Category: Uncategorized

  • Uburakari bukomeye muri FC Barcelona kubera amasezerano ya Lionel Messi yagiye hanze #rwanda #RwOT

    Iyi kipe yahakanye “uruhare rwayo urwo ari rwo rwose mu gutangaza inyandiko y'aya masezerano”.

    El Mundo ivuga ko amasezerano ya Messi y'imyaka ine azatuma ahembwa miliyoni $674 kugeza tariki 30 z'ukwezi kwa gatandatu 2021.

    Ibi bivuze ko uyu mukinnyi w'imyaka 33 ahembwa hafi miliyoni $170 ku mwaka umwe w'imikino.

    Mu itangazo ryasohowe na Barcelona, iyi kipe ivuga ko “ibabajwe” no kuba iyi kontaro yatangajwe. Yongeraho iti:

    “FC Barcelona irahakana yivuye inyuma ko nta ruhare urwo arirwo rwose yagize mu gutangaza iyo nyandiko, kandi izafata ingamba zikwiye mu mategeko ku kinyamakuru El Mundo, ku ngaruka zose uku gutangaza kwatera.”

    Barcelona yongeraho ko “ishyigikiye Lionel Messi, mu gikorwa cyose cyaba kigamije kwangiza izina rye, no kwangiza imibanire ye n'urwego yakoreye akaba umukinnyi wa mbere ku isi no mu mateka y'umupira w'amaguru”.

    Umutoza Ronald Koeman waraye atoje umukino Lionel Messi yatsinzemo igitego cya 650 uyu mukinnyi yatsindiye FC Barcelona,yasabye ko uwashyize hanze aya masezerano yashakishwa akirukanwa.

    Yagize ati “Yakoze byinshi mu mupira wa Espagne.Hari abantu bashaka kubabaza Barcelona na Messi.Abaye ari umuntu uri imbere mu ikipe byaba ari bibi cyane akwiriye kugira ahazaza muri iyi kipe.”

    Messi wageze muri Barcelona afite imyaka 13, mu kwezi kwa munani umwaka ushize yasabye iyi kipe ko yamureka akajya ahandi.

    Haracyibazwa niba azaguma muri iyi kipe amasezerano ye narangira mu mpeshyi y'uyu mwaka.

    Messi niwe ufite umuhigo wo gutsindira iyi kipe ibitego byinshi, yatwaranye nayo ibikombe 10 bya La Liga, na UEFA Champions League enye, kandi amaze kuba umukinnyi warushije abandi ku isi inshuro esheshatu.

    Gusaba ko ava muri iyi kipe, byari bikurikiwe n'ubushyamirane yagiranye na perezida wayo Josep Maria Bartomeu, waje guhita yegura mu kwezi kwa cumi.

    Mu kwezi kwa 12, Messi yagize ati: “Sindamenya icyo nzakora.”

    Messi aheruka kugirana amasezerano na FC Barcelona mu mwaka wa 2017, ariko muri iyi myaka mike basinyanye iki gihangange cyo muri Argentina kizabasha kwinjiza akayabo ka miliyoni 555 z'mayero (£492m) narangira mu mpeshyi y'uyu mwaka.

    Ikinyamakuru El Mundo Deportivo cyavuze ko aya masezerano ya Messi azasenya FC Barcelona,arimo ibice bitandukanye yaba umushahara,ibyo kwamamaza,n'ibindi bitandukanye birimo n'imisoro.

    Messi ngo yahabwaga miliyoni138 z'amayero (£122m) buri mwaka nk'umushahara we.Yahawe miliyoni 115 z'amayero (£102m) kubera ko yemeye kongera amasezerano.Yanahawe miliyoni 79 z'amayero (£69m) z'uko yemeye kuba indahemuka akaguma I Camp Nou.

    BBC

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/uburakari-bukomeye-muri-fc-barcelona-kubera-amasezerano-ya-lionel-messi-yagiye

  • Madamu Aung San Suu Kyi wayoboraga Myanmar yegujwe ku ngufu n'igisirikare #rwanda #RwOT

    Televiziyo ya gisirikare yatangaje ibihe bidasanzwe bigomba kumara umwaka umwe mu gihugu, hamwe no guhererekanya ubutegetsi.

    Iyi coup d'état ibaye nyuma y'ubushyamirane hagati y'ubutegetsi bwa gisiviri n'abategeka ingabo nyuma y'amatora atavugwaho rumwe.

    Myanmar, igihugu kizwi kandi nka Burma, cyategetswe n'ubutegetsi bwa gisirikare kugeza mu 2011 ubwo habagaho impinduka za demokarasi.

