Category: Uncategorized

  • Jim Caviezel yahwituye abamanika amafoto ye mu nzu bazi ko ari we Yesu #rwanda #RwOT

    Abenshi ku isi bazi neza ishusho ya Yesu ariko nyamara abahanga bemeza ko nta foto ye yafashwe kuko ikoranabunga ribasha gufata amashusho n’amafoto byari bitaraza mu gihe cye, abazwi nka we abenshi ni abakinnye filime ye bisanisha newe barimo, Robert Powell, Jim Caviezel n’abandi.

    Reka tugaruke kuri Jim Caviezel, wanamenya ko mu bakinnye Filime za Yezu mu bihe bitandukanye, bamwe ntabwo bari n’abakirisitu ahubwo ni impano yabo ikomeye yo kwisanisha na Yesu mu nkuru ivugwa muri Bibiliya. Bityo ibyanditswe bigakinwa, ababikinnye bakamamara ku isi maze amadini n’amatorero bagatangira kumanika no kwambara isura y’aba bakinnyi.

    Jim Patrick Caviezel yavutse ku ya 26 Nzeri 1968, ni umukinnyi wa Filime w’umunyamerika. Caviezel yatangiye kumenyekana ku isi nyuma yo gukina muri Filime ya Yesu yitwa 'The Passion of the Christ’ akinamo nka Yezu Kirisito muri 2004.kuva icyo gihe yisanga mu nzu nyinshi ku isi amanitse mu byumba bamusenga akababara cyane. Mu zindi nshingano za Caviezel harimo kugaragara muri Filime 'The Thin Red Line' muri 1998 n’izindi nyinshi.

    Caviezel yavukiye ku musozi wa Vernon i Washington, akaba umuhungu wa Margaret wahoze ari umukinnyi wa filime akaba mwene James Caviezel, umushoramari wanakinaga Basketball. Jim Caviezel yakuriye mu muryango w’Abagatolika bakomeye i Conway, i Washington mu gihe Se akomoka muri Silovakiya no mu Busuwisi, naho nyina ni umunya-Irlande.
    Jim Patrick Caviezel

    Uyu mugabo Jim Caviezel w’imyaka 52 y’amavuko yari asanzwe ari umukinnyi wa Basketball ukomeye nka Se, ntiyabikomeza kubera yaje kuvunika ajya kwiga ibijyanye no gukina Filime aza kwinjira muri Hollyhood. Yatangiye impano ye kuva mu 1991. Nyuma yo kwigaraza nka Yesu hari byinshi bimubabaza abona hirya no hino harimo kuba abantu baba barajwe ishinga no kumubona bazi ko ari Yesu.

    Hari byinshi n’amagambo yavuze akomeye afasha benshi bayumvise yagize ati:

    'Sinshaka ko abantu bambona, nibabone Yesu. Sinifuza ko abantu banyizera, nibizere Yesu kuko ibyaha byanjye n’ibyaha byawe ni byo byamushyize ku musaraba”.

    Yakomeje agira ati”N’ubwo ujya mu rusengero buri cyumweru ariko ndakumenyesha ko Kristo nyawe ari hanze mu buzima bwa buri munsi, abo muhurira munzira ukabafasha utanabazi, uko ubaho ubuzima bwawe uko ubera urugero rwiza abandi ibyo byose birimo Yesu. Niba ushaka icyubahiro uyu munsi icishe bugufi kurusha uko wabikoraga umunsi wabanje. Mu bubabare bwose haba hihishemo amahirwe'.

    Source:inyarwanda.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Jim-Caviezel-yahwituye-abamanika-amafoto-ye-mu-nzu-bazi-ko-ari-we-Yesu.html

  • Neymar Jr yahishuye impamvu atifuza gukina muri shampiyona yo mu Bwongereza #rwanda #RwOT

    Neymar Jr byigeze kuvugwa ko yifuzwa n'ikipe ya Manchester United ubwo yatozwaga n'Umuholandi Louis Van Gaal,gusa uyu mukinnyi yavuze ko adashimishwa na Premier League kubera ko isaba gukoresha imbaraga z'umubiri cyane ndetse habamo gukoraaho bibyara imvune nyinshi.

    Neymar Jr yabwiye Mail ati 'Ntabwo nkunda kureba Premier League cyane gusa numvise ko ibamo imvune nyinshi no gukoranaho mu mukino.Gusa na shampiyona y'Ubufaransa ibamo gukoranaho cyane.'

