Category: Uncategorized

  • Supersexy yashyize hanze amashusho ashimishije ye n'umugabo we barimo kubyina – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umunyarwandakazi Nana Weber wamenyekanye ku mazina ya Supersexy ku mbuga nkoranyambaga by'umwihariko instagram na snapchat, yashyize hanze amashusho ye n'umugabo we barimo kubyina bigaragaza ko bari bishimanye nkuko amashusho abigaragaza. Si ubwa mbere uyu munyarwandakazi ashyira hanze amashusho ye ari kumwe n'umugabo we kuko no mu minsi ishize ubwo umugabo we uzwi ku mazina ya Mr Weber yizihizaga isabukuru ye y'amavuko, Supersexy yashyize hanze amashusho ye n'umugabo we bari mu birori byo kwizihiza iyi sabukuru y'umugabo we.

    Supersexy yaciye amarenga yuko yaba atwite â€

    Supersexy n'umugabo we

    Supersexy n'umugabo we ni bamwe mu byamamare cyane bikunzw kuvugwa n'abantu batari bake ku mbuga nkoranyambaga by'umwihariko snapchat ndetse na instagram gusa Supersexy we amenyerewe cyane kuri snapchat aho asangiza abamukurikira amashusho atandukanye aho aba arimo kubyina indirimbo z'abahanzi batandukanye zirimo n'iz'abo mu Rwanda. Supersexy kandi ni umwe mu banyarwandakazi bakurikirwa n'abantu benshi kuri instagram kuko uyu munyarwandakazi akurikirwa n'abantu basaga ibihumbi 303 (more than 303k followers).

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/supersexy-yashyize-hanze-amashusho-ashimishije-ye-numugabo-we-barimo-kubyina/

  • Umukobwa w'ikizungerezi yirukanwe ku kazi azira ko ikariso ye yari yishushanyije mu ipantaro #rwanda #RwOT

    Umwe mu bavuze iby'iyi nkuru kuri Twitter, Odira Orinze yavuze ko iyo kompanyi iri muzikomeye i Lagos ariko ko ifite amabwiriza rimwe na rimwe yafatwa nko gukabya. Umuyobozi wayo ngo ni uko asanzwe abigenza kuko ngo buri kimwe akireba.

    Yagize ati: 'Hari umuyobozi wa kompanyi imwe ikize, ifite ibiro mu gace ka Ikoyi. Uwo mubosi ari mu myaka 30 gusa abakobwa arabirukana iyo ikariso yishushnyije mu ipantaro. Buri kamwe akarebaho, rimwe na rimwe mba mbona akabya'.

    Ibi by'amakariso yishushanya mu mapantaro y'abagore biboneka kenshi kuri bamwe. Ntawamenya niba hari abahitamo kubigaragaza cyangwa niba hari abo bibangamira.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/umukobwa-w-ikizungerezi-yirukanwe-ku-kazi-azira-ko-ikariso-ye-yari

  • Gasabo:Abaturiye ikimoteri cya Nduba bahangayikishijwe n'imbwa zabamariye amatungo – #rwanda #RwOT

    Bamwe mu baganiriye na TV1 ,bavuga ko bifuza ko ubuyobozi bwa bafasha bukabakiza izi mbwa cyangwa bukabashakira ahandi hantu bubatuza bakabaho batekanye.

    Bemeza ko izi mbwa hari bamwe muri bo zatumye bacika ku bworozi kubera uburyo zabamazeho amatungo.

    Ndayishimye Elie uturiye iki kimoteri, avuga ko mu ntangirro z'iki cyumweru yasanze imbwa 10 ziri kumurira ihene.

    Ati 'Zari zigiye kurya abana, abo bana bazamutse bazihunga zirazamuka zisanga aho iyi hene yari iri zirayataka ku kibero zirayirya, n'ahandi bari bafite ihene 10 zose zapfiriye muri iri shyamba ari izo mbwa ziziriye.'

    Undi mugabo imbwa zaririye ihene yagize ' Ndavuga nti ese izi mbwa ziturutse hehe?ejo saa saba ziraza zirya hene yari hariya ku irembo. nimbwa nyinshi cyane kandi z' ibisore wagira ngo ni imitavu .”

    Undi muturage 'Amakuru tujya twumva mu baturage n'uko ngo ari abantu baturuka i Kigali bakaza kuzimena aha ariko bazimena nijoro.'

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nduba w'umusigire, Bugingo Eugène, we avuga ko izo mbwa bataramenya umubare wazo hashize igihe gito baziteze ariko ko bagiye kongera kuzitega niba zaragarutse.

    Ati ' ariko twari twaziteze kandi abaturage bari babonye igisubizo nibura kitarambye kuko ntabwo zapfa zose kandi ntitwatega umurenge wose,ni ukongera tugasubira mu nzego z'umutekano tukongera tukabaza niba hari undi miti batubonera ku buryo twabafasha tukareba niba twakongera tugatega ariko nta cyumweru gishize duteze ubundi.'

    Yakomeje avuga ko izo mbwa ziza zikurikiye ibiryo muri icyo kimoteri ku buryo aribyo bituma ziba nyinshi muri ako gace.

