Category: Uncategorized

  • AMAFOTO : Uko igitaramo cyo gusingiza Intwari cyagenze #rwanda #RwOT

    Ni igitaramo cyahuriyemo abaririmbyi bagezweho b’indirimbo zisanzwe ndetse n’abo muri gakondo bibukije Abanyarwanda umurya w’inanga wo hambere ndetse n’imyino zaranze abo dukomokabo.

    Iki gitaramo kandi cyaririmbwemo n’itorere ry’ingabo z’Igihugu rizwi nka Army Jazz Band na ryo ryaririmbye indirimbo zirimo iz’urugamba.

    Mu bahanzi baririmba indirimbo zisanzwe, harimo King James uri mu bahanzi nyarwanda bamaze igihe muri uru ruganda, Peace Jolis na we ufite abakunzi biganjemo abakiri bato kimwe na Alyn Sano.

    AMAFOTO :

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/AMAFOTO-Uko-igitaramo-cyo-gusingiza-Intwari-cyagenze

  • COVID : Tanzania yatsembye ko itazakoresha urukingo, abaturage basabwe kwikingiza imiti gakondo #rwanda #RwOT

    Muri iki kiganiro cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 01 Gashyantare 2021, Dorothy Gwajima yavuze ko Minisiteri y’Ubuzima muri kiriya gihugu ifite uburyo bwayo bwo kwirinda kiriya cyorezo.

    Yakoze iki kiganiro ari kumwe na Madame Gwajima umuhanga mu by’imiti ya gakondo akaba n’umuwe mu bagize ishyirahamwe rikora ubushakashatsi kuri iyi miri muri Tanzania.

    Uyu muvuzi gakondo yerekanye uburyo umuti wo kwikingira COVID-19 ukorwa ndetse n’ibiwugize birimo tangawizi, ibitunguru, indium ndetse n’urusenda.

    Minisitiri w’Ubuzima Gwajima avuga ko nubwo muri kiriya gihugu nta bibazo bya COVID bafite ariko ko abaturage bakwiye kwikingira bakoresheje uyu muti gakondo.

    Yagize ati 'Icyo navuga ko uko Igihugu cyacu gitekanye ; turumva ko mu bihugu by’ibituranyi hari ingorane, ntutegereze ko iyi ndwara iva ku muturanyi ngo yinjire iwawe kuko dusanzwe tugenderanira, rero twebwe turiteguye.'

    Uyu muminisitiri na we wanyoye kuri uyu muti, yakomeje agira ati 'Iyi ni yo ntwaro ugomba kugira ubundi ukanywa, ukarambura imitsi, ukanywa amazi menshi, ukaruhuka.'

    Mu cyumweru gishize, Perezida Magufuli wa Tanzania na we yari yavuze ibisa n’ibi, ubwo yavugaga ko igihugu cye kitazigera gishyiraho gahunda ya Guma mu Rugo ndetse ko kidakeneye inkingo zikomeje guterwa mu bindi bihugu.

    Icyo gihe yaguze ati 'Mu bihe nk’ibi aho haduka indwara zidasobanutse zitazwi zigenda zigaragara nka COVID-19, ibihugu byinshi abaturage babyo bari muri Guma mu Rugo. Twebwe Abatanzania ntituri muri Guma mu Rugo kandi nta n’iyo duteze kujyamo (abaturage bakome amashyi), kandi nta n’umunsi n’umwe ntekereza ko nzatangaza ko tugiye muri Guma mu Rugo kuko Imana yacu iriho kandi izakomeza kurinda Abatanzania…

    Ariko kandi tuzakomeza gufata ingamba z’ubwirinzi z’ubuzima harimo kwiyuka. Uriyuka ku ruhande rumwe, ku rundi ugasenga Imana, ubundi ugakora akazi ko guhinga ibigori n’ibijumba kugira ngo urye neza uhage koronavirusi inanirwe kwinjira mu mubiri wawe…

    Muzaterwa ubwoba cyane bavandimwe Batanzania, ariko muhagarare kigabo. Ndabizi ko hari n’Abatanzania bamwe bavuye mu gihugu bagahungira mu bindi bihugu kugira ngo bakingirwe, ariko nyuma yo gukingirwa ahubwo batuzaniye koronavirusi idasobanutse, muhagarare kigabo…