    Neymar Jr yagiye atsinda amakipe menshi yo mu Bwongereza ibitego ubwo yari mu ikipe ya FC Barcelona niyo akinira ubu ya PSG ubwo bari muri Champions League.
    Mu nshuro 6 yahuye na Manchester City yayitsinze 5,atsinda kabiri Arsenal ndetse yatsinze rimwe Liverpool na Manchester United.

    Mu mukino wibukwa cyane uyu mukinnyi w'imyaka 28 aheruka gutsindamo ikipe yo mu Bwongereza,n'uwo yafashije PSG gutsinda United ibitego 3-1 aho yashwanye bikomeye na Scott McTominay ndetse bivugwa ko yamukuruye imyanya y'ibanga.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/neymar-jr-yahishuye-impamvu-atifuza-gukina-muri-shampiyona-yo-mu-bwongereza

  • Ubumwe bwa Africa 'bwizeje gutanga urukingo rwa Coronavirus mu byumweru bitatu' #rwanda #RwOT

    Ibiro ntaramakuru Reuters bisubiramo amagambo ya John Nkengasong ukuriye ikigo cyo kurwanya ibyorezo cya AU atangaza ibi, gusa ntiyavuze itariki iyo gahunda izatangiriraho.

    Mbere, AU yabanje kubona doze miliyoni 270 z'inkingo izakura ku bazikora ikaziha ibihugu bigize umuryango, mu cyumweru gishize AU yavzue ko yabonye aho izakura izindi doze miliyoni 400 za AstraZaneca.

    Ibihugu bimwe bya Africa byatangiye gukingira birimo Misiri, Guinea, Morocco na Seychelles.

    Africa y'Epfo, ifite umubare munini w'abapfa n'abandura iki cyorezo muri Africa, kuwa mbere nibwo yakiriye ikiciro cya mbere cy'inkingo ariko gahunda yo gukingira ntiratangira.

    Ibihugu byinshi bya Africa bizabona inkingo muri gahunda mpuzamahanga ya Covax, itandukanye n'iyi ya AU, gusa hari n'ibiteganya kwivuganira n'inganda zikora inkingo.

    Ibihugu bimwe bya Africa nk'u Burundi, Eritrea, Gabon, Lesotho, Madagascar na Tanzania ntibiri ku rutonde rw'agateganyo rw'ibizahabwa inkingo muri gahunda ya Covax.

    OMS ivuga ko ibihugu bitari kuri urwo rutonde rwatangajwe kuwa gatatu “byiguriye inkingo ubwabyo, ntibyazisabye, cyangwa se ntibirashyirwa mu bazazihabwa”.

    Covax igamije gufasha ibihugu bikennye kubona inkingo kuko hari impungenge z'uko ibihugu bikize biri kuzigwizaho ku buryo ibi bishobora kuburiramo.

    BBC

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/ubuzima/article/ubumwe-bwa-africa-bwizeje-gutanga-urukingo-rwa-coronavirus-mu-byumweru-bitatu

  • Umuhanzi Kagame Charles yahishuye uko Imana yamurokoye urupfu #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Kagame Charles uba Australia, arashima Imana yamurokoye impanuka aherutse gukora iba yaratwaye ubuzima bwe.

    Uyu muhanzi abarizwa mu itorero rya Lifehouse Church mu mujyi wa Coffs Harbour, ni naho akorera umuziki we wo kuramya no guhimbaza Imana.

    Kagame Charles umaze igihe kitari gito abarizwa hanze y’u Rwanda, mu minsi ishize humvikanye amakuru y’uko yakoze impanuka ikomeye, abakunzi be bakomeza kwibaza ukuri kwayo n’uko yaba amerewe magingo aya.

    Uyu muhanzi yemeje aya makuru aho avuga ko yakoze impanuka y’imodka ariko ubu akaba arimo gukira.

    Ati' Impanuka nakoze ni iy’imodoka nkaba naragize ikibazo cy’igufwa ry’akaboko k’iburyo, gusa ku bw’urukundo rw’Imana nkaba ndi amahoro ndetse ndi gukira'

    Ku ruhande rw’umuziki we avuga ko ibikorwa byinshi byakomwe mu nkokora n’icyorezo cya Coronavirus.

