Kuri uyu wa Kane nibwo u Bwongereza bwatangaje iki cyemezo cyo kongera ibihugu bitatu ku rutonde rw’ibindi bisanzwe, abaturage babyo bakumiriwe kwinjira muri icyo gihugu.
U Bwongereza bwatangaje ko iki cyemezo kigomba gutangira gukurikizwa ku wa Gatanu saa Saba z’amanywa.
Bisobanuye ko abantu binjiye cyangwa banyuze muri ibi bihugu batazemererwa kwinjira mu Bwongereza, usibye abenegihugu b’iki gihugu na Irlande.
Abagenzi bagomba kugaragaza icyangombwa cy’uko bipimishije kandi badafite ubwandu bwa Coronavirus, cyangwa bagahanishwa ama-Pound 500.
Mu Ugushyingo 2020, nibwo u Bwongereza bwaherukaga gutangaza urutonde rw’ibihugu birimo n’u Rwanda aho abagenzi babiturutsemo bari bemerewe kujya muri iki gihugu.
U Bwongereza bwafashe izi ngamba mu gihe ku wa 26 Mutarama 2021, bwabaye igihugu cya mbere ku Mugabane w’u Burayi aho abishwe na Coronavirus barenze ibihumbi 100.
Muri iki gihugu kandi abaturage bari mu cyiciro cya gatatu cya guma mu rugo, aho kuri ubu icyorezo gifite ubukana bwinshi.
Kuva umurwayi wa mbere wa Coronavirus agaragaye mu Bwongereza, hamaze kuboneka abarwayi 3 743 734; abayikize ni 1 673 936 mu gihe 103 126 yabahitanye.
Abagenzi bava mu Rwanda bakumiriwe kwinjira mu Bwongereza mu gihe rwashyizwe ku mwanya wa Gatandatu ku Isi mu guhangana n’icyorezo cya COVID19, ruba igihugu kimwe rukumbi cya Afurika kije mu bihugu 10 bya mbere.
Uru rutonde rwakozwe hagendewe ku bushakashatsi bwakozwe n’Ikigo ‘Lowy Institute’ cyo muri Australia. Mu kubukora cyibanze ku makuru atangazwa n’inzego zishinzwe ubuzima mu bihugu umunsi ku munsi agaragaza umubare w’abapimwe COVID-19, abanduye, abakize, abapfuye n’abakirwaye.
Ibihugu birimo u Bushinwa, Tanzania n’u Burundi ntabwo bigaragara ku rutonde rw’ibihugu kuko nta makuru bitanga ku bijyanye n’imiterere ya Coronavirus umunsi ku munsi.
        Umugandekazi Zari HassanÂ
Guhera muri 2001 Zari yakundanye n'umugabo w'umuherwe ukomoka mu gihugu cya Uganda witwa Ivan Ssemwanga. Aba bombi barakundanye bikomeye ndetse baza no gukora ubukwe muri 2011. Aba bombi banabyaranye abana 3 barimo uwitwa Pinto na Quincy hamwe na Didy.Â
Mu mwaka wa 2014 nibwo Zari yatangiye gukundana n'icyamamare Diamond Platnumz. Urukundo rwabo rwaravuzwe mu bitangazamakuru byo hirya no hino muri Africa, amafoto yabo bari mu munyenga w'urukundo nayo niko yagendaga akwirakwira hose. 