    Abatuye i Nduba basabye ubufasha ngo imbwa zimaze iminsi zibarira amatungo zihavanwe


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gasabo-abaturiye-ikimoteri-cya-nduba-bahangayikishijwe-n-imbwa-zabamariye

  • Musanze: Abarenga 1200 bahawe akazi ko gutunganya amaterasi ku misozi – #rwanda #RwOT

    Iyi mirimo yo gukora amaterasi iri gukorwa mu Mirenge ya Gacaca, Nkotsi, Muko na Remera yo mu Karere ka Musanze.

    Bamwe mu baturage bakora aya materasi bavuga ko gahunda ya VUP izabafasha kwiteza imbere cyane ko bagiraga imbogamizi zo kubona icyo gukora.

    Tuyishime Phocas ni umwe muri bo yagize ati ” Njye imbaraga ndazifite ariko kuba nkennye ni uko ntari mfite icyo nkora, ubu kubera ko baduhemba neza nzakora ibishoboka byose nizigamire nguremo ihene kandi nibigenda neza ihene zizangeza ku nka kuko niyo ntego nihaye”.

    Nsanzineza Aimable na we yavuze ko yagiye agira amahirwe akayapfusha ubusa ariko byamuhaye isomo iki kikaba aricyo gihe cyo gusezerera ubukene.

    Ati 'Najyaga gupagasa za Kigali ariko nkayanywera gusa kugeza ubwo ntindahaye (gukena cyane), mfite gahunda kandi narayitangiye ko ayo ndi gukorera nyashyira mu matsinda nkizigamira ayandi naguzemo inka kuko kandi nzabikomeza gutya, ndizera neza ko ntazongera gusubira inyuma ngo nkene”

    Umuyobozi w'Akarere ka Musanze Nuwumuremyi Jeannine, yavuze ko aya materasi azabafasha guhangana n'ibiza byangizaga iyi misozi rimwe na rimwe bigatwara n'ubuzima bw'abantu.

    Yagize ati ” Aya materasi ari gukorwa n'abagenerwabikorwa ba VUP, batishoboye ariko bafite imbaraga zo gukora, ni muri gahunda ya Leta yo kubazamura. Bizadufasha kubungabunga ibidukikije tunarwanya ibiza byangizaga ubutaka bigatwara imyaka, bigasenya amazu, hari n'aho byatwaraga n'ubuzima bw'abantu ahandi isuri igatwara imyaka y'abaturage bikajya kwangiza ikiyaga”.

    Meya Nuwumuremyi akomeza avuga ko n'ubwo ari mu bihe byo kwirinda Covid-19, abahakora nabo bakangurirwa kurushaho kwirinda kugira ngo hataba icyuho cyo kwanduzanya.

    Ati ” Buri muntu aba yambaye agapfukamunwa kandi aba afite aho ari bukore ku buryo bataba bacucitse kandi n'ababakoresha bakomeza kubakangurira kwirinda”.

    Imirimo yo gukora aya materasi yateganyirijwe amafaranga y'u Rwanda agera kuri miliyoni 260, yo gutunganya amaterasi yikora kuri hegitari 250 mu Murenge wa Cacaca, 120 mu Murenge wa Nkotsi, 200 mu Murenge wa Muko mu gihe mu Murenge wa Remera ho hazakorwa amaterasi y'indinganire kuri hegitari 200 byose bikazarangira mbere ya Werurwe 2021.

    Abaturage batandukanye bishimiye guhabwa akazi mu ikorwa ry’aya materasi

    Abaturage basaga 1200 babonye akazi muri aya materasi mu karere ka Musanze


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/musanze-abarenga-1200-bahawe-akazi-ko-gutunganya-amaterasi-ku-misozi

  • Yigomwa Buruse kugira ngo afashe abafite ibibazo nk’ibyo yahoranye (ubuhamya) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Cyusa Ian Berulo
    Cyusa Ian Berulo

    Cyusa Ian Berulo yavutse mu mwaka wa 1992, mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi.

    Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabaga, Cyusa yabashije kurokokana na nyirakuru ubyara nyina ari na we wamureraga kuko nyina yitabye Imana amubyara.

    Uyu mukecuru na we ngo yari akuze cyane afite imyaka 85 y’amavuko akaba n’umukene cyane ku buryo ngo hari n’igihe bashoboraga kumara iminsi ibiri nta kintu bakojeje mu kanwa.

    Mu mwaka wa 1998 nibwo Cyusa yatangiye ishuri ari we wijyanye nta gikoresho afite na kimwe usibye urubaho yandikagaho.

    Icyo gihe ngo yabashaga gucengana n’abarimu ku buryo atishyuraga amafaranga 100 umunyeshuri yasabwaga kwishyura.

    Ageze mu mwaka wa kane mu mashuri abanza ngo yaje kuvumburwa ko atishyura arirukanwa arataha.

    Nyuma y’iminsi ibiri ngo yagarutse ku ishuri gusaba imbabazi, umuyobozi w’ishuri ngo aramuhakanira ahita areka ishuri.

    Ati “Natangiye nta gikoresho na kimwe cy’ishuri nkandika ku rubaho rwa Triplex najya gutaha nkarusiga munsi y’urugi nkarufata ngarutse mu gitondo ariko nkaba uwa mbere.”

