Category: Uncategorized

  • Guma mu Rugo: Isomo rikomeye ku baryaga ari uko bakoze – #rwanda #RwOT

    Ku wa 18 Mutarama ni bwo Inama y’Abaminisitiri yafashe umwanzuro wo gushyiraho gahunda ya Guma mu Rugo mu Mujyi wa Kigali mu rwego rwo kugabanya ubwandu bwa Coronavirus bwari bukomeje kwiyongera muri uyu murwa mukuru w’u Rwanda, icyemezo cyanaje kongerwaho icyumweru n’Inama y’Abaminisitiri mu Ijoro ryakeye.

    Izi ngamba zituma abantu benshi batakaza imirimo, barimo cyane cyane abakora imirimo idafite amasezerano, bazwi nka ba nyakabyizi. Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), yagaragaje ko habayeho ukwiyongera kw’abantu badafite akazi muri Gicurasi umwaka ushize, ubwo hari hashize igihe gito Guma mu Rugo ya mbere irangiye, ibi bigasobanura ko n’ubundi nyuma ya Guma mu Rugo ya kabiri mu Mujyi wa Kigali, imibare y’abadafite akazi ishobora kuzakomeza kwiyongera.

    NISR yavuze ko muri Gicurasi umwaka ushize, umubare w’abantu bari hejuru y’imyaka 16 bafite akazi bari 4.104.303, bingana na 55,2% by’abantu bose bari ku isoko ry’umurimo. Mu gihe Abashomeri bari biyongereyeho abantu 368.484.

    Ubwo kuri uyu wa 2 Gashyantare 2021, mu Murenge wa Remera, mu kagari ka Rukiri ya Kabiri habaga igikorwa cyo gutanga ibiribwa ku bagizweho ingaruka na Coronavirus, abaganiriye na IGIHE bavuze ko Guma mu Rugo ibasigiye amasomo akomeye arimo n’iryo kwiga umuco wo kwizigama.

    Mugabo Yassin ufite umuryango w’abantu batatu, mbere ya Guma Rugo yari asanzwe atunzwe n’akazi ko gutwara abantu kuri moto, yavuze ko Guma mu Rugo yabagizeho ingaruka zikomeye, ariko ko bakuyemo amasomo akomeye.

    Ati ”Tumaze ibyumweru bibiri turi mu rugo, urabona ko ubuzima bw’iki gihe buba bugoye, turya ari uko twasohotse, iyo ugiye rero mu buzima butuma udasohoka urumva umuryango uba ufite ikibazo”.

    Yakomeje agira ati ”Isomo nkuyemo rinakomeye, ni ukumenya kurya duke utundi nkatuzigama. Niba nabonye amafaranga 500 Frw nkamenya ko nizigama 200 Frw, naba nabonye 1000 Frw nkazigama 500 Frw . Irya kabiri ni ukumenya ababaye. N’ubwo bimeze bityo, birashobora kuba nari mbayeho mbabaye ariko hari ikindi byanyigishije cyo kumenya mugenzi wawe ubabaye”.

    Twagirimana Joseph nawe utuye muri aka Kagari, akaba ari mu bahawe ibiribwa, yabwiye IGIHE ko nawe bimusigiye isomo ryo kuba mu gihe cyose abonye amafaranga, agomba gutangira gutekereza uburyo azajya yizigama.

    Ati ”Isomo rikomeye cyane, ni uko twatangira gutegura kare ejo hazaza, ubu byadusigiye isomo ry’uko igihe cyose tubonye umushahara cyangwa ubushobozi bwose bubonetse, twagira uburyo twizigama kugira ngo dutegure ejo hazaza, ku buryo hagize ikindi kiba, twajya tuba tubyiteguye neza.”

    Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera, Karamuzi Godfrey yabwiye IGIHE ko mu tugari tune turi mu murenge wa Remera twahawe ibiryo, abantu bagera ku 1 800 bamaze guhabwa ibiribwa mu baturage 4 365 bagize uyu Murenge. Yavuze ko babatoranyije hagendewe ku bababaye kurusha abandi.

    Muri rusange, abatuye mu Mujyi wa Kigali bagera ku bihumbi 72 babaruwe ko bagomba guhabwa ibiribwa kuko baryaga ari uko bakoze, kandi Guma mu Rugo ikaba yarahagaritse imirimo yabo.

    Abanyakigali bari guhabwa ibiribwa nyuma yaho bashyizwe muri Guma mu Rugo

    Ibiribwa bahabwa birimo ibishyimbo, umuceri na kawunga

    Karamuzi Godfrey yavuze ko abagera ku 1 800, mu tugari tune turi mu Murenge wa Remera bahawe ibiryo

    Mugabo Yassin yavuze ko Guma mu Rugo imusigiye isomo ryo kuba mu gihe cyose abonye amafaranga, agomba gutekereza uburyo bwo kwizigama

    Twagirimana Joseph yavuze ko Guma mu Rugo igiye gutuma bazajya bizigamira

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/guma-mu-rugo-isomo-rikomeye-ku-baryaga-ari-uko-bakoze

  • “So ntakwanga akwita nabi”, kuki ababyeyi bita abana babo amazina abatera ipfunwe? – #rwanda #RwOT

    Umuco gakondo w’Abanyarwanda wagiye kubihuhura uti “Izina ni ryo muntu” abakuru bo bati “Umugani ugana akariho.” Nyamara iyo uganiriye na bamwe bahawe ayo mazina cyangwa ukigenzurira hari ubwo usanga imyitwarire n’imigenzereze y’umuntu ntaho bihuriye n’izina rye.

