Category: Uncategorized

  • Mu Rwanda COVID-19 yishe abantu batatu, haboneka abarwayi bashya 109 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abishwe na COVID-19 ku Cyumweru ni abagabo batatu, babiri b’imyaka 75 na 67 bitabye Imana bari i Kigali, n’undi mugabo w’imyaka 51 i Huye.

    Abo bantu batatu bahise buzuza umubare w’abantu 101 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko ku Cyumweru mu Rwanda habonetse abantu 109 bashya banduye COVID-19, naho abandi 67 mu bari barwaye bakize.

    Abo barwayi bashya 109 babonetse mu bipimo 3,318 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 64, Musanze: 20, Rubavu: 12, Nyamasheke: 4, Gicumbi: 3, Kamonyi: 3, Huye: 2, Burera: 1.

    Kugeza ku Cyumweru, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 8,676 muri bo abamaze gukira ni 6,752 naho abakivurwa ni 1823.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/mu-rwanda-covid-19-yishe-abantu-batatu-haboneka-abarwayi-bashya-109

  • Abishwe na Covid-19 mu Rwanda barenze 100 mu gihe abandi 109 bayanduye #rwanda #RwOT

    Kuri iki cyumweru tariki 03 Mutarama 2021, abantu 3 bahitanywe na COVID-19 bituma umubare w'abamaze kwicwa n'iki cyorezo mu Rwanda uba 101 mu gihe abanduye bo biyongereyeho 109 bose hamwe baba 8,676 mu bipimo 3,318 byafashwe.

    Amakuru yatangajwe na Minisiteri y'Ubuzima agaragaza ko abitabye Imana barimo abagabo 2 barimo uw'imyaka 75 na 67 bo mu mujyi wa Kigali n'umwe w'imyaka 51 wo mu karere ka Huye.

    Abarwayi bashya babonetse I Kigali: 64, Musanze: 20, Rubavu: 12, Nyamasheke: 4, Gicumbi: 3, Kamonyi: 3, Huye: 2, Burera: 1.

    Uyu munsi hakize abantu 67 mu masaha 24 ashize bituma umubare w'abamaze gukira bose uba 6,752 naho abakirwaye ni 1,823.

    Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n'umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y'ubuhumekero.

    Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n'amazi n'isabune, kwirinda imihuro itari ngombwa no kwambara udupfukamunwa n'amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n'abantu benshi.

    Ubuyobozi muri Mexique bwatangaje ko umugore w'imyaka 32 wari umuganga yajyanywe mu bitaro nyuma yo guterwa urukingo rwa Coronavirus rwakozwe na Pfizer ifatanyije na BioNTech.

    Uyu muganga utatangajwe izina, yajyanywe mu cyumba cy'indembe mu bitaro byo mu ntara ya Nuevo Leon iherereye mu Majyaruguru ya Mexique.

    Reuters yatangaje ko uwo muganga yagaragazaga ibimenyetso birimo guhumeka nabi, gufuruta n'ibindi.

    Minisiteri y'ubuzima yatangaje ko mu isuzuma bamukoreye basanze yagize ikibazo cyo kwangirika mu bwonko bizwi nka encephalomyelitis.

    Nta wundi mu batewe urukingo wigeze agaragaza ibimenyetso nk'iby'uwo muganga.

    Muri Mexique abantu 126 500 bamaze guhitanwa na Coronavirus. Guhera tariki 24 Ukuboza hatangiye gutangwa inkingo ku bakora mu rwego rw'ubuzima.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abishwe-na-covid-19-mu-rwanda-barenze-100-mu-gihe-abandi-109-bayanduye

  • Zimwe mu mpamvu zituma umugabo asiga umugore we mwiza akajya guheheta uwo mu baturanyi. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Gucana inyuma ni ikibazo kirigufata indi ntera mu bashakanye, hari impamvu ziza ku isonga ahanini zitera abagabo kurarikira abagore b'abaturanyi. Bamwe ngo ntibaba banyuzwe n'imyitwarire y'abagore babo ngo bitewe n'igitutu kirimo no kwita ku bana cyangwa se bafite nk' ibibazo by'ubukene abandi ugasanga bafite amatsiko yo kumva uko no kubonana n'abandi bagore batari ababo bimera nubwo n'ababo aba ari beza.

    Hari impamvu z'ingenzi zitera abagabo kuca inyuma abagore babo beza bakigira mu b'abaturanyi.