    Akomeza agira ati “Baje kumvumbura ko ntishyura baranyirukana hashize iminsi ibiri nagarutse gusaba imbabazi ndabyibuka umugore wayoboraga ishuri ni we wa mbere mu buzima nabwiye ko ndi impfubyi bityo yandeka nkiga ambwira ko adakeneye kumva ibyo mvuga ndataha mva mu ishuri.”

    Abafite ubumuga bahabwa ingurube n
    Abafite ubumuga bahabwa ingurube n’ihene kugira ngo bisange mu muryango bafite imibereho myiza

    Nyuma y’imyaka itatu ngo yaje kubwirwa n’umwalimu w’umusore ko yagaruka ku ishuri akamufasha.

    Mu mwaka wa 2003 Cyusa Ian Berulo ngo yagarutse ku ishuri yizeye inkunga y’uwo mwalimu nyamara idahari ahubwo ari uko amafaranga y’ishuri yari amaze gukurwaho ku banyeshuri bose mu gihugu.

    Yasoje amashuri abanza akomereza mu mwaka wa mbere mu mashuri y’uburezi bw’ibanze (Nine-Year Basic Education) kugera mu mwaka wa Gatatu wayo.

    Aha ngo yahuye n’ibibazo bikomeye kuko yagombaga kwiga ariko anashaka ibitunga urugo.

    Ati “Jye natahaga saa munani mu gihe abandi bataha saa kumi ngiye gukora umusiri (gukora ibiraka). Nakoze ku cyuma gisya amasaka ikayi iri iruhande rwanjye nkatsa icyuma ndebaho nitegura ikizamini.”

    Cyusa avuga ko yatsinze neza ikizamini cya Leta yoherezwa kwiga mu Ntara y’Iburasirazuba ku ishuri ryisumbuye rya Kabirizi (Ecole Secondaire de Kabirizi).

    Icyo gihe ngo yari amaze gukorera amafaranga 47,000 frw aguramo umufariso (Matelas) asigarana 38,000 frw kandi ku ishuri agomba kwishyura 47,000frw.

    Ageze mu nzira ajya ku ishuri ngo yabonye umugiraneza w’umusirikare na we wari utwaye umwana we ku ishuri na we yajyagaho aramutwara amugezayo.

    Yakomeje kwihishahisha ntiyishyure nyuma aza kugaragara agezemo ideni ry’amafaranga y’u Rwanda 146,000 frw.

    Iyo igihe cyo gutaha no gusubira ku ishuri cyageraga, akenshi ngo igice cy’urugendo rwe yakigendaga n’amaguru ubundi agatabarwa n’abagiraneza bakamutwara.

    Ati “Hari n’igihe navuye i Nyamata ngera i Kigali nari mfite 2000frw kandi kugera i Kigali ari 2500frw. Nabikoraga niyibye kuko itegeko ni uko imodoka zikura abanyeshuri ku ishuri ntibagende mu muhanda. Navaga ku ishuri n’amaguru nkategera i Sake kugira ngo urugendo ruhure n’ayo mfite.”

    Yishyuye gute ideni ry’ishuri, yamenye ate FARG?

    Cyusa Ian Berulo avuga ko yageze igihe abwira umwalimu wamwigishaga witwa Jackson ikibazo cye amugisha inama y’aho yanyura kugira ngo yishyurirwe.

    Ngo yamugiriye inama yo kwandikira Akarere akomokamo n’indi miryango kugira ngo abone inkunga imufasha kwiga.

    Ati “Nandikiye Akarere igisubizo kirabura, nasubiyeyo Umunyamabanga w’Akarere (Secretary) ampuza n’umuyobozi wungirje ushinzwe imibereho myiza witwa Isimbi Mukabarisa Dative. Namubwiye ikibazo cyanjye ansubiza ko narenganye ndetse ambwira ko ngenda ibindi akabikurikirana.”

    Ku itariki 26 Mata 2014 nibwo Cyusa Ian Berulo yabonye icyemezo cya FARG akomeza amashuri ndetse aranatsinda yinjira muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Kigali (KIST).

    Ageze mu mwaka wa Kabiri wa kaminuza muri Nyakanga 2017 ngo yasubiye iwabo aho akomoka ajya gusenga ashaka ikarita ya batisimu.

    Icyo gihe ngo yabonye abana bashobora kuba babayeho mu buzima yanyuzemo ahitamo gushinga umushinga ubafasha.

    Amafaranga 25,000 yahabwaga na Leta kugira ngo amufashe mu masomo ye ngo yahisemo kwigomwa 5,000frw bya buri kwezi kugira ngo afashe abo bana kubona ibikoresho by’ishuri.

    Amezi atatu ya mbere ngo ntibyagenze neza ariko ntiyacika intege arakomeza ariko yimurira ibikorwa bye ahagana mu Birambo muri Karongi.

    Umushinga Berulo Foundation wa Cyusa, ubu ufite abanyeshuri bari barataye ishuri mu turere twa Karongi na Rulindo 213 ufasha.

    Abana bagurirwa inkwavu, bakazorora zikabyara andi matungo

    Uretse abana bataye ishuri ngo afite n’abandi bana 16 afasha bafite ubumuga harimo babiri bishyurirwa amashuri yisumbuye ndetse na 14 bahawe ingurube.

