Category: Uncategorized

  • Umukobwa yatamajwe n'igikinisho cy'ubugabo yari afite ubwo yakoraga ikiganiro kuri BBC. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umukobwa yateye benshi kumwibazaho nyuma yo kugaragara mu mashusho ya BBC afite mu kabati inyuma ye igikinisho cy'ubugabo(igitsina),ubwo yakoraga ikiganiro hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Uyu mukobwa witwa Yvette Amos wo muri Pays de Galles yatumye benshi barangarira icyo gipupe gikoze mu bugabo, mu gihe bari mu kiganiro cyangwa mu nama, ubwo yatangaga ikiganiro avuga ko na we COVID-19 yamugize umushomeri, abantu ntibitaye ku byo yavugaga ahubwo barangajwe n'icyo gikoresho cyari kiri inyuma ye gifite ishusho y'igitsina cy'umugabo.

    Aya mashusho yahise akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, benshi bacika ururondogoro bakwena uwo mukobwa wihaye rubanda.

    Nk'uko tubikesha Daily Mail ngo nyina w'uyu mukobwa, Esther Williams, yavuze ko iki kiganiro yakirebye ariko atari yabonye iby'ako gakoresho ahubwo umuhungu we ari we wabimweretse ariko ngo ntiyigeze abibazaho umwana we.

    Yagize ati 'Ikiganiro narakibonye ariko sinarinzi icyo ari cyo sinanabimubajijeho, niyumva ari ngombwa azabimbwira, ni umukobwa mukuru azi ubwenge, ntabyo nzamubazaho.'

    Williams yakomeje avuga ko uyu mukobwa atamuteye impungenge cyangwa ngo yumve amutengushye, kuko ari umukobwa mukuru uzi icyo akora.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/umukobwa-yatamajwe-nigikinisho-cyubugabo-yari-afite-ubwo-yakoraga-ikiganiro-kuri-bbc/

  • Menya uko bigenda iyo ukundwakaje ababyeyi bawe ukirengagiza umukunzi wawe. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ababyeyi b'umuntu baba bakomeye mu buzima bakwiye kubahwa no kwitabwaho ariko iyo ufite uwo mwashakanye biba bikwiye ko umuha umwanya wa mbere kurusha abandi bose. Mu miryango imwe n'imwe y'abashakanye usanga baba bahanganye n'ikibazo cyo kuba umwe mu bashakanye ashaka kubahiriza amabwiriza ahawe n'abo mu muryango kurusha uko yakumvikana n'uwo bashakanye.

    Ibi bikunze guteza ikibazo cyane ku buryo imiryango imwe isenyuka burundu iyo bidakemutse hakiri kare.Dore ingaruka ziterwa no gukundwakaza ababyeyi ukirengagiza uwo mwashakanye:

    1.Uba uri gushyira intera hagati yanyu

    Mu buzima bw'abashakanye babanye neza baba bagomba gufashanya bya hafi no gukomezanya mu bihe bibi. Iyo utangiye kujya ugira ikibazo ukagir aundi uganyira mbere yo kuganyira uwo mwashakanye, wager aintera ugeraho ukumva ko hari undo wo kwishimir aiyo ntera wateye mbere y'uwo mwashakanye, icyo gihe uba utangiye kumushyira ku ruhande no kumubwira ko utakimukeneye mu buzima bwawe.

    2.Byerekana ko urugo rwawe rudakomeye

    Urugo rukomeye ni urwo umugabo n'umugore bajya inama ubwabo, bakumvikana kandi buri umwe agashyira undi imbere aho kugira undi ahashyira. Urugero ushobora kuba ushaka gufasha barumuna bawe ariko uwo mwashakanye atabimenye uguhitamo kujya usahura urugo ukabyumvikanaho nabo mu muryango wawe ko bazabigira ibanga mukaba mubiziranyeho mwenyine, icyo gihe nabo babona ko urugo rwawe rudakomeye ndetse igihe cyose bashatse kurusenya bakaba babikora.

