Category: Uncategorized

  • Bruno Fernandes yahishuye ikintu gikomeye Manchester United itazemerera Liverpool gukora muri 2021 #rwanda #RwOT

    Manchester United irusha igikombe cya shampiyona kimwe Liverpool mu byo bamaze gutwara,iri kurwana no kubuza uyu mukeba wayo w'ibihe byose kuyifata mu bigwi.

    Iyi Manchester United izasura Liverpool muri shampiyona kuri iki cyumweru aho ishaka gutera intambwe ikayirusha amanota mensi ku rutonde rw'agateganyo.

    Fernandes yagize ati 'Ntawakwifuza ko umukeba we bajya ku rwego rumwe cyangwa se ngo banganye ibikombe.

    Birasobanutse kuri buri wese mu ikipe ya Manchester United ndetse bifite icyo bisobanuye ku bafana.

    Byaba ari byiza cyane gutwara ibikombe 21 bya shampiyona Liverpool ikiri kuri 19.'

    Fernandes yakoze agahigo ko kuba umukinnyi wa mbere muri Premier League utwaye ibikombe by'umukinnyi w'ukwezi inshuro 4 mu mwaka umwe.

    Ibi bigaragaza akazi gakomeye ari gukora muri Manchester United ifite inyota yo kwegukana Premier League imaze imyaka 8 itazi uko isa.

    Ubu Manchester United irusha Liverpool amanota 3 muri shampiyona aho irajya muri uyu mukino ishaka kuyagira 6.

    Kuva Fernandes yagera muri United avuye muri Sporting Lisbon mu kwezi kwa mbere umwaka ushize,amaze kuyitsindira ibitego 27 nubwo 15 muri byo ari penaliti ariyo mpamvu yavuze ko atita ku bavuga ko azi gutera penaliti gusa.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/bruno-fernandes-yahishuye-ikintu-gikomeye-manchester-united-itazemerera

  • Abantu 22 bafunzwe bazira gukoresha ikiyobyabwenge cya 'Shisha' – #rwanda #RwOT

    Mu bafashwe harimo icyenda bafatiwe mu Murenge wa Kanombe tariki 14 Mutarama ndetse n'abandi 13 bafatiwe mu Murenge wa Nyarugenge ku wa 15 Mutarama 2021.

    Ubusanzwe habaho ibyiciro bitatu by'ibiyobyabwenge birimo ibihambaye, ibikomeye n'ibyoroheje. Shisha ibarizwa mu cyiciro cya kabiri cy'ibiyobyabwenge bikomeye, aho kubikoresha bihanwa n'ingingo ya 263 y'itegeko riteganya ibyaha n'ibihano mu Rwanda.

    Umuvugizi w'Umusigire wa RIB, Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko uretse kuba barafashwe banywa iki kiyobyabwenge, bari banarenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, kuko basanzwe mu birori.

    Yakomeje agira ati 'Usibye kuba barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, ariko banafashwe banywa ibiyobyabwenge bitemewe gukoreshwa hano mu Rwanda. Urubyiruko rurasabwa kumvira amabwiriza yashyizweho kuko uburemere bw'icyorezo ntawe utabubona.'

    Murangira yavuze ko abantu bakwiye kumenya ko 'shisha' itemewe mu Rwanda, ndetse ko uzayifatanwa, yaba ayicuruza cyangwa ayikoresha, azajya abihanirwa n'amategeko.

    Abafashwe bafungiye kuri sitasiyo za RIB ziri i Remera, Nyarugunga na Nyarugenge mu gihe hagikorwa iperereza kugira ngo dosiye zabo zishyikirizwe ubushinjacyaha.

    RIB kandi yongeyeho ko aba bantu bose bazapimwa muri Laboratwari Nkuru y'Igihugu, kugira ngo harebwe neza ingano y'ibiyobyabwenge iri mu maraso ya buri umwe mu bafashwe.

