Category: Uncategorized

  • U Rwanda rwasabye u Bwongereza ibisobanuro ku cyagendeweho hakumirwa abagenzi baruturutsemo – #rwanda #RwOT

    Ku wa 28 Mutarama nibwo u Bwongereza bwatangaje ko abagenzi baturutse mu Rwanda, u Burundi na Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu cyangwa abahanyuze mu rugendo, batemerewe kwinjira mu bihugu biri mu bwami bw'u Bwongereza.

    Iki gihugu cyavuze ko uyu mwanzuro ushingiye ku buryo bwo guhagarika ikwirakwira ry'ubwoko bushya bwa Coronavirus bwabonetse muri Afurika y'Epfo. Gusa ubwo bwoko bushya bw'iki cyorezo ntibwigeze bugaragara mu Rwanda.

    Ni umwanzuro utarakiriwe neza n'abanyarwanda ndetse n'abandi bantu bakurikirana uko ibihugu byitwara mu kurwanya ikwirakwira rya Coronavirus wanaje hashize umunsi umwe u Rwanda rushyizwe ku mwanya wa Gatandatu mu bihugu byo ku Isi byashyizeho ingamba zikarishye mu kurwanya COVID-19.

    Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Guverinoma y'u Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa 30 Mutarama 2021 rivuga ko ingamba rwashyizeho yaba mu 'gupima, kugenzura, gukurikirana ababa barahuye n'abanduye, kurwanya ikwirakwira ry'icyorezo, kuvura ndetse no gutanga amakuru ku cyorezo' zoze zikorwa mu mucyo kandi himakajwe n'imikoranire n'izindi nzego.

    Rikomeza rigira riti 'U Rwanda ni kimwe mu bihugu bisaba ikizamini cya PCR cy'uko umuntu atanduye COVID-19 ku bagenzi bose bahaguruka hamwe n'abandi barunyuramo berekeje mu bindi bihugu.'

    Rivuga kandi ko u Rwanda rutigeze rukumira abagenzi baturutse mu Bwongereza mu Ukuboza 2020 ubwo byatangazwaga ko habonetseyo ubwoko bushya bwa Covid-19.

    U Rwanda kandi rusobanura ko ibihugu byashyizwe n'u Bwongereza kuri lisiti y'ibifite abaturage batemerewe gukorerayo ingendo, amakuru yabyo y'uburyo byitwaye mu guhangana n'iki cyorezo adatanga umucyo bishingiye kuri siyansi nk'impamvu yo kuba rwarakumiriwe.

    Riti 'Guverinoma y'u Rwanda itegereje kwakira ibisobanuro ku cyo Guverinoma y'u Bwongereza yagendeyeho ifata uyu mwanzuro.'

    Ibihugu 33 nibyo u Bwongereza byashyize ku rutonde rw'ibyo abaturage babiturutsemo batemerewe gukorera ingendo mu Bwongereza.

    Usibye u Rwanda, ibindi bihugu bya Afurika biri kuri uru rutonde ni Angola, Botswana, Burundi, Cap Vert, RDC, Eswatini, Lesotho, Malawi, Ibirwa bya Maurice, Mozambique, Namibia, Seychelles, Afurika y'Epfo, Tanzania, Zambia na Zimbabwe.

    Ibindi byashyizwe kuri uru rutonde ni ibyiganje muri Amerika y'Epfo harimo Argentina, Bolivie, Brésil, Chile, Colombia, Equateur, Guyane Française, Guyane, Panama, Paraguay, Peru, Portugal (harimo n'ibirwa bya Madeira na Azores), Suriname, Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, Uruguay na Venezuela

    U Bwongereza ni igihugu cya gatanu ku Isi cyibasiwe n'icyorezo cya Coronavirus aho gifite abantu 3.796.088 bamaze kwandura mu gihe abamaze gupfa ari 105.571 barimo 1.200 bapfuye mu masaha 24 ashize.

    Inkuru bifitanye isano: Ba nenge itirora: Icyemezo cy'u Bwongereza cyo gukumira abava mu Rwanda giteye kwibaza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rwasabye-u-bwongereza-ibisobanuro-ku-cyagendeweho-hakumirwa-abagenzi

  • Perezida Kagame yitabiriye inama ya Biro y'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe – #rwanda #RwOT

    Iyi nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Mutarama 2020, yahuje Perezida Kagame n'abandi bakuru b'ibihugu ndetse n'abayobozi b'imiryango y'ubukungu.

    Mu bandi bitabiriye iyi nama harimo Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, Perezida wa Afurika y'Epfo, Cyril Ramaphosa ari nawe uyobora AU, Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta n'abandi.

    Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, yatangaje ku rukuta rwa Twitter ko iyi nama igamije kuganirirwamo uburyo bwo gutumiza Inteko Rusange Isanzwe ya AU iteganyijwe kuba tariki 6-7 Gashyantare 2021.

    Inteko rusange ya AU, igiye kuba mu gihe muri uyu mwaka aribwo Umugabane wa Afurika wageze ku nzozi z'itangizwa ku mugaragaro ry'Isoko Rusange rya Afurika, African Continental Free Trade Area (AfCFTA).

    Iri soko rusange rikomoka ku masezerano arishyiraho yasinyiwe i Kigali muri Werurwe 2018, rigamije gukuraho imbogamizi zirimo imisoro, amategeko n'ibindi bitandukanye byatumaga ubucuruzi hagati ya Afurika bugenda biguru ntege.

