Category: Uncategorized

  • Google yahagaritse Shene ya YouTube yakoreshwaga na Donald Trump. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Nyuma y'aho twitter na Facebook bihagaritse burundu konti zakoreshwaga na Donald Trump, kuri ubu ikigo cya Google nacyo cyahagaritse YouTube Channel ya Trump. Kuwa 20 Mutarama 2021 ni bwo biteganyijwe ko Trump azahererekanya ububasha n'uwamutsinze mu matora yabaye mu 2020 bwana Joe Biden. Kuri iyi ngingo yo gutsindwa kwa Donald Trump ntabwo abanyamerika bose bayihurizaho ndetse benshi bavuga ko habayemo uburiganya.

    Uku kutumvikana niko gutera benshi kujya mu myigaragambyo ndetse biri mu biri guteza ikibazo aho Trump yagaragaye ashimagiza aba bantu bamurwaniraga ishyaka. Kuva yashimagiza aba bantu akoresheje imbuga nkoranyambaga zirimo facebook, youtube na twitter nubwo ubu butumwa nta munota w'ubusa bwamaze kuri izi mbuga nkoranyambaga.

    Kuri iyi nshuro, nyuma yaho urubuga rwa twitter rumufungiye mu gihe cy'ibyumeru bibiri na facebook ikamufungira na google binyuze ku rubuga rwayo rwa Youtube, Trump yemerewe kugira ikintu ashyira ku muyoboro we wa youtube kugeza hashize iminsi 7 bivuze ko azongera gukoresha youtube nyuma yo gutanga ubutegetsi.

    Ahanini Trump ari gufungirwa imbuga nkoranyambaga ze mu rwego rwo kumubuza gukomeza gukangurira abantu gukora imyigaragambyo bitewe n'amagambo abatiza umurindi yanyuzaga kuri izi mbuga higanjemo ashimagiza abamushyigikiye bari kwigaragambya.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/google-yahagaritse-shene-ya-youtube-yakoreshwaga-na-donald-trump/

  • Kirehe FC yasabwe kwishyura abakinnyi bitarenze tariki 20 Mutarama 2021 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abahoze bakinira Kirehe FC bashimishijwe n
    Abahoze bakinira Kirehe FC bashimishijwe n’icyemezo cya Guverineri Mufulukye Fred

    Ikibazo cy’abakinnyi n’abatoza bakoreye ikipe ya Kirehe FC kimaze iminsi cyumvikana mu itangazamakuru mu Rwanda. Abakinnyi n’abandi bakoze barishyuza iyi kipe Miliyoni 16 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Nyuma yo kwandikirwa n’abari abakozi bayo ikabihakana, ikababwira ko itabazi ko nta maseserano bigeze bagirana, Kirehe FC yatumijwe na FERWAFA kugira ngo icyemure ikibazo ariko ntiyagikemura.

    Kigali Today yifuje kumenya niba ibaruwa aba bakinnyi bandikiye Guverineri yaramugezeho iganira na Munyeshyaka Gilbert bakunda kwita Lukaku ayemerera ko Guverineri yategetse Kirehe FC kubishyura mu gihe gito. Yagize ati “Amaze kubona ibaruwa namwoherereje kuri email, Guverineri yatumijeho Umuvunyi w’Intara, Umuyobozi wa Kirehe FC ndetse na Division manager w’Akarere ka Kirehe ndetse nanjye uhagarariye abandi. Umwanzuro wavuyemo muri icyo kiganiro cyabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga, ni uko ubuyobozi bwa Kirehe FC bwemeye ko bitarenze tariki 20 Mutarama 2021 bugomba kuba bwamaze gukemura ikibazo cyacu.”

    Nyuma y’igihe kitari gito aba bakinnyi basiragira, ubuyobozi bwa Kirehe FC bwatangiye kubasaba ibimenyetso bigaragaza ko bari abakinnyi bayo. Nk’uko ubahagarariye yakomeje abivuga, ati “Twatangiye gukusanya ibimenyetso bigaragaza ko twari abakinnyi ba Kirehe FC, bigaragazwa n’amasezerano y’akazi ndetse n’ibindi bitandukanye kandi turashima Guverineri Mufulukye Fred ukomeje gukurikirana ikibazo cyacu.”

    Kirehe FC yamanutse mu cyiciro cya Kabiri mu mwaka wa 2019 aho abakinnyi n’abatoza bayitozaga yanze kubishyura igahakana ivuga ko itabazi.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/kirehe-fc-yasabwe-kwishyura-abakinnyi-bitarenze-tariki-20-mutarama-2021

  • Hamenyekanye akayabo Cristiano Ronaldo n'umukunzi we bamaze gushora mu kugura imirimbo ihenze cyane bambara [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Aba bombi baherutse gusohokera I Dubai aho bari banitabiriye ibihembo bya Globe Soccer awards bambaye imikufi ihenze cyane.

