Category: Uncategorized

  • Amakuru Mashya: Mu Rwanda babiri bishwe na Covid_19, abandi 153 barayandura #rwanda #RwOT

    Kuri iki cyumweru tariki 27 Ukuboza 2020, Minisiter y'Ubuzima yatangaje abantu babiri bishwe na Covid_19, bituma umubare w'abamaze kwicwa n'icyo cyorezo ugera kuri  74 mu Rwanda.

    Minisiteri y'Ubuzima yavuze ko abitabye Imana ari abagabo 2 barimo uw'imyaka 96 n'uwa 61 bose bo muri Kigali mu gihe abanduye kuri iyi tariki ari abantu 153 babonetse mu bipimo 2502 byafashwe.

    Dore aho abo barwayi bagaragaye ni mibare yabo

    Abanduye iki cyorezo babonetse I Kigali: 39, Huye: 103 bapimwe muri gereza ya Huye, Musanze: 4, Kayonza: 2, Rubavu: 2, Gicumbi: 1, Burera: 1, Nyagatare: 1.

    Muri rusange, abamaze gutahurwaho icyo cyorezo kuva muri Werurwe ubwo umurwayi wa mbere yabonekaga mu Rwanda ni 7,817 barimo 1,607 bakirimo kwitabwaho n'abaganga.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/28/amakuru-mashya-mu-rwanda-babiri-bishwe-na-covid_19-abandi-153-barayandura/

  • Arsenal yongeye gushimisha abafana bayo nyuma y'igihe kinini bari mu gahinda #rwanda #RwOT

    Arsenal yagiye muri uyu mukino iri ku mwanya wa 15 ndetse irusha amanota 4 gusa ikipe iri mu zimanuka,yatunguye isi yose itsinda Chelsea yari ku mwanya wa 06 ibitego 3-1 mu mukino yari hejuru ku buryo bugaragara.

    Arsenal itahabwaga amahirwe,yatangiye umukino iri ku rwego rwo hejuru kuko mu minota 10 ya mbere yabonye uburyo bwo kubona igitego ariko Gabriel Martinelli ntiyabubyaza umusaruro.

    Abakinnyi ba Arsenal barimo Bukayo Saka, Kieran Tierney na Gabriel Martinelli bakomeje guha akazi gakomeye ubwugarizi bwa Chelsea kugeza ubwo ku munota wa 34 w'umukino,myugariro Reece James yetegeraga Kierney Tierney wari umaze kumucenga,umusifuzi Micheal Oliver atanga penaliti.

    Iyi penaliti yinjijwe neza na rutahizamu Alexandre Lacazette wari wabanje ku busatirizi na Martinelli na Emile Smith Rowe cyane ko Aubameyang aribwo yari akiva mu mvune na Willian utahawe umwanya.

    Ku munota wa 44,Bukayo Saka wari ku rwego rwo hejuru muri uyu mukino,yategewe hafi y'urubuga rw'abakinnyi ba Chelsea umusifuzi yemeza ko ari coup Franc.

    Uyu mupira wahariwe Granit Xhaka nawe awutera ishoti rikomeye cyane ryaganye mu izamu rya Chelsea,umunyezamu wayo Edouard Mendy ntiyabasha kuwukuramo kiba igitego cya 2 cya Arsenal.Igice cya mbere cyarangiye Arsenal iyoboye n'ibitego 2-0.

    Frank Lampard yatangiye igice cya kabiri yinjiza mu kibuga amaraso mashya aho Callum Hudson-Odoi na Jorginho binjiye mu kibuga basimbuye Mateo Kovacic na Timo Werner.

    Ku munota wa 56 ibintu byabaye bibi cyane ku ruhande rwa Chelsea kuko Bukayo Saka wayizonze yazamukanye umupira wenyine,abeshya ko agiye gutanga umupira ariko ahita awukata ukubita ku giti cy'izamu winjira mu izamu.Iki cyabaye igitego cya 3 cya Arsenal.

    Chelsea yari imaze gutsindwa yagerageje gushaka igitego cyo kugaruka mu mukino ariko ikomeza kugorwa n'abakinnyi ba Arsenal bari ku rwego rwo hejuru kuri uyu wa Gatandatu.

    Umunyezamu Edouard Mendy yakoze ikosa rikomeye ryashoboraga guhesha Arsenal igitego cya 4 ubwo yaherezaga umupira Lacazette wari wenyine ariko amuteye ishoti arikuramo.

