Category: Uncategorized

  • Kuva mu gikoni kugera ku irasaniro: Abagore ku ruhembe rw’ababereye maso umutekano muri Centrafrique (Amafoto na Video) – #rwanda #RwOT

    Njye byaranshimishije kubona icyubahiro abasirikare b’abagabo bahaye umugore, byerekana ko umugore ari umuntu wubashywe ufite ubushobozi kandi wakora akazi kamwe nk’ak’abagabo.

    Tukiri aho, bahamagaranye ku cyombo mu mvugo za gisirikare ntabashije gufata mu mutwe, hanyuma tubona abasirikare bihuse burira imodoka. Uwari uri ku mbunda yo hejuru yari umukobwa, iyo muganira nta magambo menshi avuga nyine nk’abandi basirikare, ariko icyankoze ku mutima ni uburyo yadusobanuriye uko bakoresha imbunda ya Machine Gun nini iba iri ku modoka, n’uburyo abasirikare baba bari kumwe bamugirira icyizere kuko aba ariwe bitezeho amakiriro mu guhashya umwanzi bwa mbere.

    Ni ibintu byerekana ko abanyarwandakazi batinyutse, ntibagiharirwa imirimo yo mu rugo no mu gikoni! Kuri ubu bari mu mutima w’iterambere ndetse ntibahezwa n’aho rukomeye kuko batanga umusanzu mu bikorwa bikomeye nk’ibyo kubungabunga amahoro.

    Mu mateka y’u Rwanda havugwa inkuru ya Ndabaga wagiye ku rugamba agatabarira igihugu, ndetse yabaye ikimenywabose kubera ubwo buhangange bwe yagaragaje.

    Kuri ubu abakobwa n’abagore na bo basigaye bajya ku rugamba, bagatabara igihugu aho rukomeye.

    Usibye ibikorwa bagaragaramo, banatanga umusanzu mu kubungabunga umutekano ndetse ntibasiba kujya gutanga umusanzu wabo mu butumwa bwo kugarura amahoro hirya no hino ku Isi.

    Iyo ugeze mu nkambi bacumbitsemo ubasanga mu mirimo itandukanye kuva ku yo mu gikoni, gukanika imodoka za Loni zagize ikibazo, gukora mu biro, gucunga umutekano w’abaturage kugera ku kurashisha imbunda za rutura zifashishwa aho rukomeye.

    Nubwo baboneka mu mirimo itandukanye, abakobwa n’abagore bari mu Ngabo z’u Rwanda zibungabunga amahoro muri Centrafrique ni abarashi bakomeye, bahora biteguye gutera no gutsinsura umwanzi mu gihe hari igikomye gishaka kubangamira umudendezo w’umuturage bashinzwe kurinda.

    Iyo usuye ikigo Ingabo z’u Rwanda zibarizwamo, ubasanga mu biro aho urugamba rutegurirwa kugera kuri ba bandi bitabazwa aho rukomeye, bamwe barashisha imbunda z’imizindaro zishwiragiza umwanzi, agatatana.

    Umuyobozi ushinzwe Ibijyanye n’Uburinganire mu Ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bwo Kubungabunga Amahoro muri Centrafrique (Rwanbatt 7), Lieutenant Anette Ngarambe, yavuze ko mu gisirikare habamo akazi kenshi nko guteka, kujya ku rugamba n’ibindi kandi ko buri wese agomba kubigiramo uruhare.

    Yagize ati “Ntacyo basaza bacu bazi tutazi. Baba barakoze imyitozo ku buryo bajya ku rugamba bakarwana. Iyo hagize igikoma, abakobwa bari mu Ngabo z’u Rwanda kimwe na basaza babo bahabwa amabwiriza amwe mbere yo kwerekeza ku irasaniro cyangwa mu bindi bikorwa bitandukanye.’’

    Caporal Uwimana Betty ashimangira ko imyumvire yo kuvuga ko abakobwa badashoboye ari iya kera.

    Ati “Mu gisirikare ibyo twarabisize, njye na bagenzi banjye b’abasore dukorana turashoboye. Icyo umusore akora nanjye ndagikora.’’

    Umuyobozi ushinzwe Uburinganire mu Ngabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique, Lieutenant Anette Ngarambe, yavuze ko umugore afite ubushobozi n’imbaraga zo kubungabunga amahoro

    -  Guhera mu gikoni baba bari maso

    Staff Sergeant Emmanuel Rurangirwa, ukuriye Igikoni avuga ko we n’abo bakorana bahora biteguye ko igihe cyose bakwitabazwa.

    Ati “Tuba twiteguye isaha yose, tumenya kwirinda no kurwana. Uburinganire burubahirizwa ahantu hose. Tuba dufitemo abakobwa n’abahungu mu gikoni.’’

    Mu bo IGIHE yasanze mu gikoni harimo na Pte Mushimiyimana Grace wagaragaje ko ahora ari maso mu gihe yakenerwa ku rugamba.

    Ati “Mu Gisirikare cy’u Rwanda bahitamo ko umuntu akora imirimo yose. Iyo urusasu ruvuze, mpita nitegura nkajya ku rugamba. Mbanza kuba umusirikare mbere yo kuba umukobwa, aho bibaye ngombwa ndatabara.’’

    Lieutenant Anette Ngarambe yavuze ko kuba umukobwa ateka, akajya mu igaraje ari igihamya ko ‘ashoboye.’

    Ati “N’ubu bavuze ngo mwitegure nk’uri mu gikoni yahita ahagurukana ibyo kurya bye, akabiherekesha abagiye ku rugamba, agafata imbunda akajya kurwana.’’

    Inshingano z’ingabo ntizirangirira mu gutegura amafunguro no kuyagabura kuko abagore n’abakobwa basangwa no mu biro ahategurirwa urugamba.