    Inkingo ntizikwiye. Iyo abazungu baba bafite ubushobozi bwo kutuzanira inkingo baba baratuzaniye n’urukingo rwa Sida, n’urukingo rw’igituntu ruba rwarabonetse rukazanwa, n’urukingo rwa malariya ruba rwarabonetse, n’urukingo rwa kanseri ruba rwarabonetse, Abatanzania dukwiye kugira amakenga ntibapfe kutuzanira ibyo bashaka byose…

    Ntimukibwire ko babakunze cyane. Iki gihugu kirakize, Afurika irakize, buri wese arayifuza. Tube maso. Kandi nsabe Minisiteri y’Ubuzima ireke kwirukira ibintu by’inkingo itaramenya ko zikwiye.'

    Kuva COVID-19 yaduka, Tanzania ni kimwe mu bihugu bitigeze bishyiraho ingamba zikomeye nk’uko byagaragaye ahandi ndetse ntigikunze kugaragaza imibare y’abanduye iki cyorezo cyangwa abo cyahitanye.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Ubuzima/article/COVID-Tanzania-yatsembye-ko-itazakoresha-urukingo-abaturage-basabwe-kwikingiza-imiti-gakondo

  • Ikibanza Kinini kigura make mu Bugesera #rwanda #RwOT

    Ikibanza cyiza cyane kigurishwa mu karere kabugesera, ahitwa Mayange
    gifite 20/52
    bashakamo 4.5 million
    Kandi icyo giciro kiri negotiable.

    kubindi bisobanuro mwahamaga 0784247588

    Source : http://www.ukwezi.rw/gura/article/Ikibanza-Kinini-kigura-make-mu-Bugesera-11426

  • Abatoza 10 b’abanyarwanda banditse izina bize bakarangiza Kaminuza n’ibyo bize #rwanda #RwOT

    Umupira w’amaguru ni umwuga ababyeyi benshi batemereraga abana babo kuba bawushyiramo umutima, ahubwo b’abahataga gukunda ishuri cyane ko bababwiraga ko ari yo nzira y’ubukire, bamwe mu bakinnyi bawufatanyije no kwiga ubu nibo batoza bakomeye mu Rwanda dufite batoje cyangwa batoza amakipe azwi.

    Muri iyi nkuru ISIMBI iragaruka ku batoza 10 b’abanyarwanda bize bakarangiza Kaminuza n’ibyo bize ndetse bakaba barakomeje n’amasomo y’ubutoza ubu bakaba bafite ibyangombwa byo kuri rwego rwa CAF na FIFA.

    Abatoza b’abanyarwanda bize bakarangiza Kaminuza ni benshi, gusa muri iyi nkuru turarebera hamwe abazwi ndetse banatoje amakipe azwi.

    10.Alain Kirasa(Gasogi United)

    Umutoza Alain Kirasa, ubu ni umutoza wungirije wa Gasogi United ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda 'Amavubi’. Mu butoza afite License C ya CAF. Ni umwe mu batoza bize bakarangiza Kaminuza aho yize muri Kaminuza y’u Rwanda ibijyanye no kuvura amatungo (Agronomy Faculty). Yatoje Kiyovu Sports na Rayon Sports hose ari umutoza wungirije.

    9. Ndanguza Theonas

    Ndanguza Theonas, umwarimu akaba anakuriye ishami ry’umupira w’amaguru rya Kabutare, watoje ikipe ya Musanze FC, yarangije Kaminuza aho afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza(Bachelor’s Degree) muri Siporo yakuye muri KIE.

    8. Sosthene Lumumba

    Iri ni izina rizwi cyane mu mupira w’amaguru kuko yanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports, Musanze FC ubu yungirije mu ikipe y’igihugu. Yarangije muri KIST aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza(Bachelor’s Degree) mu icungamutungo(Management) muri 2005.

    7.Bisengimana Justin

    Yungirije mu ikipe ya Police FC, yatoje Sunrise FC, Bugesera FC ubu ni umutoza wa Rutsiro, ni umwe mu batoza bize bakarangiza Kaminuza aho afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza(Bachelor’s Degree) muri Sociology.

    6. Muhire Hassan

    Yatoje amakipe atandukanye nka Bugesera FC, Miroplast. Uyu mugabo usigaye ari umusesenguzi kuri Radio B&B FM Umwezi, akaba n’impuguke muri IT, yasoje Kaminuza aho afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza(Bachelor’s Degree) muri Computer Science.

