Category: Uncategorized

  • Kamonyi-Musambira: Inguzanyo ya SACCO yamuhinduriye ubuzima, ni umugore ushima #rwanda #RwOT

    Kayitesi Jeanne, umugore ukorera mu Murenge wa Musambira, ukiva mu muhanda wa Kaburimbo ugana ku Murenge uhingukira kuri Butike akoreramo ibikorwa bye. Avuga ko yarangije amashuri akabura akazi, agafata iya mbere mu kugana SACCO agamije kwikorera. Ubu ni umugore wifashije, ugira uruhare mu iterambere ry'urugo, ugira inama bagenzi be gukura amaboko mu mufuka. Ahamya ko kwikorera byamwubatse, bikubaka ubumwe n'urukundo mu rugo, bikamurinda amakimbirane akunze kurangwa mu rugo iyo umugore akenshi asaba byose umugabo.

    Kayitesi, avuga ko akibona ko ibyo gushaka akazi byanze, yabonye ikiraka cy'amafaranga ibihumbi 500, agura imashine ifotora impapuro, atangira akorera ku muryango, nyuma agana SACCO Musambira asaba Miliyoni imwe, arakora, arunguka ndetse asubirayo yongera ingano y'ubucuruzi bwe, aza kuva ku muryango akodesha inzu akoreramo ubucuruzi bwagutse.

    Mu bikorwa akora bya buri munsi, avuga ko aho ageze muri iri terambere akesha SACCO atabura kwibarira umushahara nibura utari munsi y'ibihumbi 300 ku kwezi kandi yakemuye ibindi bibazo bitandukanye.

    Kayitesi, ashima Perezida Kagame wahaye umugore ijambo agatinyuka agakora. Ashima kandi SACCO nk'ikigo cy'imari cyegerejwe abaturage ngo kibafashe gutera imbere kuko amabanki akomeye ngo yagoraga ba rubanda rugufi.

    Uretse kuba inguzanyo ya SACCO yaramufashije kuba yubatse urugo rukomeye, avuga ko afatanije n'umugabo we ubu biteje imbere ku buryo ashima aho bageze mu iterambere kuko bishyurira umwana ishuri, bubatse amazu abiri akomeye, bakemura ibibazo bitandukanye by'urugo kandi ntacyo bakenera ngo bakibure.

    Kayitesi, ahamya ko kwigirira icyizere ariyo ntambwe ya mbere yo gutera imbere ngo kuko iyo umaze kwiremamo icyizere ushaka icyo ukora kandi ugafata n'ingamba zigufasha kukigeraho. Ahamya kandi ko mu mibanire, iyo umugore yicaye murugo ntacyo akora byose abitega ku mugabo amunaniza, ugasanga imibanire ntabwo igenda neza. Kuri we, asanga kuba akora n'umugabo akora bibafasha kuzamura iterambere ry'urugo kuko bahura bungurana ibitekerezo kucyatuma barushaho gutera imbere mu byo bakora, bikanatuma ubumwe n'urukondo rwabo rwiyongera bihereye mu biganiro kuko ntawinuba undi, buri wese ni ukuboko gushyigikira ukundi.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/kamonyi-musambira-inguzanyo-ya-sacco-yamuhinduriye-ubuzima-ni-umugore-ushima/

  • Abarwariye Coronavirus mu ngo barenga ku mabwiriza baburiwe – #rwanda #RwOT

    Ikigo cy'Igihugu cy'Ubuzima, RBC, cyatangije gahunda yo kuvurira abarwaye Coronavirus mu ngo zabo hifashishijwe ikoranabuhanga, ndetse magingo aya abarwayi 2 800 bari kwitabwaho hifashishijwe ubu buryo.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yabwiye Radio Rwanda ko igihe umuntu yasanzwemo Coronavirus agasabwa kuvurirwa iwabo ariko akarenga akajya mu ruhame kandi abizi ko arwaye, aba akoze icyaha gihanirwa n'amategeko aho kuba amakosa asanzwe.