    Amasezerano ashyiraho iri soko agena ko ibicuruzwa 90% bizakurirwaho imisoro mu gihe biri gucuruzwa hagati y'Umugabane wa Afurika kandi byahakorewe, intego igomba kuzaba yagezweho nibura mu 2034.
    Iyi nteko rusange yitezweho kuzarebera hamwe uburyo bwo guhangana n'icyorezo cya COVID-19, gikomeje kugariza Afurika ndetse hakaba hakiri ihurizo ku bijyanye n'urukingo ruhanzwe amaso nk'urushobora kurokora abaturage.

    Muri Kanama 2020, mu nama ya Biro ya Afurika Yunze Ubumwe, Perezida Kagame yavuze ko hakwiye gushyirwaho perezida cyangwa umwe mu bagize biro agafasha mu gukurikirana ko mu gihe urukingo rwa COVID-19 ruzaba rwabonetse ruzagere muri Afurika kandi ku buryo buhagije.

    Yagize ati 'Ndashaka gusaba ko Perezida wa Komisiyo ko yazirikana ko hajyaho umwe mu bakuru b'ibihugu kugira ngo akorane bya hafi na Strive Masiyiwa uri mu nshingano kuri ubu, kugira ngo bibande ku gukurikirana ko Afurika ibona urukingo mu gihe ruzaba rwabonetse.'

    Muri gahunda yo gukingira COVID-19, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) umaze guhabwa inkingo miliyoni 270, zizafasha ibihugu birimo ibidafite ubushobozi bwo gukingira abaturage babyo.

    Afurika yagerageje guhangana na Coronavirus ugereranyije n'indi migabane kuko kugeza ubu uyu mugabane umaze kubonekamo abanduye iki cyorezo barenga miliyoni eshatu.

    Perezida Kagame akurikiye ibitekerezo bya bagenzi be bari bitabiriye iyi nama

    Perezida Kagame asanzwe ashinzwe amavugurura akenewe mu mikorere y'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

    Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, nawe yitabiriye iyi nama

    Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa ni umwe mu bari bitabiriye iyi nama


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yitabiriye-inama-ya-biro-y-umuryango-wa-afurika-yunze-ubumwe

  • Uruganda rwa Kinazi Cassava Plant rwahawe icyemezo Mpuzamahanga cy'Ubuziranenge – #rwanda #RwOT

    Ni icyemezo gifite ikirango cya ISO 22000:2018, uru ruganda rwahawe nyuma y'uko RSB ikoze igenzura ku mikorere yarwo ndetse n'uburyo ruteguramo umusaruro rwohereza ku isoko, hashingiwe ku buryo rushyira mu bikorwa ibisabwa n'amabwiriza mpuzamahanga y'ubuziranenge.

    Umuyobozi Ushinzwe Ubuziranenge mu ruganda rwa Kinazi, Ngabonzima Viateur, yabwiye IGIHE ko kuba uruganda rwa Kinazi Cassava Plant ruhawe iki cyemezo mpuzamahanga cy'ubuziranenge bifite icyo bivuze by'umwihariko ku barugana.

    Ati' Muri rusange guhabwa icyemzo cy'ubuziranenge cya ISO 22000:2018, twavuga ko ari ukwemeza mu buryo bw'amategeko ku mikorere y'uruganda rushyira mu bikorwa amabwiriza agenga ubuziranenge, by'umwihariko ay'ibwiriza rya ISO 22000:2018. Ibyo bikaba byongera icyizere cyari gihari ku bakiriya cy'uko ibitunganywa n'uruganda byubujuje Ubuziranenge'.

    Ngabonzima kandi yavuze ko iki cyemezo uru ruganda rwahawe kizatuma rwagura amasoko, kuko rwamaze kwizerwa n'abakiliya bo mu Rwanda ndetse n'abo hanze bakazakomeza kwiyongera.

    Ati' Ibi bizatuma twagura amasoko mu mpande zitandukanye z'isi ndetse n'uburyo bw'imikorere irambye iganisha ku kubonera abakiriya ibyo bifuza'.

    Yavuze ko mu busanzwe uruganda rwari rusanzwe rufite ibyangombwa by'ubuziranenge bw'ibitunganywa n'uruganda, bityo iki cyemezo kikaba cyiyongereye ku byo uruganda rwari rusanganywe.

    Ngabonzima yavuze ko iki cyemezo cy'ubuziranenge uruganda rwahawe kizacyemura ibibazo bitandukanye bahuraga na byo birimo no kubura abakiliya bya hato na hato.

    Ati 'Ingorane twahuraga na zo zirimo kuba twaburaga abakiliya bamwe na bamwe bazaga bibanda ku bicuruzwa bifite ikirango cya ISO 22000:2018, no kuba twashaka andi amasoko mpuzamahanga aha agaciro cyane ibi birango.'

    Yongeyeho ko uruganda ruzakomeza guha agaciro abakiliya bashaka ibintu byujuje ubuziranenge ndetse no mu bindi byifuzo abakiliya bageza ku ruganda, byose bikazashyirwamo ingufu kugira ngo ibicuruzwa by'uru ruganda bigere ku rwego mpuzamahanga.

