Category: Uncategorized

  • Umunyarwenya Rutura bwa mbere yeruye iby’urukundo rwe na Miss Fiona #rwanda #RwOT

    Ni inkuru yakunze kuvugwa ko aba bombi bari mu munyenga w’urukundo ariko bombi ntihagire icyo babivugaho.

    Bombi bakunze kugaragaza ku mbuga nkoranyambaga ko buri umwe afite uwo yihebeye ndetse bagashyiraho n’amafoto asa nk’azimije kuko hari aho bagaragazaga nk’ibirenge ubundi bakagaraza amafoto atagaragara.

    Iby’urukundo rwabo bitari bishya, uyu munsi Arthur yabyeruye avuga ko amaze imyaka itandatu akundana n’uriya mukobwa na we usanzwe akora itangazamakuru.

    Nkusi Arthur wujuje imyaka 30 y’amavuko akaba yanatumiwe mu kiganiro asanzwe akoranamo na Sandrine Isheja kuri Kiss FM, yagarutse ku rugendo rwe rw’ubuzima rwakunze kurangwa n’ubuhanzi dore ko uyu musore afite impano nyinshi.

    Muri iki kiganiro yajemo nk’umutumirwa, yavuze ko yakundanye na Miss Phiona kuva muri 2015 ndetse ko kugeza ubu urukundo rwabo ari pata na rugi kuko yumva ntawundi yamusimbuza.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Umunyarwenya-Rutura-bwa-mbere-yeruye-iby-urukundo-rwe-na-Miss-Fiona

  • Kamonyi : Arakekwaho kwica se amukubise 'majagu’ #rwanda #RwOT

    Uyu Ntibirama ukekwaho kwica se mu gikorwa cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 21 Mutarama 2021 ubwo yatahaga akabanza gutongana na se bakundaga kugirana amakimbirane, undi agahita amukubita iriya suka.

    Amakimbirane ya Ntibirama na se ngo yaturukaga ku kuba se yakundaga kumubuza kugurisha ubutaka bwabo.

    Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira Thierry yavuze ko uriya ukekwaho kwica se yatawe muri yombi ubu akaba afungiye kuri station ya RIB ya Mugina.

    Yavuze ko umubiri wa nyakwigendera wajyanywe ku kigo gishinzwe gusuzuma ibimenyetso bya gihanga (Rwanda Forensic Lab) kiri ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali kugira ngo hakorwe isuzuma rya nyuma.

    Dr Murangira Thierry avuga ko urwego rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangiye gukora isuzuma kugira ngo dosiye y’ukekwaho gukora icyaha ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Kamonyi-Arakekwaho-kwica-se-amukubise-majagu

  • Abavuye Tanzania na DR Congo ubu babujijwe kujya mu Bwongereza #rwanda #RwOT

    Ubwongereza bwatangaje ingingo ibuza abagenzi bose bavuye muri Tanzania na DR Congo kwinjira muri iki gihugu, mu rwego rwo kwirinda Covid-19.

    Kuri Twitter, minisitiri w'ubwikorezi mu Bwongereza Grant Shapps yavuze ko iyi ngingo igamije kwirinda ikwirakwira ry'ubwoko bushya bw'iyi virus bwo muri South Africa.

    Yanditse ati: 'Abagenzi bose bavuye muri ibyo bihugu, uretse Abongereza n'abandi bafite uburenganzira bwo kuhatura, ntabwo bazemererwa kwinjira'.

    Mu ntangiriro z'uku kwezi, abagenzi 11 bavuye mu bihugu byo muri Africa y'amajyepfo bangiwe kwinjira mu Bwongereza kubera impamvu nk'izi.

    Mu gihe muri DR Congo hamaze gutangazwa abantu barenga gato 20,000 banduye coronavirus, uko ibintu byifashe muri Tanzania ntibizwi kuko leta nta mibare itangaza.

    Mu kwa gatandatu umwaka ushize, Perezida John Magufuli yatangaje ko 'nta coronavirus iri muri Tanzania' kubera amasengesho y'abaturage.

    Gusa, ishami ry'umuryango w'abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi ryagiye ritangaza impungenge ritewe n'imigirire ya leta ya Tanzania kuri iki cyorezo.