    Abafashwe baramutse bahamijwe ibi byaha, bahanishwa ingingo ya 263 mu itegeko riteganya ibyaha n'ibihano mu Rwanda, aho iteganya ko bashobora guhabwa igihano kitari munsi y'umwaka umwe ariko kitanarenze imyaka ibiri cyangwa bagahanishwa gukora imirimo ifitiye igihugu akamaro.

    Mu Karere ka Nyarugenge, urubyiruko rw’abasore n’inkumi 13 bafashwe bari kunywa shisha


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abantu-22-bafunzwe-bazira-gukoresha-ikiyobyabwenge-cya-shisha

  • Loni yamaganye ibitero byaguyemo umusirikare w'u Rwanda n'uw'u Burundi mu cyumweru kimwe muri Centrafrique – #rwanda #RwOT

    Mu itangazo ryasohowe n'aka kanama, kavuze ko kamaganye ibitero byahitanye umusirikare w'u Rwanda ku wa 13 Mutarama n'ibyaguyemo undi w'u Burundi ku wa 15 Mutarama.

    Umusirikare w'u Rwanda yaguye mu gitero cyagabwe n'imitwe y'inyeshyamba igizwe na anti-Balaka, UPC, 3R na MPC ishyigikiwe na François Bozizé wigeze kuyobora iki gihugu.

    Ku wa 13 Mutarama, hafi y'ikiraro kiri ahitwa Bimbo ugana mu Murwa Mukuru wa Bangui, habereye igitero cyagabwe n'inyeshyamba zigamije kwinjira muri Bangui ariko Ingabo z'u Rwanda zirinda uwo mujyi zibabera ibamba ndetse zibasubiza inyuma.

    Ku bw'amahirwe make, muri urwo rugamba ni ho haguye umusirikare w'u Rwanda ndetse mugenzi we arakomereka bidakabije.

    Ku wa 15 Mutarama nabwo hapfuye undi musirikare w'u Burundi, we akaba yaraguye mu gace ka Grimari, aho we na bagenzi be n'abandi bakomoka muri Bangladesh bagabweho igitero gitunguranye bari mu nzira bacunze umutekano. Usibye uw'u Burundi, hari n'abasirikare ba Bangladesh bakomeretse.

    U Burundi kandi bwari buherutse gutakaza abandi basirikare batatu baguye mu Karere ka Dékoa kari mu Ntara ya Kémo ku wa 25 Ukuboza umwaka ushize. Icyo gihe Ingabo z'u Rwanda zari hafi aho nizo zabatabaye.

    Akanama k'Umutekano ka Loni kamagamye ibyo bitero byombi, kanaboneraho kwihanganisha imiryango yabuze ababo.

    Kati 'Abagize Akanama k'Umutekano ka Loni, barihanganisha imiryango w'abasirikare bishwe ndetse turihanganisha Leta y'u Rwanda, u Burundi na Minusca muri rusange. Turifuriza abakomerekeye muri ibyo bitero gukira vuba'.

    Itangazo ry'aka kanama kandi ryamaganye bikomeye ibi bitero, rivuga ko ababigizemo uruhare bose bagomba kubiryozwa imbere y'ubutabera.

    Riti “Abagize Akanama k'Umutekano bamaganye bivuye inyuma ibikorwa byo gutera Ingabo za Minusca bikorwa n'imitwe yitwaje intwaro. Turashimangira ko kugaba ibitero ku ngabo ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro bigize ibyaha by'intambara, tuributsa impande zose kurangwa no kubahiriza amategeko mpuzamahanga agamije kurengera ikiremwamuntu. Turasaba Leta na Centrafrique gukora iperereza kuri ibi bitero ndetse no kugeza ababigizemo uruhare imbere y'ubutabera'.

    Aka kanama kandi kavuze ko gashyigikiye ibikorwa bya Minusca bigamije gufasha Centrafrique kugira amahoro arambye ndetse ko hakwiye gukorwa ibishoboka byose kugira ngo ubwo butumwa butange umusaruro witezwe.

