Category: Uncategorized

  • Reba abana batunze agatubutse kurusha abandi ku isi muri 2021. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umubare w'abatunze za miliyari n'amadorali bakomeza kwiyongera buri mwaka. Kuri ubu ikinyamakuru Forbes cyamaze gushyira hanze urutonde rw'abana 10 bafite agatubutse kurusha abandi muri uyu mwaka.Ubu butunzi bakaba bamwe babukesha ababyeyi babo gusa abandi bakoze ikofi bakiri bato bitewe n'ibikorwa bibinjiriza bakora.

    1.Prince George Louis afite miliyali $1

    Uyu mwana w'umuherwe yavutse ku ya 22 Nyakanga mu 2013. Ubutunzi bwe abukomora ku kuba avuka mu muryango w'ibwami. Prince George ni imfura y'igikomangoma William Duke, nyina yitwa Catherine. Ubwo butunzi abukura mu muryango w'I Bwami w'u Bwongereza.

    2.Phoebe Adele atunze miliyali $1

    Uyu ni umwana wa Bill Gates na Melinda Gates. Ababyeyi bakunze kumuhisha itangazamakuru ku buryo amakuru amwerekeyeho bigorana kuyamenya. Uyu ni bucura mu muraryango ariko igihe cyose ababyeyi be batabaruka ni we uzaba umuragwa w'ubutunzi bahihibikaniye. Mu gihe ataragera mu myaka y'ubugimbi abarirwa mu maliyali.

    3.Blue Ivy atunze miliyali $1

    Uyu mwana ni umunyamugisha kuba yaravukiye mu muryango w'abahanzi. Ni umwana wa Jay-Z. bivugwa ko umutungo we urenga ayo twavuze hejuru kandi ukaba ukomeje kwiyongera ijoro n'amanywa.

    4.Suri Cruise atunze miliyoni $800

    Suri Cruise ni umwana wa Tom Cruise na Katie Holmes ubutunzi bwe abukura ku babyeyi.

    5.Knox Jolie Pitt na Vivienne Jolie Pitt batunze miliyoni $200

    Aba ban ani impanga zikomoka kuri Brad Pitt na Angelina Jolie. Ubutunzi bwabo bwatangiye kwiyongera bakivuka. Ifoto yabo ya mbere yacurujwe miliyoni $1 ihita yandika amateka yo kuba ifoto y'abana yahenze kugeza ubu.

    6.Emme na Maxmilian Muniz batunze miliyoni $200

    Aba bana ni impanga zivuka kuri Marc Anthony na Jenifer Lopez. Kuva bakivuka itangazamakuru ryabitayeho bibakururira igikundiro.

    7.Dannielyn Birkhead atunze miliyoni 59

    Uyu mwana ubutunzi yabukuye kuri nyina witwa Anna Nicole Smith wishwe no kwiyahuza ibiyobyabwenge yatewe no kubura nyina umubyara. Uwo Anna akimara gupfa yasize amazu ahenze, ayaraga uwo mukobwa we Dannielyn

    8.Nick Daloisio atunze miliyoni $30

    Uyu mwana ni umwongereza ubutunzi bwe abukura mu bumenyi bwa mudasobwa aho yatangije sosiyete afite imyaka 15. Yavumbuye Summly application ikoreshwa muri telefoni ayigurisha miliyoni $30 na Yahoo.

    9.Abigail Breslin atunze miliyoni $12

    Abigail ni umunyamerika w'umuririmbyi akanakina fiimi yabitangiye afite imyaka itatu. Ubu aza mu bakinnyikazi ba filimi bakize ku isi.

    10.Jaden Smith atunze miliyoni $8

    Jaden Smith ni umwana w'umukinnyi wa filimi ukiri muto. Avuka kuri Will Smith. Ku myaka 22 atunze ayo mamiliyali twavuze haruguru. Yahawe MTV award yo gukina neza. Yakinnye muri Karate Kid yasubiwemo ndetse yanakinnye mu yitwa The Day the Earth Stood Still

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/reba-abana-batunze-agatubutse-kurusha-abandi-ku-isi-muri-2021/

  • Perezida Kagame yasabye abayobozi ba Afurika kwita ku iterambere ry'urwego rw'ubuzima – #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame asanzwe ari Umuyobozi wa gahunda igamije gushishikariza ibihugu bya Afurika kongera ubushobozi bw'urwego rw'ubuzima mu bihugu byabo, kuko uru rwego rukibeshejweho cyane n'inkunga z'amahanga kandi ari urw'ingenzi mu iterambere ry'umugabane muri rusange.

    Perezida Kagame witabiriye Inama y'Abakuru b'Ibihugu ya 34 y'Umuryango wa Afurika Yunze yatangiye kuri uyu wa Gatandatu, yasabye bagenzi be gufata ingamba zigamije guteza imbere urwego rw'ubuzima.

    Ati “Ndifuza gukoresha uyu mwanya mu gushimangira akamaro ko gutera inkunga ubuvuzi bwa Afurika, cyane cyane muri ibi bihe by'icyorezo cya Covid-19. Tudafite urwego rw'ubuzima rukomeye muri buri gihugu, Umugabane wacu uzakomeza kwibasirwa n'ibyorezo”.

