Category: Uncategorized

  • Diplomate arashimangira ko CoronaVirus ari umugambi mubisha w'abazungu bashaka kurimbura bamwe mu batuye isi – YEGOB #rwanda #RwOT

    Diplomate ni umuhanzi nyarwanda usanzwe azwiho kugira amagambo asa n'inyigisho mu ndirimbo ze zitandukanye yagiye ashyira ahagaragara, aho kenshi yagiye avuga ku bihe bikomeye bya politike byagiye biranga isi ncyari kibyishihe inyuma. Uyu mugabo rero ukunda gusoma ibitabo cyane akaba mu busesenguzi bwe asanga CoronaVirus (Covid19) itarapfuye kugwirira isi gutyo gusa ahubwo ari umugambi mubisha wateguwe n'abazungu kuva kera.

    Kuva umwaka ushize mu kwezi kwa Werurwe ubwo Corona yari imaze gukwira ku isi yose, Diplomate yakomeje kugenda ashyira ubutumwa butandukanye kuri Instagram agaragaza ko CoronaVirus yaje mu nyungu z'abazungu babaherwe ku isi by'umwihariko ku mugabo Bill Gates.

    Kugeza na n'uyu munsi rero Diplomate akaba agashimangira ko iki cyorezo cyugarije isi, cyaje mu nyungu z'abazungu ndetse ko izi nkigo ziri gukwirakwizwa hirya no hino ku isi, ba nyirazo bafite indi mugambi itari myiza nabusa yihishe inyuma yabyo. Ibi akaba abashimangira yifashishije imibare ikomeza kwiyongera y'abantu bapfa nyuma y'iminsi mike bamaze kwiteza urukingo wa Covid19.

    Ndetse kandi kuri we kuba Bill Gates ndetse n'abandi baherwe bakomeye bakomeza gushora imari mu bigo bikora inkingo n'imiti akaba asanga nta keza kabyo, aho yemeza ko ntakabuza hari ikibyihishe inyuma.

     

     

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/diplomate-arashimangira-ko-coronavirus-ari-umugambi-mubisha-wabazungu-bashaka-kurimbura-bamwe-mu-batuye-isi/

  • Burundi : Abantu 34 barimo Gen. Niyombare baregwa 'Coup d’Etat’ bakatiwe burundu #rwanda #RwOT

    Aba bantu 34 baregwa gushaka guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza muri 2015 ubwo hatangazwaga ko Perezida Nkurunziza yavanywe ku butegetsi ariko nyuma iri hirika rikaza kuburizwamo.

    Uretse Gen. Niyombare ufatwa nk’aho ari we wari uyoboye aba bantu bahanishijwe gufungwa ubuzima bwabo bwose, muri aba bantu hazwimo kandi Bob Rugurika wayobora Radio RPA na Innocent Muhozi wa Televiziyo Renaissance.

    Uretse guhamywa icyaha cyo gushaka guhirika ubutegetsi, aba bantu banaregwa ibindi byaha birimo kwica abaturage no kubasenyera.

    Muri iyi myanzuro y’urukiko kandi, rwategetse ko Radiyo Rema FM ihabwa indishyi ya miliyari 4 z’amafaranga akoresha mu Burundi, Minisiteri y’Ingabo igahabwa indishyi ya miliyoni 800, Minisiteri y’Umutekano ihabwe miliyoni 360, n’Ishyaka CNDD-FDD rizahabwa indishyi za miliyoni180 z’akoreshwa mu Burundi.

    Iriya coup d’etat yageregejwe mu Burundi muri 2015 ubwo Perezida Pierre Nkurunziza wariho ashaka kwitoza muri manda ya gatatu yari yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu by’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba yaberaga muri Tanzania.

    Icyo gihe hamaze gutangazwa ibya ririya hirika, Perezida Pierre Nkurunziza yahise asubira mu gihugu cye igitaraganya ndetse bamwe mu basirikare baburizamo kiriya gikorwa cyo kumuhirika.

    Perezida Pierre Nkurunziza kandi wanaje kongera gutorerwa kuyobora kiriya gihugu, yitabye Imana umwaka ushize aho bivugwa ko yazize indwara y’umutima.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Politiki/article/Burundi-Abantu-34-barimo-Gen-Niyombare-baregwa-Coup-d-Etat-bakatiwe-burundu

  • Musore mwiza, niba ushaka guhitamo umukobwa muzabana akaramata banza urebe ko yujuje ibi bintu by'ingenzi. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Gushyingirwa no kugira umuryango ni ikintu cy'ingenzi mu buzima. Umusore ugiye guhitamo umugore areba niba umukobwa bakundana afite ibimenyetso bigaragara ko azavamo umugore mwiza.

    Ibi ni bimwe mu biranga umugore abagabo baba bifuza:

    1.Kwita ku bana

    Umugore mwiza yita ku bana be cyane cyane mu bijyanye n'uburere bwabo, ibi akabikora yunganirwa n'umugabo we ntihavemo umwe ngo yigire ntibindeba.

    2.Umukobwa utikubira

    Igihe mu rukundo ubona ko umukobwa mukundana ashishikajwe n'inyungu ze gusa cyangwa se ibimwerekeyeho, aba ari ikimenyetso ko atazavamo umugore muzima. Iyo rero ubona ko ashishikajwe n'iterambere ryanyu mwese, adakurura yishyira, bikugaragariza y'uko azubaka.

    3.Udahora yinuba

    Umukobwa uzavamo umugore muzima ubereye urugo amenya gucunga ururimi rwe, ntabwo ahora yinubira ibitagenda cyangwa se ibyo abonye byose akaba afite icyo abivugaho. Uburanga bwose umukobwa yaba afite aramutse ahora ari umuntu winuba yatera umugabo we kwicuza.

    4.Umukobwa ucisha make

    Umukobwa ucisha make ntiyishimire gusumbya ububasha uwo bakunda, iyo agezeyo arubaka ariko iyo bigaragara ko ashaka kuba ariwe ufata buri cyemezo cyose, iyo bageze mu rugo umuriro uraka.

