Category: Uncategorized

  • Frank Rubaduka watangije Miss Career Africa y… – #rwanda #RwOT

    Frank Rubaduka yitabye Imana ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki 27 Ukuboza 2020 arohomye mu kiyaga cya Cyohoha giherereye mu Karere ka Bugesera mu Ntara y'Iburasirazuba. Ni ikiyaga kigabanya u Rwanda n'u Burundi.

    Yarohamye mu mazi ari kumwe na Ndamukunda Alexander wari wamuherekeje gushakisha ubutaka bwo kugura, n'ibindi. Frank Rubaduka yashyinguwe uyu munsi tariki 02 Mutarama 2021, mu muhango wabereye mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kabarore mu Ntara y'Iburasirazuba.

    Soma: Agahinda kuri benshi! Umurage Frank Rubaduka asize

    Muri uyu Murenge ni ho ababyeyi be batuye. Umurambo we wavanywe mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe mu gitondo cy'uyu wa Gatandatu ugezwa i Gatsibo ahagana saa yine n'igice za mu gitondo.

    Musenyeri wa Diyoseze ya Gahini mu Itorero Angilikani, Gahima Mannasseh wayoboye umuhango wo guherekeza Frank Rubaduka, yagarutse ku mateka n'ubwitange byaranze uyu musore witabye Imana afite imyaka 27 y'amavuko. Yavuze byinshi birimo n'uburyo Frank Rubaduka yahinduye ubuzima bw'ikigo cy'amashuri yisumbuye cya Gahini yizeho.

    Inshuti, abavandimwe n'abandi bagiye bafata ijambo baranzwe n'amarira n'agahinda ko kubura umuvandimwe bahuriza ku kuvuga ko babuze inshuti y'ingenzi itazigera yibagirana mu mitima yabo. Rubaduka Frank yashyinguwe mu Irimbi rya Kabarore.

    Incamake ku buzima bwa Frank Rubaduka

    Rubaduka Frank yamenyekanye cyane mu kiganiro ‘Decide X Show’ cyatambukaga kuri TV1. Yatsindiye amadorali ibihumbi 150 kuri Grant & Investment muri Australia ahita ashinga Miss Career Africa, HireHerApp, All Trust, Tarama, Guza capital, Tanga na DecideX group.

    Kuva mu 2013 kugeza mu 2020, imyigishirize n'amahugurwa yatanzwe na Rubaduka Frank yageze ku bantu barenga miliyoni 2 binyuze mu biganiro yakoraga kuri television n'inama yagiraga ibigo by'amashuri yisumbuye na Kaminuza birenga 120.

    Frank Rubaduka yavukiye muri Uganda; umuryango we utahuka mu Rwanda nyuma y'uko Ingabo zari iza RPA zihagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

    Yakuriye mu cyaro arerwa na Se nyuma y'uko nyina umubyara yitabye Imana mu gihe yari afite imyaka 3 y'amavuko. Yakuze kandi arerwa na bashiki be, bakuru be na Mukase. Ibi abigarukaho cyane mu nyigisho n’amahugurwa yatangaga.

    Frank yavugaga ko inkuru yakubiye mu gitabo cye yagufasha gutegura, gutangiza, kwagura no gukomeza kubungabunga ubushabitsi byose biganisha mu cyerekezo cyo kwiteza imbere bikaba mu kanya nk’ako guhumbya.

    Ubuhanga bwe mu byo guhanga imirimo; gushaka amikoro no gutanga ubutumwa byatumye yemererwa gukorera mu bihugu 12 kandi yifuzaga kuba akorera mu bihugu 40 mu 2048.

    Ubunararibonye mu by'imiyoborere n'umwihariko mu guhanga imirimo byabaye ikimenyetso ko no mu bihe bikomeye nk'ibi bya Covid-19 ibintu biba bigishoboka, ukiga uko wabigenza mu bihe bitandukanye. Niko yavugaga!.

