Category: Uncategorized

  • Kayonza: Ibyishimo by’abaturage bubakiwe ishuri nyuma yaho abana babo bakoraga ibilometero bitandatu – #rwanda #RwOT

    Ibi byumba byatangiye kubakwa muri Kamena 2020 birimo ibyubatswe ku nkunga ya leta ndetse n’ibindi byatewe inkunga na Banki y’Isi.

    Abaturage bo mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Gahini ni bamwe mu bagejejweho ishuri nyuma y’imyaka myinshi abana babo biga mu bilometero bitandatu, ikintu cyagoraga aba bana kugeza ubwo nibura buri mwaka abenshi barivagamo bitewe n’uru rugendo.

    Bamwe mu babyeyi baganiriye na IGIHE bavuze akanyamuneza bafite muri iki gihe nyuma yaho abana babo biga hafi bikanaborohera mu myigire.

    Mukagatesi Vestine utuye mu Mudugudu wa Nyabombe mu Kagari ka Juru yavuze ko abana be bakiga aho bakoraga ibilometero bitandatu yabaga afite guhangayika cyane.

    Ati “Ni ishuri ryaje kudufasha kuko mbere bajya kwiga hejuru iriya bazamukaga umusozi ugasanga nk’umwana w’imyaka irindwi ugitangira biramugoye, mu gihe cy’imvura hari nubwo twatinyaga kubohereza kuko bacaga inzira igoranye cyane none ubu arakaraba agahita agerayo.”

    Yakomeje avuga ko abana bagera mu rugo batarananirwa cyane bikaba byaranabaruhuye kugirira impungenge umwana.

    Ati “Hari abana benshi barekaga ishuri kubera ko ari kure cyane cyane abageze mu myaka mikuru ariko ubu ntabwo bakirivamo, ikindi basigaye bagera mu rugo batarushye bagasubira mu masomo yabo ku buryo ubona ibintu ari byiza.”

    Wibabara Marie Goretti we yagize ati “Kwigishiriza abana hano ni inyungu kuri twe, wasangaga ababyeyi b’inaha badatuje bahangayitse kuko mu nzira bahuraga n’urugomo rw’abashumba, rimwe ugasanga baje biruka bakikubita hasi ubundi bakabakubita kuburyo umwana yavaga mu rugo ugasigarana impungenge none ubu turatuje cyane.”

    Yakomeje avuga ko icyo biteze kuri iri ishuri rishya begerejwe ari ukongerera abana babo uburezi bufite ireme bakiga neza nta gihunga cyo guturuka kure kandi bagatsinda cyane.

    Umuyobozi w’agateganyo w’ishuri ribanza rya Gisenga ryahanzwe mu Kagari ka Juru, Habineza Jean Damascène, avuga ko babaye bashyizeho imyaka itanu ibanza mu rwego gufasha abana baturukaga kure ugereranyije naho bajyaga kwiga ku kindi kigo.

    Ati “Iki kigo kije gukemura ikibazo cy’abana bataga amashuri kubera kwiga kure bajyaga ahantu kure cyane, hari ubwo abana bagezaga hagati mu gihembwe bakareka ishuri kubera kunanirwa no gukorerwa urugomo mu nzira baje kwiga.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahini, Rukeribuga Joseph, we avuga ko bahanze ishuri rishya nyuma yaho bigaragaye ko abana bavunika cyane bajya kwiga.

    Ati “Ririya shuri ni igisubizo cyiza Umukuru w’Igihugu yahaye abaturage bafite abana bigiraga kure, ku kindi kigo bigiragaho cyari kiri kure ndetse kiriho n’ubucucike bw’abanyeshuri, ubu rero bagiye kwiga neza kandi bigire hafi y’iwabo, ikindi bizorohera abarimu gukurikirana abanyeshuri neza kuko ntabwo baziga ari benshi cyane nkuko byari bisanzwe.”

