Category: Uncategorized

  • Abanyarwandakazi babica bigacika kubera uburanga bwabo bukurura abagabo bukanabinjiriza agatubutse(AMAFOTO) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Kuva Isi yatangira kwinjira mw'Isi ya murandasi (internet) ,imikorere ya benshi yarahindutse ndetse haduka n'udushya twinshi tutari tumenyerewe kuburyo bamwe babifata nk'uburaya , ariko siko biri ahubwo biterwa n'intego ya nyiri kubyinjiramo.

    Muri iyi nkuru turabagezaho abakobwa 5 b'Abanyarwandakazi binjiza agatubutse bitewe n'imbuga nkoranyambaga bashyiraho amafoto akurura ab'igitsinagabo ndetse nabo bikabatera kwamamara muri iki gihugu cyacu.

    1.Shaddyboo

    Mbabazi Shadia (ShaddyBoo) ni umwe mu bakobwa byatangiye bamamara nk'abanyamideri ariko mu byukuri bidafatika ahubwo agasembura abagabo abinyujije kuri Instagram kuburyo buri mugabo wese ubonye ubwiza n'ikimero cye yifuza kwibona ari mu buriri n'uyu mugore. kuri ubu ufite Restaurant ye, akaba afite ibigo bimwe na bimwe bakorana mu kwamamaza kubera umubare munini wabamukurikirana , aho kuri Instagram akurikirwa n'abarenga ibihumbi 808 (808k Follow).

    2.Rwanda Strawberry

    Uyu mukobwa ateye ubwoba cyane kuko we ntaho yihishira , abasha no kwambara ubusa buri buri akashyira kumbuga , arazwi cyane kuburyo bituma abaho neza cyane mu buzima buhenze bigaragarako haricyo abitse mu mufuka. Nubwo amenyerewe kwifotozanya ikariso gusa, ariko noneho yigeze gukora agashya ubwo yasakazaga amafoto amugaragaza wese ntacyo yambaye. Amafoto asakaza atuma akurikirwa n'abarenga ibihumbi 483 (483k follow). Uyu we yigeze no kuvuga ko akundana na Diamond Platnumz gusa biherera aho.

    3.Kate Bashabe

    Uyu we biraza gutandukana n'abandi, kuko we ushatse wamufata nka (silent killer) kubera ukuntu yigira umuntu wo hejuru cyane haba uburyo avugwamo mw'itangazamakuru ndetse n'ahandi. Katepy cyangwa Kate Bashabe n'ubwo adakunze kwiyandarika mu myambarire ye ndetse n'uburyo yigaragaza ku mbuga nkoranyambaga gusa nawe abikundirwa n'abagabo benshi cyane kuburyo bituma aza mubakobwa bagenda mu modoka nziza , akaba afite iduka ry'imyenda n'ibijyanye nabyo rikomeye rizwi nka Kabash. Akunze kugaragara yogoga amahanga gusa ibiba byamujyanye ntago bipfa kumenyekana gusa akundwa na benshi doreko akurikirwa n'abarenga ibihumbi 482 (482k Follow) kuri instagram.

    4.Super Sex Nana

    Hycenthe Weber uzwi Supersex Nana.
    Ubu n'umugore w'uwitwa Weber , umuzungu bashakanye kuri ubu babana mu mahanga aho ubu asigaye yiyita Mrs Weber. Uyu nawe kuri ubu atunze ibya mirenge we n'umugabo we wamumenye kubera uburyo uyu mukobwa yabicaga bigacika Instagram ikiza ubwo yabaga muri Uganda.Supersex akaba azwi nk'umukobwa ukunda gusembura abagabo yifashishije ikibuno cye akunda kunyonga bigatuma akurikirwa n'abarenga ibihumbi 303 (303k follow).

