Category: Uncategorized

  • Ubwoba ni bwose muri Tanzania kubera icyorezo kitaramenyekana kirimo guhitana abatari bake. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ku cyumweru, abashinzwe ubuzima bavuze ko byibuze abantu cumi na batanu bapfuye abandi barenga 50 bajyanwa mu bitaro mu majyepfo ya Tanzaniya kubera indwara itamenyekanye yatumye benshi bagira isesemi bagapfa bava amaraso.Ibintu bikomeje gutera ubwoba abatuye muri iki gihugu.

    Felista Kisandu, umuyobozi mukuru w'ubuvuzi mu karere ka kure ka Chunya mu mujyi wa Mbeya, yavuze ko hashyizweho itsinda ry'inzobere mu buvuzi kugira ngo basuzume amavuriro kandi bakore iperereza ku cyateye iki cyorezo.

    Ati: 'Iki cyorezo nticyakwirakwiriye, cyari mu gace kamwe aho abantu baruka amaraso bagapfa bageze mu bitaro'.

    Kisandu yavuze ko isuzuma rya mbere ry'amavuriro ryagaragaje ko abarwayi, cyane cyane abagabo, bafite ibisebe byo mu gifu n'indwara y'umwijima.

    Ati: 'Twabagiriye inama yo kwirinda kunywa inzoga zitemewe, kunywa itabi n'ibindi binyobwa bikomeye'.

    Kisandu yavuze ko ibipimo bitandukanye by'amaraso y'abarwayi byoherejwe kugirango bisuzumwe hamenyekane impamvu yubu burwayi.

    Dukurikije inyandiko ziri ku biro bikuru by'ubuvuzi bya Mbeya, indwara nk'iyi yibasiye ako karere mu mwaka wa 2018, ubwo abantu benshi bajyaga kwa muganga bahinda umuriro mwinshi, kubabara mu gifu no kuruka amaraso ndetse bikabaviramo urupfu.

    Minisitiri w'ubuzima wa Tanzaniya, Doroth Gwajima, yohereje itsinda ry'inzobere kugira ngo basuzume uko ibintu bimeze maze abategeka gutanga raporo yanditse igaragaza icyateye iyi ndwara kugira ngo bakore ibindi bikorwa, nk'uko byatangajwe na minisiteri.

    Minisitiri yahamagariye abaturage kudakuka umutima mu gihe abayobozi barimo gukurikirana ibyabaye

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/ubwoba-ni-bwose-muri-tanzania-kubera-icyorezo-kitaramenyekana-kirimo-guhitana-abatari-bake/

  • Umugabo n'umugore we bishwe n'imvubu bari kumwe basiga abana babo 6 ari imfubyi #rwanda #RwOT

    Kuri iki cyumweru nibwo aba bombi batewe n'iyi mvubu ubwo bambukaga umugezi wa Zambezi mu gace ka Mongu,birangira ibahitanye basiga abana babo ari imfubyi.

    Ushinzwe kurinda amashyamba na pariki za Leta mu gace ka Mongu witwa Gryton Kasamu yavuze ko uyu mugabo n'umugore we bishwe n'imvubu mu gitondo cyo kuri iki cyumweru berekeza mu majyepfo y'ikiraro cyitwa Mongu-Kalabo.

    Uyu mugabo yagize ati 'Nibyo uwo mugabo n'umugore bapfuye nyuma y'aho ubwato barimo bwagonzwe n'imvubu mu mugezi wa Zambezi.

    Uyu muyobozi yakomeje avuga ko abashinzwe umutekano bakomeje gushakisha umurambo w'umugabo cyane ko uw'umugore wo wabonetse ndetse n'iyi mvubu ngo iri gushakwa.'

    Umurambo w'uyu mugore umaze kuboneka wajyanwe ku bitaro bya Lewanika General Hospital.

    Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umugabo-n-umugore-we-bishwe-n-imvubu-bari-kumwe-basiga-abana-babo-6-ari-imfubyi

  • Ijambo rya Jenerali ukuriye abahiritse ubutegetsi muri Myanimar ryatumye abigaragambya bakaza umurego #rwanda #RwOT

    Umukuru w'abahiritse ubutegetsi muri Myanmar yashyikirije ijambo rye rya mbere kuri televiziyo kugira ngo asobanure impamvu yatumye bafata ubutegetsi mu gihe imyigaragambyo yo kwamagana icyo gikorwa ikomeje.