    5.Umukobwa ugushyigikira

    Umukobwa uzavamo umugore ukubereye umubona kare, aba yitaye ku iterambere ryawe, uburyo ugaragaramo ndetse agakora uko ashoboye kugira ngo abigufashemo. Igihe rero ubona ko uwo muri kumwe adashishikajwe n'ibyawe buriya no mu rugo azajya agutererana.

    6.Umukobwa uzi gukunda

    Umukobwa uzubaka rugakomera usanga ashyize imbere urukundo kurenza ibindi byose. Igihe cyose umukobwa atagufitiye urukundo nushaka ntuzigore umushyira mu rugo kuko ntacyo wakora ngo umuntu utagukunda akubere mwiza.

    7.Umukobwa wigomwa

    Umukobwa wigomwa kugira ngo urukundo rwanyu rugire aho rugera, azakora na byinshi mu kwitangira urugo rwanyu. Iyo rero mubana mu byiza gusa akishimira ibyo umugezaho we ntacyo yakora ngo akurwanire ishyaka, ntabwo ashobora kuvamo umugore ubereye urugo.

    8.Umukobwa usenga

    Umuntu wiyambaza Imana, uyubaha, umenya n'uburyo afata abantu, iyo rero ushatse umuntu utarigeze abimenya usanga ntacyo atinya, kuri we nta kirazira. Urutonde rushobora kuba rurerure bitewe n'icyo umuntu wese ashingiraho mu gushakisha umugore yakumva amunyuze ariko n'ibyavuzwe haruguru ni ingenzi.

    9.Agira umwete ku mirimo myiza

    Abanyarwanda bavuga ko ineza uyisanga imbere, ni nayo mpamvu mu biranga umugore mwiza agomba kuba azi ko iyo ugira neza iyo neza iba izagarukira urugo rwawe.

    10.Umukobwa w'umunyakuri kandi wubaha

    Umukobwa w'umunyakuri, wubaha umugabo we, udasuzugura, umuha agaciro akwiriye n'ubundi iyo umushatse arabikomeza biba biri mu ndangagaciro ze.

    11.Akunda gufasha abo arusha ubushobozi

    Umugore mwiza ni umugore uzajya kwa muganga, cyangwa umuntu wo mu muryango we yajya kwa muganga ntabure umugemurira kuko mu bushobozi afite afasha abandi barimo abishoboye n'abatishoboye.

    12.Amenya kubana neza n'abaturanyi

    Iyo umugore azi kubana neza n'abaturanyi bituma urugo rwe rugira amahoro, n'ikibazo kivutse akamenya kwegera abaturanyi bakagikemura.

    Yita ku bashyitsi akabagirira neza mbere yo gufata icyemezo cyo gushaka umugore, abasore babanza kureba niba uwo mukobwa azashobora kwita ku bashyitsi basura urugo rwe, kuko mu Kinyarwanda bavuga ko urugo ari urugendwa, kandi na Rugamba Cyprien yabivuze ukuri ifuni ibagara ubushuti ni akarenge.

    13.Azi kugabura ku gihe

    Umugabo ntabwo akunda umugore uzamwicisha inzara, bityo iyo mukundana akabona ko uri umunebwe mu guteka, cyangwa akabona ko utazi guteka ashobora kukureka kuko aba akeka ko bishobora kuzabishya imibanire yanyu mu rugo.

    14.Azi kwifata mu magambo

    Umugore mwiza ni uzi kwifata mu magambo avuga kuko iyo ari umugore uvuga ibyo abonye byose bimuteranya n'abagore bagenzi be bigatuma urugo rwanyu aho kunguka inshuti rugwiza abanzi.

    15.Yihanganira ubukene n'igihombo

    Muri iyi minsi hadutse imvugo ivuga ngo amafaranga ni umushyitsi, birashobora ko umuntu yaba yari afite akazi abayeho neza bakamuhagarika ku kazi agakena, cyangwa yaba yikorega agahomba, umugore mwiza aba hafi y'umugabo mu gihe cy'ibibazo by'ubukene bagafatanya gushaka uko babisohokamo ariko umugore ukunda ibintu agakabya ahita ata umugabo we akajya gushaka abagifite amafaranga.

    16.Ubukire ntibumutera isumbwe no kwishyira hejuru

    Nanone kimwe mu biranga umugore mwiza ni uko atishyira hejuru ngo yice ku bantu kuko urugo rwe rwateye imbere kuko abantu bahora bakeneranye.

    17.Umukobwa udahuzagurika

    Ntabwo umukobwa yavamo umugore mwiza igihe ahuzagurika. Kuba umuntu akuze mu mutwe nabyo bigira uruhare mu gutuma ahazaza h'urugo rwe hatabamo rwaserera kuko aba afite ubushobozi bwo guhangana n'uburemere bw'ibibazo urugo rushobora kugira .

    18.Aharanira ibyakubahisha umugabo we

    Umugore mwiza aharanira icyahesha umugabo we ishema mu bandi, akamuvuganira aho bibaye ngombwa. N'iyo umugabo we ari mu ikosa rito umugore mwiza yirinda kumuteza abantu byaba ngombwa akaza kumucyaha biherereye.

     

    Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa:http://yegob.rw/dating

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/musore-mwiza-niba-ushaka-guhitamo-umukobwa-muzabana-akaramata-banza-urebe-ko-yujuje-ibi-bintu-byingenzi/

  • Umunsi wa mbere wa RwandAir i Bangui, urugendo rwahawe umugisha na Perezida Touadera – #rwanda #RwOT

    Ni urugendo rw'amasaha atanu n'igice mu gihe ubusanzwe kugera muri Centrafrique byashoboraga no gufata amasaha 15 bitewe n'aho indege yanyuze.

    Wari umunsi mwiza w'ibyishimo ku Banyarwanda bakora ubucuruzi kuko wabafunguriye amahirwe y'ishoramari muri iki gihugu kiruta u Rwanda inshuro zirenga 23 kuko gifite ubuso bwa kilometero kare 623.000 ariko kikaba gituwe na miliyoni 5,1.