    Frank Rubaduka watangije irushanwa rya Miss Career Africa yasezeweho bwa nyuma uyu munsi

    Alexander wari kumwe na Frank ubwo yarohamaga mu kiyaga yatanze ubuhamya bw’agahinda

    Dr Fidele Rubagumbya [Mukuru wa Frank] ubanza ibumuso

    Rubaduka yashyinguwe kuri uyu wa Gatandatu mu Karere ka Gatsibo

    Abantu batandukanye bavuze ku buzima bwa Frank, bavuga ko yabaye umuntu w’abantu

    Byari amarira n’agahinada mu muhango wo gusezera kuri Frank witabye Imana arohamye mu kiyaga

    Abantu batandukanye bafashe mu mugongo umuryango wa Frank

    UBUHAMYA BW’ABANTU BATANDUKANYE KURI FRANK RUBADUKA

    Source : http://inyarwanda.com/inkuru/102041/frank-rubaduka-watangije-miss-career-africa-yashyinguwe-102041.html

  • Abandi bantu 4 bahitanwe na Covid-19 mu Rwanda, 107 barayandura #rwanda #RwOT

    Amakuru yatangajwe na Minisiteri y'Ubuzima agaragaza ko abitabye Imana barimo abagabo 2 barimo uw'imyaka 78 na 42 bo mu mujyi wa Kigali.Uwa 73 wo mu karere ka Gicumbi n'undi w'imyaka 55 I Kirehe.

    Abarwayi bashya babonetse I Kigali: 85, Gicumbi: 14, Huye: 3, Rubavu: 2, Ruhango: 1, Nyanza: 1, Kirehe 1.

    Uyu munsi hakize abantu 87 mu masaha 24 ashize bituma umubare w'abamaze gukira bose uba 6,685 naho abakirwaye ni 1,784.

    Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n'umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y'ubuhumekero.

    Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n'amazi n'isabune, kwirinda imihuro itari ngombwa no kwambara udupfukamunwa n'amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n'abantu benshi.

    Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikomeje kwibasirwa bikomeye n'icyorezo cya COVID-19, aho kugeza ubu abaturage basaga miliyoni 20 bamaze kucyandura ndetse n'intego igihugu cyari cyihaye yo gukingira benshi bashoboka ikaba yaragoranye kuyigeraho.

    Ubwo inkingo za COVID-19 zari zitangiye kuboneka, Amerika yatangaje ko 2020 izarangira imaze gukingira abaturage miliyoni 20, gusa imibare igaragaza ko kugera ku wa 31 Ukuboza 2020 iki gihugu cyari kimaze gukingira gusa abagera kuri miliyoni 2.8.

    Uku kugenda biguru ntege kwa gahunda yo gukingira birakomeza gushyira ubuzima bw'Abanyamerika benshi mu kaga kuko umubare w'abo iki cyorezo gihitana udasiba kwiyongera.

    Imibare y'inzego z'ubuzima igaragaza ko kuva COVID-19 yagera muri Amerika, nibura mu baturage 950 b'iki gihugu bapfa, umwe aba yishwe n'iki cyorezo.

    Umubare w'abaturage ba Amerika bishwe n'iki cyorezo mu Ukuboza warengaga ibihumbi 78, kandi hari impungege z'uko nyuma y'iyi minsi mikuru umubare w'abandura iki cyorezo uzarushaho kwiyongera bikaba byaba n'intandaro y'ukwiyongera kw'abapfa.

    Umubare w'abandura COVID-19 muri Amerika wiyongereye cyane mu gihembwe cya kabiri cya 2020.

    Imibare ya Reuters igaragaza ko byafashe iminsi 200 kugira ngo umubare w'abanduye COVID-19 muri iki gihugu ugere kuri miliyoni eshanu, bifata iminsi 93 kugira ngo iyi mibare ive kuri miliyoni eshanu igere kuri miliyoni 10, iva kuri miliyoni 10 igera kuri miliyoni 15 mu minsi 25 gusa ndetse mu minsi 15 iva kuri miliyoni 15 igera kuri 20.