    Umukuru w'Igihugu yongeyeho ko ibyo bigomba kujyana no guteza imbere Ikigo cya Afurika Gishinzwe kurwanya Indwara z'Ibyorezo (Africa CDC).

    Ati “Dukwiye gukomeza ubushake bwo kongera ibyo dushyira mu rwego rw'ubuzima no kuzamura umusaruro ubiturukamo. Ndanasaba ko twongera ubushobozi bwa 'Africa CDC' kugira ngo igire ububasha kandi itange umusaruro”.

    Perezida Kagame kandi yanatanze raporo igaragaza aho gahunda y'amavugurura y'inzego z'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe igeze.

    Yavuze ko muri rusange hari byinshi byo kwishimira byagezweho, ati “Hari intambwe twateye nko mu bikorwa byo kugarura amahoro, n'ubwo ingengo y'imari igishingiye ku nkunga ituruka hanze”.

    Yongeyeho ko uku gushyira hamwe kwa Afurika kwatumye intego yo gushyiraho Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA) igerwaho.

    Ati “Ibi ni byo byatumye tugera ku bikorwa bikomeye, birimo Isoko Rusange rya Afurika. Ndashimira Moussa Faki na komisiyo yari ayoboye ku bw'akazi k'intangarugero bakoze mu gihe cy'imyaka ine”.

    Ku bijyanye n'aya mavugurura, Perezida Kagame yavuze ko hari ibitarabashije kugerwaho, birimo amavugurura ajyanye n'inzego z'ubutabera, Inteko Ishinga Amategeko y'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ndetse n'imiterere ya Komisiyo”.

    Yasabye Komisiyo nshya igiye guhabwa inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, kuzahera kuri ibi bibazo bigihari bigakemurwa vuba.

    Perezida Kagame kandi yanifurije imirimo myiza Perezida Felx Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ugiye kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri uyu mwaka, amusezeranya ko igihe cyose azakenerwa, azatanga umusanzu we.

    Ijambo Perezida Kagame yagejeje ku bayobozi ba Afurika mu Nama ya 34 ya AU

    Perezida Kagame yitabiriye Inama ya 34 y’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

    Ni Inama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus

    Perezida Kagame yasabye ko ibihugu bya Afurika birushaho guteza imbere urwego rw’ubuzima

    Perezida Kagame yavuze ko amavugurura y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yagenze neza, ariko hari ibikeneye kunozwa

    Perezida Kagame yishimiye amasezerano y’Isoko Rusange rya Afurika yatangiye gushyirwa mu bikorwa ku wa 1 Mutarama uyu mwaka

    Iyi Nama yari yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu batandukanye

    Perezida Tshisekedi wa RDC agiye kuyobora AU muri uyu mwaka

    Amafoto na Video: Village Urugwiro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yasabye-abayobozi-ba-afurika-kwita-ku-iterambere-ry-urwego-rw

  • Maroc yisubije igikombe cya CHAN 2020 itsinze Mali #rwanda #RwOT

    Maroc niyo ya mbere itwaye iki gikombe yikurikiranya kuva cyatangira gukinwa kuko kuri iki cyumweru yerekanye ubuhanga bwayo itsinda Mali ibitego 2-0.

    Maroc yari mu itsinda C hamwe n'u Rwanda banganyije 0-0,yagowe n'igice cya mbere cyaranzwe n'imbaraga nyinshi z'abanya Mali ndetse n'amakosa menshi.

    Mu gice cya kabiri Maroc yari iyobowe na kizigenza Hafidi mu kibuga hagati yashoboraga kubona penaliti hakiri kubera ikosa ryakorewe rutahizamu wayo Rahimi gusa VAR yaje gutuma umusifuzi yemeza ko nta kosa ryabaye.

    Maroc ifite abasore barebare yafunguye amazamu ku munota wa 69 w'umukino,ku gitego cyatsinzwe na myugariro Soufiani Bouftini n'umutwe ku mupira wari uturutse muri Koloneri.

    Ku munota wa 79,Maroc yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na kapiteni wayo Ayoub El Kaabi inzozi za Mali zo kwishyura ziyoyoka.

    Mali yaje kurangiza umukino ari abakinnyi 10 kuko umukinnyi wayo Issiaka Samake yahawe ikarita itukura nyuma yo gukandagira umukinnyi wa Maroc.

    Maroc itwaye iki gikombe yibasiye amakipe cyane kuko guhera mu mukino wa nyuma wo mu itsinda C itsinda Uganda 5-2,muri ¼ yatsinze Zambia 3-1,muri ½ yatsinze Cameroon 4-0.Maroc yatsinze ibitego 16 yinjizwa 3

    Ikipe y'Igihugu ya Guinea 'Syli National' niyo yegukanye umwanya wa gatatu muri iyi Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo (CHAN 2020) itsinze Cameroun yakiriye iri rushanwa ibitego 2-0 ku wa Gatandatu.