    Ku munota wa 83 Arsenal yabonye amahirwe akomeye mu rubuga rw'amahina ubwo ku munota wa 84 Mohamed Elneny yateraga umupira ugarirwa n'igiti cy'izamu.

    Ku munota wa 85 Chelsea yagarutse mu mukino ubwo yabonaga igitego cya mbere ibifashijwemo na Tammy Abraham gusa cyabanje kwangwa n'umusifuzi wo ku ruhande ariko VAR iracyemeza.

    Iminota yahise iba mibi kuri Arsenal kuko ku munota wa 89,Thiago Silva yahawe umupira mwiza mu rubuga rw'amahina rwa Arsenal,awuteye umutwe ujya hanze.

    Ubwo umusifuzi yari amaze kongera iminota 5 kuri 90 y'umukino, Mason Mount yategewe mu rubuga rw'amahina na Pablo Mari,umusifuzi yemeza penaliti ya Chelsea.

    Iyi penaliti yahawe Jorginho usanzwe azwiho ubuhanga mu kuzitera ariko ayiteye umunyezamu wa Arsenal,Bernd Leno ayikuramo.

    Aya niyo mahirwe ya nyuma Chelsea yabonye kuko umukino warangiye itsinzwe ibitego 3-1 ku kibuga cya Emirates.

    Mu yindi mikino yabaye uyu munsi,Manchester United yari yasuye Leicester City banganya ibitego 2-2 byatsinzwe na Marcus Rashford na Bruno Fernandes mu gihe Leicester yatsindiwe na Barnes na Jamie Vardy.

    Aston Villa yatsinze Crystal Palace ibitego 3-0 mu gihe Fulham yanganyije na Southampton 0-0.Liverpool iracyari ku mwanya wa mbere n'amanota 31 mu gihe Arsenal yagiye ku mwanya wa 14 n'amanota 17.

    ABAKINNYI BABANJE MU KIBUGA KU MPANDE ZOMBI:

    Arsenal XI: Leno, Bellerin, Holding, Pablo Mari, Tierney, Elneny, Xhaka, Saka, Smith Rowe, Martinelli, Lacazette

    Chelsea XI: Mendy, James, Zouma, Thiago Silva, Chilwell, Kovacic, Kante, Mount, Pulisic, Abraham, Werner


    Ibyishimo byari byose ku bakinnyi ba Arsenal bataherukaga intsinzi

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/arsenal-yongeye-gushimisha-abafana-bayo-nyuma-y-igihe-kinini-bari-mu-gahinda

  • Abantu 3 bahitanwe na Covid-19 mu gihe abandi 74 bayanduye #rwanda #RwOT

    Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko abapfuye ari abagabo 3 barimo 2 bo mu mujyi wa Kigali aho umwe afite imyaka 89,undi akagira 71,mu gihe undi ari uw'imyaka 61 wo mu karere ka Rusizi.

    Abanduye iki cyorezo babonetse I Kigali: 37, Gakenke: 14, Rubavu: 9, Gicumbi: 7, Muhanga: 2, Huye: 2, Musanze: 1, Rusizi: 1, Gisagara: 1

    Minisiteri y'Ubuzima yatangaje kandi ko abantu 24 bakize Covid-19 bituma abamaze kuyikira baba 6,227.Abakirwaye ni 1,518.

    Kugeza ubu nta muti n'urukingo bya Coronavirus biragera mu Rwanda, hakoreshwa uburyo bwo kuvura ibimenyetso by'iki cyorezo gusa, kugeza umubiri w'umuntu wubatse ubudahangarwa, virus igashira ityo mu maraso.

    Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n'umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y'ubuhumekero.

    Abaturarwanda basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n'amazi n'isabune, kwambara udupfukamunwa n'amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n'abantu benshi.

    Nyuma y'uko leta y'u Bwongereza itangaje ko hari ubwoko bushya bwa Coronavirus bwandura vuba inshuro 70% ugereranyije n'ubusanzwe, ibihugu bitandukanye, birimo n'iby'i Burayi byafashe ingamba zo gukumira ubu bwoko bushya bwa Coronavirus, gusa izo ngamba zisa nk'aho ntacyo zatanze kuko iki cyorezo cyamaze gukwirakwira mu bindi bihugu by'i Burayi.

