Category: Uncategorized

  • COVID-19: Amayeri bakoreshaga twarayatahuye nibahimba n'andi tuzayamenya- CP Kabera – #rwanda #RwOT

    Inama y'Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 2 Gashyantare 2021, yayobowe na Perezida Paul Kagame, yashyizeho ingamba zitandukanye zirimo kongera icyumweru cya guma mu rugo ku batuye Umujyi wa Kigali.

    Mu kiganiro kuri RBA, CP Kabera, yavuze ko muri iki cyumweru cya guma mu rugo cyongerewe Umujyi wa Kigali, abantu bakwiye kumenya ko amakosa yose bakoraga bagamije kunyuranya n'amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo polisi iyazi.

    Ati 'Bamenye ko ibikorwa byemewe birazwi, barabizi. Ikindi ni uko dusaba abaturage ko guhererekanya amakuru y'uko bakora amanyanga kugira ngo bakore amanyanga ari benshi, ibyo bintu birashyira ubuzima bwabo n'ubw'abandi mu kaga.'

    Yakomeje agira ati 'Ntabwo kubwira mugenzi wawe uti uyu munsi nabeshye cyangwa nabigenje gutya polisi ntiyamfata n'undi ejo abigenze atyo ntacyo birabafasha, ibyo bintu nibabireke.”

    “Polisi irahari muri iki cyumweru cya guma mu rugo, babyumvise uko bizaba bimeze, bumvise n'amayeri bakoreshaga ko tuyatahura nibahimba n'andi tuzayatahura.'

    Imibare ya Polisi y'Igihugu igaragaza ko mu byumweru bibiri bishize abantu bagenza amaguru 117, 630, bafashwe barenze ku mabwiriza ya COVID-19, arimo kutambara neza agapfukamunwa, kurenza amasaha n'ibindi.

    Hari abandi 2066 bafashwe banywa inzoga cyangwa bazigurisha mu gihe utubari tutemerewe gukora. Imodoka zafashwe ni 2218, moto 912 ndetse n'amagare 612.

    CP Kabera ati 'Ibi rero biratwereka iki? Biratwereka ko abantu n'ubwo hari ikigamijwe n'ubwo bigishwa… hari abantu bisa nk'aho bavuga bati amabwiriza arasohotse reka turebe uko tuzayica, tuzanyuranya nayo.'

    Yakomeje agira ati 'Hari n'amakuru twari dufite y'abantu batangaga serivisi zitemewe bikingiranye cyangwa ubucuruzi butemewe.'

    Polisi y'Igihugu igaragaza ko n'ubwo hari ingamba zashyizweho ndetse abaturage bagashyirirwaho uburyo bwo gusaba impushya ku bashaka gukora serivisi za ngombwa, hari abakomeje gukoresha amayeri atandukanye mu kurenga ku mabwiriza ya guma mu rugo.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko hari abantu bahimba amayeri akomeye kugira ngo barenge ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/covid-19-amayeri-bakoreshaga-twarayatahuye-nibahimba-n-andi-tuzayamenya-cp

  • Igikuba cyacitse ubwo abayobozi barangajwe imbere na Minisitiri w'Intebe bajyaga kwakira inkingo za COVID-19 bagasanga ari inzoga za Vodka #rwanda #RwOT

    Urubuga El Manchar rusobanura ko Algeria yagombaga kwakira doze 500,000 z'urukingo rwa Spunik V zagombaga guturuka mu Burusiya, zigatangira guterwa abaturage guhera ku uyu wa 30 Mutarama 2021.

    Izari zizwi ko ari doze z'urukingo zageze ku kibuga cy'indege, abari bahari bose batungurwa no kubona ahubwo indege yari ipakiye inzoga za Vodka zikorerwa cyane mu Burusiya, Poland na Suede.

    Minisitiri Djerad abajijwe uko byagenze ngo doze z'inkingo zisimbuzwe inzoga, habaye igisa no guterana amagambo kuko buri wese yahindukiye, abaza uwo akuriye; nk'aho na we yabajije Minisitiri w'Ubuzima, na we abaza Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Igihugu rushinzwe ubuzima.

    Nyuma aba bayobozi baje gusobanura ko habayeho kwibeshya, basezeranya itangazamakuru ko byihuse doze z'inkingo zigiye gutumizwaho.