    3.Byereka uwo mwashakanye ko utamwubaha

    Iyo uwo mwashakanye azi neza ko iyo hari igtekerezo giturutse mu bagize umuryango wawe icyumva vuba kurusha uko mwajya inama, icyo gihe nawe agaera aho akumva ko utamwubaha ko umusuzuguza abo mu muryango wawe. Kandi koko iyo abo mu muryango wawe ubamenyereje ko uwo mwashakanye afite agaciro kari hasi yabo nabo baramwubahuka bakamufata uko bishakiye.

    4.Bitera kudasenyera umugozi umwe n'uwo mwashakanye

    Ababyeyi bawe cyangwa se abavandimwe bawe bafite ubuzima bwabo bwite nawe ufite ubwawe n'uwo mwashakanye. Iyo ushatse kubivanga rero usanga uba utagihuza n'uwo mwashakanye ngo mutahirize umugozi umwe. Ababyeyi bawe bashobora kukugisha inama, wabafasha nabo bakagufasha ariko ugomba gushyiraho aho bigomba kugarukira igihe ubona ko byakwangiza umubano wawe n'uwo mwashakanye.

    Muri make rero birakwiye ko abashakanye bita ku miryango bakamo haba ababyeyi ndetse n'abandi bavandimwe ariko ntibikwiye ko ubarutisha uwo mwashakanye kuko ariwe ukwiye kukuba hafi kurusha abandi bose. Iyo bitagenze gutyo usanga biba intandaro y'amakimbirane hagati y'abashakanye

     

    Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa:http://yegob.rw/dating

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/menya-uko-bigenda-iyo-ukundwakaje-ababyeyi-bawe-ukirengagiza-umukunzi-wawe/

  • U Bwongereza bwakumiriye abagenzi bava mu Rwanda budashingiye ku isuzumwa ryakozwe mu buryo bwa Siyansi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda riravuga ko u Rwanda rwafashe ingamba zikomeye zo guhangana n’icyorezo cya COVID-19, rufata ibipimo, rukurkirana abakekwaho kucyandura, ruvura abacyanduye, ndetse rugatanga na raporo igaragaza uko icyorezo gihagaze mu Rwanda. Ibyo kandi bikorwa mu mucyo, bikamenyeshwa inzego n’abantu bose bireba.

    U Rwanda ruravuga ko ruri mu bihugu bike byashyizeho ingamba zisaba abasohoka mu gihugu n’abakinjiramo kubanza kwisuzumisha icyorezo cya COVID-19.

    U Rwanda kandi ruravuga ko rutakumiriye abagenzi bava mu Bwongereza nyuma y’uko mu Kuboza 2020 mu bice bimwe by’icyo gihugu hari habonetse ubwoko bushya bwa COVID-19.

    U Rwanda ruribaza impamvu yatumye ruba kimwe mu bihugu bike byo mu Karere byafatiwe ingamba z’uko abaruturutsemo batemerewe kwinjira mu Bwongereza. Ruvuga ko kandi ibisobanuro byatanzwe kuri iki cyemezo bidahagije kandi ko cyafashwe nyamara nta bushakashatsi bushingiye kuri Siyansi bwigeze bukorwa.

    Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda risoza rivuga ko u Rwanda rwiteguye guhabwa impamvu zifatika zaba zaratumye u Bwongereza bufata icyo cyemezo kitabanje no kuganirwaho n’impande zombi.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/u-bwongereza-bwakumiriye-abagenzi-bava-mu-rwanda-budashingiye-ku-isuzumwa-ryakozwe-mu-buryo-bwa-siyansi

  • Abakuru b'ibihugu byo mu Karere basabye inyeshyamba zo muri Centrafrique guhagarika imirwano bwangu – #rwanda #RwOT

    Iyi nama yateranye ku wa Gatanu tariki 29 Mutarama 2021, Umuyobozi wa ICGLR, akaba na Perezida wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço n'abayitabiriye basabye imitwe yitwaje intwaro guhita iva mu birindiro byayo biri hafi y'Umujyi wa Bangui.

    Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda, Dr Vincent Biruta, niwe wari uhagarariye Umukuru w'Igihugu muri iyo nama.

    Mu bandi bitabiriye uretse Perezida wa Centrafrique, Faustin-Archange Touadéra, yari yitabiriwe na Perezida wa Congo Brazaville, Denis Sassou-Nguesso, Idriss Déby Itno wa Tchad na Gen Ibrahim Gabir wari uhagarariye Sudani.

    Itangazo ry'imyanzuro yafatiwe muri iyi nama IGIHE ifitiye kopi, rivuga ko abayobozi b'ibihugu binyamuryango bafashije mugenzi wabo Touadera mu bihe by'amatora batazemera abashaka guhirika ubutegetsi bitwaje ko batemera ibyayavuyemo.

    Abitabiriye iyi nama bongeye kwiyemeza gushyigikira ibiganiro n'inama zihoraho hagati y'abanyapolitiki na sosiyete sivile kugira ngo bakure igihugu mu bibazo biriho ubu.

    Basabye kandi ko hafatwa ingamba zikenewe kugira ngo Akanama k'Umuryango w'Abibumbye gashinzwe umutekano gakureho ibihano byafatiwe igisirikare cya Centrafrique mu 2013.

    Imitwe yitwaje intwaro yasabwe gushyira intwaro hasi

    Mu bindi byagaragajwe ni ukuba hari abacancuro bakomeye mu nyeshyamba ziri muri iki gihugu. Ikindi kandi ni uko umutekano muke muri CAR, ushobora kuba intandaro y'ihungabana ry'umutekano mu bihugu byo munsi y'Ubutayu bwa Sahara by'umwihariko ibituranye n'iki gihugu.

    Ibihugu nka Tchad na Sudani, bituranye na CAR, byagaragajwe nk'indiri y'izi nyeshyamba n'abandi baturuka muri ibi bihugu binjirayo bakajya gukora ibikorwa by'urugomo.

    Itangazo ry'imyanzuro yafatiwe muri iyi nama rigaragaza kandi ko ibi bikorwa byiyongera ku mahano akomeje gukorwa n'ihuriro ry'imitwe yitwaje intwaro iyobowe n'uwahoze ari Perezida François Bozizé.

    Uyu Bozizé yagerageje kwica amatora y'umukuru w'igihugu yabaye mu Ukuboza umwaka ushize, ariko biramunanira. Gusa inyeshyamba ayoboye ziracyafite umugambi wo guteza akaduruvayo n'ubwo gufata umurwa mukuru byazinaniye.

    Iyi nama yasabye imitwe y'inyeshyamba guhita iva muri Cameroun ijya mu Mujyi wa Bangui, kugira ngo zireke habeho urujya n'uruza rw'abantu n'ibicuruzwa biva muri Cameroun byinjira muri CAR.

    Ibitero by'inyeshyamba n'ubusahuzi zikorera muri ako gace, biri mu byakomeje gutuma hatagera abashinzwe ubutahazi.

    Ibiciro by'ibiribwa n'ibindi bicuruzwa muri Bangui byarazamutse kuva inzira nyamukuru yanyuzwagamo ibicuruzwa bivuye muri Cameroun yafungwa n'iyi mitwe yitwaje intwaro.

    Abayobozi bamaganye ubusahuzi, urugomo n'ubwicanyi byakorewe abasivili n'abakora ibikorwa by'ubutabazi ndetse n'Ingabo z'Umuryango w'Abibumbye zishinzwe amahoro “kandi basaba ubutabera ku bakoze ibyo bikorwa”.

