Category: Uncategorized

  • ‘Guma mu rugo Kigali’ yongerewe kugera ku ita… – #rwanda #RwOT

    Ni inama yafatiwemo indi myanzuro aho kuva tariki ya 8 Gashyantare 2021 kugeza ku ya 22 Gashyantare 2021 hazakurikizwa ingamba nshya zirimo izi zikurikira: 

    -Ingendo zirabujijwe guhera saa moya z’umugoroba kugeza saa kumi za mu gitondo.

    – Ingendo hagati y’Umujyi wa Kigali n’Intara ndetse n’Uturere dutandukanye, zirabujijwe.


    -Abakozi ba Leta bazakomeza gukorera mu rugo keretse abasabwa kujya gutanga serivisi aho basanzwe bakorera. Ibikorwa by'abikorera bizongera gukora ariko hazakoreshwa abakozi b'ingenzi.


    -Abikorera bazakoresha 30% kandi abandi bazakorera mu rugo. 

    -Amasoko azafungura ariko ku ijanisha rya 50% kandi bakore basimburana kandi bafunge saa kumi n'imwe z’umugoroba. Amashuri yose aya Leta n'ayigenga azakomeza gufunga. 



     

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102812/guma-mu-rugo-kigali-yongerewe-kugera-ku-itariki-ya-07-gashyantare-2021-soma-imyanzuro-yafa-102812.html

  • Ange Kagame yahishuye indirimbo ubu yagize umugenzo wa mugitondo #rwanda #RwOT

    Uyu mubyeyi w'umwana umwe w'umukobwa kuri Twitter yavuze ko kuri we iyi ndirimbo ari nk'umugenzo wa mugitondo aho bigeze. Ingingo yumvikanisha ko ayumva kenshi kubera kuyikunda.

    Yagize ati: 'Ndimo kumva 'Godly' ya Omah Lay. Aho bigeze yabaye umugenzo wa mugitondo.' Ni ubutumwa bwaherekejwe n'inseko n'agashushanyo k'umuntu wabyinnye ataraka.

    Indirimbo Godly imaze ukwezi kumwe kuri Youtube, imaze kurebwa inshuro zigera kuri miliyoni zirindwi na magana inani. Abayikunze ni ibihumbi 103 naho abayanze ni 1, 800 mu gihe abakunda umuziki bamaze kuyitangaho ibitekerezo 6,025.

    Omah Lay mu minsi ishize wari wafungiwe muri Uganda, amazina ye ni Stanley Omah Didia. Yavutse kuwa 19 Gicurasi 1997. Ni umuririmbyi, umwanditsi w'indirimbo akanazitunmganya. Yatangiye kumenyekana mu 2020 ubwo indirimbo yise '' You'' yakundwaga cyane.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/article/ange-kagame-yahishuye-indirimbo-ubu-yagize-umugenzo-wa-mugitondo

  • Guverinoma yatangaje igihe Guma mu rugo ya Kigali izarangirira ibikorwa bigasubukurwa #rwanda #RwOT

    Kuri iki gicamunsi, hifashishijwe ikoranabuhanga, Perezida Kagame yayoboye Inama y'Abaminisitiri yize ku ngingo zitandukanye zirimo urugamba rwo guhangana n'icyorezo cya Koronavirusi.

    Mu rwego rwo gukomeza gukumira ikwirakwira rya COVID-19, Inama y'Abaminisitiri yemeje ko ingamba zose zisanzweho mu Gihugu, harimo na gahunda ya Guma mu rugo mu Mujyi wa Kigali, zikomeza gukurikizwa guhera ku itariki ya 3 kugeza ku ya 7 Gashyantare 2021.

    Icyakora nyuma y'aho guhera kuwa 08 Gashyantare 2021,Guma mu rugo izahita ivaho imodoka zitwara abagenzi zitangire gutwara 50%,Moto n'amagare byongere gukora n'amaduka ajye afungura kugeza saa kumi n'imwe z'umugoroba.