    Uyu munsi kuwa mbere, igisirikare cyavuze ko kigiye guha ubutegetsi umugaba mukuru w'ingabo Min Aung Hlaing, kubera “uburinganya mu matora”.

    Abasirikare bari ku mihanda ari benshi mu murwa mukuru, Nay Pyi Taw, n'umujyi munini wa Yangon.

    Mu matora yo mu kwezi kwa 11, ishyaka rya Aung San Suu Kyi ryatsinze amatora ribona imyanya ihagije yo kuba yayobora guverinoma.

    Leta zunze ubumwe za Amerika zamaganye uku guhirika ubutegetsi zivuga ko binyuranyije na demokarasi.

    Antony Blinken ushinzwe ububanyi n'amahanga bwa Amerika yasabye abo basirikare bafashe ubutegetsi kurekura abategetsi bafunze.

    Marise Payne ushinzwe ububanyi n'amahanga wa Australia yavuze ko basaba abasirikare “kubaha ubutegetsi bugendera ku mategeko”, no “kurekura nta yandi mananiza abategetsi ba gisiviri bafunze binyuranyije n'amategeko”.

    Byifashe bite muri icyo gihugu?

    Internet n'itumanaho rya telephone ku mirongo myinshi byavanyweho mu mijyi mikuru, mu gihe televiziyo ya leta MRTV yavuze ko ifite ibibazo bya tekiniki ubu ikaba yafunze.

    Itumanaho ryose riganisha ku mujyi n'imbere mu murwa mukuru wa Nay Pyi Taw ryavanyweho, ubu biragoye kumenya ibiri kuhabera.

    Mu mujyi munini muri iki gihugu wa Yangon, imirongo ya telephone na internet biboneka ko byaciwe intege aho benshi mu batanga izo serivisi bari kuzikuraho.

    Televiziyo ya BBC World News kimwe n'ibindi bitangazamakuru mpuzamahanga byavanyweho, ndetse n'ibindi byinshi byo mu gihugu.

    Hari amakuru ko abantu bo mu mujyi wa Yangon bari kwihutira kuri za ATM gufata amafaranga yabo mu gihe byitezwe ko haba ihungabana ry'ifaranga mu minsi iri imbere.

    ATM zimwe na zimwe ntabwo ziri gukora kandi abaturage ntibazi neza niba banki ziri bufungurwe.

    Byagenze bite mu matora?

    Ishyaka NLD rya Aung San Suu Kyi ryatsinze n'amajwi 83% mu matora yo mu kwa 11 yabonetse nka referandum yo gushyiraho ubutegetsi bwa gisiviri.

    Yari amatora ya kabiri gusa kuva mu 2011 ubutegetsi bwa gisirikare buvuyeho.

    Gusa abasirikare bakomeje kwamagana ibyavuye mu matora, banaregera urukiko rw'ikirenga barega Aung San Suu Kyi na komisiyo y'amatora.

    Ubwoba ko hashobora kuba guhirika ubutegetsi bwariyongereye mu minsi ishize kuko abasirikare bavuze ko bagiye “kugira icyo bakora” kuri ubwo bujura. Komisiyo y'amatora yanenze ibyavuzwe n'abasirikare.

    Aung San Suu Kyi ni inde?

    Ni umukobwa wa General Aung San intwari yaharaniye ubwigenge bw'icyo gihugu. Uwo yishwe ubwo uyu mukobwa we yari afite imyaka ibiri gusa, mbere gato y'uko Myanmar ibona ubwigenge ku bakoloni b'Abongereza mu 1948.

    Aung San Suu Kyi hari ubwo yari ikirango cy'uburenganzira bwa muntu – impirimbanyi yaretse ubwisanzure bwe agahangana n'abajenerali bategetse iki gihugu imyaka myinshi.

    Mu 1991, yahaye igihembo cy'amahoro cyitiriwe Nobel, mu gihe yari afungiwe mu rugo, ashimwa nk'urugero rudasanzwe “rw'imbaraga z'abadafite imbaraga”.

    Madamu Suu Kyi yamaze imyaka 15 afunze hagati ya 1989 na 2010.

    Mu kwezi kwa 11/2015 yayoboye ishyaka National League for Democracy (NLD) ryatsinze amatora ku bwiganze, yari abaye bwa mbere muri iki gihugu mu myaka 25.

    Itegekoshinga rya Myanmar ryamubuzaga kuba perezida kuko afite abana bafite ubwenegihugu bw'andi mahanga. Ariko uyu mugore w'imyaka 75 ubu, niwe mutegetsi mukuru w'iki gihugu.