    Ibyo hari ubwo usanga bituma nyir’izina rimutera ipfunwe mu bandi, ndeste hari n’ingero nyinshi zihari z’abahisemo kugana iy’ubutabera ngo bahindurirwe ayo mazina kuko bumvaga batanyuzwe nayo.

    Ubundi bigenda bite ngo amazina nk’ayo atera ba nyirayo ipfunwe bayitwe kandi baba bakiri abaziranenge batarasobanukirwa ibibera ku Isi?

    Abenshi mu babyeyi bita ayo mazina babikora bagendeye ku bihe barimo, uko babanye hagati yabo cyangwa uko babanye n’abaturanyi, ndetse hakaba n’ubwo bashingiye ku kigezweho.

    Urugero rwa hafi ni urw’uwitwa Demokarasi (wavutse hatangiye kuza ubuyobozi bubereye abaturage), Arusha (wavutse mu gihe cyo gusinya amasezerano y’i Arusha), Hajabakiga n’andi menshi umuntu atarondora ngo arangize.

    Kubera iterambere ryahinduye imyumvire ya benshi n’iyobokamana rishya mu gihugu, birasa n’aho amazina ayo atangiye kugenda akendera ku buryo ubu ababyeyi batakiyita abana babo cyane.

    Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’ababyeyi batandukanye bafite imyaka isaga 80 y’amavuko, basobanuye zimwe mu mpamvu zatumaga ahanini abana bitwa amazina aninura, uko bayakiraga ndetse n’ingaruka mbi bibagiraho.

    Rurandemba François wo mu Karere ka Rubavu yavuze ko iryo zina yarihawe na se kubera ibibazo yakundaga guhura na byo byerekeranye n’urubyaro.

    Yagize ati “Data yabyaraga bapfa noneho nanjye mvutse ntiyizera ko nzabaho. Mbese yumvaga ko agiye kumbonaho by’igihe gito ubundi ngahita mpfa nk’abambanjirije. Niko kunyita Rurandemba, bisobanuye ngo “urupfu rurakunshuka” Ndimo kukubona by’akanya gato.”

    Yavuze ko we atigeze na rimwe aterwa ipfunwe n’iryo zina, ndetse ko atigeze yifuza kurihinduza. Ati “Ahubwo duhungutse batubajije ukeneye guhindura izina cyangwa imyaka ngo babimukorere, nsanga ntakwiye guhindura izina nahawe na data […] ibyo se biba bintwaye iki?”

    Bambuzimpamvu Aliada wo mu Karere ka Nyabihu, we asobanura ko izina yaryiswe kubera ko ababyeyi bari mu bihe bitari byiza n’abaturanyi, bashaka kubitambika bakabura aho bahera.

    Mu bana yabyaye, hari abo nawe yise amazina y’amaninurano. Nk’uwitwa Ndababonye, uwo mukecuru yasobanuye ko yahaye umwana we iri zina kubera amakimbirane yari afitanye n’umuturanyi we ubwo uwo mwana yavukaga.

    Ati “Isambu yacu yari nto, ariko kubera imiterere yayo ikagaragara nk’aho ari ubuso bunini, maze uwo mugabo n’undi wari hirya ye bakajya kutugambanira mu bayobozi ngo iyo sambu ni nini baze bayigabanye. Ubuyobozi bwaraje burapima birangira icyifuzo cyabo kitagezweho. Rero ni bwo nabyaye umwana muri iyo minsi mwita ‘Ndababonye.”

    Uko abo babyeyi basobanura, bigaragaza ko imibanire n’imibereho y’abantu ari yo yakunze gushingirwaho ahanini bitwa bene ayo mazina.

    Rurandemba yavuze ko hari n’umwana w’umuturanyi we witwaga “Baziragacucu” izina yiswe ngo bitewe n’ukuntu ababyeyi be babyaraga abana umuturanyi wabo akabaroga bakiri ibitambambuga.

    Hari kandi abana bagiye bitwa amazina abatera ipfunwe bivuye ku bwumvikane buke hagati y’ababyeyi babo, nk’aho wasangaga kubaka urukundo rwo mu gitanda hagati yabo bitagenda neza, babyara umwana umugabo ati tumwite “Mukagatare” ukurikiyeho umugore nawe akifuza ko yakwitwa “Ntakiyazana.”

    Aya mazina abangamira ba nyirayo

    Bamwe mu biswe n’ababyeyi babo amazina y’amagenurano bagiye bagaragaza ko batayishimiye, bigera n’aho mu bihe bitandukanye bamwe bitabaje inzira y’amategeko basaba kuyahinduza.

    Abahisemo kuyahinduza baganiye na IGIHE batashatse ko amazina yabo atangazwa, bavuze ko babitewe no kuba ari amazina usanga ahanini aganisha ku rwango, adahamagarira abantu kugira ubumwe n’ubwiyunge mu gihe haba hari ikibazo bafitenye.

    Umwe yagize ati “Ntabwo waba witwa Ndimubanzi, ngo nugirana amakimbirane n’abaturanyi bashishikarire kwiyunga nawe.”