    Yagize ati 'Ubundi byatangiye ari uko umuntu atinya Coronavirus akavuga ati 'nayirwaye, reka ngume aha ndebe ko nanakira'. Urumva rero mu gihe wamaze gutinyuka ku buryo wayitera n'abandi. Turagira ngo tubihanangirize babyumve, niba usanganywe Coronavirus ntujye mu bitaro, Urwego rubishinzwe rukakubwira ko ugomba kujya iwawe ukaharwarira cyangwa se ukahaguma, ntabwo ugomba kuharenga.'

    Yakomeje agira ati 'Turagira ngo rero tuvuge ko nta mpamvu y'uko wafatwa nk'aho washatse gutera abandi Coronavirus kugeza ubwo amategeko azagukurikirana. Urumva noneho biba byabaye icyaha ntabwo ari amakosa asanzwe cyangwa amakosa y'amande asanzwe.'

    Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cy'Igihugu cy'Ubuzima (RBC), Dr Sabin Nsanzimana, yavuze ko hari abarwariye mu ngo usanga bahirahira bakajya hanze kandi babizi ko barwaye, avuga n'ubwo umuntu yaba yumva atarembye ariko kujya mu bandi bishobora kubakururira ibyago byo kwandura Coronavirus bishobora no kubahitana.

    Yagize ati 'Abantu nk'abo barahari ariko si benshi. Izo ngero twatangiye kuzibona ndetse turakorana na Polisi, abo bigaragayeho hari amategeko abahana, ariko twe nk'abantu bareba iby'ubuzima, twifuza ko umuntu wumva arwaye asabwa kuguma mu rugo. N'ubwo nta bimenyetso ashobora kugaragaza, ashobora kwanduza abantu benshi.'

    Akomeza agira ati 'Niba twamumenye nagume mu rugo, si umwanya wo kuduca inyuma asa nk'aho ari twe yihisha; abaganga cyangwa polisi.'

    Yongeye kwibutsa abantu ko mu gihe umuntu agize uruhare mu gukwirakwiza icyorezo cya Coronavirus, aba ari kugira uruhare mu burwayi bw'abandi bashobora no kuzitaba Imana.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Kabera Jean Bosco, yaburiye abarwariye Coronavirus mu rugo barenga ku mabwiriza yo kuyirinda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/polisi-yaburiye-abarwariye-coronavirus-mu-rugo-barenga-ku-mabwiriza-yo-kwirinda

  • Amatora 2021: Gutanga kandidatire hakoreshejwe impapuro ntibyemewe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Munyaneza avuga ko gutanga kandidatire hakoreshejwe impapuro bitemewe
    Munyaneza avuga ko gutanga kandidatire hakoreshejwe impapuro bitemewe

    Ibyo birareba abifuza kujya mu Nama Njyanama z’uturere, ubusanzwe kandidatire zatangwaga zanditse ku mpapuro cyangwa mu buryo bw’ikoranabuhanga ariko ubu impapuro ntizemewe.

    Gutanga kandidatire kuri iyo myanya byatangiye ku wa Mbere tariki 11 Mutarama 2021, ababyifuza bose bakibutswa ko impapuro zitemewe nk’uko bisobanurwa na Charles Munyaneza, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’amatora.

    Agira ati “Gutanga kandidatire byaratangiye kandi twakira izije mu buryo bw’ikoranabuhanga rya Internet, uyohereje agahita ahabwa igisubizo cy’uko yakiriwe. Impapuro ubu ntizemewe kubera kwirinda ikwirakwizwa rya Covid-19 kuko ziva ku muntu umwe zigaherezwa abakozi bacu, urumva ko atari byo”.

    Ati “Mu matora yo mu gihe cyashize impapuro twarazakiraga ndetse n’aboherezaga kandidatire zabo kuri ‘email’ tukazakira ariko ubu impapuro ntizemewe. Twabanje kugira impungenge ko hari abo bizagora ariko turabona nta kibazo kirimo”.

    Mu gihe cyo kwiyamamaza na bwo impapuro ziherezwa abaturage (dépliants) ntizizakoreshwa ahubwo hazakoreshwa izimanikwa ndetse n’itangazamakuru nk’uko Munyaneza abivuga.