    Abana bari barataye ishuri barisubijwemo bahabwa inkwavu ngo zibafashe kubona ibikoresho by
    Abana bari barataye ishuri barisubijwemo bahabwa inkwavu ngo zibafashe kubona ibikoresho by’ishuri biboroheye kandi banizigamire ku buryo mu myaka 5 buri wese yaba afite miliyoni imwe

    Uyu munsi ngo hari umwana wo mu karere ka Karongi w’imyaka irindwi umaze kugura inka mu mafaranga 130,000frw yakuye ku rukwavu yahawe na Berulo Foundation.

    Agira ati “Nsoje amashuri nabonye aho nkora imenyereza-mwuga rihemba nkajya mpabwa 100,000frw nkuramo 30,000frs nguramo ingurube nziha abafite ubumuga ndetse nkashyiraho n’utundi nahaga abafashamyumvire kugira ngo bamfashe abantu badafata nabi amatungo babonye.”

    Cyusa Ian na Foundation Berulo ngo bafite intego ko mu myaka itanu buri wese azaba afite amafaranga y’u Rwanda miliyoni imwe (1,000,000frw).

    Abana bafashwa ngo buri gihe bagenda bongerwaho abandi bitewe n’ubushobozi.

    Cyusa Ian Berulo na Foundation ye, yifuza ko yafashwa kubona aho gukorera, kuba abayobozi bakwegera abafatanyabikorwa (gusura abana bahabwa inkunga) ariko by’umwihariko akifuza ko abayobozi b’amashuri bakwigisha abana kumenya kwizigamira bakiri bato.

    Kugira ngo abana batsinde kandi borore neza ngo baratemberezwa, bigatera abandi kubikora neza.

    Cyusa Ian Berulo ubu ariga muri Kaminuza y’u Rwanda icyiciro cya gatatu aho yiga ibijyanye no kubaka amahoro no kwirinda umwiryane (Peace and Conflict Transformation).

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/yigomwa-buruse-kugira-ngo-afashe-abafite-ibibazo-nk-ibyo-yahoranye-ubuhamya

  • Amajyepfo: Ibitaro bya Munini, Uruganda rw’amakaro, Nyiramugengeri, ni imwe mu mishinga izazana impinduka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uruganda rubyaza nyiramugengeri amashanyarazi muri Kamena 2021 ruzaba rukora
    Uruganda rubyaza nyiramugengeri amashanyarazi muri Kamena 2021 ruzaba rukora

    Uruganda rw’amashanyarazi rwa nyiramugengeri ruri kubakwa na Sosiyete y’Abanya-Turukiya yitwa “Quantum Power” i Gisagara, bitenyanyijwe ko ruzuzura rutwaye miliyari 350 z’amafaranga y’u Rwanda. Muri Kamena 2021 ruzaba rwaruzuye, bikaba bitganyijwe ko ruzaha akazi gahoraho abakozi barenga ijana.

    Mu myaka irenga itatu rumaze rwubakwa kandi, rwatanze akazi ku bantu benshi kuko umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Jérôme Rutaburingoga, avuga ko hari abantu babarirwa mu gihumbi bahembwa buri kwezi biturutse mu kazi ko kurwubaka.

    Muri abo bantu igihumbi kandi ntihabariyemo abagiye batangira imishinga yabakuye mu bukene, babikesha ubucuruzi n’abakora muri urwo ruganda.

    Naho uruganda rukora amakaro rugiye kubakwa i Nyanza, biteganyijwe ko ruzatwara amafaranga abarirwa muri miliyari 22 z’Amafaranga y’u Rwanda, kandi nirutangira gukora ruzaha akazi abakozi bahoraho babarirwa muri 200, ndetse n’abakora mu buryo bwa nyakabyizi babarirwa muri 400.

    Biteganyijwe ko ruzatangira rukora metero kare ibihumbi icyenda by’amakaro ku munsi.

    Mu yindi mishinga minini izatwara amafaranga menshi mu Ntara y’Amajyepfo, ikanagira umumaro ku bantu benshi, harimo Bazirika ya Bikira Mariya i Kibeho izubakwa na Kiliziya Gatolika, ikazatwara amafaranga y’u Rwanda abarirwa muri Miliyari 70.

    N’ubwo kuri ubu hakegeranywa miliyari ebyiri n’igice zo kwimura abatuye ahazubakwa iyi Bazilika, aho izuzurira izatanga aho kugama izuba n’imvura ku babarirwa mu bihumbi 10.

    Izanatuma ubukerarugendo bushingiye ku iyobokamana ku baza i Kibeho burushaho gutera imbere, cyane ko mu bizashyirwa mu nyubako za Bazilika harimo amacumbi, hakabamo za shaperi zagenewe abasengera mu ndimi zitari Ikinyarwanda, n’ahazajya inzu ndangamateka y’amabonekerwa ya Kibeho, nk’uko bivugwa na Musenyeri Célestin Hakizimana, umushumba wa Diyosezi ya Gikongoro.

    Mu Karere ka Nyaruguru kandi kuva muri Mata 2019 hari gutunganywa umuhanda wa kaburimbo ureshya n’ibirometero 66,3 ukazatwara amafaranga abarirwa muri miliyari 70. Biteganyijwe ko uzuzura muri Mata 2022.