    Nibura abaturage umunani ni bo mu 2018 babarirwaga ko batuye kuri kilometero kare imwe.

    Gusa bose bafite icyizere gike cyo kubaho kuko nibura bibarwa ko Umunya-Centrafrique abaho imyaka 45,3 biturutse ku bibazo by'umutekano n'intambara byashegeshe iki gihugu.

    Abacuruzi barenga 32 bo mu Rwanda, bajyanye na RwandAir ku munsi wa mbere ubwo yatangiraga ingendo zigana ku Kibuga cy'Indege Mpuzamahanga cya M'poko; byari ibyishimo kuri bo kuko babonye ahantu hashya ho gukorera ishoramari.

    Bakigera muri Centrafrique, bakiriwe mu Biro by'Umukuru w'Igihugu, Palais de la Renaissance, umwe ku wundi ahabwa umwanya imbere ya Perezida avuga amazina ye, ibyo akora ndetse nyuma babwirwa uburyo bagiye koroherezwa gukorera muri iki gihugu.

    Jessie Kalisa Umutoni, umwe muri ba rwiyemezamirimo b'Abanyarwanda bakiriwe na Perezida Touadera, yavuze ko byari ibintu bitangaje kwakirwa na Perezida wa Repubulika, bisobanura uko afite inyota yo gufasha Abanyarwanda.

    Ati 'Ni ibintu byadutunguye, twakiriwe na Perezida wa Repubulika. Byari ibyishimo, ntabwo twari tubizi, batwereka urugwiro, perezida yatwishimiye, twese turamwibwira. Byari byiza cyane, aduha Minisitiri wo muri Perezidansi, adufata mu nshingano mu bikorwa byacu byose mu minsi tuzamara muri iki gihugu.'

    Kimwe mu byo uyu muhuro wa Perezida wa Centrafrique yemereye Abanyarwanda ni uko amahirwe yose ahari mu ishoramari, ari bo bazayahabwa mbere.

    Magingo aya, ibicuruzwa hafi ya byose bigera muri Centrafrique bituruka hanze y'igihugu cyane muri Cameroon, kubera ibibazo by'umutekano muke, hari ubwo akenshi usanga n'inzira zibivanayo biturutse mu Murwa Mukuru Bangui zafunzwe bikabura n'ibihari bigahenda.

    Jean Malick Kalima, ni rwiyemezamirimo mu bijyanye n'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro, yatangaje ko ari amahirwe akomeye ku Banyarwanda bakesha igihugu cyabashije guharura inzira z'imikoranire na Centrafrique ku buryo abikorera bashorayo imari.

    Ati 'Ni amahirwe akomeye […] nkanjye mu byo nkora simvuga Bangui, ndavuga Centrafrique muri rusange. Ni urwego dufite byinshi twakorana, cyane urwego rw'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro hamwe n'ubundi bushabitsi kuko nta mupaka.'

    Centrafrique ifite umutungo kamere urimo peteroli, amabuye y'agaciro nka uranium, zahabu ndetse na diamant, ifite amazi magari yakurwamo ingufu z'amashanyarazi, amabuye y'agaciro yitwa 'cobalt' yifashishwa mu gukora ibikoresho bitandukanye n'ibindi.

    Malik yakomeje agira ati 'Njye navuga ko mu gihe dufite indege ihuza imirwa mikuru yombi bizatworohereza cyane. Urabizi muri Afurika, kugenderanirana ntabwo byoroshye, bisaba amasaha menshi ariko mu gihe hari indege igenda kuri twe ni amahirwe akomeye.'

    Ururimi kavukire rwabo rwitwa 'Sango'. Ni igihugu gikoresha Igifaransa kubera ko cyakolonijwe n'u Bufaransa.

    Minisitiri w'Ubwikorezi bwo mu Kirere muri Centrafrique, Arnaud Djoubaye Abazene, yavuze ko itangira ry'ingendo za RwandAir muri iki gihugu zisobanuye ikintu gikomeye kuko bizafasha mu mubano hagati y'ibihugu byombi.

    Ati 'Urugendo rwa RwandAir i Bangui rusobanuye byinshi kuri twe nka Repubulika ya Centrafrique. Ni ingenzi cyane mu bijyanye n'ubucuruzi hagati y'ibihugu byombi. Bizafasha kandi mu mubano hagati y'abaturage b'u Rwanda n'aba Centrafrique.'

    Hashize igihe kinini muri Centrafrique hari ibibazo by'umutekano muke byanatumye u Rwanda rwoherezayo ingabo zo gufasha mu kubungabunga amahoro. Nk'ahantu Abanyarwanda batangiye kuyoboka, ikintu cya mbere baba biteze ni umutekano nk'uwo basanga mu gihugu cyabo.

    Minisitiri w'Ibikorwa Remezo, Amb. Claver Gatete, yatangaje ko mu gihe cyose ubukungu bwifashe neza, bushobora kuba igisubizo ku bibazo by'umutekano muke mu gihugu.

    Ati 'Ibijyanye n'umutekano kugira ngo ushobore kuba watera imbere, bijyana n'iterambere ry'abaturage, kimwe mu bifasha uwo mutekano kugira ngo ugaruke, ni ubucuruzi, ni ubuhahirane, kugira ngo abantu bose babibonemo inyungu noneho binafashe n'abantu babo n'abacu kugira ngo babe batera imbere. Ni yo mpamvu bitaduteye impungenge kuko n'ingabo zacu zirahari mu bijyanye n'umutekano, amahoro akaba atangiye kugaruka.'

    Umupilote wa RwandAir wagiye atwaye indege yakoze urugendo rwa mbere muri Centrafrique, Godwin Sarfo, we yavuze ko kwagura amarembo ari amahirwe akomeye kuri we kuko bituma arushaho kuryoherwa n'akazi akora.

