuga ko kwizihiriza Noheli mu ngo ntacyo bigabanya ku myemerere isanzwe y’umukirisitu mwiza

    Musenyeri Smaragde asaba abakirisitu kwitegura mu mitima yabo kandi bagashyira umutima hamwe bakibaza icyo Yezu Kirisitu abamariye bagahimbaza Noheli mu bushobozi bushoboka kandi ntacyo byahungabanya ku myemerere n’ubwo batari hamwe mu Kiliziya.

    Umushumba wa Diosezi ya Kabgayi avuga ko Kiliziya Gatolika yiteguye neza kwizihiza Noheli ariko imyiteguro ikaba yabaye mu buryo budasanzwe burimo no kuba hari imwe mu mihango yabaga itazaba harimo nko gutanga amasakaramentu yo kubatizwa no guhabwa ukarisitiya.

    Avuga ko kuri Noheli misa isanzwe iba ariko hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19 abandi baturage bakaba basabwa kwizihiza Noheli basengera mu ngo zabo no mu miryango y’Abihayimana.

    Agira ati, “Turasaba ko buri mukirisitu atabura mu guhimbaza Noheli ni igihe buri wese akwiye kuzirikana icyo Yezu Kirisitu amumariye, akabitekerezaho mu mutima we, ntabwo turibuge hanze ngo twishimire Noheli kuko tugomba kubahiriza amabwiriza ariko turizihiza Noheli mu mitima yacu dusenga kandi kuri Noheli misa isanzwe izaba abakirisitu bahimbaze Noheli”.

    Musenyeri Smaragde avuga ko mu myemerere y’umuntu guhimbaza Noheli bidasaba gusa kubikorera mu materaniro ahubwo ibyiza ari ukubasha kwiyumvisha impamvu yo kuyizihiza hanyuma ugakorera umunsi mukuru iwawe kuko n’ubwo hari icyorezo hazabaho no gukurikirana ubutumwa mu bitangazamakuru bitanduanye.

    Hagati aho abakirisitu mu miryango remezo itandukanye bari gukusanya ituro risanzwe rya Noheli aho batanga amafaranga ku bushobozi bwa buri wese hanyuma rikazashyikirizwa kiliziya mu misa ya Noheli n’uhagararirye umuryango remezo.

    Abakirisitu bavuga ko n’ubwo hariho ubukene, gahunda yo gutanga ituro rya Noheli idahagarara, bakaritanga mu bushobozi bafite kugira ngo imirimo isanzwe ikorwa mu kiliziya idahagarara.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/musenyeri-mbonyintege-abakirisitu-bizihirize-noheli-mu-miryango-yabo-birinda-covid-19

  • Coronavirus yahombeje abakirisitu benshi igitaramo cya Noheli #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri Katedarali ya Butare na ho ntihabaye igitaramo cya Noheli
    Kuri Katedarali ya Butare na ho ntihabaye igitaramo cya Noheli

    Abakirisitu batabashije kujya mu gitaramo bavuga ko iyo kiza kuba byari kubabera byiza, ariko ko nta kundi babigenza kuko batarenga ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus yagenwe n’inzego z’ubuyobozi.

    Umukirisitu witwa Kamana utuye mu Karere ka Huye yabwiye Kigali Today ati “Igitaramo twakibuze, ubu twababaye. COVID-19 yaduteye roho mbi, ituma uburyo twiteguye ivuka rya Nyagasani bidakunda ko tujya kubyizihiza.”

    Umukirisitukazi witwa Kabagwira na we ati “By’amaburakindi, buri wese arizihiza igitaramo cya Noheli mu kwemera kwe.”

    Muri Paruwasi imwe yo muri Diyosezi ya Byumba ho hari abari biteguye ko igitaramo gitangira saa cyenda, babwirwa ko kitakibaye saa saba.

    Uwitwa Uwineza yagize ati “Twari tumaze kwambara ngo tujye mu misa, ni natwe twari kuririmba, maze Padiri yohereza itangazo kuri watsapu avuga ko igitaramo kitakibaye. Abaririmbyi baturuka kure bo bari banaje.”

    Umupadiri umwe wo muri Diyosezi ya Butare, asa n’utebya ariko na none avuga ukuri yagize ati “Igitaramo ntagihari. Mwihangane muvuge ishapule, Yezu arahari, ejo muzajya gusenga, Imana izashima. Twebwe misa turayivuga, turabasabira.”

    Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro, Musenyeri Célestin Hakizimana, we avuga ko ntawavuga ko yizihije Noheli atizihije igitaramo cyayo, ari na yo mpamvu babyumvikanyeho n’inzego z’ubuyobozi.
    Yagize ati “Nta Noheli ibaho nta gitaramo cyabayeho, nk’uko nta mubyeyi ubyara atagiye ku bise. Igitaramo rero twebwe tukigereranya n’ibise, kandi misa ntibujijwe, ikibujijwe ni ukurenza amasaha yo gutaha.”

    Yunzemo ati “Hari aho bari butangire igitaramo saa cyenda, abandi saa kumi, saa kumi n’ebyiri bakaba batashye. Ariko hari n’abandi babujije. Byatewe n’inzego z’ubuyobozi bw’ibanze kuko ari bo babitegeka twebwe tukabyubahiriza. Nka Diyosezi ya Gikongoro ifite uturere dutanu, buri Karere kagiye gashyiraho amategeko yako. Njyewe ndayisoma rwose, iratangira saa kumi, saa kumi n’ebyiri turaba twatashye.”

    Icyakora, abatabashije kwitabira igitaramo bashyiriweho igitaramo kiza gutambuka kuri televiziyo no ku maradiyo amwe n’amwe.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/coronavirus-yahombeje-abakirisitu-benshi-igitaramo-cya-noheli

  • Hari ababuze imodoka bituma Noheli itabasanga mu miryango yabo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri gare ya Muhanga hari ababuze imodoka bituma batarara mu ngo iwabo ngo bizihizanye Noheli n
    Muri gare ya Muhanga hari ababuze imodoka bituma batarara mu ngo iwabo ngo bizihizanye Noheli n’ababo

    Hari mu ma saa moya n’igice z’umugoroba, aho abo bantu berekezaga mu bice bitandukanye bari babuze icyo gukora, mu gihe bateganyaga kubona uko bataha bakizihiriza Noheli mu miryango yobo, gusa ntibyabakundiye nk’uko Uwicyeza wajyaga mu Majyepfo abivuga.

    Agira ati “Nari mvuye mu Karere ka Rutsiro nerekeza mu rugo i Mugombwa (muri Gisagara), nageze hano muri gare mu ma saa sita nsanga amatike yashize kandi nta kindi nari gukora. Ni ikibazo gikomeye kuko ndi kumwe n’abana, gusa batubabariye batureka tukarara hano muri gare. Ubwo urumva ko ibya Noheli bibaye ibindi kuko idusanze mu gasozi, turazinduka tugenda mu gitondo”.

    Munezero Jean Marie Vianney na we ati “Jyewe nari ngiye mu rugo mu Murenge wa Nyabinoni muri Muhanga, ariko kugerayo bisaba umuntu kunyura mu Ngororero kubera ikibazo cy’imihanda. Nageze hano rero saa sita nsanga amatike y’imodoka zijyayo yarangiye kubera abantu benshi, nshakisha ahandi ndaheba kugeza iyi saha none abasekirite barimo kutwirukana. Ibya Noheli ubwo birandangiranye”.

    Uwitwa Niyitegeka Jeannine wari ufite abana batatu, yari avuye mu Karere ka Kamonyi yerekeza i Huye, ariko biramunanira.

    Ati “Nari mvuye ku Mugina muri Kamonyi njya mu rugo i Huye, nagize ikibazo cy’imodoka kuko nageze hano muri gare saa cyenda mbura amatike. Sinzi n’aho ndara kuko amafaranga yanshiranye, kuva ku mugina nishyuye 1.500 najyaga nishyura 600. Ni ikibazo gikomeye kuko nari ngiye kwizihiza Noheli none biranyobeye, wenda nzagerayo ejo ndebe uko nagira akantu nshakira abana mu kwizihiza umunsi mukuru”.

    Icyakora umuyobozi wa gare ya Muhanga, Hatangimana Samuel, ntiyemeranya n’abavuga ko imodoka zabuze, ahubwo ahamya ko bageze muri gare batinze kandi ingendo zihagaragara hakiri kare hubahirizwa amasaha yashyizweho yo kuba abantu bageze mu ngo.

    Ati “Hano muri gare twiriranywe abagenzi benshi ariko ntabwo imodoka zabuze nk’uko abo bantu babivuga, ahubwo bo bageze muri gare batinze basanga sosiyete zitwara abagenzi zahagaritse gutanga amatike hubahirizwa amabwiriza kugira ngo saa mbiri zitadufata. Turavugana n’ubuyobozi bw’Akarere na Polisi turebe uko bacumbikirwa bazagende ejo”.