    5.Nkurunziza Aggy

    Umukobwa ufite imiterere idasanzwe nka bamwe bita ibisabo, akunzwe na benshi kubera ikibuno kinini , n'umubiri we ubwabo ukurura abatari bacye , doreko aba yanabyambariye kuburyo umugabo wese ubonye ifoto ye yumva amwifuje. Uyu nawe azwiho kuba acuruza imyambaro, gusa nawe bivugwako hari amafaranga menshi akura mu bagabo baba bamushamadukiye. higeze no kugaragara ifoto yambaye ubusa imbereye hari umugabo basa nk'abari bavuye mu gikorwa cyo gutera akabariro. Aggy Nkurunziza arakunzwe kuko akurikirwa n'abarenga ibihumbi 206 (206k follow) kuri instagram.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/abanyarwandakazi-babica-bigacika-kubera-uburanga-bwabo-bukurura-abagabo-bukanabinjiriza-agatubutseamafoto/

  • CHAN 2020: Abakinnyi b'Amavubi bazambara imyenda bahereye mu mwaka w'imikino wa 2017-2018 bakinana – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu minota mike ishize nibwo ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru hano mu Rwanda (FERWAFA) ribinyujije kuri Twitter rimaze gushyira hanze ifoto igaragaramo abakinnyi bose ndetse n'abatoza b'ikipe y'igihugu y'U Rwanda, Amavubi, kuri ubu bari mu gihugu cya Cameroun aho bagiye kwitabira amarushanwa ya CHAN 2020.

    Nyuma gato y'uko iyi foto ishyizwe hanze hahise hashyirws hanze imyenda (jersey) abakinnyi b'Amavubi bazambara mu mikino yose ya CHAN 2020 ndetse nk'uko bigaragara kuri iyi foto FERWAFA yashyize hanze bari bambaye imyenda bazakinana imikino yose ya CHAN 2020. Nkuko byagaragaye, iyi myenda ni iyo Amavubi yakinanye guhera mu mwaka w'imikino wa 2017-2018 gusa abafana b'iyi kipe ndetse n'abanyarwanda muri rusange ibi nta kibazo babibonaho ahubwo bahanze amaso aba basore kugirango barebe ko bakwitwara neza bakabasha kwegukana igikombe cya CHAN 2020 nkuko kapiteni w'iyi kipe ariwe Jacques Tuyisenge yabyemereye abanyarwanda.

    Iyi niyo myenda Amavubi azakinana imikino yose ya CHAN 2020

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/chan-2020-abakinnyi-bamavubi-bazambara-imyenda-bahereye-mu-mwaka-wimikino-wa-2017-2018-bakinana/

  • Bidasubirwaho Perezida Museveni yatorewe kuyobora Uganda ku nshuro ya 6 #rwanda #RwOT

    Iyi komisiyo itangaza ko Museveni yagize amajwi 5.851.037, ni ukuvuga 58.64 % y'abatoye bose.

    Mukeba we bari bahanganya,umuhanzi Robert Kyagulanyi, uzwi nka Bobi Wine, yabaye uwa kabiri n'amajwi 3.475.398 ni ukuvuga 34.83 % y'abatoye.

    Hagati aho, Bobi Wine ejo yatangaje ko atemera ibyavuye muri aya matora kubera ko yabayemo uburiganya nubwo atagaragaza ibimenyetso.

    Mu bandi bari bahanganye na Museveni, Amuriat Oboi Patrick wo mu ishyaka Forum for Democratic Change (FDC) yagize amajwi 310,753 ni ukuvuga 3.29%.

    Komisiyo ishinzwe gutegura amatora,yavuze ko abatoye bose hamwe ari 9.978.093, ni ukuvuga 57.22 % y'abari biyandikishije kuri lisiti y'itora.

    Ibi bisbanura ko abarenga 40% bari biyandikishije batitabiriye ayo matora.

    Aya matora ahaye manda ya gatandatu perezida Museveni w'imyaka 76,umaze imyaka 35 ayoboye iki gihugu.

    Yoweri Museveni yageze ku butegetsi mu 1986,avuga ko iyi ari ishusho y'ituze mu gihugu.

    Perezida Yoweli Kaguta Museveni yavutse ku wa 15/09/1944 avukira mu gace ka Ntungamo mu majyepfo ya Uganda.