    Bari baziko baje gufata inkingo basanga hibereyemo amacupa ya Vodka

    Amakuru dukesha ibitangazamakuru byo muri Algeria avuga ko inkingo za Spunik V zamaze kugera muri iki gihugu, ndetse abaturage batangiye gukingirwa tariki ya 30 Mutarama nk'uko byari byarateguwe.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/igikuba-cyacitse-ubwo-abayobozi-barangajwe-imbere-na-minisitiri-w-intebe

  • Abadepite 2 bo muri Kenya bagundaguraniye mu kiriyo bashinjanya ubujura #rwanda #RwOT

    Izo mvururu zabaye kuri uyu wambere , zakomotse kuri Simba. Ubwo yari atangiye kugeza ijambo ku baje mu kiriyo, yagize ati 'Dufite abayobozi benshi aha b'inshuti z'akadasohoka za Visi Perezida bamaze kwangiza ubuzima bwabo. Aba ni amabandi badakwiriye kwemererwa kujya mu mwanya uwo ari wo wose w'ubuyobozi.'

    Depite Sylvanus Osoro wari wasoje ijambo rye mbere, yahagurukanye uburakari, afata mu mashati Depite Simba, batangira guterana ibipfunsi.

    BBC yatangaje ko hataramenyakana uburyo Osoro yakubiswemo, gusa amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza uwo mudepite yicaye hasi mu buryo bigaragara ko atahicaye ku bushake.

    Ubusanzwe Osoro ni inshuti n'umurwanashyaka wa Visi Perezida wa Kenya, William Ruto mu gihe Arati ari umurwanashyaka wa Raila Odinga utavuga rumwe na Leta. Ruto na Odinga bari bari muri icyo kiriyo.

    Abapolisi nibo bahagobotse bakiza iyo mirwano yari imaze kudurumbanya ikiriyo.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/abadepite-2-bo-muri-kenya-bagundaguraniye-mu-kiriyo-bashinjanya-ubujura

  • COVID-19: Amayeri bakoreshaga twarayatahuye nibahimba n’andi tuzayamenya- CP Kabera – #rwanda #RwOT

    Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 2 Gashyantare 2021, yayobowe na Perezida Paul Kagame, yashyizeho ingamba zitandukanye zirimo kongera icyumweru cya guma mu rugo ku batuye Umujyi wa Kigali.

    Mu kiganiro kuri RBA, CP Kabera, yavuze ko muri iki cyumweru cya guma mu rugo cyongerewe Umujyi wa Kigali, abantu bakwiye kumenya ko amakosa yose bakoraga bagamije kunyuranya n’amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo polisi iyazi.

    Ati “Bamenye ko ibikorwa byemewe birazwi, barabizi. Ikindi ni uko dusaba abaturage ko guhererekanya amakuru y’uko bakora amanyanga kugira ngo bakore amanyanga ari benshi, ibyo bintu birashyira ubuzima bwabo n’ubw’abandi mu kaga.”

    Yakomeje agira ati “Ntabwo kubwira mugenzi wawe uti uyu munsi nabeshye cyangwa nabigenje gutya polisi ntiyamfata n’undi ejo abigenze atyo ntacyo birabafasha, ibyo bintu nibabireke.”

    “Polisi irahari muri iki cyumweru cya guma mu rugo, babyumvise uko bizaba bimeze, bumvise n’amayeri bakoreshaga ko tuyatahura nibahimba n’andi tuzayatahura.”

    Imibare ya Polisi y’Igihugu igaragaza ko mu byumweru bibiri bishize abantu bagenza amaguru 117, 630, bafashwe barenze ku mabwiriza ya COVID-19, arimo kutambara neza agapfukamunwa, kurenza amasaha n’ibindi.

    Hari abandi 2066 bafashwe banywa inzoga cyangwa bazigurisha mu gihe utubari tutemerewe gukora. Imodoka zafashwe ni 2218, moto 912 ndetse n’amagare 612.

    CP Kabera ati “Ibi rero biratwereka iki? Biratwereka ko abantu n’ubwo hari ikigamijwe n’ubwo bigishwa… hari abantu bisa nk’aho bavuga bati amabwiriza arasohotse reka turebe uko tuzayica, tuzanyuranya nayo.”

    Yakomeje agira ati “Hari n’amakuru twari dufite y’abantu batangaga serivisi zitemewe bikingiranye cyangwa ubucuruzi butemewe.”