    Gusa kuva yagera ku butegetsi, ubutegetsi bwe bwaranzwe no kwibasira ba nyamucye b'abayisilamu bo mu bwoko bw'aba Rohingya.

    Mu 2017 ibihumbi amagana by'aba Rohingya bahungiye mu baturanyi muri Bangladesh kubera guhigwa kwabo kwavuye ku bitero byagabwe kuri station za polisi mu gace ka Rakhine.

    Ibihugu by'amahanga byahoze bishyigikiye Madamu Suu Kyi byamushinje kureberera amabi akorerwa aba-Rohingya bamwe bise jenoside.

    Imbere y'urukiko mpuzamahanga mpanabyaha mu 2019, abamuburanira bavuze impamvu igisirikare cyakoresheje imbaraga bituma benshi batakariza ikizere Suu Kyi wigeze kuba ikirango cy'amahoro.

    Mu gihugu cye ariko, Suu Kyi arakunzwe cyane mu baturage nyamwinshi b'aba Buddhist bagirira impuhwe nkeya aba Rohingya.

    BBC

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/madamu-aung-san-suu-kyi-wayoboraga-myanmar-yegujwe-ku-ngufu-n-igisirikare

  • Amashirakinyoma ku ikarita itukura yateje impaka yahawe Kwizera Olivier #rwanda #RwOT

    Nyuma y’ikarita itukura yahawe umunyezamu Kwizera Olivier ku ikosa yakoreye rutahizamu wa Guinea Conakry, Yakhouba Barry mu mukino wa ¼ wa CHAN 2020, Ruragirwa Aron uyobora komisiyo y’abasifuzi yasabonuye icyo amategeko ateganya ariko ahamya ko amashusho atabaniye abantu kuko hari aho atagaragaye neza.

    Ejo ku Cyumweru tariki ya 31 Mutarama 2021 Amavubi yakinaga na Guinea mu mukino wa ¼ cya CHAN 202o irimo kubera muri Cameroun.

    Ubwo umukino wari ugeze ku munota 52, umunyezamu Kwizera Olivier yaje kwisanga asigaranye na rutahizamu wa Guinea, Yakhouba Barry ashaka uburyo amubuza gutambuka kugira ngo ajye gutsinda, yisanga amukoreye ikosa ritavuzweho rumwe.

    Umusifuzi w’umunya-Maroc, Samir Guezzaz yahise asifura ikosa ndetse aha uyu munyezamu ikarita y’umuhondo.

    Nyuma yo gutanga ikarita y’umuhondo yaje no guhamagarwa ajya kureba kuri VAR, aho yahise aza maze ahanagura ikarita y’umuhondo yari yamahuye amuha umutuku, umukino wari ugeze ku munota wa 56.

    Iyi karita ntiyavuzweho rumwe kuko benshi bavugaga ko nta hantu na hamwe uyu mukinnyi yigeze akora kuri uyu rutahizamu.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, Ruragirwa Aron uyobora komisiyo y’abasifuzi asesengura kuri iri kosa rya Kwizera Olivier, yavuze ko bigoye kwemeza niba yakoze ikosa cyangwa atarikoze kuko hari aho amashusho atagaragara neza.

    Yagize ati'icyo itegeko rivuga, iyo habaye ikosa nka ririya icyo umuntu agomba kumenya ese yamukozeho cyangwa ntiyamukozeho, ibyo biterwa n’uko umusifuzi aba yabibonye. Abarebye umupira hafi ya twese ndibaza ko abantu bose bawurebye, hari ahantu amashusho atatwereka neza koko yamukozeho cyangwa atamukozeho.'

    Akomeza avuga ko mu gihe yaba yamukozeho ni ikarita itukura ariko niba atamukozeho nta kosa ntiyagombaga gutanga n’ikarita y’umuhondo.

    Ati'Niba yamukozeho, ni ikarita itukura kuko uko itegeko rivuga, rivuga ngo hariya hantu yari ageze, uriya mukinnyi hari undi mukinnyi wari kumuturuka imbere kugira ngo amufashe? Iyo bigaragara ko umupira ugana mu izamu awufite, icyo ni icya kabiri, icya gatatu imbere bigaragara ko intera ihari n’izamu ni ntoya kubera ku buryo iyo amucenga yari guhita asunikira mu izamu.'