    IBYEMEZO BY'INAMA Y'ABAMINISITIRI YATERANYE KURI UYU WA KABIRI:

    Mu rwego rwo gukomeza gukumira ikwirakwira ry'icyorezo cya Covid-19, Inama y'Abaminisitiri yemeje ko ingamba zose zisanzweho mu Gihugu, harimo na gahunda ya Guma mu rugo mu Mujyi wa Kigali, zikomeza gukurikizwa guhera ku itariki ya 3 kugeza ku ya 7 Gashyantare 2021.

    v Kuva ku itariki ya 8 kugeza ku ya 22 Gashyantare 2021, hazakurikizwa ingamba zikurikira:

    Ingamba zihariye zizubahirizwa mu Mujyi wa Kigali

    a. Ingendo zirabujijwe guhera saa moya za nimugoroba (7:00 pm) kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 am).

    b. Abakozi ba Leta bazakomeza gukorera mu rugo, kereka abatanga serivisi z'ingenzi zibasaba kujya aho basanzwe bakorera.

    c. Ibikorwa by'Inzego z'abikorera byemerewe kongera gukora, ariko buri rwego rurasabwa gukoresha abakozi b'ingenzi.

    d. Abikorera barasabwa gukoresha abakozi batarenze 30% by'abakozi bose, abandi bagakorera mu rugo ariko bakagenda basimburana.Amasoko n'amaduka (markets and malls) azafungura ariko hajye hasimburana umubare utarenze 50% by'abacuruzi b'ingenzi bemerewe kuyakoreramo. Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa kumi n'imwe za nimugoroba (5:00 pm).

    e. Amashuri yose (yaba aya Leta n'ayigenga) harimo na za Kaminuza azakomeza gufunga.

    f. Ingendo hagati y'Umujyi wa Kigali n'Intara ndetse n'uturere dutandukanye tw'Igihugu zirabujijwe, kereka ku mpamvu za serivisi z'ingenzi cyangwa iz'ubukerarugendo. Ba mukerarugendo bagomba kubanza kwipimisha COVID-19. Icyakora imodoka zitwaye ibicuruzwa zizakomeza gukora mu Gihugu hose, ariko ntizitware abantu barenze babiri.

    g. Ingendo mu modoka rusange cyangwa mu binyabiziga by'abantu ku giti cyabo ziremewe mu Mujyi wa Kigali. Imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange (za bisi) zemerewe gutwara abantu batarenze 50% by'umubare w'abantu zagenewe gutwara. Abatwara za bisi barasabwa kugenzura ko abagenzi bahana intera, kandi bagatwara gusa abambaye agapfukamunwa.

    h. Moto n'amagare byemerewe gutwara abagenzi. Abatwara moto n'amagare barasabwa kubahiriza amabwiriza y'isuku buri gihe.

    i. Inama zihuza abantu imbonankubone (physical meetings), ibirori n'amateraniro rusange birabujijwe.

    j. Ahantu ho gukorera siporo, imyitozo ngororamubiri n'imyidagaduro hazakomeza gufunga. Kogera muri pisine (swimming pool) birabujijwe. Icyakora, abantu bacumbitse muri hoteli bemerewe kogera muri pisine ya hoteli bacumbitsemo, ariko berekanye ko bipimishije COVID-19. Siporo ikozwe n'umuntu ku giti cye iremewe hagati ya saa kumi n'imwe na saa tatu za mu gitondo (5:00 AM-9:00 AM).

    k. Resitora na café zizajya zitanga gusa serivisi zo kugeza ku bantu ibyo bakeneye batahana (take away).

    l. Utubari twose tuzakomeza gufunga.

    m. Insengero zizakomeza gufunga.

    n. Ikibuga Mpuzamahanga cya Kigali kizakomeza gukora. Abagenzi bose baza mu Rwanda bagomba kuba bafite icyemezo cy'uko bipimishije COVID-19 (PCR test) amasaha 72 mbere y'uko bahaguruka. Abagenzi bava mu Rwanda na bo bagomba kubanza kwipimisha COVID-19. Abagenzi bose binjira mu Rwanda bahita bishyira mu kato mu gihe cy'iminsi 7, icyo gihe cyarangira bakipimisha COVID-19 (PCR test).

    o. Ibikorwa by'ubukerarugendo bizakomeza hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19. Muri ibyo bikorwa harimo amahoteli, abashinzwe kuyobora ba mukerarugendo (tour operators) na serivisi zo gutwara ba mukerarugendo. Ba mukerarugendo n'ababafasha bagomba kumenyesha RDB gahunda y'ingendo zabo.

    p. Umubare w'abitabira ikiriyo ntugomba kurenza abantu 10 icyarimwe. Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 15.

    q. Ibikorwa by'imikino y'amahirwe bizakomeza gufunga.