    Ibihugu birimo u Burafansa na Espanye byamaze kwiyongera ku bihugu byamaze kugeramo ubwoko bushya bwa Coronavirus, n'ubwo byari byashyizeho ingamba zo guhagarika ingendo zabyo n'u Bwongereza.

    Mu bindi bihugu ubu bwoko bushya bwa Coronavirus bwagezemo harimo Australia, u Butaliyani, Denmark u Buholande na Suede.

    Hagati aho, iki cyorezo cyageze no mu bihugu bya Afurika birimo Afurika y'Epfo na Nigeria, ibyatumye hazamuka impungenge z'uko mu gihe nta gikozwe, ubu bwandu bushya bwandura vuba bushobora gutuma umugabane wa Afurika uzahazwa cyane na Coronavirus nyamara wasaga nk'uwihagazeho, kuko kugeza ubu wari umaze kugira ubwandu bungana na 3,3% by'ubwandu bwose buri ku Isi hose.

    Indi mpamvu ituma habaho izi mpungenge kandi ni uko umugabane wa Afurika usa nk'utangiye kudohoka ku ngamba zo kwirinda Coronavirus, ndetse ibikorwa birimo amatora n'ibindi bihuza abantu bikaba byarasubukuwe mu gihe kwambara agapfukamunwa bisa nk'ibitagihabwa agaciro.

    Ku rundi ruhande, abashakashatsi bavuga ko ubu bwoko bushya nta zindi ngaruka bugira, bakamara abantu impungenge z'uko butica vuba cyangwa se kuba bwaba bufite ubushobozi bwo kwanga inkingo ziri gukorwa.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abantu-3-bahitanwe-na-covid-19-mu-gihe-abandi-74-bayanduye

  • Abana 44 bavutse kuri Noheli hirya no hino mu mujyi wa Kigali #rwanda #RwOT

    Iki kinyamakuru cyatangaje ko cyakusanyije amakuru y'ababyeyi babyeyi babyaye uyu munsi gisanga abana bavutse uyu munsi ari 44.

    Abana 12 bavukiye mu bitaro bya Polisi ku Kacyiru,15 bavukira mu bitaro byo ku muhima,7 bavukira muri Hôpital La Croix Du Sud, 4 muri King Faisal hospital, 6 mu bitaro bya Kibagabaga mu gihe Polyclinique La Medicale nta n'umwe wahavukiye.

    Iki kinyamakuru cyatangaje ko ababyeyi cyasuye babyaye kuri Noheli bishimye cyane kuko ngo byahuriranye n'ivuka rya Yesu.

    Noella Joyeuse Arahirwa wabyaye uyu munsi ku itariki nawe yavutseho, yabwiye The New Times ati 'Sinabona uko mbivuga,ndishimye birenze.Ndashimira Imana,N'igitangaza kitaba kuri buri wese.Umukobwa wanjye yavukiye rimwe na Yesu.Ndizera ko azamenyekana ku isi yose kubera iyo mpamvu.'

    Ababyeyi ba Arahirwa ndetse na nyirakuru bavuze ko Noheli ari umunsi ufite agaciro mu muryango wabo ndetse ko byabaye byiza cyane ko byahuriranye n'ibyishimo byo kwakira umwuzukuru wabo.

    Muganga Dr.Victorien Ndacyayisenga yabwiye The New Times ko ababyeyi benshi bashimishwa no kubyara kuri Noheli.

    Ati 'Biba bishimishije kubyara muri iki gihe cy'iminsi mikuru.Ababyeyi benshi barabyishimira kandi nawe urabona uko bishimye cyane.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abana-44-bavutse-kuri-noheli-hirya-no-hino-mu-mujyi-wa-kigali

  • Abantu 73 biganjemo abo mu mujyi wa Kigali basanzwe banduye Covid-19 kuri Noheli #rwanda #RwOT

    Abanduye iki cyorezo babonetse I Kigali: 47, Rubavu: 13, Nyaruguru: 8, Gicumbi: 3, Ruhango: 1, Huye: 1.