    Min Aung Hlaing yavuze ko amatora yo mu kwezi kwa 11 umwaka ushize wa 2020 yatsinzwe ku majwi menshi n'ishyaka rya Madame Augn San Suu Kyi ufunzwe, yagenze nabi.

    Igisirikare cyatangiye kugira ibyo kibuza mu turere tumwe na tumwe harimo umukwabu wo kubuza abantu gutembera ndetse hanashyirwaho umubare ntarengwa w'abantu batagomba kurenza mu gihe bateraniye hamwe.

    Abantu isinzi bakoranye kuri uyu wa mbere, ku munsi ugira gatatu w'imyigaragambyo, bihurirana n'uko kwivumbagatanya/yegereyegere mu gihugu cyose, byo kwanga uko guhirika butegetsi.

    Ijambo ry'uyu Mujenerali ryanashavuje abatavuga rumwe n'ubwo butegetsi bushyashya, imbuga nkoranyambaga zerekanye amashusho y'abavuza amasafuriya mu kuryamagana imbere y'ama televiziyo zabo.

    Ni bande bari mu mabarabara?

    Kuri uyu wa mbere mu gitondo, abantu ibihumbi n'ibihumbi bateraniye ku murwa mukuru Nay Pyi Taw kugira ngo bitabe iyo myigaragambyo. No mu yindi mijyi nka Mandalay na Yangon abantu bitabiriye ari benshi, nk'uko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza.

    Abitabiriye imyigaragambyo bari mu byiciro bitandukanye by'abakozi, baba mu barimu, abacamanza, abakora mu ma Banki, abakozi ba Leta n'abandi.

    Umwe mu bari mu myigaragambyo ariko atashatse ko umwidondoro we umumenyekana-yabwiye BBC ati: 'Uyu munsi, twebwe, abashinzwe ubuzima, cyane cyane abakora mu mirimo ya Leta nk'abaganga, abafundi bo mu rwego rwo hejuru n'abigisha-twagiye ahabona kugira ngo twerekane ko turi kumwe muri ibi. Icyo dushaka ni kimwe, guhirika ubutegetsi bw'igitugu'.

    Mu cyumweru gishize, igisirikare cya Myanmar cyafashe ubutegetsi nyuma y'amatora yatsinzwe n'ishyaka NLD ku majwi menshi cyane.

    Cyahise kandi gishinga amategeko y'ibihe bidasanzwe y'igihe cy'umwaka muri Myanmar, igihugu kizwi kandi nka Birmania, ubutegetsi buhita bushyikirizwa kizigenza mu gisirikare Min Aung Hlaing.

    Madame Suu Kyi na bamwe mu bayobozi bakomeye mu ishyaka rye rya National League for Democracy (NLD), harimo na Perezida Win Myint bafungishijwe ijisho mu ngo zabo.

    Igisirikare cyari cyashyigikiye abatavuga rumwe na Leta basabaga ko amatora yasubirwamo, bavuga ko yabayemo ubujura. Ariko Komisiyo ishinzwe amatora yavuze ko nta byemezo byatanzwe byo kwerekana ubwo bujura.

    Jenerari yavuze iki?

    Ijambo rya Jenerari Min Aung Hlaing ryari rishingiye ku mpamvu zatumye igisirikare gifata ubutegetsi gusumba gutera ubwoba abari mu myiyerekano.

    Yavuze ko Komisiyo ishinzwe amatora yanze gukora amatohoza ku tunenge twari mu ntonde z'amatora yo mu kwezi kwa 11 kandi ntiyatuma haba ukwiyamamaza kutarenganya.

    Iyo komisiyo yavuze ko nta byemezo bihari byo kwerekana ko habaye ubujura.

    Jenerari Min Aung Hlaing yemeye ayandi matora no gushyikiriza ubutegetsi uzayatsinda. Komisiyo y'amatora ivuguruye niyo izayategura.

    Yanavuze kandi 'gushyika kuri 'demokarasi y'ukuri kandi iri ku murongo',amajambo yaneguwe cyane ku mbuga nkoranyambaga na bamwe batavuga rumwe n'ubwo butegetsi.

    Yanasabye abanyagihugu kugendera ku bintu by'ukuri, bakirinda gutwarwa n'amarangamutima yabo.