    5. Yves Rwasamanzi

    Ni umwe mu batoza bazwi kandi bakomeye mu Rwanda, ubu ni umutoza w’ikipe ya Marines FC i Rubavu n’ikipe y’igihugu ya U17, yananyuze kandi muri APR FC. Ni umwe mu batoza bize bakarangiza Kaminuza aho yize indimi, na we afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza(Bachelor’s Degree).

    4. Seninga Innocent

    Seninga Innocent watoje Etincelles FC, Police FC, Bugesera FC ubu akaba ari umutoza mukuru wa Musanze FC, yize Siporo muri KIE aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza(Bachelor’s Degree).

    3. Jimmy Mulisa

    Na we ni umwe mu batoza bakiri bato ariko batoje amakipe akomeye nka APR FC, ikipe y’igihugu, Sunrise FC ubu akaba afite irerero rye. Na we yarize yarangije Kamunuza mu Buhinde aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza(Bachelor’s Degree) mu Bucuruzi n’Icungamutungo(Bachelor in Business Management).

    2. Mashami Vincent

    Ni umutoza w’ikipe y’igihugu watoje amakipe arimo APR FC na Bugesera. Uretse kuba ari umutoza mwiza ariko yaranize arangiza Kaminuza muri KIE aho yize Uburezi ahakura impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza(Bachelor’s Degree).

    1.Thierry Hitimana

    Uyu mugabo watoje amakipe atandukanye mu Rwanda nka Kiyovu Sports, Mukura VS, La Jeunesse, Espoir FC, akerekeza muri Tanzania muri mu ikipe ya Namungo FC n’ubwo yirukanywe mu Gushyingo umwaka ushize, yarangije Kaminuza aho afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza(Masters) mu icungamutungo(Economy), ni mpamyabumenyi yakuye mu Buhinde ariko ku masomo yize yifashishije ikoranabuhanga.

    Muri aba batoza bose uretse Alain Kirasa ufite License C ya CAF, Muhire Hassan ufite na we License C ya CAF akagira na DFB License A&B yo mu Budage ndetse na Jimmy Mulisa ufite Lecense B ya CAF akagira DFB License B na Premier Diploma ya United Soccer Coaches yo muri Amerika, abandi bose bahuriye ku kuba bafite License A ya CAF.

    Source : http://isimbi.rw/siporo/abatoza-10-b-abanyarwanda-banditse-izina-bize-bakarangiza-kaminuza-n-ibyo-bize

  • Muhanga: Hagiye gukoreshwa imitego ifata imbwa zizerera zigateza umutekano muke #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imbwa zizerera zigateza umutekano muke zigiye kujya zifatwa izidafite ba nyirazo zikicwa
    Imbwa zizerera zigateza umutekano muke zigiye kujya zifatwa izidafite ba nyirazo zikicwa

    Ibyo bitangajwe mu gihe abatuye umujyi wa Muhanga bakomeje kugaragaza ko imbwa zigendagenda nijoro zibangamiye umutekano wabo kuko zibirukankana abandi zikabarya, ndetse zikica n’amatungo.

    Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 30 Mutarama 2021, imbwa y’umuturage yariye ihene ebyiri z’umuturanyi we zizisanze ku gasozi aho zari ziziritse mu kagari ka Kivumu mu murenge wa Shyogwe, biteza ubwumvikane buke hagati yabo.

    Nyir’ihene avuga ko imbwa zamwangirije akaba akwiye kwishyurwa ihene ze, mu gihe ubuyobozi bw’umudugudu wa Kivumu byabereyemo buvuga ko nyir’imbwa na nyir’ihene bakwiye kumvikana kuko buri wese yakoze amakosa yo kurekura imbwa zikazerera, undi agakora ikosa ryo kuragira ku gasozi.

    Iyi hene yariwe n
    Iyi hene yariwe n’imbwa ariko ntiyahita ipfa gusa imeze nabi

    Iyo ijoro riguye kandi mu mujyi wa Muhanga hagaragara imbwa zizerera zikirukankana abantu zishaka kubarya cyangwa zikarya amatungo y’abaturage, nyamara amabwiriza yo gutunga imbwa ateganya ko isohoka hanze iri kumwe na nyirayo gusa, kandi ishumitse ku buryo itakwirukankana umuntu.