    Gen Daniel Sidiki Traoré ukuriye Ingabo za Loni ziri mu butumwa bw'amahoro muri Centrafrique (ubanza ibumoso) ubwo we n'Umuyobozi w'Ingabo z'u Rwanda ziri mu butumwa bw'amahoro muri iki gihugu, Lt Col Joseph B Safari, (hagati yambaye ingofero y'ubururu) basuraga agace ka PK12, PK13 na Komine Bégoua ku wa 14 Mutarama 2020


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/loni-yamaganye-ibitero-byaguyemo-umusirikari-w-u-rwanda-muri-centrafrique

  • Padiri Twagirumukiza wazize Coronavirus yasezeweho bwa nyuma (amafoto) – #rwanda #RwOT

    Uyu mupadiri uri mu bagize uruhare mu gushinga ishuri rya Collège Saint-Albert ryizemo impunzi z'Abanyarwanda bari baramenesherejwe mu Burundi, yitabye Imana azize COVID-19 ku wa 13 Mutarama 2021 aho yari arwariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare, CHUB.

    Umuhango wo kumusezeraho wabereye muri Kiliziya ya Cathedrale ya Butare kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Mutarama 2021, uyoborwa na Musenyeri wa Diyoseze ya Butare, Rukamba Philippe.

    Musenyeri Rukamba yagarutse ku byaranze Twagirumukiza Herménégilde mu myaka 60 yamaze ari umupadiri, avuga ko mu buzima bwe yaranzwe n'urukundo no kwita ku bababaye.

    Yavuze ko by'umwihariko yafashije abakirisitu n'abo yigishije haba mu Rwanda no mu Burundi, ati 'Yabaye umuntu w'Imana aba n'umukirisitu aho yabaye hose.'

    Twagirumukiza yahawe ubupadiri mu bihe bikomeye byaranze amateka y'u Rwanda ubwo bamwe mu Banyarwanda bo mu bwoko bw'Abatutsi bameneshwaga na Leta bagahungira mu bihugu bitandukanye.

    Mu 1962 yahawe ubutumwa na Kiliziya Gatolika bwo kujya mu Burundi gufasha Abanyarwanda bari bahungiyeho mu bijyanye no kuba hafi y'Imana ndetse n'ibindi bikorwa bitandukanye.

    Agezeyo yafatanyije na bamwe mu Banyarwanda babaga muri icyo gihugu bafite ubushobozi ndetse n'ababaga i Burayi na Amerika, batekereza uko bashinga ishuri ryaje kwitwa Collège Saint-Albert, ryizemo Abanyarwanda benshi banaje kugaruka mu gihugu cyabo kuri ubu bakaba ari abantu bibeshejeho.

    Musenyeri Rukamba ati 'Mu myaka 60 yamaze ari Umusaseridote, yabaye umuntu w'Imana, aba Umukirisitu w'abantu bose. Yafashije abantu benshi ari abakirisitu, ari ababaga muri Paruwasi zose yagiye akoreramo, ari abo yigishije ndetse n'abo yagiriye inama zatumye bifasha bo ubwabo.'

    Padiri Twagirumukiza Herménégilde yavutse ku wa 11 Gashyantare 1931, ahabwa ubupadiri ku wa 23 Gicurasi 1961.

    Amashuri abanza yayize i Kibeho kuva mu 1940 kugera mu 1946, ayisumbuye ayiga i Kabgayi mu 1946 kugera mu 1952, asoreza mu Iseminari Nkuru ya Nyakibanda aho yize kuva mu 1953 kugera 1961.

    Mu mirimo yakoze, hagati ya 1961 na 1962 yabaye Padiri wungirije muri Paruwasi ya Kansi. Mu 1962 kugera mu 1995 nibwo yahawe ubutumwa bwo gufasha impunzi mu gihugu cy'u Burundi, nyuma yaho agaruka mu Rwanda maze kuva mu 1995 kugera muri 2001 aba umuyobozi wa Collège Christ-Roi y'i Nyanza.