    Caporal Sugira Divine avuga ko nubwo abenshi batekereza ko igisirikare gikorerwa hanze hari n’izindi nshingano zikorerwa mu biro.

    Ati “No mu biro igisirikare kirahakorerwa cyane kandi ni akazi gakomeye. Sibyo gusa kuko mbasha no kujya ku rugamba nkarwana, iby’imbunda ndabizi. Nicara hano ariko iyo bibaye ngombwa njya hanze mu kazi gatandukanye, kenshi tujya gukora imyitozo yo kurasa kugira ngo tutazabyibagirwa. Ntacyo umuhungu yakora ntakora cyane ko naje guharanira amahoro.’’

    Pte Mushimiyimana Grace twamusanze uwo munsi yakoze mu gikoni ariko yiteguye ko hagize igikoma yahita yegura imbunda akajya ku rugamba

    Mu gisirikare imwe mu maturufu ahesha ingabo gutsinda urugamba ni ukunoza uburyo bwo guhana amakuru mu buryo bwihuse.

    Pte Nyirabarera Clémentine ukora mu Ishami rishinzwe Itumanaho mu Ngabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique avuga ko bakurikirana buri kimwe cyose kijyanye n’amakuru avugwa muri bagenzi babo.

    Ati “Muri iki kigo ni ho urugamba rutangirira. Abagiye hanze y’ikigo hari radio dukoresha ngo tubamenye. No mu Rwanda dukoresha radio kandi bakatwitaba, tukaba twabasaba ubufasha mu gihe biri ngombwa.’’

    Mugenzi we bakorana Pte Uwayisenga Josée yavuze ko muri icyo cyumba baba bakurikirana uko urugamba ruhagaze.

    Ati “Amateka yo mu gihe cy’Abami, twari tuzi ko abakobwa n’abagore batajya ku rugamba, kera n’uwabikoze ni uwitwa Ndabaga, byabaye umugani bigaragara ko akoze ikintu kidasanzwe. Nyuma y’igihe cy’abami, kuri iyi leta byagaragaye ko n’abagore n’abakobwa dushoboye, twisanze dushobora kubikora tukabishobora. Twese ni yo mpamvu twinjiye muri iyi serivisi, aka kazi dukora, ntiwajya ku rugamba udafite uburyo bwo guhana amakuru.’’

    “Tuba dukurikirana uko urugamba rumeze. Tuba dufite ibikoresho byose by’abasirikare kandi dufite ubumenyi n’imbaraga zo gukora ku buryo bibaye ngombwa natwe twahita tugenda.’’

    -  Umugore ku mbunda ya rutura yifashishwa mu guhashya umwanzi

    Muri Centrafrique hari ingabo zidahumbya, zihora ziri maso ziteguye gutabara aho rukomeye. Mu gihe izindi ngabo zibanza guhabwa amabwiriza yo kugenderaho, izi ngabo zo zihita zijya ku rugamba rugikubita nibura bitarenze iminota 15.

    Muri izi ngabo zikora zisimburana harimo n’umugore, urashisha imbunda nini, ifatwa nk’iy’umusada. Ni imbunda iri ku modoka ishobora kurasa umuntu uri kure ndetse iba icungiwe umutekano n’abandi basirikare.

    Ni imbunda izwi nka “12,7 mm Machine Gun MG-U”, ni imwe iba irasa kure cyane aho umwanzi ari, ku buryo umuntu uyikoresha aba ari ahirengeye, we areba ko nk’umwanzi ari gusatira ubundi akamuvunira umuheto. Aba afite inshingano zo kureba kure mu gihe hari nk’umwanzi ugiye kwivugana umusirikare mugenzi we agatabara. Ni imbunda ikoreshwa n’umuntu uba ufitiwe icyizere kuko aba afite mu nshingano ubuzima bwa bagenzi be.

    Pte Nyirabahire Jeannine urashisha iyi mbunda avuga ko ari ishema rikomeye kuri we kuba ashobora kuyikoresha.

    Ati “Iyi mbunda yakundaga gukoreshwa n’abasirikare b’abagabo, ariko ubu ni ishema ku musirikare w’umukobwa kuba nyikoresha, kandi nkaba nyizi neza. Ntabwo natenguha bagenzi banjye ku rugamba kandi natabara igihugu byaba ngombwa nkacyitangira.’’

    Yavuze ko nubwo hari abavuga ko igitsina gore kigira intege nke ariko iyo ‘watinyutse ukinjira mu gisirikare uba utewe ishema no gukorera igihugu’.

    Ati “Mu rugo abana barishimye kuko na bo bakeneye gukura bafite uwo bafatiraho icyitegererezo.’’

    Umuhate w’ingabo z’u Rwanda nturangirira mu kurashisha imbunda zikomeye kuko unagera ku gukanika imodoka zitwara ingabo z’Umuryango w’Abibumbye.

    Karikonyine Betty umaze amezi 10 akanika imodoka nini avuga ko “Abahungu n’abakobwa turashoboye, dufite imbaraga zo gukora.’’

    Pte Nyirabahire Jeannine arashisha imbunda nini, aba agaragiwe n’abandi basirikare

    -  Abatuye muri Centrafrique banyuzwe no kwegerezwa amazi meza

    Ingabo z’u Rwanda ziganjemo abakobwa n’abagore zitanga umusanzu mu kugeza amazi meza ku baturage no kubafasha gukora uturima tw’igikoni mu kubarinda kurwaza bwaki.

    Umuyobozi wa Site SEGA I ahavomwa amazi atangwa na Loni, Kosile de Brice, yavuze ko mbere byari ingorabahizi kubona amazi meza.