    Ibyo bivuze ko imbwa zose zizerera nta ba nyirazo zifite, bikaba biterwa n’uko abazoroye bazifata nabi bakazirekura ngo zijye guhiga, cyangwa ubwazo zikivana mu ngo kubera kubura ibyo kurya bihagije.

    Umukozi w’akarere ka Muhanga ushinzwe ubworozi Kayiranga Kaliope, avuga ko ibarura riheruka ryagaragaje ko abatunze imbwa babarirwa muri 450 mu karere kose, mu gihe ikingira ry’umwaka ushize hakingiwe izisaga 300.

    Kayiranga avuga ko umuti usanzwe wifashishwa mu kwica imbwa zizerera uri kuvanwa ku isoko ku buryo Akarere kamaze gutumiza uburyo bushya bw’imitego izifata zikiri nzima kugira ngo zisubizwe ba nyirazo cyangwa zicwe.

    Agira ati, “Tugiye kujya mu Kigo cy’igihugu cyita ku buhinzi n’ubworozi (RAB), kuzana iyo mitego imbwa zizajya zijyamo zikagumamo noneho mu gitondo tukajya kuzireba, izifite ba nyirazo bakaza kuzifata, izitabafite nta kundi tukazica”.

    Yongeraho ati “Ikindi burya imbwa zitwa ibihomora ziba zaraturutse mu ngo ahubwo ba nyirazo barananiwe kuzitaho ibyo bigatuma zizerera, zikabwagurira mu gasozi zigakura ntawe uzitaho ari yo mpamvu zirya abaturage n’amatungo”.

    Imbwa zariye ihene ebyiri z
    Imbwa zariye ihene ebyiri z’umuturage vuba aha

    Ku kijyanye n’imbwa zirya amatungo y’abaturage, ibyo bigaragaza ko abazorora baba batazitayeho uko bikwiye, ariko ko n’aborozi bakwiye kumenya amatungo yabo ntibahure ku gasozi, naho abatunze imbwa bose bakaba bagiye kubarurwa kugira ngo bakangurirwe kuzitaho uko bikwiye.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/muhanga-hagiye-gukoreshwa-imitego-ifata-imbwa-zizerera-zigateza-umutekano-muke

  • Umubikira byamwanze munda abyinira ku karubanda indirimbo ya Timaya benshi bacika ururondogoro #rwanda #RwOT

    Abantu benshi bacitse ururondogoro kubera amashusho yagiye hanze y'umubikira wagaragaye ari kubyinira indirimbo ya Timaya yitwa I Concur mu kirori yari yatumiwemo birangira abantu bamufashe amashusho barayakwirakwiza.

    Uyu mubikira yatumye benshi batungurwa bitewe nuko abihaye Imana bazwi nk'abantu batuje batanakunda indirimbo zisanzwe.

    Nyuma y'aho amashusho y'uyu mubikira ari kubyina ashyiriwe kuri Twitter ya @Naija_PR,abantu benshi bahise bayakwirakwiza ndetse abarenga ibihumbi 4000.Benshi batangajwe nuko uyu mubikira yabyinye neza akajyana n'umuziki.

    Uyu mubikira yakomeje kubyina n'igihe MC yarimo kuvuga n'ijambo ndetse yari afite n'ibyishimo byinshi.

    Abantu benshi bavuze kuri uyu mubikira barimo uwagize ati 'Ishimira ubuzima..'Undi yagize ati 'Uyu ntiyaba umugatolika n'uburyo mbazi.'

    Undi yamugiriye inama ati 'mubukira,ntugire ikintu ufata.'

    Source : https://impanuro.rw/2021/02/02/umubikira-byamwanze-munda-abyinira-ku-karubanda-indirimbo-ya-timaya-benshi-bacika-ururondogoro/

  • “Nakoreraga umwamikazi w’amazi (Mami wata), ariko ubu Yesu yarandokoye”: Ubuhamya bwa Elsie Kweta #rwanda #RwOT

    Mami wata ni umwuka mubi/ umudayimoni ufatwa nk’umwamikazi w’amazi ndetse ugasengwa n’abatari bake bo muri Afurika y’iburengera zuba, iy’amajyepfo ndetse n’ibihugu bimwe byo muri Afurika yo hagati babicishije mu myizerere twageranya nk’idini yabo yitwa VODU/ VOODOO. Iyi myizerere ifitwe n’abagera kuri Miliyoni 50 ku isi hose.