    Umukinnyi wa Maroc,Soufiane Rahimi niwe wabaye umukinnyi w'irushanwa ndetse ni nawe watsinze ibitego byinshi 5.Umunyezamu w'irushanwa ni Zniti wa Maroc.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/maroc-yisubije-igikombe-cya-chan-2020-itsinze-mali

  • Abantu 3 bahitanwe na Covid-19 mu Rwanda abandi 22 bararembye #rwanda #RwOT

    Abamaze gukira biyongereyeho 295 bagera ku 12,342.Abakirwaye ni 3,889

    Minisante yagize iti “Twihanganishije imiryango y'abagore babiri b'imyaka 79 (Kayonza), 38 (Kigali) n'umugabo w'imyaka 66 (Kigali) bitabye Imana.”

    Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n'umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y'ubuhumekero.

    Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n'amazi n'isabune no kwambara udupfukamunwa n'amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n'abantu benshi.

    Hatangajwe ko urukingo rwakozwe na sosiyete ikora imiti ya AstraZeneca hamwe na Kaminuza ya Oxford, rudafite ubushobozi buhagije bwo guhashya ubwoko bushya bwa Coronavirus bwagaragaye muri Afurika y'Epfo.

    Kuri uyu wa Gatandatu ikinyamakuru Financial Times cyatangaje ko ubushakashatsi bw'ibanze bwakozwe na Kaminuza ya Witwatersrand yo muri Afurika na Kaminuza ya Oxford ku rukingo rwa AstraZeneca bwagaragaje ko rudahangana ku buryo bukomeye n'ubwandu bushya bwa Covid-19.

    Mu bantu 2000 bakoreweho ubushakashatsi barimo abafite ubuzima bwiza n'abakiri bato, nta n'umwe wapfuye ariko ntabwo urukingo rwagaragaje kugira icyo rubafasha mu kutandura.

    Umuvugizi wa AstraZeneca yatangaje ko nabo babonye ko urukingo rwabo rudatanga umusaruro uhagije ku bwoko bushya bwa Covid-19 yo muri Afurika y'Epfo, icyakora avuga ko bitagaragaza neza ishusho kuko bwakorewe ahanini ku bato n'abafite ubuzima bwiza.

    Icyakora, AstraZeneca yatangaje ko bizera ko urwo rukingo rushobora guhangana n'ubwoko bushya bwa Covid-19 kuko rukoze mu bintu bimwe n'urukoze izindi nkingo zagaragaje ko zihangana n'ubwo bwoko bushya.

    Ubwoko bushya bwa Covid-19 buhangayikishije abashakashatsi harimo ubwiswe ubwa Afurika y'Epfo, ubwo mu Bwongereza n'ubwo muri Brésil.


    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abantu-2-bahitanwe-na-covid-19-mu-rwanda-abandi-22-bararembye

  • Rwamagana: Umugabo yatawe muri yombi azira gusambanya abana b'abahungu barenga 20 – #rwanda #RwOT

    Abana uyu mugabo ashinjwa gusambanya ni abo mu Kagari ka Rwimbogo mu Murenge wa Nyakaliro.

    Amakuru y'uko uyu mugabo asambanya abana yamenyekanye kuri iki Cyumweru ahagana saa Munani z'amanywa ubwo umwana w'imyaka 13 yavaga mu rugo rwe ataka ko aribwa mu kibuno nyuma yo kumusambanya akamubabaza.

    Ababyeyi b'uyu mwana ngo bahise bamubaza aho avuye n'icyo yabaye abasobanurira ibyo uwo mugabo yamukoreye, bitabaje abaturanyi uwo mwana avuga amazina menshi y'abandi bana akunda gusambanya ngo yabirangiza ngo abakiri bato akabaha imineke na avoka n'aho abakuze akabaha amafaranga.

    Abana bose bagiye bahamagarwa bakabazwa aya makuru bose bemeye ko uyu mugabo akunze kubasambanya akababuza kubivuga kubera ibyo yabahaye.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nyakaliro, Muhigirwa David, yabwiye IGIHE ko uyu mugabo yamaze gutabwa muri yombi.

    Yagize ati “Umwana w'imyaka 13 ni we wavuyeyo yamukomerekeje ari kubabara arabivuga. Twamuganirije atubwira ko yamurongoye mu kibuno ngo kandi hari n'abandi bana ajya abikora. Yahise atubwira amazina y'abandi bana tujya kubazana nabo turababaza barabyemera duhita tujya gufata wa mugabo.”

    Yakomeje avuga ko mu makuru batohoje basanze uyu mugabo yari amaze umwaka afunguwe aho yari yarafungiwe n'ubundi icyaha cyo gusambanya abana b'abahungu, ubwo yafungagwa ngo yari yakatiwe imyaka icyenda.

    Uyu mugabo wiyemereye ko amaze gusambanya abana b'abahungu barenga 20 mu mwaka amaze afunguwe, ngo yanavuze ko no muri gereza yajyaga asambanya bagenzi be.

    Gitifu Muhigirwa yagize ati “Yatwemereye ko amaze gusambanya abana benshi kuva yafungurwa, aragereranya umubare akavuga ko nibura ari nka 20 mu gihe cy'umwaka ushize afunguwe. Gusa niba umuntu avuga ko ari nka 20 bashobora kuba barenga cyane kuko ntiwamwizera.''

    Yasabye ababyeyi gukurikirana abana babo bakamenya aho baba bagiye ngo kuko abenshi bamusangaga mu rugo iwe.