    Muri uku kwezi kwa Mutarama 2021, Ingabo z'Umuryango w'Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro n'ingabo za leta zaburijemo ibitero by'inyeshyamba ku nkengero z'Umurwa Mukuru ndetse inyeshyamba eshanu zifatwa mpiri izindi 37 ziricwa.

    Ku wa 24 Mutarama, Ingabo za CAR n'abafatanyabikorwa bazo barimo u Rwanda, bagabye igitero ku bilometero 90 uvuye ku Murwa Mukuru, Bangui, bica inyeshyamba 44, bafata abacanshuro bo muri izi nyeshyamba baturutse muri Tchad na Sudani.

    Inama y'ibihugu by'Akarere k'ibiyaga bigari yasabye imitwe yitwaje intwaro muri Centrafrique gushyira intwaro hasi bwangu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abakuru-b-ibihugu-byo-mu-karere-basabye-inyeshyamba-zo-muri-centrafrique

  • Umujyi wa Kigali watangaje ikintu gikomeye k'umuntu wese uzava mu Rugo yishimira intsinzi y'Amavubi kuri Guinée #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu, Ubuyobozi bw'Umujyi wa Kigali bwatangaje ko ibihano bitegereje abazitwaza intsinzi y'Amavubi bakica gahunda ya Guma mu Rugo yashyizweho mu kwirinda ikwirakwira ry'icyorezo cya Covid-19.

    Ku cyumweru ni bwo Ikipe y'igihugu 'Amavubi' izakina na Guinée, mu mukino wa 1/4 cy'irangiza cya CHAN uzabera kuri Stade ya Limbé.

    Amavubi yaherukaga gutsinda Togo mu mukino wayahesheje tike, unatuma abenshi mu Banya-Kigali basohoka mu ngo bishimira intsinzi.

    Umujyi wa Kigali kuri Twitter wavuze ko abaturage bagomba gushyigikira Amavubi bari mu ngo zabo, ushimangira ko abazarenga kuri Guma mu Rugo bitwaje intsinzi bazahanwa.

    Umuhanzikazi yasabye Sugira Ernest ko yazamutera inda kubera ibyishimo akomeje guha Abanyarwanda

    Ubuyobozi bw'Umujyi bwavuze ko: 'Ibikorwa by'imyidagaduro n'ibihuza abantu bibujijwe muri iki gihe cya Guma Murugo iKigali. Ubwo imikino ya CHAN 2020 igikomeje, reka dushyigikire ikipe y'Igihugu Amavubi tuguma mu rugo kuko icyorezo cya COVID-19 kirahari kandi kirandura.'

    Bwunzemo buti: 'Gufana no gushyigikira ikipe, ntibikuraho ko twugarijwe n'icyorezo cya koronavirusi, niyo mpamvu dusabwa gukomeza ingamba zo kwirinda kandi tuguma mu rugo. Uzarenga ku mabwiriza azahanwa. Ntabe Arinjye cyangwa wowe wandura COVID-19.'

    Ubutumwa bw'Umujyi wa Kigali buje bushimangira ubuheruka gutangwa na Polisi y'u Rwanda yihanangirije abaturage ibasaba kudasubiramo ibyakozwe ku wa 26 Ukuboza.

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/30/umujyi-wa-kigali-watangaje-ikintu-gikomeye-kumuntu-wese-uzava-mu-rugo-yishimira-intsinzi-yamavubi-kuri-guinee/

  • U Rwanda rwiteze ibisobanuro ku cyemezo cy’u Bwongereza cyo kubuza abahavuye kujyayo #rwanda #RwOT

    Mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda ku cyemezo cyafashwe n’u Bwongereza cyo gukoma abaturage baturutse mu Rwanda kwinjira muri kiriya gihugu mu rwego rwo gukumira ubwandu bushya bw’icyorezo cya COVID-19.

    Iri tangazo ryasohowe mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 31 Mutarama 2021, Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko iki gihugu cyashyizeho ingamba zishoboka zo guhangana n’iki cyorezo.

