Category: Uncategorized

  • Amajyepfo: Umunsi umwe hafashwe litiro zirenga 2,300 za Muriture – #rwanda #RwOT

    Muri icyo gikorwa hafashwe litiro 2,305 z'ikinyobwa kitujuje ubuziranenge cyitwa Muriture. Iki kinyobwa gikorwa mu ruvange rw'ibintu bitazwi neza ariko usanga gifite isuku nkeya ndetse n'abakinyoye iyo bamaze kugisinda bakora ibyaha bitandukanye birimo gukubita no gukomeretsa, gukora ihohotera ritandukanye, ubujura n'ibindi byaha.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko igikorwa cyo kurwanya izi nzoga cyabereye mu Karere ka Kamonyi, Akarere ka Gisagara, Akarere ka Huye n'Akarere ka Nyanza. Avuga ko mu Karere ka Nyanza ariho hagaragaye cyane iriya nzoga ya Muriture hagakurikiraho Akarere ka Huye.

    Yagize ati 'Mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Kigoma mu ngo z'abaturage 9 hafatiwe litiro 1,120 naho mu Murenge wa Busoro mu ngo z'abaturage 4 hafatiwe litiro 135. Mu Karere Huye mu Mirenge ya Rwaniro, Rusatira na Mukura hafatiwe litiro 545 nazo z'ikinyobwa cya Muriture.'

    SP Kanamugire yakomeje avuga ko mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Kibirizi mu ngo 3 z'abaturage hafatiwe litiro 385, mu Karere ka Kamonyi mu ngo z'abaturage 3 hafatiwe litiro 120. Yavuze ko n'ubusanzwe muri utu turere hari hakunze kugaragara kiriya kinyobwa kitujuje ubuziranenge ariko kuri uyu munsi w'ubunani byari byabaye byinshi cyane.

    Ati 'Dusanzwe dukora ibikorwa byo kurwanya ziriya nzoga mu Ntara y'Amajyepfo ariko kuri iyi nshuro nibwo twahafatiye inzoga nyinshi cyane. Ku bufatanye n'abaturage ndetse n'abayobozi mu nzego z'ibanze twagendaga tujya ku rugo dufiteho amakuru kandi koko tukazihasanga, abazifatanwe babihaniwe hakurikijwe amategeko, izo nzoga nazo ziramenwa.'

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo yongeye gushimira abaturage cyane cyane urubyiruko rw'abakorerabushake mu bufatanye bakomeje kugaragaza mu kurwanya ikintu cyose cyahungabanya ubuzima n'umutekano w'abaturage. Yibukije abaturage ko ziriya nzoga zigira ingaruka mbi ku buzima bwabo kuko ziba zitujuje ubuziranenge kandi zigatuma bakora ibyaha, yasabye abazinywa n'abazikora kubicikaho kuko ntacyo zibagezaho uretse ibihombo no gufatwa bagafungwa.

    Yanabibukije ko muri ibi bihe byo kurwanya COVID-19 nta tubari twemewe gukora mu rwego rwo kwirinda ko hagira uwanduriramo icyorezo. Yabasabye kujya batanga amakuru igihe cyose hari aho babonye utubari turimo gucuruza inzoga.

    Ingingo ya 5 y'Iteka rya Minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw'ibiyobyabwenge n'ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n'amabwiriza y'ubuziranenge n'andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu Gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw'imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n'amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n'urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atageze kuri miliyoni icumi (10.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amajyepfo-umunsi-umwe-hafashwe-litiro-zirenga-2-300-za-muriture

  • Menya ibihugu bimaze kugaragaramo ubwoko bushya bwa Coronavirus #rwanda #RwOT

    Nyuma y'uko hagaragaye virusi nshya ishamikiye kuri koronavirusi ( COVID-19) mu Bwongereza bivugwa ko yaturutse muri Afurika y'Epfo, ubu noneho no mu Bushinwa hagaragaye umuntu wa mbere uyifite.

    Yatahuwe ku munyeshuri w'imyaka 23 wavuye mu Bwongerezayerekeza iwabo mu Bushinwa akahagera ku wa 14 Ukuboza 2020agahita ashyirwa mu kato. Yaje kugaragaza ibimenyetso, ubu ibipimo byerekanye ko yanduye iriya virusi.