    Ronaldo w'imyaka 35 yambitse Georgina Rodriguez impeta ifite agaciro k'ibihumbi 615 by'amapawundi ikozwe mu ibuye rya sapphire ndetse itatswe na Diyama.

    Muri 2018 ubwo Ronaldo yari agarutse kuri Old Trafford ari kumwe na Juventus guhangana na Manchester United yamuzamuye mu mikino ya Champions League,yari yambaye isaha ya Franck Muller ifite agaciro ka miliyoni 1.2 y'amapawundi ikozwe muri diyama.

    Ari I Dubai mu birori bya Globe Soccer Awards mu kwezi gushize,Ronaldo yari yambaye isaha igura £380,000 ya Rolex GMT Master Ice.Iyi saha niyo ihenze kurusha izindi zose zakozwe na Rolex.

    Uwo munsi kandi,Ronaldo yari yambaye impeta y'abagore ifite agaciro ka £200,000 itatswe Diamond.

    Mu mwaka ushize nabwo,Georgina yeretse abamukurikira kuri Instagram basaga miliyoni 23 ifoto yambaye imikufi y'ubwoko bwose ifite agaciro k'ibihumbi 720 by'amapawundi ku kuboko kumwe.Agakomo kamwe ka diyama muri 3 yari yambaye kagura £25,000.







    Imibiri yabo bayirimbisha amamiliyoni y'imirimbo

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/hamenyekanye-akayabo-cristiano-ronaldo-n-umukunzi-we-bamaze-gushora-mu-kugura

  • Abarepubulikani nabo bashyigikiye ko Perezida Trump yeguzwa #rwanda #RwOT

    Liz Cheney, umuntu wa gatatu ku rutonde rw'abarepubulikani bakomeye mu mutwe w'abadepite ba Amerika, yavuze ko azatora yemeza kweguza Trump kubera ibyabaye ku nzu y'inteko mu cyumweru gishize.

    Ejo kuwa kabiri, Trump yatangaje ko nta ruhare afite mu myigaragambyo yabaye ku ngoro y'inteko ishingamategeko kuwa gatatu ushize, ikozwe n'abamushyigikiye.

    Biteganyijwe ko tariki 20 z'uku kwezi asimburwa na Joe Biden.

    Uyu munsi umutwe w'abadepite uratora ku kweguza Trump ku byaha byo gushishikariza imyigaragambyo, byaba ari ubwa mbere perezida wa Amerika yegujwe ubugira kabiri n'umuwe w'abadepite.

    Abarepubulikani bavuze iki?

    Liz Cheney, umukobwa w'uwahoze ari visi perezida Dick Cheney, yiyemeje gushyigikira icyo gikorwa, ni ubwa mbere umuntu wo mu bakuriye ishyaka rya perezida akoze ibi kuva mu gihe cya Richard Nixon.

    Madamu Cheney mu itangazo yasohoye yagize ati: “Nta perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wigeze agambanira bikomeye gutya indahiro ye ku itegekoshinga”

    Uyu mudepite uhagarariye leta ya Wyoming yongeyeho ko Trump ari we “wahamagaye abigaragambya, abashyira hamwe, akongeza ikibatsi cy'iki gitero”.

    Abandi barepubulikani babiri mu mutwe w'abadepite, John Katko na Adam Kinzinger, nabo bavuze ko batora bemeza kweguza perezida.

    Kevin McCarthy ukuriye abarepubulikani mu mutwe w'abadepite akaba inshuti ya Trump wavuze mbere ko adashyigikiye kumweguza, biravugwa ko yahisemo kudasaba bagenzi be gutora banga icyo gikorwa.

    New York Times ivuga ko Mitch McConnell ukuriye abasenateri b'abarepubulikani yabwiye inshuti ze ko yishimiye ko abademokarate bashaka kweguza Trump, kuko yumva byafasha ishyaka ry'abarepubulikani kwikiza Trump.

    McConnell kandi yabwiye inshuti ze ko abona ko ibyo Trump yakoze ari ibyaha bikwiye kumweguza, nk'uko bivugwa na Washington Post.

    Mu nteko hari kuba iki?

    Kuwa kabiri, Visi-perezida Mike Pence yanze ubusabe bw'abadepite b'abademokarate bamusabaga gukoresha ingingo ya 25 y'itegekoshinga ngo yeguze umukuriye.

    Mu ibaruwa yasubije Nancy Pelosi umudemokarate ukuriye umutwe w'abadepite, Mike Pence yavuze ko “mu itegekoshinga ryacu ingingo ya 25 atari uburyo bwo guhana cyangwa gufata ubutegetsi”.