    'Ikindi ni ba myugariro, hari abahari bashobora kumuturuka imbere bakamubuza gukomeza? Iyo bigaragaye ko nta we(hariya hantu uko nabibonye iyo abasha kumucenga ntagwe ntanamukoreho, nta myugariro wari imbere wari kumubuza). Ikibazo gihari ni kimwe ni ukumenya ikosa ryabaye cyangwa ntiryabaye, ikosa riramutse ribaye nta karita y’umuhondo. Ibintu ni bibiri ikosa ryabaye ni ikarita itukura ariko niba atamukozeho nta kosa ryabaye n’ikarita y’umuhondo ntayagombaga gutangwa.'

    Byahise biba ngombwa ko havamo Byiringiro Lague hinjiramo umunyezamu Kimenyi Yves wahise atsindwa iyi kufura. Umukino warangiye ari 1-0 maze u Rwanda ruhita rusezererwa mu irushanwa.

    Kwizera Olivier yahawe ikarita itukura yateje impaka

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/amashirakinyoma-ku-ikarita-itukura-yateje-impaka-yahawe-kwizera-olivier

  • Burkina Faso : Umuhungu usa na Perezida Kagame arifuza kuzahura na we (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Amafoto yashyizwe ku mbuga zo muri kiriya gihugu zirimo urwitwa Afrik Buzz, agaragaza uyu musore wenda gusa na Perezida Kagame haba mu isura ndetse n’igihagararo.

    Iki kinyamakuru gikorera i Ouagadougou kivuga ko uretse kuba uyu musore akiri muto, ubundi hari abashobora kumwita impanga ya Perezida Kagame Paul.

    Uyu musore wahawe izina rya Kagame Paul w’i Ouagadougou, asanzwe afata nk’ikitegererezo Perezida Paul Kagame kubera ubuhanga bwe mu miyoborere myiza.

    Avuga kandi ko mu byifuzo bye, ikiza ku isonga ari ukuzahura na Perezida Paul Kagame ku buryo uwazamuhuza na we yazaba amukoreye ikintu gikomeye mu buzima bwe.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Amakuru-anyuranye/article/Burkina-Faso-Umuhungu-usa-na-Perezida-Kagame-arifuza-kuzahura-na-we-AMAFOTO

  • Iki cyorezo cyatweretse ko twese dushoboye ibikorwa by’ubutwari- Perezida Kagame #rwanda #RwOT

    Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Perezida Paul Kagame yavuze ko igihe nk’iki ari umwanya mwiza wo kuzirikana Abanyarwanda bagaragaje kwitangira u Rwanda batizigama.

    Yagize ati 'Batubereye urugero rw’ibishoboka. Ubu u Rwanda rukaba ari imbuto z’ubutwari bwabo. Uwo muco ugomba kuba uruhererekane tuzakomeza kuraga abato.'

    U Rwanda n’Abanyarwanda bizihije uyu munsi mu gihe hagiye gushira umwaka hageze icyorezo cya COVID-19 cyahinduye byinshi mu bikorwa by’imibereho y’abantu.

    Uyu munsi kandi wizihijwe mu gihe Abanyarwanda bujuje ibyumweru bibiri bari mu ngamba nshya zo kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo zirimo n’izashyize Umujyi wa Kigali muri gahunda ya Guma mu rugo.

    Perezida Kagame avuga ko iki cyorezo 'cyatweretse ko twese dushoboye ibikorwa by’ubutwari. Mu gihe tugikomeje urugamba rwo kurwanya Covid-19, turashima inzego z’ubuzima bari ku isonga, n’inzego z’umutekano kubera ubwitange n’ubutwari bwabo. Buri munyarwanda akomeze guharanira kurinda mugenzi we.'

    Ubusanzwe kwizihiza uyu munsi byajyaga birangwa n’ibikorwa binyuranye birimo kujya gushyira indabo ku gicumbi cy’Intwari kiri i Remera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, uw’uyu mwaka ufite insanganyamatsiko igira iti “Ubutwari mu Banyarwanda, Agaciro kacu”

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Iki-cyorezo-cyatweretse-ko-twese-dushoboye-ibikorwa-by-ubutwari-Perezida-Kagame

  • Intwari ebyiri z’i Nyange ziyemeje kubana nk’umugabo n’umugore (ubuhamya) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uwamahoro Prisca na Sindayiheba Phanuel
    Uwamahoro Prisca na Sindayiheba Phanuel

    Uwamahoro Prisca avuga ko ubwo bigaga, ibyo kubana batari babifite mu mishinga, ahubwo ngo bemeranyijwe kubana nyuma yahom bashyingiranwa muri 2009.
    Uwamahoro ati “Ubu Phanuel ni umugabo wanjye ni na we twabyaranye abana batatu dufite, babiri ni abakobwa undi ni umuhungu. Ubwo twagendaga duhura cyane cyane mu muryango duhuriyemo witwa Komeza Ubutwari, twarushagaho kuganira twumva twashakana.”