    Na none kandi ngo iyo batekereje kuri ayo mazina cyangwa bakabaza ababyeyi babo ku nkomoko yayo, bituma biyumvisha ko abaturanyi babo batabifuriza icyiza, ibintu bishobora guhungabanya amahoro n’imibanire myiza mu muryango Nyarwanda.

    Iterambere no kujyana n’ibigezweho mu rubyiruko na byo byatumye abenshi mu bana bavuka muri iki gihe batemera bene ayo mazina, kuko urungano rwabo rubaseka cyangwa bakumva atabateye ishema mu bandi.

    Hari uwavuze ati “Ibaze nk’iyo mu bana mugendana hari abitwa Manzi, Mutsinzi, Gisa cyangwa Muhirwa, ugasanga wowe witwa Barakagira (akajinya)? Muri make wumva utari kumwe nabo, bikaba ngombwa ko urihinduza.”

    Uretse ba nyir’amazina batanezezwa nayo, ababyeyi na bo bemeza ko hari “izina ribi” ushobora kwita umwana rikamugiraho ingaruka mbi.

    Rurandemba yagize icyo avuga kuri iyi ngingo. Ati “Hari izina bakwita rikagukurikirana. Noneho ryamara kugukurikirana, rubanda bati reka bimubeho n’abamubyaye niko bamwise, nibo batumye bimuhama.”

    Ubukirisitu n’iterambere birashyira aya mazina ku iherezo

    Abo babyeyi basobanura ko imitekerereze mishya ijyanye n’iterambere ndetse n’iyobokamana ryimakaje umuco wa gikirisitu mu gihugu ryatumye abayoboke b’amadini bahindura imyumvire, bituma umubare w’ababyeyi bita abana amazina nk’ayo ugabanuka.

    Icyakora ntibiracika burundu kuko n’abemeramana hari amazina bacyita abana ukumva asa n’agenura. Urugero ni nka Sibomana, Niyibizi n’andi.

    Bambuzimpamvu yavuze ko aho abenshi mu Banyarwanda bayobokeye amadini ya kizungu, bamwe bahinduje amazina bahawe, ndetse n’abakibyara ntibongera kuyita.

    Ati ”Icyo gihe ntibasengaga ni yo mpamvu bitaga ayo mazina. Nyuma y’aho habaga ubwo tugeze mu rusengero tugiye gusenga ayo mazina bakayanga, bikaba ngombwa ko ahindurwa. No kwa muganga amazina nk’ayo ntibayemera.”

    Yavuze ko kuri ubu ababyeyi babyarira kwa muganga bagahita bandikisha amazina y’abana, uwise umwana we izina rininura bakanga kuryandika. Ibyo ngo bigira uruhare runini mu kurandura iyo myumvire yita ko ari iya kera.

    Yemeje ko ku bwe aramutse abyaye umwana ubu atakongera kumwita amazina nk’ayo atanashingiye ku kuba mu rusengero cyangwa kwa muganga batayakira.

    Ku rundi ruhande ariko hari ababyeyi batarahindura imyumvire ku buryo n’ubu bumva bakwita abana babo amazina aninura.

    Rurandemba yavuze ko muri iki gihe abaye afite uburenganzira busesuye ku mwana yabyara nk’uko byahoze idini cyangwa inzego za Leta zitarabimubuza yamwita uko ashaka.

    Nyuma yo kubona ko hari abahawe amazina atabanyuze bitewe n’amateka igihugu cyanyuzemo, Repubulika y’u Rwanda ubu yemerera buri muturage wese ubifitiye impamvu yumvikana kuba yahinduza izina rye.

    Ingingo ya 38 y’itegeko Nº 32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango ivuga ko “Umwana wese afite uburenganzira bwo kugira izina. Umubyeyi w’umwana cyangwa undi umufiteho ububasha bwa kibyeyi afite inshingano zo kumuhitiramo izina ashaka.”

    Ingingo ya 39 y’iryo tegeko irakomeza iti “Umwana ntashobora kwitwa amazina yose ya se, aya nyina cyangwa ay’abo bavukana. Izina ntirishobora gusesereza imigenzo myiza cyangwa ubunyangamugayo by’abantu.”

    Ingingo ya 42 iragira iti “Guhindura izina biri mu bubasha bwa Minisitiri ufite irangamimerere mu nshingano ze bisabwe na nyir’ukwitwa izina ufite imyaka y’ubukure. Iyo ataragira imyaka y’ubukure bikorwa n’ababyeyi be bombi cyangwa abandi bamufiteho ububasha bwa kibyeyi.”

    Gusaba guhindura izina byemerwa ku mpamvu zirimo kuba izina ritesha agaciro nyiraryo; kuba risesereza imyifatire mbonezabupfura cyangwa ubunyangamugayo bw’abantu; kuba hari undi ukoresha iryo zina ku buryo rishobora kumwangiriza icyubahiro cyangwa umutungo; n’indi mpamvu yose Minisitiri ufite irangamimerere mu nshingano ze yabona ko ifite ishingiro.

    Uburyo n’inzira bikurikizwa mu guhindura izina bishyirwaho n’iteka rya Minisitiri ufite irangamimerere mu nshingano ze.

