Category: Uncategorized

  • The Ben yaba yajyanye muri Amerika n’umukunzi we Pamela? #rwanda #RwOT

    Umuhanzi nyarwanda The Ben wari umaze igihe yibera mu Rwanda, yaraye asubiye muri Amerika aho bivugwa ko yajyanye n’umukunzi we Uwicyeza Pamela, ni mu gihe uyu mukobwa yibereye muri Kenya.

    The Ben yari amaze umwaka urenga ari mu Rwanda aho yageze mu Gushyingo 2019 yitabiriye igitaramo cya East African Party cya 2019, akaba asubiye USA aho asanzwe aba anakorera umuziki we.

    Hibazwaga byinshi ku cyatumye uyu musore adasubirayo, ni mu gihe byavuzwe ko yamaze kugura inzu mu Rwanda ndetse atazasubirayo, gusa mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu akaba yasubiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Uyu musore akaba ataherekejwe n’umukunzi we Uwicyeza Pamela kuko amaze iminsi muri Kenya, amakuru akaba yavugaga ko ari ho azafatira indege imujyana muri Amerika akazahahurira na The Ben, gusa amakuru yizewe agera ku ISIMBI avuga ko atazamusangayo ndetse ko ari muri Kenya ku mpamvu ze bwite.

    The Ben yasubiye muri Amerika, byuvugwaga ko yajyanye n’umukunzi we ariko yibereye Kenya

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/the-ben-yaba-yajyanye-muri-amerika-n-umukunzi-we-pamela

  • Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa 'Idamange Yvonne' ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w'urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje #rwanda #RwOT

    Uyu mugore witwa Yvonne Idamange Iryamugwiza, akomoka I Kigese na Mibirizi mu Karere ka Kamonyi ho mu ntara y'amajyepfo, amaze kuba ikimenywa na bose kubera videwo ebyiri z'urufaya zikurikiranya yashyize ku murongo we wa Youtube zuzuye ihakana n'ipfobya rya Jenoside yakorewe abatutsi ndetse adasize kwikora mu nda kurimo gusebya Leta yahagaritse Jenoside akavuga ko ubu Jenoside leta yayigize igicuruzwa aho ngo ''icuruza amagufa y'abacu''nk'uko abivuga cyokora akavuga ko muri iyi minsi Covid 19 leta yayisimbuje iturufu ya Jenoside

    Videwo ya mbere Idamange uyu yayishyizeho kuwa 31 Mutarama 2021 ifite umutwe ugira uti ''Abanyarwanda turambiwe gufatirwaho imyanzuro idahwitse'', Videwo ya kabiri nayo ifite umutwe ugira uti 'TURASHAKA IBYEMEZO BINOGEYE ABANYARWANDA BITARI INTICA NTIKIZE' iyi yayishyizeho ku itariki ya 3 Gashyantare 2021, Iyo ubasha gusesengura ni videwo akora afatishije Telefone kuko amashusho yayo aciriritse cyane, Ariko iyo ukomeje gusesengura neza ibigaragarira amaso n'isesengura ni uko ari ibikorwa akora yifashishije indi kipe bakorana bafatanyije iyi migambi ye yo kwangisha ubuyobozi rubanda, igandisha abaturage ngo bigumure ku ngamba zo kwirinda iki cyorezo kibasiye isi cya Covid 19

    Idamange Iryamugwiza Yvonne ni Umugore w'abana bane, Uvuka kuri se Binego na nyina Mukansugaye, Yarokotse Jenoside yakorewe abatutsi nk'uko abyivugira muri izi videwo zombi akaba yararihiriwe n'Umushinga ufasha abacitse ku icumu batishoboye 'FARG', Gusa ntawushima kuko ngo Uyu muryango wari ukwiye kumwishyurira Amafaranga y'ishuri ukanarenzaho kujya umusura ukamukorera n'ibindi byinshi by'imiteto yagarutseho Nyamara arawugaya yirengagije ko mu bushobozi Leta y'Ubumwe yari ifite yarishyuriye abanyeshuri amafaranga y'ishuri,Ikabaha amafaranga y'urugendo,Ikavuza abakomerekejwe n'ingaruka za Jenoside ndetse n'izindi ndwara, ni umuryango wubakiye abatishoboye ugashaka aho Idamange ahera awugaya hakakuyobera ugasanga ibyo avuga byuje ubugome n'ubujije ndetse no kwoshywa n'ikipe itari ntoya yimirije imbere kubangamira Leta bikabije ibinyujije mu barokotse nka Idamange Yvonne, Nsabimana Sankara Callixte,Mushayidi Deo n'ibindi bigarasha nkawe