    Ati 'Uko tugira ibyerekezo byinshi, ni ko turushaho kuryoherwa akazi kacu kuko ubuzima bwacu twe buba mu kirere.'

    Ku kibuga cy'indege i Bangui, ubwo RwandAir yasesekaraga, hari hateraniye abantu benshi bagiye kuyakira, bigaragara ko ari umushyitsi w'Imena wari winjiye mu gihugu.

    Perezida Touadéra yakiriye mu Biro bye ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda

    Buri wese yahabwaga umwanya wo kwivuga akageza no ku mukuru w’igihugu icyifuzo cye

    Abanyarwanda bageneye Perezida Touadéra impano

    Video: Adeline Uwimana & Marc Hoogsteyns


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umunsi-wa-mbere-wa-rwandair-i-bangui-urugendo-rwahawe-umugisha-na-perezida

  • Bugesera: Mu Mugezi w'Akagera hasanzwe umurambo w'umugabo utaramenyekana – #rwanda #RwOT

    Uyu murambo wagaragaye mu mazi kuri uyu wa Kane mu Mudugudu wa Karumuna mu Kagari ka Kanzenze mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera.

    Amakuru avuga ko ubwo abagabo barimo baroba mu gishanga cy'Umugezi w'Akagera giherereye ahazwi nko mu Karumuna, babonye umufuka ureremba mu mazi, mu kuwukuramo ngo basanzemo umurambo w'umugabo utazwi muri ako gace bahita bahamagara ubuyobozi kugira ngo bukurikirane neza.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Ntarama, Uwamugira Beatha, yabwiye IGIHE ko umurambo w'uyu mugabo wabonetse mu masaha ya saa Munani z'amanywa ubwo wabonwaga n'abaturage barimo baroba.

    Yagize ati 'Umurambo wabonywe n'abantu bari bari kuroba mu mazi, twasanze bigaragara ko yapfuye nubwo tutamenye icyamwishe, twasanze bamukingishijeho agafuka, ni umugabo uri mu kigero cy'imyaka hagati ya 40 na 50.'

    Yakomeje avuga ko uyu mugabo ataramenyekana kuko ngo umurambo we basanze nta byangombwa yari afite ndetse n'abaturage bo hafi aho abenshi bakaba bavuze ko batamuzi.

    Ati 'Aho wabonetse ni mugishanga nta bantu banatuye hafi aho, abamubonye batubwiye ko babonye umurambo we uva mu Akagera bakawukurikira bakawukuramo ariko bavuga ko nta yandi makuru ye bazi, abenshi banahageze batubwiye ko babona batamuzi.'

    Gitifu Uwamugira yavuze ko umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro bya ADEPR Nyamata kugira ngo ukorerwe isuzumwa n'inzego zibishinzwe kugira ngo hamenyekane icyamwishe n'uburyo yapfuyemo.

    Inzego z'umutekano zahise zitangira iperereza mu gukomeza gukurikirana uwaba yishe uyu mugabo cyangwa icyamwishe.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bugesera-mu-mugezi-w-akagera-hasanzwe-umurambo-w-umugabo-utaramenyekana

  • Ni Imana yahankuye! Inzira y'umusaraba ya Nzamukosha wamaze amezi atandatu akorerwa iyicarubozo muri Uganda (Video) – #rwanda #RwOT

    Nzamukosha Diane w'imyaka 36 y'amavuko ni uwo guhamya ibi, kuko yamaze amezi atandatu akorerwa iyicarubobozo, akubitwa, atotezwa, n'ibindi bikorwa bibabaza umubiri, asabwa kwemera ko atunze imbunda ndetse ari maneko yoherejwe n'u Rwanda.

    Uyu mubyeyi yavuye mu Rwanda [yari atuye mu Murenge wa Gisenyi, Akarere ka Rubavu] mu 2014, ari kumwe n'umwana we, bajya muri Uganda aho yari agiye mu bikorwa by'ubushabitsi aho yakoraga ubucuruzi bw'imyenda ayivana muri Uganda, ajya kuyicuruza muri Sudani y'Epfo.

    Ni umwe mu Banyarwanda batandatu bavanywe muri Uganda [aho bari bafungiye mu buryo bunyuranyije n'amategeko, bajugunywa ku Mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare ku wa 3 Gashyantare 2021.

    Nyuma y'ibikorwa by'iyicarubozo yakorewe akagezwa mu Rwanda atakibasha no kugenda, yahise ajyanwa kuvurirwa mu Bitaro bya Gisikare biri i Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

    Avuga ko mu myaka irenga itandatu yari amaze aba muri Uganda, nta kibazo yari yarigeze agirana n'umuturage waho cyangwa undi muntu wese ariko umwaka wa 2020 ujya kurangira aribwo yafashwe n'abashinzwe umutekano bamujyana kumufunga bavuga ko ari maneko y'u Rwanda.

    Agaruka ku buryo yafashwe yagize ati 'Nari nicaye mu nzu n'umwana hari nimugoroba nka saa Mbiri z'ijoro, mbona abantu baraje bambaye imyenda isanzwe barambwira ngo ni ab'inzego z'umutekano ngo nze barankeneye ku biro byabo mbabajije nti ese kuki mutaza ku manywa bambwira ko ari uburenganzira bwabo.'

    Yakomeje agira ati 'Ubwo nari kumwe n'umwana mu nzu, umwana ariruka sinzi iyo yagiye, yabonye imbunda zuzuye mu nzu ariruka. N'ubu sinzi iyo ari.'

    Nzamukosha avuga ko yavanywe iwe ajya gufungirwa muri gereza ya gisirikare ya Mbuya nyuma aza kujya ajyanwa mu zindi zitandukanye ariko hose bamukorera ibikorwa by'iyicarubozo.

    Brig Gen CK yamusabye kwemera ko atunze imbunda

    Abanyarwanda bagiye bafungirwa muri Uganda mu bihe bitandukanye bahuriza ku kuba uwahuye n'Umuyobozi w'Ishami rishinzwe kurwanya iterabwoba mu Rwego rushinzwe Ubutasi, CMI, Brig Gen Charles Asiimwe uzwi ku izina rya CK, baba batizeye ko uwo munsi bari burare bagihumeka umwuka w'abazima.