    Prisca avuga ko kuba barashakanye batakundanye bashingiye ku kuba bombi ari intwari nk’uko abivuga ati “Urukundo rutemba rugana aho rushaka, ntabwo namukunze cyangwa we ngo ankunde kubera ko turi intwari, ni uko twashimanye mbere na mbere, ariko ubwo nyine iyo umuntu ari intwari aba ari intwari muri byose, yujuje ibya ngombwa byose agwa neza, aca bugufi ni umuntu nyine wumva ko mukwiye kubana mugahuza inshingano zo kurera”.

    Avuga ko baharanira guha abana babo uburere bwa gitwari babatoza umuco wo gukunda abandi. Ati “Hari ubwo bava ku ishuri bakumva bishimiye ko abandi bana bavuze ko ari abana b’intwari bababwira bati muzabe intwari nka Papa na Mama. Ni uwo murongo tubayoboramo aho twifuza ko na bo bazasiga umurage mwiza w’ubutwari, gukunda igihugu no gukura ari Abanyarwanda buzuye kandi bakunda Imana. Ni yo mpamvu dukomeje gukangurira n’abandi babyeyi kubiba imbuto nziza mu bana babo.”


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/intwari-ebyiri-z-i-nyange-ziyemeje-kubana-nk-umugabo-n-umugore-ubuhamya

  • Algeria: Bari biteguye urukingo rwa Covid 19 batungurwa no gusanga ari inzoga ya Vodka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bibeshye ko ari urukingo rwa Covid-19 bazana Vodka
    Bibeshye ko ari urukingo rwa Covid-19 bazana Vodka

    Perezida w’icyo gihugu yari yasezeranyije abaturage be ko agiye gutangira kubakingira iyo ndwara, bakaba bari bahisemo gukoresha urukingo rwo mu gihugu cy’u Burusiya rwitwa Sputnik V, gusa batunguwe no kubona indege yibeshya ikazana inzoga ikunzwe cyane yo mu Burusiya izwi nka Vodka, nk’uko byatangajwe n’urubuga ‘archyde.com’.

    Ubwo indege yari itegerejwe yageraga ku kibuga cy’indege cya Algeria, byitezweho ko izanye inkingo ibihumbi 500, abasirikare n’abayobozi ndetse n’abanyamakuru bari baje kurwakira batunguwe n’uko abashinzwe ubuziranenge bavuze ko haje inzoga aho kuza inkingo.

    Minisitiri w’ubuzima yahise ahatwa ibibazo ngo asobanure uko byagenze akaba yavuze ko habayeho kwibeshya kandi ko inkingo nyazo zigiye guhita zizanwa kandi abisabira imbabazi.

    Biteganyijwe ko mu gihugu cya Algeria batangira gukingira abaturage babo mu ntangiriro z’iki cyumweru, mu gihe ubundi bari bijeje abaturage babo ko bazatangira ku wa Gatandatu ushize.

    Vodka, inzoga ikunzwe cyane mu Burusiya
    Vodka, inzoga ikunzwe cyane mu Burusiya


    source https://www.kigalitoday.com/ntibisanzwe/article/algeria-bari-biteguye-urukingo-rwa-covid-19-batungurwa-no-gusanga-ari-inzoga-ya-vodka

  • Intwaro zafasha abakiri bato kuzagera ku bikorwa by’ubutwari – #rwanda #RwOT

    Intwari zizihizwa buri tariki 1 Gashyantare, ziri mu byiciro bitatu birimo Imanzi kibarizwamo Gen Fred Gisa Rwigema n’Umusirikari utazwi [uhagarariye abitangiye igihugu bakagwa ku rugamba ndetse n’abo mu bihe bizaza].

    Icyiciro cya kabiri ni icy’Intwari z’Imena, kibarizwamo Umwami Mutara Rudahigwa Charles Leon Pierre, Michel Rwagasana, Agatha Uwilingiyimana n’Abanyeshuri b’i Nyange.

    Icya gatatu n’icy’Intwari z’Ingenzi cyo nta ntwari irashyirwamo.

    Bamwe muri ba rwiyemezamirimo by’umwihariko abamaze kugera ku bikorwa by’indashyikirwa bavuga ko kugira ngo umuntu agere ku bikorwa nk’ibyo izi ntwaro zagezeho cyangwa se ibindi bihambaye igihugu kibifuzaho agomba kubitangira akiri umwana muto.