    Kinazi Cassava Plant Ltd ni uruganda rutunganya ifu y'ubugari ruyikuye mu myumbati, rukaba ruherereye mu Karere ka Ruhango mu Ntara y'Amajyepfo, aho rwatangiriye imirimo yarwo mu mwaka wa 2012, rugatunganya ifu y'imyumbati igurishwa mu Rwanda ndetse no mu mahanga.

    Inyubako y’uru ruganda yubatse mu karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo

    Ifu ya Kinazi izwiho kugira ubuziranenge bwo ku rwego rwo hejuru


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/uruganda-rwa-kinazi-cassava-plant-rwahawe-icyemezo-mpuzamahanga-cy-ubuziranenge

  • U Rwanda rwanenze icyemezo cy'Ubwongereza cyo guhagarika abagenzi baruturutsemo #rwanda #RwOT

    Leta y'u Rwanda yasohoye itangazo rivuga ko kubuza abagenzi bavuye mu Rwanda kujya mu Bwongereza ari umwanzuro “udashingiye kuri siyansi”.

    Kuwa kane, leta y'Ubwongereza yongeye u Rwanda, u Burundi na Emira zunze ubumwe z'Abarabu ku rutonde rw'ibihugu ababivuyemo batemerewe kujya muri UK.

    Leta y'u Rwanda uyu munsi yasohoye itangazo rivuga ko ibikorwa byayo mu kurwanya Covid-19 “bihoraho, bikorwa mu mucyo kandi bishimangirwa n'izindi nzego zigenga”.

    Muri aka karere, Tanzania na DR Congo nabyo abagenzi bahavuye ntibemerewe kujya mu Bwongereza, kubera “kwirinda ubwoko bushya bwa Covid-19.”

    Leta y'u Rwanda yavuze ko icyemezo cy'Ubwongereza “kidashingiye kuri siyansi”, kandi iyo leta itegereje “ibisobanuro ku mpamvu z'icyemezo kidakwiriye cya leta y'Ubwongereza”.

    U Burundi, u Rwanda na Leta zunze ubumwe z'Abarabu biheruka kongerwa ku rutonde “rutukura” rw'ibihugu aho abagenzi babivuyemo cyangwa babiciyemo batemerewe kujya mu Bwongereza.

    Iki cyemezo cyafashwe kigamije guhagarika ikwirakwira ry'ubwoko bwa coronavirus bwabonetse bwa mbere muri Africa y'Epfo,gitangira gushyirwa mu bikorwa kuva kuwa gatanu saa cyenda ku isaha yo mu Burundi no mu Rwanda.

    Minisitiri ushinzwe ubwikorezi mu Bwongereza Grant Shapps yatangarije kuri Twitter ko abaturage b'Ubwongereza batashye ari bo bemerewe kuhagera bafite icyemezo ko batanduye kandi nabwo bakabanza kujya mu kato mu minsi 10.

    Ubwongereza ntibusobanura niba muri ibi bihugu bitatu harageze ubwo bwoko bushya bwa coronavirus, muri aka karere bumaze kuboneka muri Kenya kugeza ubu.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/politiki/article/u-rwanda-rwanenze-icyemezo-cy-ubwongereza-cyo-guhagarika-abagenzi-baruturutsemo

  • InyaRwanda Music: Indirimbo 10 zirangije ukwe… – #rwanda #RwOT

    UMVA HANO INDIRIMBO 10 ZAKUNZWE CYANE MURI MUTARAMA 2021

    1. Ikinyafu By Bruce Melody ft Kenny Sol

    Ku mwanya wa mbere harazaho ‘Ikinyafu’ kuko ari imwe mu ndirimbo zarebwe cyane kuri inyarwanda music ndetse ikaba yaranaje inshuro zirenze imwe ku mwanya wa mbere kuri top 10 zagiye zikorwa buri cyumweru. 

    Ikindi ni uko ari imwe mu ndirimbo zarebwe cyane kurusha izindi byasohokeye mu gihe kimwe kuri Youtube ikaba yaranacuranzwe kurusha izindi kuma radio anyuranye nk’uko twagiye tubibwirwa na bamwe mu banyamakuru bakora ibiganiro by’imyidagaduro bo ku ma radio atandukanye.

    2. Carolina By Meddy

    Impamvu iyi ndirimbo ya Meddy yagaragaye ku mwanya wa kabiri ni uko ari imwe mu ndirimbo yamaze igihe yamamazwa dore ko yamaze hafi amezi arenga abiri yamamazwa itarasohoka. Ikindi ni uko ari indirimbo yarebwe cyane mu gihe gito kuri Youtube aho yujuje ‘views’ zirenga million mu gihe kingana n’ukwezi kumwe.

    Ikindi cyatumye iza kuri uyu mwanya wa kabiri ni uko Carolina ari indirimbo iri ku mwanya wa kabiri muzarebwe cyane kuri website yacu ya inyarwandaMusic. Ikindi cyashyize iyi ndirimbo ku mwanya wa kabiri kuri top 10 yacu ni uko yakunzwe n’abatari bake nk’uko bigaragara ku mbuga nkoranyambaga nka Instagram, Facebook, Snapchat ndetse na Whatsapp

    3. This is Love By Rema Ft The Ben

    Impamvu yatumye iyi ndirimbo iza ku mwanya wa gatatu ni uko ari imwe zirimo The ben zakunzwe cyane hano mu Rwanda nk’uko twagiye tubyibonera ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye by’umwihariko uburyo yarebwaga cyane byihuse kuri Youtube. 

