Category: Uncategorized

  • Restaurant z'i Kigali ziratabaza kubera ibihombo – #rwanda #RwOT

    Aba bacuruza Restaurant bagaragaje izi mpungenge mu ibaruwa bandikiye Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere, RDB, Clare Akamanzi, ndetse banatanga kopi yayo mu Biro bya Minisitiri w'Intebe ndetse no muri Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda, MINICOM.

    Icyifuzo nyamukuru cy'aba bacuruzi, ni uko Leta yadohoro ku ngamba yashyizeo zo kwirinda Coronavirus, ku buryo aho gufunga saa kumi n'ebyiri z'umugoroba, nk'uko amabwiriza yashyizweho abiteganya muri ibi bihe bya Guma mu Rugo mu Mujyi wa Kigali, nibura bo bakwemererwa gufunga saa tatu z'ijoro, bagakomeza gutanga serivise zabo ku bazikenera mu masaha ya nijoro, ari na yo abamo icyashara cyinshi muri ubwo bucuruzi.

    Mu nyandiko yabo, bagize bati “turandika dusaba ubufasha bwa Goverinoma y'u Rwanda, bwo kwemerera Restaurant z'i Kigali gukomeza gukora muri ibi bihe bya Guma mu Rugo. Amabwiriza yashyizweho yo guhangana n'icyorezo cya Coronavirus yaduteye ibibazo bikomeye, asenya ubushobozi bwacu bwo gutanga serivise ndetse adushyira mu kaga gakomeye ko gufunga burundu no guhomba”.

    Aba bacuruzi ba Restaurant bavuga ko ibihe by'icyorezo byagize ingaruka zikomeye ku bucuruzi bwabo, kuko bushingiye ku ngendo no gusabana kandi ibyo bikabarizwa mu bikorwa byakumiriwe, cyangwa bikagabanywa kuko ari bimwe mu bishobora gukwirakwiza icyorezo cya Coronavirus.

    Bongeyeho ko ubwo bufasha bukenewe bwangu nk'uko byagenze muri Guma mu Rugo yabaye mu mwaka ushize, hagati ya Werurwe na GIcurasi.

    Bagize bati “muri Guma mu Rugo ya mbere, ibikorwa byo gukomeza kugemurira abakiliya bacu byemerewe gukomeza gukora kugeza saa tatu z'ijoro. Ariko amabwiriza yashyizweho ubu asaba ko ibikorwa by'ubucuruzi bifungwa saa kumi n'ebyiri. Ingaruka z'aya mabwiriza ni uko tugomba gufunga saa kumi z'umugoroba kugira ngo abakozi bacu babone uko bataha”.

    “Kubera izo mpamvu rero, ntidushobora gutanga serivise mu masaha y'umugoroba na nijoro, kandi ari bwo ubucuruzi bwacu buba buri kugenda neza cyane, ndetse ari na bwo twinjiza agatubutse. Uko bihagaze kuri ubu, Restaurant zacu zimaze gutakaza amafaranga yinjizwaga ari hagati ya 40% na 50% ku mpuzandengo, kandi aya mabwiriza mashya [atubuza kugemurira abakiliya bacu] ashobora kugabanyaho hagati ya 50% na 60% ku mafaranga yinjiraga”.

    Bongeyeho ko usibye n'ubucuruzi bwabo, aya mabwiriza mashya anabangamiye cyane abantu badashobora kubona uko bajya ku masoko guhaha kuko asigaye afunga kare, bati “kubera gufunga saa kumi n'ebyiri, ntidushobora gutanga amafunguro ya nijoro ku bakiliya bacu bagaragaje ko bakeneye izi serivise – cyane cyane abakozi batabona umwanya wo guhaha n'ababyeyi bigishiriza abana mu rugo ntibabone uko bajya guhaha mu masaha y'umunsi”.

    Mu gihe baramuka bahawe uburenganzira bwo gukomeza imirimo yabo, aba bacuruzi basezeranyije ko bazubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus ndetse ko bazakorana n'ibigo byemewe byo gutwara abantu ku buryo bizajya bicyura abakozi babo.

    Mu gihe nta gikozwe, aba bacuruzi bavuze ko bashobora kuzahomba burundu bagafunga imiryango, kandi bikaba byagira ingaruka ku bukungu bw'igihugu muri rusange kuko byakongera abashomeri, ndetse bikanatuma abahinzi, n'abandi bafatanyabikorwa bungukiraga muri ubu bucurizi bwa Restaurant zabo bahomba.