    Ubusanzwe atuye Kimironko munsi ya Gereza ahazwi nko mu Bibare, Ni umugore utabana n'umugabo kuko abamuzi cyane bivugwa ko Umugabo yamutanye abana bagahabwa Gatanya kuko uyu mugore yamusambaniragaho akamucyuraho abandi bagabo, Nyamara umugabo we yari yaririye arimara amushakira icyo gukora aho yamwubakiye Cyber café ariko undi n'abasambane we bakayirya bakayimara bakadukira n'imitungo y'Umugabo igihe umugabo we yafungwaga azira Cheque itazigamiye aho yacuruzaga Ibikoresho by'ubwubatsi n'ibindi, Aho umugabo afunguriwe yasanze nyamabara ingeso yarabaye ingeso niko gusaba Gatanya ibyinshi bihabwa Umugore Idamange wari usigaranye abana, Umugabo acaho aramuhunga yigira muri Leta zunze ubumwe za Amerika

    Ikigaragaza ko Idamange no mu busanzwe adashobotse kandi ari Indashima kuko utashima Leta yamukijije umuhoro ntiyashima n'Umugabo babyaranye abana kuko yahereye kera abamusaba ngo bamusange muri Amerika ariko Idamange akamubera ibamba kuko iteka yamusabaga amafaranga y'ishuri yabo n'ibindi byinshi kandi akabyongeraho no guhabwa ager ku madorali 1000$ ya buri kwezi, nicyo rero cyatumye amwima abana cyokora amuha impamvu ko niba abakeneye yareka akazana nabo, n'uko umugabo ati 'Sinaba naraguhunze ngo nkwihamagarire nzakomeza nyatange aho kukugira'

    Nta kuntu leta itamugize ahubwo aranga yibera indashima, Idamange yubakiwe inzu ku Rugarika mu karere ka Kamonyi arangije arayikodesha, amaze kubaka indi umwaka ushije iyo yubakiwe yarayitamiye arayigurisha ariko kandi akagaruka akavuga ngo Leta ntiyitaye ku bacitse ku icumu rya Jenoside Yakorewe Abatutsi
    Mu biganiro bye bigizwe no guhuzagurika gukomeye aho yikoma ingamba z'inzego zishinzwe ubuzima cyane cyane iya Guma mu rugo aho avuga ko idakwiye ariko kandi akongeraho ko n'Ingamba zo kurekera abana mu mashuri we abigereranya no gufungwa agahamarira abayobozi batandukanye barimo na Madame wa Perezida wa Repubulika akegera abaturage akabahumuriza kandi ibyo ubwabyo bidasiba gukorwa, Agaruka kuri Perezida Kagame aho avuga ko ategera abaturage ngo abahumurize ibi birasa neza n'ibyo ingirwa Padili ajya atangaza ugahita ubona ko Idamange yamaze gutamira uburozi bw'abatavuga rumwe n'ubutegetsi

    Hari aho yumvikana asaba Gen. James Kabarebe kubatabara agakuraho ubutegetsi akirengagiza ko Gen. Kabarebe azi agaciro k'igihugu n'ibikorwa ndashyikirwa byacyo birimo na Jenoside yahagaritswe abigizemo uruhare nk'ingabo y'Igihugu