    Nzamukosha avuga ko yakubiswe umubiri wose kandi yavanwaga muri gereza imwe ajyanwa mu yindi agahura n'abantu batandukanye bagenda bamubaza ibibazo yavuga ko atabizi bakamukubita.

    Ati 'Narakubiswe umubiri wose, nkubitwa mu birenge, mu mutwe n'ubu mpora numva umutwe uzunguruka, nahakuwe n'uko nari ndwaye kuko nahoraga mva amaraso mu mazuru. Ni Imana yahankuye.'

    Gereza yafungiwemo ni enye aho mu bantu yibuka bamuhase ibibazo harimo n'uwitwa CK [Brig Gen CK Asiimwe], wamuhatiraga kwemera ko ari maneko y'u Rwanda kandi atunze imbunda iwe mu rugo.

    Yakomeje agira ati 'Ngezeyo narababajije nti nakoze iki? Bambwira ko ngo ndi maneko w'u Rwanda, mbabwira ko ndi umucuruzi ibyo kuneka ntabizi, bambwira ko neka, nibwo bankoreraga iyicarubozo ngo nemere ko u Rwanda rwanyohereje ngo nze kuneka.'

    Nzamukosha avuga ko yari afunganywe n'abantu benshi barenga 100 ndetse harimo n'umugore w'Umunyarwandakazi wishwe [ni umugore bararanaga aho muri gereza, wari waramubwiye ko akomoka i Nyamirambo].

    Uretse kuba atazi aho umwana we w'imyaka 13 ari, kugeza ubu n'amafaranga ye yakoreshaga mu bucuzi [yayabikaga iwe mu rugo], abarirwa muri miliyoni 8 z'Amashilingi ya Uganda, ibihumbi bitatu by'amadorali ya Amerika ndetse n'ibihumbi 700 Frw.

    Avuga ko muri Uganda atari ahantu ho kujya ku buryo Umunyarwanda wese wifuzaga kujyaho ashatse yabihurwa.

    Ati 'Uko meze ntabwo ariko nagiye meze, nari mfite imbaraga ngenda kandi nikorera ariko ubu nta kintu nshobora kongera gukora. Umunyarwanda wese ushaka kujya i Bugande yareba uko meze akabihurwa. Hari n'ibyo ntashobora kuvuga.'

    Kuva mu 2017, Abanyarwanda baba muri Uganda batangiye gutabwa muri yombi mu mikwabu itandukanye, bakorerwa iyicarubozo, bamwe bagarurwa mu gihugu binyuranye n'amategeko.

    Urwego rw'Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda (CMI) nirwo rukora ibikorwa byo gufata no gutoteza Abanyarwanda b'inzirakarengane, bashinjwa 'kuba intasi z'u Rwanda' nyamara benshi muri bo ari abaturage bishakishiriza imibereho muri Uganda mu buryo busanzwe nk'abandi bose.

    Ibikorwa byo gushimuta Abanyarwanda bakorera ingendo muri Uganda bifitanye isano n'umubano w'akadasohoka wa CMI n'abagize Umutwe w'iterabwoba urwanya Leta y'u Rwanda (RNC) uyoborwa na Kayumba Nyamwasa, ufite umugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w'igihugu.

    Nzamukosha Diane w'imyaka 36 y'amavuko yavuze ku itotezwa yakorewe mu gihe cy'amezi atandatu yamaze afungiwe muri gereza zo muri Uganda

    Video: Mushimiyimana Azeem


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ni-imana-yahankuye-inzira-y-umusaraba-ya-nzamukosha-wamaze-amezi-atandatu

  • Umusaruro wa Mashami mu minsi 900 mu Amavubi… – #rwanda #RwOT

    Mu minsi 900 amaze ahawe inshingano zo gutoza ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru ‘Amavubi, Mashami Vincent yatoje imikino 23 mu marushanwa atandukanye, yatsinze imikino 4, atsindwa 8, anganya 11.

    Mu myaka ibiri irengaho iminsi, uyu mutoza amaze atoza Amavubi hari bicye yagezeho nk’intego yari yihaye ahabwa akazi, ariko byinshi byamunaniye kubigeraho, ari nabyo bituma kuva ku itariki ya 18 Kanama 2018 ahabwa akazi kugeza magingo aya, hari benshi bagishidikanya ku bushobozi bwe mu ikipe y’igihugu.

    N’ubwo umusaruro waba mwiza cyangwa mubi, iyo ubonetse ushyirwa ku mutwe w’umutoza, benshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda bamaze kurenga urwo rwego rw’imyumvire n’imitekerereze, ahubwo bashaka kumenya byimbitse, Mashami ubazwa umusaruro mwiza mu Amavubi aba yahawe ibyangombwa by’ingenzi biganisha kuri wa musaruro mwiza?

    Muri ibyo byangombwa, ibigarukwaho na benshi ni nko gushakirwa imikino ya gicuti ifasha abakinnyi gukaza imyiteguro, gushakirwa umwiherero wihariye ku ikipe iba iri gutegurwa, gushakirwa abakinnyi b’abanyarwanda bakina mu bice bitandukanye by’Isi bakaganirizwa kugira ngo bakinire Amavubi, gutegurwa kw’abakinnyi mu buryo bw’umwihariko n’ibindi.

    Ibi tuvuze haruguru ntabwo bireba umutoza, ahubwo bireba inzego z’ubuyobozi zireberera umupira w’amaguru mu Rwanda, harimo Minisiteri ya Siporo ‘MINISPORTS’ ndetse n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’. 

    Mu byo twavuze by’ibanze mu byitabwaho mu gutegura umusaruro mwiza w’ikipe y’igihugu usanga ibikorwa n’izi nzego z’ubuyobozi ari nka 40%.