    Hagati aho, aba bacuruzi basobanura ko bumva neza impamvu z'amabwiriza yashyizweho yo guhangana na Coronavirus, kandi ko icyifuzo cyabo kitazayabangamira, ahubwo ko kizuzanya no kurengera ubuzima bw'abantu, kurinda ibura ry'akazi ndetse n'izindi ngamba za Leta zo kwirinda Coronavirus.

    RDB ari nayo yari yandikiwe, yaje gusubiza ubutumwa bw'iyi baruwa ku rubuga rwa Twitter, bavuga ko “iki cyifuzo cyakiriwe kandi cyaganiriweho n'inzego bireba, gusa icyemezo cyafashwe ni icyo gukomeza kubahiriza amasaha yo gufunga ibikorwa yashyizweho bitewe n'uko icyorezo cya Coronavirus gihagaze mu Mujyi wa Kigali”.

    Gahunda ya Guma mu Rugo yashyizweho mu Mujyi wa Kigali ku wa 7 Gashyantare.

    Support Kigali’s restaurants! Restaurants are going bankrupt & people cant buy dinner after 4:45. Please consider our request from last week to return food delivery hours to 9:00 so we can stay in business #supportKGLstaurants🙏😷@RDBrwanda @RwandaTrade @UrugwiroVillage pic.twitter.com/vJ8BVpEQ0e

    — Andrew Kent (@Afrikent) February 5, 2021

    Support Kigali’s restaurants! Restaurants are going bankrupt & people cant buy dinner after 4:45. Please consider our request from last week to return food delivery hours to 9:00 so we can stay in business #supportKGLstaurants🙏😷@RDBrwanda @RwandaTrade @UrugwiroVillage pic.twitter.com/vJ8BVpEQ0e

    — Andrew Kent (@Afrikent) February 5, 2021

    Food delivery is an essential service for busy workers who don’t have time to cook, especially now with children home from school. It’s difficult for people to get dinner when they cannot buy food after 4:45pm

    — Andrew Kent (@Afrikent) February 5, 2021

    We’re not asking for a return to full capacity and crowds – just a return to the 9pm delivery times that helped us during the original successful lockdown. Murakoze!

    — Andrew Kent (@Afrikent) February 5, 2021

    Hi Andrew.

    This request was received and considered by the national COVID-19 taskforce, however, a decision was made to maintain current curfew due to the COVID-19 situation in Kigali. We take note of this and will present it in the coming days & will keep you posted.Thank you

    — Rwanda Development Board (@RDBrwanda) February 5, 2021

    The end of delivery at 5pm is very complicated for our industry. In April, it´s thanks to the late delivery that we were able to make it. dinner time from 6 to 8 is a critical time bracket for our businesses . @vubavubarw

    — Nathalie Jolitropisme (@NJolitropisme) February 5, 2021

    The situation is even worse with the coffee https://t.co/STkCt0fEoK order something,or you manage to reach the place physically,you just can’t get anything,beyond 14:00 hours,for the management of these coffee shops,are busy,transporting their staff back home

    — Frank SHUMBUSHO (@Frasishu) February 5, 2021

    Resitora zirasaba ko zakwemererwa gukomeza gukora nyuma y’amasaha yo gufunga kw’ibindi bikorwa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/resitora-z-i-kigali-ziratabaza-kubera-ibihombo

  • Rihanna yaciye agahigo ko kuba umwe mu bahanzikazi 5 bafite agatubutse ku isi. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Rihanna ku myaka ye 32 y'amavuko yongeye guca agahigo ko kuba umukobwa ukize cyane ku isi muri uyu mwaka wa 2021.Uyu muhanzikazi ni umwe mubakunzwe cyane ku isi ndetse azwiho ibikorwa bitandukanye birimo no gufasha abantu batishoboye.

    Muri iyi nkuru turarebera hamwe abahanzikazi 5 barimo na Rihanna bafite agatubutse bakura mu mwuga wabo wo kuririmba.

    1.Rihanna atunze miliyoni $600

    Uyu munyamuziki w'imyaka 32 akurikirwa na miliyoni 90.5 kuri Instagram. Ubutunzi bwe abukura mu muziki, kumurika imideri, no gukora imiti ikoreshwa mu bwiza. Uyu mukobwa ashimishwa no gukora ubucuruzi.

    Robyn Rihanna Fenty ni umunya-Barbadian. Yatangiye kwamamara mu 2005 nyuma yo gusohora indirimbo yitwa''Pon de Replay''. Mu 2006 yinjiye mu gukina filimi. Forbes Magazine ivuga ko usibye kuba ari ku isonga mu bahanzikazi bakize anari ku rutonde rw'abagore 40 bakize ku isi. Muri Kamena ya 2019 yari ubutunzi bwa miliyoni $600 ariko usibye umuziki ibindi bikorwa twavuze hejuru biri mu bimwongerera amadolali.

