Category: Uncategorized

  • Umujyi wa Kigali watangiye icyiciro cya kabiri cyo gutanga ibiribwa muri iyi Guma mu Rugo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamwe mu batuye Umujyi wa Kigali batangiye guhabwa ibiribwa mu cyiciro cya kabiri
    Bamwe mu batuye Umujyi wa Kigali batangiye guhabwa ibiribwa mu cyiciro cya kabiri

    Umujyi wa Kigali uvuga ko imiryango 133,000 igizwe n’abaturage barenga 500,000 ari yo izaba imaze guhabwa ibiribwa birenga toni 3,150 nyuma yo gusoza iki cyiciro cya kabiri.

    Imiryango 72,000 ni yo yahawe ibiribwa bingana na toni 1,700 by’ifu y’ibigori n’ibishyimbo mu cyiciro cya mbere, icyiciro gisigaye kikaba kigizwe n’imiryango 61,000 cyatangiye guhabwa toni 1,450 kuri uyu wa kabiri.

    Ubaze ibiribwa buri muryango wafata mu gihe yose yaba ifite umubare ungana w’abantu, wagabanya toni 1,450 cyangwa ibirogarama 1,450,000 ku miryango 61,000 ukabona ko buri rugo rwajya rufata ibirogarama 23.7 by’ibishyimbo na kawunga (ifu y’ibigori).

    Buri muryango uhabwa ibiribwa hagendewe ku mubare w
    Buri muryango uhabwa ibiribwa hagendewe ku mubare w’abagize urugo

    Ibi ariko si ko bigenda kuko ahenshi usanga umubare w’abaturage bateganyijwe guhabwa ibiribwa ari muto cyane ugereranyije n’abavuga ko babikeneye, bigatuma habaho gusaranganya ibyabonetse.

    Twaganiriye n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigarama mu karere ka Kicukiro, Umubyeyi Mediatrice agaragaza ingano y’ibiribwa buri rugo muri uwo murenge rwagenewe.

    Yagize ati “Mu murenge wacu abahabwa ibiribwa kuri uyu wa kabiri ni imiryango 3,886, urugo rugizwe n’abantu 1-2 rurahabwa ibiro 10 by’ibiribwa, urugizwe n’abantu 3-5 ruhabwe ibiro 15, hanyuma urugizwe n’abantu kuva kuri 6 kuzamura rurahabwa ibiro 40 by’ibiribwa”.

    Ku rutonde rw’ingo zihabwa ibiribwa twakoreye igenzura, twasanze ingo nyinshi ari iziri mu cyiciro cya mbere (ni ukuvuga izifite umubare w’abantu kuva kuri 1-2) hamwe n’icyiciro cya kabiri (kuva ku bantu 3-5).

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase asaba inzego z’ibanze gutanga ibiribwa bitubutse bimara iminsi myinshi, mu rwego rwo kwirinda guhora bajya mu ngo gutanga ibindi.

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase avuga ko ahakumvikana ikibazo hose inzego ziba ziteguye kwihutira gutanga ibisubizo

    Prof Shyaka yagize ati “Mu cyumweru gishize hari abo bahaye, bivuze ngo ntibirashira cyangwa bashobora gukenera ibindi, hamaze iminsi hagaragara humvikana n’amajwi ya bamwe bafite ibibazo, bimwe bishobora kuba ari byo,…ariko icyo nagira ngo nizeze ni uko twese dufite ubushobozi bwo kubaha ibisubizo mu buryo bwihuse, n’aho bitameze neza turifuza ko bikosoka”.

    Hari tumwe mu duce tw’Umujyi wa Kigali twatangiye guhabwa ibiribwa kuri iki cyumweru gishize ndetse n’aho babihawe ku wa mbere, abandi barakomeza kubihabwa kuri uyu wa kabiri.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/umujyi-wa-kigali-watangiye-icyiciro-cya-kabiri-cyo-gutanga-ibiribwa-muri-iyi-guma-mu-rugo

  • Ubushinwa bwahagaritse abantu 80 bakoraga mu buryo bwa Magendu inkingo za Coronavirus #rwanda #RwOT

    Leta y'Ubushinwa ivuga ko irimo ishakisha abagizi ba nabi bakora 'inkingo za magendu' za Covid-19, aho bakora ubwo bugizi bwa nabi kuva mu kwezi kwa cyenda, nk'uko bivugwa na CNN.