    Bamwe mu babyeyi bavuga ko kwita umwana amazina nk’aya bishobora gutuma akurana ipfunwe

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/so-ntakwanga-akwita-nabi-kuki-ababyeyi-bita-abana-babo-amazina-abatera-ipfunwe

  • Tanasha yahakanye yivuye inyuma ko atararanye na Diamond muri Tanzania #rwanda #RwOT

    Ku mbuga nkoranyambaga Diomond Platnumz yasangije abamkurukira amafoto ari kumwe n'umwana we Naseeb bakaba baramubyaranye bivuze we na Tanasha bari kubana mu rugo. Iyo foto yarongeye ikwirakwizwa na mushiki wa Diamond witwa Esma Khan aho yanavuze ko uwo mwana asa neza na Diamond Platnumz.

    Noneho ariko umwishywa wa Diamond witwa Romeo Abdul Jones wamamaye nka Romy Jones yabajije Esma impamvu atapostinze ifoto ya Tanasha aryamanye na Diamond mu buriri. Ati:''Wari gupostinga ifoto ya Tanasha ari gusasira Diamond iwe mu rugo''. Ungepost ile amabayo katokea shimeji Tanasha kwa nyuma kama anatandika kitanda(you should have posted the picture of our in-law making the bed).

    Aya magambo yose yavuzwe n'abo mu muryango wa Diamond yahamya ko Tanasha yari mu cyumba kimwe na Simba nyamara we yarabihakanye ati:''nari muri hoteli ariko umwana wange yari kumwe na se yaragendaga akongera akagaruka kuko yabaga ari mu muryango we'.

    Hari umugani w'ikinyarwanda ugira ati:''aho yaciye ntihaca urwango'' bivuze ko umugore wabanye n'umugabo biri kure nk'ukwezi kuba yashwana burundu n'uwo babyaranye. Tanasha yanahakanye amakuru yacicikanye ko yashatse gusoma Diamond akamukwepa avuga ko Atari cyo yari agamije. Kuva muri Werurwe mu 2020 batandukana bwari ubwa mbere agarutse gusura Diamond.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/article/tanasha-yahakanye-yivuye-inyuma-ko-atararanye-na-diamond-muri-tanzania

  • Umusirikare w'umukobwa ufite imiterere y'umubiri ishotorana akomeje gusaza abakoresha imbuga nkoranyambaga – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umukobwa witwa Ciré Traore usanzwe ari umusirikare wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika akomeje kuvugisha benshi kuri Instagram kubera amafoto agaragaza imiterere ye akomeje gushyira hanze.

    Ni gacye cyane umupolisi cyangwa umusirikare akoresha imbuga nkoranyambaga mu kwereka uburanga bwe ashyira hanze amafoto atavugwaho rumwe, gusa Ciré we yiyemerera ko akunda gukoresha imbuga nkoranyambaga cyane. Amakuru avuga ko n'ubwo ari umusirikare muri Amerika, afite inkomoko muri Afurika mu gihugu cya Guinea. Asanzwe akora akazi k'umutekano ariko bikavugwa ko ari n'umunyamideli aho afite n'inzu imurika imideli yashinze vuba yitwa 'Cirescollection'. Imyambaro akunda kugaragaza ni utwenda abenshi bajyana ku mazi izwi nka 'Bikini'.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/umusirikare-wumukobwa-ufite-imiterere-yumubiri-ishotorana-akomeje-gusaza-abakoresha-imbuga-nkoranyambaga/

  • Butera Knowless yahundagajweho imitoma myinshi nyuma yo gushyira hanze ifoto yafotowe n'umwana we – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Butera Knowless uri mu bakunzwe hano mu Rwanda kubera indirimbo zitandukanye yahimbye zigakundwa na benshi, yahundagajweho imitoma n'abafana be benshi nyuma yuko ashyize hanze ifoto igaragaza ubwiza bwe bw'umwimerere yafotowe n'umwana we, Ishimwe Butera Or. Iyi ni ifoto Butera Knowless yashyize hanze abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram.

    Nyuma yuko Butera Knowless ashyize hanze iyi foto yafotowe n'umukobwa we, Or, yayiherekesheje amagambo agira ari: ” Papa Loading….%  📸: #IOB “. Nkuko bigaragazwa n'amagambo Butera Knowless yaherekesheje iyi foto ye biragaragara ko yashakaga kubwira abafana be ko indirimbo ye nshya yise Papa iri mu nzira dore ko hashize iminsi ayiteguza abafana be. Nkuko byagaragaye mu byatangajwe n'abafana ba Knowless benshi babonye iyi foto hagaragaye umubare mwinshi w'abamuteye imitoma bamubwira ko bamukunda cyane ndetse abenshi bakoresha uturango tw'imitima (❤️❤️❤️❤️❤️) bamwereka urukundo rwinshi.

    Butera Knowless ni umwe mu bahanzikazi bakunzwe cyane hano ku Rwanda ndetse ari mu ba mbere bafatwa nk'inkingi za mwamba muri muzika nyarwanda dore ko yanegukanye igikombe cya Primus Guma Guma Super Star Season 5 mu mwaka wa 2015.

     

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/butera-knowless-yahundagajweho-imitoma-myinshi-nyuma-yo-gushyira-hanze-ifoto-yafotowe-numwana-we/

  • RBC ivuga ko urutonde rw’imiti n’ibiribwa bivugwaho kuvura Covid-19 atari yo yarukoze #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imbuto zivugwaho kunganira imiti ivura Covid-19
    Imbuto zivugwaho kunganira imiti ivura Covid-19

    Urwo rutonde rugaragaza ko ahavurirwa abarwayi ba Covid-19 hatangirwa imiti ya
    Vitamini C-1000, Vitamini E, abo barwayi kandi bagasabwa kota izuba iminota kuva 15-20 hagati ya saa ine na saa tanu za mu gitondo.