    2.Madonna atunze miliyoni $570

    Aya madolali ayakura mu muziki. Afite imyaka 61 akaba akurikirwa na miliyoni 15.7 kuri Instagram

    Ibindi bikorwa asaruramo birimo gukina filimi bikaba ari nabyo bimushimisha. Madona Louise Ciccone ni umunyamuziki wo muri Amerika akaba azi kwandika indirimbo. Kuri ubu ni umwe mu babereye urugero abanda bakinjira muri uwo mwuga. Forbes yerekana ko indirimbo ze zamwinjirije miliyoni $1.2. ubu afatwa nk'umwamikazi wa pop. Amateka yerekana ko ari we muhanzi uhenze mu bitaramo w'ibihe byose mu bahanzikazi. Kuva mu 2002 kugeza mu 2013 yari mu bahanzi 10 bahenze cyane kubatumira. Nubwo afite imyaka 60 aracyasohora albums. Amaze gukora album 14.

    3.Celine Dion atunze miliyoni $450

    Ku myaka 52 y'amavuko akurikirwa na miliyoni 4.6 kuri Instagram. Celine Marie Claudette Dion avuka muri Canada. Yatangiye kwamamara mu 1982 ubwo yegukana Yamaha World popular song festival . mu 1990 yagurishije album yitwa Let's talk about love yagurishije miliyoni 220 za kopi zayo. Mu 1999 yari umukobwa wa kabiri uhenze mu bitaramo nyuma ya Spice girls. Mu 2018 Forbes yamushyize ku rutonde rw'abahanzikazi bahenze mu bitaramo aho yari ku mwanya wa 9. Muri uwo mwaka yinjije miliyoni $31. Mu 2019 nibwo yagize miliyoni $450. Ayo madolali yayakuye mu kugurisha albums, gukora ibitaramo hirya no hino ku isi. Afite ubucuruzi burimo resitora, kompanyi zifasha abahanzi, inganda zikora imiti yongera ubwiza n'amazu akodeshwa.

    4. Beyonce Knowles afite miliyoni $400

    Beyonce Knowless Carter ni umunyamerika w'umuhanzi n'umwanditsi akanakina filimi. Yamamaye mu 1990. Ku myaka 38 y'amavuko amaze gucuruza albums esheshatu. Mu 2003 nibwo yatangiye gucuruza album ye ya mbere. Kuva mu 2008 kugeza mu 2018 yari ku ntonde z'abahanzikazi bahenze. Mu bitaramo byo mu 2014 we n'umugabo we Jay-Z babyise On The Run binjije miliyoni $250. Ubu uwo mugabo we ni we muraperi ukize kurusha abandi ku isi. Kuri Instagram Beyonce akurikirwa na miliyoni 164.3

    5.Barbra Streisand atunze miliyoni $400

    Ku myaka 78 y'amavuko aya madolali yayakuye mu muziki no gukina filimi. Amaze imyaka irenga 60 muri uwo mwuga ku buryo yageze ku bintu byose yifuzaga.ubu ari mu itsinda ry'abakuze bo muri showbiz begukanye ibihembo birimo Academy, Emmy, Grammy na Tony awards.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/rihanna-yaciye-agahigo-ko-kuba-umwe-mu-bahanzikazi-5-bafite-agatubutse-ku-isi/

  • Kamonyi: Hatangiye iperereza ku miryango yibuze mu bitabo by'irangamimerere kuva mu myaka y'1960 #rwanda #RwOT

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha-RIB, rufatanije n'ubuyobozi bw'Akarere ka kamonyi kuri uyu wa 05 Gashyantare 2021, batangiye igikorwa kigamije guhesha uburenganzira imiryango isaga 300 bivugwa ko kuva mu myaka y'1960 yasezeranye ariko ikaba uyu munsi itisanga mu bitabo by'irangamimerere. Ku rwego rw'Akarere byatangirijwe mu Murenge wa Musambira.

    Ubuyobozi buvuga ko kwibura mu bitabo by'irangamimerere kuri benshi muri iyi miryango bishingiye ahanini ku mateka Igihugu cyanyuzemo, by'umwihariko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho icyo gihe ibitabo byinshi byari mu biro by' Amakomine n'Amasegiteri byatwitswe, ibindi bikaburirwa irengero.

    Munyakazi Epimaque, Umukozi w'Akarere ushinzwe ishami ry'imiyoborere akaba ari nawe wari uhagarariye ubuyobozi bw'Akarere ka Kamonyi mu gutangiza iki gikorwa, yabwiye intyoza.com ko icyo kigamije ari ugufasha abaturage bashyingiranwe ariko bakibura mu bitabo by'irangamimerere, kongera kugira uburenganzira nk'ubw'abashakanye mu buryo bwemewe n'amategeko.