    Polisi y’Igihugu igaragaza ko n’ubwo hari ingamba zashyizweho ndetse abaturage bagashyirirwaho uburyo bwo gusaba impushya ku bashaka gukora serivisi za ngombwa, hari abakomeje gukoresha amayeri atandukanye mu kurenga ku mabwiriza ya guma mu rugo.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko hari abantu bahimba amayeri akomeye kugira ngo barenge ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/covid-19-amayeri-bakoreshaga-twarayatahuye-nibahimba-n-andi-tuzayamenya-cp

  • Guverinoma yasobanuye impamvu Umujyi wa Kigali wongerewe icyumweru cya #GumaMuRugo – #rwanda #RwOT

    Ibi byatangajwe nyuma y’uko Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Gashyantare 2021, yongereyeho iminsi itanu abatuye Umujyi wa Kigali, bagomba kuba bari muri Guma mu Rugo.

    Isuzuma ryakozwe na Minisiteri y’Ubuzima rigaragaza ko mu gihe abatuye muri Kigali bamaze bari muri guma mu rugo, habayeho kubaganuka kw’abandura iki cyorezo.

    Minisitiri Dr Ngamije yavuze ko mbere y’uko guma mu rugo itangira muri Kigali, ubwandu bwa Coronavirus mu mujyi bwarutaga ubugaragara mu zindi ntara zose uziteranyije ariko icyumweru cya nyuma cya guma mu rugo cyagaragaje impinduka.

    Ati “Muri iyi minsi itatu ishize nibwo bwa mbere twongeye kugira abarwayi bashya bake kurenza abakira, bivuze ko uwo mubare w’abarwayi bashya uri gutangira kugabanuka.”

    Yavuze ko impamvu yo gushyira abantu muri guma mu rugo akenshi iba igamije gukumira ikwirakwira rya Coronavirus kuko iyo umuntu ayifite akaguma mu rugo ashobora kwanduza abo babana gusa.

    Ati “Iyo muri abantu bari mu rugo, mukaba murwaye cyangwa umwe akaba arwaye, abo yakwanduza ni abo mu rugo gusa. Ariko iyo atari muri guma mu rugo yanduza abo ahura na bo bose agataha buri munsi afite umubare w’abantu yanduje.”

    Ubushakashatsi bwakozwe mu byumweru bibiri bishize bwagaragaje ko nibura abantu 5% mu Mujyi wa Kigali barwaye Coronavirus. Ni nyuma y’uko Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, gitangije gahunda yo gupima abatuye muri Kigali hagendewe ku tugari batuyemo.

    Minisitiri Dr Ngamije ati “Ubushakashatsi bwatweretse ko ubwandu buri mu tugari two muri Kigali twose, uretse uduce tw’icyaro two mu Karere ka Gasabo.”

    Akomeza avuga ko kugeza ubu umusaruro wa guma mu rugo uri kugaragara aho nibura ugeze kuri 6/10 ariko iki cyumweru cyongeweho kikaba gishobora gusiga ugeze ku 9/10, mu gihe abatuye i Kigali baba bubahirije amabwiriza ya guma mu rugo.

    Yakomeje agira ati “Twari dukeneye iki cyumweru kugira ngo dushimangire ibyiza bya guma mu rugo, navuze igabanuka ry’abarwayi twakiraga ariko hari n’igabanuka ry’abahitanwa n’icyorezo. Iki cyumweru rero kiraza gufasha kugira ngo ingamba zubahirizwe ariko n’abantu babone ko iki cyorezo gikomeye.”

    Minisiteri y’Ubuzima yagaragaje ko mu byumweru bibiri bishize abahitanwa na Coronavirus bagabanutseho 36% ugereranyije n’ibyumweru byabanje.

    Abanyarwanda bibutswa ko COVID-19 ari indwara ishobora gufata abantu bose itarobanuye kandi abo ihitana itarobanura ku myaka cyangwa ibyiciro runaka.

    Imibare igaragaza ko kuva tariki 18 Mutarama kugeza ku wa 1 Gashyantare 2021, hamaze gufatwa ibipimo 93,289. Muri byo abantu bose bapimwe hagaragayemo abanduye Coronavirus 4,427.