    Guhakana kwa Pence bivuze ko abademokarate uyu munsi kuwa gatatu hakiri kare bakora amatora mu nteko ku byo barega perezida no kumweguza.

    Bashobora gukoresha urubanza rwo kumweguza bakanatora babuza ko Trump yazongera kwiyamariza umwanya ariho. Trump yatangaje ko ateganya kwiyamamaza nanone mu 2024.

    Igihe umutwe w'abadepite watora wemeza kweguza Trump, urubanza rwakomereza muri sena bemeza niba ibyo aregwa bimuhama.

    New York Times ejo kuwa kabiri yavuze ko abasenateri bagera kuri 20 b'abarepubulikani badafite aho bahagaze ku rubanza rwacirwa perezida.

    Byasaba 2/3 by'abagize sena kugira ngo Trump ahamwe n'ibyaha maze sena imweguze bidasubirwaho, bivuze ko byasaba ko nibura abasenateri 17 b'abarepubulikani batora bamuhamya ibyaha.

    Kugeza ubu abantu 170 bamaze kumenyekana mu bakoze igitero ku nzu y'inteko ishingamategeko, 70 muri bo bamaze kuregwa, nk'uko FBI yabitangaje kuwa kabiri.

    Abandi amagana byitezwe ko nabo bagomba kuregwa, abazahamwa n'icyaha bashobora gufungwa imyaka igera kuri 20, nk'uko FBI ibivuga.

    INKURU YA BBC

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/abarepubulikani-nabo-bashyigikiye-ko-perezida-trump-yeguzwa

  • IFOTO Y'UMUNSI: Umuhanzi The Ben na Pamella bongeye kuvugisha benshi #rwanda #RwOT

    Urukundo rwa Pamella n'umuhanzi The Be rwatangiye kuvugwa cyane kubera amagambo yuzuye imitoma babwiranaga ku mbuga nkoranyambaga guhera mu mwaka ushize ndetse baje no gusohokana muri Tanzania mu gusoza 2020.

    Mu minsi ishize nibwo ibinyamakuru bitandukanye hano mu Rwanda byatangaje ko The Ben yasanze uyu Pamella mu gihugu cya Tanzania ndetse uyu mukobwa yagaragaye muri iki gihugu yambaye ishati isa neza niyo The Ben yigeze kugaragara yambaye.

    Ku wa 28 Ugushyingo 2020,The Ben yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram amashusho ari kumwe na Miss Pamella hafi y'amazi muri Tanzania ndetse amusoma ku gahanga.

    Nta magambo yihariye yaherekesheje ayo mashusho gusa Miss Pamela yari yegamye mu gituza cya The Ben mu buryo bw'abakundana.

    Nta gihamya n'imwe yemeza abantu ko aba bombi bakundana ariko aya mashusho yashyizwe hanze na The Ben ari kumwe na Pamella muri Tanzania,agaragaza neza ko uyu muhanzi yihebeye uyu mukobwa w'ikimero w'imyaka 21.

    Uwicyeza yakunze kugaragaza amarangamutima ye kuri The Ben, aho yigeze gushyira hanze ifoto bari kumwe, arangije ayiherekesha amagambo agira ati “Mine”, bisobanuye “Uwanjye.”

    Uwicyeza Pamella yahatanye muri Miss Rwanda mu 2019 aza mu bakobwa 20 ba nyuma bashakishwagamo Nyampinga w'u Rwanda.Yanabaye Igisonga cya Mbere cya Miss Zuri Africa Queen yaberereye muri Kenya mu 2019.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/article/ifoto-y-umunsi-umuhanzi-the-ben-na-pamella-bongeye-kuvugisha-benshi

  • Abanyarwanda batuye muri Canada bamaganye Radiyo iherutse gutambutsa ikiganiro gipfobya Jenoside – #rwanda #RwOT

    Ni ikiganiro cyakozwe kuri uyu wa 7 Mutarama, aho cyagarutse ku gitabo Judi Rever yanditse cyitwa ‘In Praise of Blood’ akagisohora mu mwaka wa 2018.

    Muri icyo gitabo, Rever ashinja ingabo zahoze ari iza RPF-Inkotanyi guhanura indege yari itwaye Perezida Habyarimana ku wa 6 Mata 1994, akanavuga ko ari yo yabaye imbarutso ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibintu bihabanye n’ibyagaragajwe n’inzobere zitandukanye.

    Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada wanenze ubuyobozi bw’iyi radio, bavuga ko nta bunyamwuga umunyamakuru Bureau yakoresheje kuko yasigirije igitabo cya Rever mu kiganiro, aho kugisesengura yifashishije ibihamya bifatika.