    Iyo ushyize ku ntara ukagosora usanga naho Mashami Vincent yari amabuye, kuko agerageza gukora ibishoboka byose agahangana n’amarangamutima y’abanyarwanda baba bifuza umusaruro mwiza, ariko mu by’ukuri witegereje neza ntaho uturuka.

    Iyo usubije amaso inyuma usanga ikibazo nyamukuru atari umutoza kuko ni benshi bamubanjirije kandi b’abahanga ariko kugera ku musaruro mwiza bikanga, ariko bajya mu bindi bihugu bagatanga umusaruro mwiza, ahubwo usanga uburyo bw’imiyoborere y’umupira w’amaguru mu Rwanda n’imitegurire y’ikipe y’igihugu itayemerera kugira umusaruro ibona mu irushanwa iryo ariryo ryose.

    Ntabwo umusaruro ari mwiza ku mutoza Mashami Vincent mu minsi 900 amaze atoza ikipe y’igihugu Amavubi, ndetse abaye ari umutoza uhabwa byose ndetse agakorerwa ibishoboka byose, yakabaye nawe yariyirukanye atarinze gutegereza ko bamwirukana, gusa ku muntu wirya akimara, agatega umutwe n’agatuza agahangana n’ibyiyumvo by’Abanyarwanda bashengurwa n’umusaruro w’Amavubi, barabizi ko umusaruro we mu myaka ibiri ari nta makemwa.

    Biragoye kugira umutoza w’umunyamwuga w’umunyamahanga wahabwa akazi ko gutoza Amavubi agakorera mu buryo nk’ubwo Mashami Vincent akoreramo magingo aya.

    Kugeza ikipe y’igihugu muri 1/4 mu irushanwa rya CHAN 2020, biri mu byongereye amahirwe menshi umutoza Mashami Vincent yo guhabwa amasezerano mashya yo gutoza Amavubi kuko ibyo yakoze ntawabitekerezaga, ndetse nta n’umutoza w’umunyamahanga watoje Amavubi wigeze abikora.

    Iyo wegeranyije byose ukagosora uvanze ibibi n’ibyiza byaranze Mashami mu minsi 900 amaze atoza Amavubi, usanga nta wundi mutoza uzahabwa akazi mu Amavubi, ahubwo Mashami Vincent azongererwa amasezerano kuko yagaragaje ko kubiharanira kandi n’abakinnyi bamurwaniye ishyaka rikomeye cyane.

    Mashami Vincent arahabwa amahirwe menshi yo guhabwa amasezerano mashya mu Mavubi

    Mashami amaze hafi imyaka ibiri n’igice ahawe inshingano zo gutoza Amavubi

    Mashami yitwaye neza muri CHAN 2020 akubutsemo muri Cameroun

    Dushingiye ku byo yakoze mu bushobozi bwe, Mashami akwiriye guhabwa amasezerano yo gukomeza gutoza Amavubi. Wowe niba ubona atabikwiriye, waduha impamvu ushigiraho umwima ayo mahirwe

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102863/umusaruro-wa-mashami-mu-minsi-900-mu-amavubi-uramuha-amahirwe-yo-guhabwa-amasezerano-mashy-102863.html

  • MTV Africa yasubitswe, bishimisha abanya-Ugan… – #rwanda #RwOT

    Meddy ahatanye mu cyiciro 'Listeners' Choice'. Ni gishya muri ibi bihembo. Kuko kuva mu Ukuboza 2020, hatangazwa abahanzi bahatanye nticyari kirimo.

    Iki cyiciro kiri mu bikunzwe, aho abafana basabwa gutora uwo bashyigikiye. Ni icyiciro kirimo abahanzi bagera kuri 19 bo mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika. Ndetse Dj Khaled ni we wari kuzayobora itangwa ry'ibi bihembo.

    Ku mugoroba w'uyu Kane tariki 04 Gashyantare 2021, abategura iri rushanwa banyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko 'MTV Base yasubitse itangwa ry'ibihembo bya MTV Africa Music Awards. Tuzabamenyesha ikindi gihe bizabera.'

    Ntibavuze impamvu y'isubikwa y'ibi bihembo, gusa bamwe bahurije ku cyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi muri iki gihe. Ni mu gihe Abanya-Uganda benshi banditse kuri konti ya Twitter, bavuga ko bishimiye iki cyemezo kuko Igihugu cyabo kiri mu bihe bidasanzwe by'umutekano mucye ku ngoma ya Perezida Museveni.

    Abandi bavuga ko bitari bikwiye ko iri rushanwa ribera muri Uganda mu gihe Museveni ari we watsinze amatora kuko bashakaga ko umuhanzi wahindutse umunyapolitiki Bobi Wine ari we utsinda.

    Munassingo yashyize amafoto kuri konti ye ya Twitter y'abanya-Uganda bakubiswe mu buryo bukomeye n'inzego z'umutekano, ashima MTV Base Africa 'kuba mwumvise ijwi ry'abanya-Uganda barira.'

    Mugabi Nathan yashimye ubuyobozi bwa MTV Base Africa avug ko muri Uganda bari mu bihe bitoroshye ku buryo nta gihe bafite cyo kwishima, kuko Bob Wine bari bashyigikiye 'akomeje guhohoterwa na Guverinoma ya Uganda.'

    Steve yavuze ko ari byiza ko MTV Base Africa yatoranyije ko Uganda yakira ibi bihembo, ariko kandi ngo si igihe cyiza kuri bo kwakira ibi bihembo bitewe n'ibihe barimo.

    M7 Talina Mpapula we yasabye MTV Base Africa gusubika ibi bihembo kugeza ubwo 'Perezida ukwiye azaba yicaye mu Ntebe.' N'abica abantu barabiryojwe.

    Prince Mutebi Anthony Kale yavuze ko igihe ibi bihembo bizaba bisubukuwe 'Bobi Wine azahabwe umwanya wo kubiririmbamo.'

    Ukoresha izina rya De Generation yavuze ko bazaha ikaze ibi bihembo muri Uganda ikindi gihe kuko bakiri mu kiriyo cy'abavandimwe n'inshuti bishwe 'n'umunyagitugu Musveni.'