    Uzatuma Kibeho irushaho kuba nyabagendwa, ariko uzanorohereza abatuye i Nyaruguru kugeza ibicuruzwa byabo hirya no hino, harimo n’icyayi kihahingwa cyane.

    Uyu muhanda uzagera n’ahitwa ku Munini ubu hari kubakwa ibitaro binini bizaba bifite ibyumba 300 byo gucumbikira abarwayi.

    Ibi bitaro byatangiye kubakwa muri 2018. Imirimo yo kubaka igice cya mbere cyabyo yagombye kuba yararangiye muri 2020, ariko izarangira muri uyu mwaka wa 2021.

    Igishushanyo mbonera kigaragaza uko ibyo bitaro bizaba bimeze
    Igishushanyo mbonera kigaragaza uko ibyo bitaro bizaba bimeze

    Kubyubaka, gushyiramo ibikoresho ndetse no kuvugurura izindi nyubako zari zisanzwe kuri ibi bitaro bizarangira bitwaye amafaranga y’u Rwanda abarirwa muri miliyari 14.

    Mu yindi mishinga minini yo mu Ntara y’Amajyepfo, harimo uhuriyeho uturere twa Ruhango, Nyanza na Nyamagabe ujyanye no kuzamura abatuye mu gice cyiswe “Umuhora wa Kaduha-Gitwe” kuko bakennye cyane.

    Umuhora Kaduha-Gitwe ugizwe n’imirenge 5 yo mu Karere ka Nyamagabe ari yo Kaduha, Kibumbwe, Mbazi, Mugano na Musange, imirenge itatu yo mu Karere ka Ruhango ari yo Bweramana, Kinihira na Kabagari, ndetse n’imirenge ibiri yo muri Nyanza ari yo Nyagisozi na Cyabakamyi.

    Buri Karere kagiye gateganya imishinga izamura abaturage bako, kandi igenda ishakirwa ingengo y’imari ndetse ikanagerwaho ku bufatanye n’ n’abafatanyabikorwa batandukanye.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Bonaventure Uwamahoro ati “Muri kariya gace tuhafite imishinga myinshi, harimo iyo kuvugurura ubuhinzi bw’urutoki n’inanasi, guhinga Macadamia ndetse no gutangiza kuhahinga igihingwa cy’icyayi.”

    Mu Ntara y’Amajyepfo kandi, Leta yahashoye miliyari 31.9 zo kurengera ibidukikije mu Karere k’Amayaga (kagizwe n’imirenge imwe n’imwe yo mu Karere ka Nyanza, Ruhango, Kamonyi na Gisagara). Muri aka gace kandi hatangiye guterwa ibiti by’imbuto n’ibivangwa n’imyaka, ndetse n’amashyamba.

    Hari n’indi mishinga mito mito yihariwe n’uturere

    Nko mu Karere ka Huye, ku bufatanye na Banki y’Isi, kuri ubu hari gushyirwa Kaburimbo ya km 7.6 mu mujyi, izatwara miliyari 6.8, hakaba umuyoboro w’amashanyarazi Kimuna-Gafumba watangiye gukorwa uyu mwaka uzarangirana na Kamena 2022, ukazatwara miliyoni 321.

    Akarere ka Huye kandi muri uyu mwaka wa 2021 karateganya kubaka amazu 56 y’abatishoboye aho inzu imwe iba irimo abiri (2 in 1) azatwara miliyoni 625, ibyumba by’amashuri 393 n’ubwiherero 557 bizatwara miliyari 2,1.

    Mu Karere ka Nyanza ubu bujuje uruganda rukora insinga z’amashanyarazi rwatwaye amafaranga abarirwa muri miliyari enye n’igice, ariko baranateganya ko n’ubundi bafatanyije n’abafatanyabikorwa bazubaka sitade, gare, isoko rya kijyambere, umudugudu ndangamuco (cultural village). Iyi mishinga iracyari ku rwego rw’inyigo.

    Hari n’umushinga wo kwagura ingoro y’umurage w’u Rwanda yo mu Rukari bizakorwa n’Ikigo cy’ingoro z’igihugu z’umurage w’u Rwanda, ariko n’ubwo inyigo yarangiye, iki gikorwa ntikirabonerwa ingengo y’imari.

    Mu Karere ka Nyanza kandi hari n’umushinga wo gushyira kaburimbo mu muhanda Nyanza-Bugesera bizatwara abarirwa muri miliyari 40, ariko kuwukora byahereye mu gice cya Bugesera, cyane ko mu gice cya Nyanza hagishakishwa uko hakwishyurwa ibikorwa bizangizwa no kuwukora.

    Ibikorwa byo gushyira kaburimbo mu mihanda yo mu mijyi birarimbanyije
    Ibikorwa byo gushyira kaburimbo mu mihanda yo mu mijyi birarimbanyije

    I Nyamagabe bafite imishinga myinshi yamaze gukorerwa inyigo, igeze ku rwego rwo gutangirwa amasoko.

    Muri yo harimo uw’uruganda ruzatunganya imyanda yo mu musarani rukayibyaza ifumbire n’amakara Akarere kazakora ku bufatanye na Water for People, kubaka isoko rya kijyambere rya Kigeme Akarere kazakora ku bufatanye na LODA na GIZ.