    Abategetsi muri Tanzania na DR Congo ntacyo baratangaza kuri iki cyemezo cy'Ubwongereza.

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/22/abavuye-tanzania-na-dr-congo-ubu-babujijwe-kujya-mu-bwongereza/

  • Tijara Kabendera yahishuye ko nyuma gusezera RBA yagize ubwoba, yemeje ko hari radio nshya agiye kwerekezaho(VIDEO) #rwanda #RwOT

    Umunyamakurukazi wigaruriye imitima ya benshi, Tijara Kabendera avuga ko nyuma yo gusezera muri RBA yari amazemo imyaka irenga 17, yakiriye ubutumwa na we bwamuteye ubwoba ageraho yibaza ko umwanzuro yafashe utari ukwiye.

    Tariki ya 23 Ukuboza 2020 nibwo Tijara Kabendera yatangarije abantu ko yamaze gusezera muri RBA nyuma y’imyak 17 ayikorera.

    Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru ISIMBI, yavuze ko nyuma yo gusezera mu kigo cy’igihugu cy’itangazamakuru(RBA) yakiriye ubutumwa bwinshi cyane bwatumye akeka ko yaba yafashe umwanzuro utari wo.

    Ati'ubutumwa nabonye nyuma yo gusezera bwanteye ubwoba cyane, byanteye amarangamutima bintera ubwoba ariko bimpa n’isomo, bintera kwibaza se ndi iki? Ndi inde? Nakoze iki? Nari nzi ko Tijara ndahari ndi umunyamakuru gusa, ntabwo nari nzi ko ndi inshuti, umubyeyi, umuvandimwe wa benshi, hari abampamagaraga, bakanyandikira bambwira ngo oya, njyeze aho ndavuga nti wasanga nkoze ibintu ntakagombye kuba nkora.'

    Avuga ko mu minsi ya vuba na we agiye gutangiza umuyoboro wa YouTube azajya anyuzaho ibiganiro bye, ariko na none mu minsi ya vuba agiye kongera kumvikana kuri radio aho azajya kora amasaha abiri ku munsi.

    Yagize ati'Radio irahari, nabonye buriya butumwa wambajije ngira amarangamutima, bwari ubutumwa bwinshi bumbaza ndavuga nti ariko wa mugani wasanga hari abantu ntakoreye neza, wasanga abantu baba bagikeye inama zanjye, nzagirayo ikiganiro cy’urubyiruko rugomba gukora rukihangira imirimo, imyidagaduro, abagore turacyakeneye kujijurana no kujijuka.'

    'Bizaba bikubiye mu kiganiro kimwe kizajya kimara amasaha 2, ni ahantu nzakora kugira ngo ngumane impano yanjye, ngumane abakunzi banjye ni ahantu nzajya ku buntu.'

    N’ubwo atavuze iyi radio, amakuru yizewe ni uko agiye kujya akora kuri Radio Vision FM ivugira kuri 104.1 FM.

    Tijara Kabendera ni umubyeyi w’abana 4, yatangiye gukora kuri radiyo Rwanda mu 2003, uyu mugore wamenyekanye mu biganiro b’igiswayili yatangiriye ku kiganiro se yakoraga cya 'Hodi Hodi Mitaani’, cyatumye agira abakunzi benshi, yakoze n’ibindi bitandukanye nka 'Kazi ni Kazi’, 'Amahumbezi’ Twegerene’ n’ibindi.

    Tijara Kabendera nyuma yo gusezera muri RBA ngo na we byamuteye ubwoba bwinshi

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/tijara-kabendera-yahishuye-ko-nyuma-gusezera-rba-yagize-ubwoba-yemeje-ko-hari-radio-nshya-agiye-kwerekezaho-video

  • S.Sudan : RDF yahuguye abavanywe mu byabo uko bakwirinda COVID-19 #rwanda #RwOT

    Aba basirikare bahaye amahugurwa bamwe mu baturage bacumbikiwe mu nkambi ngo bajye kwigisha bagenzi babo bavanywe mu byabo n’imvururu n’intambara byakunze kuba muri kiriya gihugu.

    Ni amahugurwa yatanzwe n’itsinda ry’abaganga b’ingabo za RDF bari muri buriya butumwa muri Sudani y’Epfo.