    Yagarutse kuri izi ngamba zirimo gupima abantu benshi, kubakurikirana ndetse no gushakisha abagiye bahura na bo ndetse no kuvura kandi ko byose byakozwe mu buryo budacogora.

    U Rwanda ruvuga ko ari kimwe mu bihugu bicye bisuzuma abaturage bose bakinjiramo ndetse n’abasohoka.

    Guverinoma y’u Rwanda ivuga kandi ko yo itigeze ibuza abaturage baturutse mu Bwongereza kwinjira mu Rwanda mu kwezi k’Ukuboza 2020 ubwo byavugwaga ko muri kiriya gihugu hagaragaye ubwandu bushya bwa COVID-19.

    Ubwo u Bwongereza bwasohoraga ririya tangazo ryo gukumira abaturage baturutse mu Rwanda kujyayo, Guverinoma ya kiriya gihugu ntiyigeze itanga ibisobanuro byimbitse bigaragaza niba mu Rwanda haragaragaye ubwandu bushya.

    Iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda, risoza rigira riti 'Guverinoma y’u Rwanda yiteze guhabwa ibisobanuro ku mpamvu iri inyuma y’icyemezo cya Guverinoma y’u Bwongereza.'

    Guverinoma y’u Bwongereza yashyize u Rwanda mu bihugu bitemerewe ko abaturage babiturutsemo binjira muri kiriya gihugu, nyuma y’umunsi umwe gusa, ikigo cy’Ubushakashatsi cyo muri Australia kirushyize ku mwanya wa gatandatu ku Isi mu kwitwara neza no guhangana n’icyorezo cya COVID-19.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/U-Rwanda-rwiteze-ibisobanuro-ku-cyemezo-cy-u-Bwongereza-cyo-kubuza-abahavuye-kujyayo

  • Rusizi: Uruhuri rw'ibibazo ku banyeshuri babuze abarimu n'ibikoresho bihagije – #rwanda #RwOT

    Abo banyeshuri ni abo mu mwaka wa mbere n'uwa kabiri bigaga mu ishuri rya GS Mutongo, bakaza kwimurwa mu rindi shuri rya GS Kirabyo, ahari hamaze kubakwa ibyumba bishya.

    N'ubwo bahimuriwe ariko imirimo yo kubaka aya mashuri yari itararangira ku buryo byabaye imbogamizi ikomeye ku banyeshuri kuko usanga hari isuku nke ndetse n'intebe bicaraho zitaragenewe abanyeshuri.

    Bamwe mu banyeshuri baganiriye na TV1 bayibwiye ko babangamiwe no kwiga mu kigo kitaruzura kuko nta suku ihagije ihari ndetse hari n'ibikoresho nkenerwa batabasha kubona yewe n'abarimu bakaba bahagera gacye, ku buryo hari amasomo abanyeshuri batiga.

    Umwana w'umuhungu uri kwiga muri iri shuri yagize ati 'Dufite ikibazo hano nta barimu tubona, nk'ubu ntabwo twiga isomo ry'ubutabire n'ubugenge kubera ko aha nta barimu tubasha kubona.'

    Yongeyeho ati “Intebe twicaraho ziratubangamiye twarwaye umugongo kuko twicara ku ntebe nka ziriya zo mu nsengero bikatubangamira. Aha ntituhabona amazi yo kunywa n'ayo gukoresha isuku, mbega turabangamiwe.'

    Usibye ibi bibazo kandi barataka ikibazo cy'inzara kuko aha batabasha gufata amafunguro kandi barimuwe aho bigaga bari barishyuye amafaranga basabwa yo gufata ifunguro.

    Ku ruhande rw'ubuyobozi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'umurenge wa Mururu, Ingabire Joyeux, avuga ko iki kibazo giteye inkeke kuko bahabazanye hari ibitaranozwa, gusa ko bari gukora ibishoboka byose kugira ngo ibi bibazo binozwe.