    Muri iyo minsi 14, abantu 2,909 bari basanzwe bafite Coronavirus barayikize ndetse bapimwe bigaragara ko nta bimenyetso byayo bagifite. Ni mu gihe abishwe nayo ari 56.

    Muri rusange kuva muri Werurwe 2020, ubwo umurwayi wa mbere wa Coronavirus yagaragaraga ku butaka bw’u Rwanda, hamaze gufatwa ibipimo 890,156, aho abasanganywe iki cyorezo bamaze kugera ku 15,459.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yagaragaje ko ibyumweru bibiri bishize abatuye muri Kigali bari muri Guma mu Rugo byatanze umusaruro

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/guverinoma-yasobanuye-impamvu-umujyi-wa-kigali-wongerewe-icyumweru-cya

  • Umugore wa Bobi Wine nawe yafashe rutemikirere yerekeza muri Amerika #rwanda #RwOT

    Nk'uko Chimp Reports dukesha aya makuru yabitangaje, Itungo yagaragaye ku kibuga cy'indege mpuzamahanga cya Entebbe mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala.

    Iki gitangazamakuru kivuga ko uyu mugore wari wambaye umupira w'umukara yateze indege y'ikigo cya Qatar Airways, imugeza mu mujyi wa Doha muri Qatar, bikaba biteganyijwe ko ahava agahita yerekeza muri USA.

    Tariki ya 6 Mutarama 2021 habura iminsi umunani ngo amatora y'Umukuru w'Igihugu abe, Bobi Wine yahungishirije abana be muri USA, bajyana n'umuvandimwe w'umugore we Barbie Itungo.

    Icyo gihe uyu munyapolitiki yatangaje ko yari afite amakuru yizewe ko aba bana bashobora gishimutwa, hanyuma agategekwa guhagarika ibikorwa byo kwiyamamaza kugira ngo yongere ababone.

    Bobi Wine yatangaje ko we na Barbie Itungo baguma muri Uganda, bagakomeza guhangana n'ubutegetsi bw'iki gihugu, abana bo bakazagaruka nyuma y'amatora yabaye tariki ya 14 Mutarama.

    Amatora yarabaye, Komisiyo y'Igihugu iyashinzwe itangaza ko Perezida Museveni ari we wayatsinze ku majwi 58.64%. Kugeza ubu, Bobi Wine wagize amajwi 34.8% yemeza ko yibwe, ndetse yagiye kurega mu rukiko kugira ngo aya matora aseswe.

    Mu mpera z'icyumweru gishize, Bobi Wine yatangaje ubu afite gahunda yo gukura Perezida Museveni mu kwezi kumwe, gusa ntiyigeze asobanura uburyo azabikoramo.

    Amwe mu makuru akomeza avunga ko uyu mugore Barbiie Itungo yerekeje muri Amerika kubera ko mu mujyi wa Kampala haba hari imyigaragambyo ikomeye yateguwe, ishobora gutangira mu minsi ya vuba nkuko Bigbangnewsug.com nayo ibitangaza.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/umugore-wa-bobi-wine-nawe-yafashe-rutemikirere-yerekeza-muri-amerika

  • Perezida Museveni yavuze uko yafashije RPF ngo idatsindwa #rwanda #RwOT

    Mu ijambo rye mu 2002, Museveni yavuze ko byamusabye gukora ibintu bibiri ku kibazo cy'u Rwanda; gufasha RPF ngo idatakaza urugamba no kumvisha Habyarimana ko ibiganiro ari ngombwa.

    Hashize imyaka 19 Museveni agize ati: 'Nafashe ibyemezo bibiri; Gufasha RPF ngo idatsindwa no kumvisha Habyarimana ngo yemere kujya mu biganiro. Nguko uko ibiganiro bya Arusha byatangiye.'

    Aya ni amwe mu magambo agize zimwe mu mbwirwaruhame zaranze Perezida Yoweri Museveni kuva mu myaka 1980 kugeza ubu. Yatoranyijwe na The Daily Monitor ko ari mu yakunzwe muri ibyo bihe bisaga imyaka 30.

    Mu mizo ya mbere, Museveni yakunze kumvikana mu itangazamakuru mpuzamahanga ko atazi iby'urugamba rwatangijwe n'Abanyarwanda b'impunzi bibumbiye muri RPF/RPA bari muri Uganda. Nyuma nibwo yatangiye kujya abivuga ku mugaragaro ko yateye inkunga iryo shyaka haba mu gisirikare no muri dipolomasi.