    Ati'Ku ruhande rwa muzika naho nkomeje gukora cyane n’ubwo ibikorwa twari dufite byagiye bikomwa mu nkokora na Coronavirus bigatuma bitazira igihe bisanzwe bizira, muri ibyo bikorwa harimo nk’indirimbo y’amashusho yagombaga gusohoka vuba mbere y’uko 'Guma mu rugo’ ya Kigali igaruka kuko hari scene zakorerwaga mu Rwanda. Ikindi hari indirimbo ziri muri studio ndetse harimo na collabo twifuzaga gukora mu gihe cyose icyorezo cyaba kiirangiye'.

    Indirimbo ye y’amashusho azaheraho ashyira hanze yitwa 'Amakuru' ikaba iri kuri Album ya mbere ari gukora igizwe n’indirimbo 10, amajwi yayo akaba yarakozwe na Boris.

    Yakomeje asaba abakunzi babo kubashyigikira ariko birinda iki cyorezo cyugarije Isi, bafatanya na leta mu kubahiriza ingamba zo kukirinda.

    Kagame Charles mu rugendo rwe rw’umuziki amaze gushyira hanze indirimbo 4, zirimo; 'Ahindura ibihe', 'Tubagarure', 'Ntuzibagirwe' ndetse n’indi yitwa 'Naragukunze'.

    Kagame Charles abarizwa muri Moriah Entertainment Group ibarizwamo abandi bahanzi b’amazina akomeye mu muziki wa Gospel barimo; Aline Gahongayire, Patient Bizimana, Gaby Kamanzi, Richard Ngendahayo, Kanuma Damascene , Fortran Bigirimana n’abandi.

    Charles Kagame ashimira Imana ku bw’impanuka yarokotse

    Amakuru niyo ndirimbo nshya ya Kagame igiye gusohoka

    Source : http://isimbi.rw/iyobokamana/article/umuhanzi-kagame-charles-yahishuye-uko-imana-yamurokoye-urupfu

  • Umuhanzikazi wabanye n'inyamaswa imyaka 5 yose yavuze ko atazi Clarisse Karasira| Yanavuze bimwe mu byo abantu batamenye ku Nzovu no ku Ntare – YEGOB #rwanda #RwOT

    Meliane Unesha, wakoze muri pariki y'Akagera mu gihe kingana n'imyaka 5 yose yavuze ko atazi Clarisse Karasira ndetse anavuga byinshi mu byo abantu batamenye ku nzovu ndetse n'intare. Ibi Meliane yabivugiye imbere ya camera za Afrimax Tv yagiranye ikiganiro nawe biciye kuri YouTube. Meliane usanzwe ari n'umuhanzikazi nyarwanda mu njyana ya gakondo yavuze ku bijyanye n'umuziki we aho yavuze ko yashyize hanze indirimbo ye nshya yise Arankunda ndetse anavuga ko umuhanzi Cyusa ari mu bo akunda ndetse afata nk'ikitegererezo mu njyana ya gakondo. Meliane yavuze ko umuhanzikazi Clarisse Karasira atamuzi bitangaza cyane umunyamakuru wa Afrimax Tv. Meliane kandi yaririmbiye abafana be muri iki kiganiro zimwe mu ndirimbo ze arizo Mukamo udakama ndetse na Arankunda ari nayo ndirimbo nshya ya Arankunda.

    Ku bijyanye nuko yabanye n'inyamaswa, Meliane yavuze ko yabanye n'inyamaswa mu gihe kingana n'imyaka 5 ubwo yakoraga muri pariki y'Akagera. Meliane yagize icyo avuga ku nzovu aho yavuze ko ari imwe mu nyamaswa 5 nini ku isi. Yavuze ko ipima ibiro bingana na toni 6 avuga ko itajya isinzira kuko ifite ubwonko bufite ibice bibiri (iyo igice kimwe kirushye kirekeraho gukora ikindi kigakora). Meliane yavuze ko inzovu inywa litiro 100 z'amazi buri munsi. Meliane kandi wabanye n'Intare muri pariki y'Akagera yavuze byinshi kuri zo aho yavuze ko ziri mu nyamaswa 5 nini ku isi ndetse anavuga ko intare zigira ubunebwe cyane kuko zisinzira amasaha 20 zigakora amasaha 4 gusa. Meliane yavuze kandi ko intare z'ingore arizo zijya guhiga zikazanira ingabo gusa ingabo zishobora gutabara nabwo aho rwakomeye.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/umuhanzikazi-wabanye-ninyamaswa-imyaka-5-yose-yavuze-ko-atazi-clarisse-karasira-yanavuze-bimwe-mu-byo-abantu-batamenye-ku-nzovu-no-ku-ntare/