    Yasabye ababyeyi gufatanya n’abarimu bagakurikirana abana babo kugira ngo barusheho kuzamura imyigire yabo, anabasaba gufatanya kugarura abari baravuye mu ishuri kubera ingendo ndende bakoraga.

    Ishuri ribanza rya Gisanga riri mu yahanze bushya mu Murenge wa Gahini

    Umuyobozi w’Ihsuri ribanza rya Gisenga, Habineza Jean Damascène, avuga ko iri shuri ryatumye abana biga hafi

    Wibabara avuga ko abana be mbere bajyaga kwiga kure bagahohoterwa n’abashumba none ngo kuri ubu biga hafi y’urugo

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kayonza-ibyishimo-by-abaturage-bubakiwe-ishuri-nyuma-yaho-abana-babo-bakoraga

  • Kigali: Muri Guma mu Rugo hamaze gufatwa abarenga ibihumbi 100 barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 – #rwanda #RwOT

    Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 18 Mutarama iyobowe na Perezida Kagame ni yo yafashe icyemezo cyo gushyira Umujyi wa Kigali muri Guma mu rugo bitewe n’ubwiyongere bukabije bw’abandura COVID-19 bari bakomeje kuwugaragaramo.

    Nyuma y’ibyumweru bibiri hafashwe iki cyemezo Polisi y’Igihugu yatangaje ko hamaze gufatwa abarenga ibihumbi 100 barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yabwiye RBA ko abafatwa baba bakoze amakosa atandukanye arimo kujya mu birori n’ibindi bitemewe.

    Ati “Hari ukutambara agapfukamunwa kandi urabyumva muri iki gihe mu by’ukuri amezi 10 tumaze ikintu cyo kuvuga agapfukamunwa ntabwo gikwiye kuba ari ikibazo, rwose ntekereza ko kwambara agapfukamunwa neza buri muturarwanda wese akwiye kuba abizi.”

    “Icya kabiri ni abantu bafatirwa mu tubari, ubu Polisi hari abantu ijya ifata basinze muri Guma mu rugo bagenda mu muhanda batwaye imodoka ugasanga umuntu yasinze, ibyo birakwereka uburyo abantu basa n’aho batabyumva neza, hari abantu bafatwa bagiye mu birori cyangwa bahuriye hamwe ibyo turabizi byagiye bisobanurwa kenshi n’inzego zibishinzwe z’ubuvuzi zizi neza uburyo iki cyorezo gikwirakwira abo nabo baracyagaragara.”

    Nubwo hashyizweho uburyo bwo kwaka uruhushya muri iki gihe cya Guma mu rugo abantu bakaba bajya mu bikorwa bitandukanye byangombwa, CP Kabera yavuze ko hari abakoresha ubu buryo nabi.

    Ati “Ni uburenganzira bwabo kuzisaba ariko bazirikane ko bagomba kuba bagiye gukora ibintu bya ngombwa bizwi n’uburyo bikorwamo buzwi kuko gutanga uruhushya ntabwo ari rasiyo cyangwa ngo mwahaye runaka nanjye ni mumpe, bibanza gusesengurwa.”

    Umubare w’abahitanwa na COVID-19 uragenda urushaho kuzamuka, aho kuri ubu ari 198, mu gihe abamaze kuyandura nabo bagera ku 15 459. Ijanisha ku bandura riri kuri 4% mu gihe ijanisha ku bakira ari 66,4%.

    Abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune, kwirinda imihuro itari ngombwa no kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yavuze ko hari abakomeje gufatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kigali-muri-guma-mu-rugo-hamaze-gufatwa-abarenga-ibihumbi-100-barenze-ku

  • Kenya : Abadepite bafatanye mu mashati bari mu kiriyo #rwanda #RwOT

    Iyi mirwano yatumye icyari ikiriyo gihinduka isibaniro, yatewe n’amagambo yavuzwe na Depite Simba Arati ubwo yariho atanga imbwirwaruhame ye, akagaruka ku myitwarire ya bamwe mu bayobozi.