    Bariya baturage 20 bahagarariye abandi, bahaye amahugurwa anyuranye arimo uko bazajya basukura intoki.

    Banahawe bumwe mu bumenyi bw’ibanze kuri iki cyorezo nk’ibimenyetso, uburyo cyanduramo ndetse n’uburyo bwo kwirinda burimo ubu bwo gukaraba intoki n’amazi n’isabune kenshi gashoboka, kwambara udupfukamunwa no guhana intera hagati yabo.

    Capt.Capt Dr Phoebe Mwiseneza, yavuze ko bahisemo guhugura bariya baturage uko bakwirinda COVID-19 kuko bari mu bantu bashobora kucyandura mu buryo bwihuse kubera ubucucike bw’aho baba.

    Majoroth Duoth Biol uyobora iriya nkambi, yavuze ko izi nyigisho bahawe na RDF bagiye kuzisangiza bagenzi babo kugira ngo bahangane n’iki cyorezo cyugarije Isi.

    Iriya nkambi igizwe n’imiryango irenga ibihumbi 22 bagiye bavanwa mu byabo n’intambara yabaye muri kiriya gihugu.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Ubuzima/article/S-Sudan-RDF-yahuguye-abavanywe-mu-byabo-uko-bakwirinda-COVID-19

  • Kamonyi-Jenda: Umuhungu arakekwaho kwica se amukubise isuka ya Majagu #rwanda #RwOT

    Ahagana ku i saa kumi n'ebyiri n'igice z'umugoroba wo kuri uyu wa 21 Mutarama 2021, mu Mudugudu wa Mataba, Akagari ka Jenda, Umurenge wa Mugina ho mu Karere ka Kamonyi, umuhungu w'imyaka 41 y'amavuko yakubise isuka ya Majagu se umubyara w'imyaka 75, aramwica.

    Ndayisaba Jean Pierre Egide, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mugina yahamirije intyoza ko aya makuru y'urupfu rw'uyu musaza w'imyaka 75 y'amavuko ari impamo, ko yishwe n'umwana we yibyariye.

    Uyu mugungu witwa Ntibiramira Emmanuel alias Semahuku wishe Se umubyara witwa Gapyisi Michel w'imyaka 75 y'amavuko, ngo yakubise iyi suka ya majagu Se ahagana mu musaya, irinjira, ariko kandi ngo akaba yari yabanje kuyimukubita no mu gahanga.

    Abatabaye nkuko amakuru agera ku intyoza.com abihamya, basanze uyu musaza akiri aho yiciwe ndetse iyi suka ya majagu ikimuri mu musaya kuko yari yinjiye cyane. Imvano y'aya mahano, ni amakimbirane uyu muhungu yari afitanye na Se, aho ngo yari amaze igihe.

    Nyakwigendera, ariwe se wa Ntibiramira ngo yahoraga abuza uyu muhungu we kumugurishiriza ubutaka, ahubwo akamubwira ko azapfa ntacyo asize kuko ngo yanze gushaka umugore.

    Ibi byose, byabaye aho uyu muhungu yari atahukiye, asanga Nyina arimo ahura ibishyimbo naho Se yicaye hirya gato, niko gutangira bacyocyorana, Se amubwira ko azapfa ntacyo asize, umuhungu ngo yabonye Se ahagurutse ngo barwana, afata isuka ya Majagu yari ku ibaraza ry'inzu, ayimukubita mu gahanga undi agwa hasi, nibwo yongeye ayimukubita mu musaya irinjira cyane.

    Uyu muhungu ukekwabo kwica se umubyara, bikiba ngo yahise acika ariko mu gihe bakomezaga kumushakisha, aza gufatwa n'inkeragutabara aho yahise ashyikirizwa Polisi kugira ngo acumbikirwe kuri sitasiyo ya RIB ya Mugina.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/kamonyi-jenda-umuhungu-arakekwaho-kwica-se-amukubise-isuka-ya-majagu/

  • Covid-19: Leta y'Ubwongereza yangiye abavuye DR Congo na Tanzania gukandagira ku butaka bwayo #rwanda #RwOT

    Igihugu cy'Ubwongereza cyatangaje ingingo ibuza abagenzi bose bavuye muri DR Congo na Tanzania kwinjira ku butaka bwayo mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.
    Abinyujije kuri Twitter, Minisitiri ushinzwe ubwikorezi mu gihugu cy'ubwongereza Grant Shapps yavuze ko iyi ngingo igamije kwirinda ikwirakwira ry'ubwoko bushya bw'iyi Virus bwo muri Afurika y'Epfo.