    Nko ku ngingo y’uko indege ya Habyarimana, Bureau ntiyigeze abaza Rever aho yakuye amakuru y’uko yahanuwe na FPR , kuko avuguruza Raporo zakozwe n’Abafaransa ndetse na Komisiyo ya Mutsinzi, zemeje ko igisasu cyahanuye indege ya Habyarimana cyaturutse mu Kigo cya gisirikari cya Kanombe, kandi icyo gihe kikaba cyari kikiri mu maboko y’ingabo za Leta ya Habyarimana.

    Indi ngingo uyu muryango uvuga ko igaragaza uburyo iki kiganiro cyari kibogamye, ni iyagarutse ku ntandaro ya Jenoside, aho Rever avuga ko yabaye ihanurwa ry’indege ya Habyarimana.

    Uyu muryango uvuga ko ibi bitandukanye n’ukuri kuko Jenoside yateguwe igihe kinini mbere y’ishyirwa mu bikorwa ryayo. Bavuze ko muri iki kiganiro, Rever atigeze na rimwe agaruka ku bikorwa byo kwibasira Abatutsi byakozwe kuva mu myaka ya 1960, bigakomeza kugeza ubwo FPR Inkotanyi ifashe icyemezo cyo kurangiza ibyo bibazo byose binyuze mu ntambara, kuko Leta ya Habyarimana itigeze igira ubushake bwo kurangiza ibyo bibazo mu mahoro.

    Bagize bati ‘’mu mugambo make, Bureau yirengagije akarengane kakorewe Abatutsi bari batuye mu Rwanda, aho bafatwaga nk’abanyamahanga, bakorewe n’intagondwa z’Abahutu mu myaka ya za 1960. Nta hantu na hamwe Bureau na Rever bigeze bagaragaza ubwicanyi bwakorewe Abatutsi bo mu Rwanda mu bihe bya politiki mbi yaje no kuganisha kuri Jenoside yo 1994”.

    Uyu muryango kandi wagaragaje ko imvugo y’uko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri nta shingiro ifite kuko nyuma yo kubohora igihugu, FPR yashyize imbaraga mu “kunga Abanyarwanda no guca amacakubiri ayo ari yo yose”.

    Ibi bigaragazwa n’uko mu 1996, FPR yagize uruhare mu kwakira mu gihugu impunzi hafi miliyoni zari zigizwe ahanini n’Abahutu, kandi bagera mu Rwanda bagahabwa uburenganzira bwose nk’abanyagihugu.

    Bagize bati “FPR yakomeje kwigaragaza nk’ishyaka ribanisha Abanyarwanda bose binyuze mu kwamagana amacakubiri yose. Urugendo rwayo rwo kongera kubaka igihugu no kugiteza imbere rwashingiye ku bumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda. Gukomeza kurebera Umuryango Nyarwanda mu ndererwamo y’amoko bitesha agaciro imbaraga zakoreshejwe mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda”.

    Mu minsi ishize, abagize Umuryango w’Ababyeyi n’inshuti z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi baba muri Canada, PAGE-RWANDA, bandikiye ubuyobozi bwa Radio Canada babusaba gusiba no gusaba imbabazi kuri icyo kiganiro.

    Aba bibajije impamvu Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari yo yonyine igarukwaho mu kuyipfobya, bati ‘Muzi ko hari ibintu bitandukanye bivugwa kuri Jenoside yakorewe Abayahudi cyangwa se ku bitero bya tariki 11 Nzeri 2001, ese mwatinyuka guha rugari umuntu ubihakana ngo azane imvuga ‘itandukanye n’ihari’? […] Turahamya ko bitashoboka”.

    Judi Rever yamenyekanye cyane kubera ibitekerezo n’inyandiko ze zisebya ubuyobozi bw’u Rwanda ndetse agahakana na Jenoside yakorewe Abatutsi, yahitanye ubuzima bw’inzirakarengane zisaga miliyoni imwe mu mezi atatu gusa.

    Judi Rever amaze igihe mu murongo w’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Igitabo cye kigisohoka cyamaganiwe kure n’Abanyarwanda bazi ukuri mpamo kw’ibyabaye, bagaragaza ko kigamije kugoreka amateka igihugu cyanyuzemo no gukingira ikibaba abakoze amahano.

    Judi yagiye akora uko ashoboye ngo abone umwanya ahantu hatandukanye haba mu biganiro mu binyamakuru, mu nama n’ahandi ariko Abanyarwanda bazi ukuri kw’amateka bakamwamagana.