    Ingamba zizubahirizwa ahasigaye hose mu Gihugu

    a. Ingendo zirabujijwe guhera saa moya za nimugoroba (7:00 pm) kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 am).

    b. Ingendo hagati y'Uturere dutandukanye zirabujijwe.

    c. Amashuri azakomeza gukora hubahirizwa ingamba zo kwirinda COVID-19.

    d. Insengero zizakomeza gufunga.

    e. Amateraniro rusange n'ubusabane harimo imihango yose y'ubukwe, kwiyakira, n'inama (meetings and conferences) birabujijwe.

    f. Gutwara abantu mu buryo bwa rusange harimo moto n'amagare bizakomeza.

    g. Utubari twose tuzakomeza gufunga.

    h. Imyitozo ngororamubiri ikorerwa mu nyubako z'imyidagaduro (gyms) no kogera muri pisine (swimming pool) birabujijwe. Icyakora, abantu bacumbitse muri hoteli bemerewe gukora izo siporo aho bacumbitse, ariko berekanye ko bipimishije COVID-19.

    i. Umubare w'abitabira ikiriyo ntugomba kurenza abantu 10 icyarimwe.

    j. Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 15.

    Ibikorwa by'imikino y'amahirwe bizakomeza gufunga

    2. Kubera ubukana bw'icyorezo cya COVID-19 muri iki gihe, Inama y'Abaminisitiri yemeje Iteka rya Minisitiri risubika amatora y'abayobozi b'inzego z'ibanze n'ay'ibyiciro byihariye yari ateganyijwe muri Gashyantare na Werurwe 2021.

    3. Inama y'Abaminisitiri yemeje amasezerano y'umushinga wo kubaka no gukoresha Ikibuga cy'Indege Mpuzamahanga cya Bugesera.

    4. Inama y'Abaminisitiri yemeje imishinga y'amategeko ikurikira:

    • Umushinga w'itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano y'inguzanyo hagati ya Repubulika y'u Rwanda na Banki ya Koreya y'Ubucuruzi bw'Ibyinjira n'Ibisohoka mu Gihugu, yerekeranye n'inguzanyo igenewe umushinga wo kwagura imiyoboro y'amashanyarazi, yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda, ku wa 09 Ukuboza 2020.

    • Umushinga w'itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano y'inguzanyo hagati ya Repubulika y'u Rwanda na Banki Nyafurika itsura Amajyambere, yerekeranye n'inguzanyo igenewe gahunda y'iterambere rikomatanyije ry'umutungo w'amazi ya Muvumba, yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda, ku wa 29 Mutarama 2021.

    • Umushinga w'itegeko rihindura itegeko ryerekeye imiburanishirize y'imanza z'imbonezamubano, iz'ubucuruzi, iz'umurimo n'iz'ubutegetsi.

    5. Inama y'Abaminisitiri yemeje Iteka rya Perezida rigena imyitwarire mbonezamurimo ku bakozi ba Leta.

    6. Inama y'Abaminisitiri yashyize Prof. Alexandre Lyambabaje ku mwanya w'Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y'u Rwanda (Vice Chancellor of University of Rwanda/UR).

    7. Inama y'Abaminisitiri yemeje ko Bwana Luke Joseph Williams ahagararira Australia mu Rwanda ku rwego rwa High Commissioner, afite ikicaro i Nayirobi muri Kenya.

    8. Inama y'Abaminisitiri yahaye Ubwenegihugu Nyarwanda aba bakurikira:

    • Bwana Dale Dawson

    • Bwana Yann Gwet

    • Bwana David Toovey

    9. Mu bindi:

    Minisitiri wa Siporo yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko amakipe y'u Rwanda azitabira amarushanwa mpuzamahanga atandukanye harimo irushanwa ry'Afurika ry'amakipe yitwaye neza iwayo (Total CAF Confederation's Cup) rizabera muri Tuniziya no mu Rwanda, n'imikino ya nyuma y'irushanwa ry'igikombe cya Afurika muri Basketball (FIBA AFROBASKET Qualifiers Windows II, ) izabera muri Tuniziya.