    Muri iyo mbwirwaruhame, yagize ati 'Dufite abayobozi benshi aha b’inshuti z’akadasohoka za Visi Perezida bamaze kwangiza ubuzima bwabo. Aba ni amabandi badakwiriye kwemererwa kujya mu mwanya uwo ari wo wose w’ubuyobozi.'

    Byasaga nko gushotora Depite Sylvanus Osoro kuko bisanzwe bizwi ko ari inshuti y’akadasohoka ya William Ruto Visi Perezida wa Kiriya gihugu.

    Depite Sylvanus Osoro wari wasoje ubutumwa bwe, byamwanze mu nda ahita ahaguruka afata Hon Simba ubundi batangira kurwana.

    Uyu Osoro wazamuye iyi mirwano yahoshejwe n’abapolisi, bigaragara ko bitamugendekeye neza kuko amafoto yashyizwe hanze amugaragaza yikubise hasi bigaragara ko yaneshejwe.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Udushya/article/Kenya-Abadepite-bafatanye-mu-mashati-bari-mu-kiriyo

  • Nyuma yo gutandukana nuwo mwakundanaga, Menya ibintu 5 byingenzi ukwiye kwitaho cyane mbere yuko utangira urukundo rushya #rwanda #RwOT

      Gatanya ni ikintu gikomeye kuri buri muntu yaba ari wowe yaturutseho cyangwa ari mugenzi wawe,buri muntu ajya gushinga urugo yifuza kugira umuryango kandi wishimye iyo habayeho gutandukana ubabazwa n'uko ya ntego itagezweho.

      Nyuma ya gatanya umuntu anyura mu bihe bikomeye ariko usanga biba bimuganisha aheza, ni ibisanzwe ku muntu kugira amarangamutima atandukanye bitewe n'icyamubayeho.

      Kubwa Elisabeth Kubler Ross, inzobere mu bibanire y'abantu avuga ko hari ibyiciro umuntu anyuramo nyuma ya gatanya birimo kutumva ibyabaye, uburakari, kumvikana n'uwo mwatandukanye, kugira agahinda gakabije no kwiyakira.

      Nubwo biba ari ibihe bitoroshye ariko ubuzima burakomeza ndetse ukaba wakongera no kujya mu rukundo ko gutandukana nti bisobanuye ko ubuzima bw'urukundo burangiye.

      Gusa gutangira undi mubano bisaba kwitonda kugira ngo uwo utangiye utazahungabana bitewe n'ibisigisi by'uwa mbere. Dore ibintu bitanu ukwiye kwitaho mbere yo gutangira urukundo rushya.

      Igihe

      Igihe ni ingenzi mu kumenya niba witeguye kujya mu rukundo rushya. Icyo bigufasha ni ukureba niba warihaye igihe gihagije cyo kwiyakira kuri gatanya wagize.

      Biba byiza iyo uvuye mu rukundo kudahita utangira urundi rushya kuko ushobora gusanga utarakira ko rwa rundi rwarangiye bikaba byatuma n'urushya ugiyemo rwangirika kuko uvanga ibishya n'ibyashize.

      Iyo wihaye igihe kirekire cyo kubanza kwiyakira, bituma ukora ibyo watekereje ugafata n'umwanya wo gutekereza ku mukunzi mushya naho iyo uhubutse ushobora gufata uwo ubonye cyangwa utamukunze ari ubuhungiro ushaka.

      Abana

      Nubwo ibijyanye n'urukundo rwawe ari ubuzima bwawe bwite ariko rushobora kugira aho ruhurira n'abakuri hafi, niba uwo mwatandukanye mwari mufitanye abana kujya mu rukundo rushya biragusaba kubanza kwitonda.