    Urubuga www.france24.com rutangaza ko hashakishijwe abahuye na we barimo abagenzi n'abakozi bahuriye mu ndege yamuzanye kugira ngo na bo ubuzima bwabo bukurikiranirwe hafi. Hanatewe umuti wica iyo virusi aho yagiye anyura hose.

    Iyi virusi nshya imaze kugaragara mu Bwongereza mu minsi ishize, ibihugu bitandukanye bigera kuri 50 birimo n'u Bushinwa, byagiye bihagarika ingendo  z'indege zerekeza n'iziva muri icyo gihuguhirindwa ikwirakwira ryayo. Hari n'ibihugu byafunze inzira zinyura ku butaka no mu mazi.

    U Bwongereza ariko na bwo bwahagaritse ingendo ziva muri Afurika y'Epfo kuko buvuga ko iyo virusi nshya  ari ho yaturutse.

    Abahanga bo mu Muryago w'Ubumwe  bw'Ibihugu by'i Burayibagaragaje ko iyi virusi nshya yandura cyane kurusha iya mbereariko ikizere kigihari  ni uko ishobora kurwanywa n'inkingo zakozwe.

    Virusi nshya ya COVID-19 imaze kugaragara  muri Leta zunze Ubumwe z'Amerika, Canada, Portugal, u Bufaransa (France), Jordanie na Koreya y'epfo.

    Iriya virusi nshya izwi nka B.1.1.7,igaragaye mu Bushinwa mu gihe mu mujyi wa Wuhan wo muri iki gihugu  wagaragayemo bwa mbere icyorezo cya COVID-19 cyakwiriye Isi yose mu gihe gito,abantu  ibihumbi n'ibihumbibaraye buzuye imihanda muri uyu mujyi   mu birori byo kwizihiza Umwaka Mushya wa 2021.

    Ibindi bihugu bimwe na bimwe iminsi mikuru isoza umwaka yasanze bikomeje ingamba zo kwirinda no gukangurira abantu kuguma mu ngo zabo bakirinda kujya mu birori, utubari n'utubyiniro kuko bishobora gutuma COVID-19 irushaho gukwirakwira.

    Source: France 24

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/03/menya-ibihugu-bimaze-kugaragaramo-ubwoko-bushya-bwa-coronavirus/

  • Umugore wa mbere muri Amerika agiye kunyongwa mu myaka hafi 70 ishize #rwanda #RwOT

    Urukiko rwo muri Amerika rwatanze uburenganzira bwo kunyonga umugore umwe rukumbi witwa Lisa Montgomery utegereje igihano cy'urupfu. Yishe abaze umugore muri Leta ya Missouri amutwara umwana mu mwaka wa 2004.

    Mu gihe uyu mugore yaramuka anyonzwe, yaba abaye umufungwa wa mbere w'umugore anyonzwe mu myaka hafi 70 ishize.

    Itariki Montgomery yari kunyongerwako yari yashyinzwe mu kwezi gushize, ariko bikaba byarabaye ngombwa ko babanza kurindira nyuma y'aho abamuburanira banduriye Covid-19.

    Nyuma y'uko itariki yo kunyongwa ihindutse, ishami rishinzwe ubutungane ryatanze ikindi gihe cya tariki 12 z'uku kwa mbere 2021 ko ari wo musi uyu mugore azanyongwa. Ariko abamuburanira babanje guhakana ko iki gihe batacyemera kubera ko ingingo yo guhagarika inyongwa ryiwe itari bwavanweho.

    Urukiko rwabanje gushyigikira ibyavuzwe n'aba bamuburanira, maze bahagarika itegeko ryatanzwe n'umukuru w'ibiro bikuru by'amabohero/amagereza ku bijyanye n'umunsi yangongerwako.

    Ariko rero, ejo ku wa gatanu, umurwi w'abacamanza baremeje ko ingingo y'uyu mukuru w'ibiro vy'amabohero ijanye n'amategeko, maze batanga uburenganzira bwo kunyonga uyu mugore.

    Ababuranira uyu mugore Montgomery, bavuga ko bagomba gusohora urwandiko basaba abacamanza ngo basubiremo iyo ngingo.