    Judi Rever azwiho guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

    Umunyamakuru Stéphane Bureau yatumiye Judi Rever mu kiganiro, ntiyanatanga umwanya ku bandi bazi ukuri kw’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

    Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahitanye abarenga miliyoni mu mezi atatu gusa

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyarwanda-batuye-muri-canada-bamaganye-radio-canada-iherutse-kunyuzaho

  • Karim Benzema yerekanye imodoka z'agaciro atunze abantu barumirwa(AMAFOTO) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Benzema umwe mu bakinnyi bahembwa neza muri Real Madrid yashyize hanze amafoto agaragaza imodoka zitandukanye afite zihenze kandi zigezweho, atuma benshi bamutangarira.Uyu Mufaransa atunze imodoka zihenze zirimo Bugatti Chiron yaguze miliyoni 2.5 z'amapawundi na Bugatti Veyron itunze abantu bake ku isi yaguze £1.5M. Izi modoka 2 yamurikiye abakunzi be ziri mu nshya aherutse kugura cyane ko ngo afite igaraje ryuzuye imodoka.

    Uyu mugabo w'imyaka 33 atunze kandi Ferrari 458 Spider itunzwe n'abandi bakinnyi nka Mesut Ozil, Frank Lampard na Theo Walcott, Mercedes Benz-SLR , Rolls Royce Wraith, Lamborghini Gallardo,n'izindi modoka nyinshi zirimo za Audi zitandukanye yagiye ahabwa n'ikipe.Bugatti Chiron aherutse kwerekana kuri Instagram,igenda umuvuduko w'ibirometero 261 ku isaha n'imodoka nziza cyane bidasanzwe kubera ubuhanga n'ikoranabuhanga ikoranwe.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/karim-benzema-yerekanye-imodoka-zagaciro-atunze-abantu-barumirwaamafoto/

  • IFOTO Y'UMUNSI: Umuhanzi The Ben na Pamella bongeye kuvugisha benshi #rwanda #RwOT

    Urukundo rwa Pamella n'umuhanzi The Be rwatangiye kuvugwa cyane kubera amagambo yuzuye imitoma babwiranaga ku mbuga nkoranyambaga guhera mu mwaka ushize ndetse baje no gusohokana muri Tanzania mu gusoza 2020.

    Mu minsi ishize nibwo ibinyamakuru bitandukanye hano mu Rwanda byatangaje ko The Ben yasanze uyu Pamella mu gihugu cya Tanzania ndetse uyu mukobwa yagaragaye muri iki gihugu yambaye ishati isa neza niyo The Ben yigeze kugaragara yambaye.

    Ku wa 28 Ugushyingo 2020,The Ben yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram amashusho ari kumwe na Miss Pamella hafi y'amazi muri Tanzania ndetse amusoma ku gahanga.

    Nta magambo yihariye yaherekesheje ayo mashusho gusa Miss Pamela yari yegamye mu gituza cya The Ben mu buryo bw'abakundana.

    Nta gihamya n'imwe yemeza abantu ko aba bombi bakundana ariko aya mashusho yashyizwe hanze na The Ben ari kumwe na Pamella muri Tanzania,agaragaza neza ko uyu muhanzi yihebeye uyu mukobwa w'ikimero w'imyaka 21.

    Uwicyeza yakunze kugaragaza amarangamutima ye kuri The Ben, aho yigeze gushyira hanze ifoto bari kumwe, arangije ayiherekesha amagambo agira ati “Mine”, bisobanuye “Uwanjye.”

    Uwicyeza Pamella yahatanye muri Miss Rwanda mu 2019 aza mu bakobwa 20 ba nyuma bashakishwagamo Nyampinga w'u Rwanda.Yanabaye Igisonga cya Mbere cya Miss Zuri Africa Queen yaberereye muri Kenya mu 2019.

    Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/imibereho/article/ifoto-y-umunsi-umuhanzi-the-ben-na-pamella-bongeye-kuvugisha-benshi

  • Ubukwe ni vuba, twahujwe na Kamaliza! Urugend… – #rwanda #RwOT

    Ni imwe mu ndirimbo ze zakunzwe; iherekejwe n'ibitekerezo birenga 300. Ndetse imaze kurebwa n'abantu basatira gato ibihumbi 400. Mu mikarago yanyu asoza iyi ndirimbo aririmba avuga 'mbe Juru rya Kamonyi ese uruho nkubwire iby'umutware w'iwanyu wantwaye.'-Yavugaga umukunzi we Dejoie kuko niho avuka.

    Yasaye mu nyanja y'urukundo noneho arerura! Ku wa 07 Nyakanga 2020, yasohoye amashusho y'indirimbo ye yise 'Uwacu' abara inkuru y'umukobwa ukumbuye umukunzi we wagiye imahanga. Ni indirimbo yatuye abantu bose bava mu miryango yabo bakajya gushakira ubuzima ahandi cyane cyane hanze y'Igihugu.

    Nubwo abantu benshi bacyetse ko ari inganzo yamuraje ijoro abara inkuru yumvanye undi muntu siko biri, kuko Clarisse Karasira yatangaje ko yari akumbuye Ifashabayo wari umaze iminsi ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Muri iyi ndirimbo, Clarisse Karasira aririmba abwira Dejoie kuzamuzanira impeta y'umuringa [Silver] kandi ko impeta y'urukundo yambitswe ikoze muri iri buye.