    Ngo bahabwa n’amafunguro arimo amagi inshuro imwe ku munsi, bagasabwa kuryama mu gihe kingana n’amasaha nibura hagati y’arindwi n’umunani buri munsi, kunywa amazi litiro imwe n’igice ku munsi, kurya amafunguro ashyushye (bakirinda akonje).

    Banahabwa imbuto zikungahaye kuri acide nk’imineke, indimu z’icyatsi kibisi, indimu z’umuhondo, avoka, tungurusumu, umwembe, mandarina, inanasi, n’icyitwa ‘cresson’, ariko ko mu byitonderwa hatagomba kuburamo indimu mu mazi ashyushye kuko ngo zibuza virusi kwinjira mu bihaha.

    Abakoze urwo rutonde basoza bavuga ko mu bimenyetso by’uko umuntu yanduye COVID-19 harimo kuryaryatwa no kumagara mu mihogo, inkorora yumutse, kugira umuriro, gucika intege ndetse no gutakaza ubushobozi bwo guhumurirwa.

    Ikigo gishinzwe Ubuzima(RBC) kivuga ko urwo rutonde rw’ibintu bivura Covid-19 atari cyo cyarukoze, ariko ko ntacyo rutwaye kuko ngo rurimo byinshi bifasha abantu kwirinda icyo cyorezo.

    Umuyobozi muri RBC ukuriye ishami rirwanya ibyorezo, Rwagasore Edson yagize ati “Ibi ndabona ari iby’abadive(Abadivantisite), ariko ntacyo bitwaye kuko icyiza cyabyo ni uko bagaragazamo ibimenyetso bya Covid-19, ndetse n’ibi biribwa abantu babibonye byaba ari byiza kuko harimo imineke n’ibindi bikungahaye kuri Vitamine C yongera abasirikare mu mubiri”.

    Rwagasore yavuze ko kubahiriza aya mabwiriza atari byo bivura Covid-19 ahubwo ari ibyunganira imiti igabanya ubukana bwayo, kuri ubu isigaye itangirwa kwa muganga.

    Mu buhamya bw’abarwariye Covid-19 kwa mu muganga harimo uwitwa Dukuzumuremyi Jean Léonard wo mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze waganirije Kigali Today.

    Dukuzumuremyi wayirwaye ariko akaba yarakize avuga ko ubwo yari arwaye abaganga bamusabye kujya anywa ibintu bishyushye birimo tangawizi n’indimu, kurya imbuto n’imboga, ndetse akagura n’imiti yo kumutera.

    Dukuzumuremyi avuga ko mu minsi 10 yamaze arwariye Covid-19 mu bitaro by’i Rubavu (mbere yo gukomereza mu rugo kurwarirayo), ngo yahatanze amafaranga arenga ibihumbi 100 mu kwivuza, mu kugura ibiribwa bimutunga n’imiti, kandi afite n’ubwishingizi bwa RSSB (RAMA).


    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/rbc-ivuga-ko-urutonde-rw-imiti-n-ibiribwa-bivugwaho-kuvura-covid-19-atari-yo-yarukoze

  • Gakenke: Urubyiruko rwavuye Iwawa rwatinyutse inguzanyo rwihangira imirimo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abavuye Iwawa bashinze Koperative y
    Abavuye Iwawa bashinze Koperative y’ububaji ibafasha mu mibereho

    Urwo rubyiruko rwatangiye ari 12 aho batatu muri bo bize mu mashuri y’Imyuga, abandi icyenda bigira iyo myuga Iwawa, bakaba baramaze kwishakamo ibisubizo bategura umushinga, ubu bakaba barahawe miliyoni eshanu (5) binyuze muri BDF.

    Ngo muri ayo mafaranga bazishyura kimwe cya kabiri cyayo, aho batangiye kuyifashisha mu mushinga wabo bakaba bamaze kwishyura agera kuri 1,400,000 Frw, ubu na Koperative yabo ikaba yarabonye ubuzima gatozi nk’uko Kigali Today yabitangarijwe na Barinda Jean Maurice, Perezida w’iyo Koperative.

    Ati “Ku bufatanye n’ushinzwe guteza imbere amakoperative mu murenge, byabaye ngombwa ko atubwira ko mu rwego rwo guteza imbere urubyiruko twibumbira hamwe. Koperative yacu itangira mu mwaka wa 2019, yari ifite abanyamuryango 12 ariko ubu turi 10, kuko abandi babiri bagiye mu zindi nshingano. Abavuye Iwawa ni barindwi mu gihe batatu ari abize mu mashuri anyuranye”.

    Uwo muyobozi avuga ko abo bavuye Iwawa baje imbokoboko nta gikoresho na kimwe bafite, bamaze kwihuza no gushinga Koperative abayobozi mu nzego za Leta, babahuje na BDF bahabwa n’icyangombwa cy’ubuzima gatozi nka Koperative yemewe n’amategeko, babona guhabwa iyo nguzanyo ya miliyoni eshanu.