    Bamwe mu baturage bagaragaje ko batasezeraniye muri Kamonyi, ko bazagorwa no kugera aho bari barasezeraniye bikiri amakomine, bijejwe gufashwa n'ubuyobozi.

    Avuga ko nubwo kugeza uyu munsi bari barabaruye imiryango 312, ko mu gutangiza iki gikorwa ibyo babonye byerekana ko bazarenga. Avuga kandi ko ari igikorwa kireba buri wese wasezeranye akibura mu bitabo by'irangamimerere by'umwihariko guhera mu myaka y'1960 ubwo hashyirwagaho ibyitwaga Amakomine kugeza 1994, ubwo amahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi yanasenyanye ndetse akangiza byinshi birimo n'ibyo bitabo benshi bari baranditswemo. Gusa avuga ko n'abasezeranye nyuma ya Jenoside bakibura kubera impamvu zitandukanye nabo aya ari amahirwe kuri bo.

    Kutibona mu bitabo nk'ibi by'irangamimerere ngo byagiye bigira ingaruka zitari nke kuri iyi miryango, aho bamwe kugeza n'ubu nta burenganzira bafite ku mitungo y'abo bashakanye, kuba mu buryo bw'amategeko usanga bamwe bakitwa ingaragu nyamara buzukuruje, kuba kandi badashobora kubona bimwe mubyo bashaka mu gihe batumwe icyemezo cy'uko bashakanye ntibakibone n'ibindi.

    Usabyimana Bernard, umuturage w'Umurenge wa Musambira avuga ko yasezeranye mu 1987 ariko akaba amaze imyaka yose yitwa ingaragu mu mategeko kandi yarashatse, agasezerana mu buryo bwemewe n'amategeko. Avuga ko kutibona mu bitabo by'irangamimerere byamwimye amahirwe yo kugira icyangombwa cy'ubutaka, bikaba binamwima amahirwe kuzindi serivise zikenera icyangombwa kigaragaza irangamimerere ye kuko amategeko atamuzi nk'uwasezeranye.

    Mukankusi Christine, avuga ko yasezeranye mu 1980 ariko akaba atagaragara mu bitabo by'irangamimerere. Avuga ko ibi byagiye bigira ingaruka nyinshi zirimo kutagira uburenganzira ku mutungo mu buryo bwemewe n'amategeko, guhezwa kuzindi serivise zisaba icyangombwa kigaragaza ko yashyingiwe mu mategeko. Anavuga ko hari igihe umwana we yagombaga kujya hanze ariko agahura n'imbogamizi zifatiye ku kuba Se na Nyina amategeko atabagaragaza nk'abasezeranye, aho byamusabye kwitabaza urukiko.

    Uwambaye Emeritha, Umuyobozi w'ubugenzacyaha-RIB mu karere ka Kamonyi, ari mu Murenge wa Musambira ahatangirijwe iki gikorwa, yasabye imiryango 56 y'uyu Murenge yamaze kubarurwa igiye gukorerwaho iri perereza kwitwararika no kurangwa n'ukuri.

    Emeritha Uwambaye/RIB Kamonyi, asaba imiryango kuba abanyakuri mu gutanga amakuru n'ibimenyetso bikenewe.

    DCI Uwambaye, yababwiye ko ibi ari mu rwego rwo kugira ngo bahabwe uburenganzira bwo kwandikwa mu bitabo by'irangamimerere, ko bagomba kugaragaza ibimenyetso byose byerekana ko bashyingiwe. Yabibukije kandi ko nubwo RIB iri muri iki gikorwa, atari ukugenza ibyaha, ahubwo bari mu by'imbonezamubano, bashaka ibimenyetso bizashyikirizwa urukiko rukabemeza ko basezeranye. Yaboneyeho kubabwira ko kubeshya muri iki gikorwa bihanirwa n'amategeko, abasaba kubyirinda.

    Tugarutse kuri Munyakazi, avuga ko iki gikorwa kizamara iminsi 20 gikorwa n'ubugenzacyaha bufatanije n'ubuyobozi bw'Akarere, aho RIB izaba ikusanya ibimenyetso, nyuma bigashyikirizwa urukiko arirwo ruzahesha iyi miryango uburenganzira bwo kwandikwa mu bitabo by'irangamimerere.