    1.Iyo nyir'urugo abafashe nyamugabo abona ibyo yireguza

    Aha ni mu gihe umugabo avuye iwe akajya gusenya urw'umuturanyi we. Iyo umugabo nyir' urugo abafashe, uwaje gusenya yiregura avuga ko yaraje kureba umugabo mugenzi we, agasanga adahari maze akaba aganiriza umugore. Nyir'urugo na we ngo ntacyo arenzaho.

    2.Nta tumanaho nka Facebook, ibaruwa cyangwa telephone bisaba

    Birumvikana ko kubera baba baturanye, ntabwo gupanga iyo gahunda bibasaba ibikoresho by'itumanaho. Umwe yinyabya hirya agahura n'undi bakuzuza umupango nta mususu.

    3.Kuba bahorana

    Iki ni kimwe mu byoroshya iki cyaha. Kuba umugabo ahora abona umugore buri gihe, baba bamaze kumenyerana buri umwe azi icyo undi akunda kuburyo no kumutereta byoroha kuko babikora mu rwenya, mbese batebya ku buryo n'ubabonye abifata nk'ibisanzwe.

    4.Kuba nta gahunda z'urukundo ziba zibyihishe inyuma

    Ni gake umugabo yatekereza ibyo gukunda umugore w'umuturanyi. igishoboka cyane aba ari ukumurarikira. Nk'ibisanzwe rero gukora imibonanompuzabitsina byoroha hagati y'abantu badafitanye urukundo kurusha ababibangikanya na rwo.

    5.Biroroha kubeshya icyo ugiye gukorayo

    Aha, abagabo biborohera kubeshya abagore babo aho bagiye. Bikoza ku baturanyi bakikorera ibyabo maze bagataha babeshya ko bavuye nko kunywerayo cyangwa kuhataramira bisanzwe. Aha ngo ntacyo umugore yarenzaho ndetse na nyir'urugo ntabyitaho cyane.

     

    Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa :http://yegob.rw/dating

    Source : https://yegob.rw/zimwe-mu-mpamvu-zituma-umugabo-asiga-umugore-we-mwiza-akajya-guheheta-uwo-mu-baturanyi/

  • Ntibisanzwe:Umuganga yagize ikibazo cyo mu bwonko amaze guterwa urukingo rwa COVID19. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi muri Mexique bwatangaje ko umugore w'imyaka 32 wari umuganga yajyanywe mu bitaro afite ikibazo cyo mu bwonko nyuma yo guterwa urukingo rwa Coronavirus rwakozwe na Pfizer ifatanyije na BioNTech.

    Uyu muganga utatangajwe izina, yajyanywe mu cyumba cy'indembe mu bitaro byo mu ntara ya Nuevo Leon iherereye mu Majyaruguru ya Mexique.

    Reuters yatangaje ko uwo muganga yagaragazaga ibimenyetso birimo guhumeka nabi, gufuruta n'ibindi.

    Minisiteri y'ubuzima yatangaje ko mu isuzuma bamukoreye basanze yagize ikibazo cyo kwangirika mu bwonko bizwi nka encephalomyelitis.

    Gusa magingo aya nta wundi mu batewe urukingo wigeze agaragaza ibimenyetso nk'iby'uwo muganga.

    Muri Mexique abantu 126 500 bamaze guhitanwa na Coronavirus. Guhera tariki 24 Ukuboza hatangiye gutangwa inkingo ku bakora mu rwego rw'ubuzima.

    Source : https://yegob.rw/ntibisanzweumuganga-yagize-ikibazo-cyo-mu-bwonko-amaze-guterwa-urukingo-rwa-covid19/

  • Dore ibyo abafana ba Clarisse Karasira batangaje nyuma yuko ahaye impano y'imodoka ababyeyi be – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ku wa kane tariki ya 31 Ukuboza 2020 nibwo umuhanzikazi Clarisse Karasira abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram yatangaje ko yageneye ababyeyi be impano y'imodoka kubera urukundo bamukunze nawe akaba yarifuje kurubitura abaha imodoka nshya.