      Iyo ababyeyi batandukanye ntibituma n'abana batandukana n'ababyeyi babo baba bagomba gukomeza kubabona nkuko bikwiye, kandi bisaba no gukomeza kubereka urukundo ko bo ntibaba bumva uburyo mwatandukanye.

      Iyo ugiye mu rundi rukundo rushya abana bawe batarakira itandukana ryanyu bishobora kubagora kubereka undi mukunzi wawe utandukanye n'umubyeyi wabo, bikaba byabaviramo kumwanga bumva ariwe ntandaro ya gatanya y'ababyeyi babo.

      Bisaba kwitonda abana bakabanza bakabyakira ndetse ukamenya n'uko bazabana n'umubyeyi wabo n'umukunzi wawe nta kibazo biteje.

      Uwahoze ari umukunzi wawe

      Nubwo mujya guhana gatanya mwabyumvikanyeho ariko uwo mwahoze mubana iyo yumvise ko uri mu rukundo bishobora kumutera gufuha, bikaba byatuma akwima uburenganzira ku bana abereka ko ari wowe wisangiye abandi.

      Bisaba kugira uko ubyitwaramo kuburyo umubano wawe mushya utazamutera ishyari, ndetse ukareba neza niba mudashobora kwiyunga no gusubirana mbere yo kujya ahandi biba byiza kugutekereza kuwo mwatandukanye.

      Banza wiyubake ubwawe

      Gatanya ituma amarangamutima yawe ahungabana bikaba byagutera kwiyanga no kwitakariza icyizere. Hari abagira agahinda gakabije bitewe no kwigaya ko batabashije kurinda umuryango wabo gutandukana.

      Mbere yo gushaka umuntu mwakundana banza wikunde wowe ubwawe wongere wigirire icyizere, ndetse umenye n'uruhare wagize muri gatanya kugira ngo utazongera gukora ayo makosa nanone.

      Numara kongera kwikunda uzabona uko ukunda mugenzi wawe, kuko bitabaye ibyo bizatuma utigirira icyizere bikaba byatuma wumva udakunzwe n'umubano mushya watangiye ukagupfira ubusa.

      Kwakira ko utakiri kumwe nuwo mwatandukanye

      Iyo wakunze umuntu cyane biragora kumva ko mutakiri kumwe hari n'abahora bategereje ko yazabagarukira, umenya ko wamaze kubyakira iyo wumva wabana n'undi kandi umwizeye kandi ko uwo mwatandukanye utamukeneye nk'umukunzi wawe.

      Biba byiza kubanza kwikuramo uwa mbere iyo utangiye urukundo rushya ukimutekereza bituma utangira kugereranya abantu babiri, ibi bituma uwo muri kumwe atanezerwa ndetse nawe ukabona utanyuzwe.

    Source : https://impanuro.rw/2021/02/02/nyuma-yo-gutandukana-nuwo-mwakundanaga-menya-ibintu-5-byingenzi-ukwiye-kwitaho-cyane-mbere-yuko-utangira-urukundo-rushya/

  • Haribazwa niba ari abazimu babateye! Abadepite barwaniye mu kiriyo #rwanda #RwOT

    Abadepite babiri bo muri Kenya barwaniye mu kiriyo nyuma y'aho umwe ashinje mugenzi we ari umujura.

    Iyo mirwano yabaye kuri uyu wa Mbere hagati ya Depite Simba Arati uhagarariye agace ka Dagoretti y'Amajyaruguru na Sylvanus Osoro uhagarariye agace ka Mugirango y'Amajyepfo.

    Simba niwe imvururu zakomotseho. Ubwo yari atangiye kugeza ijambo ku baje mu kiriyo, yagize ati 'Dufite abayobozi benshi aha b'inshuti z'akadasohoka za Visi Perezida bamaze kwangiza ubuzima bwabo. Aba ni amabandi badakwiriye kwemererwa kujya mu mwanya uwo ari wo wose w'ubuyobozi.'

