Category: Uncategorized

  • Uko Habimana na bagenzi be bahuje imbaraga mu gushyigikira ubwubatsi bw'inzu ziciriritse – #rwanda #RwOT

    Kimwe mu bibazo bikomereye u Rwanda by'umwihariko Umujyi wa Kigali, ni ukubona inzu zihendutse zijyanye n'igihe zikwiriye abaturage barenga miliyoni 1.5 bawutuyemo ndetse n'abandi bari mu nkengero zawo.

    Iki kibazo gihora kigarukwaho inshuro nyinshi ndetse mu nama zigamije iterambere ry'umujyi kiganirwaho. Ikigaragaza uburyo giteye inkeke, utuye i Kigali wese ukoze ku mafaranga agera kuri miliyoni, ahita atekereza kugura ikibanza, cyaba mu nkengero za Kigali cyangwa mu bice by'icyaro.

    Ikibanza cyabaye nka zahabu, abifite babihinduye ubucuruzi kuko uko iminsi yicuma birushaho guhenda uko ababikeneye barushaho kwiyongera. Ibi kandi ni nako bimeze kuko kucyubakamo inyubako ijyanye n'igihe bisaba kwiyuha akuya.

    Guverinoma y'u Rwanda yatekereje ku mishanga itandukanye yitezweho gufasha abenegihugu kubona uburyo bw'imiturire kandi byoroshye.

    Usibye Leta n'abikorera nabo batanga umusanzu wabo muri uru rugendo. Muri bo harimo n'abasore batatu b'Abanyarwanda bo mu Mujyi wa Kigali bakora umwuga w'ubwubatsi mu bice bitandukanye by'igihugu.

    Aba basore uko ari batatu bafite imyaka 26 y'amavuko bashoye 1,500,000 Frw ariko bamaze kwagura ibikorwa byabo babigeza ku rundi rwego.

    Bakora inzu zifite agaciro ka miliyoni 18 z'amafaranga y'u Rwanda n'izigerekeranye ziri hagati ya miliyoni 30 na 35Frw. Binjiye mu bwubatsi mu 2018 ubwo bari bagitangira umwaka wa mbere wa kaminuza.

    Icyabasunikiye gukunda uyu mwuga ni ugufasha Abanyarwanda bagorwaga no kubona inzu nziza kandi zihendutse.

    Inzu aba basore bubaka ziba zikoze mu matafari ari mu buryo bw'ikoranabuhanga akorwa mu gitaka n'umucanga hifashishijwe imashini yabugenewe.

    Habimana Richard yabwiye IGIHE ko bafite intego y'uko mu mwaka wa 2050 inzu zikodeshwa byitwa ko zihendutse zazava kuri 30% zikagera kuri 70%.

    Yagize ati 'Turifuza ko byibuze mu 2050 ibiciro by'inzu zihendutse zazava kuri 30% zikagera kuri 70% ndetse n'inzu zikodeshwa zikazava ku madolari 500 na 700 zikagera ku madolari 50 cyangwa 150.'

    Yavuze ko imbogamizi bahura nazo mu mwuga wabo ari izijyanye no kutabona amasoko n'abashoramari bahagije.

    Ati 'Ingorane zo ni nyinshi tugihura nazo, hari izo kutabona amasoko ya Leta kuko nk'urubyiriko hari byinshi badusaba ntitubibone birimo ingwate no kutabona abashoramari benshi batugana.'

    Yongeyeho ko bifuza ko Leta yajya ibafasha kubona imashini bifashisha kugira ngo barusheho kubaka inzu nshinshi mu gihe gito no kunoza akazi kabo kuko imashini bakoresha zihenda cyane.

    Habimana yavuze ko COVID-19 yabakomye mu nkokora cyane ko hari imishinga yabo bari bafite itarashyizwe mu bikorwa.

    Uretse kubaka inzu zigendanye n'igihe kandi ziciriritse, aba basore banakora n'ibishushanyo mbonera by'inzu bakanashakira abantu ibyangombwa byo kubaka mu rwego rwo korohereza ababagana.

    Urwego rw'ubwubatsi rusanzwe rutanga imirimo myinshi ndetse ruri mu zatekerejweho mu bikorwa bikeneye kuzahurwa kubera ingaruka za COVID-19. Rwashyiriweho gahunda yihariye, aho imishinga minini y'ubwubatsi izajya isonerwa umusoro nyongereragaciro ku bikoresho byaguze mu Rwanda mu gihe cy'imyaka itatu.