    Afite umugore witwa Janet Museveni babyaranye abana bane aribo Muhoozi,Natasha Karugire,Patience na Diana.

    Museveni avukana n'uwitwa Salim Salem na mushiki we Violet Kajubiri,Uyu mugabo yize amashuri ye yisumbuye ku kigo cya Ntare School ,akomereza Kaminuza muri mu gihugu cya Tanzaniya muri Kaminuza ya Dar es Salam akaba yarigaga ibijyanye na Politiki n'ubukungu ,aha kandi niho amateka ye n'urugendo rwe muri Politiki rutangirira.

    Mu mwaka wa 1978 ubwo Idi Amin yateraga agace ko mu majyaruguru ya Tanzaniya ,Uwari Perezida Mwarimu Julius Nyerere ,yafashe icyemezo cyo gutera Uganda birangira ,igisirikare cya Idi Amin gitsinzwe ahungira i mahanga,nibwo Nyerere yahise ahuza umutwe wari warashinzwe na Museveni n'igisirikare cya Uganda.Idi Amin yahiritswe ku butegetsi mu mwaka wa 1985 asimburwa na Gen Tito Lutwa Okello wahise ahirikwa na Museveni 1986.

    Idi Amin akimara kuva ku butegetsi nibwo Obote yagiye ku butegetsi binyuze mu matora ariko nibwo na Museveni yahise agaruka muri Uganda n'abari bamushyigikiye bajya mu gace k'icyaro ari naho bahise batangirira ishyaka rifite umutwe witwara gisirikare ryiswe PRA (Popular Resistance Army) akaba aribo baje kurwanya ubutegetsi bwa Obote bafite igisirikare cyitwaga Uganda National Liberation Army (UNLA).Uyu mutwe waje kwihuza n'undi bibyara NRM (National Resistance Movement).

    Uyu mutwe washinjaga ubutegetsi bwa Obote kumungwa na ruswa,gukandamiza rubanda ,kutagira politiki zihamye mu kuzahura ubukungu,gukandamiza rubanda no kwica abaturage n'abatavuga rmwe nawe abaziza ubusa.

    Mu mwaka wa 1986 nibwo Museveni yageze ku butegetsi nyuma yo guhirika Bwana Obote,nyuma yagiye atsinda amatora inshuro 6 zose aheruka kwiyamamazamo.

    Iyi manda ya 6 Perezida Museveni atsindiye,igiye kumufasha kuzuza imyaka 40 ku butegetsi muri Uganda.

    BBC

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/uganda-perezida-museveni-niwe-watsinze-amatora-ku-nshuro-ya-6

  • Umurambo wa Mirimo Gaspard Wataburuwe; Yaramaze imyaka 4 yitabye Imana- VIDEO #rwanda #RwOT

    Kuwa 15 Mutarama 2021 Umurambo w'uyu munyemali warataburuwe, kugira ngo hafatwe ADN z'Abana bavuga ko ari abe bityo bakeneye kuzungura ku Mitungo ye.

    Uko Byagenze kose wabisanga hano hasi kuburyo burambuye

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/article/umurambo-wa-mirimo-gaspard-wataburuwe-yaramaze-imyaka-4-yitabye-imana-video

  • Muri Kenya havumbuwe ubundi bwoko bwa Coronavirus buri gukwirakwira byihuse #rwanda #RwOT

    Ubundi bwoko bushya bwa coronavirus bwavumbuwe muri Kenya, nk'uko bigaragazwa n'ibyambere byavuye mu bushakashatsi buri gukorwa n'ikigo cy'ubushakashatsi mu buvuzi gikorana na reta, Kenya Medical Research Institute,Kemri.