    Yagize ati 'Ikibangamye cyane ni uburyo abanyeshuri bicara mu ishuri n'uburyo bigamo kugira hirindwe icyorezo cya Coronavirus kuko bisaba ko abantu bagira ubwirinzi. Naho ikibazo cy'abarimu ni uko hari abataragera mu myanya ariko barahari.'

    Gusa ikibazo cy'abarimu ntikiri muri iri shuri gusa kuko hari amashuri atarabona abarimu bashya n'ubwo bivugwa ko muri rusange iki kibazo kizakemuka vuba.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyeshuri-bimuriwe-muri-gs-kirabyo-baratabaza

  • Manzi Thierry ntazakina umukino wa Guinea #rwanda #RwOT

    Myugariro w’umunyarwanda, Manzi Thierry ntabwo ari mu bakinnyi bazifashishwa n’umutoza Mashami Vincent ku munsi w’ejo mu mukino wa Guinea Conakry wa ¼ cya CHAN 2020 irimo kubera muri Cameroun, ni nyuma y’ikibazo yagiriye ku mukino wa Togo.

    Ku wa Kabiri tariki ya 26 Mutarama 2021, u Rwanda rwakinnye na Togo umukino usoza itsinda C muri CHAN 2020 irimo kubera muri Cameroun.

    Ni umukino utaragendekeye neza myugariro Manzi Thierry wari wafashije Amavubi mu mikino banganyijemo na Uganda n’uwa Maroc yose ubusa ku busa.

    Ku munota wa 7 w’umukino gusa, Manzi Thierry yaje kugira ikibazo ava mu kibuga bigaragara ko ameze nabi aho yahumekaga nabi, abaganga b’ikipe y’igihugu bagaragaye barimo kumwitaho munsi gato y’imbavu ku ruhande rw’iburyo.

    Uyu mukinnyi waryamye hasi nta muntu umukozeho, ni ingaruka z’ikibazo yagiriye ku mukino wa Maroc wabaye tariki ya 22 Mutarama 2021.

    Iki kibazo kikaba cyarakomeje anyuzwa mu cyumwa basanga hari inyama yagize ikibazo, yatangiye imyitozo ku munsi w’ejo hashize ariko ntyikoranye n’abandi imyitozo aho yakoze wenyine anambaye inkweto zisanzwe.

    Amakuru avuga ko uyu mukinnyi atari mu bakinnyi Mashami Vincent azifashisha kuri uyu mukino uzaba ku isaha ya saa tatu z’ijoro za Kigali mu Rwanda.

    Undi mukinnyi ushidikanywaho ni Iradukunda Jean Bertrand wagiriye ikibazo mu myitozo yitegura Togo, yatangiye imyitozo ariko na we ntabwo aramera neza.

    Manzi Thierry ntazakina umukino w’ejo

    Source : http://isimbi.rw/siporo/manzi-thierry-ntazakina-umukino-wa-guinea

  • Jacques Tuyisenge ahamya ko babonye amahirwe ya kabiri #rwanda #RwOT

    Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya CHAN, Jacques Tuyisenge avuga ko ubu abakinnyi bose intero ari imwe, amaso bayahanze ku mukino wa ¼ uzaba ku munsi w’ejo kugira ngo barebe ko barenga iki cyiciro bagezemo 2016.

    Jacques Tuyisenge avuga ko aya ari amahirwe babonye yo kuba barenga ¼ cya CHAN kuko kure bageze ari ¼ muri 2016 ubwo bakurwagamo na DR Congo.

    Ati'umukino wa ¼ tuzakina na Guinea ni umukino w’ingenzi kuri twebwe, dusubiye inyuma muri 2016 twageze muri ¼ ntitwagira amahirwe yo kuharenga, aya ni andi mahirwe twongeye kubona yo kuba twaharenga, ahasigaye ni ahacu.'