    Lugazi King we yavuze ko urubyiruko ruri kwica kandi rugakorerwa ihohoterwa n'igisirikare cya Uganda. Bityo ko nta kintu cyo kwishimira, ahubwo ko Televiziyo ya MTV yagashyize imbere mu gucumbura ibyerekeye ay'amakuru n'abantu barenga 45 bishwe mu minsi ishize.

    Lucious Gonzalez we yavuze ko badakeneye ibi bihembo mu gihe Museveni akiri Perezida. Kuko ngo ibi kuba ari ku ngoma biteye isoni aho abantu bicwa umunsi ku munsi. Kuri we, avuga ko ibiri kubera muri Uganda ari 'Jenoside.'

    Muwalla we yabiteyemo urwenya avuga ko atiyumvishaga ukuntu ibi birori byari kuzaba hifashishijwe ikoranabuhanga mu gihe imbuga nkoranyambaga muri Uganda zifunze kandi bakaba batari gukoresha internet neza, ahubwo bakaba ari gukoresha 'VPN' kugira ngo bagere kuri internet.

    Ku wa mbere w'iki Cyumweru, ishyaka NUP ryatanze ikirego mu rukiko rihakana ibyavuye mu matora y'Umukuru w'Igihugu yabaye tariki 14 Mutarama 2021. Perezida Museveni aherutse gutangaza ko yiteguye guhangana n'ibi birego.

    Muri aya matora, Perezida Museveni ni we watsinze n'amajwi 58.38%, Robert Kyagulanyi [Bobi Wine] agira amajwi 35.08%.

    Nyuma y'amatora, Bobi Wine yafungiwe iwe, urugo rwe ruzengurukwa n'abashinzwe umutekano. Na Ambasaderi wa Amerika muri Uganda yangiwe gusura uyu muhanzi wahindutse umunyapolitiki.


    Ibihembo bya MTV Africa Music Awards Kampala 2021 byasubitswe “ku mpamvu itatangajwe”

    Abanya-Uganda bagaragaje ihohoterwa bakorewe n’Igisirikare cya Uganda mbere na nyuma y’amatora

    Bamwe mu banya-Uganda bavuze ko badakeneye ibihembo bya MTV Africa muri Uganda mu gihe cyose Museveni akiri ku buyobozi

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102865/mtv-africa-yasubitswe-bishimisha-abanya-uganda-bavuze-ko-bari-guhohoterwa-ningoma-ya-musev-102865.html

  • Rosine wamamaye muri filime nka city maid n'izindi yavuze uko yahuye n'umusore basigaye bakundana anavuga icyo yamukundiye – YEGOB #rwanda #RwOT

    Rosine Bazongere wamenyekanye muri filime zitandukanye zirimo nka city maid akinamo yitwa Jocelyne yavuze uko yahuye n'umusore aherutse kwerekana avuga ko yigaruriye umutima we. kugaragaza umusore wigaruriye umutima we. Ni mu gihe mu minsi ishize, uyu mukobwa abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yagaragarije amarangamutima menshi uyu musore nyuma yuko yari amaze gushyira hanze amafoto ye n'uwo musore bari kumwe.

    Mu kiganiro Rosine yagiranye na IGIHE dukesha iyi nkuru yavuze ko uyu musore bamaranye amezi ane bari mu rukundo nubwo hashize imyaka isaga ibiri baziranye nk' inshuti bisanzwe. Rosine yavuze ko uyu musore yari asanzwe ari umukunzi w'ibikorwa bye. Ngo umunsi umwe yaje kumuhamagara amubwira ko ashaka ko bakorana mu buryo bwo kumwamamariza ibikorwa bye. Kuva icyo gihe, batangiye gukorana nk'inshuti bisanzwe, bibasaba imyaka hafi ibiri baziranye bisanzwe mbere yuko bajya mu rukundo. Rosine yakomeje avuga ko batangiye  kuba inshuti cyane nyuma y'akazi uyu musore akamuba hafi mu mishinga itandukanye yateguraga. Rosine yavuze ko mu mezi ane ashize, we n'uyu musore biyemeje gutangirana urugendo rw'urukundo bari kumwe.

    Ku bijyanye n'impamvu yahisemo uyu musore akamurutisha abandi basore bose, Rosine yavuze ko ari byinshi byatumye afata icyemezo cyo gukunda uyu musore gusa ikiruta ibindi ni uburyo akunda ibyo akora ndetse akaba anamushyigikira ku buryo bugaragara.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/rosine-wamamaye-muri-filime-nka-city-maid-nizindi-yavuze-uko-yahuye-numusore-basigaye-bakundana-anavuga-icyo-yamukundiye/

  • Impinduka muri Miss Rwanda 2021, Ikoranabuhanga ryitezweho byinshi – YEGOB #rwanda #RwOT

    Bitewe n'icyorezo cya Coronavirus, Rwanda Inspiration Backup itegura irushanwa ry'ubwiza rya Miss Rwanda, yamaze gutangaza ko amarushanwa y'uyu mwaka ijonjora ry'ibanze rizaba hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Kuva tariki ya 9 Mutarama 2021, nibwo byari byitezwe ko hazatangira amanjora ya MissRwanda 2021, ariko bitewe n'ingamba nshya zo kwirinda icyorezo cya Coronavirus aho ingendo zitari zimewe kuva mu karere kamwe ujya mu kandi byahise bisubikwa, nyuma bihumira ku mirari ubwo umujyi wa Kigali washyirwaga mu Kato.

    Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri Miss Rwanda, Meghan Nimwiza, avuga ko ibindi byiciro byo bizaba mu muhezo.

    Ati' 'Miss Rwanda ni amarushanwa ngarukamwaka abakobwa benshi bifuza kwitabira. Mu myaka yashize, aya marushanwa yaramenyekanye cyane mu Rwanda ndetse no hanze yarwo mu gihe amahirwe atanga na yo yagiye yiyongera buri mwaka.'