    Iyi ndirimbo ya Rema Ft  The Ben ni imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane kuri inyarwanda music ku buryo yaje mu ma top 10 yose yakozwe muri uku kwezi kwa mbere ndetse yigeze no kuza ku mwanya wa mbere mu cyumweru cyashize, ibyo byose bikayishyira ku mwanya wa gatatu kuri top 10 yacu y’ukwezi kwa Mutarama umwaka wa 2021.

    4. Umunamba By Mico The Best

    Umunamba ni indirimbo imaze ukwezi kurenga igiye hanze ikaba indirimbo y’umuhanzi umaze kongera kwigarurira imitima ya benshi Mico The Best. Yaje kuri uyu mwanya bitewe n’uburyo iyi ndirimbo yakunzwe ku mbuga nkoranyambaga, uko yarebwe cyane kuri Youtube, igakundwa cyane kuri website ya inyarwandaMusic dore ko itigeze ibura muri top 10 zacu zose zakozwe kuva uyu mwaka watangira kugeza ubu turi kurangira ukwezi kwa mbere. 

    5. Bon By Davis D

    Ku mwanya wa gatanu turahasanga indirimbo ya Davis D umwe mu bahanzi nyarwanda bitwaye neza mu muziki kuva hagati y’umwaka wa 2020 kugeza n’ubu mu ntangiriro za 2021 aho yagiye akora indirimbo zigakundwa cyane. Indirimbo ze zirimo nka Micro, Dede ziri mu zarebwe cyane kuri youtube mu 2020. 

    Davis D ni umwe mu bantu bakunze kugaruka mu maso y’abafana babo kubera udushya tumwe na tumwe yagiye avugwaho. Dushingiye ku buryo uyu muhanzi yakoze, uko yakurikiranywe ku mbuga nkoranyambagaze ndetse na Youtube, uburyo indirimbo ye izwi nka Bon yakunzwe ku Inyarwanda music dore ko kuva yasohoka itigeze ibura kuri top 10 yacu, ibyo byose birayishyira ku mwanya wa gatanu wa top 10 yacu y’ukwezi kwa mbere k’umwaka wa 2021.

    6. Nightmare By Juno Kizigenza

    Umwe mu bahanzi bakoze neza mu 2020 kugeza n’ubu muri 2021 uzwi nka Kizigenza Juno, indirimbo ye izwi nka Nightmare ni yo iri ku mwanya wa gatandatu bitewe n’uburyo yagiye ikundwamo cyane cyane kuri website yacu ya inyarwanda music. Uburyo yakunzwe kuri youtube, uko yakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga n’uko yasabwe cyane kuma radio mu biganiro bya ‘showbiz’ bikorerwa hano mu Rwanda, nibyo biyishyira kuri uyu mwanya wa gatandatu.

    7. Seka By Niyo Bosco

    Umwe mu bahanzi bakora umuziki ufite umwihariko wawo, umwe mu bahanzi bakora umuziki kandi bafite ubumuga bwo kutabona, uzwi cyane mu Rwanda nka Niyo Bosco, indirimbo ye nshya yise Seka niyo yaje ku mwanya wa karinrwi kubera uburyo yakunzwe n’abatari bake kandi mu gihe gito. 

    Nk’uko bigaragara ku mbuga nkoranyambaga zose ndetse no kuri Youtube by’umwihariko dushingiye ku buryo yakunzwe ku Inyarwanda music dore ko yagarutse mu ma top 10 yacu kenshi cyane, ibyo byose ni byo byatumye igaragara ku mwanya wa karindrwi wa top 10 yacu y’ukwezi kwa mbere k’umwaka.

    8. Beautiful By Sat B ft Meddy

    Beautiful ni indirimbo y’umwe mu bahanzi b’ibyamamare mu gihugu cy’u Burundi, Sat B, afatanyije na Meddy umwe mu nkingi za mwamba mu muziki nyaRwanda. Dukurikije rero uburyo iyi ndirimbo yakunzwe ku mbuga zose nkoranyambaga, uko yarebwe n’abatari bake kuri youtube by’umwihariko dushingiye ku buryo yakunzwe kuri inyarwanda music, twahisemo kuyishyira ku mwanya wa munani w’urutonde rwacu rw’indirimbo icumi zakunzwe cyane kurusha izindi muri Mutarama uyu mwaka.

    9. Snack By Andy Bumuntu

    Ku mwanya wa cyenda turahasanga indirimbo Snack y’umuhanzi wigaruriye imitima ya benshi cyane cyane ab’igitsinagore uzwi nka Andy Bumuntu. Impamvu yatumye ijya kuri uyu mwanya ni uko ari imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane ku Inyarwanda music kuva zasohoka. 

    Ikindi ni uko ari imwe mu ndirimbo zasabwe ku ma radio cyane nk’uko tubibwirwa na bamwe mu banyamakuru bakora ibiganiro bya showbiz mu Rwanda. Ni imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Instagram, Facebook, Snapchat n’izindi. Ikindi ni imwe mu ndirimbo zarebwe n’abatari bake kuri Youtube.