    Abacitse ku icumu barimo gufata Idamange Yvonne Iryamugwiza nk'Umugome bakamusabira gukurikiranwa n'inzego ndetse n'imiryango iharanira uburenganzira bw'ababarokotse Jenoside ikaba itegura gutanga ikirego akisobanura mu bikorwa bipfobya Jenoside yakorewe abatutsi, nk'aho Idamange avuga ko Leta ikoresha Jenoside nk'iturufu ikagurisha inzibutso zibereyeho kwinjiza amadevize imibiri igacuruzwa kandi abarokotse babayeho nk'abasigajwe inyuma n'amateka, abarokotse Jenoside bamwamaganiye kure ndetse banongeraho ko yabitewe no gusinda amahoro,guhaga demokarasi isesuye n'ibindi, aho adashimira inkotanyi zamurokoye agahitamo gutwika ibigega aho amariye guhaga nkaho atazongera guhaga

    Abenshi bafata Idamange nk'Umupfapfa ukeneye kuva mu gihugu akajya muri Amerika ariko kugirango abone VISA akumva ko yabanza gusebya no gusenya iwabo kuko izindi nzira zanze, arashaka gusiga abibye urwango mu banyarwanda no kubifuriza inabi yitwaje Bibiliya ngo izamurengera yipfayonza kandi Jenoside yarabaye ari mukuru kuko yari afite imyaka 15, abamukurikiye ku mbuga nkoranyambaga ahubwo bashinje Idamange ko ari we ukoresha Jenoside nk'iturufu ahubwo kuko akeneye VISA na Go fund me bamwibutsa ko uwububa abonwa n'Uhagaze ko ibi bitekerezo asangiye na Ingabire Victoire,Umubavu,Nahimana n'abandi bizamwikoreza amashyiga ashyushye ubutabera bumutegereje.

    The post Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa 'Idamange Yvonne' ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w'urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/abarokotse-jenoside-yakorewe-abatutsi-baributsa-idamange-yvonne-ko-leta-yabarokoye-ikabakura-ku-mwobo-wurupfu-ahubwo-ariwe-ukoresha-iturufu-ya-jenoside-ngo-abone-visa-na-go/

  • CSP Kayumba uyobora Gereza ya Nyarugenge yatawe muri yombi akekwaho ubuhemu #rwanda #RwOT

    CSP Kayumba yatawe muri yombi hamwe n’abandi bantu babiri bakorana ari bo Eric Ntakirutimana na Mutamaniwa Euphraim bose bakekwaho kiriya cyaha cy’ubuhemu.

    Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry avuga ko iperereza kuri aba bantu barimo umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge rikomeje bityo ko nta byinshi yavuga kuri kiriya cyaha bakekwaho.

    Aba bose uko ari batatu bafungiye kuri station za RIB zitandukanye kuko CSP Kayumba afungiye kuri station ya Remera naho Ntakirutimana akaba afungiye ku ya Kicukiro naho mu gihe Eupfrem afungiye kuri station ya Kimihurura.

    Si ubwa mbere CSP Kayumba Innocent ayoboye iyi gereza ya Nyarugenge kuko n’ubundi yayiyoboye mbere y’uko ihabwa CSP Camille Zuba uherutse guhabwa kuyobora indi gereza.

    CSP Kayumba Innocent amaze igihe kitari kinini yongeye guhabwa kuyobora iyi gereza ya Nyarugenge nyuma y’uko CSP Camille Zuba wayiyoboraga atawe muri yombi ashinjwa icyaha cy’itonesha yaje kugirwaho umwere.

    CSP Kayumba wayoboye amagereza atandukanye, yayoboye kandi gereza ya Rubavu iherereye mu Karere ka Rubavu.

    CSP Camille Zuba yari aherutse gusimbura mu minsi ishize na we yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cy’itonesha ngo kuko yari yemereye Robert Nyamvumba (umuvandimwe wa Gen Nyamvumba Patrick) gusurwa mu bihe bya COVID ubwo abagororwa batari bemerewe gusurwa.

    CSP Camille Zuba waje kugirwa umwere kuri iki cyaha, yasubijwe mu kazi ubu ayobora gereza y’abagore ya Musanze.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/CSP-Kayumba-uyobora-Gereza-ya-Nyarugenge-yatawe-muri-yombi-akekwaho-ubuhemu

  • Reba igisubizo Miss Nishimwe Naomie yahaye umusore wifuje kuryamana nawe – YEGOB #rwanda #RwOT

    Nishimwe Naomie wabaye miss Rwanda 2020 ni umwe mu banyarwandakazi bakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho akurikirwa n'abantu basaga ibihimbu 170. Uyu munsi rero uyu mukobwa akaba yahuye n'uruva gusenya ubwo umwe mubafana be yanditse comment ku ifoto ye yumvikanisha ko kuryamana nawe byaba ari ntako bisa.