    Ibi byitezweho kuzamura ingano y'ibikoresho bigurirwa inganda z'ubwubatsi zo mu Rwanda, bityo zigatera imbere mu buryo bworoshye ari na ko hagabanuka icyuho cy'ibitumizwa mu mahanga, aho ibikoresho by'ubwubatsi biri mu bigize ingano nini y'ibituruka hanze.

    Mu Rwanda hari inzu zo guturamo miliyoni 2.8 mu gihe hakenewe inzu miliyoni 5.5 zizahaza miliyoni zisaga 22 zizaba zituye igihugu mu 2050. Ibyo bituma hakenewe kubakwa nibura inzu 150 000 buri mwaka kugira ngo habe icyizere cy'uko Abanyarwanda bose bizagera mu 2050 nta kibazo cy'aho kuba bafite.

    Habimana Richard yavuze ko COVID-19 yabakomye mu nkokora cyane ko hari imishinga yabo bari bafite itarashyizwe mu bikorwa

    Imwe mu nzu aba basore bamaze kubaka

    Bakora amatafari bifashishije ibirimo umucanga

    Aba basore muri iki gihe bari kubaka iyi nzu

    Kimwe mu bishushanyo mbonera cy’inzu bagiye kubaka


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/uko-habimana-na-bagenzi-be-bahuje-imbaraga-mu-gushyigikira-ubwubatsi-bw-inzu

  • Ni abakeba muri iyi minsi! Hormonize yandikiy… – #rwanda #RwOT

    Muri ubu butumwa yamwandikiye, Harmonize yagize agira ati “Ndabivuga mbikuye ku mutima, ndagukunda Bro, uyu ni umwaka mushya wa 2021. Warakoze kumpindurira ubuzima'. Yakomeje avuga ko yabonye zahabu akayikura mu mucanga no mu mwijima w'icuraburindi yari yihishemo. Yongeyeho ko ubu muri Africa by'umuhariko mu Burasirazuba bishimira ko ahari. Yongeye ku mushimagiza avuga ko nawe ibyo yakoze mu gihe bamaranye yabikoze kugira ngo amuheshe agaciro.


    Ubutumwa burebure Harmonize yandikiye Diamond

    Uyu muhanzi wabaye mu biganza bya Diamond igihe kitari gito yamwise umunyabigwi avuga ko ikipe yose ya kondeboy umwifurije kugira umwaka mushya. Nta kintu Diamond yigeze avuga kuri ubu butumwa bugaragara kuri konte ya Instagram ya Harmonize icyakoze ibindi byamamare n'abakunzi be babutanzeho ibitekerezo bitandukanye.

    Urugero Wema Sepetu wabaye Miss Tanzania ndetse wanakundanye na Diamond yagaragaje ko yishimiye ishyaka Harmonize yagize ryo gushima Diamond. Mu Ijambo rimwe yagize ati 'Awwwwwwww'. Nyuma y'ubu butumwa yashyizeho akamenyetso k'umutima. N'ubwo havuzwe umwuka mubi nyuma y’uko Hormonize asezeye muri Wasafi abatari bake bashyize ibitekerezo byabo kuri ubu butumwa bagaragaje ko babyishimiye ndetse bereka aba bahanzi ko bombi ko babashyigikiye. 

    Wasafi iyoborwa na Diamond yafashije Hormonize kuva mu 2015. Mu gihe bamaranye yaramamaye karahava abenshi batangira kuvuga ko arusha ijwi sebuja nyuma aza gutangaza ko asezeye ashinga inzu ye bwite ifasha abahanzi yise 'Konde Music Worldwide'. Nyuma yo gutangaza ko azezeye muri Wasafi havuzwe amagambo menshi ndetse uyu muhanzi atangira gutakaza abafana be batari bake. 

    N’ubwo nta makuru yamenyekanye yatumye Harmonize asezera muri Wasafi, byavuzwe ko uyu muhanzi hari abo atahuzaga nabo muri iyi nzu barimo na Diamond wayishoyemo imari n'ibindi byinshi. Mu bihe byashize Hormonize yigeze gutangaza ko Diamond ariwe watumye atandukana na Jacquelline Wolper bigeze gukundana. Icyakora ubu butumwa bwatumye benshi bashima Harmonize bavuga ko yahaye agaciro uwamuvanye kure.