    Yagize ati “Haciyeho iminsi u Rwanda ruduha amazi yo kunywa, byaradufashije cyane. Kubona amazi biragoye, ku buryo bishobora no kumara umwaka utarabona ayo kunywa. Ni ingenzi kandi aya amazi adufasha mu bikorwa byose.’’

    Umunyeshuri w’imyaka 19 witwa Naomi yavuze ko yashimishijwe no kuba Ingabo z’u Rwanda zarabegereje amazi.

    Ati “Byaranshimishije cyane kuko aho twari tubakeneye dushaka amazi yo kunywa baradufashije. Ndabashimira cyane. Mbere kubona amazi byari bigoye cyane.’’

    Muri Centrafrique, u Rwanda rufite ingabo zirimo abakobwa n’abagore 38 bakora mu mirimo itandukanye ariko bagahuriza ku ntego imwe yo kurinda abasivili.

    Mu ngabo zishinzwe gutanga umusanzu aho bibaye ngombwa, harimo ab’igitsinagore benshi

    Abakobwa nibo barinda abagore bombi ba Perezida wa Centrafrique

    Mu bikorwa byo gufasha abaturage, usanga ab’igitsinagore biganje cyane

    Ni ababyeyi! Ahenshi usanga abasirikare b’u Rwanda b’igitsinagore basanganirwa n’abana iyo habayeho igikorwa cyo gutanga amazi mu bice bitayafite

    Ku kigo Ingabo z’u Rwanda zibamo kiri ahitwa M’Poko, usanga abagore n’abagabo bafatanya mu mirimo y’uburinzi

    Ingabo z’u Rwanda zishimirwa uruhare rwazo mu bikorwa byo kugarura amahoro muri Centrafrique

    Karikonyine Betty umaze amezi 10 akanika imodoka nini zikoreshwa n’ingabo za Loni

    Mu kazi ko gukanika imodoka, abakobwa bakorana na basaza babo

    Karikonyine Betty avuga ko abahungu n’abakobwa bafite imbaraga zo gukora no gutanga umusanzu mu kubungabunga umutekano

    Abagore n’abakobwa bari ku ruhembe rw’abacunga umutekano muri Centrafrique

    Staff Sergeant Emmanuel Rurangirwa ni we ukuriye Igikoni

    Mu gikoni ahategurirwa amafunguro y’ingabo habamo abasore n’abakobwa bafatanya

    Pte Nyirabarera Clémentine ukora mu Ishami rishinzwe Itumanaho

    Pte Uwayisenga Josée akora mu cyumba bakurikiranamo uko urugamba ruhagaze no gufasha abaruriho guhana amakuru

    Umuyobozi wa Site SEGA I ahavomwa amazi atangwa na Loni, Kosile de Brice, yavuze ko mbere byari ingorabahizi kubona amazi meza

    Naomi w’imyaka 19 yavuze ko yashimishijwe no kuba ingabo z’u Rwanda zarabegereje amazi meza

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kuva-mu-gikoni-kugera-ku-irasaniro-abagore-ku-ruhembe-rw-ababereye-maso

  • Mu myenda ya Made in Rwanda yavugishije benshi, Amavubi yerekeje muri Cameroun #rwanda #RwOT

    Amavubi y’u Rwanda yahagurutse mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu yerekeza muri Cameroun gukina irushanwa rya CHAN, mu buryo busa n’ubutunguranye abakinnyi b’u Rwanda bahagurutse bambaye imyenda ya Made in Rwanda itakishije imigongo.

    Ni amashati meza cyane akozwe mu ibara ry’umuhondo andi ari ubururu n’amapantalo y’umukara ndetse n’inkweto z’umukara, bakaba bambitswe n’inzu imenyerewe mu by’imideli ya Moshions.

    Ku mugoroba w’ejo hashize nibwo byamenyekanye ko aba basore bari buseruke mu myambaro ya Made in Rwanda, ni ikintu cyatunguye benshi kuko batabibamenyereweho, aho benshi bamenyereye ko bagenda bambaye ibirango by’igihugu mu myenda ya siporo nk’amatiriningi cyangwa amakabutura.

    Abasore b’u Rwanda 30 n’abatoza babo nibo bahagurutse mu Rwanda muri iki gitondo berekeza muri Cameroun bitabiriye iri rushanwa rizatangira ku wa 16 Mutarama 2021.

    Bagiye nyuma yo gusurwa na Minisitiri wa Siporo ku munsi w’ejo hashize, aho yabibukije ko bagomba kumenya ko bafitiye ideni abanyarwanda ry’intsinzi.

    U Rwanda ruri mu itsinda c na Uganda, Maroc na Togo. Umukino warwo wa mbere ruzawukina tariki ya 18 Mutarama 2021 na Uganda

    Abakinnyi 30 Mashami yahagurukanye

    Abanyezamu: Kimenyi Yves (Kiyovu Sports), Ndayishimiye Eric 'Bakame’ (AS Kigali), Kwizera Olivier (Rayon Sports) na Rwabugiri Umar (APR FC).

    Ba myugariro: Manzi Thierry (APR FC), Mutsinzi Ange (APR FC), Rugwiro Hervé (Rayon Sports), Nsabimana Aimable (Police FC), Fitina Omborenga (APR FC), Imanishimwe Emmanuel (APR FC), Rutanga Eric (Police FC), Niyomugabo Claude (APR FC) na Usengimana Faustin (Police FC) na Bayisenge Emery (AS Kigali).

    Abakina hagati: Niyonzima Olivier 'Seif’ (APR FC), Ngendahimana Eric (Kiyovu Sports), Twizeyimana Martin Fabrice (Police FC), Nsabimana Eric (AS Kigali), Ruboneka Jean Bosco (APR FC), Manishimwe Djabel (APR FC), Nshuti Dominique Savio (Police FC) na Kalisa Rachid (AS Kigali).