    Kuva mu mwaka wa 2001 kugeza mu 2008 yabaye Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Ngoma. Hagati ya 2008 na 2012 yabaye Padiri wungirije muri Paruwasi ya Rugango maze kuva muri 2012 kugera muri 2013 akomereza ubutumwa muri Paruwasi ya Byiza aho yari Padiri wungirije ariko anaruhuka.

    Kuva mu 2013 kugeza muri 2018, Padiri Twagirumukiza yagiye gutura mu Iseminari Nto ya Butare ku Karubanda anivuza, maze muri uwo mwaka aza kuhimuka ajya kuba mu rugo rukuru rw'Umwepisikopi, ahakomereza ikiruhuko cy'izabukuru anahivuriza.

    Mu bundi butumwa yakoze, yayoboye Collège Saint-Albert mu gihugu cy'u Burundi ndetse igihe yagarutse mu Rwanda, yabaye Omoniye wa Gereza ya Karubanda.

    Yanditse ibitabo birimo icyitwa 'Urubanza rw'Imana n'Impunzi' yandikiye mu Burundi, aho agaruka ku marangamutima y'abantu bari barahunze ndetse yibaza icyo batekereza ku Mana. Nyuma yaho agarutse mu Rwanda, yanditse ikindi gitabo cyitwa 'Komerwa yombi warakomorewe' kigaruka ku mitima y'abantu bakwiriye gushima ya Mana bajujubywaga bakiri mu buhungiro, noneho ikaba yarabakomoreye bagomba kuyikomera amashyi.

    Padiri Twagirumukiza wazize Coronavirus yasezeweho bwa nyuma

    Yasezeweho n’abandi bapadiri bari basangiye umwuga

    Ni umuhango witabiriwe n’abantu bacye mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus

    Hari n’abo mu muryango we

    Musenyeri Rukamba yagarutse ku buzima bwaranze Padiri Twagirumukiza mu myaka 60 yari amaze muri uwo mwuga

    Byari agahinda ku nshuti n’imiryango

    Padiri Twagirumukiza yavutse mu 1931

    Padiri Twagirumukiza yasezeweho bwa nyuma hagarukwa ku bigwi byamuranze

    Padiri Twagirumukiza yasezeweho bwa nyuma n abo mu muryango we inshuti n abavandimwe

    Padiri Twagirumukiza yitabye Imana ku wa 13 Mutarama 2021 aho yari arwariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB

    Yashyinguwe mu irimbi ry’Abapadiri rya Cathedrale ya Butare

    Yitabye Imana azize icyorezo cya Coronavirus


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/padiri-twagirumukiza-wazize-coronavirus-yasezeweho-bwa-nyuma-amafoto

  • Padiri Twagirumukiza wazize Coronavirus yasezeweho bwa nyuma (amafoto) – #rwanda #RwOT

    Uyu mupadiri uri mu bagize uruhare mu gushinga ishuri rya Collège Saint-Albert ryizemo impunzi z’Abanyarwanda bari baramenesherejwe mu Burundi, yitabye Imana azize COVID-19 ku wa 13 Mutarama 2021 aho yari arwariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare, CHUB.

    Umuhango wo kumusezeraho wabereye muri Kiliziya ya Cathedrale ya Butare kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Mutarama 2021, uyoborwa na Musenyeri wa Diyoseze ya Butare, Rukamba Philippe.

    Musenyeri Rukamba yagarutse ku byaranze Twagirumukiza Herménégilde mu myaka 60 yamaze ari umupadiri, avuga ko mu buzima bwe yaranzwe n’urukundo no kwita ku bababaye.

    Yavuze ko by’umwihariko yafashije abakirisitu n’abo yigishije haba mu Rwanda no mu Burundi, ati “Yabaye umuntu w’Imana aba n’umukirisitu aho yabaye hose.”

    Twagirumukiza yahawe ubupadiri mu bihe bikomeye byaranze amateka y’u Rwanda ubwo bamwe mu Banyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi bameneshwaga na Leta bagahungira mu bihugu bitandukanye.