    Igipolisi cya Jiangsu, Beijing na Shandong cyafashe abantu barenga 80 bafite uruhare mu gukora inkingo zirenga 3.000 za magendu za Covid-19, nk'uko bivugwa n'ibiro ntaramakuru by'Ubushinwa, Xinhua.

    Xinhua, ivuga ko Minisiteri y'umutekano mu Bushinwa ivuga ko irimo gukora amaperereza kuri izo nkingo za magendu hamwe n'iyindi miti yo mu rwego rwo gukingira indwara.

    Igipolisi cyemeza ko kuva mu kwezi kwa cyenda mu 2020, abo bakora izo nkingo za magendu babonye amafaranga menshi cyane, aho bashyira umunyu mu rushinge bagahita bazigurisha ku mafaranga menshi, nk'uko bikomeza bivugwa na Xinhua.

    Ubushinwa nkuko BBC ibitangza, burimo burakingira abanyagihugu bukoresheje inkingo ziva mu bigo bibiri, Sinovac na Sinopharm, inkingo z'icyo gihugu kandi zatangiye gutangwa mu bindi bihugu, harimo n'igihugu cya Turkia.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/ubushinwa-bwahagaritse-abantu-80-bakoraga-mu-buryo-bwa-magendu-inkingo-za-coronavirus/

  • AS Kigali yatangiye imyitozo yasuwe na PS wa MINISPORTS #rwanda #RwOT

    Ubwo abasore b’Ikipe ya AS Kigali batangiraga imyitozo, basuwe n’Umunyamabanga uhoraho (PS/Permanent Secretary) muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier.

    Amafoto yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga za AS Kigali, agaragaza PS Shema ari kumwe na bamwe mu bayobozi b’iyi kipe iherutse gusezerera KCCA yo muri Uganda.

    AS Kigali izakina umukino ubanza na CS Sfaxien ku wa 14 Gashyantare, ukazabera muri Tunisia, ngo umukino wo kwishyura ukazabera i Kigali tariki 21Gashyantare.

    AS Kigali igiye gukina na CS Sfaxien yarabanje gusezerera Orapa United yo muri Botswana ndetse na KCCA yo muri Uganda yari yanateye mpaga ubwo yazaga mu Rwanda bagasanga hari abakinnyi bayo barwaye COVID-19 ikaba itari yujuje umubare w’abajya mu kibuga.

    AMAFOTO :

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imikino/article/AS-Kigali-yatangiye-imyitozo-yasuwe-na-PS-wa-MINISPORTS

  • Uwatorotse Gereza ya Muhanga yafatiwe muri aka Karere ubu afunganywe n’uwari umucumbikiye #rwanda #RwOT

    Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushizwe imfungwa n’abagororwa (RCS), SSP Pelly Uwera yabwiye Kigali Today dukesha aya makuru ko Mfitumukiza yatawe muri yombi hamwe n’uwari umucumbikye, mu Mudugudu wa Rugarama mu kagari ka Gifumba mu murenge wa Nyamabuye, Mfitumukiza ubundi akaba uvuka mu karere ka Rusizi.

    Umuyobozi wa Gereza ya Muhanga SSP Genevieve Niyomufasha, avuga ko kuva Mfitumukiza yatoroka Gereza ku wa 27 Mutarama 2021, yakomeje gushakishwa akaba yabonetse ku makuru yatanzwe n’abaturage n’ubufatanye bw’inzego z’ibanze n’iz’umutekano.

    Agira ati 'Ubu yafashwe ari ku rwego rw’Ubugenzacyaha RIB, yafashwe ku bufatanye bw’inzego z’umutekano n’iz’ibanze. Uwari umucumbikiye nawe ari gukurikiranwa na RIB, ntituramenya niba hari amasano bafitanye'.