    Nyuma yuko Clarisse Karasira ashyize hanze aya mafoto agaragaza impano y'imodoka nshya yageneye ababyeyi be, yayiherekesheje amagambo agira ati : 'A Car gift to my parents🙏Nanejejwe no gushimira ababyeyi banjye mu buryo natekereje kuva cyera, n'ubwo nta cyo wakwitura umubyeyi mwiza! Data na Mama ndabakunda ni abantu b'intwari bitangira abandi uko bifite,bantoje byinshi birimo UBUMANA N'UBUMUNTU. Ni bo bantu ba mbere bashyigikira inzozi zanjye, barandera barankuza… bambereye umugisha cyane! Bagombwa icyubahiro cy'ababyeyi. ❤Ndashima Imana impa umugisha utangaje mu buzima busanzwe no muri iyi Muzika😭🙏 Ni iki utakwitura ababyeyi beza?❤ Umwaka mushya muhire ku babyeyi mwese aho muri❤️ Happy new year, best wishes from my family🌟#ILovemyDAD #ILovemyMOM  #ILovemyFamily #ILove❤ Blessings over blessings, Thank you God🙏'. Abakurikirana Clarisse Karasira ku rubuga rwa instagram nabo ntibaripfanye, bagiye bagenera ubutumwa butandukanye Clarisse Karasira gusa ahanini bwagendaga bugaruka ku gushimira uyu mukobwa w'umunyarwandakazi kubw'igikorwa cy'intangarugero yakoze.

    HANO TWABAKUSANYIRIJE BIMWE MU BYATANGAJWE N'ABAKURIKIRANA CLARISSE KARASIRA KURI INSTAGRAM

    Source : https://yegob.rw/dore-ibyo-abafana-ba-clarisse-karasira-batangaje-nyuma-yuko-ahaye-impano-yimodoka-ababyeyi-be/

  • Abanya-Kigali bitabiriye Car Free Day ya mbere ya 2021 (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Siporo nk'iyi yaherukaga gukorwa kuwa 20 Ukuboza. Iyi ni iya kabiri ibaye kuva Umujyi wa Kigali washyiraho amabwiriza mashya agenga uko ikorwa, hagamijwe kwirinda icyorezo cya Covid-19.

    Muri aya mabwiriza harimo ko Umubare w'Abakorerabushake bakurikirana ko ingamba zo kwirinda Covid-19 zubahirizwa baba bari muri buri metero 200.

    Harimo kandi ko hagombwa gushyirwa mu muhanda imodoka itanga ubutumwa bwibutsa abantu guhana intera no kubahiriza amabwiriza yose yo kwirinda ikwirakwira Covid-19.

    Aya mabwiriza kandi yahagaritse kuba abantu bagenda baririmba kuko biri mu bituma 'Ibikundi' byikora, ntibahane intera. Anategeka abakora iyi siporo kugenda gake gake no kwambara agapfukamunwa.

    Kimwe nuko bisanzwe ubwo iyi siporo yakorwaga imihanda itandukanye yari yafunzwe, aho nta binyabiziga byari byemerewe kuyikoresha kugira ngo bitabangamira abari muri iyi siporo.

    'Car Free Day' ni imwe muri siporo zikunzwe na benshi mu Mujyi wa Kigali, ndetse ikaba ariyo yabimburiye izindi zihuza abantu benshi kongera gufungurwa, nyuma y'igihe kinini ibikorwa bya siporo byari bimaze bifunzwe kubera icyorezo cya Covid-19.

    Bitandukanye na mbere aho iyi siporo yakorwaga mu ntara zose zigize igihugu, kuri ubu iyakomorewe ni ikorerwa mu mujyi wa Kigali mu zindi ntara ho ntirasubukurwa.

    Siporo rusange ya Kigali Car Free Day yatangijwe muri Gicurasi 2016 igamije gushishikariza abatuye Umujyi wa Kigali umuco wo gukora siporo no kubiborohereza; gushishikariza abaturage kwirinda indwara zitandukanye, aho bahabwa inama bakanapimwa ku buntu.

    Ku ikubitiro iyi siporo yatangiye ikorwa rimwe mu kwezi ariko Mu ntangiriro za 2018 Perezida Paul Kagame aza gusaba ko yajya iba kabiri mu kwezi; ishyirwa ku Cyumweru cya mbere n'icya gatatu by'ukwezi.