    Mu 1962 yahawe ubutumwa na Kiliziya Gatolika bwo kujya mu Burundi gufasha Abanyarwanda bari bahungiyeho mu bijyanye no kuba hafi y’Imana ndetse n’ibindi bikorwa bitandukanye.

    Agezeyo yafatanyije na bamwe mu Banyarwanda babaga muri icyo gihugu bafite ubushobozi ndetse n’ababaga i Burayi na Amerika, batekereza uko bashinga ishuri ryaje kwitwa Collège Saint-Albert, ryizemo Abanyarwanda benshi banaje kugaruka mu gihugu cyabo kuri ubu bakaba ari abantu bibeshejeho.

    Musenyeri Rukamba ati “Mu myaka 60 yamaze ari Umusaseridote, yabaye umuntu w’Imana, aba Umukirisitu w’abantu bose. Yafashije abantu benshi ari abakirisitu, ari ababaga muri Paruwasi zose yagiye akoreramo, ari abo yigishije ndetse n’abo yagiriye inama zatumye bifasha bo ubwabo.”

    Padiri Twagirumukiza Herménégilde yavutse ku wa 11 Gashyantare 1931, ahabwa ubupadiri ku wa 23 Gicurasi 1961.

    Amashuri abanza yayize i Kibeho kuva mu 1940 kugera mu 1946, ayisumbuye ayiga i Kabgayi mu 1946 kugera mu 1952, asoreza mu Iseminari Nkuru ya Nyakibanda aho yize kuva mu 1953 kugera 1961.

    Mu mirimo yakoze, hagati ya 1961 na 1962 yabaye Padiri wungirije muri Paruwasi ya Kansi. Mu 1962 kugera mu 1995 nibwo yahawe ubutumwa bwo gufasha impunzi mu gihugu cy’u Burundi, nyuma yaho agaruka mu Rwanda maze kuva mu 1995 kugera muri 2001 aba umuyobozi wa Collège Christ-Roi y’i Nyanza.

    Kuva mu mwaka wa 2001 kugeza mu 2008 yabaye Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Ngoma. Hagati ya 2008 na 2012 yabaye Padiri wungirije muri Paruwasi ya Rugango maze kuva muri 2012 kugera muri 2013 akomereza ubutumwa muri Paruwasi ya Byiza aho yari Padiri wungirije ariko anaruhuka.

    Kuva mu 2013 kugeza muri 2018, Padiri Twagirumukiza yagiye gutura mu Iseminari Nto ya Butare ku Karubanda anivuza, maze muri uwo mwaka aza kuhimuka ajya kuba mu rugo rukuru rw’Umwepisikopi, ahakomereza ikiruhuko cy’izabukuru anahivuriza.

    Mu bundi butumwa yakoze, yayoboye Collège Saint-Albert mu gihugu cy’u Burundi ndetse igihe yagarutse mu Rwanda, yabaye Omoniye wa Gereza ya Karubanda.

    Yanditse ibitabo birimo icyitwa ‘Urubanza rw’Imana n’Impunzi’ yandikiye mu Burundi, aho agaruka ku marangamutima y’abantu bari barahunze ndetse yibaza icyo batekereza ku Mana. Nyuma yaho agarutse mu Rwanda, yanditse ikindi gitabo cyitwa ‘Komerwa yombi warakomorewe’ kigaruka ku mitima y’abantu bakwiriye gushima ya Mana bajujubywaga bakiri mu buhungiro, noneho ikaba yarabakomoreye bagomba kuyikomera amashyi.