    Barinda arongera ati “Kuva twatangiraga gukora mu mwaka wa 2019, tumaze kwishyura 1,400,000 mu gihe dusabwa kuzishyura kimwe cya kabiri cy’amafaranga twahawe andi agafatwa nk’inkunga.

    Urwo rubyiruko ruvuga ko ibibazo rufite ari uko aho bakorera ari hato ndetse n’ibikoresho bikaba ari bike, ku buryo badashobora kwakira abana bashya muri iyo Koperative yabo, ari ho bahera basaba Leta kubongerera ubushobozi kuko hakiri abandi bavuye Iwawa muri ako karere batarabona icyo bakora.

    Urwo rubyiruko rurasaba Leta ko ubuhamya bwabo bwajya bwifashishwa mu guhindura urundi rubyiruko rukiri mu ngeso mbi, nk’uko umwe muri bo yabitangarije Kigali Today.

    Ati “Ku bijyanye n’ikigo ngororamuco n’ibyo twigiyeyo, biragaragara ko bitanga umusaruro. Twarahindutse cyane kandi twakuyemo amasomo, ahubwo sinzi impamvu Leta itatwifashisha ngo tujye tujya gutanga ubuhamya ku bana bari Iwawa”.

    Barasaba ko aho bakorera hakwagurwa bakakira n
    Barasaba ko aho bakorera hakwagurwa bakakira n’urundi rubyiruko

    Barinda avuga kandi ko abagize koperative babona amafaranga abatunga, kandi ko bafite intumbero yo kwigeza kure hashoboka, cyane ko urubyiruko rwavuye Iwawa rushoboye kandi bafite intego yo guteza imbere urundi rubyiruko.

    Urwo rubyiruko rushishikariza bagenzi babo gutekereza ejo hazaza, kugira ngo babashe kujyana n’abandi mu rwego rwo kwiteza imbere aho ubu rukora umwuga w’ububaji, ngo hari urwiguriye amatungo magufi rukaba runitunze, ndetse rukanatanga n’ubwisungane mu kwivuza ku gihe.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/gakenke-urubyiruko-rwavuye-iwawa-rwatinyutse-inguzanyo-rwihangira-imirimo

  • Bagize kwizera gufatanyije n’imirimo, bibahwanira no gukiranuka #rwanda #RwOT

    Iyo umuntu yakijijwe, agomba kumenya ngo ndi nde muri Kristo Yesu, naremewe iki, hanyuma ni gute nagikora?. “Nk’uko umubiri udafite umwuka uba upfuye, ni ko no kwizera kudafite imirimo kumeze, kuba gupfuye”

    “Mbese bene Data, byavura iki niba umuntu avuga yuko afite kwizera, nyamara akaba ari nta mirimo akora? Bene uko kwizera kwabasha kumukiza? Cyangwa se, hagira mwene Data w’umugabo cyangwa w’umugore wambaye ubusa, kandi akaba abuze ibyokurya by’iminsi yose, maze umwe muri mwe akamubwira ati 'Genda amahoro ususuruke uhage', ariko ntimumuhe ibyo umubiri ukennye byavura iki? uko ni ko no kwizera iyo kudafite imirimo, ahubwo kuri konyine kuba gupfuye.

    Ahari umuntu yazavuga ati 'Wehoho ufite kwizera, jyeweho mfite imirimo.' Nyereka kwizera kwawe kutagira imirimo, nanjye ndakwereka kwizera kwanjye kugaragazwa n’imirimo yanjye. Wizera yuko Imana ari imwe rukumbi. Ibyo ni byiza, ariko abadayimoni na bo barabyizera bagahinda imishyitsi.

    Wa muntu utagira umumaro we, ntuzi yuko kwizera kutagira imirimo ari impfabusa? Mbese sogokuruza Aburahamu ntiyatsindishirijwe n’imirimo, ubwo yatangaga Isaka umwana we ngo atambwe ku gicaniro? Ubonye yuko kwizera kwafatanije n’imirimo ye, kandi ko kwizera kwe kwatunganijwe rwose n’imirimo ye.

    Ni cyo cyatumye ibyanditswe bisohora, bya bindi bivuga ngo 'Aburahamu yizeye Imana bimuhwanirizwa no gukiranuka', yitwa incuti y’Imana. Mubonye yuko umuntu atsindishirizwa n’imirimo, adatsindishirizwa no kwizera gusa.

    Dore na maraya uwo Rahabu. Mbese ntiyatsindishirijwe n’imirimo ubwo yacumbikiraga za ntumwa, akaziyobora indi nzira?. Nuko rero nk’uko umubiri udafite umwuka uba upfuye, ni ko no kwizera kudafite imirimo kumeze, kuba gupfuye”. Yakobo 2: 14-26

    Mu nyigisho iheruka twasobanuye ko Imana idushakaho kwizera ariko gufatanyije n’imirimo. https://www.agakiza.org/Burya-kwizera-kutagira-imirimo-ni-imfabusa.html, uyu munsi tugiye kuvuga noneho kuri bamwe muri benshi twafatiraho ikitegererezo bagize kwizera gufatanyije n’imirimo.

    Aburahamu

    Yizeraga Imana, yahagurutse muri Uri kuko yumvise ijwi araryizera agenda atazi aho agiye. Kwizera kwe kandi kwarageragejwe kugira ngo Imana irebe koko ko yizeye, nyuma yo kubyara Isaka ashaje Imana yaramumusabye, aho yamubwiye ko ajyana Isaka umwana we w’ikinenege kumutamba.