    Ba rutahizamu:}

    Byiringiro Lague (APR FC), Sugira Ernest (Rayon Sports), Usengimana Danny (APR FC), Iradukunda Bertrand (Gasogi United), Iyabivuze Osée (Police FC), Mico Justin (Police FC), Tuyisenge Jacques (APR FC)na Hakizimana Muhadjiri (AS Kigali).

    Ni uku Amavubi yaserutse yambaye

    Rutahizamu Sugira Ernest

    Bertrand umwe mu basanzwe bakorana na Moshions yambitse Amavubi

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/mu-myenda-ya-made-in-rwanda-yavugishije-benshi-amavubi-yerekeje-muri-cameroun

  • Impinduka zidasanzwe zaranze gahunda ya VUP imaze gukubirwa ingengo y'imari inshuro 65 – #rwanda #RwOT

    Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rwashyizeho gahunda zihariye zo kwishakamo ibisubizo hagamijwe iterambere ry'imibereho myiza no gushyira hamwe kw'Abanyarwanda muri rusange, byabaye inkingi mwikorezi y'ibyo u Rwanda rumaze kugeraho.

    Muri izo gahunda harimo na VUP yatangijwe mu 2008, ifite inkingi eshatu z'ingenzi zirimo igamije kuvana abaturage mu bukene, igizwe na gahunda y'inkunga y'ingoboka (Direct Support), aho abaturage batishoboye cyane cyane ababarizwa mu cyiciro cya mbere cy'ubudehe bahabwa amafaranga abafasha kubaho.

    Hari indi nkingi yo gutanga imirimo rusange ku baturage bakennye ariko bashoboye gukora (Public Works), nyuma abaturage bagahembwa amafaranga abafasha kwibeshaho.

    Inkingi ya gatatu yari iyo gutera inkunga imishinga mito (Financial Services), aho abaturage bakora imishinga mito, bagahabwa inguzanyo zo kuyishyira mu bikorwa, nyuma bakagenda bayishyura.

    Ubwo iyi gahunda yatangizwaga mu mwaka wa 2008-2009, yatangiriye ku bagenerwabikorwa 18.304 bo mu mirenge 30 [Ni ukuvuga Umurenge umwe muri buri Karere], yari ikennye kurusha indi. Icyo gihe Leta yakoresheje ingengo y'imari ingana na miliyari 1,5Frw, mu nkingi zayo zose.

    Mu mwaka wa 2009-2010 gahunda ya VUP mu nkingi zayo eshatu yageze ku baturage 124.437 bo mu mirenge 60, hakoreshwa ingengo y'imari ingana na miliyari 14,8 z'amafaranga y'u Rwanda.

    Uko imyaka igenda ishira abagenerwabikorwa b'iyi gahunda bagenda biyongera nko mu mwaka w'ingengo y'imari wa 2019/20, Imiryango igera ku 210.617 yo mu Mirenge 416 yahawe akazi muri gahunda y'imirimo rusange ya VUP naho imiryango igera ku 119.025 ihabwa inkunga y'ingoboka.

    Mu mirenge 416 hamaze kugeramo gahunda y'inkunga y'ingoboka, naho mu mirenge 300 niho hamaze kugera gahunda y'inguzanyo ziciriritse n'imirimo y'amaboko.

    Ku rundi ruhande ariko 70% by'agenerwabikorwa bujuje ibisabwa nibo bahabwa akazi muri iyi gahunda kubera ikibazo cy'ingengo y'imari idahagije.

    Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi iherutse gutangaza ko mu mwaka w'ingengo y'imari wa 2020/21, hazakoreshwa angana na miliyari 129,2Frw muri gahunda yo gutanga inkunga y'ingoboka ku baturage batishoboye muri gahunda ya VUP no kugerageza kongera umubare w'abaturage bahabwa imirimo muri VUP.

    Muri rusange iyi gahunda ya VUP yatangiye mu 2008, ifite ingengo y'imari ya miliyoni 1,5 Frw mu nkingi enye zayo zose ariko kuri ubu igeze kuri miliyari 70 Frw buri mwaka.

    Imibereho y'abagenerwabikorwa yarahindutse

    Abaturage baganiriye na RBA, batangaje ko gahunda ya VUP yabafashije kwivana mu bukene ku buryo n'ibyiciro by'ubudehe babarizwagamo mbere y'uko bayijyamo byahindutse.

    Uwitwa Habisoni Pascal wo mu Murenge wa Gashaki, Akarere ka Musanze yavuze ko mu 2011, aribwo yahawe akazi muri gahunda ya VUP, aho bakoraga imirimo yo guca amaterasi n'imirwanyasuri muri uwo murenge atuyemo

    Avuga ko yahembwaga 1500Frw ku munsi aho yarangije gukora ako kazi akuyemo asaga ibihumbi 800 Frw ayaheraho yiteza imbere.

    Ati 'Nza kuguramo inka y'amafaranga ibihumbi 120 Frw, ndayorora irabyara naguzemo n'umurima umwe ibihumbi 160 Frw, nanaguzemo ishyamba naryo rirahari ry'ibihumbi 155 Frw, ubu nubwo nari nahawe ibihumbi 800 Frw bigenda byunguka.'
    Habisoni avuga kandi ko mbere yari atuye mu misozi ariko ubu yarimutse ajya gutura ahantu heza aho amashanyarazi ageze.

    Uyu musaza avuga ko mu 2017, yafashe inguzanyo ya mbere muri koperative Umurenge Sacco binyuze muri gahunda ya VUP ahita atangiza ububiko bw'ibyo kunywa bisembuye n'ibidasembuye.

    Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kongerera ubushobozi inzego z'ibanze (LODA), gitangaza ko n'ubwo hari impinduka zigaragara ku baturage binyuze muri iyi gahunda ya VUP, hari gahunda yo gukomeza gushaka uko ingengo y'imari ikoreshwamo yakongerwa.