    Kugeza ubu hirya no hino muri iki gihugu habarirwa abarwayi ibihumbi 125 ba COVID-19 barembeye mu bitaro, uyu mubare wazamutseho 25% ugereranyije n'ukwezi gushize.

    Senateri Mitt Romney ku wa 1 Mutarama 2021 yagaragaje ko kugira ngo Amerika ibashe guhangana na COVID-19 ari uko yakwihutisha gahunda yo gukingira. Yasabye ko hakwifashishwa abaganga bahoze mu gisirikare kugira ngo bafashe abandi mu kugeza urukingo hirya no hino muri Amerika kandi vuba.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abandi-bantu-4-bahitanwe-na-covid-19-mu-rwanda-107-barayandura

  • Mourinho yahishuye ikipe yakunze muri shampiyona y'uyu mwaka anavuga umukinnyi we wamubabaje bikomeye #rwanda #RwOT

    Jose Mourinho yavuze ko Aston Villa ariyo kipe akunda kureba kubera uko yatangiye shampiyona n'aho iri kugeza ubu.

    Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu ubwo yatsindaga Leeds United ibitego 3-0 agahagarika agahigo kabi k'imikino 4 yari amaze adatsinda.

    Mourinho yabwiye BT Sport ati 'Ubwo twarimo gukina hari abavuze ko imikino yoroshye ku makipe ari mu myanya 6 ya mbere igiye kuza ariko siko njye mbibona.

    Leeds irakomeye na Aston Villa niyo kipe nziza kuri njye muri Premier League muri uyu mwaka.Nkunda kubareba,bafite abakinnyi beza kandi batojwe neza.Nibo tuzakurikizaho'

    Umutoza Jose Mourinho yatangaje ko yababajwe n'ukuntu abakinnyi be 3 bishe amabwiriza yo kwirinda Coronavirus aho Sergio Reguilon, Giovani Lo Celso na Erik Lamela, bagiye mu kirori cyateguwe n'umukinnyi wa West Ham witwa Manuel Lanzini.

    Mourinho yavuze ko yaguriye inyama y'ingurube myugariro we Reguilon ngo ayirye kuri Noheli ariko yababajwe nuko ibyo yamutekerejeho atari byo kuko yahise yica amabwiriza.

    Yagize ati 'Namuhaye impano nziza.Ingurube yo muri Portugal,ikundwa n'abanya Portugal na Espagne.Nayimuhaye nziko agiye kwizihiza Noheli wenyine.Namutekerejeho.

    Ntabwo yari wenyine nkuko mwabibonye.Nk'ikipe twahaye abakinnyi amasomo n'amabwiriza.Ntabwo byadushimishije.'


    Mourinho yababajwe n'abakinnyi be bishe amabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/mourinho-yahishuye-ikipe-yakunze-muri-shampiyona-y-uyu-mwaka-anavuga-umukinnyi

  • RDC: Leta yigaruriye agace kari mu maboko y'inyeshyamba za ADF #rwanda #RwOT

    Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Kongo iravuga ko abantu 14 bakekwaho kuba abarwanyi ba cy'isilamu baguye mu mirwano taliki ya mbere uyu umwaka bahanganye n'ingabo za leta zishyigikiwe n'iza ONU zishinzwe kurinda amahoro.

    Ingabo za leta ziravuga ko zongeye kwigarurira agace ka Loselose ko mu burasirazuba bw'igihugu.

    Umutwe w'inyeshyamba zitsimbaraye ku mahame ya Isilamu – Allied Democratic Forces (ADF), zikomoka muri Uganda, ni wo uvugwaho gukora ubwicanyi cyane mu bitero umaze iminsi ugaba mu burasirazuba bwa Kongo.

    Umwe mu bayobozi b'inzego z'ibanze ku wa gatanu yatangaje ko umutwe wa ADF wishe abantu 17 baguye muri teritwari ya Beni mu ntara ya Kivu ya Ruguru.