    Kuva ku wa 14 Werurwe 2020 ubwo umurwayi wa mbere yabonekaga mu Rwanda,abantu 7,743 banduye Coronavirus. Muri bo 6,203 barasezerewe nyuma yo gupimwa bagasangwa nta bwandu bagifite mu mibiri yabo mu gihe 1,471 bakiri kwitabwaho.Abapfuye bose:69

    Kugeza ubu nta muti n'urukingo bya Coronavirus biragera mu Rwanda, hakoreshwa uburyo bwo kuvura ibimenyetso by'iki cyorezo gusa, kugeza umubiri w'umuntu wubatse ubudahangarwa, virus igashira ityo mu maraso.

    Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n'umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y'ubuhumekero.

    Abaturarwanda basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n'amazi n'isabune, kwambara udupfukamunwa n'amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n'abantu benshi.

    Icyorezo cya COVID-19 cyugarije Isi kuva mu mpera za 2019 ntikirabonerwa umuti, gusa inkingo enye zifashishwa mu gukingira nk'igikorwa cy'ubutabazi mu bihugu bitandukanye ku Isi.

    Ku itariki ya 8 Ukuboza 2020, nibwo Umwongerezakazi, Margaret Keenan w'imyaka 90 y'amavuko, yabaye uwa mbere ukingiwe COVID-19 muri icyo gihugu.

    Byatumye icyizere gitangira kugaruka mu bantu, bumva ko noneho ukwiheba kwagabanutse ubwo icyorezo kibonewe urukingo, bizera ko n'umuti ushobora kuzaboneka.

    Inkingo zimaze kwemezwa ndetse zirimo kwifashishwa mu bikorwa by'ikingira hirya no hino ku Isi zirimo urwa Pfizer-BioNTech rwakozwe n'Abanyamerika bafatanyije n'Abadage, Moderna rw'Abanyamerika, Sputnik V rw'Abarusiya na Sinopharm rw'Abashinwa.

    Urukingo rwa Pfizer-BioNTech ni rwo rwakoreshejwe n'u Bwongereza mu ikingira bwabimburiyemo ibindi bihugu ryemewe ku rwego mpuzamahanga, kuwa 8 Ukuboza 2020.

    Nyuma y'u Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu zabaye igihugu cya kabiri cyatangiye ibikorwa byo gukingira abaturage ku wa 14 Ukuboza 2020, haherwa ku bo mu Murwa Mukuru, Abu Dhabi. Iki gihugu cyakoresheje urukingo rwa Pfizer-BioNTech n'urwa Sinopharm.

    Kuri iyo tariki kandi ni bwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri ku isonga mu kugira abanduye COVID-19 benshi n'abahitanwe nayo zatangiye ibikorwa byo gukingira abaturage, zikoresheje urukingo rwa Pfizer-BioNTech. Ni mbere y'uko inzego z'ubuzima muri icyo gihugu zemeza ikorereshwa ry'urukingo rwa Moderna.

    Ku wa 14 Ukuboza ni wo munsi Canada yahaye urukingo rwa Pfizer-BioNTech umuturage wayo wa mbere, mbere ho gato yo kugeza urwa Moderna muri iki gihugu kuwa 17 Ukuboza 2020.

    Arabie Saoudite ifite ubwandu bungana na 360.000 n'abamaze guhitanwa n'icyorezo babarirwa mu 6148, yatangiye ikingira ku wa 17 Ukuboza muri uyu mwaka.

    Ni mu gihe Israel yatangiye ibikorwa byo gukingira ku wa 19 Ukuboza 2020, ikoresheje urukingo rwa Pfizer-BioNTech.

    Hakurikiyeho Qatar nayo yakoresheje urwa Pfizer BioNTech ku wa 22 Ukuboza, irukwirakwiza mu bigo nderabuzima birindwi mu gihugu hose.

    Aljazeera yatangaje ko iki gihugu cyanasinye amasezerano yo kugura urwa Moderna n'urwa AstraZeneca.

    Costa Rica yatangiye ibikorwa by'ikingira ku wa Gatatu, tariki ya 23 Ukuboza 2020, ihera ku bakora mu nzego z'ubuzima.

    Kuwa 24 Ukuboza 2020, Mexique yari mu bihugu bifite umubare w'abishwe na COVID-19 benshi, yatangiye ibikorwa byo gukingira. Iki gihugu na cyo cyakoresheje urukingo rwa Pfizer-BioNTech.

    Kuri iyo tariki kandi nibwo Serbie yatangiye gukingira haherewe kuri Minisitiri w'Intebe w'icyo gihugu. Yakoresheje urukingo rwa Pfizer-BioNTech.