    Ati “Abakandida tubakangurira gukoresha itangazamakuru ritandukanye mu kwiyamamaza, ikindi bakoresha ni ukumanika ku nyubako za Leta amafoto yabo ariho ibyo bifuza kumenyesha abaturage cyangwa ibitambaro bimanikwa. Impapuro ziherezwa abaturage mu ntoki ntizemewe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya Covid-19”.

    Ikindi cyakuweho ni urutode rw’abazatora rwabaga rwanditse ku mpapuro rwoherezwaga muri buri mudugudu kugira ngo abaturage birebe ko bemerewe gutora, ubu ibyo birakorerwa kuri telefone iyo ari yo yose umuntu afite.

    Munyaneza avuga kandi ko mu gukomeza gukumira icyo cyorezo mu gihe cy’amatora, ibyumba by’itora na byo byongerewe kugira ngo hirindwe ubucucike.

    Ati “Mu rwego rwo kwirinda icyorezo turimo kongera aho gutorera, mu matora yabaye mu bihe byashize twakoreshaga ibyumba by’itora birenga gato 16,000 kuko twabijyanishaga n’umubare w’imidugudu iri mu gihugu buri umwe ukagira icyumba cyawo. Ubu turateganya ko ibyumba by’itora bizagera ku 17,000 ku buryo umudugudu ufite abantu bagera kuri 800 uzahabwa ibyumba bibiri”.

    Ibyo ngo bizashoboka kuko ubu hari amashuri mashya menshi yubatswe azaba ataratangira kwigirwamo, akazifashishwa mu matora.

    Uwo muyobozi kandi ashishikariza abaturage bose bemerewe gutora kuzitabira amatora ariko birinda Covid-19, kuko ngo gushyiraho ubuyobozi ari ingenzi.

    Ati “Tugiye gukora amatora mu bihe bidasanzwe ariko ni amatora ya ngombwa agomba gukorwa kuko Corona itahagaritse ubuzima bw’igihugu kandi ubuyobozi bugomba kubaho. Abaturage rero barasabwa kubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda icyo cyorezo mu bihe byose bijyanye n’amatora ubundi bagatora batekanye nk’uko bisanzwe”.

    Kwireba ko uri kuri lisiti y’itora, ufata telefone ukajya ahandikirwa ubutumwa bugufi (sms), ukandika ijambo nec ugasiga akanya ukandika nomero y’indangamuntu ugasiga akanya ukandika itariki y’amavuko imibare ifatanye, urugero 01011980, hanyuma ukohereza kuri 7505 ugahita ubona ubutumwa bugufi bugusubiza.

    Amatora y’inzego z’ibanze azaba ku ya 20 Gashyantare 2021, ni ukuvuga ayo ku rwego ry’imidugudu n’utugari, naho ayazavamo abajyana b’ubuturere akazaba ku ya 22 Gashyantare 2021, bikaba biteganyijwe ko bitarenze tariki 5 Werurwe 2021 uturere twose tuzaba dufite komite nyobozi nshya.

    Kugeza ubu uturere turacyayoborwa n’abayobozi badusanzwemo n’ubwo manda yabo yarangiye, gusa ngo Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu irimo gutegura amabwiriza azasohoka vuba, agaragaza igihe bazahagarikira imirimo.


    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/amatora-2021-gutanga-kandidatire-hakoreshejwe-impapuro-ntibyemewe

  • Abarwariye Coronavirus mu ngo barenga ku mabwiriza baburiwe – #rwanda #RwOT

    Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, cyatangije gahunda yo kuvurira abarwaye Coronavirus mu ngo zabo hifashishijwe ikoranabuhanga, ndetse magingo aya abarwayi 2 800 bari kwitabwaho hifashishijwe ubu buryo.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yabwiye Radio Rwanda ko igihe umuntu yasanzwemo Coronavirus agasabwa kuvurirwa iwabo ariko akarenga akajya mu ruhame kandi abizi ko arwaye, aba akoze icyaha gihanirwa n’amategeko aho kuba amakosa asanzwe.

    Yagize ati “Ubundi byatangiye ari uko umuntu atinya Coronavirus akavuga ati ‘nayirwaye, reka ngume aha ndebe ko nanakira’. Urumva rero mu gihe wamaze gutinyuka ku buryo wayitera n’abandi. Turagira ngo tubihanangirize babyumve, niba usanganywe Coronavirus ntujye mu bitaro, Urwego rubishinzwe rukakubwira ko ugomba kujya iwawe ukaharwarira cyangwa se ukahaguma, ntabwo ugomba kuharenga.”