    Nkuko tubikesha urubuga rw’ivugabutumwa CASARHEMA, muri iyi nkuru turabagezaho ubuhamya bw’umukozi w’Imana Elsie KWETA ukomoka mu gihugu cya Bénin, wahoze ari umukozi w’umwamikazi w’amazi/Inyanja, uzwi ku izina rya ‘MAMI WATA’, nyuma akaza guhinduka ubu akaba akorera YESU.

    Elsie KWETA atangira ubuhamya bwe agira ati

    Kweta yakomeje agira ati

    Nyuma yaho nakomeje gukurana igikundiro cyinshi, kuburyo kumyaka 14 abagabo benshi bahoraga banyirukaho bikabije. Ndetse ndibukamo n’umwarimu wanjye wahoraga ansaba ko dusohokana kugeza aho yampaga amanota mabi kugira ngo mbyemere.

    Uko nagiye nkura, natangiye kujya mu tubyiniro tw’ijoro kunywa inzoga no gukora ibiteye isoni bitandukanye. Mbibutse ko kandi abafite uyu mwuka wa mami wata, batandukanye n’abapfumu n’abarozi barya imibiri y’abantu, kuko bo bagizwe n’abavutse bakisanga muri izo mbaraga mbi babitewe n’ababyeyi babo ari nako najye byangendekeye.

    >.

    Abantu bafite uyu mwuka mubi, bagirana imibonano mpuzabitsina nawe buri wakane cyangwa buri wagatanu, bikaba bifite aho bihuriye no kurota usambana. Bitewe n’umudayimoni ukurimo, ushobora kubuzwa gushaka, kubyara, cyangwa se guhorana amakimbirane adafite impamvu mu rugo n’ibindi.

    Njyewe rero icyandangaga kwari ugusohokana n’abagabo batandukanye , kunywa inzoga nyinshi ndetse n’itabi rikabije kuburyo nari ngeze ku mapaki nibura 2 ku munsi.

    Nari narahawe agakomo (chainette) nambaraga kukaguru k’ibumoso, kuburyo abayoboke ba mami wata bahitaga bamenya, twahura bakanyunamira bakandamya. Bazaga kunsaba ama parufe n’ amasabune bitera amahirwe, ibyo nkaba narabikoze mu gihe kingana n’imyaka 10 kugeza kuri 15.

    Ndagaruka cyane ku bantu bafite uyu mwuka mubi wa Mami wata, aho benshi batabasha gusobanukirwa niba ari ko baremye cyangwa niba ari wo ubakoresha. Ugasanga bahora barwana, batongana mu ngo zabo, ugasanga umugore ahora ashaka gutegeka umugabo kandi akerekana ko ahora mukuri.

    Igihe kimwe YESU yaje kunsanga, ambwira ko ngomba guhagarika ibyo byose nabagamo. Nari mvuye i Burayi ngiye gushaka ibindi bikoresho (amasabube, parufe,…) muri Bénin, nza guhura n’abantu 3 bari basanzwe bazi ko nkorana n’umwamikazi w’amazi. Batangiye kumbwira ibya Yesu, bigera aho banshyira umu pasisteri wabo maze nyuma yokumubwira gatoya ku mateka yanjye, ahita ansengera.

    Icyantangaje uwo munsi, ni ukuntu nabonye imbaraga zogupfukama kandi ubundi cyaraziraga ko napfukama imbere y’umuntu uwo ari we wese. Nubwo narimpumirije, nabonye umucyo mwinshi barimo kunsengera, ngerageje gufungura amaso nsanga ibintu byose ari umweru ukabije, nihutira kongera guhumiriza!.

    Nyuma yogusenga, nabajije uwo mupasiteri ikibaye maze araseka, ambwira ko Imana izabinsobanurira vuba. Nyuma y’iminsi 2 gusa, umwe muri ba bantu 3 yongeye kunsaba ko twajyana gusura umudamu w’umupasiteri aho bagombaga kurara basenga.

    Tugeze aho basengeraga naratangaye . Babaga baririmba, basenga cyane mu zindi ndimi, abandi bitura hasi nkabona ari nk’abasazi cyangwa nk’abakina komedi. Mu gihe ngiseka ibyo nabonaga, nafashwe n’umushyitsi mwinshi ngeraho nikubita hasi!. Baje kunterura banshyira kuruhande, hanyuma numva ikintu gifite imbaraga kimvuye ku mutwe kimanuka umubiri wose, gisohokera mu birenge. Nahise numva ijwi rimbwira ngo “Mukobwa wanjye haguruka!”.