    Umugore wa nyuma waheruka kunyongwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika yari Bonnie Heady, yishwe ashyizwe mu cyumba kirimo ibyuka byica i Missouri mu 1953, nk'uko bivugwa n'ikigo gishinzwe gutanga amakuru y'ibihano by'urupfu.

    Amerika yari yahagaritse imanza zo kunyongwa mu gihe cy'imyaka 17 yose, mbere y'uko Perezida Donald Trump ategeka ko zikomeza mu ntangiriro z'umwaka ushize wa 2020.

    Mu gihe imanza z'urupfu zisigaye zashyirwa mu bikorwa, Perezida Trump yaba ari we mukuru w'igihugu wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika anyonze abantu benshi mu myaka irenga ijana.

    BBC dukesha iyi nkuru, itangaza ko Uko biteganijwe, Montgomery azanyongwa mbere y'uko umukuru w'igihugu aherutse gutorwa Joe Biden ashyikirizwa amabanga/ahabwa ubuyobozi.

    Nyuma y'imyaka mirongo yamaze ashyigikiye igihano cy'urupfu igihe yari umusenateri wa Delaware, Biden avuga ko amaze gushyikirizwa amabanga ashaka uko ibihano by'urupfu muri Amerika bihagarara.

    Montgomery ni nde?

    Itangazo ry'ubunyamabanga bushinzwe ubutabera ryavuze ko mu kwa 12 kw'umwaka wa 2004, Montgomery yavuye muri Leta ya Kansas ajya ku muhana/mu gace wa Bobbie Jo Stinnett, muri Leta ya Missouri, avuga ko agiye kugura imbwa.

    Iri tangazo rivuga riti: 'Amaze gushyika kuri uwo muhana, Montgomery yahise afata mu kanigo umupfasoni/umugore Stinnett wari ufite imbanyi/inda y'amezi umunani, gushyika aho uyu nyakwigendera ata ubwenge'.

    Montgomery yahise abaga Stinnett amukuramo uwo mwana ahita amutwara mu ntumbero yo kumwiyitirira ko ari uwe. Mu 2007 itsinda ry'abacamanza basanze Montgomery yarakoze icyaha gikomeye cyo kunyuruza/gushimuta cyavuyemo urupfu, bose ata wuvuyemwo bahita bemeza igihano cy'urupfu.

    Ariko abamuburanira bavuga ko umukiriya wabo yari afite ibibazo byo mu mutwe kubera inkoni yakubiswe akiri umwana, bahita basaba ko icyo gihano cyakurwaho.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/umugore-wa-mbere-muri-amerika-agiye-kunyongwa-mu-myaka-hafi-70-ishize/

  • Akunda Kuramya: Clapton avuga ku mugore we yi… – #rwanda #RwOT

    Muri Gicurasi 2019, ni bwo Clapton yasohoye amajwi y'indirimbo ye yise 'Isengesho'. Yarakunzwe bituma uyu muhanzi yiyemeza kuyikorera amashusho yasohoye kuri uyu wa 01 Mutarama 2021 mu rwego rwo guha umwaka mushya muhire abafana be n'abandi.

    Amashusho y'iyi ndirimbo agaragaramo umuririmbyi w'imena wa Kingdom of God Ministries waririmbye inkikirizo, Niyitegeka Yayeli, umunyarwenya RavaNelly, Makanika, Musebeyi, Jacky Giraneza Mushiki w'umuhanzi Mr Kagame n'umugore wa Clapton, Mutoni Jackie.

    Clapton Kibonge yabwiye INYARWANDA ko yifashishije umugore we muri iyi ndirimbo kubera ko 'akunda kuramya' kandi yamumenye yariyeguriye Imana.

    Uyu munyarwenya yanavuze ko we n'umugore we bafitanye indirimbo muri studio bazasohora muri uyu mwaka. Ati 'Ikindi ni uko dufite indirimbo muri studio twafatanyije nayo izajya hanze muri uyu mwaka.'

