Category: Uncategorized

  • Si bo ba mbere bagiye kubikora! Uko irushanwa… – #rwanda #RwOT

    Ikoranabuhanga ryabaye umurongo ukomeye wifashishijwe kuva mpera z'umwaka wa 2019 ubwo Coronavirus yadukaga muri Bushinwa ikagera no mu bindi bihugu byose by’Isi. Ni nawo murongo u Rwanda rwinjiyemo kuva tariki 14 Werurwe 2020 umurwayi wa mbere wa Covid-19 akimara kugaragara.

    Nyuma y'igihe gito igihugu cyashyizwe muri Guma mu Rugo. Hisunzwe umurongo mugari wa internet abakozi ba Leta, abikorera n'abandi basabwa gukorera mu rugo 'cyeretse aho biri ngombwa ko umukozi ajya ku kazi'.

    Uyu murongo watumye inama zikomeye, abayobozi bakomeye baganira n'abandi, ibigo bikomeye bikora inama n'ibindi byinshi. No muri iki gihe niko bikimeze.

    Covid-19 yagize ingaruka kuri buri cyiciro cy'ubuzima. Ibitaramo byarahagaritswe, inama zikomeye zirasubikwa; inzego z'ubuzima zitanga inama y'uko byaba byiza buri wese atagize aho ahurira n'abandi kuko ashobora kuhandurira Covid-19.

    Murandasi yafashije mu gukomeza ibikorwa birimo amarushanwa y'ubwiza abakobwa bakomeza kwiyandikisha, ab'inkwakuzi begukana amakamba. Aho byakunze abakobwa bagiye mu bihugu byakiriye aya marushanwa, bakora ibirori mu muhezo w'abafana. Kandi byagenze neza.

    Kuri uyu wa tariki 04 Gashyantare 2021, Rwanda Inspiration Back Up itegura Miss Rwanda yatangaje ko iri rushanwa rizaba hifashishijwe ikoranabuhanga kugira 'ngo harindwe ubuzima bw'abahatana.'

    Bamwe mu bakoresha urubuga rwa Twitter bavuze ko iri rushanwa ritagakwiye kuba muri iki gihe bitewe na Covid-19. Abandi bavuga ko Nishimwe Naomie Miss Rwanda 2020 akwiye kugumana ikamba kugeza Covid-19 icitse.

    Abandi babiteyemo urwenya bavuga ko iri rushanwa ritazakunda bitewe n'umuvuduko wa internet itangwa na kompanyi ziyicuruza zikorera mu Rwanda.

    Nimwiza Meghan Miss Rwanda 2019 Umuvugizi wa Rwanda Inspiration Back Up itegura Miss Rwanda yavuze ko banogeje gahunda zose zibemerere gukora iri rushanwa, kandi ko banarebeye ku yandi marushanwa y'ubwiza yabaye muri iki gihe cya Covid-19.

    Ati 'Ibikorwa byinshi ku isi byabaye ngombwa ko bihinduka mu buryo bushya nyuma y'iyaduka ry'iki cyorezo, ntacyabuza na Miss Rwanda. Inzira zose zarashakishijwe kugira ngo imyiteguro y'irushanwa rya 2021 ikorwe neza, nk'ibindi bikorwa byinshi ku isi.'

    Miss Rwanda si yo ya mbere igiye gukora irushanwa yifashishije iyakure:

    Ni ubwa mbere irushanwa rya Miss Rwanda rigiye kuba mu muhezo. Rigiye kuba ku nshuro ya 10 mu buryo budasanzwe bitewe na Covid-19.

    Mu mpera z'Ukuboza muri Nigeria hasojwe irushanwa rya Miss Africa Calabar 2020 ryabaye hifashishijwe ikoranabuhanga. Byari bwo bwa mbere iri rushanwa ribaye hifashishijwe iyakure. Ibi byose byatewe n'icyorezo cya Covid-19.

    Umukobwa witwa Sarra Sellimi wo muri Tunisia ni we wegukanye ikamba rya Miss Africa Calabar 2020.

    Uwihirwe Yasipi Casimir waserukiye u Rwanda muri iri rushanwa aherutse kubwira INYARWANDA ko bari mu irushanwa buri mukobwa yibutswaga kwirinda Covid-19 kandi ko bagiye bahabwa ibikoresho bitandukanye byabafashije kwirinda iki cyorezo.