    Perezida Yoweri Kaguta Museveni uvuga ko yahagaze kuri RPF ngo idatsindwa, kuri ubu ntabanye neza n' u Rwanda kuva mu myaka isaga ibiri ishize. Ni ikibazo cyahawe ubuhuza ariko umuti uvugutwa nta gisubizo utanga.

    Uganda ishinja u Rwanda kurwoherezamo intasi mu gihe u Rwanda narwo ruvuga ko ashyigikiye abashaka kurugabaho ibitero. Buri ruhande ruhakana ibivugwa n'urundi.

    Hari n'abadatinya kuvuga ko uyu mugabo agirira ishyari u Rwanda yari yizeye ko azajya arubwira ibyo rugomba gukora, ingingo yafatwa nko gufana.

    Ku ngingo y'ubufasha, bamwe muri RPA bavuga ko Museveni yabutanze haba mu bikoresho, imiti n'ibindi ariko ko adakwiriye kubigira urwitwazo kuko na we yafashe ubutegetsi mu 1986 abana b' u Rwanda bamuri inyuma kugeza mu nzu y'umukuru w'igihugu hatibagiranye n'abahasize ubuzima.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/perezida-museveni-yavuze-uko-yafashije-rpf-ngo-idatsindwa

  • Perezida wa Diaspora Nyarwanda ku rwego rw'Isi ari gukorwaho iperereza #rwanda #RwOT

    Aya makuru yemejwe n'umuvugizi wa RIB Dr Thierr Murangira avuga ko Murenzi yitabye uru rwego mu bihe bitandukanye agahatwa ibibazo.

    Yasobanuye ko yahamagajwe nyuma y'aho aba Banyarwanda baba hanze y'igihugu bamuhaye amafaranga bamushinje gukoresha nabi ayo amafaranga.

    Avugana na Taarifa dukesha iyi nkuru Dr Murangira yagize ati: 'RIB yakiriye ikirego cy'abanyamuryango ba Diaspora, barega uwitwa Murenzi Daniel bavuga ko yakoresheje umutungo wabo nabi mu mushinga wo kwiyubakira amacumbi i Nyamirambo.'

    Dr Murangira yongeyeho ko ikirego cyabo bacyakiriye, bamwe barabazwa ndetse na Murenzi arabazwa.

    Nyuma yo kumva impande zose, RIB yasabye ko hashyirwaho Komite y'ubugenzuzi( Audit) yigenga kugira ngo icukumbure uko ikibazo giteye nyuma izatangaze ibyavuyemo.

    Abanyarwanda baba mu Rwanda no hanze bari baherutse gutangariza iki kinyamakuru dukesha iyi nkuru ko Murenzi ukorera East African Community, uyobora Ishami ry'Ikoranabuhanga, akaba ari Perezida wa Diaspora Nyarwanda ku rwego rw'Isi, yabatekeye umutwe bamuha amafaranga agera kuri Miliyari ebyiri ntiyayakoresha ibyo bemeranyijeho.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/article/perezida-wa-diaspora-nyarwanda-ku-rwego-rw-isi-ari-gukorwaho-iperereza

  • Ikanzu yambaye ku munsi w'ubukwe yavugishije imbaga nyamwinshi (Amafoto) #rwanda #RwOT

    Muri Nigeria, umugore wakoze ubukwe yavugishije imbaga ku rubuga rwa Twitter kubera amafoto yashyizeho yerekana ikanzu itari umweru yari yambaye kuri uwo munsi we w'ubukwe. izwi nka Ankara muri icyo gihugu gituwe na benshi muri Afurika.

    Uyu mugore witwa Chioma yatunguye benshi kuko we yakoze ibitandukanye n'abandi benshi kuko we yambaye ikanzu ifite andi mabara menshi aho kuba umweru wererana gusa.

    Benshi mu babonye iyi kanzu ye bavuze ko ubu ari ubuvumbuzi bukomeye yakoze cyane ko bidakunze kubaho ko umugeni yambara ikanzu itari agatimba.

    Abari bitabiriye ubukwe bwa Chioma batanguranwe kumufotora barangije bakwirakwiza amafoto ku mbuga nkoranyambaga bagaragaza uko yari aberewe.