    Yakomeje agira ati “Turagira ngo rero tuvuge ko nta mpamvu y’uko wafatwa nk’aho washatse gutera abandi Coronavirus kugeza ubwo amategeko azagukurikirana. Urumva noneho biba byabaye icyaha ntabwo ari amakosa asanzwe cyangwa amakosa y’amande asanzwe.”

    Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), Dr Sabin Nsanzimana, yavuze ko hari abarwariye mu ngo usanga bahirahira bakajya hanze kandi babizi ko barwaye, avuga n’ubwo umuntu yaba yumva atarembye ariko kujya mu bandi bishobora kubakururira ibyago byo kwandura Coronavirus bishobora no kubahitana.

    Yagize ati “Abantu nk’abo barahari ariko si benshi. Izo ngero twatangiye kuzibona ndetse turakorana na Polisi, abo bigaragayeho hari amategeko abahana, ariko twe nk’abantu bareba iby’ubuzima, twifuza ko umuntu wumva arwaye asabwa kuguma mu rugo. N’ubwo nta bimenyetso ashobora kugaragaza, ashobora kwanduza abantu benshi.’

    Akomeza agira ati “Niba twamumenye nagume mu rugo, si umwanya wo kuduca inyuma asa nk’aho ari twe yihisha; abaganga cyangwa polisi.”

    Yongeye kwibutsa abantu ko mu gihe umuntu agize uruhare mu gukwirakwiza icyorezo cya Coronavirus, aba ari kugira uruhare mu burwayi bw’abandi bashobora no kuzitaba Imana.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Kabera Jean Bosco, yaburiye abarwariye Coronavirus mu rugo barenga ku mabwiriza yo kuyirinda

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/polisi-yaburiye-abarwariye-coronavirus-mu-rugo-barenga-ku-mabwiriza-yo-kwirinda

  • Ibyo wamenya ku makipe azahatana n’u Rwanda muri CHAN mu itsinda C #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Guhera kuri uyu wa Gatandatu mu mijyi ndetse n’ibibuga bitandukanye muri Cameroun, harabera igikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina imbere mu gihugu “CHAN”, igikombe cyagombaga kuba umwaka ushize wa 2020 ariko gisubikwa na COVID-19.

    U Rwanda ruherereye mu itsinda rya gatatu “C”, aho ruzaba ruhatana na Maroc yegukanye igikombe giheruka mu mwaka wa 2018, ikipe y’igihugu ya Uganda itozwa na Johnathan McKinstry wirukanwe mu Mavubi, ndetse na Togo izaba ikina aya marushanwa bwa mbere.

    Aya makipe ahagaze ate mbere yo gutangira irushanwa?

    Uganda

    Uganda ni imwe mu makipe yageze mbere mu gihugu cya Cameroun, aho yari igiye gukina irushanwa ryahuje ibihugu bitatu ari byo Cameroun, Niger ndetse na Zambia ndetse iza no kuryegukana.

    Mu mukino wa mbere ikipe ya Uganda yanganyije na Cameroun igitego 1-1 n’ubwi yari yahawe ikarita itukura ku munota wa 12 gusa, iza gutsinda Chipolopolo ya Zambia ibitego 2-0, ndetse inatsinda Niger ibitego 3-0.

    Mu nshuro enye Uganda yitabiriye CHAN, nta na rimwe yari yarenga amatsinda, gusa umutoza Johnathan McKinstry uyitoza, aheruka gutangaza ko ahafi azabagera aria ho yagejeje Amavubi 2016 (Muri ¼ cy’irangiza)

    Uganda yakinnye imikino ya gicuti irimo uwo yanganyije na Cameroun

    Uganda yakinnye imikino ya gicuti irimo uwo yanganyije na Cameroun

    Johnathan McKinstry wahoze atoza Amavubi azaba acakirana nayo ku mukino wa mbere

    Johnathan McKinstry wahoze atoza Amavubi azaba acakirana nayo ku mukino wa mbere

    Abakinnyi 25 Uganda izifashisha na numero bazambara

    Abanyezamu: Lukwago Charles (KCCA FC, 1), Mutakubwa Joel (Kyetume FC, 18), Alionzi Legason Nafian (URA FC, 19), Ikara Tom (Police C, 20)