    Rwiyemezamirimo ufite Ikigo gikomeye mu bucuruzi bw’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, Sina Gérard, yavuze ko urubyiruko rukwiye guharanira ubunyangamugayo no kwiremamo icyizere.

    Ati “Urubyiruko rurasabwa ibintu bibiri, icya mbere ni uguharanira ubunyangamugayo ndetse no kwiremamo icyizere uko bishoboka, hanyuma ntibibe mu magambo ahubwo bikajya mu bikorwa kuko aho uri hose hari ubuzima.”

    Ibikorwa bye by’indashyikirwa byamuhesheje ibihembo n’ibikombe bitandukanye byaba ibyo akura mu Rwanda ndetse no hanze yaho mu bihugu birimo u Budage, u Busuwisi, u Bufaransa, u Bwongereza muri Amerika n’ahandi.

    Sina Gérard asanga hakiri urubyiruko rushaka kwigira uko rutari, ibintu birukoma mu nkokora mu byatuma ruharanira ibikorwa by’ubutwari.

    Ati “Urubyiruko ruracyashaka kwigira uko rutari, rwijyana aho rutaragera, waganira n’abandi ukababwira ko utunze n’ibyo udafite. Ikiri imbogamizi ku rubyiruko ni ukuticisha bugufi, ariko iyo wicishije bugufi byose ubigeraho.”

    Gasore Serge, ni Umurinzi w’Igihango k’Urwego rw’Igihugu abikesha ibikorwa byo komora ibikomere abarokotse Jenoside no kongera kugarura ubumwe n’ubwiyunge mu batuye Umurenge wa Ntarama, Akarere ka Bugesera ari naho avuka.

    Gasore wavutse mu 1986, akora ibyo bikorwa binyuze mu muryango yashinze witwa Gasore Serge Foundation. Ahamya ko urubyiruko rwagatangiye kureba uko rwakwishakira igisubizo aho gutekereza ak’imuhana.

    Ati “Urubyiruko rwatangira kureba ibyaruteza imbere, rugatangira kureba ibyo ruhamagarirwa gukora hakiri kare rudategereje gufashwa.”

    Twahirwa Dieudonné utuye mu Kagari ka Ramiro, Umurenge wa Gashora, mu Karere ka Bugesera, ni umuhinzi w’urusenda wabigize umwuga, asanga urubyiruko rukwiye gutangirira ku bintu bito mu gihe rushaka gutera imbere.

    Ati “Icya mbere si amikoro, ahubwo ni ugutangira akantu gato ukagakora neza, wagira imbogamizi zituma ibikorwa bidakora neza, ukabimenyeshereza igihe abantu bakakugira inama akenshi ibyo biragufasha.”

    Uruhare rw’ababyeyi ni ingenzi

    Rwiyemezamirimo Mukagahima Ange, ufite ikigo Zima Entreprise gitunganya ibihaza akabibyazamo ifu, amavuta yo guteka, ibisuguti n’ibindi, yavuze ko ababyeyi bafite uruhare mu gutuma abana baba intwari.

    Mu kiganiro na IGIHE, yagize ati “Ikintu numva urubyiruko rwo mu Rwanda kirureba, ni ukudategereza ko hari undi muntu w’abatekerereza kuko ubona urubyiruko rwinshi rwo mu Rwanda gufata icyemezo bibagora.”

    “Baracyategereza ko kanaka avuga ngo kora iki, baracyategereza ko babona akazi, baracyategereza ko ababyeyi babafasha. Ababyeyi nibatoze abana bakiri bato kuba intwari. Umuntu ntabwo azaba intwari afite imyaka 30 cyangwa 20, ahubwo bizatangirira no kuri ya myaka itanu cyangwa icumi”.

    Mukagahima yavuze ko urubyiruko kuba rukunze kugaragaza ikibazo cy’igishoro ngo rwiteza imbere bidakwiye kuba urwitwazo ahubwo rwagakwiye kurangwa n’umuco wo kwizigama.

    Ati “Igishoro cyo gihora ari ikibazo ndetse n’abafite amafaranga nta gihe uzumva ko ahagije, ahubwo reka tubanze twigishe urubyiruko ikintu cyo kwizigama”.

    Uyu mwaka ibikorwa byo kwizihiza Umunsi w’Intwari bizakorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Coronavirus. Hazatangwa ibiganiro bitandukanye hifashishijwe itangazamakuru n’ikoranabuhanga.