    Harmonize nk’umuhanzi wa mbere wasinye muri Wasafi yagiranye ibihe byiza na Boss we Diamond

    Wema Sepetu yagaragaje ko yishimiye ibyo Harmonize yakoze

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102079/ni-abakeba-muri-iyi-minsi-hormonize-yandikiye-diamond-wamugize-uwo-ariwe-undi-araruca-arar-102079.html

  • Ubusobanuro, inkomoko n'imiterere y'abantu bitwa Louise – YEGOB #rwanda #RwOT

    Louise ni wa muntu ugira Ubuntu ariko ubwo buntu bwe akabugira ku muntu uzamwishyura,ahorana Morale,arasabana kandi akaba ari n'umunyabwenge,ikindi ahora ashaka ubwiza kandi akaba ari wa muntu ukora ikintu aruko yabanje kugitekerezaho,aba yumva yayobora abandi,ni umukozi mwiza kandi akaba ari wa muntu ugira umutima ukomeye,aba yumva yakora ibitandukanye niby'abandi,kandi akikundira Politiki,n'ubuhinzi.

    Source : https://yegob.rw/ubusobanuro-inkomoko-nimiterere-yabantu-bitwa-louise/

  • Ubusobanuro, inkomoko n'imiterere y'abantu bitwa Joseph – YEGOB #rwanda #RwOT

    Joseph,

    Akunze kuba ari umunyakuri,umunyamigisha,ari inyenyeri y'abandi ndetse rimwe na rimwe aba ari umuvumbuzi,arangwa n'ibitekerezo byubaka ikindi kandi akaba ari umunyamurava,afite impano yo kuyobora ahanini akamenya no gukemura ibibazo,kandi akaba ari wa muntu utahangayikishwa nuko atarangije ibyo yatangiye ahubwo akabiharira abandi,akorana umurava mu kazi ke ndetse aba yizerera mu mategeko.

    Source : https://yegob.rw/ubusobanuro-inkomoko-nimiterere-yabantu-bitwa-joseph/

  • Perezida Faustin Archange Touadera yatsindiye Manda ya kabiri yo kuyobora Centrafrique #rwanda #RwOT

    Tariki ya 27 Ukuboza 2020,nibwo Abanya Centrafrique babyukiye mu matora y'umukuru w'igihugu aho Perezida Faustin-Archange Touadéra uri kwiyamamariza manda ya kabiri yagaragaye agiye gutora arinzwe cyane n'ingabo za MINUSCA zirimo n'Abanyarwanda

    Aya niyo matora ya mbere yabaye muri Centrafrique kuva hasinywa amasezerano y'amahoro mu 2019.Yari yitabiriwe n'abakandida 30 ku mwanya wa Perezida.

    Aya matora y'Umukuru w'Igihugu n'Abadepite yabaye mu gihe inyeshyamba zari zarwanyije ko aba bituma Ingabo za MINUSCA zirimo n'iz'u Rwanda zoherezwa kubungabunga amahoro muri iki gihugu.

    Hashize iminsi Perezida Faustin Archange Touadéra w'imyaka 63 ashinja François Bozizé yasimbuye gushaka guhirika ubutegetsi nubwo uyu we yabihakanye yivuye inyuma.

    Bozizé yafatiwe ibihano na Loni, bituma atemererwa kuba mu bahatanira umwanya w'Umukuru w'Igihugu muri aya matora.

    Ku wa Kabiri w'cyumweru gishize, imitwe yitwaje intwaro yari yafashe umujyi wa kane munini muri iki gihugu gusa ingabo za Loni ziza kuwukura mu maboko y'abo barwanyi.

    Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Loni ryavuze ko 'abasirikare batatu b'u Burundi bari mu bikorwa byo kubungabunga amahoro bishwe abandi barakomereka' mu gitero bagabweho ku wa Gatanu w'icyo Cyumweru.

    Iki gitero cyagabwe mu gace ka Dekoa muri Perefegitura ya Kemo na Bakouma mu Majyepfo ya Perefegitura ya Mbomou.