    Ba myugariro: Hassan Muhamud (Police FC, 2), Kayondo Abdu Aziizi (Vipers SC, 3), Mujuzi Musitafa (Kyetume FC, 4), Ssenjobe Eric (Police FC, 5), Iguma Denis (KCCA FC, 12), Willa Paul (Vipers SC, 15), Lwaliwa Halid (Vipers SC, 21), Mbowa Paul Patrick (URA FC, 24)

    Abakina hagati: Mawejje Tonny (Police FC, 6), Kagimu Shafik Kuchi (URA FC, 8), Anukani Bright (KCCA FC, 14), Kyeyune Saidi (URA FC, 16), Byaruhanga Bobosi (Vipers SC, 22), Watambala Abdu Karim (Vipers SC, 25)

    Ba rutahizamu: Ojera Joackiam (URA FC, 7), Brian Aheebwa (KCCA FC, 9), Ocen Ben (Police FC, 10), Ssekajugo (Wakiso Giants FC, 11), Orit Ibrahim (Vipers SC, 13), Jagason Muhammad Shaban (Vipers SC, 17), Karisa Milton (Vipers SC, 23)

    Maroc

    Iyi kipe y’igihugu ya Maroc ni yo ihabwa amahirwe cyane muri iri tsinda, ni nyuma y’ahao yanabashije kwegukana irushanwa riheruka ryabereye iwabo mu mwaka wa 2018, ikaba umukino wa mbere izawukina tariki 18/01 na Togo.

    Iyi kipe yaraye ikinnye umukino wa gicuti na Guinea, umukino warangiye ikipe y’igihugu ya Maroc itsinze Guinea igitego 1-0, mu gihe undi mukino wa mbere bari bakinnye Maroc nawo yari yawutsinze ibitego 2-1.

    Togo

    Iyi kipe y’igihugu ya Togo kugeza ubu imaze gukina umukino umwe yahuyemo na Benin ku wa Gatandatu tariki 09/01/2021, urangira Togo iwutinze ku gitego 1-0 cyatsinzwe CHABI Bio mu munota wa 14.

    Togo yakinnye umukino wa gicuti na Benin
    Togo yakinnye umukino wa gicuti na Benin

    Aya makipe yombi yongeye guhura kuri uyu wa Kabiri tariki 12/01/2020, umukino urangira aya makipe yombi anganya ubusa ku busa. Iyi kipe y’igihugu ya Togo kandi ni ubwa mbere igiye kwitabira imikino ya nyuma ya CHAN
    U Rwanda (Amavubi)

    Ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” yamaze kugera I Douala muri Cameroun, aho igiye imaze gukina imikino ibiri ya gicuti na Congo-Brazzaville, aho uwa mbere amakipe yombi yanganyije ibitego 2-2, naho uwa kabiri Amavubi atsindwa igitego 1-0.

    Amavubi nta mukino n'umwe yatsinze muri ibiri yakinnye na Congo-Brazzaville

    Amavubi nta mukino n’umwe yatsinze muri ibiri yakinnye na Congo-Brazzaville

    Kuva Amavubi yatangira gukina CHAN, ahantu kure yageze ni muri ¼ muri 2016 mu gikombe cyaberaga mu Rwanda, mu gihe izindi nshuro zose itigeze irenga imikino y’amatsinda.

    Gahunda y’imikino mu itsinda C

    Umunsi wa mbere tariki 18/01/2021

    18:00 Morocco ? – ? Togo
    21:00 Rwanda ? – ? Uganda

    Umunsi wa kabiri tariki 22/01/2021

    18:00 Morocco ? – ? Rwanda
    21:00 Uganda ? – ? Togo

    Umunsi wa gatatu tariki 26/01/2021

    21:00 Togo ? – ? Rwanda
    21:00 Uganda ? – ? Morocco

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/ibyo-wamenya-ku-makipe-azahatana-n-u-rwanda-muri-chan-mu-itsinda-c

  • Lionel Messi yatowe nk'umukinnyi urema ibitego mwiza kurusha abandi bose mu myaka 10 ishize [URUTONDE] #rwanda #RwOT

    Ikigo gikora imibare ndetse n'impuzandengo y'imikinire y'abakinnyi cyitwa IFFHS nicyo cyakoze ubushakashatsi cyemeza ko Lionel Messi watwaye Ballon d'Or 6 ariwe wahize abandi bakinnyi bose mu myaka 10 ishize kurema ibitego.