    Nkuko Munyakazi akomeza abivuga, kwibura mu bitabo by'irangamimerere ngo birimo ibihombo byinshi ku muntu amategeko atabona nk'uwasezeranye. Muri ibyo bihombo harimo kuba uwasezeranye akomeza kwitwa ingaragu mu mategeko, kubura zimwe muri Serivise amategeko ateganya kubashakanye n'uburenganzira buhabwa umuntu washyingiwe byemewe n'amategeko, hari kandi kubura uburenganzira ku mitungo akenshi itimukanwa, hakaba ingaruka ku bana babyaye kuko amategeko atabazi.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/kamonyi-hatangiye-iperereza-ku-miryango-yibuze-mu-bitabo-byirangamimerere-kuva-mu-myaka-y1960/

  • Supersexy yatangariye umusore ufite ukuboko kubyimbye kuruta ikibuno cye – YEGOB #rwanda #RwOT

    Nana Webber uzwi nka Supersexy, ni umwe mu banyarwandakazi bakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga. Ibi bikaba biterwa ahanini  na video zitandukanye akunda gukora ari kubyina ziganjemo iza twerk. Uyu mugore rero akaba yaratunguwe no kubona umusore wakoze akaboko bikomeye ku buryo kabyimbye kurusha ikibuno cye.

    Iyi foto Supersexy akaba yayibonye kuri Twitter y'uyu musore witwa Daniel maze niko kwandiakaho amagambo agira ati:'One arm is bigger than my A$$' bishatse kuvuga ngo :'Akaboko kamwe karuta ikibuno cyanjye'.

    Abafana be nabo bakaba batangariye akaboko k'uyu musore biragaragara ko kadasanzwe.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/supersexy-yatangariye-umusore-ufite-ukuboko-kubyimbye-kuruta-ikibuno-cye/

  • Ifoto Ally Soudy yashyize hanze igaragaza imiterere y'umugore we kandi yari yabimubujije yavugishije benshi[AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Ally Soudy umwe mubagabo bamamaye mu myidagaduro ya hano mu Rwanda, yashyize hanze ifoto igaragaza imiterere n'ikimero by'umugore we, iyi foto yavugishije benshi kurukuta rwe rwa instagram.

    Ifoto y'umugore wa Ally Soudy yavugishije benshi

    Ni ifoto umugore wa Ally Soudy yambaye umwenda uteye nk'ikanzu, ni ntoya cyane kuburyo itagera hasi ku mavi, ni umwambaro wiganjemo ibara ry'umutuku, iramwegereye kuburyo imugaragaza imiterere y'umubiri we igice cyo hasi.

    Ubwo Ally yashyiraga hanze iyi foto yanditseho amagamb agira ati 'She was like wibeshye uyipostinge ndakwica! Ubwo rero bye bye tu, m friends 😢Nigute nakwihanganira ifoto y'umwamikazi mwiza nkuyu, Ikibasumba, ikaba just in m phone!🤗❤Love her so much, Allah ajye akundindira m love❤🙏🙏'

    Iyi foto yatanzweho ibitekerezo byinshi n'abakurikirana Ally Soudy kuburyo kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru yari imaze kugiraho ibitekerezo birenga 200.

    Abantu benshi bagiye bashimira uyu mugabo bamubwirako afite umugore uteye neza.

    Ally Soudy yamamaye cyane mu biganiro by'imyidagaduro hano mu Rwanda, yamenyekanye cyane mu kiganiro cyatambukaga kuri Radio Salus cyitwaga Salus Relax, yaje kuva kuri iyi Radio yumvikanaga i Butare aza mu mujyi wa Kigali aho yakoze ibiganiro by'imyidagaduro kuri Radio Isango Star.

    Ally Soudy ubu abarizwa muri Amerika, arubatse yashakanye na Umwiza Caline bamaze imyaka 9 bakoze ubukwe.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/article/ifoto-ally-soudy-yapostinze-igaragaza-imiterere-y-umugore-we-kandi-yari

  • Diamond Platnumz amaze kugira abana 6 mugihe byari bizwi ko afite 4 gusa[AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Diamond yahamijeko afite abana 6 nubwo bose atabana na ba Nyina.

    Uyu muhanzi yavuzeko iki gihe aricyo gihe cyiza ngo abamukunda bamenyeko ari umubyeyi w'abana 6 kandi ngo bose arabakunda cyane.

    Muri aba bana 6 b'umuhanzi Diamond avugako harimo 2 ba Nyina bamubereye ibamba kuko bamubujije kujya abapositinga kumbuga nkoranyambaga no kubagaragaza mu bitangazamakuru nkuko asanzwe abigenza.

    Ubwo yaganiraga na Radio Wasafai Fm, yagize ati 'Iki nicyo gihe ngo mvugishe ukuri, mfite abana 6, umwana wanjye wambere aba i Mwanza, nanjye ntabwo narimbizi nibwiraga ko umwana wanjye mukuru ari Latiffah, naje kumenya ko mfite undi mwana mukuru nawe w'umukobwa.'