    Asobanura ko umukunzi we atahise amenya ko ari we yaririmbye, ariko ko ubwo yajyaga gufata amashusho yayo Ifashabayo yari yaraje mu Rwanda, afata umwanya wo kuyumva bihagije ari nabwo yamenye ko ari we uvugwa mu nkuru.

    Mu kiganiro kihariye yahaye INYARWANDA, Clarisse Karasira yavuze ko we na Ifashabayo bahisemo gukundana urukundo rutavugwa mu itangazamakuru kubera ko babonaga ari byo bibanogeye kugeza ubwo bombi babumbuye paji nshya.

    Imyaka ibiri irashize bombi bamenyenya biturutse ku bitaramo 'Umurage Nyawo' byategurwaga na Ifashabayo byizihije abahanzi Kamaliza na Mina Rwema. Clarisse na Ifashabayo basanzwe bakunda cyane Kamaliza wabaye imbarutso y'urukundo rwabo.

    Clarisse nawe avuga ko iyo atanyura inzira Kamaliza yanyuze atari guhura na Ifashabayo. Yavuze ko mu mpera za 2018, Ifashabayo yamutumiye kuririmba mu gitaramo cyo kwizihiza Rugamba nticyaba 'Haza kuzamo utubazo ducyeya igitaramo nticyaba. Ariko buriya igitaramo cyarabaye. Imana yashakaga igitaramo cyanjye nawe kizahoraho.'

    Ku wa 08 Mutarama 2021, ni umunsi winjiye mu mateka ya Clarisse Karasira kuko ari bwo yambitswe impeta y’urukundo

    Uyu muhanzikazi avuga ko kuva ku munsi wa mbere ahura na Ifashabayo, ubushuti bwabo bwagutse buvamo urukundo, imitima irishimirana. Muri Nyakanga 2019, ni bwo Ifashabayo yabwiye Clarisse ko amukunda, uyu muhanzikazi nawe amwemerera atazuyaje.

    Clarisse ati 'Wari umugoroba mwiza numva ntashaka kugarukaho. Ariko byari byiza cyane. Ni umuntu w'imfura cyane. Ni King Dejoie rwose wa mbere ahubwo! Kuko hazaza abandi ibikomangoma bye. Kuri njyewe ndamwubaha cyane nk'umwami, kuri njyewe kubera ko asobanuye byinshi mu buzima bwanjye.'

    Uyu muhanzikazi avuga ko Dejoie ari umuntu wiyoroshya, w'umuyobozi, ugira amashyengo mu gihe cya nyacyo kandi wiyubashye.

    Kuva muri Label bifite aho bihuriye n'imishinga Clarisse afitanye na Dejoie:

    Ku wa 11 Ugushyingo 2019, Clarisse Karasira yatangaje ko yatandukanye n'uwari umujyanama we Alain Mukuralinda [Alain Muku], ku mpamvu yavuze ko ari ize bwite.

    Icyo gihe Clarisse Karasira yabwiye INYARWANDA ko nta kibazo yigeze agirana na Alain Muku uyoboye Label ya Boss Papa ahubwo ko hari ibyo ashaka gukora kandi bitari kuzamukundira ari kumwe nayo.

    Ati 'Nta kibazo cyari kirimo nanabisabye mbere kera Alain yabaga ahari, ubundi akaba adahari. Nta kibazo na gito hari n'ibindi tugikorana, hari imishinga myinshi tugifitanye ariko ntabwo nabasha kuyikora ndi mu masezerano yabo. Kuko hari izindi nshingano ngiyemo zitanyemerera gukomezanya nabo.'

    Ubu, Clarisse yavuze ko yafashe umwanzuro wo gusezera muri Label bitewe n'imishinga migari yabonaga afitanye na Ifashabayo. Ati 'Imishinga twari dufite ahubwo ni imwe mu mpamvu.'

    Yavuze ko Ifashabayo atari we wamugiriye inama yo gusezerana muri Label, ahubwo ko yashakaga kugira ngo abone uburyo bwiza bwo gukorana na Ifashabayo wari ugiye kuba umujyanama we mushya.

    Kwambikwa impeta y'urukundo byaramutunguye mu buryo bukomeye:

    Clarisse yavuze ko ku wa 08 Mutarama 2021, yabyutse yitegura kujya gukora 'publicity' yo kwamamaza ikigo The Ceciliaz abereye Ambasaderi. Avuga ko uwo munsi imvura yiriwe igwa ariko ajya mu mudoka yerekeza aho ibi byagombaga kubera.