    Padiri Twagirumukiza wazize Coronavirus yasezeweho bwa nyuma

    Yasezeweho n’abandi bapadiri bari basangiye umwuga

    Ni umuhango witabiriwe n’abantu bacye mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus

    Hari n’abo mu muryango we

    Musenyeri Rukamba yagarutse ku buzima bwaranze Padiri Twagirumukiza mu myaka 60 yari amaze muri uwo mwuga

    Byari agahinda ku nshuti n’imiryango

    Padiri Twagirumukiza yavutse mu 1931

    Padiri Twagirumukiza yasezeweho bwa nyuma hagarukwa ku bigwi byamuranze

    Padiri Twagirumukiza yasezeweho bwa nyuma n abo mu muryango we inshuti n abavandimwe

    Padiri Twagirumukiza yitabye Imana ku wa 13 Mutarama 2021 aho yari arwariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB

    Yashyinguwe mu irimbi ry’Abapadiri rya Cathedrale ya Butare

    Yitabye Imana azize icyorezo cya Coronavirus

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/padiri-twagirumukiza-wazize-coronavirus-yasezeweho-bwa-nyuma-amafoto

  • Loni yamaganye ibitero byaguyemo umusirikare w’u Rwanda n’uw’u Burundi mu cyumweru kimwe muri Centrafrique – #rwanda #RwOT

    Mu itangazo ryasohowe n’aka kanama, kavuze ko kamaganye ibitero byahitanye umusirikare w’u Rwanda ku wa 13 Mutarama n’ibyaguyemo undi w’u Burundi ku wa 15 Mutarama.

    Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero cyagabwe n’imitwe y’inyeshyamba igizwe na anti-Balaka, UPC, 3R na MPC ishyigikiwe na François Bozizé wigeze kuyobora iki gihugu.

    Ku wa 13 Mutarama, hafi y’ikiraro kiri ahitwa Bimbo ugana mu Murwa Mukuru wa Bangui, habereye igitero cyagabwe n’inyeshyamba zigamije kwinjira muri Bangui ariko Ingabo z’u Rwanda zirinda uwo mujyi zibabera ibamba ndetse zibasubiza inyuma.

    Ku bw’amahirwe make, muri urwo rugamba ni ho haguye umusirikare w’u Rwanda ndetse mugenzi we arakomereka bidakabije.

    Ku wa 15 Mutarama nabwo hapfuye undi musirikare w’u Burundi, we akaba yaraguye mu gace ka Grimari, aho we na bagenzi be n’abandi bakomoka muri Bangladesh bagabweho igitero gitunguranye bari mu nzira bacunze umutekano. Usibye uw’u Burundi, hari n’abasirikare ba Bangladesh bakomeretse.

    U Burundi kandi bwari buherutse gutakaza abandi basirikare batatu baguye mu Karere ka Dékoa kari mu Ntara ya Kémo ku wa 25 Ukuboza umwaka ushize. Icyo gihe Ingabo z’u Rwanda zari hafi aho nizo zabatabaye.

    Akanama k’Umutekano ka Loni kamagamye ibyo bitero byombi, kanaboneraho kwihanganisha imiryango yabuze ababo.

    Kati “Abagize Akanama k’Umutekano ka Loni, barihanganisha imiryango w’abasirikare bishwe ndetse turihanganisha Leta y’u Rwanda, u Burundi na Minusca muri rusange. Turifuriza abakomerekeye muri ibyo bitero gukira vuba”.

    Itangazo ry’aka kanama kandi ryamaganye bikomeye ibi bitero, rivuga ko ababigizemo uruhare bose bagomba kubiryozwa imbere y’ubutabera.

    Riti “Abagize Akanama k’Umutekano bamaganye bivuye inyuma ibikorwa byo gutera Ingabo za Minusca bikorwa n’imitwe yitwaje intwaro. Turashimangira ko kugaba ibitero ku ngabo ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro bigize ibyaha by’intambara, tuributsa impande zose kurangwa no kubahiriza amategeko mpuzamahanga agamije kurengera ikiremwamuntu. Turasaba Leta na Centrafrique gukora iperereza kuri ibi bitero ndetse no kugeza ababigizemo uruhare imbere y’ubutabera”.

    Aka kanama kandi kavuze ko gashyigikiye ibikorwa bya Minusca bigamije gufasha Centrafrique kugira amahoro arambye ndetse ko hakwiye gukorwa ibishoboka byose kugira ngo ubwo butumwa butange umusaruro witezwe.