    Uyu Mujenerari nta terabwoba yagize ku bari mu myigaragambyo, gusa yavuze ko nta n'umwe uri hejuru y'amategeko. Igisirikare mu bihe byahise cyahutaje abantu, harimo mu 1988 na 2007.

    Mu turere tumwe tumwe twafatiwe ingingo, nko mu mujyi uza ku mwanya wa kabiri mu bunini Mandalay n'ahandi aho bibujijwe gutembera kuva I saa mbiri z'ijoro gushyika I saa kumi z'igitondo.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/ijambo-rya-jenerali-ukuriye-abahiritse-ubutegetsi-muri-myanimar-ryatumye-abigaragambya-bakaza-umurego/

  • Muri Tanzania indwara yahadutse itaramenyekana abayirwaye bari kurangwa no kuruka amaraso imaze kwica abarenga 15 #rwanda #RwOT

    Amakuru ari gutambuka mu binyamakuru byo muri Tanzaniya , aravugako mu abashinzwe ubuzima bo mu karere ka Chunya bavuzeko hari bamwe mubarwaye iyi ndwara ndetse baje no kupfa mugihe cy'amasaha gusa, mugihe minisiteri y'ubuzima yo yahakanye ko yaba ari indwara nshya, ariko yoherezayo ikipe y'inzobere gukora iperereza.

    Minisitiri w'ubuzima Dorothy Gwajika yahagaritse umukozi ushinzwe ubuzima muri ako karere wabwiye ibinyamakuru iby'iyi ndwara, nk'uko ikinyamakuru Citizen kibivuga.

    Minisiteri y'ubuzima yavuze ko ibimenyetso bivugwa bisa n'ibyabonetse na mbere mu 2018.

    maze isaba abaturage gukomeza gutuza mu gihe bari gukora iperereza ngo hatangwe amakuru arambuye nyuma.

    Mu minsi ishize, abaturage ba Tanzania bashishikarijwe n'abategetsi gukoresha ibimera bimwe na bimwe mu kwirinda icyorezo cya coronavirus.

    Perezida Magufuli we yatangaje ko muri Tanzania nta coronavirus ihari ndetse na minisiteri y'ubuzima ivuga ko nta gahunda bafite yo gusaba inkingo z'iki cyorezo.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/ubuzima/article/muri-tanzania-indwara-yahadutse-itaramenyekana-abayirwaye-bari-kurwangwa-no

  • Abanyarwanda binjiye ku isoko rya Centrafrique: Ibyo bemerewe ku bashaka gushora imari (Video) – #rwanda #RwOT

    -  Perezida Touadéra yasabye Abanyarwanda gushora imari mu buhinzi no gufungura banki

    -  Hari ubutaka bungana na hegitari miliyoni 30 budahingwa

    -  Abazashinga inganda bazasonerwa imisoro mu gihe cy'imyaka 10

    -  Bazahabwa aho gukorera, boroherezwe kubona ibyangombwa byo gukora no gutura n'ubwenegihugu

    Centrafrique ni igihugu gikize ku mutungo kamere, gusa miliyoni 5,1 z'abagituye si abashabitsi bakomeye kuko usanga byinshi mu byo bakenera bituruka mu mahanga cyane muri Cameroun.

    Nko ku bakora ibikorwa by'ubuhinzi, bafite amahirwe y'imbonekarimwe. Centrafrique ifite ubutaka bwo guhinga budakoreshwa burenga hegitari miliyoni mirongo 30. Abakora imirimo y'ubuhinzi muri iki gihugu usanga iyo bakeneye nko guhinga batirirwa bitaba ibirenge bakoresheje amasuka, baratwika ubundi bagafata igiti bagasanza, bagatera imbuto ubwo indi gahunda ikazaba gusarura.

    Magingo aya, isoko rya Centrafrique Abanyarwanda batangiye kurikozaho imitwe y'intoki. Ni ikibuga kirimo amahirwe atabarika kandi bitewe n'umubano mwiza uri hagati y'ibihugu byombi, Abanyarwanda bakomorewe byose kugira ngo bakore batuje kandi bisanga.

    Hashize iminsi mike Perezida wa Centrafrique, Faustin-Archange Touadéra, yakiriye abacuruzi bo mu Rwanda, bamugezaho ibyifuzo byabo mu gihe baba batangiye gukorera muri iki gihugu nyuma y'aho RwandAir itangijeyo ingendo.