    Sina Gérard yavuze ko kuticisha bugufi ku rubyiruko bishobora kuba imbarutso yo kutagera ku bikorwa by’iterambere rwiyemeje

    Gasore Serge yavuze ko ak’i Muhana kaza imvura ihise, asaba urubyiruko kwishakamo ibisubizo mbere yo kubitegereza ku bandi

    Rwiyemezamirimo Twahirwa, yavuze ko ubunebwe ari we mwanzi wa mbere w’ubutwari n’iterambere, ashishikariza urubyiruko kwivanamo iyo ngeso

    Mukagahima Ange yavuze ko ibikorwa by’ubutwari no kwigira bikwiriye kwigishwa abana bakiri bato

    Urubyiruko rugize igice kinini cy’Abanyarwanda, ari nabyo biruha umukoro wo kuruteza imbere

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/intwaro-zafasha-abakiri-bato-kuzagera-ku-bikorwa-by-ubutwari

  • Ibyo abayobozi b’inzego z’ibanze basabwa kuzakosora muri manda itaha – #rwanda #RwOT

    Kuwa 26 Mutarama 2021 ni bwo Inteko rusange y’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena, yateranye yemeza itegeko rigena isubikwa ry’amatora y’inzego z’ibanze yari ateganyijwe muri Gashyantare 2021, igena ko abasanzwe kuri iyo myanya bakomeza kuyobora kugeza igihe inzitizi z’icyorezo cya COVID-19 zizaba zamaze kuvaho.

    Icyo cyemezo cyaje gikurikiye itangazo rya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) ryavugaga ko amatora y’inzego z’ibanze azatangira ku wa 20 Gashyantare, hatorwa abayobozi mu nzego zegereye abaturage kuva kuri Komite Nyobozi y’Umudugudu, kugera ku Nama Njyanama na Komite Nyobozi y’Akarere.

    Nubwo kugeza ubu hataramenyeka neza igihe nyir’izina ayo matora azakorerwa, abaturage n’inzobere mu by’imiyoborere bavuga ko hari ibyagaragaye muri manda y’izo nzego irangiye bikwiye kuzakosorwa mu yindi manda.

    Mu byagarutsweho hari inkundura y’iyegura rya hato na hato yavugije ubuhuha mu bayobozi b’uturere n’inama njyanama muri iyi manda irangiye, naho bamwe mu banyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’utugari bareguzwa ku mpamvu zitandukanye. Uko kwegura ahanini kwabaga kwaturutse ku kutuzuza neza inshingano zabo no kutesa imihigo bahize.

    Abayobozi b’uturere 12 muri 27 batangiranye na manda y’imyaka itanu ishize ni bo bakiri mu myanya yabo. Ureste babiri muri bo bahinduriwe imyanya manda itarangiye, abandi bareguye cyangwa batakarizwa icyizere n’inama njyanama.

    Habarwa abayobozi b’uturere 27 kuko batatu b’uturere two mu Mujyi wa Kigali bakuweho n’amavugura yatumye utwo turere dusigara tudafite ubuzima gatozi.

    Inzobere mu by’imiyoborere akaba n’umushakashatsi mu muryango Never Again, Eric Mahoro, yabwiye RBA ko ubushakashatsi bakoze mu 2019 bwerekanye ko hari igihe inama njyanama iba ifite ubushobozi buke bwo kugenzura komite nyobozi, ibintu byatuma ubuyobozi bw’akarere bugira imiyoborere idahwitse.

    Yakomeje ati “N’uburyo itoranywa birimo ikibazo [kuko] usanga ari abantu n’ubundi bafite imirimo mu karere ku buryo [komite] nyobozi iba ikibafiteho ububasha ku buryo kuyigenzura bigorana.”

    Kutesa imihigo no kunanirwa kuzuza inshingano biganisha ku kwegura kw’inzego z’ibanze, Mahoro avuga ko hari n’ubwo biterwa no kuba mu karere harimo imishinga myinshi “ibazwa akarere nyamara ingengo y’imari itabafasha kurangiza neza iyo mishinga” kuko hari amafaranga aturuka muri za minisiteri nayo aba yarabazwe mu ngengo y’imari.

    Iyo nzobere ivuga ko ubushakashatsi bwanerekanye ko “hari ikibazo cy’ubushobozi buke bw’abayobozi mu nzego z’ibanze, cyane cyane ku bijyanye no gusobanukirwa inshingano zabo.”

    Mahoro asaba ko “inzego z’ibanze zizatorwa zazongererwa ubumenyi” kuko hari n’abo usanga batumva gahunda za Leta bigatuma abaturage batabizera.