    Gen Daniel Sidiki Traoré ukuriye Ingabo za Loni ziri mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique (ubanza ibumoso) ubwo we n’Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu, Lt Col Joseph B Safari, (hagati yambaye ingofero y’ubururu) basuraga agace ka PK12, PK13 na Komine Bégoua ku wa 14 Mutarama 2020

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/loni-yamaganye-ibitero-byaguyemo-umusirikari-w-u-rwanda-muri-centrafrique

  • Mesut Ozil asohotse muri Arsenal igitaraganya. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umukinnyi Mesut Ozil amaze kumvikana n'ikipe Arsenal ko agomba kuyivamo aho bemeranyije gusesa amasezerano bari bafitanye yaburagaho amezi 6.

    Mesut Ozil uri mu biganiro bya nyuma n'ikipe ya Fenerbahce yamaze kwemera gusesa amasezerano ye n'ikipe ya Arsenal yari asigaje amezi 6 gusa nk'uko SKYSPORTS imaze kubitangaza.Uyu mukinnyi utarahiwe n'umwaka wa 2020 kuko yakuwe ku rutonde rw'abakinnyi ba Arsenal kandi ayifitiye amasezerano,yamaze kwemera guhara ibihumbi 350 by'amapawundi yahabwaga ku cyumweru kugira ngo asinyire Fenerbahce.

    Amakuru aravuga ko uyu mukinnyi ategerejwe muri Turkiya mu minsi mike iri imbere kugira ngo asinyire Fenerbahce nk'umukinnyi wigenga.

    Uyu mukinnyi w'imyaka 32 yari amaze iminsi aganira n'umutoza Mikel Arteta ku bijyanye no gusesa aya masezerano,bikaba byarangiye impande zombi zumvikanye.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/mesut-ozil-asohotse-muri-arsenal-igitaraganya/

  • Minisante yatangiye gufata ibipimo bya Coronavirus mu turere twose tw'igihugu – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyatangiye ku wa Kane tariki 14 Mutarama, kikazageza ku wa 17 Mutarama 2021, aho biteganyijwe ko hazafatwa ibipimo ibihumbi bine.

    Muri ibyo bipimo, ibigera ku gihumbi bizafatwa mu Mujyi wa Kigali gusa, naho ibihumbi bitatu bifatwe mu ntara zose z'igihugu.

    Umuyobozi w'ishami rishinzwe ibyorezo muri RBC, Dr. Edison Rwagasore, yabwiye The NewTimes ko iryo suzuma rigamije kureba uko ubwandu buhagaze mu gihugu cyose nyuma y'imyanzuro y'Inama y'Abaminisitiri yateranye ku wa 4 Mutarama 2021, igashyiraho gahunda ya guma mu karere.

    Ati 'Muri iki gihe ubwandu bushya n'impfu za COVID-19 bikomeje kwiyongera, dukeneye gukora isuzuma nk'iri kugira ngo tumenye uko iyo ndwara ihagaze mu gihugu, ndetse tubashe kumenya uduce turimo ubwandu bwinshi kurusha utundi.'

    Ibikorwa byo gufata ibipimo muri iyi gahunda biri kubera ahantu hatandukanye hahurira abantu nko ku mihanda, ariko hagatoranywa nta gishingiweho. Hari gupimwa ubishaka kandi nta kiguzi yatswe.

    Gufata ibipimo by'umuntu umwe bitwara iminota mike ibarirwa muri itanu, hanyuma agasiga imyirondoro ye irimo na nimero ya telefoni kugira ngo ibisubizo nibimara kuboneka azabimenyeshwe.

    Abenshi mu bagezweho n'iyo gahunda bagaragaje ko bayishimiye, ko ari byiza kumenya uko bahagaze kugira ngo barusheho kwirinda icyorezo, ariko bakitsa cyane ku kuba bari gupimwa ku buntu kandi ubusanzwe ari igikorwa cyishyurwa asaga ibihumbi 50 Frw.