    Uwo munsi Kuwait nayo yakiriye urukingo rwa Pfizer-BioNTech, hatangizwa ibikorwa byo gukingira. Chile nayo kuri iyo tariki yakingiye bwa mbere abaturage bayo.

    U Burusiya nka kimwe mu bihugu by'ibihangange ku Isi ndetse cyikoreye urukingo rwacyo, Sputnik V, cyo cyatangiye gukingira muri Nzeri 2020, nyuma y'uko kuwa 13 Kanama 2020 Perezida Vladmir Putin yari yemeje uru rukingo ku mugaragaro.

    Kugeza ubu nta gihugu cya Afurika kiratangira ibikorwa byo gukingira icyorezo cya COVID-19 kimaze kwandura abasaga miliyoni 79,8 ku Isi, muri bo miliyoni 1,75 bakaba barapfuye.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abantu-73-biganjemo-abo-mu-mujyi-wa-kigali-banduye-covid-19

  • Igihe Pierre Buyoya azashyingurirwa muri Mali cyamaze kumenyekana #rwanda #RwOT

    Pierre Buyoya bikaba bivugwa ko yishwe n'icyorezo cya Covid-19 aho yapfiriye mu gihugu cy'ubufaransa aho yari yagiye kwivuza iyo ndwara.

    Bwana Pierre Buyoya watabarutse ku myaka 71 y'amavuko,yapfuye yarakatiwe igifungo cya Burundi n'urukiko rukuru mu Burundi ndetse ukaba yari yaramaze gushyirirwaho impapuro zimuta muri yombi.

    Buyoya yavutse mu mwaka wa 1949 ndetse yatabarutse yari amaze ibyumweru bitatu yeguye ku mwanya w'Intumwa ya Afurika yunze Ubumwe muri Mali.

    Yavuze ko yeguye kugira ngo abone umwanya wo gukurikirana neza urubanza rwe inkiko zo mu Burundi zari ziherutse kumucira zikamukatira igifungo cya burundu ahamijwe icyaha cyo kuba yaragize uruhare mu rupfu rwa Perezida Ndadaye Melchior na we wayoboye u Burundi.

    Mu bihe bitandukanye Petero Buyoya yayoboye u Burundi yajyaga ku butegetsi abanje guhirika uwari uburiho.

    Ubwa mbere hari kuva mu mwaka wa 1987 kugeza mu wa 1993 nyuma abusubiraho kuva mu mwaka wa 1996 kugeza mu 2003.

    Muri uyu mwaka wa 2020, igihugu cy'u Burundi kibuze abakiyoboye babiri kuko muri Kamena uyu mwaka na Perezida Petero Nkurunziza wayoboye iki gihugu na we yapfuye azize indwara y'umutima gusa amakuru akaba yaravuzwe cyane ko na we mu by'ukuri yaba yarazize Covid-19.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/ubuzima/article/igihe-pierre-buyoya-azashyingurirwa-muri-mali-cyamaze-kumenyekana

  • Padiri Ubald Rugirangoga kuri ubu urembeye mu bitaro aho ari mu byuma bimwongerera umwuka nyuma yo kwandura Corona Virusi yageneye ubutumwa abakirisitu[AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Tariki ya 21 Ukwakira nibwo hamenyekanye inkuru ko Ubald wamenyekanye cyane mu masengesho yo gusabira abarwayi bagakira ndetse n'isanamitima, yanduye icyorezo cya Corona Virus.

    Kuva icyo gihe uyu mu padiri ntabwo arakira ndetse ageze ku rwego rwo guhumekera mu byuma yongerewe umwuka.

    Mu mashusho yacaracaye ku mbuga nkoranyambaga ku wa kane ari kwa muganga muri leta zunze ubumwe z'Amerika aho arembeye, yifurije Noheli nziza anashimira abakomeje kumusengera.

    Yagize ati'Ubald uri mu bitaro arabifuriza Noheli Nziza,mwarakoze ku bw'amasengeshoyanyu ndwaye Covid, Murakoze cyane, ndabashimira ku bw'amasengesho yanyu.'

    Kugeza ubu hakenewe inkunga yabarirwa mu 150,000$ ngo uyu mu padiri avurwe akire gusa kuri ubu hakaba hamaze kuboneka 50,000$.