    Hari n’umushinga wo kubaka ibyumba by’amashuri 73 bizaba byubatse mu buryo bwa etaje, hakaba umushinga wo kubaka ishuri ry’imyuga rya Tare, kubaka ikigo nderabuzima cya Bugarama, ndetse no kuvugurura isoko ry’amatungo rya Ryarubondo.

    Ku bufatanye na UNHCR na WFP kandi, i Nyamagabe bazongera ubuso butunganyije mu gishanga cya Mushishito.

    Mu Karere ka Gisagara hari imishinga yo kubaka imiyoboro y’amazi ya Gishubi na Kansi izubakwa ku bufatanye na World Vision ndetse na LODA, ikazatwara amafaranga abarirwa muri miliyari enye.

    Ku bufatanye na OMA Ltd kandi, i Gisagara barateganya ko muri uyu mwaka wa 2021 bazashyiraho uruganda rutunganya inyama ruzatwara amafaranga agera kuri miliyoni 700.

    Mu Karere ka Nyaruguru hari umushinga wo gutunganya umuhanda urimo kaburimbo iciriritse Huye-Nyagisozi ku birometero 15 na Munini Ruheru ku birometero 19, yombi ikazatwara amafaranga hafi miliyari 6,5.

    Hazanatunganywa umuhanda w’ibitaka Munini-Nyabimata-Ruheru ureshya na Km 35, bikazatwara miliyari zisaga eshanu.

    Iyi mihanda yose izafasha abaturage kugeza umusaruro ku isoko, nk’uko bivugwa n’umuyobozi w’aka Karere, François Habitegeko.

    Mu Murenge wa Ruheru bazubakira abatishoboye, bizatwara miliyari n’igice, habeho no kugeza amazi meza ku batuye mu Murenge wa Kivu bizatwara miliyoni 607.

    Mu Karere ka Kamonyi, hari imishinga yo gutunganya imihanda ibiri ya Kaburimbo. Umwe ni ugera ku bitaro by’amaso mu Murenge wa Runda (2.015Km) uzatwara asaga miliyari n’ibihumbi 600. Imirimo igeze kuri 98%.

    Undi ni umuhanda Ruyenzi-Gihara (5Km), uzatwara miliyari 2.2. Imirimo yo kuwutunganya igeze kuri 47%.

    Hari n’umushinga wo kurangiza kubaka ikigo nderabuzima cya Kayumbu uzatwara miliyoni 788, ubu ukaba ugeze kuri 98%, ndetse n’uwo gutangira imirimo yo gusana sitade ya Ruyenzi. Isoko ryamaze gutangwa, hazifashishwa miliyoni 50.

    Mu Karere ka Muhanga, ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima bari kubaka ibitaro bya Nyabikenke bizarangira bitwaye amafaranga asaga miliyari 9. Hari no gutunganywa umuhanda w’ibitaka Bakokwe-Kiyumba-Kibangu uzatwara amafaranga asaga miliyari eshatu.

    Hari kubakwa n’umuhanda wa Kaburimbo uva mu Cyakabiri ukagera ku kigo cy’amahugurwa RMI, n’umuhanda wa kaburimbo wo mu Ruvumera, bikaba biri muri gahunda yo gusukura Umujyi wa Muhanga.

    Akarere ka Muhanga hamwe n’Ikigo gishinzwe amazi n’isuku (WASAC) kuva muri 2019 kugera muri Werurwe 2021, bari gutuganya umuyoboro w’amazi ku birometero 98. Iki gikorwa kizarangira gitwaye hafi miliyari enye, kandi kizasiga kigejeje amazi ku baturage bagera kuri 70% by’abatuye mu mujyi n’inkengero zawo.

    Uyu mushinga uzasozwa hahita hatangira undi wo kubaka umuyoboro Rwasare-Nyagasozi-Matyazo-Rukaragata ku birometero 25, mu Murenge wa Mushishiro. Wo uzatwara amafaranga abarirwa muri miliyoni 500.

    Naho mu Karere ka Ruhango, umushinga uhari munini ni uwo kubaka imiyoboro y’amazi Mpanga-Gitwe kuri kilometero 7.371 hamwe n’ ibigega 8, ndetse na Ruhango – Ntenyo – Kirengeri ku birometero 68 hamwe n’ibigega 7.

    Hazubakwa n’ibigega (tanks) binini bibiri by’amazi harimo icy’i Bweramana kizaba gifite ubunini bwa meterokibe 1000, n’cy’i Kirengeri kizaba gifite meterokibe 400.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/amajyepfo-ibitaro-bya-munini-uruganda-rw-amakaro-nyiramugengeri-ni-imwe-mu-mishinga-izazana-impinduka

  • Umusore yabitse Papa we wapfuye mu buryo butangaje #rwanda #RwOT

    Uyu musore usanzwe akora mu nzego z'urubyiruko muri Nigeria, yatangaje ko Shitani Nkuru yaraye ipfuye, ko Se yari imburamumaro bityo ko urupfu rwe ari ikibi bakize.