    Umuvugizi w'Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Stephane Dujarric, yamaganye iki gitero, asaba Centrafrique gukora iperereza ku mvano yacyo.

    Yatanze umuburo avuga ko ibitero nk'ibi ku ngabo za Loni ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro 'bigize icyaha cy'intambara' ku muntu uwo ariwe wese ubigaragaramo.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/perezida-faustin-archange-touadera-yatsindiye-manda-ya-kabiri-yo-kuyobora

  • Jennifer Lopez yatunguye abafana be abiyereka nta birungo yisize(VIDEO) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Jennifer Lopez yiyerekanye atisize ibirungo mu rwego rwo kugaragariza abakunzi be ubwiza karemano yifitiye.
    Ni muri videwo uyu mugore yafashe kuri bonane maze ayisangiza abamukurikira agamije kubereka uko asa nta maquillage yishyizeho.

    Ni muri gahunda uyu muhanzi yiyemeje kujya ageza ku bafana be yise kwita ku ruhu no kwiyitaho ugasa neza.Uyu mugore amaze igihe gito yaratangiye gukora imyitozo ngororamubiri mu rwego rwo kwiyitaho aho ngo afite umugambi wo kugira ubwiza nk'umukobwa w'imyaka 20 y'amavuko.

     

     

    Source : https://yegob.rw/jennifer-lopez-yatunguye-abafana-be-abiyereka-nta-birungo-yisizevideo/

  • Abarimu batangiye kwigishiriza abanyeshuri munsi y'ibiti #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 4 Mutarama 2021, abarimu batangiye kwigishiriza abanyeshuri munsi y'ibiti, nyuma y'igitekerezo cy'Umunyamabanga muri Guverinoma ya Kenya ushinzwe uburezi, Prof. George Magoha.
    Tariki ya 31 Ukuboza 2020, ubwo Prof. Magoha yasuraga ibigo by'amashuri kugira ngo arebe aho imyiteguro yo gusubukura amasomo igeze, yasabye abarimu kurangwa n'udushya nko kwigishiriza abanyeshuri hanze munsi y'ibiti, mu gihe ikirere kimeze neza.
    Kuri Prof. Magoha, ubu ni bwo buryo bwafasha abarimu kugabanya ubucucike mu byumba by'amashuri no kubahiriza ibwiriza ryo guhana intera hagati y'umuntu n'undi, nka rimwe mu yashyizweho n'inzego zishinzwe ubuzima mu gukumira icyorezo cya Covid-19.
    Ubwo amasomo yasubukurwaga kuri uyu wa 4 Mutarama, nk'uko tubikesha Daily Nation, aharimo Ishuri Ribanza rya Mweiga riherereye mu Karere ka Nyeri, batangiye gukurikiza igitekerezo cya Prof. Magoha.
    50% by'abanyeshuri bitabiriye amasomo barigira munsi y'ibiti, mu rwego rwo kubahiriza iri bwiriza ryo guhana intera.
    Gahunda yo kwigira munsi y'ibiti ni imwe mu ngaruka z'icyorezo cya Covid-19, cyibasiye Isi kuva mu mpera z'umwaka w'2019. Umubare w'abana bageze mu kigero cyo kwiga wariyongereye ariko ibihugu birimo Kenya ntibyabashije kubaka ibyumba by'amashuri bishya byo kubakira, nk'uko Prof. Magoha yabitangaje.

    Abanyeshuri b'Ishuri Ribanza rya Mweiga batangiye kwigira munsi y'ibiti

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/04/abarimu-batangiye-kwigishiriza-abanyeshuri-munsi-yibiti/

  • Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda zoherejwe muri Centrafrique yakiriwe na Minisitiri w’Intebe Firmin Ngrébada – #rwanda #RwOT

    Minisitiri w’Intebe Firmin Ngrébada yakiriye Col Jean Paul Karangwa mu biro bye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 4 Mutarama 2021.

    Mu butumwa yamuhaye harimo gushimira u Rwanda uburyo rwafashije iki gihugu mu kugicungira umutekano mu bihe by’amatora ya Perezida n’Abagize Inteko Ishinga Amategeko, yabaye ku wa 27 Ukuboza 2020.