    Uyu muhanzi yakomeje agira ati 'Uwo twabyaranye yarabibwiye, umwana nza kumwereka Mama, ntacyo yarengejeho yarambwiye ngo uyu mwana ni uwawe, uwo we ntitwigeze tujya no gufatisha ibizamini by'amaraso y'isano'

    Diamond yavuzeko aba bana uko ari babiri bose ba Nyina batifuza ko yabagaragaza mu itangazamakuru kuko batabikunda ndetse baranamwihanganiriza bamubwirako nabikora bazahita babamwamburaho uburenganzira nka Se.

    Abantu benshi bari baziko umwana mukuru wa Diamonda ari Princess Tiffah na Nillan yabyaranye n'umugandekazi Zarinah Hassan.

    Undi mwana wa Diamond yitwa Dylan yamubyaranye na Hamissa Mobeto wo muri Tanzania bakundanye ubwo yamukoreshaga mu mashusho y'indirimbo ye.

    Umwana Diamond aheruka kubyara yamubyaranye n'umukobwa wo muri Kenya, Tanasha Donna, uyu mwana bamwise'Nasseb Junior'.


    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/article/diamond-platnumz-amaze-kugira-abana-6-mugihe-byari-bizwi-ko-afite-4-gusa

  • Abakinnyi b’Amavubi basubijwe muri hoteli Nyamata bamwe bari bageze mu ngo zabo #rwanda #RwOT

    Abakinnyi b’ikipe y’igihugu Amavubi bari muri CHAN 2020 muri Cameroun, ku munsi wo ku wa Kane ni bwo bagombaga gutaha ariko bagarurwa mu mwiherero nyuma y’uko bamwe bari banageze mu ngo zabo.

    Nyuma y’uko Amavubi y’u Rwanda asezerewe muri CHAN 2020 atarenze ¼ nyuma yo gusezererwa na Guinea Conakry itsinze 1-0 tariki ya 31 Mutarama 2021.

    Iyi kipe yageze mu Rwanda ku wa Gatatu tariki ya 3 Gashyantare 2021, bahise bajya muri Hotel La Palisse i Nyamata aho basanzwe bakorera umwiherero aho bapimwe icyorezo cya Coronavirus bagomba guhita bataha bukeye ku wa Kane tariki ya 4 Gashyantare 2021.

    Abakinnyi bose bari babwiwe ko bari butahe ndetse bamwe batumizaho imodoka zabo ziza kubafata zirabatahana, ni mu gihe abandi bari bategereje gutahanwa n’imodoka itwara abakinnyi b’ikipe y’igihugu.

    Ubwo bari bageze mu rugo, mu buryo butunguranye bahise bahagamagarwa babwirwa ko bagomba guhita bagaruka i Nyamata kuko hari umuyobozi ugomba kubasezera.

    Ku wa Kane bahise bagaruka mu mwiherero gusa uwo munsi ntabwo umuyobozi yaje.

    Nta gihindutse uyu munsi aba bakinnyi bakaba bari busurwe n’umuyobozi ndetse ku munsi w’ejo hashize ku wa Gatanu bakaba bariyogoshesheje bose kugira ngo bahure na we basa neza, ni mu gihe baramutse bapimwa n’icyorezo cya Coronavirus.

    Abakinnyi b’Amavubi baracyari mu mwiherero

    Source : http://isimbi.rw/siporo/abakinnyi-b-amavubi-basubijwe-muri-hoteli-nyamata-bamwe-bari-bageze-mu-ngo-zabo

  • Danny Usengimana yanyomoje ibyo kwerekeza muri Canada agasanga umugore we #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa APR FC n’Amavubi, Danny Usengimana aranyomoza amakuru y’uko yaba agiye kwerekeza muri Canada agasanga umugore we muri baherutse gukora ubukwe.

    Tariki ya 10 Ukuboza 2020 nibwo Danny Usengimana yakoze ubukwe na Nyangabire Francine usanzwe uba muri Canada, nyuma y’ubu bukwe byahise bivugwa ko uyu mukinnyi azasanga umugore we bagatura iki gihugu ndetse hari n’inshuti ze yabyemereye.

    Uyu rutahizamu yari mu bakinnyi ikipe y’igihugu yitabaje muri shampiyona y’Afurika y’abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo 'CHAN’ irimo kubera muri Cameroun, ndetse yagaragaye mu mikino ibiri yo mu itsinda, umukino wa Uganda na Maroc yose yinjiyemo asimbura.