    Umuyobozi w'Ishami rishinzwe kurengera abatishoboye muri LODA, Gatsinzi Justin, yavuze ko 'Amafaranga ntabwo arahaza kugira ngo inkingi zose zigera mu mirenge icya rimwe ariko nicyo cyifuzo cya Leta, aho twumva mu mwaka w'ingengo y'imari utaha dufite gahunda y'imirenge yose ku nkingi zose ariko iyo igihe kigeze hasuzumwa ya mikoro.'

    Gahunda nka VUP ni imwe mu zatumye ubukene mu banyarwanda bugabanyuka ku rwego rwo hejuru cyane ko nka gahunda y'imbaturabukungu 'EDPRS I' yatangiye mu 2008 igeza mu 2012, yasize u Rwanda rugabanyije ubukene ndetse n'ubusumbane mu bukungu.

    EDPRS I kandi yatumye ubukene bugabanuka kuva kuri 56.7% bugera kuri 44.9%, bituma abarenga miliyoni imwe bava mu bukene mu myaka itagera kuri itanu.

    Ubukene bwakomeje kubanyuke kuko nk'Ubushakashatsi bwa Gatanu ku mibereho y'ingo mu Rwanda (EICV5), bwasohotse mu Ukuboza 2018, bwagaragaje abagera kuri 38.2% bari mu bukene naho 16.0% bari mu bukene bukabije.

    Abahabwa imirimo muri gahunda ya VUP bakomeje kugaragaza ko byahinduye imibereho yabo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/impinduka-zidasanzwe-zaranze-gahunda-ya-vup-imaze-gukubirwa-ingengo-y-imari

  • Zimwe mu mpamvu zishobora gutuma ubona wisanze mu rukundo n'uwo mwahoze mukundana(Ex) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Urubuga Elcrema rutangaza ko hari impamvu nyinshi zituma uwo mwahoze mukundana cyera yifuza ko musubirana kabone n'ubwo waba ufite undi musigaye mukundana cyangwa utabishaka.
    Dore impamvu 6 zibitera:

    1.Gufuha

    Bijya bibaho ko abantu bagira gufuha gukabije kabone n'ubwo mwaba mwaratandukanye akaba atakwishimira kukubonana n'undi muntu, bigatuma bahora bifuza kukugarukira. Akenshi si urukundo ruba rumugaruye ahubwo ni ukumva ko wahora uri uwe, ntugire undi mukundana.

    Ikindi, bijya bibaho ko uwo mwahoze mukundana akugarukira kugira ngo yangize aho wari umaze kugera heza mu gihe yamenye ko wamaze kwinjira mu wundi mubano kandi wishimanye n'umukunzi wawe mushya. Ku bwabo, kuba batishimye, na we ntukwiriye kugira ibyishimo. Ibi bibaho cyane ku bantu batandukanye nabi cyane.

    2.Irari

    Iyi niyo mpamvu ya mbere ituma uwo mwakundanaga cyangwa abo mwakundanaga bakugarukira. Abenshi bagaruka kubera irari baba bafite. Akenshi niba mwarigeze kuryamana, bibuka uko byagenze cyangwa uko wamubaga hafi mu bijyanye n'iminonano mpuzabitsina (you were always available for their sexual needs), bakagaruka bizeye ko uko byahoze ari ko bizasubira. Ntibaba bagarutse kubera urukundo ahubwo baba bagaruwe n'irari.

    3.Gukura amenyo'

    Gukura amenyo ni imvugo y'ab'ubu ivuga abantu baba bashaka kurya amafaranga abakunzi babo. Ushobora kuba wari ufite ibibazo by'ubukungu mbere y'uko mutandukana ariko ubu umeze neza, agahita akugarukira akwereka urukundo, ashaka kugaruka mu buzima bwawe.
    Ahanini ntabwo aba agaruwe n'urukundo, ahubwo aba agaruwe no gusarura ku byo waruhiye. Ntabwo ari abagabo gusa bahura n'iki kibazo ahubwo n'abakobwa cyangwa abagore basigaye bahura nabyo.

    4.Irungu

    Irungu ni ikintu gishavuza cyane. Bijya bibaho ko uwo mwahoze mukundana akugarukira kuko afite irungu, akaba akeneye umuntu bazajya baganira.

    5.Ashobora kuba akigufitiye urukundo

    Kuba akugarukiye hari gihe aba acyigukunda, gusa iyi mpamvu iza ku mwanya wa nyuma aho usanga iyo agarutse akubwira ko acyigukunda, byibuze aba agukunda nka 30% kuko iyaba koko yaragukundaga ntaba yaragiye.

    6.Kutamenya gufata icyemezo

    Kutamenya gufata icyemezo ni kimwe mu bibazo abantu benshi bakunda guhura nacyo. Hari abantu usanga batazi neza icyo bashaka mu buzima bwabo. Niyo mpamvu akenshi ubona abantu bamwe bakunda gusubirana kenshi n'abo bahoze bakundana.

    Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa:http://yegob.rw/dating

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/zimwe-mu-mpamvu-zishobora-gutuma-ubona-wisanze-mu-rukundo-nuwo-mwahoze-mukundanaex/

  • Impinduka zidasanzwe zaranze gahunda ya VUP imaze gukubirwa ingengo y’imari inshuro 65 – #rwanda #RwOT

    Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rwashyizeho gahunda zihariye zo kwishakamo ibisubizo hagamijwe iterambere ry’imibereho myiza no gushyira hamwe kw’Abanyarwanda muri rusange, byabaye inkingi mwikorezi y’ibyo u Rwanda rumaze kugeraho.