    Nkuko byatangajwe na International Federation of Football History & Statistics (IFFHS),buri mwaka cyagiye gitangaza umukinnyi waremye uburyo bwinshi bwavuyemo ibitego,giteranyije abakinnyi bosegisanga Messi ariwe uri hejuru mu myaka 10 ishize.

    Ubu buryo bwahaga amanota 20 uwabaye uwa mbere buri mwaka,uwa 19 uwa 3 akabona 18 aho Messi ariwe watsindiye menshi mu myaka 10 ishize.

    Messi wabaye uwa mbere mu mwaka wa 2015, 2017 na 2019,yagize amanota 174 mu myaka 10 ishize aho yakurikiwe na Iniesta bahoze bakinana muri FC Barcelona wagize 127 mu gihe Modric yagize 113.

    Umukinnyi wa Manchester City witwa Kevin De Bruyne uri mu beza mu Bwongereza yabaye uwa 4 aho arushwa amanota 10 na Modric wa 3.

    URUTONDE RW'ABAKINNYI 20 BAREMYE IBITEGO BYINSHI KURUSHA ABANDI

    Lionel Messi — 174 points
    Andres Iniesta — 127 points
    Luka Modric — 113 points
    Kevin De Bruyne — 103 points
    Toni Kroos — 90 points
    Eden Hazard — 77 points
    Neymar — 71 points
    Mesut Ozil — 69 points
    Andrea Pirlo — 63 points
    Yaya Toure — 60 points
    Xavi Hernandez — 55 points
    Cristiano Ronaldo — 54 points
    David Silva — 52 points
    James Rodriguez — 42 points
    Bastian Schweinsteiger — 40 points
    Christian Eriksen — 38 points
    Riyad Mahrez — 38 points
    Paul Pogba — 35 points
    Thiago Alcantara — 33 points
    Isco — 25 points

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/lionel-messi-yatowe-nk-umukinnyi-urema-ibitego-mwiza-kurusha-abandi-bose-mu

  • Umuhanzi Emmy yambitse impeta umukobwa bakundana wamwemereye ko azamubera umugore (AMAFOTO) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Emmy, ukunze gukoresha amazina ya Real Emmy ku mbuga nkoranyambaga, kuri ubu uri muri leta zunze ubumwe za Amerika yateye ivi asaba umukobwa bamaze igihe bakundana ko yazamubera umugore maze nawe ntiyazuyaza ahita avuga ati ” Yego ndabyemeye “ niko kumwambika impeta. Emmy yahamije ibi nyuma yo gushyira hanze amafoto ye n'umukunzi we abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram.

    Nyuma yuko Emmy ashyize hanze aya mafoto yayaherekesheje amagambo akurikira:

    J

    Umuhanzi Emmy yamenyekanye cyane mu ndirimbo zitandukanye yakoze zigakundwa zirimo Ntunsige, Nyumva, Nari umuntu, My Beautiful ndetse na Care ari nayo aherutse gushyira hanze mu minsi ishize.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/umuhanzi-emmy-yambitse-impeta-umukobwa-bakundana-wamwemereye-ko-azamubera-umugore-amafoto/

  • Byinshi wamenya ku rubuga rwa Signal rukomeje kwigarurira isi |benshi batangiye kuva kuri WhatsApp bitewe na rwo. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Uru rubuga rushya ruri kwigarurira isi, ruzwiho kugira uburyo bwihariye bwo kurinda amabanga y'abarukoresha. Ibi ahanini bituruka ku kuba abatangije signal, atari ikigo giharanira inyungu, ahubwo ari umuryango ufasha abababaye. Ubusanzwe uru rubuga rwajyaga rukoreshwa n'abakozi baharanira uburenganzira bwa muntu cyangwa ibindi bintu bishyigikira igice runaka cyarenganyijwe (activists).