    Inzego zitandukanye z’ubuyobozi zikangurira abantu kubahiriza amasaha yo kuba bagenze mu ngo, ni ukuvuga saa mbili z’ijoro uretse mu Karere ka Musanze ho ari saa moya, abantu bagakangurirwa gutinya Covid-19 aho gutinya Polisi ishobora kubahanira ko bateshutse ku mabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/hari-ababuze-imodoka-bituma-noheli-itabasanga-mu-miryango-yabo

  • Iburasirazuba: Mu cyumweru kimwe abantu 31,916 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri aba bantu bafashwe ngo harimo 23,885 bafashwe ku manywa barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 nko kutambara neza agapfukamunwa, kudahana intera no kudasukura intoki mu gihe bageze ahantu hahurira abantu benshi.

    Abafashwe mu ijoro ni 8,031 barenze ku isaha yo kuba bageze mu ngo zabo.

    Mu cyumweru cyo kuva ku wa 14 kugera ku wa 24 Ukuboza 2020 kandi hafashwe ibinyabiziga birimo imodoka 115 ndetse na moto 157 kubera gukererwa kugera mu rugo no kudatanga umuti usukura intoki ku bagenzi, ndetse n’amagare 173.

    Abantu bafashwe bahanwe hakurikijwe ibihano biteganywa n’amabwiriza y’inama njyanama za buri karere, ibinyabiziga byo ngo amande asanzwe azwi kuko ateganywa n’itegeko.

    Ati “Abantu barigishwa bagacibwa amande hakurikijwe ibihano biteganywa n’amabwiriza y’inama njyanama ya buri karere. Ibinyabiziga, imodoka na moto byo itegeko rirahari amande ni ibihumbi 25.”

    Umuvugizi wa Polisi y’igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamdun Twizeyimana, asaba abaturage kwizihiza iminsi mikuru bibuka ko bugarijwe n’icyorezo cya COVID-19.

    Agira ati “Icyo twakwibutsa abantu ni uko iyi minsi mikuru y’uyu mwaka itandukanye n’iy’imyaka yashize kubera icyorezo cya COVID-19 cyitwugarije, imyanzuro y’inama y’abaminisitiri yasohotse ku itariki 14 ibuza ibirori ibyo ari byo byose, ubukwe n’amateraniro, utubari turafunze ntitwemerewe.”

    Akomeza agira ati “N’ubwo hari amadushyize mu ngo zabo ayo mayeri yose twarayamenye, twashyizemo imbaraga nyishi kubikumira, twakoze ubukangurambaga n’imbaraga nyinshi ndizera ko ntaw’uzarenga ku mabwiriza.”

    Hashize iminsi hatangijwe ubukangurambaga mu baturage binyuze mu bitangazamakuru bikorera mu Ntara y’Iburasirazuba, aho Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred n’umuyobozi wa Polisi ikorera muri iyi Ntara CP Emmanuel Hatari batanga ubutumwa bugamije gushishikariza abaturage kwirindira umutekano ariko by’umwihariko kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 muri iyi minsi mikuru.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/iburasirazuba-mu-cyumweru-kimwe-abantu-31-916-bafashwe-barenze-ku-mabwiriza-yo-kwirinda-covid-19

  • Mu Rwanda abantu batatu bishwe na COVID-19, haboneka abarwayi bashya 72 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abishwe na COVID-19 kuri uyu wa Kane ni umugore w’imyaka 55 witabye Imana i Huye, umugore w’imyaka 69 i Kigali n’umugabo w’imyaka 46 witabye Imana ari i Kigali.

    Abo bantu batatu bahise buzuza umubare w’abantu 69 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko kuri uyu wa Kane mu Rwanda habonetse abantu 72 bashya banduye COVID-19, abakize bakaba ari 40.

    Abo barwayi bashya 72 babonetse mu bipimo 6,436 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 35, Rubavu: 25, Nyamasheke: 5, Huye: 2, Muhanga: 2, Rusizi: 2, Nyamagabe: 1.

    Kugeza kuri uyu wa Kane, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 7,670 muri bo abamaze gukira ni 6,203 naho abakivurwa ni 1398.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/mu-rwanda-abantu-batatu-bishwe-na-covid-19-haboneka-abarwayi-bashya-72