    Iyi ndirimbo 'Isengesho' yayitekerejeho abyutse yumva afite ishimwe ku Mana. Yagize ati 'Ni indirimbo natekereje maze gusenga. Ndavuga nti uwakora indirimbo ijyanye n'isengesho ryanjye,'

    Clapton amaze gukora indirimbo zinyuranye zirimo; 'Fata telefoni', 'Imiyaga', 'Ihangane', 'Garuka' n’izindi, izi zose akaba yarazikoze harimo urwenya rwinshi. Mu buryo bw'amajwi iyi ndirimbo ye 'Isengesho' yatunganyijwe na Brighton P muri Studio Fine Production naho amashusho yakozwe na Eliel Sando [Eliel Filmz].

    Clapton yifashishije umugore we usanzwe ari umuramyi mu ndirimbo ye ‘Isengesho’

    Umunyarwenya Ravanelly wamamaye kubera Tik Tok agaragara mu ndirimbo ‘Isengesho’

    Umuramyi w’imena muri Kingdom of God Ministries, Yayeli hamwe n’umugore wa Clapton witwa Mutoni Jackie

    Jacky mushiki wa Mr Kagame agaragara mu mashusho y’indirimbo ‘Isengesho’

    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘ISENGESHO’ YA CLAPTON KIBONGE

    Source : http://inyarwanda.com/inkuru/102026/akunda-kuramya-clapton-avuga-ku-mugore-we-yifashishije-mu-mashusho-yindirimbo-isengesho-ya-102026.html

  • Muhanga: Abakekwaho kwicira umugabo iruhande rw'urugo rwe bafunzwe by'agateganyo iminsi 30 – #rwanda #RwOT

    Nyakwigendera Tumusifu, yari afite imyaka 52 y'amavuko, yiciwe mu Mudugudu wa Samuduha, Akagali ka Gifumba, Umurenge wa Nyamabuye, Akarere ka Muhanga, Intara y'Amajyepfo, akaba yaricishijwe ikintu yakubiswe mu mutwe, hakekwa ko ari umwase, kuko mu mutwe we no ku myenda yari yambaye ndetse no hasi aho yari aryamye hari hari amabango y'igiti.

    Abakekwaho kumwica bakurikiranyweho icyaha cyo kwica umuntu biturutse ku bushake.

    Ingingo ya 107 mu gitabo cy'amategeko ahana ibyaha ivuga ko umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igihano cy'igifungo cya burundu.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/muhanga-abakekwaho-kwicira-umugabo-iruhande-rw-urugo-rwe-bafunzwe-by-agateganyo

  • Umutwe udasanzwe wa RDF n’izindi ngabo zagiye gutabara Centrafrique zishe abarwanyi “benshi” bitwaje intwaro – #rwanda #RwOT

    Aba barwanyi biciwe mu Gace ka Damara mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu. Bivugwa ko igitero nyir’izina cyagabwe mu bilometero 76 uvuye mu Murwa Mukuru i Bangui ndetse ko hari abarwanyi b’uyu mutwe “benshi bishwe abandi bagakomereka”.

    Amakuru yizewe avuga ko abo barwanyi bitwikiriye igicuku bagashaka kwinjira mu Mujyi wa Damara ku ivuko rya Perezida Faustin-Archange Touadéra, bahageze bakubitana n’Ingabo za Centrafrique, zirabahashya ariko nyuma ziza gukuramo akazo karenge Ingabo z’u Rwanda zari hafi aba arizo zigoboka.

    Iyo mirwano yamaze igihe kigera ku isaha ariko nyuma yayo ibintu byasubiye mu buryo umutekano uragaruka nyuma yo guhashya abo barwanyi. Bivugwa kandi ko mu gihe igitero cyabaga, abaturage bo muri ako gace bavuye mu ngo zabo bakajya kwihisha mu bihuru.

    Umuvugizi wa Minusca, Vladimir Montéiro, yatangaje ko “muri iki gitondo hari igitero cyabaye” ndetse ko abo barwanyi bakigabye bahunze.

    Ati “Abasirikare bo mu mitwe yitwaje intwaro bahunze umujyi”.

    Umunyamakuru wa IGIHE uri muri Centrafrique, yatangaje ko inkuru y’iki gitero yatangiye kuvugwa mu masaha ya saa Sita, ko usibye abapfuye abandi benshi bakwiriye imishwaro mu mashyamba yo mu Majyaruguru y’Umurwa Mukuru.