    Ubu bwoko bwavumbuwe muri Kenya BBC ivuga ko bwiganje mu majyepfo y'igihugu mu  kirwa cyatuwe hagati y'ukwezi kwa gatandatu n'ukwezi kwa cumi, nk'uko byavuzwe na Kemri.
    Ubu hagitegerejwe gukorwa ubundi bushakashatsi kugirango hamenyekane ingaruka z'ubu bwoko bushyashya, nk'uko abashakashatsi bakomeje kubivuga.
    Kenya ubu habarurwa hafi abantu 100.000 bamaze kwandura  Covid-19 n'abarenga 1.700 imaze kwica.
    Ubu bwoko bushya bukwirakwira byihuse bwa mbere bwavumbuwe  muri Africa y'epfo ,ubu bwageze mu bindi bihugu bitatu byo muri Africa-Botswana ihana imbibi na Zambia na Gambia muri Africa y'Uburengerazuba nk'uko bivugwa n'ishami rya ONU ryita ku buzima  ku isi, OMS.

    Ubu Africa imaze kugira abarenga Miliyoni banduye covid-19 ,abandura muri ino  minsi ni benshi gurenza bwa mbere yaduka  nk'uko OMS ibivuga.

    Muri rusange abantu bagera  25,223 nibo bavugwa ko bandura ku munsi hagati y'itariki 28 z'ukwezi kwa cumi na kabiri muri 2020 n'itariki 10 z'ukwa mbere uyu mwaka muri Africa, imibare  iri kuri 39% hejuru yiyavuzwe   mu byumweru bibiri byo mu kwezi kwa karindwi  muri 2020, aho abandura bagera  18,104 ku munsi, nk'uko bivugwa na OMS.

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/16/muri-kenya-havumbuwe-ubundi-bwoko-bwa-coronavirus-buri-gukwirakwira-byihuse/

  • Abakinnyi b'Amavubi bahawe nimero bazambara muri #TOTALCHAN2020 #rwanda #RwOT

    Ku munwi w'ejo ku wa Gatanu, imyitozo bayikoreye ku kibuga gito cya Stade de la Réunification bazakiniraho imikino ibiri ya mbere.

    Mu kiganiro Sugira Ernest yagiranye n'itangazamakuru, yatangaje ko kugeza ubu ikipe ihagaze neza, akaba yumva hari icyizere ko bakwitwara neza, gusa anavuga ko bazi ko hari umwenda bafitiye abanyarwanda kandi bagomba kubaha ibyishimo

    Yagize ati 'Duhagaze neza kuva twagera hano umwuka ni mwiza, n'abari bafite imvune urabona ko bagarutse. Tugiye gukina n'ikipe tuzi ko itazatworohera, twarebye imikinire yayo tubona n'ikipe ikinana imbaraga.

    Turi mu itsinda rikomeye ririmo Maroc yatwaye igikombe, ririmo umuturanyi, ariko natwe ntitworoshye, turi igihugu gikomeye, dufite amahirwe nka 75% yo kuzamuka nituramuka dutsinze Uganda.

    Abatadufitiye icyizere bagomba kukitugirira kuko igihugu ni icyacu, ikipe y'igihugu ni iyabo ibyiza tugomba kubisangira, ibibi tukabisangira, igihe kirageze ngo natwe tubihindure tubahe ibyiza nk'uko babikeneye banabikumbuye nk'uko bahoze banabiririmba mu bihe byashize, navuga ko turi mu nzira nziza zo kubikosora.”

    Kuri uyu wa Gatandatu,abakinnyi bose b'Amavubi bongeye bapimwa icyorezo cya Covid-19 cyane bagiye muri Cameroon ari bazima.

    Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo (CHAN 2020) yatangiye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Mutarama. Iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya gatandatu rizabera muri Cameroun kugeza ku wa 7 Gashyantare 2021.

    Umukino wa mbere w'u Rwanda uzaba ku wa Mbere tariki ya 18 Mutarama saa tatu z'ijoro, ruhura na Uganda kuri Stade de la Réunification y'i Douala mu gihe kuwa 22 Mutarama ruzakina na Maroc kuri icyo kibuga mbere yo guhura na Togo kuwa 26 Mutarama kuri Stade de Limbé/Buea.