    Aha abiruka bari hafi yo kugera mu masangano y’imihanda ku Gishushu

    N’abanyamahanga bitabira iyi siporo

    Nk’uko bisanzwe iyi siporo yakorewe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali

    Remera ni kamwe mu duce dukorerwamo iyi siporo yitabirwa n’ibyiciro by’abantu bitandukanye

    Nti bikemewe kugendera mu bikundi by’abantu benshi

    Car Free Day ni igihe cyiza cyo gukora siporo abantu bisanzuye

    Abanyarwanda basobanukiwe ibyiza byo gukora siporo, n’abana barayitabira

    Yitabirwa n’abantu b’ingeri zitandukanye

    No mu bice bya Kimihurura umubare w’abitabiriye iyi siporo uba ari munini, aha bari hafi yo kugera Kigali Convention Center

    Iyi siporo isigaye ikorwa hari urubyiruko rw’abakorerabushake

    Bamwe bahitamo gukora sipro yo kunyonga igare

    Nta modoka nimwe iba iri mu muhanda ngo idahutaza abantu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyakigali-bitabiriye-car-free-day-ya-mbere-ya-2021-amafoto

  • Cristiano Ronaldo yongeye gutangaza benshi kubera agahigo yaruhije amakipe yo muri Premier League yose #rwanda #RwOT

    Muri Mutarama 2020,nibwo Cristiano Ronaldo yujuje Miliyoni Magana abiri (200,000,000) z'abamukurikira kuri Instagram ariko arangije umwaka afite 250 M mu gihe amakipe yose yo muri Premier League afite miliyoni 159 kuri Instagram.

    Cristiano Ronaldo yakoze amateka adasanzwe mu mupira w'amaguru ahanini bitewe n'uduhigo yaciye mu ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne yavuyemo yerekeza mu Butaliyani mu ikipe ya Juventus mu 2018.

    Ubwo haherukaga gushyirwa hanze urutonde rw'abakurikirwa cyane kuri Instagram,Ronaldo wa mbere yarusha umuhanzi w'Umunyamerika akaba n'umukinnyi wa filimi, Ariana Grande, miliyoni 27 z'abantu bamukurikira kuri Instagram.

    Cristiano Ronaldo yafashe umwanya w'umuntu wa mbere ukurikirwa n'abantu benshi kuri Instagram mu Ukwakira 2018 nyuma yo kuwukuraho Selena Gomez.

    Cristiano Ronaldo w'imyaka 35 yamavuko, yagiye muri Juventus aguzwe miliyoni £100 avuye muri Real Madrid yari amazemo imyaka icyenda.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/cristiano-ronaldo-yongeye-gutangaza-benshi-kubera-agahigo-yaruhije-amakipe-yo

  • Miss Bahati Grace yasomanye n’umugabo we banifuriza abafana babo umwaka mushya muhire wa 2021. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Miss Bahati Grace wabaye Nyampinga w'u Rwanda 2009 n'umugabo we bifurije abafana babo umwaka mushya muhire wa 2021.Uyu Bahati usigaye uri mu munyenga w'urukundo n'umugabo yasimbuje K8 Kavuyo banabyaranye ,yashyize hanze ifoto yabo bombi arimo ku musoma ku itama maze yongeraho ko bifuriza umwaka mwiza abakunzi babo.

    Ni amafoto Miss Grace yashyize kuri instagram ye maze yandikaho amagambo agira ati'Tubifurije umwaka mushya muhire wa 2021,Imana ni nziza.'

    Twibutse ko uyu Miss Grace yerekanye byeruye ko ari murukundo rushya n'uyu mugabo muri 2018 nyuma yo gutandukana na K8 Kavuyo wahoze ari umugabo we banafitanye abana.

    Source : https://yegob.rw/miss-bahati-grace-yasomanye-numugabo-we-banifuriza-abafana-babo-umwaka-mushya-muhire-wa-2021/

  • Umuhungu wa Perezida Museveni yabwiye Bobi Wine ko ubwo Abanyankore bamuhaga umugore atigeze agishwa inama #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y'aho mu munsi ibiri ishize, yari yasibye ubutumwa yanditse ku rubuga rwa Twitter, yibasira uyu mukandida uhanganye na se, mu minsi ibiri ishize.

    Mu butumwa yasibye, Gen. Kainerugaba yari yibajije ku izina 'Musinguzi' (Mutsinzi) bivugwa ko Abanyankore barihaye Bobi Wine, yongeraho ko ari igitutsi kuri ubu bwoko butuye mu burengerazuba bwa Uganda.