    Ku ruhande rw’abaturage, muri rusange bashima akazi izo nzego zakoze muri manda irangiye, ariko bakanagira ibyo basaba kuzanozwa ubutaha birimo ubukangurambaga ku kujyana abana mu ishuri no gusubizayo abaricikirije.

    Munyankindi Vincent wo muri Kamonyi yagize ati “Kuri njye mbona ku kagali hakwiye undi mukozi bakaba nka babiri [bahora bahari bakira abaturage]. Ibyo byaba ari byiza kuko ku mudugudu mbona mutekano na mudugudu bakora neza rwose.”

    Uwitwa Nshimiyimana Radjab we yagize ati “Abo mu nzego z’ibanze tuzatora bazadufashe bakore ikintu cyo gukangurira abana kwiga. Njyewe mbona ikibazo ari aho kiri rwose, bakareba uko n’abatiga basubira mu ishuri tukagira iterambere ariko n’abana bakagira uburere bwiza.”

    Icyo cyifuzo agisangiye na Bwanacye Fridaus na we utuye muri ako karere, wagize ati”Mbona abo tuzatora bakagombye gushakisha abana batiga kuko barahari rwose. Hano barahari batajya biga, birirwa birukanka kandi ni ikibazo pe! Mbona ntacyo abariho babikoraho.”

    Abayobozi mu nzego z’ibanze bagira uruhare rukomeye mu gushimangira gahunda ya Leta yo kwegereza ubuyobozi abaturage no kubafasha kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu n’ibibakorerwa.

    Manda irangiye ni yo yateguwemo amatora y’umukuru w’igihugu yabaye mu 2017, ikaba irangiranye n’icyerekezo 2020 u Rwanda rwari rwarihaye mbere y’uko hatangira icya 2050.

    Guhindura imibereho y’abaturage ni yo yari intero y’inzego z’ibanze nk’uko bikubiye muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka 7. Ibikorwa remezo, imibereho myiza n’ubukungu byongewemo imbaraga, ndetse isuzuma ry’imihigo rishingira ku mpinduka ku buzima bw’abaturage.

    Abayobozi mu nzego z’ibanze bagira uruhare rukomeye mu gushimangira gahunda ya Leta yo kwegereza ubuyobozi abaturage no kubafasha kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu n’ibibakorerwa

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibyo-abayobozi-b-inzego-z-ibanze-basabwa-kuzakosora-muri-manda-itaha

  • Burera: Umwana w’imyaka 12 yakuwe mu kiyaga yapfuye nyuma y’iminsi itatu arohamye – #rwanda #RwOT

    Ahagana saa tatu zo kuwa Gatandatu ushize nibwo uyu mwana wabaga mu Mudugudu wa Gatare Akagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza yajyanye na begenzi be, maze umukuru muri bo atangira koga muri iki kiyaga undi aramukurikira ahita arohama kuko we atarazi koga.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera ukora ku gice uyu mwana yarohamiyemo ari naho umurambo we wabonetse ureremba mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere taliki 1 Gashyantare 2021, Twagirimana Edouard, yihanganishije uyu muryango wabuze umwana asaba ababyeyi kurushaho gukurikirana amakuru y’aho abana babo baba bari cyane cyane ko ari no mu bihe byo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.

    Ati ” Mbere ya byose turihanganisha uyu muryango wabuze umwana. Ikiyaga kirahari ntabwo tuzagihunga ariko tugomba kumenya uko duturana nacyo. Ndasaba ababyeyi kurushaho kumenya amakuru y’aho abana babo baherereye cyane ko turi no mu bihe bya Covid-19, banabakangurira kurushaho kwirinda kwegera iki kiyaga kuko iyo barangaye kibatwara ubuzima”

    Akomeza avuga ko ubu umurambo wajyanwe kwa muganga ngo ukorerwe isuzuma mu gihe abana bari kumwe bo bari mu miryango yabo.

    Uyu nyakwigendera yarohamye kuwa gatandatu, hitabazwa abazi koga n’abarobyi ariko ntibamubona kugeza kuri uyu wa Mbere ubwo wazamukaga.

    Ibiyaga bya Ruhondo na Burera byegeranye cyane, bifite ubujyakuzima burebure cyane kuko hari n’ahageza kuri metero 168 z’ubujyakuzima ariho abaturage basabwa kwirinda cyane.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/burera-umwana-w-imyaka-12-yakuwe-mu-kiyaga-yapfuye-nyuma-y-iminsi-itatu