    Umukino wa 3 w’itsinda wo Amavubi yatsinzemo Togo 3-2 ntabwo yawukinnye kimwe n’umukino wa ¼ Amavubi yasezerewemo na Guinea iyatsinze 1-0 tariki ya 31 Mutarama 2021.

    Ku munsi w’ejo abinyujije kuri Instagrama Stories ye, Danny Usengimana yashyizemo umupira we wo mu ikipe y’igihugu 'Jersey’ yakinanye muri iri rushanwa usinyweho n’abakinnyi bose ndetse n’abatoza yandikaho ati 'dufatanyije turashoboye.'

    Iki ni kimwe mu gikorwa ubundi umuntu akora asa n’usezera kuri bagenzi be bari bamaranye igihe, bikaba ari nk’urwibutso rwe kuri bo.

    Nyuma y’uko bikwirakwiye mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyamba, bikaba byarateje urujijo rukomeye mu bakunzi ba ruhago aho byatangiye kuvugwa ko agiye kwerekeza muri Canada asanzeyo umugore we, akaba yabikoraga mu rwego gusezera, aho byavugwaga ko ari ryo rushanwa rye rya nyuma akinnye mu Mavubi.

    ISIMBI yagerageje gushakisha amakuru ariko Danny Usengimana ntiyabasha kuboneka, bamwe mu bakinnyi bari kumwe mu ikipe y’igihugu basinye kuri uyu mupira bakaba babwiye ISIMBI ko atabikoze mu rwego rwo gusezera kuko buri mukinnyi ubishaka yabikoze, bagenzi be bamusinyiye kuri jersey.

    Abinyujije kuri Instagram Stories, Danny Usengimana yanyomoje aya makuru aho avuga ko ari ibihuha.

    Kuba yakwerekeza muri Canada si igitangaza kuko ni inkuru nisanzwe izwi, ahubwo hakibazwa igihe azagendera.

    Andi makuru ISIMBI yamenye ni uko uyu mukinnyi icya mbere ategereje ari ukurangiza amasezerano afitiye APR FC azarangira muri Nyakanga 2021.

    Andi amakuru ni uko arimo gushakirwa ikipe muri iki gihugu akaba yagenda asanze umuryango we ariko agiye no gukina umupira nk’akazi ke amazemo igihe.

    Amwe mu makuru aturuka mu nshuti ze za hafi, ni uko nta gihe kinini asigaje mu Rwanda ndetse ko kuba yakongera gukina mu Rwanda umwaka utaha bigoye, ni mu gihe bivugwa ko yamaze kubona Visa yerekeza muri iki gihugu.

    Danny Usengimana yakiniye amakipe atandukanye arimo Isonga FC, Police FC na APR FC zo mu Rwanda, yanakiniye kandi Singida United yo muri Tanzania.

    Yanyomoje aya makuru

    ifoto yateje urujijo kuri benshi

    Ni umwe mu bakinnyi bakinnye umukino wa Uganda muri CHAN

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/danny-usengimana-yanyomoje-ibyo-kwerekeza-muri-canada-agasanga-umugore-we

  • Uburusiya bwirukanye abakora mu biro by'abahagarariye bimwe mu bihugu by'uburayi bazira Navalny #rwanda #RwOT

    Uburusiya bwirukanye ku butaka bwabwo abakora mu biro by'abahagarariye Ubudage, Suwede na Polonye bashinjwa ko bifatanije n'abari mu myigaragambyo yo gushigikira wa munyapolitike utavuga rumwe n'ubutegetsi Alexei Navalny, wafunzwe mu ntangiriro z'iki cyumweru.

    Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'Uburusiya avuga ko aba batatu bagiye mu 'myigaragambyo itemewe n'amategeko' ku wa 23 Mutarama 2021. Ibihugu byabo biramagana iyi ngingo, cyo kimwe n'Ubwongereza, Ubufaransa hamwe n'ishyirahamwe ry'ibihugu by'Ubumwe bw'Uburayi.

    Navalny ni umukeba ukomeye wa Perezida Vladimir Putin w'Uburusiya.

    Iyi ngingo yo kwirukana aba bantu yagiye gutangazwa haciye amasaha makeya gusa Minisitiri ushinzwe Ububanyi n'Amahanga w'ishyirahamwe ry'ibihugu by'Uburayi, Josep Borrell, abonanye na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'Uburusiya Sergei Lavrov i Moscou.

    Ku wa 23 na 31 z'ukwa mbere, abantu ibihumbi amagana n'amagana bagiye mu myigaragambyo yo gushyigikira Navalny mu gihugu cyose. Ababarirwa mu bihumbi barahagaritswe.

    Ubudage buramagana iyi ngingo bukavuga ko 'nta busobanuro na buke ifite' kandi bugasaba Leta y'Uburusiya kwisubiraho kuri iki cyemezo.