    Yongeraho ati 'Icyaha cyo gutoroka gereza nacyo gihanwa n’amategeko, ubu arimo gukorewa dosiye, abagororwa bakora ibihano ndabasaba gutuza bagakora ibihano byabo kuko inzego z’umutekano ziri maso, cyane ko n’uwo yafashwe'.

    Niyomufasha avuga ko nta mucungagereza wari waryozwa iby’itoroka rya Mfitumukiza, ahubwo bari barimo gufatanyiriza hamwe kumushakisha kugeza bamufashe, agashimira abaturage ku makuru batanze ngo afatwe akanabasaba kubigira umuco.

    Mfitumukiza na bagenzi be batanu bakurikiranweho ibyaha byo kwica umumotari witwa Samson Ndirabika, wiciwe mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga bakamwambura moto.

    Abo bose bakaba bataratangira kuburanishwa kuri ibyo byaha kuko bagifunzwe by’agateganyo.

    Ivomo : Kigali Today

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Uwatorotse-Gereza-ya-Muhanga-yafatiwe-muri-aka-Karere-ubu-afunganywe-n-uwari-umucumbikiye

  • Umusore usa neza neza na Perezida KAGAME kandi atari umwana we yavugishije abatari bakeya hirya no hino kw'isi #rwanda #RwOT

    Umusore utuye mu Mujyi wa Ouagadougou muri Burkina Faso, akomeje guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga bitewe n'uburyo asa neza na Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame ndetse nawe ngo arifuza ko bazahura.

    Uyu musore nawe ubizi neza ko asa na Perezida Kagame afite inzozi zo guhura na Nyakubahwa Perezida Kagame ari nayo mpamvu abantu benshi bari gukwirakwiza aya mafoto bari gusaba ko uwo musore yafashwa kugera ku nzozi ze.

    Uyu musore ukiri muto asanzwe yituriye mu gace k'akajagari k'Umurwa Mukuru wa Burkina Faso,Ouagadougou.

    Kubera ukuntu asa n'umukuru w'Igihugu cy'u Rwanda,Paul Kagame byatumye benshi bamubaza amazina ye, aho kuri ubu yamaze kumenyera kwitwa Paul Kagame n'ubwo na we atamuzi amaso ku maso.

    Uyu musore bigaragara ko ari hagati y'imyaka 28 na 35, aho abamubona bavuga ko iyo aza kuba afite imyaka 63 y'amavuko byari gukekwa ko yaba ari impanga ya Paul Kagame.

    Source : https://impanuro.rw/2021/02/01/umusore-usa-neza-neza-na-perezida-kagame-kandi-atari-umwana-we-yavugishije-abatari-bakeya-hirya-no-hino-kwisi/

  • Covid_19: Abacuruzi b'inzoga muri Afurika y'epfo bongeye kwemerwa #rwanda #RwOT

    Umukuru w'Igihugu cya Afrika y'Epfo, Cyril Rmaphosa yakuyeho ingingo zari zarafashwe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, harimo no kuvanaho ingingo yabuza kugurisha inzoga abantu banywa bicaye hamwe.

    Ahantu hatandukanye hafatirwa cyangwa se hacururizwa inzoga ku nkengero z'inyanja (plages) hazafungurwa, no guhurira mu masengesho biremewe ariko ku rugero rw'imibare yagenwe mu buryo bwo kwirinda icyorezo.

    Ibi byatangajwe ubwo Perezida Ramaphosa yatangazaga ugushyika kw'inkingo za mbere za Covid-19, Miliyoni z'inkingo za Astra-Zeneca-nk'amahirwe yo guhagarika icyorezo cya Covid-19 cyari kibarembeje.

    Afurika y'Epfo nicyo gihugu gifite abanduye n'abamaze kwicwa na Covid-19 benshi kurusha ibindi bihugu muri Afrika. Abarenga Miliyoni 1.4 bamaze kwandura iki cyorezo kuva wadutse, abashyika 44.164 nabo bamaze gupfa nkuko imibare ya kaminuza ya Hopkins ibigaragaza.