    Ku wa 20 Ukuboza 2020 nibwo Ingabo zo mu Mutwe udasanzwe “Special Force” z’u Rwanda zerekeye muri Centrafrique; zoherejwe mu buryo butandukanye n’ubw’ingabo za Loni kuko zo zahawe umukoro wo kurwanya igikorwa cyashoboraga guhungabanya amatora ndetse n’umutwe uwo ariwe wose wakwibasira ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bwo kubungabunga Amahoro muri iki gihugu.

    Mu mpera z’icyumweru gishize, zagize uruhare mu guhashya umutwe w’abagizi ba nabi washakaga guhungabanya umutekano mu Majyaruguru y’Umurwa Mukuru Bangui.

    Minisitiri w’Ingabo wa Centrafrique, Marie-Noëlle Koyara, yavuze ko icyo gikorwa ari icyo kwishimira, kuko kigaragaza ko u Rwanda ari igihugu cy’inshuti cyiteguye gufasha Centrafrique gutekana.

    Minisitiri Marie-Noëlle Koyara yashimiye Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ku bwo kumva ko ashobora kurokora ubuzima bw’abaturage ba Centrafrique, bari bagiye kwibasirwa n’imitwe yitwaje intwaro yashakaga guhungabanya amatora ubundi ikabavutsa ubuzima.

    Ati “Nk’uko mubizi, igisirikare cyacu kiracyari kwiyubaka, hanyuma mu buryo bwihuse, iki gihugu cy’inshuti [u Rwanda] binyuze mu masezerano dufitanye, cyemeye kwitanga mu gufasha bagenzi babo b’abasirikare kurinda umutekano w’ikiremwamuntu. Ntabwo nabona ikintu cy’ingenzi navuga usibye kuvuga ngo mwarakoze, gushimira Perezida wa Repubulika n’Abanyarwanda ku bw’icyo gikorwa cy’ubumuntu gikwiye kubera urugero ibindi bihugu bya Afurika.”

    Yabajijwe niba ingabo za Minusca ziri muri iki gihugu zitari zihagije mbere yo gusaba iz’ibindi bihugu birimo n’u Rwanda gutanga ubufasha, asubiza ko abasirikare bari mu butumwa bw’amahoro bari bake ugereranyije n’ubuso bw’igihugu ubwacyo.

    Ati “Murabizi Minusca ifite intumwa zirenga ibihumbi 10, igihugu gifite ubuso bwa kilometero kare ibihumbi 627, igisirikare cyacu kiracyari kwiyubaka, kandi ngira ngo uyu ni n’umwanya mwiza wo kubabwira ko ibihano byafatiwe igisirikare cya Centrafrique bitarakurwaho byose. Igisirikare kidafite ibikoresho bihagije ntigishobora kurinda mu buryo bwizewe abaturage bacyo.”

    Yatanze urugero ku gitero cyagabwe i Damara mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, avuga ko kitari guhashywa iyo hataba ubufasha bw’Ingabo z’u Rwanda.

    Ati “Damara ni umujyi ufite igisobanuro gikomeye kuri twe, kubera ubufasha bw’Ingabo z’u Rwanda hamwe n’izindi ngabo zaduhaye ubufasha ziri hano hamwe n’Ingabo z’igihugu twabashije gusubiza inyuma umwanzi.”

    Minisitiri Koyara yavuze kubera ibibazo by’umutekano muke muri Centrafrique, basabye Minusca ko yongera ingabo, ndetse ko ashima “Imana ko Ingabo z’u Rwanda arizo zongeye koherezwa mu gutera inkunga iziri mu butumwa bw’amahoro bwa Loni”.

    Yavuze ko abarwanyi bo mu mitwe yitwaje intwaro babonye isomo, bityo ko badakwiriye gukomeza guhungabanya umutekano.

    Mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrique, Minusca, hariyo abashinzwe umutekano 12.870 barimo abasirikare 11.650.

    Minisitiri w’Intebe wa Centrafrique, Firmin Ngrébada yakiriye mu biro bye Col Jean Paul Karangwa uyoboye Umutwe w’Ingabo zidasanzwe z’u Rwanda, amushimira umusanzu w’ingabo ayoboye mu kubungabunga umutekano muri iki gihugu

    Nyuma y’ibiganiro by’aba bombi bafashe ifoto y’urwibutso

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuyobozi-w-ingabo-z-u-rwanda-zoherejwe-muri-centrafrique-yakiriwe-na

  • Umuyobozi w'Ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri Centrafrique yakiriwe na Minisitiri w'Intebe Firmin Ngrébada – #rwanda #RwOT

    Minisitiri w'Intebe Firmin Ngrébada yakiriye Col Jean Paul Karangwa mu biro bye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 4 Mutarama 2021.