    Nimero abakinnyi bose uko ari 30 bahawe:

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/abakinnyi-b-amavubi-bahawe-nimero-bazambara-muri-totalchan2020

  • Abarwayi ba COVID-19 bagiye kujya bavurirwa ku bwishingizi – #rwanda #RwOT

    Ni icyemezo gifashwe nyuma y'uko hari hashize amezi agera kuri 11 Leta ariyo yishingira abarwayi ba COVID-19 haba mu kubishyurira, gufatwa ibipimo ndetse no kubitaho mu gihe baba bari gukurikiranwa n'abaganga.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima Ushinzwe Ubuzima bw'Ibanze, Dr. Mpunga Tharcisse, yabwiye IGIHE ko kugeza ubu icyorezo kimaze kugera hirya no hino mu gihugu kandi n'ibigo by'ubwishingizi byamaze kwemera ko byiteguye kwishyurira abo barwayi.

    Ati 'Impamvu ni uko uburwayi buri mu gihugu cyose, abarwayi bashobora kujya mu mavuriro atandukanye, ikindi ariko twamaze kuvugana n'ibigo by'ubwishingizi bikorera mu Rwanda byatwemereye ko byiteguye kwishyurira abo barwayi.'

    Yakomeje agira ati 'Ibi bizafasha abantu kubera ko amavuriro nayo arabegereye kandi bari basanzwe bivuza indwara zitandukanye nk'abarwaye za Asthma cyangwa HIV.'

    Ubusanzwe kuva ku gupimwa COVID-19, bikagaragara ko umuntu yayanduye agahita ajyanwa mu bitaro byabugenewe [Treatment Centers], abaganga bakamwitaho kuzageza ubwo azakira icyorezo agataha, yishingirwaga na Leta 100%. Bivuze ko ari Leta yishyuraga ibisabwa byose.

    Minisitiri Dr Mpunga yavuze ko Leta yari imaze amezi arenga 11 yita ku barwayi ba COVID-19, ariko kuri ubu bitewe n'ubwiyongere bukabije bw'abandura ndetse n'amikoro y'igihugu agenda aba make hafashwe icyemezo cy'uko bazajya bivuriza ku bwishingizi baba bafite ubwo aribwo bwose.

    Yakomeje agira ati 'Abanyarwanda bari basanzwe bivuza indwara zitandukanye, Leta yagerageje kubishyurira amezi 11 yose ariko biragaragara ko ubushobozi bugenda buba buke, ntawo leta yakomeza kwishyurira abantu bose ngo ibishobore.
    Kuva muri Nzeri 2020, Guverinoma y'u Rwanda yatangije gahunda yo gukurikirana no kuvurira mu ngo zabo abafite COVID-19, aho imibare iheruka ya Minisiteri y'Ubuzima igaragaza ko abarwayi bagera ku 2800 bari kuvurirwa mu rugo.

    Tariki ya 17 Ukuboza 2020 nibwo Minisiteri y'Ubuzima yahaye uburenganzira bwo gusuzuma COVID-19 ku mavuriro yigenga ari hirya no hino mu gihugu. Hanatangijwe n'uburyo bwo gupima byihuse 'antigens rapid tests' mu rwego rwo gupima abantu benshi kandi vuba.

    Kugeza ubu amavuriro yigenga 42 mu gihugu hose niyo yemerewe gukoresha ubu buryo bwo gupima, igiciro cyo kwipimisha kuri ubu ntikirenga 10 000 Frw.

    Imibare yo ku wa Gatanu tariki ya 15 Mutarama 2021, igaragaza ko mu gihugu hari hamaze kwandura abantu 10 573 mu bipimo 785 049 byafashwe. Abamaze gusezererwa ni 7028, abakirwaye 3407 mu gihe abapfuye ari 138.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima Ushinzwe Ubuzima bw'Ibanze, Dr. Mpunga Tharcisse, yavuze ko uburyo bwo kuvura abarwayi ba COVID-19 hagendewe ku bwishingizi busanzwe birahita bitangira gushyirwa mu bikorwa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarwayi-ba-covid-19-bagiye-kujya-bavurirwa-ku-bwishingizi

  • Rwamagana: Umukobwa yafashe umusore bari hafi kurushinga ari gusambana – #rwanda #RwOT

    Ni ubukwe bwari buteganyijwe tariki 20 Ukuboza 2020 ariko kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya Coronavirus bwari bwarasubitswe, bivugwa ko umusore yari yaramaze gukwa, kwishyura ahazabera ubukwe n'ibindi nkenerwa byose.