    10. Aba People By Calvin Mbanda

    Calvin Mbanda ni umwe mu bahanzi bagize The Mane akaba ari nawe muhanzi w’umuhungu uri muri iyi Label akaba afite indirimbo ye yise aba People iri mu zagiye zikundwa cyane ku Inyarwanda music dore ko kuva yasohoka yagiye igaruka mu ma top 10 yacu kenshi. Ikindi dushingiye ku buryo yagiye ikundwa ahantu hose haba ku mbuga nkoranyambaga, ku ma radio, kuri youtube, nibyo biza bikayishyira ku mwanya wacu wa cumi kurutonde rwacu rw’indirimbo icume zikunzwe cyane kurusha izindi muri uku kwa mbere k’umwaka wa 2021.

    Bonus Track:

    Zimwe mu ndirimbo tubafitiye muri ‘Bonus’ harimo nk’indirimbo y’umwe mu bahanzi bakizamuka uzwi nka Edizo yise Sideni, hakazamo indirimbo nshya ya King James afatanyije na Ariel Wayz yiswe Ndagukumbuye, hakazamo n’indirimbo nshya ya Clarisse Karasira yise Mwabaye intwari, hakazamo indi nshya ya Munyanshoza yise Twizihize intwari. Harimo kandi indirimbo nshya  ya Byina trap, bakaba barayise ‘Byina drill’. Indirimbo ya nyuma iri muri bonus track ni Temperature by Alltruth ft Excellence.

    Mukomeze kwiyumvira indirimbo nziza zigezweho kuri Inyarwanda Music ya InyaRwanda.com urubuga rwa mbere ruguha indirimbo nyaRwanda nshya n’izakera ku buryo bukoroheye cyane.

    KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KU NDIRIMBO 10 ZAKUNZWE CYANE

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102736/inyarwanda-music-indirimbo-10-zirangije-ukwezi-kwa-mbere-kwa-2021-zikunzwe-cyane-video-102736.html

  • Vision Fm, Radio nshya yarambagije abanyamaku… – #rwanda #RwOT

    Vision Fm ni Radio nshya yuguruye amarembo mu ntangiriro z'uyu mwaka. Ivuzwe cyane mu itangazamakuru ryo mu Rwanda muri iki gihe bitewe n'uko yahaye akazi abanyamakuru bari basanzwe bakorera izindi Radio mu biganiro bitandukanye kandi byari bikunzwe.

    Byose byatangiye Tidjara Kabendera asezera mu Ikigo cy'Igihugu cy'Itangazamakuru, RBA yari amazemo imyaka 18 akorera ibiganiro bitandukanye byatumye akundwa karahava, kuri Radio no kuri Televiziyo. Aniyungura ubumenyi!

    Akimara gusezera byavuzwe ko agiye gutangira kwikorera ko ntaho azongera guhurira n'itangazamakuru. Ibyo yandikaga ku mbuga nkoranyambaga bikagaragaza ko atazatira uyu mwuga.

    Nta gihe kinini cyakiciyemo atangaza ko ijwi rye rigiye kongera kumvikana kuri Radio. Yavuze ibi hashize igihe ashyize umukono ku masezerano mu gihe kimwe na Joel Rutaganda wakoreye igihe kinini City Radio akaba n'Umuyobozi w'Ihuriro ry'Abanyamakuru bakora imyidagaduro, RSJF.

    Nyuma, Mike Karangwa na Kenzman bari bamaze igihe bakorera B&B Fm batangaje ko basezeye kuri iyi Radio berekeza kuri Vision Fm ivugira kuri 104.1 Fm. Aba bombi bakoraga ikiganiro cy'imyidagaduro 'K&K Show' kuri B&B Fm buri Cyumweru.

    Abanyamakuru bane barambagijwe na Vision Fm barangajwe imbere na Tidjara Kabendera wari umaze imyaka 18 akorera Ikigo cy'Igihugu cy'Igitangazamakuru, RBA. Asezera, iki kigo cyavuze ko mu gihe cyose yakoranye ubwitange n'umurava.

    Kabendera amaze iminsi atangiye akazi ke kuri Vision Fm, aho akora ikiganiro 'TK On Air' guhera saa yine za mu gitondo kugeza saa saba. Ni umwe mu banyamakuru b'inararibonye u Rwanda rufite, washyize itafari rye ku muziki w'u Rwanda.

    Karim Tuyishime [Kenzman] usanzwe ari umukozi w'uruganda rwa Skol azajya akora ikiganiro 'Hip Hop Nation' kizajya kiba kuva saa moya kugeza saa mbili n'igice z'ijoro. Iki kiganiro gishyize ku ibere indirimbo ziri mu njyana ya Hip Hop gusa.

    Kenzman yabwiye INYARWANDA ko yahisemo gukora iki kiganiro kugira ngo agire uruhare mu guteza imbere abahanzi b'abanyarwanda bakora Hip Hop bakunze kuzamura ijwi bavuga ko itangazamakuru ritsikamira iyi njyana ikundwa na benshi.

    Ati 'Nyuma y'igihe kirekire Hip Hop ari ibibazo nagize igitekerezo cyo kuba nagerageza uburyo natanga umusanzu mu guteza imbere Hip Hop. Cyane cyane ariko nshingiye ku bahanzi bato. Abahanzi bato bagenda bavuga ko nta 'promotion' babona kugira ngo bazamure impano zabo, indirimbo zabo ntizikinwa, ngo hakinwa indirimbo z'abantu bazwi baririmbye kuva cyera.'