    Irushanwa rikomeye ku rwego rw'isi Miss France 2021 ryabaye hifashishijwe ikoranabuhanga. Ndetse buri mukobwa yasabwaga gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.

    Amandine Petit ni we wegukanye ikamba rya Miss France 2021, hari mu birori byitabiriwe n'abantu bafite aho bahuriye n'iri rushanwa.

    Irushanwa rya Miss World 2020 ryagombaga kuba hifashishijwe ikoranabuhanga ariko ryarasubitswe. Ryasubitswe bidatewe n'uko bananijwe na Internet, ahubwo byatewe n'uko bimwe mu bihugu byari kohereza abakobwa bari bakiri mu bihe bya Guma mu Rugo kandi batarafungura ingendo z'indenge.

    Nimwiza Meghan Miss Rwanda 2019 yavuze ko bemeje ko irushanwa rya Miss Rwanda riba hifashishijwe iyakure “kugira ngo harindwe ubuzima bw’abakobwa bazahatana”

    Muri iki gihe mu Rwanda hari kubera irushanwa rya Miss Supranational Rwanda 2020 hifashishijwe ikoranabuhanga. Ibice byinshi by'iri rushanwa biri gutambuka kuri Televiziyo no ku mbuga nkoranyambaga z'iri rushanwa. Ndetse hagenda hatangazwa abitwaye neza muri buri cyiciro.

    Mu minsi ishize umunyarwandakazi Ndekwe Paulette yabaye igisonga cya kane cy'umukinnyikazi wa filime ukomeye Andre Luna wo mu gihugu cya Peru wegukanye ikamba rya Miss Globe World 2020-2021.

    Ni irushanwa uyu mukobwa yari amazemo igihe, yifashishije ikoranabuhanga. Miss Globe World ni irushanwa rigamije guteza imbere uburezi. Ryari rimaze hafi amezi ane rihatanyemo abakobwa 500 mu bihugu birenga 150 bavuyemo 48 bashakishijwemo uwegukana ikamba rya Miss Globe World.

    Mu bakobwa 48 bari bahatanye muri Miss Glode World, Ndekwe Paulette ni we wari uhagarariye u Rwanda muri aya marushanwa. Uyu mukobwa ni nawe waserukiye u Rwanda mu irushanwa rya Miss Earth ryabaye mu mwaka wa 2019. Aherutse kubwira INYARWANDA ko icyorezo cya Covid-19 nigicogora bazabwirwa aho bazajya gufata amakamba batsindiye.

    Abakobwa bazahatana muri Miss Rwanda bifashishije iyakure bazabikora gute?

    INYARWANDA yahawe amakuru avuga ko umubare w'abakobwa biyandikishe muri Miss Rwanda 2021 ari munini cyane. Ndetse ko hari n'abakobwa biga n'abasoje amasomo y'icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza bari mu Rwanda n'abari mu mahanga [Bamaze kuza i Kigali].

    Umubare munini wazamutse bitewe n'uko iri rushanwa ryohereje ibyo bagenderagaho.

    Nimwiza Meghan Umuvugizi wa Rwanda Inspiration Back Up itegura iri rushanwa, yavuze ko bashingiye ku kuba abakobwa bariyandikishije bifashishije murandari 'Twatekereje ko ari ngombwa gushakisha uburyo bwo kuyobora amarushanwa mu murongo w'ikoranabuhanga ndetse n'umuhezo aho kuyasubika.'

    Irushanwa rya Miss Rwanda 2021 ryiyandikishijemo abakobwa basanzwe barahatanye muri iri rushanwa ndetse n'abashya bashaka kwambikwa ikamba.

    Abakobwa bose biyandikishije muri iri rushanwa bamaze kwoherereza ibibazo bisa (bimwe), buri wese azifata amashusho (Akoresheje telefoni, camera cyangwa ikindi gikoresho gifata amashusho) asobanura uko yumva iyo ngingo yabajijweho.

    Akanama Nkemurampaka k'iri rushanwa ntikazashingira ku mashusho (yaba meza cyangwa mibi) bitewe n'igikoresho umukobwa yakoresheje, ahubwo bazita ku buryo umukobwa yasobanuye ikibazo cyangwa se ingingo yabajijweho.