    Depite Sylvanus Osoro wari wasoje ijambo rye mbere, yahagurukanye uburakari, afata mu mashati Depite Simba, batangira guterana ibipfunsi.

    BBC yatangaje ko hataramenyakana uburyo Osoro yakubiswemo, gusa amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza uwo mudepite yicaye hasi mu buryo bigaragara ko atahicaye ku bushake.

    Ubusanzwe Osoro ni inshuti n'umurwanashyaka wa Visi Perezida wa Kenya, William Ruto mu gihe Arati ari umurwanashyaka wa Raila Odinga utavuga rumwe na Leta. Ruto na Odinga bari bari muri icyo kiriyo.

    Abapolisi nibo bahagobotse bakiza iyo mirwano yari imaze kudurumbanya ikiriyo.

    Source : https://impanuro.rw/2021/02/02/haribazwa-niba-ari-abazimu-babateye-abadepite-barwaniye-mu-kiriyo/

  • AS Kigali yasuwe n’ubuyobozi bwa MINISPORTS, ikomeje imyitozo kuri Stade Amahoro(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    AS Kigali ikomeje imyitozo yitegura umukino nyafuruka izahura na CS Sfaxien yo muri Tanzania mu ijonjora rya nyuma rya CAF Confederations Cup uzaba mu cyumweru gitaha.

    Harabura iminsi 11 ngo AS Kigali ikine na CS Sfaxien mu ijonjora rya nyuma rya CAF Confederations Cup.

    Umukino ubanza uzabera muri Tunisia tariki ya 13 Gashyantare 2021, ni mu gihe uwo kwishyura uzabera mu Rwanda tariki ya 21 Gashyantare 2021.

    Iyi kipe ikaba yahisemo gukorera imyitozo ku kibuga cya Stade Amahoro cy’ubwatsi busanzwe kuko kimeze nk’icyo bazakiniraho muri Tunisia, ni nyuma y’uko yari imaze igihe ikorera ku kibuga cya Stade Regional cy’ubwatsi bw’ubukorano.

    Umutoza wa AS Kigali, Eric Nshimiyimana akaba akomeje imyitozo ariko adafite bamwe mu bakinnyi be barimo Nsabimana Eric Zidane, Hakizimana Muhadjiri, Ndayishimiye Eric Bakame, Emery Bayisenge na Kalisa Rashid bari mu ikipe y’igihugu bakaba bazahita basanga abandi mu mwiherero ikipe nigera mu Rwanda.

    Ku myitozo y’ejo hashize, AS Kigali ikaba yarasuwe n’umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier.

    AS Kigali ikaba yarageze muri iri jonjora rya nyuma, isezereye Orapa United yo muri Botswana na KCCA yo muri Uganda.

    Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier(ubanza iburyo), yasuye AS Kigali mu myitozo

    Perezida wa AS Kigali, Shema Fabrice aganiriza abakinnyi nyuma y’imyitozo

    Kwizera Olivier na Orotomal Alex bitezwe mu kuri uyu mukino

    Orotomal Alex n’umutoza Eric Nshimiyimana

    Biramahire Abeddy ahanganiye umupira Bishira Latif

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/as-kigali-yasuwe-n-ubuyobozi-bwa-minisports-ikomeje-imyitozo-kuri-stade-amahoro-amafoto

  • Zimwe mu mpamvu zishobora gutera ubugumba ku bagore. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ubugumba ni kimwe mu bibazo bikomeye byugarije imiryango y'abatuye isi aho usanga bwibasira abashakanye bityo kigatera ingorane zikomeye hagati yabo ku buryo hamwe unasanga bitera intonganya za buri munsi ndetse no gusenyuka kw'ingo zimwe na zimwe cyane ko burya buri umuryango uba wifuza gubyara ugaheka. Ubugumba rero bushobora guturuka ku mugore cyangwa ku mugabo bityo mu gihe bibayeho bikaba ari inshingano za buri wese mu gushakira umuti iki kibazo aho kwitana bamwana.