    Ati “Turabasaba gukurikirana abana babo bakamenya aho baba bagiye kuko abenshi bamusangaga aho yabaga, ni ahantu hakorerwaga ibikorwa by'ubuhinzi rero kuko ari umugabo utari ufite umugore ababyeyi babonaga abana babo bajyayo ntibasobanukirwe. Turabasaba kwita ku burere bw'abana babo bakamenya aho biriwe nabo bari kumwe. Twari tumenyereye ko abakobwa aribo bafatwa ku ngufu none n'abahungu bisigaye ari uko rero ni ukubitaho.”

    Umugabo ukekwaho gusambanya abana yafungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Karenge mu gihe iperereza rigikomeje ngo hamenyekane abana bose b'abahungu amaze gusambanya.

    Mu mwaka ushize mu Karere ka Gasabo na ho havuzwe inkuru y'umusore w'imyaka 19 watawe muri yombi akekwaho gusambanya abana b'abahungu 17 mu bihe bitandukanye.

    Mu Ukuboza 2020, Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwategetse Ubushinjacyaha gukoresha ibizamini by'ubuzima bwo mu mutwe bw'uwo musore ngo harebwe niba nta kibazo afite.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwamagana-umugabo-yatawe-muri-yombi-azira-gusambanya-abana-b-abahungu-barenga

  • Guma mu rugo irarangiye ariko Covid-19 ntirangiye: Minisitiri Shyaka yahanuye Abanya-Kigali – #rwanda #RwOT

    Inama y'Abaminisitiri yateranye mu Cyumweru gishize, yanzuye ko Umujyi wa Kigali ukurwa muri Guma mu rugo guhera kuri uyu wa Mbere tariki 8 Gashyantare 2021, nyuma y'ibyumweru bitatu serivisi zose zihagaze kugira ngo hahashywe ubwiyongere bw'ubwandu bwa Coronavirus.

    Mu kiganiro cyatambutse kuri RBA, Minisitiri Shyaka yavuze ko imyitwarire yaranze Abanya-Kigali muri iyi minsi ishize bari mu rugo, yatumye umubare w'abandura ugabanyuka ari nacyo cyahereweho gahunda ya Guma mu rugo ikurwaho.

    Icyakora, Prof Shyaka yavuze ko icyorezo kitarangiye, bityo ko ubwirinzi budakomeje Abanya-Kigali bashobora kwisanga basubiye mu rugo.

    Ati 'Ejo Guma mu rugo izaba irangiye ariko Covid-19 ntabwo irangiye. Amabwiriza ya Covid-19 agira umumaro kuko abaturage bayagizemo uruhare. Uko tugenda twubahiriza amabwiriza neza, ni ko tugenda dutsinda igisa nka Guma mu rugo, byagenze neza ariko hari ahakiboneka utwo dutotsi.'

    Yakomeje agira ati 'Twitware neza nk'abantu tugifite ikibazo cy'icyorezo, nubwo bitewe n'intambwe tumaze gutera mu rwego rwo kugabanya ubukana bwacyo ariko Covid-19 iracyahari. Icyo nasaba ni uko Abanyarwanda bakomeza umurego mu kwirinda icyorezo mu kumenyekanisha no kwirinda amabwiriza yo kwirinda.'

    'Turabizi abantu bakeneye kujya ku mirimo ariko tuzirikane aho tujya gukorera dushyiramo ka kanya. Ntabwo twifuza ko nyuma y'ukwezi dusubira mu rugo kuko twahuriye ahantu hahurira abantu benshi kwirinda bikatunanira […] Tutaza kumva bavuga ko hari za restaurants zatangiye kwakira abantu. Twibukiranye umunsi w'ejo utaba umunsi utarabayeho mu mateka yacu wo guhana cyane. Ntabwo twifuza guhana Abanyarwanda.'

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima Ushinzwe Ubuzima bw'Ibanze, Dr. Mpunga Tharcisse, yavuze ko mu byumweru bitatu bishize, umubare w'abandura Covid-19 wagabanyutse ku buryo bugaragara.

    Yatanze ingero nk'aho ubwo Guma mu rugo muri Kigali yatangiraga, ku munsi handuraga abantu bagera kuri 200, ubu ku munsi handura abari hagati ya 50 na 60.

    Mu barwayi bose, icyo gihe hakiraga abantu bagera kuri 50 ku munsi, none ubu hakira abagera kuri 430. Muri iyo minsi nabwo ku munsi hapfaga abantu hafi icumi, kuri ubu bagera kuri batatu ku munsi.

    Ati 'Ibyumweru bitatu bidusigiye akanya ko guhumeka kuko iyo urebye imibare iragenda igabanyuka, ibyo bigaha inzego z'ubuzima guhumeka no kongera kwitekerezaho neza kugira ngo bafashe ba bantu barwaye.'

    Icyakora, Dr Mpunga yavuze ko kuba hari abarenga ku mabwiriza yo kwirinda ari ikibazo gikomeye, kuko bashobora kuba icyuho cyo kwiyongera k'ubwandu.

    Ati 'Ni ikibazo iyo abantu batubahiriza ingamba, baba bafite ibyago byo kwandura. Ni impungenge ku gihugu kuko byongera akazi bikadushyira no ku gitutu cyo gufasha abantu rimwe na rimwe n'ibikoresho bikaba bike iyo babaye benshi.'