    Muri izo gahunda harimo na VUP yatangijwe mu 2008, ifite inkingi eshatu z’ingenzi zirimo igamije kuvana abaturage mu bukene, igizwe na gahunda y’inkunga y’ingoboka (Direct Support), aho abaturage batishoboye cyane cyane ababarizwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe bahabwa amafaranga abafasha kubaho.

    Hari indi nkingi yo gutanga imirimo rusange ku baturage bakennye ariko bashoboye gukora (Public Works), nyuma abaturage bagahembwa amafaranga abafasha kwibeshaho.

    Inkingi ya gatatu yari iyo gutera inkunga imishinga mito (Financial Services), aho abaturage bakora imishinga mito, bagahabwa inguzanyo zo kuyishyira mu bikorwa, nyuma bakagenda bayishyura.

    Ubwo iyi gahunda yatangizwaga mu mwaka wa 2008-2009, yatangiriye ku bagenerwabikorwa 18.304 bo mu mirenge 30 [Ni ukuvuga Umurenge umwe muri buri Karere], yari ikennye kurusha indi. Icyo gihe Leta yakoresheje ingengo y’imari ingana na miliyari 1,5Frw, mu nkingi zayo zose.

    Mu mwaka wa 2009-2010 gahunda ya VUP mu nkingi zayo eshatu yageze ku baturage 124.437 bo mu mirenge 60, hakoreshwa ingengo y’imari ingana na miliyari 14,8 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Uko imyaka igenda ishira abagenerwabikorwa b’iyi gahunda bagenda biyongera nko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2019/20, Imiryango igera ku 210.617 yo mu Mirenge 416 yahawe akazi muri gahunda y’imirimo rusange ya VUP naho imiryango igera ku 119.025 ihabwa inkunga y’ingoboka.

    Mu mirenge 416 hamaze kugeramo gahunda y’inkunga y’ingoboka, naho mu mirenge 300 niho hamaze kugera gahunda y’inguzanyo ziciriritse n’imirimo y’amaboko.

    Ku rundi ruhande ariko 70% by’agenerwabikorwa bujuje ibisabwa nibo bahabwa akazi muri iyi gahunda kubera ikibazo cy’ingengo y’imari idahagije.

    Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi iherutse gutangaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020/21, hazakoreshwa angana na miliyari 129,2Frw muri gahunda yo gutanga inkunga y’ingoboka ku baturage batishoboye muri gahunda ya VUP no kugerageza kongera umubare w’abaturage bahabwa imirimo muri VUP.

    Muri rusange iyi gahunda ya VUP yatangiye mu 2008, ifite ingengo y’imari ya miliyoni 1,5 Frw mu nkingi enye zayo zose ariko kuri ubu igeze kuri miliyari 70 Frw buri mwaka.

    Imibereho y’abagenerwabikorwa yarahindutse

    Abaturage baganiriye na RBA, batangaje ko gahunda ya VUP yabafashije kwivana mu bukene ku buryo n’ibyiciro by’ubudehe babarizwagamo mbere y’uko bayijyamo byahindutse.

    Uwitwa Habisoni Pascal wo mu Murenge wa Gashaki, Akarere ka Musanze yavuze ko mu 2011, aribwo yahawe akazi muri gahunda ya VUP, aho bakoraga imirimo yo guca amaterasi n’imirwanyasuri muri uwo murenge atuyemo

    Avuga ko yahembwaga 1500Frw ku munsi aho yarangije gukora ako kazi akuyemo asaga ibihumbi 800 Frw ayaheraho yiteza imbere.

    Ati “Nza kuguramo inka y’amafaranga ibihumbi 120 Frw, ndayorora irabyara naguzemo n’umurima umwe ibihumbi 160 Frw, nanaguzemo ishyamba naryo rirahari ry’ibihumbi 155 Frw, ubu nubwo nari nahawe ibihumbi 800 Frw bigenda byunguka.”
    Habisoni avuga kandi ko mbere yari atuye mu misozi ariko ubu yarimutse ajya gutura ahantu heza aho amashanyarazi ageze.

    Uyu musaza avuga ko mu 2017, yafashe inguzanyo ya mbere muri koperative Umurenge Sacco binyuze muri gahunda ya VUP ahita atangiza ububiko bw’ibyo kunywa bisembuye n’ibidasembuye.

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kongerera ubushobozi inzego z’ibanze (LODA), gitangaza ko n’ubwo hari impinduka zigaragara ku baturage binyuze muri iyi gahunda ya VUP, hari gahunda yo gukomeza gushaka uko ingengo y’imari ikoreshwamo yakongerwa.

    Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kurengera abatishoboye muri LODA, Gatsinzi Justin, yavuze ko “Amafaranga ntabwo arahaza kugira ngo inkingi zose zigera mu mirenge icya rimwe ariko nicyo cyifuzo cya Leta, aho twumva mu mwaka w’ingengo y’imari utaha dufite gahunda y’imirenge yose ku nkingi zose ariko iyo igihe kigeze hasuzumwa ya mikoro.”

    Gahunda nka VUP ni imwe mu zatumye ubukene mu banyarwanda bugabanyuka ku rwego rwo hejuru cyane ko nka gahunda y’imbaturabukungu ‘EDPRS I’ yatangiye mu 2008 igeza mu 2012, yasize u Rwanda rugabanyije ubukene ndetse n’ubusumbane mu bukungu.

    EDPRS I kandi yatumye ubukene bugabanuka kuva kuri 56.7% bugera kuri 44.9%, bituma abarenga miliyoni imwe bava mu bukene mu myaka itagera kuri itanu.

    Ubukene bwakomeje kubanyuke kuko nk’Ubushakashatsi bwa Gatanu ku mibereho y’ingo mu Rwanda (EICV5), bwasohotse mu Ukuboza 2018, bwagaragaje abagera kuri 38.2% bari mu bukene naho 16.0% bari mu bukene bukabije.