    Uretse abo tuvuze kandi wasangaga signal ikoreshwa cyane n'abahanga kabuhariwe kuri mudasobwa (hackers) cyangwa se abandi bantu bakeneye umutekano usesuye kumbuga za internet. Gusa mu minsi micye ishize, uru rubuga rwanditse amateka mashya ndetse abantu benshi cyane bararumenya birenze urugero.

    Ibi byaturutse ku kuba ubuyobozi bwa whatsapp yajyaga yifashishwa na benshi ariko ikora kimwe nka signal, itangaza ko yatangiye guhuza ibintu bimwe byo kuri whatsapp na facebook, abantu benshi bahise babinenga cyane ndetse birabarakaza, ndetse bamwe batangira gushaka izindi mbuga bakoresha zitari whatsapp kuko bibwiraga ko ibyari amabanga yabo bigiye kujya ku karubanda (kuri facebook). Bidatinze umugabo umaze kumenyekana cyane Elon Musk yanditse kuri twitter ati: 'mukoreshe Signal' ntawamenye niba yarashatse gukangurira abantu gukoresha uru rubuga cyangwa niba haribindi yasobanuraga gusa ikizwi nuko urubuga rwa signal rwahise rwitabirwa birenze.

    Kuva mukwezi kwa 7 byavuzwe ko imbuga zirimo na whatsapp zikorana cyane n'abashinzwe umutekano mu bihugu ndetse bikarangira zitanze amakuru ku nzego za leta ku bazikoresha bose, ibi nabyo byongereye abakoresha signal, kuko benshi bari barangajwe imbere no kubona umutekano w'amakuru kandi signal yari yiteguye kuyarinda uko bishoboka. Ibyo byose rero byatumye uru rubuga rwa signal kuri ubu rufite umwanya wa mbere muzimaze gukururwa kuri internet cyane (most downloaded) yaba Apple App Store ndetse no kuri Google Play Store, ibi ngo byatumye habaho no kugenda gacye kuru rubuga bitewe n'abantu benshi bashakaga kurujyaho.

    ●Ese ubundi Signal ikora ite?

    Ni urubuga rwifashishwa mu kohereza bw'inyuguti, amajwi n'amashusho, uru rukoreshwa muburyo bwose yaba abakoresha android, Apple ndetse no kuri mudasobwa. Kugira ngo utangire kurukoresha ucyenera numero ya telephone gusa nkuko kuri whatsapp bigenda. Hano ushobora guhamagara umuntu umwe cyangwa benshi icyarimwe, yaba muburyo bw'amajwi cyangwa bw'amashusho. Gusa itandukaniro rihari na whatsapp nuko iyi signal itekanye kurusha izindi mbuga zose zibaho.

    ●Wakwibaza uti ese koko Signal iratekanye?

    Igisubizo umuntu yavuga ni Yego, ibi nukubera ko uru rubuga rwa signal rukoresha ibyo bita 'end-to-end' encryption ibi rero bituma ubutumwa cyangwa ikindi kintu wohereje kibonwa na we wacyohereje ndetse nuwo wacyoherereje gusa, bivuze ko nta muntu wakwitambika hagati yanyu wa gatatu, yaba leta cyangwa se abajura bo kuri internet, uretse nibyo kandi n'abakoze uru rubuga ubwabo ubwo butumwa wohereje ntibabubona.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/byinshi-wamenya-ku-rubuga-rwa-signal-rukomeje-kwigarurira-isi-benshi-batangiye-kuva-kuri-whatsapp-bitewe-na-rwo/

  • Amerika: Gikundiro Rehema n’umugabo we umuber… – #rwanda #RwOT

    Ishimwe Claude umugabo wa Gikundiro Rehema, yabwiye InyaRwanda.com ko bibarutse umwana w’umukobwa bise Aviella Chloe ISHIMWE. Yavuze ko umutima we wuzuye ishimwe ku Mana, ati “Ndashimira Imana bwa mbere na mbere yo yatugiriye icyizere nanone ikaduha umugisha ukomeye nk’uyu, ndumva ntabwo twabona uko tubisobanura”.