    Umwe mu banyeshuri wagezweho n'iyo gahunda, Rwagitinywa Landry, yavuze ko atari gucikanwa n'ayo mahirwe. Ati 'Sinari gucikanwa n'aya mahirwe yo gupimwa ku buntu. Ubwandu n'impfu bya Covid-19 bikomeje kwiyongera, rero ni byiza ko menya uko ubuzima bwanjye buhagaze.'

    Inama y'Abaminisitiri yateranye ku wa 4 Mutarama 2021 yavuguruye ingamba zari zihari, yemeza ko ingendo zambukiranya uturere n'iziva cyangwa zijya mu Mujyi wa Kigali zitemewe. Hemejwe kandi ko ibikorwa bigomba kuba byafunzwe saa kumi n'ebyiri z'umugoroba kugira ngo abantu batahe kare.

    Nyuma y'imyanzuro yafatiwe muri iyo nama izagenderwaho mu gihe cy'ibyumweru bibiri, ubwandu bushya n'impfu bya Covid-19 byariyongereye mu buryo budasanzwe.

    Imibare yo kuri yo tariki yagaragazaga ko mu gihugu hamaze kuboneka ubwandu 8.848 mu bipimo 741.036. Abakize icyorezo bari 6.816, abakirwaye ari 1.927, naho 105 kimaze kubahitana.
    Mu minsi 12 gusa ishize, ubu abanduye biyongereyeho 1.725 baba 10.573 mu bipimo 785.049 bimaze gufatwa. Ubu abakize ni 7.028, abakirwaye ni 3.407, mu gihe abahitanywe na Coronavirus biyongeyeho 33 baba 138.

    Minisiteri y'Ubuzima ivuga ko ijanisha ku bandura riri kuri 4,6%, bagakira kuri 66.4%, naho abahitanwa na COVID-19 mu Rwanda bageze kuri 1,3%.

    Mu turere twose tw’igihugu hari gufatwa ibipimo kugira ngo harebwe uko ubwandu buhagaze nyuma ya gahunda ya guma mu karere


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisante-yatangiye-gufata-ibipimo-bya-coronavirus-mu-turere-twose-tw-igihugu

  • Nyamirambo: Inzu yakongotse ubwo nyirayo yasudiraga inzugi ngo uyikodesha atazakuramo ibye atamwishyuye – #rwanda #RwOT

    Iyi nzu yacururizwagamo ibikoresho by'imodoka, yafashwe n'inkongi ku mugoroba wo kuri uyu wa 15 Mutarama 2021.

    Abaturage bo muri aka gace babwiye IGIHE ko nta gicuruzwa na kimwe cyabashije gukurwa muri iyi nzu kuko byose byahiye.

    Bemeza ko iyi nkongi yatewe n'amashanyarazi y'abantu bari barimo gusudira. Bivugwa ko ibintu byahiriyemo bifite agaciro ka miliyoni zirenga eshatu.

    Umwe mu bari bahari ishya, yagize ati 'Ni umuntu wacururizagamo ibikoresho by'imodoka, nyir'inzu yari yahafunze ngo amurimo amafaranga none yaje gushyiraho abantu basudira kugira ngo atazakuramo ibintu bye atamwishyuye nibwo yahise ifatwa n'inkongi.'

    Undi yagize ati 'Urebye nyir'inzu niwe usa nk'uwateje inkongi kuko yazanye umuntu uyisudira ngo uwayicururizagamo atazagenda atamwishyuye kuko yari amubereyemo amafaranga noneho kuko yari imeze nka kontineri yahise ifatwa ibyari birimo byose birashya.'

    Umunyamabanga Nshingabikorwa w'Umurenge wa Nyarugenge, Mukandahiro Hidayat, yasabye abaturage kujya bashyira ibintu byabo mu bwishingizi kugira ngo bagobokwe igihe bahuye n'impanuka.

    Abaturage bari bahuruye ari benshi bagiye kureba ibibaye

    Abari bahari bavuze ko iyo nzu yahiye biturutse ku muntu wari uri gusudira


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyamirambo-inzu-yakongotse-ubwo-nyirayo-yasudiraga-inzugi-ngo-uyikodesha