    Ibihugu byinshi byabujije ingendo z'abavuye muri Afrika y'Epfo mu rwego rwo guhagarika ikwirakwira ry'ubwoko bushya bwa Virus ya Covid-19 yandukira cyane 501Y.V2, byibazwa ko yatangiriye muri Afurika y'epfo kandi bikekwa ko yaba ifite ubukana ku nkingo zimaze kuboneka.

    Ingingo zorohejwe gute?

    Igihugu kizaguma mu cyitwa urugero rwa gatatu rwa 'guma mu rugo', ariko hari ingingo zariho zizavanwaho. Ubu abagurisha inzoga basubiye kwemerwa gucuruza hagati ya saa yine za mugitondo na saa kumi n'ebyiri z'umugoroba kuva ku wa mbere gushyika ku wa kane, utubari dufite impushya natwo dushobora gufungura kuva saa yine z'igitondo gushyika saa yine z'ijoro.

    Amasaha y'umukwabu (couvre-feu) nkuko BBC ibitangaza, ubu ni kuva saa tanu z'ijoro kugera saa kumi za mugitondo. AbanyaAfrika y'Epfo bamaze gufatirwa ingingo yo kubuza inzoga inshuro eshatu kuva Coronavirus yadutse muri iki gihugu mu kwezi kwa gatatu, ubwa nyuma ingingo yafashwe hari kuva itariki 28 ukwezi kwa 12 umwaka ushize.
    BBC

    Source : https://impanuro.rw/2021/02/02/covid_19-abacuruzi-binzoga-muri-afurika-yepfo-bongeye-kwemerwa/

  • Muhanga: Mfitumukiza wari watorotse gereza yongeye gufatwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mfitumukiza wari uherutse gutoroka gereza ya Muhanga yafashwe
    Mfitumukiza wari uherutse gutoroka gereza ya Muhanga yafashwe

    Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushizwe imfungwa n’abagororwa (RCS), SSP Pelly Uwera yemeje ayo makuru, akavuga ko Mfitumukiza yatawe muri yombi hamwe n’uwari umucumbikye, mu mudugudu wa Rugarama mu kagari ka Gifumba mu murenge wa Nyamabuye, Mfitumukiza ubundi akaba uvuka mu karere ka Rusizi.

    Umuyobozi wa Gereza ya Muhanga SSP Genevieve Niyomufasha, avuga ko kuva Mfitumukiza yatoroka Gereza ku wa 27 Mutarama 2021, yakomeje gushakishwa akaba yabonetse ku makuru yatanzwe n’abaturage n’ubufatanye bw’inzego z’ibanze n’iz’umutekano.

    Agira ati “Ubu yafashwe ari ku rwego rw’Ubugenzacyaha RIB, yafashwe ku bufatanye bw’inzego z’umutekano n’iz’ibanze. Uwari umucumbikiye nawe ari gukurikiranwa na RIB, ntituramenya niba hari amasano bafitanye”.

    Yongeraho ati “Icyaha cyo gutoroka gereza nacyo gihanwa n’amategeko, ubu arimo gukorewa dosiye, abagororwa bakora ibihano ndabasaba gutuza bagakora ibihano byabo kuko inzego z’umutekano ziri maso, cyane ko n’uwo yafashwe”.

    Niyomufasha avuga ko nta mucungagereza wari waryozwa iby’itoroka rya Mfitumukiza, ahubwo bari barimo gufatanyiriza hamwe kumushakisha kugeza bamufashe, agashimira abaturage ku makuru batanze ngo afatwe akanabasaba kubigira umuco.

    Mfitumukiza na bagenzi be batanu bakurikiranweho ibyaha byo kwica umumotari witwa Samson Ndirabika, wiciwe mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga bakamwambura moto.