    Umukobwa azohereza amashusho ye yifashe ayashyire ku rubuga rwa Miss Rwanda (missrwanda.rw). Abategura iri rushanwa bazabishyikiriza akanama nkemurampaka gahitemo ababashije gutsinda, hanyuma batangazwe.

    Ubwiza bw'abakobwa bwamaze kubonwa, kuko buri mukobwa yohereje ifoto imugaragaza neza. Bivuze ko akanama nkemurampaka kazita cyane ku byo noneho umukobwa azaba yasubije mu bibazo yabajijwe.

    Umubare akanama nkemurampaka kazahitamo ntuzwi kuko no mu bihe bisanzwe bahitamo umubare w'abakobwa batandukanye bitewe n'intara babaga bagezemo n'uburyo abakobwa babashije gusubizamo.

    Ibibazo byabajijwe abakobwa birafunguye. Urugero; Uramutse ubaye Miss Rwanda 2021 ni iki wakora mu guhangana n'inda ziterwa abangavu? Ni ubuhe bukangurambaga wakora mu guhangana n'icyorezo cya Covid-19?

    Abakobwa akanama nkemurampaka kazemeza ko batsinze bazatangira gutorwa ku rubuga rwa Internet no kuri SMS. Bizatangira tariki 22 Gashyantare 2021.

    Abazaba bamaze gutorwa, ukongeraho abafite aho bahuriye n'irushanwa; abafata amafoto n'amashusho, akanama nkemurampaka, abakoresha imbuga nkoranyambaga z'iri rushanwa, abatetsi, abakora 'make up' n'abandi bazapimwa Covid-19 hifashishijwe PCR [Buri muntu n'Ibihumbi 50 Frw].

    Ibizamini nibigaragaza ko bose ari bazima bazajya ahantu hamwe muri La Palisse Hotel i Nyamata (Ku wa 03 Werurwe 2021). Nta muntu wemerewe kwinjira no gusohoka. Ibizahabera byose bizajya bitambuka kuri Televiziyo Rwanda.

    Guhitamo abakobwa  20 bahatana mu cyiciro cya nyuma 'Pre-Selection' (ku wa 06 Werurwe 2021) bizakorwa mu buryo busanzwe. Hazitabazwa akanama nkemurampaka, abakobwa biyerekane nk'uko bisanzwe. Aho bitandukaniye kuri iyi nshuro n'uko bizakorwa mu muhezo.

    Abakobwa bazatsindwa bazava mu mwiherero batahe. Hanyuma abasigaye bazaguma mu mwiherero bakorera ibikorwa bitandukanye. N'umunsi wa nyuma w'iri rushanwa (Final) uzakorwa muri ubu buryo.

    Uko ingamba zo kwirinda Covid-19 zizagenda zoroshywa, birashoboka ko abantu bashobora kuzemererwa kwitabira iri rushanwa.

    Amarushanwa atandukanye y’ubwiza arimo Miss France 2021 yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga kubera icyorezo cya Covid-19

    Umunyarwandakazi Ndekwe Paulette aherutse kwegukana ikamba ry’igisonga cya kane muri Miss Globe World 2020 ryabaye hifashishijwe iyakure

    Nishimwe Naomie Miss Rwanda 2020 agiye kubona umusimbura; mu muhango uzaba ku wa 20 Werurwe 2021 hifashishijwe ikoranabuhanga

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102873/si-bo-ba-mbere-bagiye-kubikora-uko-irushanwa-rya-miss-rwanda-2021-rizakorwa-kugeza-rirangi-102873.html

  • Zimwe mu mpamvu zituma Umusore aterwa indobo – #rwanda #RwOT

    N’ubwo akenshi usanga dushinja abaduteye indobo ko baduhemukiye, ku rundi ruhande ushobora gusanga na wa wundi wimwe urukundo abifitemo uruhare nk’uko muri iyi nkuru tugiye kubivuga.

     Impamvu zituma abasore baterwa indobo: 

    1.Uwo usaba urukundo ntiyiteguye 

    Buri wese agira uko ayobora amarangamutima ye kandi urukundo narwo ruyoborwa n'amarangamutima. Mu gushaka uwo musangira urukundo hari igihe ugwa ku muntu utiteguye kuruguha uko urushaka. Biterwa n'impamvu nyinshi.