    Nari narigishijwe uko mvugana n’imyuka mibi, ariko nari ntarinjira mu rusengero narumwe. Sinari nzi ibiberamo. Kubera uko nari narakariye uwanjyanye mu rusengero kubera ibyarimo bimbaho, nashatse guhaguruka n’umujinya mwinshi ariko birananira. Nari meze nk’umusinzi. Nakomeje kuryama hasi kugeza mu gitondo.

    Kuva muri icyo gitondo, nahise nakira Yesu nk’umwami n’umukiza wanjye, ndahinduka none ubu nsigaye ndi umukozi w’Imana!.

    Sinabura kuvuga ku bitero binyuranye byahise bimpagurukira birimo indwara z’abana zidasobanutse, kwangwa n’imiryango, n’ibindi ariko tugasenga bigakurwaho.

    Nkaba rero ntasoza ubu buhamya ntabibukije ko umwuka wa mami wata ushobora gufata yaba umugore cyangwa umugabo. Nkaba mbagira inama yo kutavanga Imana n’ibigirwamana. Nubwo umwanzi adutera ariko tuzamutsinda kuko Imana iri kumwe natwe. Dukomeze dutegeke turikumwe na Yesu>>

    Kurikira hano ubu buhamya: TEMOIGNAGE CHOC EX PRETRESSE VAUDOU DE MAMI WATA # JESUS M’A SAUVÉ Coach Elsie Kweta

    Source: Amarebe.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Nakoreraga-umwamikazi-w-amazi-Mami-wata-ariko-ubu-Yesu-yarandokoye-Ubuhamya-bwa.html

  • IFOTO Y'UMUNSI: Umukinnyi waraye avunye Tuyisenge Jacques yagiye kumusaba imbabazi #rwanda #RwOT

    Tuyisenge Jacques yaraye avunikiyeye mu mukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinea igitego 1-0 avunwe na Mory Kante ku munota wa 13 w'umukino.

    Kapiteni w'Amavubi byagaragaraga ko yababaye cyane mu ivi, yahise asimburwa na Sugira Ernest.

    Kuri iki Cyumweru tariki ya 31 Mutarama 2021,nibwo u Rwanda rwasezerewe muri 1/4 cya CHAN 2020 irimo kubera muri Cameroun, nyuma yo gutsindwa igitego 1-0 na Guinea Conakry.

    Nyuma y'uyu mukino Jacques Tuyisenge wavuye mu kibuga ku munota wa 14 kubera imvune yagize, yavuze ko intego bari bihaye zanze ariko na none bagomba kubyakira nta kundi byagenda.

    Ati'Intego twari twihaye ntabwo tuzigezeho, ariko abahungu batanze imbaraga bari bafite, twatanze ibyo twari dufite. Ntabwo twishimye ariko ntacyo twabikoraho, ibintu byose bibaye tuba tugomba kubyakira turi abantu.'

    Yakomeje ashimira abafana b'ikipe y'igihugu uburyo bakomeje kubaba hafi mu irushanwa, abasaba no gukomeza kubashyigikira nabo bakabashakira ibyishimo.

    Ati'Turabatengushye bari baturi inyuma kuva ku munsi wa mbere tuza hano kugeza ubu twari kumwe nabo, nabashimira cyane, ni ukuvuga urugendo rwacu rurangiriye aha, ntabwo ari ho twifuzaga kuviramo ariko tugomba kubyakira. Bakomeze badushyigikire, turi hano tuzakomeza dukore uko dushoboye turebe uko dukomeza kubashakira ibyishimo kuko n'iyo tutabibaye ntabwo tuba tubyishimiye, siko tuba twabiteguye ariko bibaho.'

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/ifoto-y-umunsi-umukinnyi-waraye-avunye-tuyisenge-yagiye-kumusaba-imbabazi

  • Mory Kante yagiye kwisegura kuri Jacques Tuyisenge yaraye avunnye mu mukino w'U Rwanda na Guinée – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umukinnyi Mory Kante ukinira ikipe ya Guinée yagiye kwisegura kuri kapiteni w'Amavubi, Jacques Tuyisenge, nyuma yuko yaraye amuvunnye mu mukino wahuzaga amakipe aba bombi bakinira. Iki gikorwa cy'intangarugero Mory Kante yakoze cyakomeje kugenda gishimwa na benshi bashima umutima mwiza Mory Kante yagaragaje wo kujya gusaba imbabazi Jacques Tuyisenge.