    Tariki ya 13 Ukuboza nibwo zahinduye imirishyo nyuma yaho umukobwa ahamagaye umusore ku murongo wa telefone ngendanwa ye aramubura, uyu mukobwa ngo yahise afata inzira ajya kureba aho umusore atuye niba ahari agezeyo ngo akinguye ku cyumba cy'umusore asanga ari gusambana n'undi mukobwa.

    Uyu mukobwa ngo yahise yumirwa akuramo telefone arabafotora ubundi abasiga aho arigendera nyuma y'iminsi mike ngo yahise ashyira umusore impeta yari yaramwambitse amubwira ko ibyo gukora ubukwe birangiye.

    Pasiteri Umulisa Fred uyobora itorero Church on the rock aba bageni bari gusezeraniramo yabwiye IGIHE ko uyu musore atarahagarikwa mu rusengero ariko ngo biri mu nzira kuko yaciye inyuma uwo bendaga kurushinga.

    Mu gusobanura uko byagenze ngo uyu musore afatwe yagize ati 'Umukobwa niwe waje kundeba ambwira ko yafashe uwo muhungu n'undi mukobwa bari kumwe, yabimbwiye yaratinze ariko mbajije umuhungu urumva ntiyari kumpakanira kuko umukobwa afite amafoto nubwo atayanyeretse ariko yambwiraga ko ayafite.'

    Yakomeje agira ati 'Mpamagaye umuhungu yarabyemeye ariko nk'abantu bari bataranatera igikumwe numvaga nanabahuza bakabarirana mu gihe baba babyumva bose ariko umukobwa byaramugoye kubyakira, mubaza icyemezo yumva yafashe ambwira ko adashaka gukomeza ubukwe, nafashe umwanya ndabasengera ndongera ndabahuza umukobwa aranga.'

    Pasiteri Mulisa yavuze ko kuri ubu atarafata icyemezo cyo kumuhana mu rusengero ariko ko ariho bigana kuko uyu musore asanzwe aba muri korali.

    Ati 'Ngomba kubivuga mu rusengero kuko naraberekanye mu rusengero, namugaragarije abantu ko afite ubukwe, ubwo rero niba byarapfuye abakirisitu bagomba kubimenya, umusore cyangwa umukobwa buriya bazongera bashake rero sinazongera kuberekana bwa kabiri abakirisitu bataramenye ikishe ubukwe bwabo.'

    Pasiteri Mulisa yakomeje avuga ko abantu benshi babimenye bikiba ku buryo ngo we yabimenye abenshi baramaze kubimenya, yavuze ko kuri ubu bibabaje cyane kuba umuntu w'umukirisitu agifatirwa mu byaha nk'ibi by'ubusambanyi avuga ko ubundi bagira inama abagiye gushakana yo kubanza kumenyana.

    Ati 'Abagiye gushakana ubundi turabanza tukabigisha tukabasengera aba rero twari tutarabigisha kuko hahise haza ibi bibazo by'ubusambanyi ariko abasanzwe turabigisha tukanabasaba kumenyana bihagije, tubasaba kubanza kurambagiza mbere y'uko bakundana kuko iyo urambagiza umuntu ureba ingeso ze ukareba niba wazihanganira ukabona kumukunda.'