    Bikorewe i Kigali, ku wa 2 Gashyantare 2021.

    Dr. Edouard Ngirente Minisitiri w'Intebe




    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/politiki/article/guverinoma-yatangaje-igihe-guma-mu-rugo-ya-kigali-izarangirira-ibikorwa

  • Umwavoka yakoreye imibonano mpuzabitsina mu rukiko biteza impaka ndende #rwanda #RwOT

    Paredes yatanguranye akuramo imyenda hanyuma uwo mugore na we arakurikira bahita batangira gukora imibonano mpuzabitsina mu gihe urubanza rwari rukomeje. Video yabo yakwirakwiye ku rubuga rwa Twitter.

    Abacamanza babikurikiranye biri kuba, cyo kimwe n'abanyamategeko cyo kimwe n'abarimo gukurikirana urwo rubanza bose.

    Paredes yarimo araburanira uregwa icyaha mu rubanza rwahuzaga itsinda ry'abagizi ba nabi ritinyitse cyane muri icyo gihugu.

    Umucamanza John Chachua Torres warimo kuburanisha urwo rubanza, yahise aruhagarika ako kanya, ahita anavuga ko umwavoka Paredes asuzuguye urukiko.

    Nyuma y'aho umucamanza Torres asangiye hakoreshejwe kamera ya Paredes, yahise ategeka ko uwo mwavoka akorwako iperereza, anahagarikwe muri urwo rubanza.

    Torres yavuze ati:”Tubonye ibiteye isoni byerekanwa imbonankubone aha ngaha, nifuza ko akorwako iperereza byihuse.”

    Nyuma yo guhagarika urwo rubanza, umucamanza Torres yongeyeho inyandiko ivuga ko kuva ubwo umwavoka Paredes azwi nk'umuntu wasebeje urukiko, abavoka bagenzi we, hamwe n'urwego rw'ubucamanza muri rusange.

    Kugeze ubu, Paredes nta bisobanuro aratanga kuri iyo myitwarire.

    Mu kwezi kwa Cyenda umwaka ushize, umudepite umwe wo muri Argentine yeguye nyuma yo kuboneka asoma amabere y'umugore ubwo inteko ishinga amategeko yari yateranye hakoreshejwe ubuhanga bwa video.

    BBC

    Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umwavoka-yakoreye-imibonano-mpuzabitsina-mu-rukiko-biteza-impaka-ndende

  • Perezida Paul Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yitezweho ingamba nshya kuri COVID-19 (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Itangazo ryashyizwe ku rukuta rwa Twitter rw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, rivuga ko iyi nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Ibyumweru bibiri birashize Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 18 Mutarama 2021, iteranye ifata ingamba zigamije gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, gikomeje kugaragaza ubukana buri ku rwego rwo hejuru.

    Iyo nama ni yo yafatiwemo ingamba zirimo gushyira Umujyi wa Kigali muri gahunda ya guma mu rugo [Lockdown].

    Nyuma yo gushyira Kigali muri guma mu rugo, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, cyahise gitanga uburyo bwo gupima abantu benshi baba abo mu Mujyi wa Kigali no mu turere dutandukanye.

    Muri icyo gikorwa cyakozwe hagendewe kuri buri kagari aho nko mu Mujyi wa Kigali hapimwe abagera ku bihumbi 20.

    Ku wa 29 Mutarama, RBC yavuze ko abantu bagera ku 15000 ari bo bari bamaze gupimwa, muri bo 629 bangana na 4% basanzwemo ubwandu bwa COVID-19.

    Nyuma y’iyo gahunda RBC n’Umujyi wa Kigali bahise batangira gupima abaturage bafite guhera ku myaka 25 kuzamura, ahari hateganyijwe gupimwa abantu 100 muri buri kagari, mu tugari 161 tugize Umujyi wa Kigali.