    Mu butumwa yamuhaye harimo gushimira u Rwanda uburyo rwafashije iki gihugu mu kugicungira umutekano mu bihe by'amatora ya Perezida n'Abagize Inteko Ishinga Amategeko, yabaye ku wa 27 Ukuboza 2020.

    Ku wa 20 Ukuboza 2020 nibwo Ingabo zo mu Mutwe udasanzwe 'Special Force' z'u Rwanda zerekeye muri Centrafrique; zoherejwe mu buryo butandukanye n'ubw'ingabo za Loni kuko zo zahawe umukoro wo kurwanya igikorwa cyashoboraga guhungabanya amatora ndetse n'umutwe uwo ariwe wose wakwibasira ingabo z'u Rwanda ziri mu Butumwa bwo kubungabunga Amahoro muri iki gihugu.

    Mu mpera z'icyumweru gishize, zagize uruhare mu guhashya umutwe w'abagizi ba nabi washakaga guhungabanya umutekano mu Majyaruguru y'Umurwa Mukuru Bangui.

    Minisitiri w'Ingabo wa Centrafrique, Marie-Noëlle Koyara, yavuze ko icyo gikorwa ari icyo kwishimira, kuko kigaragaza ko u Rwanda ari igihugu cy'inshuti cyiteguye gufasha Centrafrique gutekana.

    Minisitiri Marie-Noëlle Koyara yashimiye Perezida w'u Rwanda, Paul Kagame, ku bwo kumva ko ashobora kurokora ubuzima bw'abaturage ba Centrafrique, bari bagiye kwibasirwa n'imitwe yitwaje intwaro yashakaga guhungabanya amatora ubundi ikabavutsa ubuzima.

    Ati 'Nk'uko mubizi, igisirikare cyacu kiracyari kwiyubaka, hanyuma mu buryo bwihuse, iki gihugu cy'inshuti [u Rwanda] binyuze mu masezerano dufitanye, cyemeye kwitanga mu gufasha bagenzi babo b'abasirikare kurinda umutekano w'ikiremwamuntu. Ntabwo nabona ikintu cy'ingenzi navuga usibye kuvuga ngo mwarakoze, gushimira Perezida wa Repubulika n'Abanyarwanda ku bw'icyo gikorwa cy'ubumuntu gikwiye kubera urugero ibindi bihugu bya Afurika.'

    Yabajijwe niba ingabo za Minusca ziri muri iki gihugu zitari zihagije mbere yo gusaba iz'ibindi bihugu birimo n'u Rwanda gutanga ubufasha, asubiza ko abasirikare bari mu butumwa bw'amahoro bari bake ugereranyije n'ubuso bw'igihugu ubwacyo.

    Ati 'Murabizi Minusca ifite intumwa zirenga ibihumbi 10, igihugu gifite ubuso bwa kilometero kare ibihumbi 627, igisirikare cyacu kiracyari kwiyubaka, kandi ngira ngo uyu ni n'umwanya mwiza wo kubabwira ko ibihano byafatiwe igisirikare cya Centrafrique bitarakurwaho byose. Igisirikare kidafite ibikoresho bihagije ntigishobora kurinda mu buryo bwizewe abaturage bacyo.'

    Yatanze urugero ku gitero cyagabwe i Damara mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, avuga ko kitari guhashywa iyo hataba ubufasha bw'Ingabo z'u Rwanda.

    Ati 'Damara ni umujyi ufite igisobanuro gikomeye kuri twe, kubera ubufasha bw'Ingabo z'u Rwanda hamwe n'izindi ngabo zaduhaye ubufasha ziri hano hamwe n'Ingabo z'igihugu twabashije gusubiza inyuma umwanzi.'

    Minisitiri Koyara yavuze kubera ibibazo by'umutekano muke muri Centrafrique, basabye Minusca ko yongera ingabo, ndetse ko ashima 'Imana ko Ingabo z'u Rwanda arizo zongeye koherezwa mu gutera inkunga iziri mu butumwa bw'amahoro bwa Loni'.