    Ashobora kuba hari imipaka runaka yishyiriyeho ituma igihe yihaye ngo akundane kitaragera. Ashobora kuba ari mu gahinda k'uwo yakundaga batandukanye, witabye Imana, cyangwa ukundi guhangayika gutuma adashaka umujyana mu bintu by'urukundo. Nuko wamubwira ko wifuza ko mukundana agahita aguhakanira atari uko akwanze ahubwo kuko kuri we igihe kitaragera.

    Niho uzumva umuntu ashobora kukubwira ati ibyo uzabimbwire mu myaka ibiri iri imbere, itanu se cyangwa akakubwira ko bitamurimo. Iyo ushoboye kwihangana ugategereza hari igihe kigera amaze gutuza urukundo mukarusangira. 

    2. Ntuzi ibyo urimo

    Nibyo koko hari abantu bajya mu rukundo batazi ibyo barimo. Ukumva muri wowe ushaka gukundana ariko ibikorwa byawe bikagaragaza ko utari mu murongo wo gukundana. Bishobora kuba ubumenyi bucye bwo gutereta, kutabasha kwerekana icyo ushaka koko cyangwa se kuba udakuze mu mutwe mu bijyanye n'urukundo. 

    Aha hanazamo guhuzagurika ukaba ‘mvuye aha ngiye aha’, ibi rero uwo wifuzaho urukundo abibonamo kutamenya icyo ushaka cyangwa se kudakura. Ibuka ko abantu dutandukanye kandi imirimo ibiri yananiye impyisi niko umunyarwanda yavuze.

     3. Ntabwo uri kugeza aho ashaka 

    Aha niho ruzingiye wa mugani wa wa muririmbyi. Ikintu kibaho kigoye ni ukumenya uwo ushaka gukunda uko ashaka gukundwa cyangwa uburyo bwiza bwo kumwereka urukundo. Gutereta si ibintu bihita byizana urabyiga ukaniga uwo utereta. Wikwigira uwo utari we ngo ucyeke ko aribwo uzakundwa.

    Amagambo umubwira, igihe uyamubwirira, ibyo umukorera n'igihe ubikorera byose hamwe n'ibindi binyuranye usabwa kubyitaho no kubimenya bihagije. Icya mbere usabwa ni ugukanda kuri bouton ituma yirekura akakwibwira wese ku buryo amarangamutima ye uyamenya nawe ukamubwira ayawe.

    Aha iyo umaze kuhamenya uba wabashije gutsinda igitego. Niho uzasanga hari ukubwira ati kuva nabaho sindaterwa indobo, undi akubwire ko izo amaze kurya atazi umubare wazo. Byose biva mu kumenya uko utwara urukundo. Hano uzirikane kandi wibuke ko abantu bose atari bamwe bityo ntugire ngo uko Rucahaga yaterese Mukamusoni niko Busyete azatereta Nyirandizanye.

     4. Ushyize imbere imibonano gusa 

    Aha hareba cyane abagabo kurenza ko hareba abagore. Burya umuntu ugenzwa n'imibonano gusa ntabwo wamuyoberwa keretse nawe uri impumyi. Uko uganira, ibiganiro ukunda kumujyanamo, ahantu uba ushaka ko muhurira, amasaha uba ushaka ko muhura, byose ashobora kubishingiraho akamenya ko ikikuraje ishinga ari imibonano gusa.

    Aha rero naba umukobwa utagenzwa n'imibonano gusa ntugire ngo urukundo rwanyu ruzarenga umutaru. Niba unagenzwa koko n'imibonano kuko nabwo ni uburenganzira bwawe, kuki utabimubwira udaciye ku ruhande ariko? Ushobora gusanga nawe muri mu nzira imwe cyangwa se atari ko bimeze bityo bigahagarara hakiri kare utabanje kuvunika cyangwa gushoramo imitungo.

    Muri make guhakanirwa urukundo birababaza cyane kandi biremerera umutima ariko buri wese aba akwiye kureba ku ruhande rwe niba nta ruhare yaba abigiramo bityo guhindura imiteretere n'imikundire bikaba uburyo bwiza bwafasha gukunda no gukundwa nk’uko ubyifuza ndetse ugomba gusaba urukundo uteganya ibintu 2 kwemererwa no guhakanirwa rero niba wishyiramo ko wemererwa urukundo nta kabuza uzaba wibeshya. 