    Kuri uyu wa 2 Gashyantare [nyuma y’iminsi 15], abagize Guverinoma bongeye guterana barebera hamwe uko icyorezo gihagaze nyuma y’izo ngamba zikakaye zashyizweho zigamije gukumira ko cyakomeza guhererekanywa mu baturage.

    Mu byitezwe muri iyi nama harimo gusuzumira hamwe imiterere y’icyorezo mu gihugu hose by’umwihariko muri Kigali, umaze ibyumweru bibiri muri guma mu rugo.

    Umubare w’abahitanwa na COVID-19 uragenda urushaho kuzamuka, aho kuri ubu ari 198, mu gihe abamaze kuyandura na bo bagera ku 15 459. Ijanisha ku bandura riri kuri 4% mu gihe iry’abakira ari 66, 4%.

    Imibare igaragaza ko kuva tariki 18 Mutarama kugeza ku wa 1 Gashyantare 2021, hamaze gufatwa ibipimo 93,289. Muri byo abantu bose bapimwe hagaragayemo abanduye Coronavirus 4,427.

    Muri iyo minsi 14, abantu 2,909 bari basanzwe bafite Coronavirus barayikize ndetse bapimwe bigaragara ko nta bimenyetso byayo bagifite. Ni mu gihe abishwe nayo ari 56.

    Muri rusange kuva muri Werurwe 2020, ubwo umurwayi wa mbere wa Coronavirus yagaragaraga ku butaka bw’u Rwanda, hamaze gufatwa ibipimo 890,156, aho abasanganywe iki cyorezo bamaze kugera ku 15,459.

    Abamaze gukira iki cyorezo ni 10,272 naho abakirwaye kuri ubu ni 4,989 mu gihe abo kimaze guhitana ari 198.

    Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda igaragaza ko hari abandi barwayi 18 barembye cyane.

    Perezida Paul Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yitezweho ingamba nshya kuri COVID-19

    Iyi nama yitezweho gutanga icyerekezo gishya niba Umujyi wa Kigali uvanwa muri Guma mu rugo cyangwa ukagumishwamo

    Amafoto: Village Urugwiro


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-paul-kagame-yayoboye-inama-y-abaminisitiri-yitezweho-ingamba-nshya

  • Prof Alexandre Lyambabaje yagizwe Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 02 Gashyantare 2021 niyo yemeje ko Prof Lyambabaje aba Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda. Ni nyuma y’uko hari hashize amezi ane Phillip Cotton wayiyoboraga asoje amasezerano ye kuri uyu mwanya agasimburwa by’agateganyo na Dr Musafiri Papias Malimba wigeze kuba Minisitiri w’Uburezi.

    Prof Lyambabaje yavutse mu 1960, ni ukuvuga ko afite imyaka 61. Yize muri kaminuza Nkuru y’u Rwanda, asoje ajya kwiga icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Master’s Degree) muri Canada.

    Ni umwe mu bahanga mu Rwanda ufite impamyabumenyi y’Ikirenga mu mibare, kuko afitemo Doctorat yakuye muri Kaminuza ya Rennes mu Bufaransa.

    Yabaye muri Guverinoma y’u Rwanda ku myanya itandukanye, aho nko mu 1999 yagizwe Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi. Nyuma y’umwaka umwe, mu 2000 yagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi, ubukerarugendo n’inganda hamwe no guteza imbere ishoramari n’amakoperative, umwanya yamazeho imyaka itatu kugera mu 2003.

    Ni umwe mu bagize uruhare mu ishyirwaho rya politiki ijyanye n’ubucuruzi ndetse by’umwihariko n’iy’ubukerarugendo bw’u Rwanda.

    Yagize kandi uruhare mu bikorwa bigamije kwihuza kw’akarere binyuze mu nama zo ku rwego rwa ba minisitiri yagiye yitabira zirimo iz’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba na Comesa.

    Kuva mu 2014 kugera mu 2015, yari Umushakashatsi muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’Ubuvuzi n’ubuzima rusange.

    Magingo aya, Prof Lyambabaje yari asigaye ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’ihuriro rya za Kaminuza zo muri Afurika y’Iburasirazuba.