    Miss Naomie akaba yahise amusubiza amugira inama, agira ati :'@ni_eric10 Mufite amagambo adahesheje Imana icyubahiro. Mwisubireho!'.

    Nyuma yo kubona ayo magambo y'uyu musore abandi bafana ba Naomie bakaba bamwandikiye comment bamwihanganisha kubwo amagambo mabi uwo musore yamubwiye ndetse ari nako nabo bacyaha uwo musore bamugira  inama yo kwisubiraho ndetse banamusabira ko Yezu yamugenderera

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/reba-igisubizo-miss-nishimwe-naomie-yahaye-umusore-wifuje-kuryamana-nawe/

  • Ibya Rayon Sport birarangiye nyuma yo kunanirwa kwishyura ubukode – YEGOB #rwanda #RwOT

    Taliki 16 ukwakira 2020 nibwo ikipe ya Rayon Sport yafunguye Office yayo kumugaragaro aho yagiye gukorera mu nzu nziza ya Etage iherereye Kimihurura. Gusa uyu munsi amakuru agera kuri Yegob akaba yemeza ko ikipe ya Rayon Sport yamaze kwirukanwa muri iyi nzu nyuma yo ku nanirwa kwishyura.

    Nkuko umunyakuru wa Radio 10 yabitangaje mu kiganiro 'Urukiko', ngo ubuyobozi bwa Rayon Sport ndetse n'abakinnyi bayo bari bacumbitse kuri iyi nzu bose basohowe mu nzu kubera Rayon yananiwe kwishyura ubukode.

    Iyi nzu ubusanzwe ifungura ikaba yari iteganyijwe ko izajya ikoreramo ubuyobozi bwa Rayon Sports, abatoza, abaganga, Team Manager ndetse n'abashinzwe itangazamakuru muri Rayon Sports, gusa nkuko umunyamakuru wa Radio 10 yabitangaje ngo hari hasigaye hacumbitsemo n'abakinnyi b'abanyamahanga ba Rayon.

     

    Photo: Rwandamagazine.com

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/ibya-rayon-sport-birarangiye-nyuma-yo-kunanirwa-kwishyura-ubukode/

  • Butera Knowless na Ishimwe Clement bibarutse umwana wa 2 mu ibanga rikomeye cyane #rwanda #RwOT

    Mu minsi yashize nibwo byavuzwe cyane mu itangazamakuru ko Knowless na Producer Clement babyaye undi mwana, gusa baza kunyomoza aya makuru bavuga ko umwana ari umugisha batari kubihisha.

    Mu kiganiro amahumbezi cya RBA, Knowless umaze gushyira hanze indirimbo ye yise Papa yavuze ko yamaze kwibaruka umwana bihaye izina rikubiyemo amazina yabo yombi 'Ishimwe Inzora Butera ',.

    Ubusanzwe aba bombi bari bafite umwana w'umukobwa witwa Ishimwe Or Butera babyaye muri 2016,nubwo batifuje gutangaza igitsina cy'umwana bibarutse,gusa dukurikije amazina bamwise ashobora kuba nawe ari umukobwa.

    Ibi bibaye nyuma y'uko Producer Clement Ishimwe ari nawe mugabo w'isezerano wa Butera Knowless,aherutse gutangariza KT Press ko ari ibihuha Knowless adatwite yewe ko ngo biramutse ari ukuri byaba ari ibyishimo ku muryango we ndetse ko badakwiye guhisha iyo nkuru nziza.