    Yavuze ko yageze ku gipangu cy'ahantu The Ceciliaz bakorera banga kumukingurira bamubwira ko hari ibyo bakiri gutegura. Uyu mukobwa avuga ko yamaze hanze iminota myinshi aho yinjiriye mu gipangu ababwira ko yumva basubika ifatwa ry'aya mashusho yo kwamamaza iki kigo.

    Akomeza avuga ko yinjiye aho yagombaga gufatira amashusho asanga ibintu byahinduye isura umusore amutegereje ngo amwambike impeta. Yavuze ko muri we yumvise anezerewe, ariko kandi aratungurwa. Ati 'Byari ibyishimo […] Kandi biriya ni urwibutso rwiza. Ndanamushimira cyane.'

    Uyu mukobwa avuga ko ubwo Ifashabayo yamwambikaga impeta muri we yumvaga ijwi rimubwira ngo 'ubu ugiye kuba madam'. Ati 'Narishimye cyane.' Yashimye Imana ku kuba yarababashije gutera iyi ntambwe mu buzima bwe.

    Avuga ko ubwo Ifashabayo yari amuhobereye amaze kumwambika impeta yamubwiye amagambo meza atasangiza buri wese.

    Clarisse na Ifashabayo bazakora ubukwe mu 2021, bashobora kuba muri Amerika:

    Nyuma y'uko Ifashabayo yambitse impeta Clarisse, havuzwe byinshi birimo n'uko bombi bazajya kuba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Clarisse ntiyerura neza niba koko bazajya gutura muri Amerika, ariko ko uko iminsi yicuma abantu bazagenda bamenya amakuru yabo arambuye.

    Yavuze ko bafitanye imishinga myinshi irimo no kwagura umuziki we, bityo ko icyemezo bazagifatira hamwe.

    Mu butumwa Ifashabayo yashyize kuri konti ye ya Facebook nyuma yo kwambika impeta Clarisse Karasira bugaragaza ko bombi bafite ubukwe muri uyu mwaka wa 2021.

    Uyu muhanzikazi yavuze ko ubukwe bwabo buzaba 'vuba cyane' Imana nibashobozi kandi ibihe bikagenda neza, icyorezo cya Covid-19 kigacogora.

    Clarisse yavuze ko we na Ifashabayo babasha gutandukana akazi k'umuziki n'urukundo, ariko kandi ngo hari igihe bishaka kwivanga bitewe n'amarangamutima.

    Yavuze ko Ifashabayo asanzwe ari umuyobozi ubasha gushyira ibintu ku murongo, ku buryo bakora akazi neza cyane. Uyu mukobwa yavuze ko ubu ari bwo umuziki we ugiye kugira imbaraga zikomeye kuko none Ifashabayo bagiye kumarana igihe kinini.

    Clarisse yavuze ko ubu bahugiye ku gutegura Album ye ya kabiri izagaragaraho abahanzi batandukanye bo muri Afurika. Kandi ko bafite imishinga migari muri uyu mwaka no mu y'indi myaka iri imbere. Uyu mukobwa yasabye abantu gusengera urukundo rwabo.

    Clarisse Karasira yatangaje ko muri uyu mwaka wa 2021 we na Ifashabayo Dejoie bazakora ubukwe Covid-19 nicogora

    Clarisse yavuze ko we na Ifashabayo bahuye kubera Kamaliza, umuhanzikazi bombi bahundagajeho urukundo

    Karasira avuga ko Ifashabayo akimara kumubwira ko amukunda, urukundo rwabo baruragije Imana

    Kanda hano urebe amafoto menshi:

    KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA CLARISSE AVUGA KU RUKUNDO RWE NA DEJOIE WAMWAMBITSE IMPETA

    “>

    AMAFOTO+VIDEO: Aime Films-INYARWANDA.COM

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102310/ubukwe-ni-vuba-bwahujwe-na-kamaliza-urugendo-rwurukundo-rwa-clarisse-na-dejoie-uko-baciye–102310.html

  • Mukobwa, iga kurangwa n'iyi mico kuko izagufasha kwigarurira imitima y'abagabo bakwifuza. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu rugendo rw'urukundo siko benshi barwitwaramo neza akaba ari nabyo bituma bamwe batarusoza cyangwa ngo bumve baguwe neza mu munyenga w'abakundana. Gusa nk'umukobwa ushaka kwifuzwa na buri musore hari bimwe mu bintu wakora akabasha gukundwa n'ukubonye wese kuko aba akubonamo umugore w'intangarugero.Muri inkuru tugiye kureba imico abagabo baba bifuza ku mukobwa bakayimukundira cyane.

    1.Umukobwa uzi gukunda

    Umukobwa uzubaka rugakomera usanga ashyize imbere urukundo kurenza ibindi byose.Igihe cyose umukobwa atagufitiye urukundo nushaka ntuzigore umushyira mu rugo kuko ntacyo wakora ngo umuntu utagukunda akubere mwiza.