    Abahabwa imirimo muri gahunda ya VUP bakomeje kugaragaza ko byahinduye imibereho yabo

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/impinduka-zidasanzwe-zaranze-gahunda-ya-vup-imaze-gukubirwa-ingengo-y-imari

  • Amajyaruguru: Abagore bo muri FPR Inkotanyi barakataje muri gahunda bise ‘Inzu imwe mu Murenge’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abagore bagize Urugaga rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Musanze bakomeje gutaha inzu bubakiye abatishoboye hirya no hino mu mirenge 15 igize ako Karere
    Abagore bagize Urugaga rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Musanze bakomeje gutaha inzu bubakiye abatishoboye hirya no hino mu mirenge 15 igize ako Karere

    Ni igitekerezo bagize mu mwaka wa 2019, aho bagiye bishakamo ibisubizo, batangirira ku muhigo wo kubakira utishoboye umwe mu Karere, babonye ko bishoboka, bagura umuhigo batekereza kubakira utishoboye umwe mu mirenge yo mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru.

    Akarere ka Musanze ni ko kabimburiye utundi mu gutaha izo nzu, ahamaze gutahwa inzu eshatu mu nzu 15 zubatswe muri buri mirenge igize Akarere ka Musanze.

    Ngo kubaka izo nzu ni igikorwa cyatekerejwe mu rwego rwo gufasha abagore bagenzi babo babayeho nabi, nk’uko bivugwa na Nyiransengimana Eugenie, Umuyobozi w’urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Musanze.

    Agira ati “Ni igikorwa twatangiye mu mwaka ushize, aho twatangiye twubaka inzu imwe ku rwego rw’Akarere, Urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi dufatanyije na CNF n’inzego z’umuryango. Iyo nzu imwe tumaze kuyuzuza twabonye ko bishoboka cyane cyane ko twabonaga dukwiye gufasha abagore bagenzi bacu batagira aho baba, badafite uko bamerewe, noneho tubona ko bishoboka ko twakubaka inzu imwe muri buri murenge, uyu munsi dufite inzu 15 twujuje aho tumaze gutaha eshatu, ariko hafi ya zose ziruzuye na zo turazitaha”.

    Yavuze ko ari igikorwa kizatuma abagore cyangwa se umuryango Nyarwanda urushaho kugira isuku, ngo ni n’igikorwa kizazamura imitekerereze y’abubakiwe mu rwego rwo kumva ko na bo bashobora kugira uruhare rwo gufasha abandi.

    Mukeshimana Béâtrice wo mu Murenge wa Shingiro ngo yari amaze imyaka 20 arara aho bwije, kuko atagiraga inzu yo kubamo, akaba yishimiye inzu yubakiwe muri aya magambo:
    “Nari maze imyaka 20 nta nzu mfite, ntaho kuba ndara aho bwije none ndashimira aba babyeyi bagize urugaga rw’abagore bo muri FPR bambaye hafi, barantabaye banyubakira inzu nziza, bampaye aho kuryama heza ndabibashimira kandi muzanshimire na Perezida wa Repubulika kubera ko ansize heza, mukaba mumpaye n’amatara nkajya ndyama neza ndi kureba ntikandagira”.

    Arongera ati “Iyi nzu nyibonye nyikeneye, nzirinda ko yangirika, nyikorope neza nigirire isuku uko bishoboka kose, mbijeje ko nta kintu izaba”.

    Nyiranshuti Claudine wo mu Murenge wa Muhoza ati “Nari mbayeho mu buzima bubi mu nzu yari yarashaje iva, imvura yagwa njye n’abana banjye bane tugasohoka ngo itatugwaho, aba bagiraneza Imana ibahe umugisha kuba barantoranyije mu bandi bakanyubakira, iyi nzu nzayiha agaciro nyifate neza kandi n’abayinyubakiye nzabaha agaciro”.

    Nizeyimana Jean Claude ati “Inzu nabagamo yari iteye ubwoba ariko FPR-Inkotanyi iba yabibonye iratugoboka, ubu tugiye kuyisigasira tuyibonye tuyishaka”.

    Umuyobozi (Chairperson) w’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, yasabye abubakiwe inzu kuziha agaciro bazibungabunga.

    Ati “Murasabwa kuzifata neza, hariho ubwitange bukomeye, byababaza umuntu akwitangiye ibyo yakwitangiyeho ukabifata nk’aho ari nta kamaro cyane cyane ko bigaragara ko bifitiye abaturage akamaro gakomeye, murasabwa kuzifata neza kuzibungabunga mwirinda kuvuga ngo ni iya ba bandi, oya rwose ni inzu zanyu kandi natwe tuzababa hafi, ni igikorwa cyacu ariko uri kwisonga mu kugifata neza ni uwagihawe kugira ngo kizarambe”.

    Izo nzu ziri kubakirwa abatishoboye mu mirenge inyuranye igize uturere two mu Ntara y’Amajyaruguru, buri nzu ifite agaciro kari hejuru ya miliyoni esheshatu z’Amafaranga y’u Rwanda.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/amajyaruguru-abagore-bo-muri-fpr-inkotanyi-barakataje-muri-gahunda-bise-inzu-imwe-mu-murenge

  • Mu mwambaro wa Made in Rwanda, Amavubi yerekeje Cameroun muri CHAN (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 13 ni bwo abakinnyi b’ikipe y’igihugu berekeje mu gihugu cya Cameroun mu gikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina imbere mu gihugu (CHAN), mu marushanwa atagerejwe gutangira kuri uyu wa Gatandatu.

    Ikipe y’igihugu y’u Rwanda iri mu itsinda C hamwe na Uganda, Maroc na Togo, aho Amavubi azakina umukino wa mbere ku wa Mbere tariki 18 Mutarama na Uganda kuri Stade de la Réunification y’i Douala.