    Src:www.plurielles.com

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102872/zimwe-mu-mpamvu-zituma-umusore-aterwa-indobo-102872.html

  • Rulindo:Umusore yatawe muri yombi akekwaho kwica nyina afatanyije n'umukozi wo mu rugo #rwanda #RwOT

    Amakuru avuga ko muri urwo rugo habaga umukecuru n'umukozi wo mu rugo wahiriraga inka ubwatsi ndetse n'undi musore [umuhungu w'uwo mukecuru].

    Ahagana saa kumi n'ebyiri z'umugoroba wo ku wa Kane tariki 4 Gashyantare 2021, nibwo umuturage yanyuze muri ako gace abona uwo mugabo n'umusore bari hafi y'inzira baramuhamagara bamwereka umurambo w'uwo mukecuru.

    Uwatanze amakuru yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko uwo muturage yahise abona abo bantu babiri bafite isuka iriho amaraso ahita ahamagaza ubuyobozi bw'ibanze buhita bubafata.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akagari ka Rudogo, Oswald Kanyoni, yemereye IGIHE ko uwo mukecuru yapfuye ndetse hakekwa uwo muhungu we n'umukozi wo mu rugo ariko hakaba hagikorwa iperereza.

    Gitifu Kanyoni yavuze ko 'uwo muhungu we, n'umukozi bose bahise batabwa muri yombi aho bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Murambi mu gihe iperereza rigikomeje.'

    Abaturanyi bashyize mu majwi umuhungu wa Nyakwigendera bavuga ko yakunze kugaragaza ibikorwa by'imitwarire mibi n'ubwihebe.

    Gusa ngo yari asigaye aba muri Kigali aho yakoraga akazi ko kotsa inyama gusa ngo muri iyi minsi yari yaratashye ajya kuba iwabo nyuma y'aho Umujyi wa Kigali ushyizwe muri guma mu rugo.

    Inkuru ya IGIHE

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/rulindo-umusore-yatawe-muri-yombi-akekwaho-kwica-nyina-afatanyije-n-umukozi-wo

  • Mufate akaruhuko gato #rwanda #RwOT

    Arababwira ati 'Muze mwenyine ahiherereye, aho abantu bataba muruhuke ho hato.' Kuko hāri benshi banyuranamo bikaba ari urujya n’uruza, babura uko barya'. Mariko 6:3.

    Kuki Yesu yafashe umwanya wo kuruhuka? Kugira ngo abashe gukora neza bishoboka mu mirimo ye.

    Uyu munsi uramenyeshwa ko niba udafashe ikiruhuko, nta we uzakiguha. Yesu arashaka ko urokoka ingoyi y’isiganwa, mu gihe gikwiye kora ariko ufate n’akanya ko kuruhuka. Inzitizi za mbere zo gutsindwa ni akajagari cyangwa akavuyo. Ibi bigutera kwishora mu kazi ndetse ukumva wicira urubanza kandi wibwira uti: “Hariho byinshi byo gukora”.

    Yesu yabwiye abigishwa be ko bakwiye gufata ikiruhuko. Arababwira ati 'Muze mwenyine ahiherereye, aho abantu bataba muruhuke ho hato.' Kuko hāri benshi banyuranamo bikaba ari urujya n’uruza, babura uko barya'.Bagenda mu bwato bajya aho abantu bataba ngo biherēre.

    Ntutinye niba uri m u bushake bw’Imana

    Mubyukuri gukorera Imana iyo ubikoranye umutima ukunze ntabwo bidukomerera. Icyo dusabwa ni ukugenda uko imbaraga zacu zingana, ndetse tukagira n’umwanya wo gufata akaruhuko.'Kuko kunkorera kutaruhije, n’umutwaro wanjye utaremereye (Matayo 11:30).

    Kuruhuka ni ingenzi mu buzima kandi Yesu ari hafi yacu kugira ngo adusubizemo intege.

    Andyamisha mu cyanya cy’ubwatsi bubisi, Anjyana iruhande rw’amazi adasuma. Asubiza intege mu bugingo bwanjye, Anyobora inzira yo gukiranuka ku bw’izina rye. Naho nanyura mu gikombe cy’igicucu cy’urupfu, Sinzatinya ikibi cyose kuko ndi kumwe nawe, Inshyimbo yawe n’inkoni yawe ni byo bimpumuriza (Zaburi 23:2-4).