    2. Udahora yinuba

    Umukobwa uzavamo umugore muzima ubereye urugo amenya gucunga ururimi rwe, ntabwo ahora yinubira ibitagenda akaba cyangwa se ibyo abonye byose akaba afite icyo abivugaho .Uburanga bwose umukobwa yaba afite aramutse ahora ari umuntu winuba yatera umugabo we kwicuza.

    3.Umukobwa ugushyigikira

    Umukobwa uzavamo umugore ukubereye umubona kare, aba yitaye ku iterambere ryawe,uburyo ugaragaramo ndetse agakora uko ashoboye kugira ngo abigufashemo.
    Igihe rero ubona ko uwo muri kumwe adashishikajwe n'ibyawe buriya no mu rugo azajya agutererana

    4.Umukobwa wigomwa

    Umukobwa wigomwa kugira ngo urukundo rwanyu rugire aho rugera, azakora na byinshi mu kwitangira urugo rwanyu.Iyo rero mubana mu byiza gusa akishimira ibyo umugezaho we ntacyo yakora ngo akurwanire ishyaka, ntabwo ashobora kuvamo umugore ubereye urugo

    5.Umukobwa ucisha make

    Umukobwa ucisha make ntiyishimire gusumbya ububasha uwo bakunda, iyo agezeyo arubaka ariko iyo bigaragara ko ashaka kuba ariwe ufata buri cyemezo cyose, iyo bageze mu rugo umuriro uraka.

    6.Yita ku bashyitsi akabagirira neza

    Mbere yo gufata icyemezo cyo gushaka umugore, abasore babanza kureba niba uwo mukobwa azashobora kwita ku bashyitsi basura urugo rwe, kuko mu Kinyarwanda bavuga ko 'Urugo ari urugendwa', kandi na Rugamba Cyprien yabivuze ukuri ifuni ibagara ubushuti ni akarenge.

    7.Umukobwa utikubira

    Igihe mu rukundo ubona ko umukobwa mukundana ashishikajwe n'inyungu ze gusa cyangwa se ibimwerekeyeho, aba ari ikimenyetso ko atazavamo umugore muzima.
    Iyo rero ubona ako ashishikajwe n'iterambere ryanyu mwese ,adakurura yishyira , bikugaragariza yuko azubaka.

    8.Umukobwa udahuzagurika

    Ntabwo umukobwa yavamo umugore mwiza igihe ahuzagurika . Kuba umuntu akuze mu mutwe nabyo bigira uruhare mu gutuma ahazaza h'urugo rwe hatabamo rwaserera kuko aba afite ubushobozi bwo guhangana n'uburemere bw'ibibazo urugo rushobora kugira

    9.Umukobwa w'umunyakuri kandi wubaha

    Umukobwa w'umunyakuri, wubaha umugabo we , udasuzugura , umuha agaciro akwiriye n'ubundi iyo umushatse arabikomeza biba biri mu ndangagaciro ze.

    10.Umukobwa usenga

    Umuntu wiyambaza Imana, uyubaha, umenya n'uburyo afata abantu, iyo rero ushatse umuntu utarigeze abimenya usanga ntacyo atinya, kuri we nta kirazira.Urutonde rushobora kuba rurerure bitewe n'icyo umuntu wese ashingiraho mu gushakisha umugore yakumva amunyuze ariko n'ibyavuzwe haruguru ni ingenzi.

    11.Agira umwete ku mirimo myiza

    Abanyarwanda bavuga ko ineza uyisanga imbere, ninayo mpamvu mu biranga umugore mwiza agomba kuba azi ko iyo ugira neza iyo neza iba izagarukira urugo rwawe.

    12.Akunda gufasha abo arusha ubushobozi

    Umugore mwiza ni umugore uzajya kwa muganga, cyangwa umuntu wo mu muryango we yajya kwa muganga ntabure umugemurira kuko mu bushobozi afite afasha abandi barimo abishoboye n'abatishoboye.

    13.Azi kugabura ku gihe

    Umugabo ntabwo akunda umugore uzamwicisha inzara, bityo iyo mukundana akabona ko uri umunebwe mu guteka, cyangwa akabona ko utazi guteka ashobora kukureka kuko aba akeka ko bishobora kuzabishya imibanire yanyu mu rugo.

    14.Amenya kubana neza n'abaturanyi

    Iyo umugore azi kubana neza n'abaturanyi bituma urugo rwe rugira amahoro, n'ikibazo kivutse akamenya kwegera abaturanyi bakagikemura.

     

    Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa:http://yegob.rw/dating

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/mukobwa-iga-kurangwa-niyi-mico-kuko-izagufasha-kwigarurira-imitima-yabagabo-bakwifuza/