    'Tumaze gutangaza Miss Rwanda 2021 no gusuzuma ko abifuza kuzitabira amarushanwa bari bamaze kwiyandikisha kuri murandasi, twatekereje ko ari ngombwa gushakisha uburyo bwo kuyobora amarushanwa mu murongo w'ikoranabuhanga ndetse n'umuhezo aho kuyasubika.'

    Bitewe n'icyorezo cya COVID-19 n'ingamba zo kwirinda ziriho, abategura Miss Rwanda bateguye gahunda ifatika hamwe n'umurongo ngenderwaho uzatuma Miss Rwanda yo mu 2021 ikorwa ariko mu buryo bwizewe mu kurengera ubuzima, haba ku bahatana ndetse n'abategura.

    Muri gahunda nshya, ibyiciro bitanu byose byo gutora bizakorwa neza, aho amajonjora n'ibindi bikorwa by'ibanze bizaba hifashishijwe ikoranabuhanga naho 'pre-selection,' umwiherero na finale bikorwe hifashishijwe uburyo bw'umuhezo.

    Mu gice cy'amajonjora y'ibanze, abazitabira amarushanwa bazasabwa gutanga amashusho yabo n'ibisabwa byihariye, abagize akanama nkemurampaka bazabisuzuma hanyuma bashingiye ku nsanganyamatsiko y''ubwiza, ubuhanga n'umuco', hatorwe abahatana bujuje ibisabwa.

    Abazitabira amarushanwa bazanyura mu igenzura hamwe n'itsinda ryose ritegura irushanwa bakorerwe ikizamini cya PCR COVID-19 hanyuma bashyirwe mu muhezo aho ibyiciro byose bizakurikira bizabera kugeza kuri finale.

    Nimwiza yakomeje agira ati: 'Iyi gahunda yaragenzuwe kandi yumvikanyweho n'impande zose n'abaterankunga nyuma y'inama zitandukanye. Ibyiciro byose bizamenyeshwa kandi abaturage bazakurikirana amakuru y'irushanwa yose ku Kigo cy'Igihugu cy'Itangazamakuru (RBA) n'ibindi bitangazamakuru bitandukanye.'

    'Ibikorwa byinshi ku isi byabaye ngombwa ko bihinduka mu buryo bushya nyuma y'iyaduka ry'iki cyorezo, ntacyabuza na Miss Rwanda. Inzira zose zarashakishijwe kugira ngo imyiteguro y'irushanwa rya 2021 ikorwe neza, nk'ibindi bikorwa byinshi ku isi.'

    Kwiyandikisha kuri murandasi birakomeje ariko bizasozwa ku ya 8 Gashyantare 2021. Icyemezo cyo gukomeza iyi myiteguro cyaje nyuma y'isuzuma ryakozwe, ryerekanye ko amajonjora ya Miss Rwanda ashobora gutegurwa hifashishijwe uburyo bw'ikoranabuhanga ry'amashusho.

    Nimwiza ati: 'Iki cyemezo cyatewe ahanini n'uko abakobwa benshi bari bamaze kwiyandikisha kandi bagaragaza ko bifuza kwitabira kandi ntitwashoboraga kubabuza amahirwe. Turizera ko icyorezo kizagabanuka vuba kugira ngo habeho urwego runaka rw'ibisanzwe ariko bitabaye ibyo, ubuzima bugomba gukomeza ariko mu buryo bw'ubwirinzi.'

    Mu mpinduka nshya, kwiyandikisha bizarangira ku ya 8 Gashyantare mu gihe ibikorwa by'amajonjora y'ibanze byo bizatangira kuva ku ya 9 Gashyantare kugeza ku ya 18 Gashyantare. Kuva ku ya 19 Gashyantare, abategura bazatangira kwerekana abahagarariye intara zitandukanye bazaba batsinze amajonjora y'ibanze.

    Gutora kuri murandasi na SMS bizatangira ku ya 22 Gashyantare kugira ngo hamenyekane abazaba batsindiye imyanya ya mbere 20. Abahatana bazinjira mu muhezo ku ya 3 Werurwe mu gihe 'pre-selection' yo gutoranya izaba ku ya 6 Werurwe.

    Abahatana 20 ba mbere, bazagera mu cyiciro cya nyuma, bazajya mu mwiherero uzatangira ku ya 6 Werurwe kugeza ku ya 20 Werurwe, ubwo hazaba ari ku munsi wa nyuma w'irushanwa. Finale izabera kuri Kigali Arena kandi izaba itambuka kuri RBA.

    Miss Rwanda y'impinduka

    Ku ya 11 Ukuboza 2020, abateguye Miss Rwanda batangaje impinduka zikomeye mu irushanwa rya Miss Rwanda 2021, ryiswe 'Miss Rwanda y'impinduka', nyuma y'amavugurura mu mitegurire, ryakinguye amarembo ku bakobwa benshi mu gihe ibihembo na byo byavuguruwe.

    Uzegukana ikamba rya Miss Rwanda hamwe n'abazatsindira amakamba atandukanye bazahabwa ibihembo n'inyungu nyinshi mu rwego rwo gutuma aya marushanwa aha imbaraga abakobwa benshi bashoboka.

    Mu mpinduka nshya, imyaka yemewe isabwa uwitabira yongerewe kuva kuri 18 kugeza kuri 24 igera kuri 18 kugeza kuri 28, mu gihe uburebure bwasabwaga bwavanyweho. Abitabira amarushanwa bagomba kuba bari mu rwego rwiza rw'umubiri (BMI).

    Bitandukanye no mu marushanwa y'imyaka yashize, uwatsindiye Miss Rwanda 2021, abatsindiye andi makamba n'abageze mu cyiciro cy'umwiherero bazashyigikirwa mu buryo butandukanye, harimo gutera inkunga imishinga yabo n'impano zabo nziza mu gihe cy'umwaka wose.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/impinduka-muri-miss-rwanda-2021-ikoranabuhanga-ryitezweho-byinshi/