    Imana ntishobora kudusaba ibyo itaduhaye, ariko se ibyo yaduhaye tubikiranukamo dute?. Erega Imana izi n’ibyo dutunze!: Izi imyenda ufite mu kabati, izi amafaranga ufite kuri konte, izi ibibanza ufite n’amazu wubatse. Imana izi ibyo ukoresha n’ibyo usigaza, Imana izi n’ibijya mu mufuka inyuma muri pubeli, ibyo byose irabizi.

    Reka tuvuge ku rugendo rwo kujya gutamba Isaka

    Imana yamwohereje kuri Moliya, mwibuke ko Aburahamu yagiye gutamba Isaka afite imyaka 126. Murebe uwo musaza kuva aho yari atuye kugera aho yagiye gutambira Isaka, hari nk’ibirometero 80. Kuki Imana yamwohereje kure, yagira ngo ibanze irebe ko yisubiraho.

    Hari igihe umuntu areba akavuga ati’ Uwakora iki kintu mu bwami bw’Imana’, hashira iminsi akisubiraho ati nanjye ndabikeneye nta n’impamvi yo kubitanga’! Ariko mwibuke ko igihe cyose tudashyikiye ubwami bw’Imana tuzaba dufite kwizera kumeze nk’ukw’abadayimoni.

    Kuva aho Aburahamu yari atuye ujya kuri Moliya, hari indi misozi yashoboraga guhinira bugufi agatambira hafi ntagende urugendo rw’iminsi itatu, ariko Imana yari yaramubwiye kuri Moliya. Hari abantu bahinira bugufi agakora ibimworoheye, ntiyumvire ijwi ry’Imana. Nujya no gutanga ujye ubanza kugenzura, uvugane n’ijwi ryo mu mutima wumve ko ubibye ku butaka bukwiriye.

    Aburahamu aragenda afite kwizera ntan’umubabaro yagaragazaga mu maso, bageze mu nzira Isaka amubaza aho igitambo kiri buve amubwira ko Uwiteka aribwishakire igitambo. Kandi koko niko byagenze Imana yamweretse umwana w’intama atamba mu kimbo cya Isaka, nibwo Imana yamubwiraga ko imenye ko ayikunda. Abantu bose Imana yakoresheje mukwizera, bakoze ibirenze ibyo siyanse yemera.

    Siyanse ntiyemera ko Sida, Kanseri, Diyabete bikira, ariko Bibiliya iravuga ngo 'Tuzarambika ibiganza ku barwayi bakiire’. Kwizera ni ugushyira mu bikorwa ibintu bijya gusa n’ubusazi! Ubundi umuntu wizera: Yumva ibyo abandi batumva, akora ibyo abandi batarimo barakora, abaho ubuzima bujya gusa n’ubw’abafite uburwayi bwo mu mutwe. Ariko kwizera ntikujya gukoza isoni, igihe cyose wizeye Imana izabikubaraho nko gukiranuka.

    Igihe cyose tutari aho Imana idushaka tuzahomba imigisha myinshi

    Aburahamu iyo atambira ahandi atari kuri Moliya, Isaka yari bupfe kuko Moliya honyine niho hari intama yo gucungura Isaka, kandi ahandi nta jwi rimubwira ko azaba sekuruza w’amahanga yari kumva. Igihe cyose tutari aho Imana idushaka ngo tube duhagaze mu kwizera dukora imirimo yo kwizera, tuzahomba imigisha myinshi, ba Isaka bacu bazapfa n’ibindi byose bizangirika.

    Rahabu

    Uyu Rahabu nawe yafashe risk ( yarishoye), yakoze ikintu kidasanzwe ahisha abatasi. Yari azi ko nibamufata bamwicana nawe, ariko yemeye ikiguzi cyabyo Imana imubwira ko izamurokorana n’umuryango we kandi niko byagenze. Bibiliya igira iti' Aba mu bisilaheli na bugingo nubu kuko yahishe za ntumwa Yosuwa yatumaga gutata i Yeriko'.

    Abantu bizera Imana izabakizanya n’imiryango yabo, abantu bizera Imana izabakizanya n’ibyo batanze. Iyo umuntu atanze mu Bwami bw’Imana mu kwizera, Imana ntikiranirwa ngo yibagirwe imirimo myiza, izabimugarurira, izabimwitura.

    Koroneliyo

    Uyu Koroneliyo yari umusirikare w’umuroma, yari umuntu woyobotse idini rya kiyuda ariko yubaha Imana. Ntabwo yari umurokore, ariko ngo yari umunyamasengesho uko gusenga kwe akabigerekaho gufasha abantu mu buryo butangaje. Gusenga byari akamenyero ke, ngo igihe kimwe arimo gusenga saa cyenda z’amanywa abona Malayika arinjiye, aramubwira ngo’ Koroneliyo, gusenga kwawe kugeretseho imirimo byazamukiye imbere y’Imana’.

    Hari abantu basenga ariko bagakora n’imirimo, bikagera aho bizahinduka urwibutso imbere y’Imana. Icyo umuntu abiba ni cyo azasarura, niba utanga amafaranga Imana izaguha amafaranga, niba uha abantu imyenda Imana izaguha imyenda, niba uha abantu umwanya Imana izabikwitura, nta muntu usarura aho atabibye.