    Imibare itangwa n'Umuryango w'Abibumbye yerekana ko basivili bagera ku 1000 baguye mu mirwano ivugwa kuba yarashojwe na ADF mu myaka ya 2019 na 2020.

    IJWI RY'AMERIKA

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/rdc-leta-yigaruriye-agace-kari-mu-maboko-y-inyeshyamba-za-adf

  • Lionel Messi yaragaye asomana byimbitse n’umugore we. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Messi yahaye ikaze umwaka mushya mu buryo budasanzwe,aho yafotowe ari gusomana byimbitse n'umugore we Antonela Roccuzzo ndetse iyi foto yayishyize ku rubuga rwe rwa Instagram aho akurikirwa na Miliyoni 13.

    Messi asomana n'umugore we

    Uyu mukinnyi w'imyaka 33 yakoresheje iyi foto ari mu rukundo na madamu we mu kwifuriza abafana be umwaka mushya muhire.

    Yagize ati 'Tubifurije umwaka mushya muhire wuzuye ubuzima bwiza n'urukundo rwinshi.'

    Madamu Roccuzzo we yashyize hanze ifoto ari kumwe n'uyu mugabo we w'icyamamare n'abana babo Thiago,w'imyaka 8, Mateo, 5, na Ciro,2.

    Kuri Noheli,umuryango wa Messi wari Rosario muri Argentina aho uyu mukinnyi yavukiye we n'uyu mugore we gusa bahise bagaruka Ubunani babwizihiriza I Barcelona.

    Source : https://yegob.rw/lionel-messi-yaragaye-asomana-byimbitse-numugore-we/

  • Kera kabaye, Lionel Messi yaciye ibintu hirya no hino kubera ifoto yashyize hanze ari gusoma umugore we #rwanda #RwOT

    Umukinnyi ukomeye wa FC Barcelona ,Lionel Messi yizihirije ubunani mu rugo rwe I Barcelona ari kumwe n'umugore we Antonela Roccuzzo basomanye bigatinda mu rwego rwo kwinjira neza mu mwaka mushya wa 2021.

    Messi yahaye ikaze umwaka mushya mu buryo budasanzwe,aho yafotowe ari gusomana byimbitse n'umugore we Antonela Roccuzzo ndetse iyi foto yayishyize ku rubuga rwe rwa Instagram aho akurikirwa na Miliyoni 13.

    Uyu mukinnyi w'imyaka 33 yakoresheje iyi foto ari mu rukundo na madamu we mu kwifuriza abafana be umwaka mushya muhire.

    Yagize ati 'Tubifurije umwaka mushya muhire wuzuye ubuzima bwiza n'urukundo rwinshi.'

    Madamu Roccuzzo we yashyize hanze ifoto ari kumwe n'uyu mugabo we w'icyamamare n'abana babo Thiago,w'imyaka 8, Mateo, 5, na Ciro,2.

    Kuri Noheli,umuryango wa Messi wari Rosario muri Argentina aho uyu mukinnyi yavukiye we n'uyu mugore we gusa bahise bagaruka Ubunani babwizihiriza I Barcelona.


    Iyi niyo foto Messi yasangije abakunzi be ari gusomana n'umugore we

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/02/kera-kabaye-lionel-messi-yaciye-ibintu-hirya-no-hino-kubera-ifoto-yashyize-hanze-ari-gusoma-umugore-we/

  • Nashatse guha abantu ubunani: Masamba wari um… – #rwanda #RwOT

    Masamba yaciye akabogi acyebanura imirya y'inanga mu gitaramo cya East African Party cyo ku nshuro ya 13 cyabereye kuri Televiziyo Rwanda, yahuriyemo na Cecile Kayirebwa, Makanyaga Abdul na Cyusa Ibrahim.

    Ni ibintu byashimishije benshi barimo umukirigitananga Daniel Ngarukiye umaze igihe akorera umuziki we mu Bufaransa. Inanga ni igikoresho gakondo kibajwe mu giti cyitwa umwungo. Igizwe n'ibice bitatu birimo inyahura, ibihumurizo n’igituza.