    Mu byishimo byinshi ati: 'Ruhukira mu mahoro data w'imburamumaro. Bwa nyuma na nyuma ikibi kituvuyemo. Turishimye kuba tukubonye upfa.'

    Abamkurikiye bamubajije icyo yari asanzwe apfa na Se, niba hari ikibi yamukoreye kugira ngo amubike bene ako kageni. Ntacyo yasubije kuri iyi ngingo.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/umusore-yabitse-papa-we-wapfuye-mu-buryo-butangaje

  • Filimi y'Uruhererekane ya LA CASA DE PAPEL yakunzwe na benshi ku isi igiye kugaruka mu gice cya nyuma #rwanda #RwOT

    Iyi filimi yanditswe na Alex Pina yakunzwe na benshi kubera ubwenge bw'umukinnyi uyigaragaramo witwa Professor uba uyobora ibisambo yatoranyije bikiba bikoresheje ubuhanga buhanitse.

    Ubuyobozi bw'iyi filimi bwatangaje ko nta gihindutse igice cya nyuma cya gatanu ari nacyo cya nyuma cyayo kizasohoka muri Mata uyu mwaka, kigatangira guca ku rubuga rwa Netflix ku wa 31 Nyakanga 2021.

    Umwanditsi wayo, Álex Pina, yavuze ko bamaze umwaka wose bakora iyi filime. Ati 'Tumaze igihe dushaka uko iki gice cyazaba kiza, tureba uko twashyira Professor mu murongo neza ndetse n'abandi bakinnyi iyi ntambara ntabwo izaba yoroshye ariko iki nicyo gice kizaba gishishikaje cyane.'

    Iki gice kikazagaragaramo abakinnyi benshi bagaragaye mu bya mbere nka Tokyo, Professor, Lisbon, Rio, Denver, Stockholm, Palermo, Helsinki, Bogota, Marseille n'abandi.

    Kugeza ubu ntiharemezwa niba Berlin azagaragara muri iki gice nk'uko yagaragaye mu cyashize aho yabonekaga havugwa ibintu byabaye. Umukinnyi utazagaragaramo ni Nairobi wakunzwe na benshi kuko yishwe mu gice cya kane.

    Ntabwo umukobwa witwa Nairobi azagaragara muri iki gice kuko yashwe arashwe mu gice giheruka gusohoka.

    Iki gice cya gatanu kikaba cyitezweho kugaragaza uko bacika muri banki ya Espagne bari bagiye kwibamo, igice cya kane cyarangiye bisa n'ibidashoboka kuko Sierra yari amaze gufata Professor.

    Money Heist cyangwa se La Casa de Papel igice cyayo cya kane cyasohotse ku wa 03 Mata 2020,cyabaye urukerereza hose kubera ko benshi bashaka kumenya ibya Professor warimo guhigwa bukware ndetse bagiye kumufata ndetse n'umugore we bamufashe, gusa iyi filimi nibwo yari igiye kuryoha.

    Iyi ni filime yakunzwe cyane kuva mu myaka mike ishize, nyamara yatangiye ifatwa nk'ibintu biraho, itambuka muri Espagne kuri Televiziyo yitwa Antena 3, itangira igizwe n'uduce 15 twanditswe na Álex Pina.

    Mu 2017 Netflix yegukanye uburenganzira bwo kuyerekana ku Isi yose, igice cya mbere cyerekanwa kuva mu Ukuboza 2017, icya kabiri muri Mata 2018 n'icya Gatatu kuva muri Nyakanga 2019.

    Ibice bibiri bya mbere bigaruka ku mugambi uba waracuzwe wo kujya kwiba amafaranga yo muri Royal Mint i Madrid muri Espagne, inzu icapirwamo amafaranga y'icyo gihugu, bateganya gukora nibura miliyari €2.4 bakazicikana. Iyo nyubako bayigeramo bakanagira imbohe abantu 67 baba bayikoramo.

    Ni igikorwa ariko kidahira ayo mabandi aba ayobowe na Professor (Álvaro Morte) we uba uri ahandi hantu, kuko igice cya gatatu kijya kurangira Nairobi akaraswa, Lisbon agafatwa ndetse bigakekwa ko yapfuye ku buryo abandi baba baheze muri iyo nyubako.

    Iyo filime iri mu cyesipanyole (Spanish) ariko hari iyasemuwe [dabbing] mu Cyongereza binyuze mu bandi bakinankuru, ariko ku babishaka iguma mu rurimi rwayo, hasi hakiyandika amagambo y'Icyongereza.

    Kuva igice cya kane cyajya hanze,niyo filimi ishakishwa cyane kurusha izindi zose ku Isi. Kuva tariki ya 3 kugera ku ya 5 Mata 2020, iyi filimi yari mu zishakishwa cyane inshuro 31.75 ugereranyije n'izindi ica kuri Game of Thrones, The Walking Dead, Brooklyn Nine-Nine na Westworld.

    Mu minsi itatu ya mbere ikijya hanze, yahise irebwa cyane inshuro 36.6% ugereranyije n'uko igice cyayo cya kane cyarebwe. Bigaragazwa n'uko ubwo igice cya gatatu cyasohokaga muri Nyakanga2020, hagati ya tariki 19 na 21, cyari kimaze kurebwa n'abantu biyongereyeho inshuro 23.24 ugereranyije n'izindi filimi z'uruhererekane ndetse yahise iba filimi ya kane y'uruhererekane yashakishwaga cyane ku Isi.