    Abarenga ibihumbi 10 bagaragaje ko bakunze amafoto y'uyu mugeni ndetse benshi batanga ubutumwa bwabo.

    Umwe mu batanze ubutumwa yagize ati 'Ntekereza ko imyenda nka Ankara n'indi gakondo yakwemezwa ikajya yambarwa mu bukwe.'

    Undi yagize ati 'Nu byiza n'abandi barebereho bamwigane.'Yunganiwe n'undi wagize ati 'Ubwiza n'ubudasa nibyo njye ndi kubona.'

    Undi yagize ati 'amakanzu y'umweru arahenda cyane.Ibi nibyo nifuza kubona.Nifuza ko n'abandi bareberaho.Iramubereye.'

    Source : https://impanuro.rw/2021/02/02/ikanzu-yambaye-ku-munsi-wubukwe-yavugishije-imbaga-nyamwinshi-amafoto/

  • Ange Kagame yagaragaje kunyurwa n’indirimbo y… – #rwanda #RwOT

    Tariki 18 Ukuboza 2020, umunyamuziki Stanley Omah Didia wiyise Omah Lay yashyize kuri shene ye ya Youtube amashusho y'indirimbo ye yise 'Godly'. Ayiherekeresha gusaba abafana be n'abakunzi b'umuziki kumva na EP (Extended Play) yashyize ku isoko yise 'What Have We Done'.

    Mu gihe cy'ukwezi kumwe iyi ndirimbo isohotse imaze kurebwa n'abantu basatira gato miliyoni 8. Abagaragaje ko bayikunze bagakanda ku kamenyetso ka 'Like' barenze ibihumbi 104 naho abantu basatira gato ibihumbi bibiri nibo bagaragaje ko itabakoze ku mutima.

    Iyi ndirimbo iherekejwe n'ibitekerezo birenga ibihumbi 6 by'abantu bavuga ko Omah ari umuhanzi ukiri muto unyeganyeza ingoma z'amatwi zabo, ukwiye guhangwa amaso. Abantu barenga ibihumbi 292 nibo bamaze kwiyandikisha [Subscribers] bakurikirana ibikorwa bye by’umuziki umunota ku wundi.

    Uyu munsi, Ange Kagame yanditse kuri konti ye Twitter avuga ko buri gitondo yumva indirimbo 'Godly' ya Omah Lay. Ati 'Kumva indirimbo 'Godly' ya Omah Lay ni ibintu maze kumenyera buri gitondo.'

    Abantu batandukanye bakurikira Ange Kagame kuri Twitter nabo bagaragaje ko bakunda Omah Lay. Bamwe bavuze ko mu ndirimbo z'uyu muhanzi bakunda iyitwa 'Infinity' yakoranye na Olamide. Imaze amezi abiri isohotse, ariko imaze kurebwa n'abantu barenga miliyoni 13 kuri Youtube.

    Omah Lay yabonye izuba ku wa 19 Gicurasi 1997. Ni umunyamuziki wabigize umwuga, umwanditsi w'indirimbo akaba na Producer. Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Nigeria na BBC yo mu Bwongereza bivuga ko yamenyekanye birushijeho mu 2020 abicyesha indirimbo ye yise 'You'.

    Iyi ndirimbo 'You' imaze amezi 10 isohotse, imaze kurebwa n'abantu barenga miliyoni 4. Yatumye benshi mu bakurikiranira hafi umuziki bavuga ko Nigeria imaze kuba igicumbi cy'umuziki muri Afurika, bashingiye ku bahanzi b'ibikomerezwa iki gihugu gifite batangiye nka Omah Lay.

    Omah Lay yavukiye ahitwa Port Harcourt. Mu gihe gito amaze mu muziki amaze guhatanira ibihembo bikomeye birimo City People Music Award nk'umuhanzi w'umwaka, MTV Africa Music Awards 2021, The Headies Award abicyesha indirimbo ye 'Bad Influence' n'ibindi.

    Uyu musore w'imyaka 23 y'amavuko muri Gicurasi 2020 yasohoye EP yise 'Get Layd' iriho indirimbo ye yise 'You' na 'Bad Influence' zamumenyekanishije.

    Tariki 13 Mutarama 2021, yabwiye Ikinyamakuru Teen Vogue ko yagiye gushyira ku isoko iyi EP afite ubwoba bw'uko yashoboraga kutakirwa neza na rubanda.