    Usibye kuba ari umuhanga mu mibare, Lyambabaje ni umwe mu bantu bazwiho gukunda imikino by’umwihariko Volleyball yakinnye akanaba umutoza. Magingo aya, yari aracyagaragara akina umukino w’intoki wa Volleyball.

    Yakinnye mu Ikipe y’Igihugu ya Volleyball yasohokeye u Rwanda ahantu henshi hatandukanye ku Isi. Uyu mukino w’intoki niwo wamuhesheje bourse yo kujya kwiga mu Bufaransa aho yakuye impamyabumenyi y’ikirenga ya Doctorat anakina Volleyball nk’uwabigize umwuga.

    Prof Alexandre Lyambabaje yagizwe Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda

    Lyambabaje yakiniye Ikipe y’Igihugu ya Volleyball

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/prof-alexandre-lyambabaje-yagizwe-umuyobozi-wa-kaminuza-y-u-rwanda

  • Menya Ibyemezo by'Inama y'Abaminisitiri yo ku wa 2 Ugushyingo 2021 #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabari , tariki ya 2 Ugushyingo 2021, Inama y'Abaminisitiri yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga, iyobowe na Nyakubaha wa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame.


    Iyi nama yemeje ko ingamba zose zisanzweho mu gihugu zirimo na gahunda ya Guma mu rugo mu Mujyi wa Kigali zikomeza gukurikizwa kuva ejo tariki ya 3 kugeza ku wa 7 Gashyantare 2021.

    Mu ntara bazaguma muri gahunda ya guma mu karere naho amasaha yo gutaha ni saa moya za n'imugoroba.



    Source : https://impanuro.rw/2021/02/02/menya-ibyemezo-byinama-yabaminisitiri-yo-ku-wa-2-ugushyingo-2021/

  • Ibyemezo by'inama y'Abaminisitiri: Ingamba Nshya zashyizweho zizatangira gukurikizwa nyuma y'iminsi 6 #rwanda #RwOT

    Inama y'Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 02 Gashyantare 2021, iyobowe na Perezida Kagame hifashishijwe ikoranabuhanga, yashimangiye ko ingamba zo kwirinda Covid-19 zisanzwe zikomeza gukurikizwa mu gihe ingamba nshya zizatangira gukurikizwa kuwa 08 Gashyantare 2021.

    Dore uko ibi byemezo bisobanurwa;

    Munyaneza Theogene / intyoza.com 

    Source : http://www.intyoza.com/ibyemezo-byinama-yabaminisitiri-ingamba-nshya-zashyizweho-zizatangira-gukurikizwa-nyuma-yiminsi-6/

  • BREAKING : Guma mu Rugo i Kigali yongeweho iminsi 5 #rwanda #RwOT

    Bikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 02 Gashyantare 2021 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

    Ibi byemezo byibanze ku ngamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 mu gihugu by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, bikazubahirizwa kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Gashyantare 2021 kugeza tariki 07 Gashyantare mu gihe nyuma y’izi tariki hazubahirizwa izindi ngamba.

    Umujyi wa Kigali umaze ibyumweru bibiri uri muri gahunda ya Guma mu Rugo, wongerewe igihe cyo gukomeza kubahiriza izi ngamba kugeza ku wa 07 Gashyantare 2021.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije avuga ko iyi gahunda ya Guma mu Rugo mu Mujyi wa Kigali iriho itanga umusaruro mwiza ku buryo hongeweho icyumweru kugira ngo nibura muri iki cyumweru bizabe byatanze umusaruro wiifuzwa.

    Aganiriye na RBA, yagize ati “Abantu bumve ko ari ugushimangira intambwe nziza twari tumaze kugeraho ku buryo n’ufite abo yanduje mu rugo muri iki cyumweru cyongeweho babe bakize.”

    Uretse guma mu rugo mu Mujyi wa Kigali izakomeza kugeza ku wa 07 Gashyantare, nyuma ya ziriya Tariki, ibikorwa binyuranye birimo iby’ubucuruzi bizasubukurwa ariko na bwo bijyamo umubare muto.

    SOMA IBYEMEZO BY’INAMA Y’AMANINISITI BYOSE




    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Ubuzima/article/BREAKING-Guma-mu-Rugo-i-Kigali-yongeweho-iminsi-5