    Iki kibazo akenshi usanga gikunze kugaragara ku bagore kurusha abagabo. Ku bagore ubugumba burimo amoko abiri: ubugumba bwa mbere bubaho igihe umugore atigeze asama na rimwe cyangwa yarabyaye rimwe agahita agumbaha burundu, naho ubugumba bwa kabiri bukaba ari igihe noneho umugore akunze gukuramo inda.

    Aha rero ngo ni byiza ko umugore amenya igitera bumwe muri ubu bugumba, akihutira kujya kwa muganga bakamurebera ikibitera. Izi ni zimwe mu mpamvu zishobora gutera ikibazo cy'ubugumba cyangwa kutabyara hagati y'abashakanye:

    1.Kuziba kw'imiyoborantanga

    Hari n'igihe umugore ashobora kuba yarazibye imiyoborantanga, aho usanga kimwe cya kane cy'abagore baba ingumba kubera iki kibazo,bityo ngo gusama bikaba bidashoboka kuko intangagabo zibura aho zinjirira. Gusa ngo birashoboka ko intanga ngabo n'intanga ngore bihurira hanze y'umura ibi rero bikaba bitera kuba umugore yasamira inyuma y'umura.

    2.Imihindagurikire y'ukwezi k'umugore

    Hari abagore bafite ukwezi guhindagurika. Akaba atabasha kumenya igihe imihango izira kuko ukwezi kwe guhindagurika cyane. Hakaba ubwo imihango ije muri uku kwezi ubundi hagashira andi mezi abiri ntakintu arabona. Niba uri umugore ukaba ufite ukwezi kuri munsi y'iminsi 21 cyangwa kurenza iminsi 35 ,ugomba kwihutira kwa muganga akakugira inama y'uburyo wabyifatamo kuko bishobora kukiviramo gutinda kubona urubyaro.

    3.Intanga ngore z'ibihuhwe

    Hari ubwo umugore ashobora kuba ingumba kubera ko adafite intanga ngore cyangwa se igihe azifite ariko ari ibihuhwe, muri iki gihe ngo bishoboka ko umugore bamutera intanga hanyuma zigahuzwa n'iz'umugabo.

    4.Indwara

    Hari indwara zimwe na zimwe zatera iki kibazo. Ingero batanga ni:Diyabete, Umwingo,indwara z'ibyuririzi za canseri,..Niba ubona warabuze urubyaro kandi hari indwara imwe muri izi waba urwaye,cyangwa indi ukeka ko yaba ibitera,banza uzivuze zikire neza ntakabuza uzatwita kandi wibaruke ntakibazo.
    Izindi ni indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zitavuwe neza nazo zishobora gutuma imiyoborantanga yifunga .

    5.Ibiro

    Indi mpamvu nkuko tubikesha urubuga tomberenceinterapidement.fr, umuntu unanutse bikabije cyangwa ubyibushye kuburyo burenze ibikenewe ashobora kubura urubyaro. Uku kunanuka cyangwa kubyibuha cyane bituma habaho guhindagurika mu misemburo ye.

    Ikindi gishobora gutuma utabyara ni ugukora imyitozo ngororamubiri ikabije cyangwa se imirire mibi.

    6.Ururenda

    Ikindi gishobora gutuma umugore aba ingumba ni igihe ururenda rwe rudashobora gufasha intanga ngabo kwihuta ngo igere mu murerantanga. Aha rero ngo bashobora guhuza intanga ngore n'intanga ngabo ku buryo bwa gihanga ku buryo zizatanga umwana.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/zimwe-mu-mpamvu-zishobora-gutera-ubugumba-ku-bagore/

  • Miss Jordan Mushambokazi n'umukunzi we bakoze ubukwe mu ibanga rikomeye. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Miss Jordan Mushambokazi wari umwe 20 mu bakobwa bahataniraga ikamba rya Miss Rwanda 2018 yakoze ubukwe mu ibanga n'umukunzi we, Mbonyumuvunyi Karim.