    Avuga ariko ko ari muri studio yumvaga ifite icyanga biri no mu murongo yihaye wo gukora indirimbo zikora ku marangamutima ya benshi. Ati 'Umuziki wanjye n'ibyo nanyuzemo, ni njye, ni ubuzima bwanjye.'

    Uyu muhanzi yavuze ko ari umugisha ukomeye yagize kuba yarakiranwe yombi mu muziki. Avuga ko Wizkid, Tuface, Davido, Burna Boy n'abandi baharuye inzira bisunze injyana ya Afrobeats byamufashije gukomereza mu murongo batangiye.

    Kuri we asanga ari igitangaza gikomeye Imana yamukoreye kuba ari mu bahanzi bari gucuruza muri Afurika. Nawe yahamije ko umwaka wa 2020 uzaba urwibutso rukomeye kuri we, kuko wabaye intangiriro nziza kuri we.

    Omah yavuze ko yavutse nk'abandi bana, ari umuhungu usanzwe w'iyo mu cyaro, indirimbo ye 'Get Layd' ihindura buri kimwe cyose atatekerezaga.

    Akomeza avuga ko EP ye ya kabiri yise 'What Have We Done?' [Twakoze iki?] yayikoze bitewe n'uko iya mbere yasohoye itishimiwe n'abafana be. Ngo yakurikiwe n'amagambo atari meza ku mbuga nkoranyambaga bituma afata umwanya wo kurunga neza indirimbo ze nshya.

    Yavuze ko iyi Ep ye ya kabiri yakiriwe neza nk'uko yabishakaga bituma noneho akora indirimbo 'Godly' ashima Imana [Ari nayo Ange Kagame yakunze]. Yavuze ko yaciye bugufi yereka Imana ibyari biri kumubaho mu gihe gito yinjiye mu muziki, yumva agize igitekerezo cyo gukora indirimbo ihimbaza Imana. Ati 'Ndatekereza ari aho havuye igitekerezo cyo gukora indirimbo 'Godly.'

    Omah Lay yavuze ko yahoze ari umuraperi kandi yamaze igihe kinini ari Producer w'indirimbo z'abandi bahanzi. Ni akazi avuga ko yakoze mu gihe cy'imyaka itatu, mu 2020 afata icyemezo gikomeye cyo gutangira kwikorera indirimbo.

    Uyu muhanzi yavuze ko ashyize imbere gukora indirimbo zishimisha benshi. Kandi ko muri uyu mwaka wa 2021 azashyira ku isoko Album ye nshya.

    Tariki 13 Ukuboza 2020, Omah Lay yafungiwe muri Uganda akurikiranyweho kudakurikiza amabwiriza yo kwirinda Covid-19, kubera igitaramo yaririmbyemo cyabereye ahitwa Ddungu Resort i Munyonyo mu Mujyi wa Kampala.

    Icyo gihe, uyu muhanzi yanditse kuri konti ye ya Twitter avuga ko yafunganwe n'umuhanzi mugenzi we Temilade Openiyi [Tems].

    Ibi byahagurukije uburakari bwa benshi barimo Burna Boy, Peter Okoye, Laycon, abahanzi bo muri Uganda n'abandi bagaragaje ko Omah Lay yahohotewe kandi ko yafashwe mu buryo budakurikije amategeko. Nyuma yaje gufungurwa asubira muri Nigeria.

    Ange Kagame yatangaje ko buri gitondo yumva indirimbo 'Godly' ya Omah Lay ugezweho muri Nigeria

    Omah yavuze ko 2020 wamubereye umwaka w'umugisha byatumye akora indirimbo 'Godly' ashima Imana ko noneho abafana baretse kumwijundika. Uyu muhanzi wamenyekanye binyuze mu ndirimbo 'You' yavuze ko yamaze imyaka itatu akora indirimbo z'abandi bahanzi.


    Omah yateguje Album ye nshya mu 2021, nyuma ya EP ze ebyiri ziriho indirimbo zakunzwe na benshi

    Mu Ukuboza 2020, Omah Lay yafungiwe muri Uganda akurikiranyweho kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘GODLY’ Y’UMUHANZI OMAH LAY

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102806/ange-kagame-yagaragaje-kunyurwa-nindirimbo-ya-omah-lay-uri-mu-bagezweho-muri-nigeria-uyu-m-102806.html