    Tariki ya 7 Kanama 2016 ni bwo ubukwe bw'ibi byamamare mu Rwanda bwabaye, bwabereye Nyamata, Golden Tulip, bakaba bamaze kubyarana umwana umwe w'umukobwa.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/article/butera-knowless-na-ishimwe-clement-bibarutse-umwana-wa-2-mu-ibanga-rikomeye

  • Hari ibigangiro byo kuri Youtube bipfobya Jenoside bikanabiba amacakubiri- CNLG yatanze umuburo #rwanda #RwOT

    Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside yashyize hanze itangazo kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Gashyantare 2021 riburira abantu bakoresha imbuga nkoranyambaga batambutsa imvugo zipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ko hari amategeko abahana mu Rwanda.

    Isohoye iri tangazo mu gihe habura amezi abiri ngo Abanyarwanda n’inshuti zabo binjire mu cyumweru cyahariwe Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi.

    CNLG ivuga ko iyo ibihe nk’ibi byegereje hari abashyira imbaraga mu bikorwa byo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no gutesha agaciro ibyiza bimaze kugerwaho kuva Umuryango RPF-Inkotanyi wahagarika Jenoside.

    Komisiyo yo Kurwanya Jenoside ivuga ko abakora ibi bikorwa bifashisha imbuga nkoranyambaga zirimo na Youtube igezweho muri ibi bihe.

    Ivuga ko yasesenguye ibiganiro bitambuka kuri Youtube, igasanga 'Hagenda hakoreshwa imvugo zirimo ingengabitekerezo ya Jenoside, zirangwa no gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, kuyitesha agaciro, izikurura amacakubiri mu Banyarwanda, Kwangisha abaturage gahunda z’ubuyobozi bw’Igihugu, kubakangurira kwigomeka no gutera abaturage intugunda hagamijwe kubyutsa imidugararo.'

    CNLG yibukije ko myitwarire nk’iyi ibujijwe mu Rwanda kandi kandi ihanwa n’amategeko anyuranye arimo Itegeko Nshinga ndetse n’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano.

    Ivuga ko buri Munyarwanda afite ubwisanzure n’uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo ariko ko agomba kwibuka ko hari imbago zishyirwaho n’aya mategeko.


    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Hari-bigangiro-byo-kuri-Youtube-bipfobya-Jenoside-bikanabiba-amacakubiri-CNLG-yatanze-umuburo

  • The Ben ubu ntakibarizwa mu Rwanda…Yasubiye muri America #rwanda #RwOT

    Umwe mu nshuti za hafi z’uyu muhanzi wa R&B yabwiye ikinyamakuru Igihe dukesha aya makuru ko, uyu muhanzi wari umaze iminsi ari mu Rwanda ko yasubiye muri USA kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Gashyantare 2021.

    Iyo nshuti ya The Ben yabwiye Igihe ati 'The Ben yaragiye, ubu tuvugana rwose yamaze kugera i Chicago amahoro.'

    The Ben yaje mu Rwanda mu kwezi k’Ugushyingo 2019 ubwo yari aje mu butumire bwo kuririmba mu gitaramo East African Party gisanzwe kiba mu mpera z’umwaka n’intangiro z’undi.

    Icyo gihe yageze mu Rwanda ibihe bidasanzwe by’icyorezo cya COVID-19 bimusanga ari mu Rwanda ahita aguma iwabo, akaba ari no mu bahanzi bataramiye abaturarwanda mu bihe bya Guma mu Rugo yo mu gihugu hose yifashishije imbuga nkoranyambaga.

    Uyu musore utarashyize hanze indirimbo nyinshi muri uyu mwaka ushize wa 2020, aherutse kwerura ko ari mu rukundo n’umukobwa witabiriye irushanwa ry’ubwiza ya Miss Rwanda.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/The-Ben-ubu-ntakibarizwa-mu-Rwanda-Yasubiye-muri-America

  • Miliyari 12 Frw nizo u Rwanda rukeneye mu gusuzuma kanseri y'inkondo y'umura mu myaka itanu – #rwanda #RwOT

    Ibi byatangajwe n'Umuyobozi w'Ishami rishinzwe kurwanya Kanseri muri RBC, Hagenimana Marc, mu nama yabaye ku wa 4 Gashyantare 2021, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wo kurwanya Kanseri, yari igamije kureba intambwe u Rwanda rumaze gutera mu kurandura kanseri y'inkondo y'umura no kumenya kare kanseri y'ibere.