    Ku ikubitiro, abashoramari 32 bo mu Rwanda bajyanye n'indege ya RwandAir barimo abakora mu bijyanye n'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro, ubukerarugendo, inganda, abakora ibijyanye no gutunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi n'ubworozi, gutwara abantu n'ibintu, ubuzima, ubwubatsi, abatanga za serivisi zinyuranye n'ibindi.

    Jessie Kalisa Umutoni ni umwe muri ba rwiyemezamirimo b'Abanyarwanda bagiye muri Centrafrique mu rugendo rugamije kureba amahirwe y'ishoramari aboneka muri iki gihugu.

    Yagize amahirwe cyo kimwe n'abandi barenga 30 bari bari kumwe yo guhura na Perezida wa Centrafrique, Faustin-Archange Touadéra, abasobanurira amahirwe y'ishoramari aboneka muri iki gihugu, anabizeza ko amahirwe yose y'ishoramari ari muri iki gihugu ku ikubitiro afunguriwe Abanyarwanda.

    Ati 'Bifuza ko twaza tugakorana nabo, tukabayobora cyangwa se tukabafasha, bafite ubushake bwo kuduha ubushobozi bwose kugira ngo dukorane neza […] ikindi bibanzeho cyane ni uguhanga imirimo kuko nituramuka tuje tuzatanga akazi. Ikindi cyiza nashimye cyane ni uko bari kutwibonamo.'

    Umutoni yavuze ko amahirwe ari muri Centrafrique ku Banyarwanda ari menshi, kandi ko bijejwe n'umutekano wabo bwite n'ibicuruzwa mu gihe baba batangiye gukorera muri iki gihugu.

    Ati 'Burya iyo uri umucuruzi ugomba kumenya, uti ibintu byanjye bizanyura he, amakuru tumaze kubona ubu ni uko ibintu byose bitazanyura mu ndege, hari n'ibizanyura hasi. Haracyari ibiganiro byo kumva umuhanda uturuka za Douala kugera aha uko bizaba bimeze, wenda mu mezi abiri cyangwa mu kwezi kumwe. Icyo nacyo nk'Abanyarwanda twakibajije.'

    Ku bashaka gushinga inganda, basonewe imisoro mu gihe cy'imyaka 8 na 10

    Nsabumukiza Aimable ni rwiyemezamirimo mu bijyanye n'amahoteli n'ubukerarugendo, yavuze ko ku Munyarwanda ushaka gukora, Centrafrique atari ahantu ho gushora imari mu mafaranga gusa ahubwo ko n'abafite ibyo bazi bashaka gukora, bashobora kugana iki gihugu.

    Ati 'Ni ahantu ho gukorera, ni ahantu umuntu yashora imari, imari tuvuga ntabwo ari mu mafaranga gusa, abantu bumve ko ufite n'icyo uzi gukora, ukaza ukagitangira wakora. Ni ubutaka bw'amahirwe.'

    Ibihugu byombi byagiranye amasezerano y'ubufatanye mu ngeri zirimo umutekano n'ubucuruzi aho nk'Abanyarwanda bazajya boroherezwa kubona ibyangombwa byo gukora, abafite inganda bagasonerwa imisoro mu gihe kiri hagati y'imyaka umunani n'icumi.

    Mu nama yahuje abacuruzi b'Abanyarwanda n'abo muri Centrafrique mu cyumweru gishize, havugiwemo ko mu gihe batangiye gukora, bazahabwa aho gukorera, bakoroherezwa kubona ibyangombwa byo gutura ndetse n'ubwenegihugu ku babushaka.

    Jessie Kalisa Umutoni ati 'Imisoro ni ubuntu, kuva ku myaka umunani kugera ku myaka icumi.'

    Yavuze ko mu kiganiro bagiranye na Perezida w'iki gihugu, yabasabye gushora imari mu buhinzi kuko hari ubutaka bunini kandi budahingwa.

    Ati 'Hegitari miliyoni 30 zirimo ubusa! N'urwego rw'amahoteli narwo ni uko, ntabwo bafite amabanki menshi. Perezida yifuje ko hafungurwa iy'ubucuruzi, iy'abagore, iy'urubyiruko, ndetse yasabye ko haza n'abantu bagafungura banki ya gisirikare. Urumva rero hari amahirwe menshi kandi hari n'ubumenyi bwinshi Abanyarwanda bafite baza bakabasangiza.'

    Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by'Ishoramari, Pascal Bida Koyagbele, yavuze ko yizeye ko ishoramari ry'Abanyarwanda rizatanga umusanzu ukomeye ku iterambere n'amahoro by'iki gihugu cy'igituranyi.

    Ati 'Ntekereza ko ari iterambere ry'ubukungu, bizateza imbere amahoro, bizatanga imirimo ku rubyiruko, izateza imbere ubukire, izatuma abantu batandukanye babona ibyo gukora mu guteza imbere igihugu ariko ibirenze iby'ubukungu, ingabo z'ibihugu byombi zigomba gukorana mu gushakira umutekano abaturage.'

    Kuva kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Centrafrique, Sylvie Baïpo Temon, ari mu Rwanda mu ruzinduko rugamije gushimangira umubano mwiza hagati y'ibihugu byombi aho yagiranye ibiganiro na mugenzi we Dr Vincent Biruta.

    Aha ni Mujyi wa Bangui kuri Stade Nkuru y’Igihugu yitwa “20 Milles Place”

    Perezida Touadéra yijeje Abanyarwanda ko amahirwe yose ahari mu gihugu aribo azahabwa mbere y’abandi

    RwandAir yatangiye ingendo zayo muri Centrafrique zikorwa kabiri mu cyumweru

    Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Centrafrique, Sylvie Baïpo Temon, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

    Video: Adeline Umutoni & Marc Hoogsteyns


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyarwanda-binjiye-ku-isoko-rya-centrafrique-ibyo-bemerewe-ku-bashaka-gushora

  • Umugabo w'imyaka 43 akurikiranweho gusambanya abana b'abahungu barenga 20 I Nyakariro #rwanda #RwOT

    Nzishimanumve Alfred wo  mu murenge wa Nyakariro ho mu karere ka Rwamagana yatawe muri yombi n'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gusambanya abana b'abahungu barenga 20.

    Ibyaha Nzishimanumve akurikiranweho, byamenyekanye nyuma y'uko umwe mu bana atashye  ari kubabara cyane avuga ko yasambanijwe n'uyu Nzishimanumve ndetse ko azi n'abandi bana benshi bagenzi be basambanijwe nkuko umuyobozi w'umurenge  Muhigirwa  David yabitangarije itangazamakuru ati 'Ubwo uwo mwana w'Imyaka 13 yatahaga avuye mu rugo rw'uwo  mugabo yauze ko arimo kuribwa cyane,ndetse ko yasambanijwe. Ndetse yongeyeho hari n'abandi bana benshi azi basambanijwe n'uyu mugabo aho yakundaga kubashukisha  imineke ndetse n'abakuru akabaha amafaranga.' Uyu Alfred agifatwa nawe yiyemereye ko yasabanijwe abo bana. Alfred   yari amaze igihe y'amezi 9 muri gereza  aho nabwo yari afunzwe nyuma yo guhamwa n'icyaha cyo gusambanya abana.

    Mu gihe iperereza rikomeje gukorwa, kuri ubu Nzashimanumve Alfred afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Karenge mu karere ka Rwamagana.

    Source : https://impanuro.rw/2021/02/08/umugabo-wimyaka-43-akurikiranweho-gusambanya-abana-babahungu-barenga-20-i-nyakariro/

  • Yakubise umubyeyi we aramumugaza amuziza ko yanze kumwereka se umubyara #rwanda #RwOT

    Bwana John Kainuthia ashinjwa gukubita mu buryo bubabaje nyina Naomi Kamuyu amusanze mu rugo rwe ahitwa Riruta muri Nairobi Kuwa 21 Mutarama uyu mwaka.

    Uyu mugabo akimara gufungwa yabwiye abagenzacyaha ko yakubise nyina ibipfunsi mu mbavu zimwe arazivuna ndetse n'imbago yagenderagaho arazita.

    Uyu mukecuru yasigaye ari gutaka cyane kugeza ubwo abantu baje baramufasha ajyanwa kwa muganga.

    Kinuthia yakurikiranweho ibyaha byo gukubita no kuvuna nyina ndetse no guteza akavuyo mu bantu.

    Uyu Kinuthia yacagaguye igikapu uyu nyina yaguze amashilingi 200 ndetse na telefoni ye yaguze ibihumbi 15 by'amashilingi ya Samsung.