    Mbese wowe ku giti cyawe ni iki ukunda? Hitamo kujya muri parike cyangwa ahandi hantu hagufasha kuruhuka, bigereranye no kujya mu bitaro bitewe no kutaruhuka? Mubyukuri, ntabwo Imana izagombera kugutumaho, ahubwo ni ahawe ho gukoresha ubwenge bwawe bwite.

    Muri macye birakwiye kuruhuka kuko ni ingenzi mu buzima, kandi burya roho nzima ikwiriye gutura mu mubiri muzima kugira ngo umuntu abe yubakitse mu mubiri , mu maranagamutima ndetse no mu mwuka ni uko umuntu yiha gahunda yo gufata ikiruhuhuko mugihe gikwiye.

    Source: www.topchretien.com

    Source : https://agakiza.org/Mufate-akaruhuko-gato.html

  • Giorgio Chiellini yiyise ikigoryi kubera ikipe ikomeye mu Bwongereza yanze gukinira afite imyaka 16 #rwanda #RwOT

    Uyu kapiteni wa Juventus yavuze ko yari 'igicucu'kuba yaranze kwerekeza muri Arsenal kuko yemeraga kumuha umushahara mwiza ku myaka ye 16 ariko akanga kuyerekezamo kuko ngo yari kuba atereranye ikipe yakiniraga yitwa Livorno.

    Arsene Wenger yifuzaga kugura uyu myugariro ukomeye muri Arsenal ariko ngo uyu mukinnyi yahisemo kubera indahemuka ikipe ya Livorno,ikintu ngo yicuza cyane.

    Uyu myugariro watwaye ibikombe 9 bya Serie A,yahabwaga na Arsenal ibihumbi 66 by'amapawundi ku mwaka icyo gihe.

    Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru So Foot kuri iki cyemezo yafashe,yemeza ko ngo yahawe miliyoni 200 z'amafaranga akoreshwa mu Butaliyani.

    Yagize ati 'Nari mfite imyaka 16 nakinaga muri Serie C,nabonye ubusabe bwampaga miliyoni 200 z'amalira ku mwaka.

    Numvaga ntiteguye.Iyo mbyemera,byari kuntera kumva ko ngambaniye ikipe ya Livorno.'

    Chiellini yahise yerekeza muri AS Roma mu mwaka wakurikiyeho hanyuma yerekeza muri Juventus amaze gukinira imyaka 15.

    Uyu mukinnyi amaze gukinira ikipe y'Ubutaliyani inshuro 105.

    Uwahoze ari kapiteni wa Arsenal,Robin Van Persie,yahishuye ko yigeze kugira inama umutoza Arsene Wenger yo kugura Chiellini kubera ishyaka ryo gutsinda ahorana.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/giorgio-chiellini-yiyise-ikigoryi-kubera-ikipe-ikomeye-mu-bwongereza-yanze

  • Mutsinzi Ange, Byiringiro Lague na Fitina ba APR bari mu babengutswe n’amakipe #rwanda #RwOT

    Amakipe yabengutswe aba bakinnyi ntiyavuzwe gusa ngo bari mu bakinnyi bitwaye neza mu mikino bakiniye ikipe y’Igihugu Amavubi yagarukiye muri 1/4 cya CHAN.

    Abo ni Mutsinzi Ange, Byiringiro Lague na Omborenga Fitina ba APR FC ndetse na Hakizimana Muhadjili.

    Hari abakinnye CHAN bamaze kubona amakipe

    Umukinnyi Saidi Kyeyune w’Ikipe ya Uganda akaba sanzwe anakinira URA FC, ubu ni umukinnyi w’ikipe ya El Merreikh yo muri Sudan.

    Uyu mukinnyi yigaragaje atsinda ibitego bibiri by’amashoti ya kure yatsinze Togo na Maroc muri iri rushanwa rya CHAN.

    Peter Muduhwa myugariro wa Zimbabwe na we ubu ni umukinnyi wa Simba SC yo muri Tanzania aho yari avuye mu ikipe ya Highlanders FC yo muri Zimbabwe.

    Simba kandi yanasinyishije umukinnyi wo hagati wa DR Congo Doxa Gikanji, akaba yari asanzwe akinira ikipe ya Daring Club Motema Pembe.