    Umukino wa kabiri w’Amavubi uzaba tariki 22 Mutarama ahura na Maroc nawo ukazabera kuri Stade de la Réunification , naho uwa gatatu usoza amatsinda ukazaba 26 Mutarama kuri Stade de Limbé/Buea Amavubi akina na Togo.

    Abakinnyi berekeje muri Cameroon

    Abanyezamu: Kimenyi Yves (Kiyovu Sports), Ndayishimiye Eric ‘Bakame’ (AS Kigali), Kwizera Olivier (Rayon Sports) na Rwabugiri Umar (APR FC).

    Ba myugariro: Manzi Thierry (APR FC), Mutsinzi Ange (APR FC), Rugwiro Hervé (Rayon Sports), Nsabimana Aimable (Police FC), Fitina Omborenga (APR FC), Imanishimwe Emmanuel (APR FC), Rutanga Eric (Police FC), Niyomugabo Claude (APR FC) na Usengimana Faustin (Police FC) na Bayisenge Emery (AS Kigali).

    Abakina hagati: Niyonzima Olivier ‘Seif’ (APR FC), Ngendahimana Eric (Kiyovu Sports), Twizeyimana Martin Fabrice (Police FC), Nsabimana Eric (AS Kigali), Ruboneka Jean Bosco (APR FC), Manishimwe Djabel (APR FC), Nshuti Dominique Savio (Police FC) na Kalisa Rachid (AS Kigali).

    Ba rutahizamu: Byiringiro Lague (APR FC), Sugira Ernest (Rayon Sports), Usengimana Danny (APR FC), Iradukunda Bertrand (Gasogi United), Iyabivuze Osée (Police FC), Mico Justin (Police FC), Tuyisenge Jacques (APR FC)na Hakizimana Muhadjiri (AS Kigali).

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/mu-mwambaro-wa-made-in-rwanda-amavubi-yerekeje-cameroun-muri-chan-amafoto

  • Ruhango: Abantu babiri bafatiwe mu cyuho bagerageza guha umupolisi ruswa – #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superitedenti of Police(SP) Theobald Kanamugire yavuze ko abapolisi bari bazindukiye mu gikorwa cyo gufata umusore umwe wakekwagaho gucuruza urumogi.

    Bageze iwe basanga koko afite udupfunyika tubiri tw’urumogi bajya kumufunga, ageze kuri sitasiyo ya Polisi avuga ko ashaka ko bamutiza telefoni akabwira inshuti ze ko afunzwe. Yarayitijwe arahamagara nibwo nyuma y’amasaha make haje bariya basore babiri bashaka guha ruswa umupolisi.

    SP Kanamugire yagize ati “Ubwo yatizwaga telefoni yahamagaye bariya basore baza kuri Sitasiyo ya Polisi bitwaje amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100 bagira ngo bayatange nka ruswa kugira ngo mugenzi wabo arekurwe. Umupolisi bari bagiye kuyaha niwe wahise abafata.”

    SP Kanamugire yavuze ko uwafatanywe urumogi amaze gufatwa umwe muri abo bafashwe barimo gutanga ruswa hari abantu yabwiye ko mugenzi wabo atagomba kuguma muri gereza kandi bafite amafaranga. Avuga ko bari bukoreshe uburyo bwose batange amafaranga arekurwe kuko yari mugenzi wabo mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge.

    SP Kanamugire yagize ati “Biratangaje kuba hakiri bamwe mu baturage bafite imyumvire ko nibakora ibyaha bazajya gutanga ruswa bakarekurwa. Nagira ngo mbwire abaturage ko iyo myumvire atariyo ndetse iratesha agaciro inzego z’umutekano cyane cyane urwego rwa Polisi kandi nkabamenyesha ko Polisi y’u Rwanda yahagurukiye kurwanya ingeso mbi ya ruswa.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yakomeje yibutsa abantu ko icyaha cya ruswa gihanwa mu mategeko y’u Rwanda ndetse ko ibihano byacyo biremereye. Yabasabye kwirinda ingeso mbi ya ruswa kuko imunga Igihugu mu buryo butandukanye ndetse n’ababifatiwe bagahura n’ibihombo birimo gufungwa no gucibwa amande.

    Abafashwe bose uko ari batatu bashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri Sitasiyo ya Polisi ya Ntongwe kugira ngo bakorerwe idosiye.

    Itegeko no 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rirwanya ruswa, ingingo yaryo ya 4 ivuga ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ruhango-abantu-babiri-bafatiwe-mu-cyuho-bagerageza-guha-umupolisi-ruswa

  • Abakinnyi b'ikipe y'igihugu y'U Rwanda Amavubi baserukanye imyambaro ya Made In Rwanda mu rugendo bagiyemo berekeza mu marushanwa ya CHAN 2021 (AMAFOTO) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Abakinnyi b'ikipe y'igihugu y'U Rwanda Amavubi ubu bose baserukanye  imyambaro yakorewe mu Rwanda (Made In Rwanda) mu rugendo bagiye kujyamo berekeza muri Cameroun mu mikino ya CHAN 2021 izatangira kuwa gatandatu tariki ya 16 Mutarama 2021 ikarangira ku ya 07 Gashyantare 2021.

    Biteganyijwe ko Amavubi arahaguruka ku kibuga cy'indege cya Kigali i Kanombe yerekeza i Douala muri Cameroun mu kanya ku isaha ya saa mbiri za mu gitondo (8h00).

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/abakinnyi-bikipe-yigihugu-yu-rwanda-amavubi-baserukanye-imyambaro-ya-made-in-rwanda-mu-rugendo-bagiyemo-berekeza-mu-marushanwa-ya-chan-2021-amafoto/