    Mbere y'uko Padiri Ubald yandura Corona Virusi yari amaze iminsi afasha abakristu gatolika mu kuvugira hamwe isengesho rya Rozali akoresheje imbuga nkoranyambaga cyane cyane Facebook.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/padiri-ubald-rugirangoga-kuri-ubu-urembeye-mu-bitaro-aho-ari-mu-byuma

  • Abantu 2 bahitanwe na Covid-19 mu Rwanda abandi 153 barayandura #rwanda #RwOT

    Minisiteri y'Ubuzima yavuze ko abitabye Imana ari abagabo 2 barimo uw'imyaka 96 n'uwa 61 bose bo muri Kigali, mu gihe abanduye uyu munsi ari abantu 153 babonetse mu bipimo 2502 byafashwe.

    Amakuru ya Covid-19 kuri iki cyumweru:

    Abanduye mu masaha 24 ni 153 babonetse I Kigali: 39, Huye: 103 (bapimwe muri gereza ya Huye), Musanze: 4, Kayonza: 2, Rubavu: 2, Gicumbi: 1, Burera: 1, Nyagatare: 1.

    Abamaze kwandura bose:7,970.
    Abakize uyu munsi: 62.
    Abamaze gukira bose:,6,289.
    Abakirwaye:1607.

    Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n'umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y'ubuhumekero.

    Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n'amazi n'isabune, kwirinda imihuro itari ngombwa no kwambara udupfukamunwa n'amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n'abantu benshi.

    Perezida w'u Burusiya, Vladmir Putin, yemeye gukingirwa Coronavirus, hakoresheje urukingo rwakozwe n'igihugu cye rwitwa Sputnik V.

    Umuvugizi w'Ibiro by'Umukuru w'Igihugu, Dmitry PeskoV, ni we watangaje ko Umukuru w'Igihugu azakingirwa Covid-19. Yavuze ko Putin yafashe umwanzuro wo guhabwa urukingo, ko icyo ategereje ari uko ibintu byose bishyirwa ku murongo.

    U Burusiya bwatangiye gukingira ku bushake abaturage babwo hakoreshejwe urukingo rwa Sputnik V mu ntangiriro za Ukuboza. Icyo gihe abo mu Mujyi wa Moscow nibo bahereweho.

    Umuyobozi w'Umujyi wa Moscow, Sergei Sobyanin, yatangaje ko abantu barengeje imyaka 60 bashobora gutangira guhabwa uru rukingo nyuma y'uko rwemerejwe n'inzego z'ubuzima.

    Putin w'imyaka 68 yari aherutse gutangaza ko urukingo rw'Abarusiya rutekanye, ko nta mpamvu yamubuza gukingirwa.

    U Burusiya bukomeje kwibasirwa na Covid-19, ubu bufite abantu barenga miliyoni eshatu bamaze kwandura mu gihe 54.778 bahitanywe n'iki cyorezo.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abantu-2-bahitanwe-na-covid-19-mu-rwanda-abandi-153-barayandura

  • Kayonza: Yagiye kwiba igitoki cy'abandi bamufata yagiheze iruhande #rwanda #RwOT

    Aka gashya kabaye mu rukerera rwo kuwa Kane tariki ya 24 Ukuboza 2020 mu Mudugudu w'Akabeza mu Kagari ka Nyagatovu mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza.

    Muri uyu Mudugudu hari umusaza w'imyaka 65 abajura bari barazengereje bamwiba ibitoki, akenshi ngo buri gihe ibitoki bye byabaga bigejeje igihe cyo kubisarura yaza agasanga babyibe.

    Mu rukerera rwo ku wa Kane rero ngo nibwo umugabo w'imyaka 28 uvuga ko yaturutse mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Kicukiro, yagiye kwiba igitoki agitemye birangira ahise abura ubwenge ahama iruhande rwacyo aho azanzamukiye mu gitondo yisanga ashagawe n'abantu benshi barimo n'ubuyobozi bw'inzego z'ibanze.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mukarange, Murekezi Claude, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko aya makuru ari impamo ngo kuko n'uwo mugabo wari wibye igitoki yababwiye ko yamaze kugitema akabura ubwenge.

    Ati ' Ejo baduhamagaye batubwira ko hari umuntu bafatiye mu rutoki rw'abandi ari kwiba igitoki tugiyeyo turahamusanga adusobanurira ko yamaze gutema igitoki agahita abura ubwenge, twahise tumufata dufata n'igitoki yari amaze gutema nk'igihamya cy'uko yari yibye tumushyikiriza RIB.'