    Tariki ya 31 Ukuboza, Bobi Wine yamusubije ko Abanyankore batamuhaye iri zina, ko ahubwo bamuhaye umukobwa wabo akaba umugore we (Barbara Itungo ukomoka mu Karere ka Ntungamo).

    Yagize ati: 'Abanyankore ntabwo bampaye izina Musinguzi! Bampaye umukobwa wabo, umugore wanjye, ibyo bigasobanura ko ndi umuhungu wabo. Ntabwo buzuye urwango n'ivanguramoko nkawe. Reka guhagararira nabi ba databukwe.'

    Mu gitondo cy'uyu wa 3 Mutarama 2021, Gen. Kainerugaba abyutse asubiza Bobi Wine ko ubwo Abanyankore bajyaga kumuha Barbara Itungo, batabanje kumugisha inama.

    Ati: 'Ibi ntibishoboka na gato (ashaka kugaragaza ko Abanyankore batahaye Bobi Wine umugore.)' Yongeraho ati: 'Ndi Umunyankore, navukiyeyo ndetse nkurirayo ariko sinigeze ngishwa inama ubwo Abanyankore baguhaga umukobwa wabo.'

    Kuri Gen. Kainerugaba, Bobi Wine wavuze ko Abanyankore bamuhaye umugore, yabibeshyeho. Ati: 'Birasa n'aho utazi Abanyankore n'imico yabo.'

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/umuhungu-wa-perezida-museveni-yabwiye-bobi-wine-ko-ubwo-abanyankore-bamuhaga

  • Imwe mu myanzuro yafatiwe mu nteko rusange ya FERWAFA #rwanda #RwOT

    Saa Tatu n'iminota 48 nibwo Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène, yahaye ikaze abitabiriye iyi nama y'Inteko Rusange idasanzwe, hakurikiraho kureba ko abanyamuryango batumiwe bitabiriye.

    Nyuma yo gusanga 45 bitabiriye mu gihe kugira ngo inama ibe hasabwaga byibuze abanyamuryango 30 ni ukuvuga kimwe cya kabiri guteranyaho umwe, iyi nama y'Inteko Rusange idasanzwe yahise itangira abandi bake baza nyuma.

    Perezida wa FERWAFA yabanje guha abanyamuryango isura y'umwaka wa 2020 waranzwe n'isubikwa ndetse no gusoza imburagihe amarushanwa atandukanye kubera COVID-19, abasaba ko hakwiye gufatwa ingamba zo kwirinda ibibazo byatejwe n'iki cyorezo.

    Umunyamabanga Mukuru w'iri Shyirahamwe, Uwayezu Francois Régis, yagaragarije abanyamuryango ko ingengo y'imari yakoreshejwe mu 2020 ingana na miliyari 1.23 Frw mu gihe bari barateganyije kwinjiza miliyari 5.48 Frw.

    FERWAFA yateganyije ko mu mwaka mushya wa 2021, hazaboneka 6,586,254,640 Frw ariko muri ayo hakavamo agera kuri miliyoni 152.47 Frw agenewe umupira w'abagore azageza mu 2022.

    Mu ho Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda riteganya gukura aya mafaranga harimo kuba hari miliyoni 695.8 Frw rifite kuri konti ubu, azatangwa na FIFA mu bikorwa bitandukanye, aya CAF n'abaterankunga.

    Hari kandi azinjizwa na Gym yayo n'iguriro ryayo, amafaranga ava ku bibuga (mu gihe abafana bazaba bemerewe kwinjira), amafaranga atangwa n'amakipe yiyandikisha mu marushanwa arimo n'Igikombe cy'Amahoro.

    Hiyongeraho azatangwa na FIFA binyuze muri gahunda yo guteza imbere umupira w'amaguru mu mashuri, aya Minisiteri ya Siporo yo kuzamura impano n'agenewe amakipe y'Igihugu.

    Miliyari 6.36 Frw zisigara nyuma yo gukuraho amafaranga azageza mu 2022 na miliyoni 69 Frw z'umwenda zizishyurwa, FERWAFA iteganya ko zizakoreshwa mu bikorwa byayo bya buri munsi birimo no guhemba abakozi, guteza imbere umupira w'amaguru n'amarushanwa, kubaka ibibuga, amakipe y'Igihugu no gutegura abasifuzi.

    Inkuru ya IGIHE

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/imyanzuro-ikomeye-yafatiwe-mu-nteko-rusange-ya-ferwafa