    Yavuze ko abarwanyi bo mu mitwe yitwaje intwaro babonye isomo, bityo ko badakwiriye gukomeza guhungabanya umutekano.

    Mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrique, Minusca, hariyo abashinzwe umutekano 12.870 barimo abasirikare 11.650.

    Minisitiri w’Intebe wa Centrafrique, Firmin Ngrébada yakiriye mu biro bye Col Jean Paul Karangwa uyoboye Umutwe w’Ingabo zidasanzwe z'u Rwanda, amushimira umusanzu w'ingabo ayoboye mu kubungabunga umutekano muri iki gihugu

    Nyuma y’ibiganiro by’aba bombi bafashe ifoto y’urwibutso


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuyobozi-w-ingabo-z-u-rwanda-zoherejwe-muri-centrafrique-yakiriwe-na

  • Abakobwa gusa: Menya ibintu byoroheje byagufasha gutahura umusore utagukunda ahubwo wishakira ko muryamana gusa. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Abasore bamwe na bamwe bigaragaza nk'abafite urukundo kandi bashaka imibonano mpuzabitsina kuri wowe.Ni gute wamenya umusore ugukunda by'ukuri ukamutandukanya n'ukubeshya ko agukunda ariko agamije ko gusambana?

    1.Ntakubwira imishinga ye y'ahazaza

    Umusore ugufiteho gahunda yo kugushyira mu rugo akuganiriza ku bintu birenze umunsi muriho ahubwo ashyira imbere gusohoka ko musohokana nijoro mukarya mu kanywa bikarangiriza aho.

    2.Iyo akwandikiye ariko akabikora ninjoro, aba yishimiye cyangwa ashishikajwe no kuryamana nawe, mu by' ukuri ntabwo aba agambiriye ko mwazashyingiranwa usibye gukorana imibonano mpuzabitsina gusa.

    3.Aguhamagara nijoro gusa

    Niba umuhungu mukundana aguhamagara nijoro atajya aguhamagara ku manywa icyo agushakaho ni uko muzajya muryamana ntabwo ari uko muzashinga urugo.

    4.Iyo agusabye ko umwoherereza amafoto yawe agaragaza umbwambure bwawe ukoresheje telefone ,aba yishimira Ku kwamamaza gusa nta rukundo aba agufitiye ruzatuma mushyingiranwa usibye kuryamana.

    5.Uko akwita bishobora kukugaragariza niba agukunda by'ukuri cyangwa ashaka ko mwiryamanira.Akenshi azakwita amazina wumva ntakizere atanga k'umubano wanyu w'ahazaza mwembi usibye y'amazina ashirana n'agahararo.

    6. Iyo yohereje ubutumwa, ibyo ategura byose bikaba ari ukukubona kandi akavuga n'ibintu bidasobanutse, ibyo byose aba ashaka kuba ari ukwiryamanira gusa.

    7.Iyo ahora aguhamagara cyangwa akakwandikira bikaba ikiganiro kirekire kidafite icyo kigamije, burya aba agukunda bya nyabyo nta gushidikanya.aha bisobanurwa n'uko akenshi iyo ashaka ko muryamana akuganiriza avuga ngo ndagukumbuye mukunzi ndetse n'ibindi byinshi.

    8.Ikintu kibaho iyo muri kumwe cyerekana ko agukunda by'ukuri cyangwa ko mukundana byo kuryamana.Iyo ashaka ko mugirana ikiganiro kiza,icyo gihe muba mukundana bifite intego yo kurushinga.Ariko iyo ibyo akora byose biganisha kuba yagukorakora Ku mabuno, kukwitegereza cyane cyangwa Ku kwiyegereza cyane muhagaze, ntakabuza ibyo aba acyeneye biba ari ukuryamana gusa.

    9.Mu gihe muri gukorana ikiganiro,iyo ibyo ari kuvuga byose biba byerekeranye n'ibice bigize umubiri wawe kandi atari si uko abashaka ngo akumenye neza,icyo aba ashaka nta kindi usibye kuryamana nawe.

     

    Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa:http://yegob.rw/dating

    Source : https://yegob.rw/abakobwa-gusa-menya-ibintu-byoroheje-byagufasha-gutahura-umusore-utagukunda-ahubwo-wishakira-ko-muryamana-gusa/