    Abo bose bakaba bataratangira kuburanishwa kuri ibyo byaha kuko bagifunzwe by’agateganyo.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/muhanga-mfitumukiza-wari-watorotse-gereza-yongeye-gufatwa

  • Afro-Basket Qualifiers: Abakinnyi batanu basezerewe mu mwiherero w’Ikipe y’igihugu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abakinnyi bumva inama z
    Abakinnyi bumva inama z’umutoza, Henry Muinuka, anabagezaho urutonde rw’abasezerewe

    Ku wa mbere tariki ya 01 Gashyantare 2021 nibwo umutoza yafashe icyemezo cyo gusezerera abakinnyi batanu kugira ngo atangire agabanye umubare w’abo agomba gutegura. Abakinnyi batanu basezerewe ni: Niyonsaba Bienvenue ( APR BBC), Uwitonze Justin na Nyamwasa Bruno ( IPRC Kigali BBC), Muhizi Prince (UGB BBC) na Eric Muhayumukiza (IPRC Huye BBC).

    Uretse aba bakinnyi basezerewe biteganyijwe ko abakinnyi babiri ari bo : Gasana Kenneth Hubert na Axel Mpoyo bakina muri Leta zunze Ubumwe za Amerika bazasanga bagenzi babo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 03 Gashyantare 2021.

    Manzi Kimasa Dan ntazitabira ubutumire kuko ari gushaka uburyo yakwinjira mu makipe akina shampiyona ya Basketball muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, Shema Osborne na we ntazaza. Ikipe ye yamwimanye kuko ifite imikino myinshi.

    Abakinnyi basigaye mu mwiherero

    Hubert Kabare Bugingo (IPRC-Huye), Steven Hagumintwari (Patriots), Kami Kabange (REG), Elie Kaje (REG), Dieudonné Ndizeye Ndayisaba (Patriots), Jean Paul Ndoli (IPRC-Kigali) na Pascal Niyonkuru (APR).

    Jean Jacques Wilson Nshobozwabyosenumukiza (REG), Marius Tresor Ntwari (APR), Sedar Sagamba (Patriots), Olivier Shyaka (REG), Sano Gasana (USA) na Ntore Habimana (Canada).

    Imikino y’amakipe yo mu matsinda ya B na C izabera mu Mujyi wa Yaoundé muri Cameroon kuva tariki ya 19 kugeza 21 Gashyantare 2021. Amakipe yo mu matsinda ya A,D na E azakinira mu mujyi wa Monastir muri Tuniziya kuva tariki ya 17 kugeza tariki ya 21 Gashyantare 2021.

    Biteganyijwe ko imikino ya nyuma ya Afro-Basket 2021 izabera mu Rwanda kuva tariki 24 Kanama kugeza 05 Nzeri 2021 muri Kigali Arena.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/basketball/article/afro-basket-qualifiers-abakinnyi-batanu

  • Ambasaderi Hategeka yasabye Abanyarwanda kurangwa n’ubutwari bwo guteza igihugu imbere – #rwanda #RwOT

    Ni ubutumwa yatanze ubwo u Rwanda rwizihizaga Umunsi w’Intwari ku nshuro ya 27. Wahawe insanganyamatsiko ivuga ngo ‘Ubutwari mu Banyarwanda agaciro kacu’.

    Umunsi w’Intwari wizihizwa buri tariki ya 1 Gashyantare, aho Abanyarwanda baba abari mu gihugu no hanze yacyo bazirikana bagenzi babo bakoze ibikorwa by’indashyikirwa bakabikorana ubwitange batagamije inyungu bwite, ahubwo baharanira ukwishyira ukizana, ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda bose.

    Ambasaderi Hategeka Emmanuel mu butumwa bwe yageneye Abanyarwanda batuye muri Arabie Saoudite na Bahrain yabasabye kugera ikirenge mu cy’intwari z’igihugu.

    Yagize ati “Iyi nsanganyamatsiko iratwibutsa ko tugomba kugaragaza ubutwari mu buzima bwacu bwa buri munsi, intwari zacu zadusigiye umurage mwiza, wo gukunda u Rwanda rwo kurwitangira tutizigama.”

    Yakomeje abasaba kurangwa n’indangagaciro za Kinyarwanda aho bari hose kuko arizo zizabafasha kwiteza imbere no guteza imbere aho bakomoka.

    Ati “Aho muri ndabasaba kurangwa n’indangagaciro Nyarwanda, gukunda igihugu, guhiganwa n’abandi mugahaha ubwenge n’ibindi bibateza imbere n’imiryango yanyu n’igihugu cyacu muri rusage. Mbifurije guhorana ubutwari.”