    Yavuze ko ayo mafaranga atazakoreshwa gusa mu bukangurambaga bwo gukangurira abaturage kwisuzumisha kanseri hakiri kare, ahubwo azanakoreshwa mu gusuzuma nibura 70% y'abagore bagera kuri miliyoni 1,4 ahatangirwa serivisi z'ubuzima hose.

    Hagenimana yavuze ko n'ubwo intambwe ya mbere mu kurwanya izi kanseri zombi (iy'inkondo y'umura n'iy'ibere) ari ukuzibona kare, icyorezo cya COVID-19 cyatumye abagore benshi barekera aho kwitabira gahunda yo kujya kwisuzumisha kanseri.

    Ati 'Kuba ubukungu bwa benshi butameze neza muri iki gihe, hakiyongeraho kugira ubwoba bwo kuba bakwandurira COVID-19 aho bajya kwisuzumishiriza, ndetse no kuba hari abananiwe gukoresha uburyo bwashyizweho bwo gusaba impushya mu gihe cya Guma mu Rugo, byatumye umubare w'abagore baza kwisuzumisha ugabanuka cyane.'

    Hagenimana yongeyeho ko by'umwihariko muri iki gihe imbaraga nyinshi zashyizwe mu guhangana na COVID-19, bikaba byaratumye izindi ndwara na kanseri irimo zisa n'izitari kwitabwaho cyane.

    Yavuze ko mu gihe imbaraga zashyizwe mu guhangana na COVID-19 zidasaranganyijwe ngo zikoreshwe no mu guhangana na kanseri we yise 'ikishi', ngo bishobora kuzatuma yiyongera cyane.

    Yagize ati 'Ntabwo bishoboka kuri ubu gutegura amahugurwa n'inama, niyo mpamvu byatugoye kuba twakora ibikorwa byo gusuzuma abantu mu turere twinshi. Dukwiye kugumya gukora ubukangurambaga n'ubwo COVID-19 igihari cyane ko tutazi n'igihe izarangirira.

    N'ubwo bimeze bityo, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima, Lt Col. Tharcisse Mpunga, yavuze ko u Rwanda rumaze gutera intambwe ikomeye mu kugera ku ntego y'Isi yo kurandura kanseri y'inkondo y'umura.

    Yavuze ko leta yari ibizi ko gusuzuma kanseri bigomba kujyana no kongera ibikorwaremezo bifasha mu kwita ku bayirwaye, niyo mpamvu hashyizweho ibikorwaremezo bitandukanye bifasha mu kuvura abarwaye kanseri birimo ibitaro bya Butaro biri mu Ntara y'Amajyaruguru, ndetse hahuguwe benshi kugira ngo babashe kwita ku barwaye kanseri.

    Ati 'Dufite icyizere ko mu iterambere tumaze kugeraho mu kugira ibikorwaremezo bikwiriye mu kwita ku barwayi ba kanseri, ndetse na serivisi z'ubwishingizi zikomeye, tuzabasha kugeza ubuvuzi buboneye ku bagore byibuze 90% barwaye kanseri y'inkondo y'umura na mbere y'umwaka wa 2030.'

    Imibare y'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye igaragaza ko ¼ cy'abahitanwa na kanseri y'inkondo y'umura ku Isi yose ari abo muri Afurika. Benshi muri bo ngo ni abajya kwivuza kanseri yaramaze kugera ku rugero rwo hejuru amahirwe y'uko yakira ari make.

    Lt Col. Mpunga yavuze ko iyo kanseri y'inkondo y'umura ibashije kugaragara hakiri kare ivurwa igakira, bityo asaba abagore kwitabira serivisi zo kwisuzumisha iyi kanseri kugira ngo babashe kwitabwaho bikwiriye amazi atararenga inkombe.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/miliyari-12-frw-nizo-u-rwanda-rukeneye-mu-gusuzuma-kanseri-y-inkondo-y-umura-mu

  • Groupe Duval igiye kubaka kuri “Minijust” yavuze icyatumye ibenguka u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Groupe Duval yashinzwe mu 1996 na Eric Duval ariko iyoborwa na Pauline Duval. Mu Rwanda ibikorwa byayo bishingiye kuri sosiyete yitwa Duval Great Lakes Ltd iyoborwa na Vicky Murabukirwa. Groupe Duval yashoye mu mishinga y'ubwubatsi, kwakira abantu, gutunganya ibyo kurya n'ibindi.