    Umuturage wo muri ako gace witwa Gervais Boudji yatangaje ko iki gitero cyagabwe ahagana saa Kumi z’igitondo ubwo “hatangiraga kumvikana amasasu”.

    Yakomeje ati “Amasasu y’imbunda nini n’into yari menshi ugana i Damara”.

    Umutwe w’Ingabo zidasanzwe z’u Rwanda ziri muri Centrafrique kuva ku wa 20 Ukuboza 2020, zoherejwe binyuze mu mikoranire isanzwe hagati y’ibihugu byombi zihawe inshingano zo kubungabunga umutekano n’ibikorwa by’amatora yabaye ku wa 27 Ukuboza 2020.

    Perezida Kagame aherutse gutangaza ko mu gihe imitwe yagerageza guhungabanya umutekano, Ingabo z’u Rwanda zoherejwe “kugira ngo zikore akazi zigomba gukora”.

    Agace ka Damara ni ko Perezida Faustin-Archange Touadéra avukamo kandi anahafite urugo

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umutwe-udasanzwe-wa-rdf-n-izindi-ngabo-zagiye-gutabara-centrafrique-zishe

  • Reba uburanga bw'umukunzi wa Kylian Mbappe wabaye Miss France 2017 n'akazi yifuza gukora [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Uyu mukobwa yatumye benshi bacika ururondogoro ubwo yajyaga gushyigikira umukunzi we mu gikombe cy'isi cya 2018 cyabereye mu Burusiya ndetse yamuteye amahirwe kuko bacyegukanye.

    Alicia Aylies yakundanye na Mbappe ari mu bihe byiza kuko yitwaye neza mu gikombe cy'isi aba umukinnyi ukiri wahize abandi ndetse muri uwo mwaka yaje mu bakinnyi beza ku isi.

    Uyu mufaransakazi afite umubano wihariye n'ibyamamare muri Hollywood birimo na Tom Cruise uzwi muri Filimi Mission: Impossible.

    Uyu mukobwa kandi yitabiriye Miss Universe ya 2017 ahagarariye Ubufaransa gusa ntiyegukanye ikamba.

    Uyu mukobwa usanzwe ari n'umunyamideli yitabiriye ibirori bitandukanye byo kuyimurika birimo na Paris Fashion Week 2018 aho yanacanye umucyo.

    Uyu mukobwa yize ibijyanye n'amategeko muri kaminuza ya Guiana gusa kubera kumurika imideli yabaye ahagaritse amasomo.







    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/reba-uburanga-bw-umukunzi-wa-kylian-mbappe-wabaye-miss-france-2017-n-akazi

  • Lionel Messi yaciye ibintu kubera ifoto yashyize hanze ari gusoma umugore we ku bunani [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Messi yahaye ikaze umwaka mushya mu buryo budasanzwe,aho yafotowe ari gusomana byimbitse n'umugore we Antonela Roccuzzo ndetse iyi foto yayishyize ku rubuga rwe rwa Instagram aho akurikirwa na Miliyoni 13.

    Uyu mukinnyi w'imyaka 33 yakoresheje iyi foto ari mu rukundo na madamu we mu kwifuriza abafana be umwaka mushya muhire.

    Yagize ati 'Tubifurije umwaka mushya muhire wuzuye ubuzima bwiza n'urukundo rwinshi.'

    Madamu Roccuzzo we yashyize hanze ifoto ari kumwe n'uyu mugabo we w'icyamamare n'abana babo Thiago,w'imyaka 8, Mateo, 5, na Ciro,2.

    Kuri Noheli,umuryango wa Messi wari Rosario muri Argentina aho uyu mukinnyi yavukiye we n'uyu mugore we gusa bahise bagaruka Ubunani babwizihiriza I Barcelona.