    Akomeza ati 'Ni umwanya rero ngiye gutanga kuri Hip Hop cyane ku bana bakizamuka. Ngaragaze injyana nshya zino za Hip Hop zigenda zigaragara ko zateye imbere. Muri rusange n’ikiganiro kizajya giha 'promotion' indirimbo za Hip Hop z'abahanzi Nyarwanda.'

    Kenzman yavuze ko mu kiganiro cye azajya anagaruka ku makuru avuga ku bahanzi bakora injyana ya Hip Hop yaba abo mu Rwanda n'abo mu mahanga.

    Mike Karangwa yakoreye ibitangazamakuru bikomeye mu Rwanda birimo Isango Star, Radio/Tv10 na Radio Salus. Yerekeje kuri Vision Fm avuye kuri B&B FM mu kiganiro 'K&K Show', aho yari amezi amezi atandatu.

    Mike Karangwa ni umwe banyamakuru bamaze igihe kinini muri uyu mwuga. Ni umwe kandi mu bagaragaye mu kanama Nkemurampaka ka Miss Rwanda mu bihe bitandukanye. Ndetse hari amarushanwa atandukanye y'umuziki yitabajwemo.

    Ijwi rye rimaze iminsi micye ryumvikana kuri Vision Fm mu kiganiro 'Late Night Show' gitangira guhera saa mbili n'igice z'ijoro kugeza saa yine n'igice z'ijoro. Kuva ku wa mbere kugeza ku wa Gatanu.

    Joel Rutaganda ni umunyamakuru wakoreye igihe kinini City Radio yumvikanira kuri 88.3 Fm. Nawe ni umunyamakuru wa Vision FM, aho akora ikiganiro 'Hit Factory'.

    Iki kiganiro cye kiba guhera ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu; kuva saa kumi z'umugoroba kugeza saa moya z'ijoro. Isaha ya mbere y’iki kiganiro ni umutumirwa, cyane cyane impano nshya.

    Isaha ya kabiri aba afite ingingo runaka aganiriza abakurikiye Radio naho isaha ya nyuma n'isaha y'abaturage bahamagara kuri Radio bagasaba indirimbo bashaka.

    Joel Rutaganda uherutse kurushinga yabwiye INYARWANDA ko bitewe n'uko ibiganiro biri kwiyongera kuri Vision FM, guhera ku wa mbere azajya akora amasaha abiri kuva ku wa Mbere kugera ku wa Gatanu.

    Joel Rutaganda usanzwe ari Umuyobozi w'Ihuriro ry'Abanyamakuru bakora imyidagaduro mu Rwanda (Rwanda Showbiz Journalist Forum); yakoreye ibitangazamakuru birimo Igihe.com, Umuseke.rw na City Radio.

    Radio Vision FM yamaze kurambagiza abanyamakuru bakomeye ikorera ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali munsi ya Minagri inyuma ya People Club.

    Kenzman usanzwe ari umukozi wa SKOL yerekeje kuri Vision FM mu kiganiro giteza imbere injyana ya Hip Hop

    Mike Karangwa wari umaze amezi atandatu akorera B&B Fm yerekeje kuri Vision

    Tidjara Kabendera yasezeye kuri RBA yari amazeho imyaka 18, ajya gukorera Vision Fm mu kiganiro ‘TK On Air’Joel Rutaganda Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abanyamakuru b’Imyidagaduro mu Rwanda, RSJF azajya akora ikiganiro ‘HIT Factory’

    Uhereye ibumoso: Mike Karangwa, Tidjara Kabendera na Joel Rutaganda

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102737/vision-fm-radio-nshya-yarambagije-abanyamakuru-bakomeye-102737.html

  • #COVID-19: Mu Rwanda habonetse abanduye bashya 334, abapfuye ni batanu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abishwe na COVID-19 ku wa Gatandatu ni umugore w’imyaka 104 n’abagabo bane b’imyaka 102, 69, 66 na 60 i Kigali.

    Bahise buzuza umubare w’abantu 193 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko ku wa Gatandatu mu Rwanda habonetse abantu bashya 334 banduye COVID-19, naho 285 mu bari barwaye bakize.

    Abo banduye bashya 334 babonetse mu bipimo 11,137 barimo ababonetse i Kigali: 197, Gicumbi: 49, Gakenke: 13, Nyamagabe: 11, Karongi: 8, Ruhango: 6, Bugesera: 5, Nyanza: 5, Ngoma: 5, Kamonyi: 5, Muhanga: 5, Gatsibo: 5, Gisagara: 4, Rusizi: 3, Nyagatare: 3, Musanze: 3, Rubavu: 3, Ngororero: 1, Rulindo: 1, Nyaruguru: 1, Huye: 1.