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko nubwo imibare y'abandura ikomeje kugabanyuka, hari umubare munini w'abarenga ku mabwiriza kandi bitemewe.

    Yavuze ko mu byumweru bitatu bishize, abantu bagera mu bihumbi 180 bafashwe mu gihugu barenze ku mabwiriza. Abantu basabye impushya zo kuva mu rugo bagera ku bihumbi 300 ariko abazemerewe bagera ku bihumbi 230.

    Yavuze ko hari n'abagiye bafatirwa mu tubari bagera ku bihumbi 60, abafashwe bari mu birori, mu nsengero n'ahandi hatemewe, bigaragaza ko hakiri uguteshuka ku ngamba.

    Ati 'Birumvikana ko isomo rikomeye hari abantu badohotse ariko bigaragazwa n'imibare y'abantu bacyandura […] Dufite akazi gakomeye ariko abaturage bumve ko atari inzego z'umutekano gusa n'inzego z'ibanze gusa, nabo bumve ko babifitemo uruhare.'

    Yavuze ko hashize icyumweru hatangajwe amabwiriza y'uburyo ingamba zo kwirinda Covid-19 zizubahirizwa muri Kigali guhera kuri uyu wa Mbere, avuga ko uzabirengaho inzego z'umutekano zitazamwihanganira.

    Inama y'abaminisitiri iyobowe na Perezida Kagame yateranye ku wa 2 Gashyantare, yafashe imyanzuro igaragaza ingamba zizakurikizwa kuva tariki ya 8 kugeza ku wa 22 Gashyantare 2021.

    • Ingamba zihariye zizubahirizwa mu Mujyi wa Kigali

    a. Ingendo zirabujijwe guhera saa Moya za nimugoroba (7:00Pm) kugeza saa Kumi
    za mu gitondo (4:00Am).

    b. Abakozi ba Leta bazakomeza gukorera mu rugo, kereka abatanga serivisi z'ingenzi zibasaba kujya aho basanzwe bakorera.

    c. Ibikorwa by'inzego z'abikorera byemerewe kongera gukora ariko buri rwego rurasabwa gukoresha abakozi b'ingenzi.

    d. Abikorera barasabwa gukoresha abakozi batarenze 30% by'abakozi bose, abandi bagakorera mu rugo ariko bakagenda basimburana. Amasoko n'amaduka (markets and malls) azafungura ariko hajye hasimburana umubare utarenze 50% by'abacuruzi b'ingenzi bemerewe kuyakoreramo. Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa Kumi n'imwe za nimugoroba (5:00Pm).

    e. Amashuri yose (yaba aya Leta n'ayigenga) harimo na za kaminuza azakomeza gufunga.

    f. Ingendo hagati y'Umujyi wa Kigali n'Intara ndetse n'uturere dutandukanye tw'igihugu zirabujijwe, kereka ku mpamvu za serivisi z'ingenzi cyangwa iz'ubukerarugendo. Ba mukerarugendo bagomba kubanza kwipimisha COVID-19. Icyakora imodoka zitwaye ibicuruzwa zizakomeza gukora mu gihugu hose ariko ntizitware abantu barenze babiri.

    g. Ingendo mu modoka rusange cyangwa mu binyabiziga by'abantu ku giti cyabo ziremewe mu Mujyi wa Kigali. Imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange (za bisi) zemerewe gutwara abantu batarenze 50% by'umubare w'abantu zagenewe gutwara. Abatwara za bisi barasabwa kugenzura ko abagenzi bahana intera kandi bagatwara gusa abambaye agapfukamunwa.

    h. Moto n'amagare byemerewe gutwara abagenzi. Abatwara moto n'amagare barasabwa kubahiriza amabwiriza y'isuku buri gihe.

    i. Inama zihuza abantu imbonankubone (physical meetings), ibirori n'amateraniro rusange birabujijwe.

    j. Ahantu ho gukorera siporo, imyitozo ngororamubiri n'imyidagaduro hazakomeza gufunga. Kogera muri pisine (swimming pool) birabujijwe. Icyakora abantu bacumbitse muri hoteli bemerewe kogera muri pisine ya hoteli bacumbitsemo ariko berekanye ko bipimishije COVID-19. Siporo ikozwe n'umuntu ku giti cye iremewe hagati ya saa Kumi n'imwe na saa Tatu za mu gitondo (5:00 Am-9:00Am).

    k. Resitora na café zizajya zitanga gusa serivisi zo kugeza ku bantu ibyo bakeneye batahana (Take away).

    l. Utubari tuzakomeza gufunga.

    m. Insengero zizakomeza gufunga.

    n. Ikibuga Mpuzamahanga cya Kigali kizakomeza gukora. Abagenzi bose baza mu Rwanda bagomba kuba bafite icyemezo cy'uko bipimishije COVID-19 (PCR test) amasaha 72 mbere y'uko bahaguruka. Abagenzi bava mu Rwanda na bo bagomba kubanza kwipimisha COVID-19. Abagenzi bose binjira mu Rwanda bahita bishyira mu kato mu gihe cy'iminsi 7, icyo gihe cyarangira bakipimisha COVID-19 (PCR test).