    Hari abantu babaza ngo ' Ese gutanga icyacumi ni ngombwa?', abandi ntabwo batanga 1/10 gusa, ahubwo ibyo batunze nabo ubwabo ni iby’uwo mucunguzi!. Ntabwo ukwiye guhora urwana no guha Imana 1/10, aho ubutunzi bwawe buri niho n’umutima wawe uri. Ntukwiye kubeshya ngo uba mu nzu y’Imana uri umurokore, kwizera kutagira imirimo kuba gupfuye.

    Ibi tuvuze tubimenye, abarwayi bose babona ubagemurira, imfubyi zose zabona aho ziba. Ibi byose tubishyize mu bikorwa bikaba ubuzima bwacu bwa buri munsi, ubwami bw’Imana bwagera kure.

    Inyigisho zifitanye isano no kwizera wasoma kandi ni:

    https://www.agakiza.org/Kwizera-ni-iki-Dore-ubwoko-10-bwo-kwizera.html

    https://www.agakiza.org/Ibintu-bikuza-kwizera.html

    https://www.agakiza.org/Ibi-bintu-bibangamira-kwizera.html

    Iyi nyigisho yateguwe kandi inatambutswa na Pasiteri Desire Habyarimana kuri Agakiza Tv. Wayikurikira hano

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Bagize-kwizera-gufatanyije-n-imirimo-bibahwanira-no-gukiranuka.html

  • Mushiki wa King James yavuze uburyo yambitse Miss Aurore ubwo yegukanaga ikamba| Uyu mukobwa yanavuze izindi impano zidasanzwe afite – YEGOB #rwanda #RwOT

    Jemima Kakizi Akimanizanye, mushiki w'umuhanzi King James, yavuze uburyo ariwe wadodeye ikanzu Miss Aurore Mutesi (wabaye Miss Rwanda mu mwaka wa 2012) yambaye ubwo yari agiye mu birori bya nyuma bya Miss Rwanda yanahiriwemo akegukana ikamba rya Miss Rwanda 2012. Ibi Jemima yabivugiye mu kiganiro yagiranye na Yambi Tv biciye kuri Youtube. Mu gutangira iki kiganiro, Jemima ufite impano nyinshi zitandukanye zirimo no gushushanya, yatangiye avuga uko yiyumvisemo impano yo gushushanya aho yavuze ko yatangiye kubyiyumvamo ari mu mashuri yisumbuye gusa yavuze ko yatangiye kubikora neza arangije amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2013. Jemima yavuze ko yabikundaga kuva kera gusa avuga ko yafashijwe n'abasore b'inshuti ze babyigaga muri Ecole d'Art bamuha inyunganizi zitandukanye zijyanye no kubikora neza. Jemima yavuze ko adakora ubugeni bwo gushushanya gusa ahubwo yavuze ko adoda imyenda itandukanye ndetse anakora amashusho (cadres) akazigurisha ku bantu batandukanye.

    Jemima, mushiki wa King James

    Jemima yakomeje avuga ko ubugeni bwe bwo gushushanya bwamugiriye akamaro gakomeye dore ko yigeze no kutumirwa mu nama ikomeye yabereye mu gihugu cya Kenya aho yari yagiye agiye gushushanya. Yavuze ko byamushimishije cyane dore ko ari nabwo bwa mbere yari agiye mu ndege ndetse avuga ko yishimiye kujya mu ndege bwa mbere ajyanywe n'akazi. Si ibi gusa kandi kuko Jemima yavuze ko ubugeni bwo gushushanya bwamufashije mu myigire ye dore ko ubwo yari agiye gutangira kaminuza muri Mount Kenya yafashe icyemezo ko ari we uzajya yiyishyurira amafaranga y'ishuri (tuition fees) avuga ko bishyuraga ibihumbi 350 kuri buri gihembwe. Nubwo Jemima yavuze ko aya mafaranga yose atavaga mu bugeni bwo gushushanya yavuze ko nabwo bwamufashaga mu kwishyura amafaranga y'ishuri nkuko yari yarabyiyemeje. Jemima yavuze ko aterwa ishema no kumva hari umuntu umubwiye ko yabonye igihangano cye ibi bikaba bimutera imbaraga zo gukomeza gukora akazi ke.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/mushiki-wa-king-james-yavuze-uburyo-ariwe-wambitse-miss-aurore-ikamba-uyu-mukobwa-afite-impano-zidasanzwe/

  • Neymar yemeye kongera gushimisha abakunzi b'ikipe ya PSG. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w'ikipe ya Paris Saint-Germain, Neymar Jr yongeye gushimisha abakunzi b'iyi kipe nyuma yo kwemera gusinya amasezerano yigihe kirekire nyuma y'ibyavugwaga ko azasubira muri Barcelona.

    PSG yifuzaga cyane gukomeza kugumana ,Neymar kuko bizera ko bizanabaha amahirwe meza yo kugumana Mbappe, nawe usigaje amezi 18 kumasezerano ye.

    Nk'uko ikinyamakuru RMC Sport kibitangaza ngo Neymar yagiranye amasezerano na n'iyi kipe yo mu Bufaransa aho yasinye amasezerano y'imyaka ine.

    Bikaba byerekana ko abona umurwa mukuru w'Ubufaransa nk'ahantu heza ho kurangirira umwuga we.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/neymar-yemeye-kongera-gushimisha-abakunzi-bikipe-ya-psg/