    Ngarukiye uzwi mu ndirimbo 'Umwari w'i Rwanda' yagize ati 'Nguye icyogere mu bahungu, nguyu nyiringamba nyiringanzo, nguyu uwo Sentore yaranze iyi nanga ye mureba kuko mu mirya yayo ari Ntamakenwa. Mubyeyi Masamba Intore dutewe ishema no kukugira.'

    Masamba yanditse kuri konti ye ya Instagram avuga 'Inanga ibikira imfura maze ukagubwa neza n'urunyananga. Ndabakunda mba ndoga Rukabu.'

    Mu kiganiro yagiranye na INYARWANDA, Masamba Intore yavuze ko yari amaze igihe ahagaritse gukirigita inanga mu ruhame. Ariko ko adashobora kuryama adataramiye abakurambe be.

    Ati 'Sinjya ncuranga mu ruhame. Ariko iwanjye sinshobora kuryama ntataramiye abakurambere. Mfite inanga enye iwanjye harimo iya Munzenze Sogokuru na Sentore Athanase Data.'

    Masamba yabwiye abafana be ko gutarama nabo ntako bisa. Avuga ko abakunda kuko nabo bakunze inganzo ye. Uyu muhanzi yavuze ko mu gitaramo yabacurangiye 'Amararo' ya Muhigirwa, ko ubutaha azabacurangira 'Berenadeta', 'Rangira', 'Nyiramibambwe', 'Zenda Kurwana', 'Inkotanyi cyane', 'Imitoma' n'izindi nyinshi.

    Uyu muhanzi yacuranze inanga nyuma yo guha urubuga abahanzi babiri bari kuzamuka neza mu muziki Ruti Joel na Bill Ruzima bamufashije kunyura benshi muri iki gitaramo. 

    Ruti Joel yaririmbye indirimbo ye 'Igikobwa' aherutse gusohora naho Bill Ruzima yaririmbye indirimbo ye yise 'Abana bari imuderi'.

    Bill Ruzima waririmbye muri iki gitaramo ni umwe mu banyeshuri bize umuziki ku ishuri rya muzika rya Nyundo. Afite indirimbo zizwi zirimo 'Imitoma', 'Munda y'Isi', 'No Regret' n'izindi.

    Ni mu gihe Ruti Joel abarizwa muri Label yitwa Kwanda Music Label ya Patrick Maombi umujyanama wa Jules Sentore. Azwi mu ndirimbo zirimo 'La vie est belle', 'Rumuri rwitabaza', 'Rusaro' n'izindi.

    Inkuru bifitanye isano: Kayirebwa, Masamba, Makanyaga na Cyusa bariirmbye muri East African Party


    Masamba Intore yari amaze igihe atagaragara acuranga inanga ya Kinyarwanda


    Masamba yavuze ko yacuranze inanga kugira ngo ahe Abanyarwanda ubunani bw’umwaka wa 2021


    Uyu muhanzi w’umunyabigwi yavuze ko yari amaze igihe ahagaritse gucurangira mu ruhame inanga


    Umuhanzi Bill Ruzima yigaragaje muri iki giaramo aririmba indirimbo ye bwite


    Ruti Joel yaririmbye indirimbo ye bwite yise ‘Igikobwa’

    Source : http://inyarwanda.com/inkuru/102038/nashatse-guha-abantu-ubunani-masamba-wari-umaze-igihe-atagaragara-akirigita-inanga-102038.html

  • Danny Usengimana yishimiye gutangirana umwaka wa 2021 ari kumwe n'umugore we ndetse anamwifuriza isabukuru nziza y'amavuko – YEGOB #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w'ikipe ya APR FC, Danny Usengimana, uherutse gusezerana kubana akaramata n'umugore we, yagaragaje ko yishimiye gutangira umwaka mushya wa 2021 ari kumwe n'umugore we ndetse aboneraho no kumwifuriza isabukuru nziza y'amavuko. Ibi Danny Usengimana yabikoze abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram aho yari amaze gushyira hanze amwe mu mafoto y'ubukwe bwe n'umugore we.