    0. Ibikorwa by'Ubukerarugendo bizakomeza hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19. Muri ibyo bikorwa harimo amahoteli, abashinzwe kuyobora ba mukerarugendo (tour operators) na serivisi zo gutwara ba mukerarugendo. Ba mukerarugendo n'ababafasha bagomba kumenyesha RDB gahunda y'ingendo zabo.

    p. Umubare w'abitabira ikiriyo ntugomba kurenza abantu 10 icyarimwe. Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 15.

    q. Ibikorwa by'imikino y'amahirwe bizakomeza gufungwa.

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yaburiye abatuye Kigali ko baramutse bitwaye nabi mu kwirinda Covid-19 bashobora gusubira muri Guma mu rugo

    CP John Bosco Kabera yasabye Abanya-Kigali kurushaho kubahiriza ingamba zo kwirinda Covid-19 guhera kuri uyu wa Mbere

    Dr Mpunga Tharcisse yavuze ko mu gihe abantu badohotse ku ngamba zo kwirinda, bishyira igitutu ku nzego z’ubuvuzi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/guma-mu-rugo-irarangiye-ariko-covid-ntabwo-irangiye-minisitiri-shyaka-yahanuye

  • Nyarugenge: Nyuma yo guhabwa ibiryo byo kubafasha mu gihe cya Covid-19, bashyikirijwe amata n'imigati – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Gashyantare 2021 nibwo iyi miryango miryango yashyikirijwe amata n'imigati.

    Litiro 5800 z'amata nizo zahawe imwe mu miryango itishoboye ifite abana bari munsi y'imyaka itanu yari yarahawe ibiryo muri gahunda ya Guma mu rugo kugira ngo abana bayivukamo batazarwara indwara ziterwa n'imirire mibi.

    Umuryango wabwaga amata bitewe n'ingano y'abana bari munsi y'imyaka itanu ufite.

    Bamwe mu bagize iyi miryango babwiye IGIHE ko bishimye cyane kuba bahawe amata kuko azatuma abana babo batarwara bwaki.

    Afisa Mukandayisenga wo mu Kagari ka Biryogo yagize ati 'Aya mata aramfasha kongera imirire myiza y'umwana no mu bijyanye no kubyiruka kwe dukurikije n'ibihe turimo kandi ndabashimiye cyane kuko hari byinshi bangabanyirije bitewe n'uko no kumubonera icyo kurya byangoraga cyane.'

    Uwitwa Kayitesi Scovia yavuze ko ashimira Leta yabafashije ikabaha amata y'abana kuko baba bayakeneye mu bihe nk'ibi.

    Ati ' Ndashimira leta ibashije kudufasha ikaduha amata, nubwo bampaye Litiro imwe iri bumfashe kuko ndaza kumuvangira mu gikoma iminsi ibe yicuma.'

    Umuyobozi ushinzwe ubuzima mu Karere ka Nyarugenge, Nyagahinga Jean de Dieu yavuze ko litiro 5800 arizo zahawe imiryango yo muri aka Karere ifite abana bari munsi y'imyaka itanu.

    Ati ' Amata ni ikinyobwa cyiza gifite intungamubiri ni nayo mpamvu imiryango yari yahawe ibiryo ifite abana bari munsi y'imyaka itanu yayahawe kugira ngo ayifashe kugira ngo abana batazarwara indwara zituruka ku mirire mibi cyane cyane muri ibi bihe turimo.'

    Yibukije ababyeyi guha abana aya mata kuko azabafasha kutarwara indwara ziterwa n'imirire mibi.

    Muri iki gikorwa buri muryango wanahabwaga ipaki y'umugati abana bazajya bifashisha bari kunywa ayo mata.

    Scovia yishimiye kuba yahawe amata n’umugati by’umwana we uri munsi y’imyaka itanu

    Umuyobozi w'Ubuzima mu Karere ka Nyarugenge, Nyagahinga Jean de Dieu ashyikiriza umubyeyi amata n’umugati

    Buri murenge wo mu Karere ka Nyarugenge wahawe amata n’imigati


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyarugenge-nyuma-yo-guhabwa-ibiryo-byo-kubafasha-mu-gihe-cya-covid-19

  • Minisitiri Shyaka yahanuye Abanya-Kigali bagiye kuva muri GUMA MU RUGO #rwanda #RwOT

    Inama y'Abaminisitiri yateranye mu Cyumweru gishize, yanzuye ko Umujyi wa Kigali ukurwa muri Guma mu rugo guhera kuri uyu wa Mbere tariki 8 Gashyantare 2021, nyuma y'ibyumweru bitatu serivisi zose zihagaze kugira ngo hahashywe ubwiyongere bw'ubwandu bwa Coronavirus.

    Mu kiganiro cyatambutse kuri RBA, Minisitiri Shyaka yavuze ko imyitwarire yaranze Abanya-Kigali muri iyi minsi ishize bari mu rugo, yatumye umubare w'abandura ugabanyuka ari nacyo cyahereweho gahunda ya Guma mu rugo ikurwaho.

    Icyakora, Prof Shyaka yavuze ko icyorezo kitarangiye, bityo ko ubwirinzi budakomeje Abanya-Kigali bashobora kwisanga basubiye mu rugo.