  • Miss Yassipi yasabye umubyinnyi Jojo Breezy ko yamubera umukunzi kuri Saint Valentin – YEGOB #rwanda #RwOT

    Yassipi Casmir wabaye igisonga cya mbere ya Miss Rwanda 2019 yasabye, Jojo Breezy umwe mu basore bazi ku byina hano mu Rwanda, ko yazamubera umukunzi ku munsi w'abakundana uzwi nka Saint Valentin.

    Ubusanzwe abanyarwandakazi bakaba batazwiho kwisabira abahungu ko bababera bakunzi gusa Miss Yassip nyuma yo kubona video Jojo Breezy yashyize kuri status ye ya Whatsapp agaragaza ko azaba ari wenyine kuri Saint Valentin akaba yahise amubwira ati 'Please lemme be you valentine' aranzaho n'udutwenge twinshi.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/miss-yassipi-yasabye-umubyinnyi-jojo-breezy-ko-yamubera-umukunzi-kuri-saint-valentin/

  • Jules Sentore ameze nk’uwazutse! Uko nyina yagiye muri koma amezi 6 amutitwe(VIDEO) #rwanda #RwOT

    Masamba Intore akaba musaza wa nyina wa Jules Sentore yasobanuye uburyo nyina w’uyu muhanzi yakoze impanuka ikomeye yahitanye se maze Umutako Fanny(Nyina wa Jules Sentore) agahita ajya muri koma ari nabwo yari amutwite.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, Masamba yagarutse kuri mushiki we wamukurikiraga ari we nyina wa Jules Sentore, aho yavuze ko yari umuntu mwiza cyane ugira urukundo.

    Ati'Yari mushiki wanjye uzi kubyina cyane, agira urugwiro nabaga naje mfite stress, ni we wazimaraga, uramuvuze numva ndanamukumbuye cyane, ntushobora kubabara iruhande rwe, ntushobora gusonza imbere ye, yakoraga ibishoboka byose akagushakira icyo kurya, yari afite umutima mwiza cyane.'

    Yakomeje avuga ko Jules Sentore ameze nk’umuntu wazutse kuko yavutse mu buryo bugoye cyane ko batatekerezaga ko yavuka, ni nyuma y’impanuka se na nyina bakoze bamutwite aho papa we yahise yitaba Imana n’aho nyina akajya muri koma amezi 6.

    Ati'nyina ni we wangwaga mu ntege, yakoze impanuka na se wa Jules ahantu mu Ngagara(mu Burundi), se ahita apfa ubwo, nyina atwite Jules, yagiye muri koma hafi nk’amezi 6. Twari tubizi ko atwite, gusa twumvaga wenda nyina azakira ariko ntabwo twatekerezaga ko umwana yarokoka. Twarasenze cyane.'

    'Twari tukiri mu Burundi mu buhungiro ubanza Imana yaramvise amasengesho yacu, twabajije muganga atubwira ko umwana na nyina ari bazima ariko nyina yagize igikomere kizamumugaza. Turavuga tuti umwana na nyina barazutse.'

    Nyina wa Sentore na Se, bakoze impanuka bahura ibyumweru bibiri ngo bakore ubukwe, Sentore akaba yaravukiye mu muryango wo kwa Sentore(se wa Masamba).

    Jules Sentore akaba aherutse gusohora indirimbo yitwa 'Mama’, igaruka ku buzima bwe na nyina witabye Imana muri 2018.

    Masamba(ibumoso), yavuze uburyo Sentore Jules(iburyo) yavutse mu buryo bugoye

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/jules-sentore-ameze-nk-uwazutse-uko-nyina-yagiye-muri-koma-amezi-6-amutitwe-video

  • Bugesera : Abarobyi babonye umurambo w’umugabo uri m mufuka mu Kagera #rwanda #RwOT

    Bariya bagabo barobaga muri uriya mugezi ahazwi nko mu Karumuna, babonye umufuka ureremba mu mazi bawufunguye babonamo uwo murambo.

    Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 40 na 50 wabonetse mu Mugezi w’Akagera mu ruhande ruherereye mu Karere ka Bugesera, ubuyobozi buvuga ko butaramenya imyirondoro ye n’aho yiciwe.

    Uwamugira Beatha uyobora Umurenge wa Ntarama, yabwiye Ikinyamakuru Igihe dukesha iyi nkuru ko uriya murambo wabonetse mu masaha y’ikigoroba kuri uyu wa Kane.

    Yagize ati 'Bigaragara ko yapfuye nubwo tutamenye icyamwishe, twasanze bamukingishijeho agafuka, ni umugabo uri mu kigero cy’imyaka hagati ya 40 na 50.'

    Uyu muyobozi avuga ko imyirondoro y’uyu mugabo itaramenyekana kuko nta n’icyangombwa bamusanganye ndetse muri kariya gace hakaba hadatuwe.

    Yagize ati 'Abamubonye batubwiye ko babonye umurambo we uva mu Akagera bakawukurikira bakawukuramo ariko bavuga ko nta yandi makuru ye bazi, abenshi banahageze batubwiye ko babona batamuzi.'

    Iperereza ryahise ritangira mu gihe umubiri wa nyakwigendera wo wahise ujyanwa mu bitaro by’Itorero ADEPR kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Umutekano/article/Bugesera-Abarobyi-babonye-umurambo-w-umugabo-uri-m-mufuka-mu-Kagera

  • Ngoma : Umugore yakubise isuka Grenade atayizi imuturikana na mugenzi we #rwanda #RwOT

    Ngo ubwo bariho bahinga, aba bagore babonye iyi grenade ariko kuko bari bayizi, umwe ayikubita isuka ashaka kureba ibirimo imbere ihita ibarurikana irabakomeretsa.

    Nyamutera Emmanuel uyobora uyu Murenge wa Kazo, avuga ko kiriya gisasu kitabakomereke bikabije.

    Yagize ati 'Urebye ntabwo bikomeye cyane kuko twabajyanye ku Kigo Nderabuzima cya Mutenderi bitabwaho ku buryo ejo bazataha, ntabwo bakomeretse cyane.'

    Uyu muyobozi avuga ko umwe yakomeretse ku kaguru undi agakomereka mu rubavu mu buryo bworoheje kuko bose n’ubundi bahungaga.
    Avuga ko umwe muri bariya bagore akimara kuyikubita isuka, yatangiye gucumba umwotsi, na bo bakiruka ariko igahita iturika.

    Inzego z’umutekano zahise zimenyeshwa iby’iki gisasu, zihutiye kuhagera, zishakisha niba hari ibindi byaba biri hafi aho ariko babibuze.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Ngoma-Umugore-yakubise-isuka-Grenade-atayizi-imuturikana-na-mugenzi-we

  • Miss Albina yahishuye agahinda n'ububabare bukomeye yagize ubwo bamusangagamo Koronavirusi. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Miss Albina Sydney Kirenga wamenyekanye nyuma yo kuba Miss Popular Elegance Rwanda 2016, yatangaje urugendo rutoroshye yanyuzemo ubwo yanduraga icyorezo cya coronavirus avuga ko yararaga arira yumva ko agiye gupfa.

    Mu kiganiro uyu mukobwa yagiranye na ISIMBI TV yatangiye avuga ko kuya 06 Mutarama 2021 aribwo bamusanzemo koronavirusi ndetse ahita ashyirwa mu kato ati'sinari nzi ibyari byo siniyumvishaga ko narwara COVID19, ndi wa muntu uhorana sanitizer, n'agapfukamunwa'

    Yakomeje asobanura ububare yari afite ubwo yafatwaga,ati'naribwaga umutwe bidasanzwe,nkababara mu mumuhogo ,sinumve ibiryoshye ndetse simpumurirwe'.'Nararaga ndira , kuko numvaga ngiye gupfa.'

    Yasoje agira inama abahakana ko Covid-19 itabaho ,avuga ko buri wese ashobora kuyandura kandi ko bitakoroha kumenya aho umuntu yahurira na yo.

    Umva ikiganiro kirambuye cya Miss Albina ukanze hano hasi:

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/miss-albina-yahishuye-agahinda-nububabare-bukomeye-yagize-ubwo-bamusangagamo-koronavirusi/