    Soumaila Ouattara wa Burkina Faso usanzwe akinira Rahimo FC na we yamaze kwerekeza muri Raja Casablanca yo muri Maroc.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imikino/article/Mutsinzi-Ange-Byiringiro-Lague-na-Fitina-ba-APR-bari-mu-babengutswe-n-amakipe

  • Nizeyimana Mirafa yamaze gusinyira ikipe yo muri Zambia #rwanda #RwOT

    Nizeyimana Mirafa yamaze gusinyira ikipe ya Zanaco FC yo muri Zambia, ni mu gihe yari yitezwe muri Napsa Stars yo muri iki gihugu.

    Kuva mu Gushyingo 2020, Mirafa Nizeyimana ukina mu kibuga hagati muri Rayon Sports yari muri Zambia aho yari agiye kurangizanya n’ikipe ya Napsa Stars FC.

    Akigera muri iki gihugu ntibyakunze ko ayisinyira aho atumvikanye n’iyi kipe kuko ibyo bumvikanye akiri i Kigali iyi kipe yabihinduye.

    Uyu mukinnyi akaba yemereye ISIMBI ko yamaze gusinyira Zanaco FC kuko atabashije kumvikana n’ikipe ya Napsa Stars.

    Akaba yamaze gusinyira Zanaco FC yo muri Zambia imyaka ibiri y’amasezerano.

    Nizeyimana Mirafa akaba yari umukinnyi wa Rayon Sports yinjiyemo 2019 ayisinyira imyaka 2. Yakiniye amakipe atandukanye nka Etincelles, Police FC na Rayon Sports.

    Mirafa yamaze gusinyira Zanaco FC yo muri Zambia

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/nizeyimana-mirafa-yamaze-gusinyira-ikipe-yo-muri-zambia

  • Mugenzi wawe akeneye kukubonamo umumaro muri iki gihe #rwanda #RwOT

    Bibe bityo mwene Data, nkubonemo umumaro mu Mwami wacu, unduhure umutima muri Kristo. Filimoni 1: 2

    Mu isi tubaho mu buzima butandukanye, ariko buri wese uko ari Imana yamuhaye inzira yo gukoreramo umugisha binyuze muri mugenzi we, kuko buri wese agira icyo akenera ku wundi.

    Muri byose rero, umukoro ukomeye abantu dufite ku isi, ni ugushyira mu bikorwa itegeko ry’Imana ridusaba kugira urukundo [(Ukunde mugenzi wawe nk’uko Wikunda) Abalewi 19:18, Matayo 19:19, Abaroma 13:9]. Kandi tukabikora tutarambirwa ndetse tutinuba kugeza ku munsi wa nyuma w’ubuzima bwacu, kuko Imana nayo ntijya yinubira kudukorera ibyo tuyisaba.

    Icyo Imana igushakaho ni uko mugenzi wawe akubona nk’umugisha kuri we, ni uko abona kugira neza kw’Imana binyuze muri wowe. Ese wumva hari icyo urusha undi? Yego hari benshi ufite ibyo urusha ndetse bifuza kugera ku rwego ugezeho. Ese wibaza ngo ni ryari runaka ankeneye? Agukeneye uyu munsi.

    Ntiwavuga ko ukunda Imana, wirengagije ikibazo mugenzi wawe afite. Ntiwavuga ko ukorera Imana utarabona, umuturanyi wawe muziranye, wabonye ukanamenya ibye yabuze icyo agaburira abana, yaburaye se, yarembeye iwe ku bwo kubura ubushobozi, kandi hari icyo wowe wakora akoroherwa. Uyu munsi wagira icyo ukora ukabera abandi umugisha.

    Ntabwo twakijijwe ku bw’imirimo myiza twakoze ahubwo ni ubuntu, ariko tumaze kwizera Yesu, tugakizwa Yesu yaduhaye itegeko ryo gukora imirimo myiza, ndetse twasobanukiwe ko turi abo Imana yaremye ituremeye imirimo myiza muri Kristo Yesu, iyo Imana yiteguriye kera kugira ngo tuyigenderemo. (Abefeso 2:10). Ndetse niyo tuzahemberwa nitugera mu ijuru.

    Gukorera Imana ni ugukorera abantu. Uyu munsi, mugenzi wawe akwiriye kukubonamo igisubizo kimuhembura, umuruhure umutima.

    Imana ibahe umugisha kandi iduhe umutima ukunda abandi nkatwe ubwacu.