    Ibikorwa by’Umunsi w’Intwari byizihijwe hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Coronavirus ndetse ibiganiro byabaye byatanzwe hifashishijwe itangazamakuru n’ikoranabuhanga.

    Umunsi w’intwari z’igihugu watangiye kwizihizwa nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Emmanuel Hategeka, yasabye Abanyarwanda kurangwa n’ubutwari mu byo bakora

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ambasaderi-hategeka-yasabye-abanyarwanda-kurangwa-n-ubutwari-bwo-guteza-igihugu

  • Musanze: Abantu 94 bafashwe basenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Aba bantu bafashwe mu gitondo mu masaha ya saa yine kuri iki Cyumweru tariki ya 31 Mutarama bafatirwa mu Murenge wa Nkotsi mu Kagari ka Bikara mu Kagari ka Karambi.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, CIP Alex Rugigana, yavuze ko abantu 89 bafatiwe mu nzu y’umukobwa w’imyaka 24 abandi 5 bafatirwa mu nzu y’umusore ufite imyaka 24. Aba bantu bose bafashwe nta bwiriza na rimwe ryo kurwanya COVID-19 bubahirije. Biganjemo abo mu itorero rya ADEPR, AER n’abitwa Abashumba ba Kristu.

    CIP Rugigana yagize ati “Bariya bantu icyo bahuriyeho ni ukutubahiriza amabwiriza y’inama y’Abaminisitiri iherutse guterana igahagarika ibikorwa bijyanye no gusenga ndetse n’andi makoraniro ahuza abantu benshi. Mu nzu y’umwe harimo abantu 89, muri bo 49 nta dupfukamunwa bari bambaye, bandi bose nta ntera yari iri hagati y’umuntu n’undi kandi bari mu cyumba gifunganye, nta bukarabiro.”

    CIP Rugigana yakomeje avuga ko igiteye impungenge cyane ari uko abo bantu bari baturutse mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Musanze bityo hakaba hari impungenge z’uko hari ababa bari banduye bakaba bakwanduza abandi.

    Yagize ati “Aka Karere ka Musanze kakunze kujya kagaragaramo imibare myinshi y’abantu banduye COVID-19, kuba rero abantu nka bariya barenga ku mabwiriza bagahurira ahantu hamwe kandi bavuye ahantu hatandukanye batanampimwe biteye impungenge. Ntabwo Leta ibuza abantu gusenga ariko bagirwa inama yo gusengera mu ngo zabo, abagize umuryango bagasengera mu rugo batagize ahandi bajya.”

    CIP Rugigana yavuze ko muri abo bantu 94 bafashwe hari higanjemo urubyiruko, yaboneyeho gusaba urubyiruko gufata iya mbere bagakangurira abandi bantu kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

    Yanavuze ko atari ubwa bene izo nzu bombi bafatiwe mu makosa yo kurenga ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 bagahuriza hamwe abantu mu masengesho mu ngo zabo. Yavuze ko bagiye bafatwa kenshi bakaganirizwa ndetse bakihanangirizwa ariko bakaba bakomeje kurenga ku mabwiriza nkana.

    CIP Rugigana yihanangirije abaturage bakomeje kurenga ku mabwiriza nkana anabibutsa ko abazajya bafatwa barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 bazajya bacibwa amande ajyanye n’amabwiriza yo kurwanya COVID-19.

    Yashimiye abaturage bakomeje gufatanya na Polisi batanga amakuru hakiri kare bagaragaza abarenga ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19.

    Abafashwe bahise bajyanwa muri sitade Ubworoherane y’Akarere ka Musanze baraganirizwa ndetse bacibwa amande hakurikijwe amabwiriza.

    Bafatiwe mu ngo z’abaturage bikingiranye batubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Abafashwe bajyanywe muri Stade Ubworoherane bacibwa n’amande

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/musanze-abantu-94-bafashwe-basenga-barenze-ku-mabwiriza-yo-kurwanya-covid-19