    Umugore wa Danny Usengimana ni uku yari yambaye ku munsi w'ubukwe bwabo

    Danny Usengimana n'umugore we ku munsi w'ubukwe bwabo

    Nyuma yuko Danny Usengimana ashyize hanze aya mafoto, yayaherekesheje amagambo akurikira:

    Source : https://yegob.rw/danny-usengimana-yishimiye-gutangirana-umwaka-wa-2021-ari-kumwe-numugore-we-ndetse-anamwifuriza-isabukuru-nziza-yamavuko/

  • Breaking news:Ikipe ya PSG ibonye umutoza mushya. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa yamaze kwemeza Mauricio Pochettino wabaye umukinnyi wayo, nk'umutoza mushya mu gihe cy'umwaka umwe n'igice ushobora kongerwa mu gihe yakwitwara neza.

    Pochettino wari umaze umwaka urenga nta kazi afite nyuma yo kwirukanwa muri Tottenham mu mwaka wa 2019,yabonye akazi ko gutoza PSG.

    Pochettino wagejeje Spurs ku mukino wa nyuma wa Champions League muri 2019,yahawe umukoro ukomeye wo kurenza PSG mu Bufaransa akayigira ikipe ihatana ku mugabane w'Uburayi cyane ko ariho ikennye cyane.

    Pochettino wakiniye iyi kipe yamuhaye akazi kuva 2001-2003,arasabwa kurenga ku gahigo ka Thomas Tuchel wagejeje PSG ku mukino wa nyuma wa Champions League we akayihesha iki gikombe cy'akataraboneka.

    Nyuma yo guhabwa aka kazi,Pochettino yagize ati 'Ndishimye kuba nagizwe umutoza wa Paris Saint-Germain.Ndashaka gushimira ubuyobozi bw'ikipe kubera icyizere bangiriye.

    Umuyobozi wa PSG, Nasser Al-Khelaïfi we yagize ati 'ndishimye kuba uwahoze ari kapiteni wacu agarutse muri Paris Saint-Germain,ikipe yakomeje kuba iwe mu rugo.'

    'Kugaruka kwa Pochettino bihuje neza n'intego yacu kandi bigiye kuba andi mateka ku ikipe yacu kandi nzizera ko abafana bazishima.Binyuze mu gukorana na Mauricio Pochettino, Paris Saint-Germain igiye gukomeza kwiyubaka kandi azayizamura ku rwego rwo hejuru mu myaka iri imbere.'

    Source : https://yegob.rw/breaking-newsikipe-ya-psg-ibonye-umutoza-mushya/

  • Umwongereza wigeze gupima ibiro 413 akananywa Fanta 12 buri munsi yapfuye akiri muto [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo wigeze gupima ibiro 413 ndetse akagira umwihariko wo kurya calories 29,000 ku munsi by'umwihariko akananywa Fanta 12 ku munsi,yapfuye.

    Bwana Austin yapfuye ahitanwe n'ibibazo byo kunanirwa guhumeka n'ama Infections atandukanye yari amaranye imyaka myinshi.

    Ikipe ya Birmingham City FC yafanaga yatangaje kuri Twitter ko ibabajwe n'urupfu rw'uyu mufana wari icyamamare mu gihe umugore we witwa Dannie Louise yavuze ko urupfu rw'umugabo we rwamushegeshe.

    Uyu mugabo yagize ibiro bingana gutya kubera gukabya kurya cyane nkuko yabitangaje mu cyegeranyo yakozweho na Sky One cyiswe 'Inside Britain's Fattest Man'.

    Abagize umuryango we bose bagiye batanga ubutumwa bwo gusezera kuri uyu mugabo ndetse bavuga ko batazamwibagirwa.




    Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umwongereza-wigeze-gupima-ibiro-413-akananywa-fanta-12-buri-munsi-yapfuye-akiri