    Kugeza ku wa Gatandatu, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 15,118 muri bo abamaze gukira ni 9,804 naho abakivurwa ni 5,121.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-mu-rwanda-habonetse-abanduye-bashya-334-abapfuye-ni-batanu

  • Abatavuga rumwe na Perezida Magufuli banenze amagambo yavuze ku rukingo rwa Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Magufuli akunze kumvikana adaha uburemere ibyerekeranye na COVID-19
    Perezida Magufuli akunze kumvikana adaha uburemere ibyerekeranye na COVID-19

    Muri iyo mbwirwaruhame ye yo ku wa Gatatu w’iki cyumweru, Perezida Magufuli yumvikanye ahinyura igitekerezo cya guhunda ya ‘guma mu rugo’ mu rwego rwo kugabanya ikwirakwira rw’ubwandu bwa Covid-19,ko ntacyo bimaze ndetse ko n’inkingo za Covid-19 zitashobora kuyikingira.

    Perezida Magufuli yavuze ko Abatanzania bagiye hanze mu mahanga, bakavayo bikingije ari bo bagaruye Coronavirus muri icyo gihugu,ariko yongeye gushimangira ko gusenga byonyine ari byo bishobora kurinda abantu.

    Yagize ati,”Abantu bagombye kwitonda,kuko izo nkingo zishobora guteza ibibazo(dangerous)”.

    Perezida Magufuli yavuze ko iyo Abazungu baba bafite ubushobozi bwo kuvumbura urukingo rwa Covid-19 koko, ubu ngo bari kuba baramaze no gukora urukingo rwa SIDA,Igituntu,Malaria na Kanseri.

    Bamwe mu Banyapolitike batavuga rumwe na Leta ya Magufuli banenzwe bikomeye ayo magabo ye,bavuga ko atari amagambo yakavuzwe n’umunyapolitiki kandi ko ari amagambo atanga ubutumba butaboneye ku batuye isi.

    Uwitwa Zitto Kabwe,wahoze mu nteko ishinga amategeko ya Tanzania,ubu akaba ari umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Magufuli ryitwa”Alliance for Change and Transparency”, yagize ati,”Ubu Afurika irimo kunyura mu bihe bikomeye kubera kutabona inkingo zihagije,ariko wajya kumva, ukumva Perezida w’igihugu cya kabiri mu bukungu muri Afurika y’Uburasirazuba, avuga ko inkingo ziteje ikibazo.Iki ni ikibazo gikomeye, kandi sinzi urwego imvugo nk’iyo y’umukuru w’igihugu ishobora ishobora kuzageraho iyobya abantu”.

    Ikinyamakuru ‘Citizen digital’ kivuga ko Tanzania yahagaritse ibyo gutangaza imibare ijyanye na Covid-19 ya buri munsi muri Gicurasi 2020, abagera kuri 509 bamaze kwandura icyo cyorezo mu gihe cyari kimaze guhitana abagera kuri 21.Mu guhagarika itangazwa ry’iyo mibare ku buryo buhoraho nk’ukobigenda mu bindi bihugu,Magufuli ngo yavuze ko nta mpamvu yo gukomeza gutanga izo raporo z’abanduye cyangwa se no gufata ingamba zo kwirinda icyorezo kandi Imana yarakirinze Tanzania.

    Uhereye ubwo,abaharanira uburenganzira bwa muntu muri Tanzania ndetse n’abanenga ubutegetsi bwa Magufuli babinyujije ku mbuga nkoranyambaga bakomeje gusaba ko imibare ijyanye na Covid-19 muri icyo gihugu yatangazwa.

    Uwitwa Kumbusho Dawson,ni umwe mu baharanira uburengenzira bwa muntu, binyuze mu Miryango witwa ‘Change Tanzania Organization’ akaba avuga ko nubwo babisabye kenshi ariko ngo ntacyo Guverinoma yigeze ikora na kimwe mu bijyanye no kwirinda icyorezo cya Covid-19, ariko ko abantu bagombye kwirinda bakurikije inama z’Ishami ry’Umuryango w’Abibyumye ryita ku buzima.

    Yavuze ko abantu bagombye kwambara udupfukamunwa,bagakaraba intoki kenshi, kugira ngo birinde, barinde n’abandi.

    Dr.Matshidiso Moeti,Uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ‘WHO’ mu Karere,abinyujije ku rubuga rwa ‘Twitter’ kuri uyu wa kane tariki 29 Mutarama 2021, yasabye Abatanzania kubahiriza amabwiriza ajyanye no kwirinda.Yavuze ko Siyansi yagaragaje ko izo nkingo za Covid-19 zikora neza, ndetse asaba Tanzania kuba yategura ubukangurambaga bujyanye n’ikingira rya Covid-19.

    Kwakira ubutumwa bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita k ubuzima,buza butandukanye n’ubwa Perezida Magufuli,byateye abaturage bamwe urujijo, nk’uko bivugwa n’uwitwa Mselle Dorcas.

    Mselle yavuze ko nibura mu minsi ya mbere icyorezo kikigera mu gihugu,abaturage bahabwaga amabwiriza y’icyo bakora,ndetse n’amashuri arafungwa.Ariko ubu nk’uko Mselle abivuga,abantu nibo bakora icyo bashatse,niba bambara udupfukamunwa cyangwa bakatureka, niba bakaraba intoki cyangwa batazikaraba,mbese ubona nta bwiriza ry’ubuyobozi na rimwe rihari mu bijyanye no kwirinda.

    Mselle avuga ko uko ibintu bimeze ubu aho mu gihugu cye, biteje urujijo ku buryo Abatanzania batazi intera ikibazo kiriho.