    Gitifu Murekezi yavuze ko batarasobanukirwa impamvu uwo muturage yananiwe kugenda akimara gutema icyo gitoki. Ngo ubusanzwe uwo musaza bajyaga bamwiba bakagenda ariko kuri iyi nshuro uwo yananiwe kuhava.

    Yasabye abantu kwirinda ubujura ahubwo bagakoresha imbaraga zabo aho kurindira gutungwa n'ibyo umuturage yavunikiye.

    Ati 'Urebye nk'uriya twafashe ni umuntu ugifite imyaka mike (28) yakabaye akoresha imbaraga ze akareka kwiba, urumva umusaza nk'uriya aba ashyira imbaraga ze mu gukorera urutoki rwe rwagera igihe cyo kwera ugasanga bamwe birirwa batakaza imbaraga zabo baraje bamwibye ibitoki, bibere isomo n'abandi.'

    Gitifu yavuze ko kuri ubu inzego z'umutekano guhera ku midugudu zahagurukiye abantu nk'aba biba asaba ababikora kubireka bagakoresha imbaraga zabo.

    Umwe mu baturage bo muri uyu mudugudu yabwiye IGIHE ko bakeka ko uyu musaza yashyize uruhereko mu murima we mu rwego rwo gucungira umutekano urutoki rwe. Ngo rutuma umuntu wese ukoze ku nsina ahafatirwa akazavaho ari uko nyirawo awugezeho.

    Kuri ubu uyu mugabo afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Mukarange mu gihe agikorerwa dosiye ngo yoherezwe mu bushinjacyaha.

    Inkuru ya IGIHE

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/kayonza-yagiye-kwiba-igitoki-cy-abandi-bamufata-yagiheze-iruhande

  • Umugabo utagiraga aho kuba yahuye n'umuryango we wari umaze imyaka 10 waramubuze abikesha kwiyogoshesha [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Bwana João Coelho Guimarães w'imyaka 45 yari amaze imyaka 3 adafite aho kuba mu gace kitwa Goiânia muri Brazil,yahuye n'umuryango we nyuma yo kwiyogoshesha ubwanwa n'umusatsi wari waramwereyeho.

    Uyu mugabo yagiye mu nzu bogosheramo,asaba uyikoramo kumwogosha umusatsi akanamugabanyiriza ubwanwa birangira isura ye yak era yongeye kugaruka.

    Umwe mu bantu bahuriye muri iyo nzu yogosherwamo,yamufotoye mbere yo kogoshwa na nyuma y'aho ashyira hanze amafoto yombi yakwiriye hose bituma bamwe mu bagize umuryango we bari bazi ko yapfuye bamubona.

    Amakuru avuga ko bwana João Coelho Guimarães yinjiye muri iyi nzu abayikoramo bakamuha ibyokurya bazi ko aribyo aje gusaba ariko we abasaba ko bamwogosha.

    Akimara kogoshwa,aba bantu bamuhaye n'imyenda aba mushya byatumye abamuzi bamumenya.

    Bwana Alessandro Lobo nyiri iyi nzu yogosha niwe washyize hanze amafoto ya Guimarães yahindutse bikomeye.

    Mushiki we na nyina bari bazi ko uyu muntu wabo yapfuye mu myaka 10 yari ishize,babonye aya mafoto baramumenya,bajya kumushaka niko guhura ibyishimo birabarenga.

    Uyu mugabo akimara kubabona yararize cyane ko bari bamaze imyaka 10 batabonana.

    Uyu mugabo akimara guhura n'umuryango we yanze kujyana nabo ahubwo ahitamo kwigumira ku muhanda nkuko Lobo wamufashije yabitangaje.

    Ati 'N'umugabo ugira isoni n'amagambo make.Twabonye ko yishimiye ibyo twamukoreye ndetse yarishimye cyane.

    Joao yahisemo gukomeza kuba ku mihanda.Mushiki we yashakaga kumutwara ngo babane ariko yarabyanze.Yamubwiye ko ku mihanda aba afite ubwigenge.Niyo mpamvu yanze gusubira mu rugo.



    Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umugabo-utagiraga-aho-kuba-yahuye-n-umuryango-we-wari-umaze-imyaka-10