    Ati 'Ejo Guma mu rugo izaba irangiye ariko Covid-19 ntabwo irangiye. Amabwiriza ya Covid-19 agira umumaro kuko abaturage bayagizemo uruhare. Uko tugenda twubahiriza amabwiriza neza, ni ko tugenda dutsinda igisa nka Guma mu rugo, byagenze neza ariko hari ahakiboneka utwo dutotsi.'

    Yakomeje agira ati 'Twitware neza nk'abantu tugifite ikibazo cy'icyorezo, nubwo bitewe n'intambwe tumaze gutera mu rwego rwo kugabanya ubukana bwacyo ariko Covid-19 iracyahari. Icyo nasaba ni uko Abanyarwanda bakomeza umurego mu kwirinda icyorezo mu kumenyekanisha no kwirinda amabwiriza yo kwirinda.'

    'Turabizi abantu bakeneye kujya ku mirimo ariko tuzirikane aho tujya gukorera dushyiramo ka kanya. Ntabwo twifuza ko nyuma y'ukwezi dusubira mu rugo kuko twahuriye ahantu hahurira abantu benshi kwirinda bikatunanira […] Tutaza kumva bavuga ko hari za restaurants zatangiye kwakira abantu. Twibukiranye umunsi w'ejo utaba umunsi utarabayeho mu mateka yacu wo guhana cyane. Ntabwo twifuza guhana Abanyarwanda.'

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima Ushinzwe Ubuzima bw'Ibanze, Dr. Mpunga Tharcisse, yavuze ko mu byumweru bitatu bishize, umubare w'abandura Covid-19 wagabanyutse ku buryo bugaragara.

    Yatanze ingero nk'aho ubwo Guma mu rugo muri Kigali yatangiraga, ku munsi handuraga abantu bagera kuri 200, ubu ku munsi handura abari hagati ya 50 na 60.

    Mu barwayi bose, icyo gihe hakiraga abantu bagera kuri 50 ku munsi, none ubu hakira abagera kuri 430. Muri iyo minsi nabwo ku munsi hapfaga abantu hafi icumi, kuri ubu bagera kuri batatu ku munsi.

    Ati 'Ibyumweru bitatu bidusigiye akanya ko guhumeka kuko iyo urebye imibare iragenda igabanyuka, ibyo bigaha inzego z'ubuzima guhumeka no kongera kwitekerezaho neza kugira ngo bafashe ba bantu barwaye.'

    Icyakora, Dr Mpunga yavuze ko kuba hari abarenga ku mabwiriza yo kwirinda ari ikibazo gikomeye, kuko bashobora kuba icyuho cyo kwiyongera k'ubwandu.

    Ati 'Ni ikibazo iyo abantu batubahiriza ingamba, baba bafite ibyago byo kwandura. Ni impungenge ku gihugu kuko byongera akazi bikadushyira no ku gitutu cyo gufasha abantu rimwe na rimwe n'ibikoresho bikaba bike iyo babaye benshi.'

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko nubwo imibare y'abandura ikomeje kugabanyuka, hari umubare munini w'abarenga ku mabwiriza kandi bitemewe.

    Yavuze ko mu byumweru bitatu bishize, abantu bagera mu bihumbi 180 bafashwe mu gihugu barenze ku mabwiriza. Abantu basabye impushya zo kuva mu rugo bagera ku bihumbi 300 ariko abazemerewe bagera ku bihumbi 230.

    Yavuze ko hari n'abagiye bafatirwa mu tubari bagera ku bihumbi 60, abafashwe bari mu birori, mu nsengero n'ahandi hatemewe, bigaragaza ko hakiri uguteshuka ku ngamba.

    Ati 'Birumvikana ko isomo rikomeye hari abantu badohotse ariko bigaragazwa n'imibare y'abantu bacyandura […] Dufite akazi gakomeye ariko abaturage bumve ko atari inzego z'umutekano gusa n'inzego z'ibanze gusa, nabo bumve ko babifitemo uruhare.'

    Yavuze ko hashize icyumweru hatangajwe amabwiriza y'uburyo ingamba zo kwirinda Covid-19 zizubahirizwa muri Kigali guhera kuri uyu wa Mbere, avuga ko uzabirengaho inzego z'umutekano zitazamwihanganira.

    Inama y'abaminisitiri iyobowe na Perezida Kagame yateranye ku wa 2 Gashyantare, yafashe imyanzuro igaragaza ingamba zizakurikizwa kuva tariki ya 8 kugeza ku wa 22 Gashyantare 2021.