    Ati “Ndashimira umugore wanjye, ajya antungura buri munsi, ubuzima bw’umunezero bwanjye nawe sinjya mbona aho mpera mbivuga ariko nshimiye Imana ko umunyamahirwe nk’uyu ikampereza ubuzima bw’abantu bameze batya badasanzwe b’imbaraga, b’ubwiza bw’Imana nk’ubu, byose ni byiza kandi byuzuye umugisha w’Imana. Sinzi uko nabivuga rwose, wumve ko mpora mbishimira Imana.”

    Gikundiro na Claude bibarutse ubuheta

    Gikundiro hamwe n’umugabo we Claude

    Claude yavuze ko umugore we ndetse n’umwana wabo bameze neza cyane. ati “Madamu ameze neza nawe ni muzima arakomeye, arishimye, twese turi mu munezero”. Yavuze ko nyuma yo kwibaruka, umugore we agiye kubona umwanya uhagije wo gukorera Imana kuko byari ‘byarabanje kumera nk’ibitamubohora neza kuko yabanje kugira ngo abanze yibaruke’.

    Ikiganiro na Gikundiro Rehema umaze kwandika indirimbo zirenga 200 zirimo 'Ikidendezi' n'izindi zamamaye yandikiye amakorali

    Ishimwe Claude nka Manager wa Gikundiro, yavuze ko igihe ari iki cyo gutambira Imana no guhesha abantu umugisha mu buryo bw’indirimbo. Gikundiro na ISHIMWE bamaze imyaka 3 baba muri Amerika. Gikundiro umwibuke mu ndirimbo ye ‘Sion’ n’izindi zinyuranye yandikiye amakorali zikagira ubwamamare bukomeye nka ‘Ku kidendezi’ ya Korali Ukuboko kw’iburyo, ‘Nzirata umusaraba’ ya Shalom choir n’izindi.

    Gikundiro ni umugore ufite amateka akomeye mu muziki nyarwanda

    Gikundiro yamaze kwibaruka ubuheta, ‘Manager’ we atangaza ko uyu muhanzikazi agiye kugarukana imbaraga nyinshi mu muziki

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102312/amerika-gikundiro-rehema-numugabo-we-umubereye-manager-bibarutse-ubuheta-102312.html

  • Jeff Bezos mu minsi 4 gusa yisubije umwanya we wa mbere w'umuntu ukize ku Isi kurusha abandi #rwanda #RwOT

    Uyu muherwe wa mbere ku Isi kuri ubu Jeff Bezos yavutse tariki 12 Mutarama 1964, ibisobanuye ko uyu munsi yujuje imyaka 57 y'amavuko akaba ari nabwo yasubiye kuri uyu mwanya wa mbere mu bakize ku Isi.

    Nk'uko byatangajwe n'urubuga Forbes rusanzwe rukora urutonde rw'abantu bakize ku Isi, Elon Musk unafite inkomoko muri Afurika yamaze kuva ku mwanya wa mbere mu baherwe nyuma yo guhomba mu munsi umwe agera kuri Miliyari 13.5 z'amadorali yose, ubu akaba atunze angana na Miliyari 176.2 z'amadorali — ibimushyira ku mwanya wa kabiri nyuma ya Jeff Bezos wamaze kwisubiza umwanya wa mbere.

    Jeff Bezos nyiri uruganda rwa Amazon, niwe uyoboye urutonde rw'umuherwe wa mbere ku Isi kugeza aka kanya nk'uko bishimangirwa na Forbes, atunze agera kuri Miliyari 182.1 z'amadorali, gusa nawe yahombye agera kuri Miliyari 3.6 z'amadorali ku mafaranga yari asanzwe atunze.

    Jeffrey Preston Jorgensen (Jeff Bezos) yavukiye ahitwa Albuquerque, muri New Mexico ku ya 12 Mutarama 1964, umuhungu wa Jacklyn na Ted Jorgensen. Igihe yavukaga, nyina yari umunyeshuri w'imyaka 17 mu mashuri yisumbuye naho se yacuruzaga amagare.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/jeff-bezos-mu-minsi-4-gusa-yisubije-umwanya-we-wa-mbere-w-umuntu-ukize-ku-isi