    Inyigisho yateguwe na Ev. Ernest Rutagungira

    Source: InyaRwanda.com

    Wanakurikira kandi iyi nyigisho igendanye no gufasha

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Mugenzi-wawe-akeneye-kukubona-nk-uw-umumaro-muri-iki-gihe.html

  • Rulindo : Umuguhungu uvugwaho kunanirana arakekwaho kwica nyina wamwibyariye #rwanda #RwOT

    Uyu musore usanzwe aba mu Mujyi wa Kigali aho akora akazi ko kotsa inyama, ngo yari aherutse gusubira kuba iwabo nyuma y’uko Umujyi wa Kigali usubijwe muri gahunda ya Guma mu rugo.

    Ikinyamakuru Igihe dukesha aya makuru, kivuga ko hari uwagihaye amakuru ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane Tariki 04 Gashyantare ari bwo abaturage bo mu Kagari ka Rudogo muri uriya Murenge wa Cyinzuzi babonye umurambo w’uriya mukecuru mu kanya gato bagahita babona uriya muhungu we n’umukozi wo muri ruriya rugo bafite isuka iriho amaraso.

    Oswald Kanyoni uyobora kariya Kagari ka Rudogo, avuga ko mu bahise bafatwa barimo uriya muhungu we ndetse n’uwo mukozi wakoraga akazi ko kwahirira inka ubwatsi.

    Yagize ati 'uwo muhungu we n’umukozi bose bahise batabwa muri yombi aho bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Murambi mu gihe iperereza rigikomeje.'

    Abaturanyi b’uriya muryango, bavuga ko uyu muhungu ukekwaho kwica nyina yakunze kurangwa n’imyitwarire mibi muri kariya gace.

    Ivomo : Igihe

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Rulindo-Umuguhungu-uvugwaho-kunanirana-arakekwaho-kwica-nyina-wamwibyariye

  • Ububabare bukabije Jacques Tuyisenge yanyuzemo, kubura ibitotsi mu ijoro ry’imvune yakanze abanyarwanda #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w’umunyarwanda ukinira APR FC akaba na kapiteni w’ikipe y’iguhugu ya CHAN, Jacques Tuyisenge yasobanuye ububabare bukomeye yanyuzemo ubwo yagiraga imvune mu mukino wa 1/4 wa CHAN 2020.

    Jacques Tuyisenge yagize ikibazo cy’imvune yo mu ivi ry’iburyo tariki ya 31 Mutarama 2021 mu mukino wa 1/4 cya CHAN 2020 irimo kubera muri Cameroun aho u Rwanda rwakinaga na Guinea Conakry.

    Ku munota wa 11 gusa, Jacques Tuyisenge yari asohotse mu kibuga kubera imvune nyuma yo gukandagirwa mu ivi na Mory Kanté ukina mu kibuga hagati muri Guinea Conakry.

    Uyu mukinnyi yasobanuye ko yagize ikibazo cy’inyama y’umukaya aho ivi rihurira aho azamara hanze y’ikibuga ibyumweru biri hagati ya 4 na 6.

    Ati“Nagize ikibazo cy’inyama y’umukaya w’aho ivi rihurira (ligament) yakwedutse, kandi yacitseho akantu gato, ariko abaganga bambwiye ko bidasaba kubagwa, bambwiye ko nzamara hagati y’ibyumweru bine na bitandatu ntakina.'

    Yakomeje avuga ko yanyuze mu buribwe bukabije ndetse ko atabashaga gukandagira ndetse n’iryo joro atasinziriye.

    Ati“Ngisohoka mu kibuga ntabwo nabashaga gukandagira ku buryo n’iryo joro nyuma y’umukino kuryama byaranze kubera ububabare bwinshi nari mfite, ariko ubu bwaragabanutse ndumva ndi koroherwa.'

    Jacques Tuyisenge akaba avuga ko arimo koroherwa, gusa yashimiye abanyarwanda uburyo babaye inyuma muri CHAN abizeza ko mu mikino iri imbere bazaba ibyishimo.

    Tuyisenge Jacques ahamya ko anyuze mu buribwe bukomeye

    Jacques Tuyisenge ntabwo umukino wa Guinea wamugendekeye neza, gusa ngo ubu arimo koroherwa

    Mory Kanté nyuma y’umukino yagiye gusaba imbabazi Jacques Tuyisenge

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/ububabare-bukabije-jacques-tuyisenge-yanyuzemo-kubura-ibitotsi-mu-ijoro-ry-imvune-yakanze-abanyarwanda