    Ingamba zihariye zizubahirizwa mu Mujyi wa Kigali

    a. Ingendo zirabujijwe guhera saa Moya za nimugoroba (7:00Pm) kugeza saa Kumi
    za mu gitondo (4:00Am).

    b. Abakozi ba Leta bazakomeza gukorera mu rugo, kereka abatanga serivisi z'ingenzi zibasaba kujya aho basanzwe bakorera.

    c. Ibikorwa by'inzego z'abikorera byemerewe kongera gukora ariko buri rwego rurasabwa gukoresha abakozi b'ingenzi.

    d. Abikorera barasabwa gukoresha abakozi batarenze 30% by'abakozi bose, abandi bagakorera mu rugo ariko bakagenda basimburana. Amasoko n'amaduka (markets and malls) azafungura ariko hajye hasimburana umubare utarenze 50% by'abacuruzi b'ingenzi bemerewe kuyakoreramo. Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa Kumi n'imwe za nimugoroba (5:00Pm).

    e. Amashuri yose (yaba aya Leta n'ayigenga) harimo na za kaminuza azakomeza gufunga.

    f. Ingendo hagati y'Umujyi wa Kigali n'Intara ndetse n'uturere dutandukanye tw'igihugu zirabujijwe, kereka ku mpamvu za serivisi z'ingenzi cyangwa iz'ubukerarugendo. Ba mukerarugendo bagomba kubanza kwipimisha COVID-19. Icyakora imodoka zitwaye ibicuruzwa zizakomeza gukora mu gihugu hose ariko ntizitware abantu barenze babiri.

    g. Ingendo mu modoka rusange cyangwa mu binyabiziga by'abantu ku giti cyabo ziremewe mu Mujyi wa Kigali. Imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange (za bisi) zemerewe gutwara abantu batarenze 50% by'umubare w'abantu zagenewe gutwara. Abatwara za bisi barasabwa kugenzura ko abagenzi bahana intera kandi bagatwara gusa abambaye agapfukamunwa.

    h. Moto n'amagare byemerewe gutwara abagenzi. Abatwara moto n'amagare barasabwa kubahiriza amabwiriza y'isuku buri gihe.

    i. Inama zihuza abantu imbonankubone (physical meetings), ibirori n'amateraniro rusange birabujijwe.

    j. Ahantu ho gukorera siporo, imyitozo ngororamubiri n'imyidagaduro hazakomeza gufunga. Kogera muri pisine (swimming pool) birabujijwe. Icyakora abantu bacumbitse muri hoteli bemerewe kogera muri pisine ya hoteli bacumbitsemo ariko berekanye ko bipimishije COVID-19. Siporo ikozwe n'umuntu ku giti cye iremewe hagati ya saa Kumi n'imwe na saa Tatu za mu gitondo (5:00 Am-9:00Am).

    k. Resitora na café zizajya zitanga gusa serivisi zo kugeza ku bantu ibyo bakeneye batahana (Take away).

    l. Utubari tuzakomeza gufunga.

    m. Insengero zizakomeza gufunga.

    n. Ikibuga Mpuzamahanga cya Kigali kizakomeza gukora. Abagenzi bose baza mu Rwanda bagomba kuba bafite icyemezo cy'uko bipimishije COVID-19 (PCR test) amasaha 72 mbere y'uko bahaguruka. Abagenzi bava mu Rwanda na bo bagomba kubanza kwipimisha COVID-19. Abagenzi bose binjira mu Rwanda bahita bishyira mu kato mu gihe cy'iminsi 7, icyo gihe cyarangira bakipimisha COVID-19 (PCR test).

    0. Ibikorwa by'Ubukerarugendo bizakomeza hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19. Muri ibyo bikorwa harimo amahoteli, abashinzwe kuyobora ba mukerarugendo (tour operators) na serivisi zo gutwara ba mukerarugendo. Ba mukerarugendo n'ababafasha bagomba kumenyesha RDB gahunda y'ingendo zabo.

    p. Umubare w'abitabira ikiriyo ntugomba kurenza abantu 10 icyarimwe. Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 15.

    q. Ibikorwa by'imikino y'amahirwe bizakomeza gufungwa.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/article/minisitiri-shyaka-yahanuye-abanya-kigali-bagiye-kuva-muri-guma-mu-rugo

  • Padiri Innocent Rukamba wo muri Diyosezi ya Kibungo yahitanwe n'uburwayi #rwanda #RwOT

    Padiri Innocent Rukamba wa Diyosezi Gatolika ya Kibungo yitabye Imana kuri iki cyumweru Tariki 07 Gashyantare 2021 azize uburwayi.

    Mu itangazo Antoine Caridinal Kambanda, yashyize ahagaragara rivuga ko afatanyije n'umuryango wa Padiri Innocent Rukamba, ko ababajwe no kumenyesha inshuti n'abavandimwe urupfu rw'uwo mupadiri witabye Imana uyu munsi tariki 07 Gashyantare 2021 azize uburwayi.

    Muri iryo tangazo, Antoine Caridinal Kambanda yabimenyesha Abepiskopi, Abapadiri, Abihayimana, Abakirisitu n'abandi bose babanye nawe, ndetse n'abo bakoranye mu mirimo inyuranye, aho rivuga ko imihango yo gushyingura Nyakwigendera izamenyeshwa nyuma.

    Padiri Innocent Rukamba yavukiye muri Paruwasi ya Rwamagana muri Diyosezi ya Kibungo, yahawe Ubupadiri mu 1991, aho ku rutonde rw'Abapadiri ari ku mwanya wa 490.

    Caridinal Kambanda mu itangazo rye ryo kubika, arifuriza Padiri Rukamba witabye Imana kuruhukira mu mahoro, ati 'Padiri Innocent Rukamba, Nyagasani amwiyereke iteka, aruhukire mu mahoro”.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/padiri-innocent-rukamba-wo-muri-diyosezi-ya-kibungo-yahitanwe-n-uburwayi