    Yakomeje avuga ko CHAN iheruka ya 2018 yabereye muri Maroc hari abakinnyi babashije kwigurisha bityo ko n’ubu bishoboka.

    Ati'CHAN iheruka hari abakinnyi babashije kwigurisha, urumva n’iyi ngiyi ni ingenzi, ntawamenya turacyari mu marushanwa, iyo atarangira ibintu byose birashoboka, hari uwakwitwara neza mu mukino w’ejo ugasanga ni we ugize ayo mahirwe, hari n’uwo baba barabonye mu mikino yatambutse, ni ibintu byose bibaho twebwe duhanze amaso umukino w’ejo kuko ni ingenzi, ni amahirwe y’andi tubonye atuma turenga aho twagarukiye muri 2016.'

    Ku munsi w’ejo saa tatu z’ijoro Amavubi azaba akina na Guinea umukino wa ¼ cy’irangiza cya CHAN 2020 irimo kubera muri Cameroun.

    Jacques Tuyisenge ngo babonye amahirwe ya kabiri yo kurenga aho bageze

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/jacques-tuyisenge-ahamya-ko-babonye-amahirwe-ya-kabiri

  • Umuhanzi Christopher bwa mbere yavuze ku rupfu rwa mama we, intimba n’agahinda rwamusigiye #rwanda #RwOT

    Nyuma y’iminsi hafi 10, umuhanzi Muneza Christopher[Christopher] abuze umubyeyi we, yasutse agahinda n’intimba yatewe no kumubura, amusezeranya ko azita ku bavandimwe be na papa we.

    Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 21 Mutarama 2021 ni bwo inkuru y’incamugongo yamenyekanye ko nyina w’umunazi Christopher, Gahongayire Marie Mativitas yitabye Imana, ni nyuma y’igihe yari amaze yivuza.

    Christopher, ku nshuro ya mbere yavuze ku rupfu rwa mama we aho yavuze ko yari yarahisemo kwicecekera kuko yari ataramenye icyo yavuga.

    Mu nyandiko ndende yanyujije kuri Instagram yagize ati'byanyobeye! Ubuzima bwanjye ni ubusa tutari kumwe mama. Nta kintu nigeze mvuga kuko ntabwo nari nzi icyo kuvuga, ariko ku isabukuru yanjye, umunsi twahuye bwa mbere ndatekereza ari cyo gihe cyiza cyo kukubwira uko niyumva.'

    Yakomeje avuga ko arimo yandikana agahinda n’amarira mu maso, gusa ngo urwibutso rwe ruzatuma agumya amwenyura.

    Ati'ndimo ndandikana amarira mu maso na kamwenyu mu isura, ibi byiyumviro ndabyumva kuko niko twahoraga, mama ntitaye aho ndi, icyo ndimo gukora urwibutso rwawe ruzahora iteka rutuma mwenyura, sinzibagirwa uburyo wakoreshaga bushimishije kugira ngo nkore umukoro(homeworks) nywushyizeho umutima.'

    Yakomeje avuga ko amukumbuye ndetse agerageza kumuhamagara aho akumbuye urwenya rwe, kujya impaka. Yamusezeranyije ko azita ku bavandimwe be na papa we.

    Ati'ndagusezeranya kuzita kuri papa n’abavandimwe banjye, nzatuma unyishimira iyo niyo ntego yanjye ya mbere. Imana wakoreye cyane yakire ubugingo bwawe, iguhe umunezero udashira. Ndagukunda mama.'

    Muneza Christopher atangaje aya magambo ku munsi yizihizaho isabukuru y’amavuko ye. Uyu munsi akaba yizihiza isabukuru y’imyaka 27.

    Muneza Christoper yavuze agahinda yatewe no kubura umubyeyi we

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/umuhanzi-christopher-bwa-mbere-yavuze-ku-rupfu-rwa-mama-we-intimba-n-agahinda-rwamusigiye