    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/abatavuga-rumwe-na-perezida-magufuli-banenze-amagambo-yavuze-ku-rukingo-rwa-covid-19

  • ASA yasohoye indirimbo ‘Yahweh’ yashibutse ku… – #rwanda #RwOT

    UMVA HANO INDIRIMBO NSHYA ‘YAHWEH’ YA ASA

    ASA mu buzima busanzwe ni umukozi wa Airtel Rwanda ari nayo mpamvu adakunze kumvikana cyane mu muziki kuko igihe kinini aba ahugiye mu kazi ke ka buri munsi muri iyi kompanyi. Kuri ubu uyu muhanzi azanye indirimbo nshya yise ‘Yahweh’ – inkuru mpamo y’ubuhamya bwa mushiki we wibarutse nyuma y’imyaka 6 yari amaze ategereje urubyaro. 

    ASA avuga ko “Imana ntawe igisha inama iyo igiye kukugirira neza, no muri ibi bihe bikomeye turimo ntawe izagisha inama umunsi yongeye kukwereka ineza yayo!”. Yabwiye InyaRwanda.com ko iyi ndirimbo ye irimo ubuhamya bw’ineza Imana yeretse mushiki we, ahari umubabaro, hashibuka ishimwe rikomeye. Ahumuriza abantu ababwira ko bategereza igihe cyabo cyo gusubizwa. Ati:

    YAHWEH ni indirimbo yavuye ku buhamya bw’ineza Imana yeretse mushiki wanjye wari umaze imyaka 6 ategereje urubyaro, mukumuha umwana IROMORA AMEERAH JOY hashibutsemo indirimbo, wa mubabaro w’igihe kinini washibutse ishimwe n’ihishurirwa ko Imana ntawe igisha inama cyangwa izayigisha umunsi wo gusubizwa kwawe nugera.

    Yavuze ko muri iki gihe Isi yose yugarijwe na Covid-19, ubukungu bw’abantu benshi bwahungabanye abwira abantu ko Imana ifite inzira zitandukanye zo kubatabara. Ati “2020 na 2021 isi yose yugarijwe n’icyorezo cyabujije benshi gukora no gukomeza gahunda zabo uko byaribisanzwe ariko Imana yatweretse kugira neza kwayo kwinshi munzira tutanatekerezaga”.

    ASA yiyemeje kugeza indirimbo ze ku masoko mpuzamahanga acuruza muzika!

    Gahunda nshya afite ni uko ubutumwa buri mu ndirimbo ze abugeza ku Isi, yisunze amasoko mpuzamahanga acuruza umuziki aho kuri ubu wazisanga kuri; Spotify, iTunes, Apple music, Amazon, Tidal, Distrokid n’ahandi. Avuga ko yasanze ari uburyo bwiza bwamufasha kwamamaza ubutumwa bwiza.

    Yagize ati “Gucuruza indirimbo ku masoko mpuzamahanga igitekerezo cyaje biturutse ku buryo bushya nabonye bwo gucuruza indirimbo zanjye, kuzigeza kuri benshi dore ko ibihugu byinshi bigira platforms twe tuba tutanazi mbona ko ari umwanya mwiza wo kugera kuri benshi”.

    Yakomeje ati “Ikindi harimo inyungu nyinshi yaba kubazumva no kuba zahoraho kuri ayo masoko. Ikindi ni uko nko ku bakoresha Shazam na siri ya iPhones bizaborohera aho bari ku isi hose kuba bakumva indirimbo zanjye batanzi ari izo mbuga mvuze batungaho telephones zabo zikabasha kubabwira uwo ndiwe, izina ryanjye n’ibyo nkora”.

    Asa wamenyekanye mu ndirimbo ‘Kubaho kwanjye’ azanye ingamba nshya

    ASA yatangaje ingamba yimirije imbere muri uyu mwaka wa 2021, ati “Ingamba nshya rero mfite uyu mwaka ni ugukora nk’aho ntakoze mbere dore ko hari hanashize igihe kinini ntakoma, uyu mwaka video nke nzakora ni 4 ariko igitekerezo ni 6 kuko na audio zazo zirahari”. 

    YAHWEH isohotse ubu nyimaranye umwaka urenga kuko uburyo nashakaga kuyisohoramo bwari butaraboneka, nta audio nzongera gusohora cyereka ku masohoko mpuzamahanga ikabanza kumvwa mu buryo bwa streaming ubundi video iza nyuma”.

    ASA yasoje avuga ko umwihariko azanye ari ugukora indirimbo zafasha umuntu uwo ari we wese. Yagize ati “Ubusanzwe abantu bamenyereye ko nkora Urban gospel, kuri iyi ni umwihariko, indirimbo yafasha uwo ari we wese kwegerena na Data, yaba mu gusenga cyangwa gushima”.

    ASA yakoze mu nganzo abwira abantu ko Imana nibatabara itazagisha inama

    Asa yarushinze mu mwaka wa 2017

    REBA HANO ‘YAHWEH’ INDIRIMBO NSHYA YA ASA

    REBA HANO ‘KUBAHO KWANJYE’ INDIRIMBO ASA YAMENYEKANIYEHO

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102739/asa-yashyize-hanze-indirimbo-yahweh-yashibutse-ku-kwibaruka-kwa-mushiki-wamaze-imyaka-6-at-102739.html