    Twagerageje kuvugisha umusore uvugwaho gufatwa asambana ntiyitaba telefone ye, umukobwa we yabwiye umunyamakuru ko atifuza kuvuga ku hahise he ngo byaba bimeze nko kumusubiza inyuma.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwamagana-umukobwa-yafashe-umusore-bari-hafi-kurushinga-ari-guambana

  • Rwamagana: Umukobwa yafashe umusore bari hafi kurushinga ari gusambana – #rwanda #RwOT

    Ni ubukwe bwari buteganyijwe tariki 20 Ukuboza 2020 ariko kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya Coronavirus bwari bwarasubitswe, bivugwa ko umusore yari yaramaze gukwa, kwishyura ahazabera ubukwe n’ibindi nkenerwa byose.

    Tariki ya 13 Ukuboza nibwo zahinduye imirishyo nyuma yaho umukobwa ahamagaye umusore ku murongo wa telefone ngendanwa ye aramubura, uyu mukobwa ngo yahise afata inzira ajya kureba aho umusore atuye niba ahari agezeyo ngo akinguye ku cyumba cy’umusore asanga ari gusambana n’undi mukobwa.

    Uyu mukobwa ngo yahise yumirwa akuramo telefone arabafotora ubundi abasiga aho arigendera nyuma y’iminsi mike ngo yahise ashyira umusore impeta yari yaramwambitse amubwira ko ibyo gukora ubukwe birangiye.

    Pasiteri Umulisa Fred uyobora itorero Church on the rock aba bageni bari gusezeraniramo yabwiye IGIHE ko uyu musore atarahagarikwa mu rusengero ariko ngo biri mu nzira kuko yaciye inyuma uwo bendaga kurushinga.

    Mu gusobanura uko byagenze ngo uyu musore afatwe yagize ati “Umukobwa niwe waje kundeba ambwira ko yafashe uwo muhungu n’undi mukobwa bari kumwe, yabimbwiye yaratinze ariko mbajije umuhungu urumva ntiyari kumpakanira kuko umukobwa afite amafoto nubwo atayanyeretse ariko yambwiraga ko ayafite.”

    Yakomeje agira ati “Mpamagaye umuhungu yarabyemeye ariko nk’abantu bari bataranatera igikumwe numvaga nanabahuza bakabarirana mu gihe baba babyumva bose ariko umukobwa byaramugoye kubyakira, mubaza icyemezo yumva yafashe ambwira ko adashaka gukomeza ubukwe, nafashe umwanya ndabasengera ndongera ndabahuza umukobwa aranga.”

    Pasiteri Mulisa yavuze ko kuri ubu atarafata icyemezo cyo kumuhana mu rusengero ariko ko ariho bigana kuko uyu musore asanzwe aba muri korali.

    Ati “Ngomba kubivuga mu rusengero kuko naraberekanye mu rusengero, namugaragarije abantu ko afite ubukwe, ubwo rero niba byarapfuye abakirisitu bagomba kubimenya, umusore cyangwa umukobwa buriya bazongera bashake rero sinazongera kuberekana bwa kabiri abakirisitu bataramenye ikishe ubukwe bwabo.”

    Pasiteri Mulisa yakomeje avuga ko abantu benshi babimenye bikiba ku buryo ngo we yabimenye abenshi baramaze kubimenya, yavuze ko kuri ubu bibabaje cyane kuba umuntu w’umukirisitu agifatirwa mu byaha nk’ibi by’ubusambanyi avuga ko ubundi bagira inama abagiye gushakana yo kubanza kumenyana.

    Ati “Abagiye gushakana ubundi turabanza tukabigisha tukabasengera aba rero twari tutarabigisha kuko hahise haza ibi bibazo by’ubusambanyi ariko abasanzwe turabigisha tukanabasaba kumenyana bihagije, tubasaba kubanza kurambagiza mbere y’uko bakundana kuko iyo urambagiza umuntu ureba ingeso ze ukareba niba wazihanganira ukabona kumukunda.”