    Jacques Tuyisenge

    Mory Kante ari kumwe na Jacques Tuyisenge

    Nyuma yuko Mory Kante avunnye Jacques Tuyisenge mu mukino wahuje amakipe aba bombi bakinira, Jacques yaje kuvamo aho yasimbuwe na Sugira Ernest. Kuvamo kwa Jacques kwagaraje icyuho mu bakinnyi b'Amavubi bari mu kibuga gusa bakomeza gukotana n'ubwo batabashije guhirwa kuko Guinée yaje kwegukana intsinzi igakomeza muri 1/2 cy'irangiza mu mikino ya CHAN 2020.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/mory-kante-yagiye-kwisegura-kuri-jacques-tuyisenge-yaraye-avunnye-mu-mukino-wu-rwanda-na-guinee/

  • The unheard story of a kid whose society made him depressed – YEGOB #rwanda #RwOT

    It is normal for all humans to be born and feel loved but it becomes different for the kids who are born and live with disabilities in Rwanda. This story narrates the life of an innocent but depressed kid whose mother is desperate due to the way the part of our society has a wrong perspective towards the disabled kids. You will know about the kid who, for 21 years old, has been hiding in the forest and being chased by the neighbors. The kid is traumatized and he cannot face the public because of the bullies and stigma from the society who call him a monkey due to his disability.

    Who is this kid?

    NSANZIMANA Elie was born in 1999, he is now 21 years old, he lives in southern province of Rwanda, he has never gone to school due to his mental health issues, he stays with his only poor mother who takes care of him, he is always afraid of meeting people apart from his mother. He does not know to socialize even the kids of his age, he is afraid of them, said his mother, we were happy when we managed to wave at each other.

    The life of NSANZIMANA Elie

    We have asked his mother to tell us about the life of his son and said:

    Elie, is my sixth child, his five elders have all died. After the death of his elders, we were desperate and shocked. We prayed to get another kid and fortunately in 1999, we gave birth to NSANZIMANAElie, he was very small with a small head. This worried the doctors and we could not believe he will grow. We were afraid that he would die like all his previous kids.

    Now, I cherish him as a heaven's gift from God and I love him enormously. By the time, he grew bigger in size, now he is 21. He is always afraid of people that is why he always run away. He even run away from me to the point where I sometimes use a rope that I throw ahead of him in order to stop him from running away.

    Does Elie's sensory organs work properly?

    He has speaking disorders, but he can hear and understand whatever you can tell him like to bring or carry something (a jerry can) he responds accordingly. That means he can hear but unable to speak.

    Did he go to school?

    Oh no! He did not, the whites and doctors said he could not go to school that his intellectual capacity cannot allow him to; he has surviving knowledge but not for studying, that is all doctors told me, said his mother.

    How do your neighbor behave towards both of you?

    It always break my heart to hear my neighbors insulting my son calling him monkey, gorilla and other unpleasant names. 'Barankomeretsa' the mom said unhappily. The expression that means 'I feel pain'. She added, whenever I hear anyone bullying or insulting and beating him, it really gives me a heart attack. My kid is innocent, he never does any harm to anyone so it angers me to the point I become unable to control my temper when people call him an animal and not treating him as a human being.

    Do you know why your neighbors call him monkey?

    He spend lot of his time in the bush and we have found him eating on the grasses like a goat or a cow. That means without his mother's inspection, he cannot come back home and we also keep an eye on him to help his mother, said one neighbor.

    What other challenges do you face? The mom replied:

    Normally my son does not like food, he can pass a day without eating yet I served him a meal. He simply likes bananas and fresh foods and it is not easy to provide the basic needs for both of us.  I do anything alone and I am poor, he cannot manage to do anything to help me due to his issue, all he does is running away. I always supposed to run after him, he runs faster, I sometimes call upon help from my neighbors in order to stop him and bring him back home. It is hard to keep an eye on him and running with my old ages with no jobs. In fact, it is not easy to afford the basic needs with a poor family like mine.

    Finally,we call upon all institutions in charge of helping the disabled kids to support this family and the local administration to keep advocating for them.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/the-unheard-story-of-a-kid-whose-society-made-him-depressed/