    Yanditse ati' Abagenzi bose bavuye muri ibyo bihugu, uretse Abongereza n'abandi bafite uburenganzira bwo kuhatura, ntabwo bazemererwa kwinjira'.

    Mu ntangiriro z'uku kwezi kwa Mutarama 2021 abagenzi 11 bavuye mu bihugu byo muri Afurika y'Amajyepfo bangiwe kwinjira mu bwongereza kubera impamvu nk'izi.

    Mu gihe muri DR Congo hamaze gutangazwa abantu barenga gato 20,000 banduye icyorezo cya Coronavirus, uko ibintu byifashe muri Tanzania ntabwo bizwi kuko nta mibare Leta itangaza.

    Mu kwa Gatandatu k'umwaka ushize, Perezida John Pombe Magufuri yatangaje ko ' Nta Coronavirus iri muri Tanzania' kubera amasengesho y'abaturage. Gusa ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku buzima-OMS nkuko BBC ibitangaza, ryagiye ritangaza impungenge ritewe n'imigirire ya Leta ya Tanzania kuri iki cyorezo. Ntacyo abategetsi ba DR Congo na Tanzania baratangaza kuri iki cyemezo cya Leta y'Ubwongereza.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/covid-19-leta-yubwongereza-yangiye-abavuye-dr-congo-na-tanzania-gukandagira-ku-butaka-bwayo/

  • Abaturuka muri DRC na Tanzania ntibemerewe kwinjira mu Bwongereza kubera COVID #rwanda #RwOT

    Byatangajwe na Minisitiri w’ubwikorezi w’u Bwongereza, Hon Grant Shapps wavuze ko nyuma yo kwangira abagenzi 11 baturutse muri Africa y’Epfi ubu hari n’ibindi bihugu bibujijwe.

    Yagiz ati ati 'Uretse abaturage b’u Bwongereza n’abandi basanzwe bahatuye, abandi bose bavuye muri ibyo bihugu byombi ntibazemererwa kwinjira kuva ejo saa 04:00 za mu gitondo.'

    Uyu muyobozi mu Bwongereza yakomeje agira ati 'Dukomeje gucunganwa n’izamuka ry’imibare ya COVID-19 ndetse n’ubwandu bushya bw’iyi virusi ku Isi hose kadi hamwe no guhagarika abaturutse muri ibi bihugu no gupima abinjira, bizadufasha.'

    Igihugu cya Tanzania cyakunze kunengwa gusuzugura iki cyorezo kuko umukuru w’iki gihugu, Dr John Pombe Magufuli yakunze kuvuga ko imana izakibarinda.

    Iki gihugu kandi uretse kuba kidashyira imbaraga mu guhangana n’iki cyorezo, ntikijya kinatangaza imibare y’abanduye cyangwa abo cyahitanye.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Ubuzima/article/Abaturuka-muri-DRC-na-Tanzania-ntibemerewe-kwinjira-mu-Bwongereza-kubera-COVID

  • Menya ibanga ry’uko warwanya ibicece ku nda n’umubyibuho ukabije ukoresheje icyayi #rwanda #RwOT

    Mu gushaka kumenya byinshi kuri iki cyayi, twegereye inzobere mu kuvurisha imiti gakondo itandukanye cyane cyane imiti gakondo ikorerwa ku mugabane wa Aziya nko muri Thailand, China, n’Ubuyapani, adusobanurira ko icyayi cya 'Slimming Herb' gifasha abantu mu kugabanya ibinure byo ku nda bimwe tuzi nk’ibicece cyangwa ibinyenyanza.