    Mu kiganiro Vicky Murabukirwa yagiranye na CNBC Africa, yavuze ko bahisemo gukorera ishoramari mu Rwanda kuko ari igihugu cyiza kiberanye n'ibijyanye n'ubucuruzi kandi kikaba cyarashyizeho ingamba zo korohereza ababukora.

    Ati 'Hari impamvu eshatu tugomba kugenderaho navuga ko iya mbere ari uburyo bwiza bufasha gukora ubucuruzi mu Rwanda, murabizi ko u Rwanda ruri ku mwanya wa kabiri nk'ahantu heza ho gukorera ubucuruzi muri Afurika nyuma y'ibirwa bya Maurice.'

    Indi mpamvu ngo bahisemo gukorera ishoramari mu Rwanda ni uko ubuyobozi bwarwo buharanira guteza imbere ishoramari.

    Ati 'Dufite ubufasha bwa Guverinoma binyuze muri RDB mu guteza imbere ishoramari ryaba iry'imbere mu gihugu n'iry'abanyamahanga ndetse n'imiyoborere ntagereranywa.'

    Yavuze ko kuba umusaruro mbube w'u Rwanda nawo ugenda uzamuka biri mu byatumye bahitamo kuhakorera iri shoramari.

    Murabukirwa yakomeje avuga ko muri iki gihe cya COVID-19 abashoramari bakwiye gufatanya na Leta bagashyiraho ingamba zizafasha guhanga akazi bityo n'abakabuze kubera iki cyorezo bakongera kukabona.

    Ati 'Murabizi ko muri iki gihe cy'icyorezo cya COVID-19 kiri kugira ingaruka ku Isi yose kuva kuri Australia, Amerika na Afurika, turi mu bibazo ariko dufite Guverinoma yacu iri gukora cyane ishyiraho ingamba kugira ngo barwanye iki cyorezo, dufite urukingo ruzaza vuba cyane hashingiwe kuri ibyo byose ndatekereza ko iki ari igihe cyo kugira ngo abari mu bucuruzi guhaguruka tugakorana na Guverinoma kugira ngo dutangire gutegura gahunda z'iterambere zizatanga akazi.'

    Iyi nyubako ya Inzovu izubakwa na Groupe Duval izaba ijyanye n'igihe kuko izubakwa mu buryo butangiza ibidukikije. Izaba irimo kandi Sosiyete y'Amahoteli y'Abafaransa, Odalys City Business Apart Hotel.

    Mu Inzovu hazaba harimo ibikorwa bitandukanye by'ubucuruzi, imikino y'amahirwe, aho kwidagadurira, za restaurant n'ibindi bitandukanye. Byitezwe kandi ko izaba ikiraro mu kongera umubare wa ba mukerarugendo basura u Rwanda.

    Muri uyu mwaka nibwo byitezwe ko uyu mushinga uzatangira, aho ibikorwa by'ubwubatsi bizihutishwa cyane.

    Groupe Duval kandi kugeza ubu niyo yahawe inshingano zo gucunga ibikorwa by'ikibuga gishya cya Golf binyuze mu kigo cyitwa UGolf Great Lakes Ltd gishamikiye kuri UGolf isanzwe igenzurwa na Groupe Duval.

    Ku wa 27 Mutarama 2021 Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi Mukuru wa Groupe Duval, Eric Duval, hamwe n'itsinda rye, baganira kuri iyi mishinga yose iyi sosiyete iteganya gukorera mu Rwanda.

    Aha hari muri Mutarama ubwo Perezida Kagame yakiraga abayobozi ba Group Duval

    Inzovu Mall izubakwa ahazwi nka Minujust


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/groupe-duval-yavuze-icyatumye-ibenguka-u-rwanda-ikiyemeza-ku-hakorera