    Iyi filimi ikigera mu Rwanda,yabaye icyogere hose kubera ukuntu umuhanga mu gukora udusobanuye mu Rwanda,Rocky Kirabiranya yayisobanuranye ubuhanga

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/article/filimi-y-uruhererekane-ya-la-casa-de-papel-yakunzwe-na-benshi-ku-isi-igiye

  • Hagiye gutangazwa impinduka ku musoro ku mutungo utimukanwa waremereye Abanyarwanda benshi #rwanda #RwOT

    Uyu musoro waherukaga kwiyongera cyane,ntiwishimiwe n'Abanyarwanda bituma bamwe bageza iki kibazo ku mukuru w'Igihugu Paul Kagame.

    Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n'abanyamakuru n'abaturage, ku wa 21 Ukuboza 2020, ikibazo cy'imisoro ku mutungo utimukanwa yiyongereye ni kimwe mu byo yagejejweho bituma yizeza ko kigiye kwigwaho

    Icyo gihe,Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana yavuze ko icyo kibazo kizwi kandi inzego kireba zarimo kugisuzuma no kugishakira igisubizo ariko na none ngo habayeho korohereza abasora ku buryo bikorwa mu byiciro kugeza ku wa 31 Werurwe 2021.

    Ati 'Twatangiye isuzuma ari Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi, ari Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu ndetse n'inzego z'ibanze, gusuzuma ikibazo ubu twarabitangiye ngo turebe icyakorwa ariko hagati aho hashyizweho uburyo bwo korohereza abasora kugera mu mpera za Werurwe 2021 kandi mu byiciro.'

    Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko umusoro ujyanye n'ubukode bw'ubutaka ugomba kubaho ariko nanone hakarebwa amikoro y'abaturage ndetse n'igihugu hagashakwa igisubizo kibereye benshi ku buryo binashoboka ko habamo n'inyoroshyo.

    Ati 'Nagira ngo yumve ko ubutaka bugira ubukode n'umusoro ujyanye na bwo, icyo gihe umuntu agereranya ibintu byinshi akareba abantu amikoro yabo, igihugu n'impamvu uwo musoro wagiyeho noneho tugashaka igishobora kuba cyabera benshi na none ntabwo twabona igisubizo gihagije kuri buri wese ngo tuvuge ngo biramubereye ariko byo tugomba kubikurikirana tugashaka uko inyoroshyo yabaho.'

    Umusoro ku mutungo utimukanwa wavuye ku mafaranga y'u Rwanda 0 kugera kuri 80 kuri metero kare imwe ugera ku mafaranga y'u Rwanda hagati ya 0 kugera kuri 300 kuri metero kare imwe.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubukungu/article/hagiye-gutangazwa-impinduka-ku-musoro-ku-mutungo-utimukanwa-waherukaga

  • Irebere abantu 5 b'ibyamamare mu Rwanda bafite abana bateye ubwuzu cyane. (Video +Amafoto) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ni kenshi tugenda twumva inkuru zitandukanye zivuga ku byo abantu b'ibyamamare hirya no hino baba bakoze ,gahunda zabo ndetse nibikorwa byabo muri rusange ,ariko burya ni byiza kumenya n'ubuzima bwabo bwite,uko babayeho ,tukamenya n'imiryango yabo nk'uko turabibona muri iyi nkuru.Dutegura iyi nkuru twifashishije video ya Kigali hot news kuri Youtube maze dutondeka abana 5 b'ibyamamare bateye ubwuzu mu Rwanda.

    5.Isheja Sandrine

    Uyu ni umunyarwandakazi kuri Kiss Fm afite umwana yabyaranye n'umugabo we Kagame Peter.

    4.Miss Bahati Grace

    Uyu mwana wa Miss Bahati wabaye Nyampinga w'u Rwanda mu mwaka wa 2009 yamubyaranye n'umuhanzi K8 Kavuyo bakanyujijeho mu rukundo.

    3.Yannick Mukunzi.

    Umwana uza ku mwanya wa 3 ni umwana wa Yannick Mukunzi na Iribagiza Joy.

    2.Antoinette Niyongira

    Umwana uza ku mwanya wa 2 w'abana b'ibyamamare beza cyane ni uwa Antoine Niyongira, umunyarwandakazi kuri Kiss Fm n'umugabo we Kigenza Aime Patrick.

    1.Meddy Saleh na Shaddyboo

    Abana b'impanga ba Meddy Saleh yabyaranye na Shaddyboo nibo baza ku mwanya wa mbere w'uru rutonde.

    Icyitonderwa:Ntitwavuze ko abandi bana ari babi ahubwo twashatse kugaragaza ibyamamare bifite abana bashamaje cyane mbese bateye ubwuzu nk'uko tujya tubagezaho  intonde z'ibyamamare bifite umuranga buhebuje.

    Kanda kuri iyi videwo urebe birambuye uru rutonde rw'abana beza:

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/irebere-abantu-5-bibyamamare-mu-rwanda-bafite-abana-bateye-ubwuzu-cyane-video-amafoto/