    Suwede ivuga ko ibivugwa ko umuntu wabo yagiye muri iyo myigaragambyo yo ku wa 23 z'ukwa mbere nta shingiro bifite kandi ko ifite uburenganzira bwo gusubiriza mu ndumane Uburusiya/kuyishyura.

    Polonye ivuga ko iyi ngingo yo kwirukana umuntu wayo ishobora gutuma 'ibintu birushaho kuba bibi hagati y'ibi bihugu byombi'.

    Josep Borrell, mu izina ry'ishyirahamwe ry'ibihugu by'Uburayi, avuga ko yamaganye yivuye inyuma iyi ngingo kandi ko yamaganye ibyo bashinjwa ko bakoze ibikorwa bitajyanye n'amabanga yabo nk'abakora mu biro by'abahagarariye ibihugu byabo.

    Hagati aho, Minisitiri Lavrov avuga ko ibihano ibyo ari byo byose byafatwa n'Uburayi ku kibazo cya Navalny byaba binyuranije n'amategeko.
    Ubudage na Polonye, bivuga ko byatumyeho abahagarariye Uburusiya muri ibi bihugu byombi kugira ngo byerekane impungenge zabyo kuri iyi ngingo yo kwirukana abantu babyo, ingingo ishobora gutuma haba ukwihora ndetse n'abandi bategetsi bo mu biro by'abahagarariye igihugu bakirukanwa.

    Mu kwezi kwa Munani k'umwaka ushize, Alexei Navalny, umunyapolitike w'imyaka 44 unegura bikomeye ubutegetsi bwa Putin, yahawe uburozi ndetse bwari bumuhitanye, biba ngombwa ko ajyanwa kuvurirwa i Berlin mu Budage.

    Yagarutse mu mpera z'ukwezi kwa mbere gushize, nubwo yari yamenyeshejwe n'ubutegetsi bw'Uburusiya ko ashobora guhita ahagarikwa. Yaciriwe gufungwa imyaka itatu n'igice ku birego by'uko yarenze ku mategeko ajyanye no gufungishwa ijisho kubera ibyo ashinjwa bya magendu mu 2014.

    Navalny ashinja Perezida Putin kuyobora ubutegetsi bwamunzwe na ruswa kandi ko yateguye igitero cy'uburozi cyamukozweho kikenda kumuhitana. Haciye akanya gato gusa ashyitse mu Burusiya, Navalny yahise asohora video ku rubuga rwa Youtube yerekana ingoro yubatswe ku kiyaga Cirabura (Mer Noire/Black Sea) avuga ko ari iyo umutunzi w'umuherwe w'Umurusiya yagabiye umukuru w'igihugu. Abantu barenga miliyoni 100 barebye iyo video.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/uburusiya-bwirukanye-abakora-mu-biro-byabahagarariye-bimwe-mu-bihugu-byuburayi-bazira-navalny/

  • Gen Muhoozi yamurikiye abaturage ikibumbano ndangamateka cya se Museveni #rwanda #RwOT

    Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni witwa Lt Gen Muhoozi Kainerugaba kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Ugushyingo 2021, yamurikiye abaturage ikibumbano ndangamateka ya Se. Yabwiye abandi basirikare ko kiriya kibumbano kizabera urwibutso abakiri bato, bakamenya ubutwari bwa Se.

    Gen Muhoozi uherutse kugirwa umugaba w'ingabo zihariye za Uganda (Special Forces Commander) yasabye abandi basirikare bakuru ba Uganda nabo kuzubaka ibibumbano ndangamateka byerekana ubutwari bwabo.

    Yagize ati: ' Iki kibumbano ndangamateka cya Data namwe mugomba kukigana kugira ngo urubyiruko rujye rubona ko Data yayoboye ingabo z'intwari zitigeze zitwindwa urugamba na rumwe mu mateka yazo.'

    Avuga ko mu myaka 40 ishize Ingabo za Uganda zitigeze zitsindwa.

    N'ubwo Gen Muhoozi ashima ubutwari bwa Se, muri iki gihe abakurikirana Politiki ya Uganda bamunenga ko ahohotera abatavuga rumwe nawe.

    Leta zunze ubumwe z'Amerika ziherutse gutangaza ko zigiye kwicara zikiga ku bihano zafatira ubutegetsi bwa Uganda zibushinja ko bwibiye Museveni  amajwi agatsinda Amatora y'Umukuru w'Igihugu aheruka.

    Yari ayahanganyemo na Hon Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine.

    Source : https://impanuro.rw/2021/02/06/gen-muhoozi-yamurikiye-abaturage-ikibumbano-ndangamateka-cya-se-museveni/