    Bari barashyize impapuro zubutumire hanze.

    Mu mpera z'umwaka ushize nibwo impapuro z'ubutumire zagiye hanze zigaragaza ko aba bombi bari gukora ubukwe kuwa 30 Mutarama 2021.Niko byaje kugenda rero kuko ku wa gatandatu ushize aribwo bakoze ubukwe mu ibanga nkuko bigaragara kuri Instagram y'uyu mukobwa ashimira Ndayisenga wabafashije mu gikorwa cyo gusezerana.Yagize ati:'Sheikh mwarakoze kubana natwe mu gikorwa cyacu cya Nikah'

     

     

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/miss-jordan-mushambokazi-numukunzi-we-bakoze-ubukwe-mu-ibanga-rikomeye/

  • AS Kigali yitegura umukino wa CS Sfaxien yasuwe na Ministeri ya Siporo (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Mbere tariki 01/01/2021, ikipe ya AS Kigali yakoreye imyitozo kuri Stade Amahoro, aho ikomeje kwitegura umukino uzayihuza na CS Sfaxien, aho umukino ubanza uzabera muri Tunisia tariki 14/02/2021.

    Muri iyi myitozo, ikipe ya AS Kigali ikaba yasuwe n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo Shema Maboko Didier, ndetse n’abayobozi b’ikipe ya AS Kigali

    Ikipe ya AS Kigali na CS Sfaxien bazakina umukino ubanza tariki 14/02 muri Tunisia, mu gihe umukino wo kwishyura uteganyijwe kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo tariki 21/02, ikipe izasezerera indi ikazahita ibona itike yo mu matsinda ya CAF Confederation Cup.

    Andi mafoto yaranze imyitozo ya AS Kigali

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/as-kigali-yitegura-umukino-wa-cs-sfaxien-yasuwe-na-ministeri-ya-siporo-amafoto

  • Abahanzi basusurukije abarebye Igitaramo gisingiza Intwari (Amafoto) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Insanganyamatsiko y’uyu mwaka mu kwizihiza intwari z’igihugu iragira iti “Ubutwari mu Banyarwanda, agaciro kacu.”

    Abahanzi muri iki gitaramo bagaragaje impano zitandukanye barimo Itorero ry’Igihugu Urukerereza, Peace Jolis, Alyn Sano, King James na Army Jazz Band.

    Urukerereza rwakinnye umukino ushima Intwari mu mbyino z’imuco mu ngeri zose guhera ku bami, Imanzi, Imena n’Ingenzi.

    Bakurikiranye na Peace Jolis wasubiyemo indirimbo ze ndetse n’iyo yakoranye na DJ Miller witabye Imana yitwa “Belle” amwibuka.

    Nyuma ye haje Alyn Sano waririmbye indirimbo yahimbiye uyu munsi w’Intwari yise “Ubutwari” ari kumwe n’itsinda rya Symphony band.

    King James yaje gusubiramo indirimbo ze za kera ziganjemo iz’urukundo. Inyinshi yakoze mu gihe cyashize zifite injyana ituje n’izo aherutse gukora ubu.

    Abaje gusoza igitaramo ni itsinda rya gisirikare Army Jazz Band mu myenda ya gisirikare, bavuga ubutwari bw’abasirikare, Fred Gisa Rwigema, Kayitare n’abandi baguye ku rugamba rwo kubohora igihugu.

    Minisitiri w
    Minisitiri w’urubyiruko n’umuco, Rosemary Mbabazi, kuri uyu munsi yashishikarije Abanyarwanda gukomeza kuzirikana no gusingiza Intwari z’u Rwanda, aho bari mu rugo, barushaho gutoza abato indangagaciro z’ubutwari

    Amafoto: EAP


    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/Abahanzi-basusurukije-abarebye-Igitaramo-gisingiza-Intwari-Amafoto