    Messi yasangije abafana be ifoto ari gusomana n'umugore we mu rwego rwo kubifuriza 2021 nziza

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/lionel-messi-yaciye-ibintu-kubera-ifoto-yashyize-hanze-ari-gusoma-umugore-we-ku

  • Umutwe udasanzwe wa RDF n'izindi ngabo zagiye gutabara Centrafrique zishe abarwanyi 'benshi' bitwaje intwaro – #rwanda #RwOT

    Aba barwanyi biciwe mu Gace ka Damara mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu. Bivugwa ko igitero nyir'izina cyagabwe mu bilometero 76 uvuye mu Murwa Mukuru i Bangui ndetse ko hari abarwanyi b'uyu mutwe 'benshi bishwe abandi bagakomereka'.

    Amakuru yizewe avuga ko abo barwanyi bitwikiriye igicuku bagashaka kwinjira mu Mujyi wa Damara ku ivuko rya Perezida Faustin-Archange Touadéra, bahageze bakubitana n'Ingabo za Centrafrique, zirabahashya ariko nyuma ziza gukuramo akazo karenge Ingabo z'u Rwanda zari hafi aba arizo zigoboka.

    Iyo mirwano yamaze igihe kigera ku isaha ariko nyuma yayo ibintu byasubiye mu buryo umutekano uragaruka nyuma yo guhashya abo barwanyi. Bivugwa kandi ko mu gihe igitero cyabaga, abaturage bo muri ako gace bavuye mu ngo zabo bakajya kwihisha mu bihuru.

    Umuvugizi wa Minusca, Vladimir Montéiro, yatangaje ko 'muri iki gitondo hari igitero cyabaye' ndetse ko abo barwanyi bakigabye bahunze.

    Ati 'Abasirikare bo mu mitwe yitwaje intwaro bahunze umujyi'.

    Umunyamakuru wa IGIHE uri muri Centrafrique, yatangaje ko inkuru y'iki gitero yatangiye kuvugwa mu masaha ya saa Sita, ko usibye abapfuye abandi benshi bakwiriye imishwaro mu mashyamba yo mu Majyaruguru y'Umurwa Mukuru.

    Umuturage wo muri ako gace witwa Gervais Boudji yatangaje ko iki gitero cyagabwe ahagana saa Kumi z'igitondo ubwo 'hatangiraga kumvikana amasasu'.

    Yakomeje ati 'Amasasu y'imbunda nini n'into yari menshi ugana i Damara'.

    Umutwe w'Ingabo zidasanzwe z'u Rwanda ziri muri Centrafrique kuva ku wa 20 Ukuboza 2020, zoherejwe binyuze mu mikoranire isanzwe hagati y'ibihugu byombi zihawe inshingano zo kubungabunga umutekano n'ibikorwa by'amatora yabaye ku wa 27 Ukuboza 2020.

    Perezida Kagame aherutse gutangaza ko mu gihe imitwe yagerageza guhungabanya umutekano, Ingabo z'u Rwanda zoherejwe 'kugira ngo zikore akazi zigomba gukora'.

    Agace ka Damara ni ko Perezida Faustin-Archange Touadéra avukamo kandi anahafite urugo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umutwe-udasanzwe-wa-rdf-n-izindi-ngabo-zagiye-gutabara-centrafrique-zishe

  • Lionel Messi yagaragaye asomana byimbitse n’umugore we. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Messi yahaye ikaze umwaka mushya mu buryo budasanzwe,aho yafotowe ari gusomana byimbitse n'umugore we Antonela Roccuzzo ndetse iyi foto yayishyize ku rubuga rwe rwa Instagram aho akurikirwa na Miliyoni 13.

    Messi asomana n'umugore we

    Uyu mukinnyi w'imyaka 33 yakoresheje iyi foto ari mu rukundo na madamu we mu kwifuriza abafana be umwaka mushya muhire.

    Yagize ati 'Tubifurije umwaka mushya muhire wuzuye ubuzima bwiza n'urukundo rwinshi.'

    Madamu Roccuzzo we yashyize hanze ifoto ari kumwe n'uyu mugabo we w'icyamamare n'abana babo Thiago,w'imyaka 8, Mateo, 5, na Ciro,2.

    Kuri Noheli,umuryango wa Messi wari Rosario muri Argentina aho uyu mukinnyi yavukiye we n'uyu mugore we gusa bahise bagaruka Ubunani babwizihiriza I Barcelona.

    Source : https://yegob.rw/lionel-messi-yagaragaye-asomana-byimbitse-numugore-we/