    Twagerageje kuvugisha umusore uvugwaho gufatwa asambana ntiyitaba telefone ye, umukobwa we yabwiye umunyamakuru ko atifuza kuvuga ku hahise he ngo byaba bimeze nko kumusubiza inyuma.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwamagana-umukobwa-yafashe-umusore-bari-hafi-kurushinga-ari-guambana

  • Abarwayi ba COVID-19 bagiye kujya bavurirwa ku bwishingizi – #rwanda #RwOT

    Ni icyemezo gifashwe nyuma y’uko hari hashize amezi agera kuri 11 Leta ariyo yishingira abarwayi ba COVID-19 haba mu kubishyurira, gufatwa ibipimo ndetse no kubitaho mu gihe baba bari gukurikiranwa n’abaganga.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Ushinzwe Ubuzima bw’Ibanze, Dr. Mpunga Tharcisse, yabwiye IGIHE ko kugeza ubu icyorezo kimaze kugera hirya no hino mu gihugu kandi n’ibigo by’ubwishingizi byamaze kwemera ko byiteguye kwishyurira abo barwayi.

    Ati “Impamvu ni uko uburwayi buri mu gihugu cyose, abarwayi bashobora kujya mu mavuriro atandukanye, ikindi ariko twamaze kuvugana n’ibigo by’ubwishingizi bikorera mu Rwanda byatwemereye ko byiteguye kwishyurira abo barwayi.”

    Yakomeje agira ati “Ibi bizafasha abantu kubera ko amavuriro nayo arabegereye kandi bari basanzwe bivuza indwara zitandukanye nk’abarwaye za Asthma cyangwa HIV.”

    Ubusanzwe kuva ku gupimwa COVID-19, bikagaragara ko umuntu yayanduye agahita ajyanwa mu bitaro byabugenewe [Treatment Centers], abaganga bakamwitaho kuzageza ubwo azakira icyorezo agataha, yishingirwaga na Leta 100%. Bivuze ko ari Leta yishyuraga ibisabwa byose.

    Minisitiri Dr Mpunga yavuze ko Leta yari imaze amezi arenga 11 yita ku barwayi ba COVID-19, ariko kuri ubu bitewe n’ubwiyongere bukabije bw’abandura ndetse n’amikoro y’igihugu agenda aba make hafashwe icyemezo cy’uko bazajya bivuriza ku bwishingizi baba bafite ubwo aribwo bwose.

    Yakomeje agira ati “Abanyarwanda bari basanzwe bivuza indwara zitandukanye, Leta yagerageje kubishyurira amezi 11 yose ariko biragaragara ko ubushobozi bugenda buba buke, ntawo leta yakomeza kwishyurira abantu bose ngo ibishobore.
    Kuva muri Nzeri 2020, Guverinoma y’u Rwanda yatangije gahunda yo gukurikirana no kuvurira mu ngo zabo abafite COVID-19, aho imibare iheruka ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko abarwayi bagera ku 2800 bari kuvurirwa mu rugo.

    Tariki ya 17 Ukuboza 2020 nibwo Minisiteri y’Ubuzima yahaye uburenganzira bwo gusuzuma COVID-19 ku mavuriro yigenga ari hirya no hino mu gihugu. Hanatangijwe n’uburyo bwo gupima byihuse “antigens rapid tests” mu rwego rwo gupima abantu benshi kandi vuba.

    Kugeza ubu amavuriro yigenga 42 mu gihugu hose niyo yemerewe gukoresha ubu buryo bwo gupima, igiciro cyo kwipimisha kuri ubu ntikirenga 10 000 Frw.

    Imibare yo ku wa Gatanu tariki ya 15 Mutarama 2021, igaragaza ko mu gihugu hari hamaze kwandura abantu 10 573 mu bipimo 785 049 byafashwe. Abamaze gusezererwa ni 7028, abakirwaye 3407 mu gihe abapfuye ari 138.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Ushinzwe Ubuzima bw’Ibanze, Dr. Mpunga Tharcisse, yavuze ko uburyo bwo kuvura abarwayi ba COVID-19 hagendewe ku bwishingizi busanzwe birahita bitangira gushyirwa mu bikorwa

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarwayi-ba-covid-19-bagiye-kujya-bavurirwa-ku-bwishingizi