    Akomeza avuga ko iki cyayi gikoze ijana ku ijana mu bimera kandi kikaba kizewe, ndetse ko abamaze kugikoresha cyabafashije ubu bakaba baratandukanye n’ibinure byo ku nda. Ikindi kandi iki cyayi gisukura mu mara ku buryo umuntu ugira ikibazo cy’impatwe ( Constipation) kimufasha cyane.

    Iki cyayi gikoreshwa n’umuntu uwo ari we wese ushaka kugabanya ibiro ukuyemo abantu batwite n’abagore bonsa. Kigizwe na Tea bags 40. Ku munsi biba bihagije ko unywa Tea bag imwe ukayishyira mu gice cya Litiro y’amazi akonje, ugategereza iminota 30 ubundi ukanywa.

    Avuga ko bitwara igihe gito ngo umuntu abe yatangiye kubona impinduka. Yagize ati : “Nyuma y’icyumweru uba utangiye kubona impinduka. Slimming Herb iyo uyikoresheje neza, ushobora gutakaza hagati y’ibiro 3 kugeza ku biro 8 mu gihe cy’iminsi 40 umara ufata iki cyayi. Iyo ukoresha ubundi buryo nko gukora imyitozo ngororamubiri, kunywa amazi, gusinzira mu gihe gikwiriye no kurya neza ukabifatanya na Slimming Herb utakaza ibiro byinshi kurushaho.'

    N’ubwo iyi gahunda yo kugabanya ibicece ku nda no kugabanya umubyibuho ukabije ngo ikunda kwitabirwa n’abagore, inzobere zivuga ko atari bo gusa yagenewe kuko n’abagabo bakoresha iki cyayi kikabafasha gutakaza ibiro batifuza.

    Ku bafite ibicece ku nda cyangwa umubyibuho ukabije bashaka iki cyayi, wabaza byinshi iyi nzobere kuri numero 0788700952 ndetse wanamwandikira kuri Whatsapp.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Ubuzima/article/Menya-ibanga-ry-uko-warwanya-ibicece-ku-nda-n-umubyibuho-ukabije-ukoresheje-icyayi

  • COVID-19 ikomeje kwiyongera ku buryo buteye inkeke- MINISANTE #rwanda #RwOT

    Kuva mu ntangiriro z'ukwezi k'Ukuboza hagiye hagaragara imibare idasanzwe y'abandura ndetse n'abahitanwa na COVID-19, Minisiteri y'Ubuzima “ MINISANTE ” yemeza ko icyo cyorezo kimaze kugira ubukana buteye inkeke mu Gihugu hose.

    Abaturage barasabwa kutirara kuko icyorezo kigihari ndetse bigaragara ko imibare y'abandura yikubye inshuro enye.

    Kuri uyu wa kane tariki ya 21 Mutarama 2021, Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko ,abantu 9 bahitanywe na COVID-19 bituma umubare w'abamaze kwicwa n'iki cyorezo mu Rwanda ugera kuri 162 mu gihe abanduye bo biyongereyeho 310 bakagera ku 12,170. Uyu munsi hakize abantu 161 mu masaha 24 ashize.

    Abahitanwe na Covid-19 mu Rwanda n'abagore 4 barimo uw'imyaka 80 I Karongi n'abandi 3 b'imyaka 61,43 na 32 bo mu mujyi wa Kigali.Hari kandi abagabo 5 barimo uw'imyaka 86 i Huye.Abagabo b'imyaka 75,73,72 I Kigali n'undi umwe w'imyaka 58 i Rubavu.

    Abanduye bashya uko ari 310 babonetse I Kigali:85, Gatsibo: 57, Ngoma: 41, Gicumbi: 27, Huye: 18, Rulindo: 11, Karongi: 11, Musanze: 10, Nyagatare: 9, Gisagara: 7, Nyanza: 6, Kirehe: 6. Burera: 5, Rubavu : 5, Muhanga: 3, Rusizi: 2, Kamonyi: 2, Nyamagabe: 2, Ruhango: 2, Nyamasheke: 1

    Umubare w'abamaze gukira Covid-19 bose mu Rwanda ni 7,973 nyuma yo gupimwa bagasangwa nta bwandu bagifite mu gihe 4,035 bakirwaye aho bakiri kwitabwaho.

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/22/covid-19-ikomeje-kwiyongera-ku-buryo-buteye-inkeke-minisante/