    Kinuthia wavutse ari umwana wa nyuma w'uyu mukecuru,yashinjwe ko yateye ubwoba nyina ko natamwereka se amwica ndetse ngo yari afite icyuma yaje kwamburwa atarakimutera.

    Uyu mugabo kandi yasabaga uyu mukecuru ko yajya amuha ku mafaranga y'ubukode bw'amazu yabo undi aramutsembera.

    Uyu mugabo yahozaga ku nkeke uyu nyina amusaba ko yamubwira inkomoko ya se kugira ngo azamushakishe ariko umukecuru akamubwira ko nawe atamuzi.

    Icyakora, Kinuthia ngo yahakanye ibyo aregwa gusa umucamanza abwirwa ko iki kirego kizakemukira mu muryango aho gukomereza mu rukiko.

    Uyu mugabo yarekuwe atanze Sh100,000 ndetse ashobora kwiyongeraho Sh30,000 yo kugura igifungo.

    Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/yakubise-umubyeyi-we-aramumugaza-amuziza-ko-yanze-kumwereka-se-umubyara

  • Phocas Ndayizeye wasabiwe gufungwa burundu yasabye kurekurwa – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 8 Gashyantare 2021, Ndayizera yongeye kugaragara imbere y'Urugereko Rwihariye rw'Urukiko Rukuru rushinzwe kuburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n'ibyambukiranya imipaka ruri i Nyanza mu Majyepfo y'u Rwanda, aho yahawe umwanya wo kongera kwiregura mbere y'isomwa ry'urubanza ritegerejwe muri Gicurasi uyu mwaka.

    Mu bwiregure bwe, Ndayizera yongeye kuvuga ko ibyo ashinjwa byose ari ibinyoma, n'ubwo yari yarabyemeye mu nyandiko mvugo yasinye mu Bugenzacyaha ariko nyuma akaza kwisubira avuga ko yabikoze kubera iyicarubozo yakorewe. Ni ibikorwa atigeze agaragaza uko yabikorewe ndetse ntihagire inshuro n'imwe agaragara afite ibikomere cyangwa ibindi bimenyetso biranga umuntu wahohotewe.

    Ndayizera arashinjwa kuba yari ayoboye umugambi wo guhungabanya umutekano mu Mujyi wa Kigali, abinyujije mu gutegura ibikorwa byo guturitsa ibikorwa remezo birimo ibiraro n'inyubako za Leta.

    Ubwo yerekwaga itangazamakuru nyuma yo gufatwa, Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, rwavuze ko rwamufatiye mu cyuho i Nyamirambo ari kwakira ibyo biturika, bivugwa ko yari yohererejwe na Ntamuhanga Cassien, wahoze ari umunyamakuru mu Rwanda mbere yo kwerekeza mu bikorwa byo kurwanya Leta y'u Rwanda.

    Ntamuhanga na we ari muri uru rubanza n'ubwo adahari, kimwe n'abandi bantu 12 bari kuburanira rimwe na Ndayizera, aho bose bashinjwa ibyaha bitandukanye bijyanye n'ubufatanyacyaha muri uyu mugambi mubisha.

    Ndayizera yabwiye urukiko ko ibyaha aregwa nta shingiro bifite, kuko nta perereza ryabayeho ngo ribyemeze, ahera aho asaba kurekurwa kuko ari umwere.

    Umwunganizi we, Me Ntare Paul, na we yagaragaje ko yagize imbogamizi muri uru rubanza kuko atabonanye n'abo yunganira. Ukuriye Inteko iburanisha, yamusubije ko atari azi icyo kibazo kuko atigeze akimenyeshwa.

    Uyu mwunganizi kandi yongeye gushimangira ko Ndayizera nta bikorwa bigamije guhungabanya umutekano yigeze yijandikamo, kuko Ubushinjacyaha bwavugaga ko uyu mugambi wacuzwe n'Umutwe w'Iterabwoba wa RNC kandi nta hantu na hamwe Ubushinjacyaha bwigeze bwerekana ko RNC yicaranye na Ndayizera kugira ngo bajye inama z'uwo mugambi wo guhirika ubutegetsi. Yahereyeho agaragaza ko umukiliya we ari umwere, bityo akwiye kurekurwa.

    Mu bandi bareganwa na Ndayizera, banakomeje kwiregura muri uru rubanza, barimo Bizimana Terance, Wax Bonheur, Munyensanga Martin, Mushimiyimana Yves, Niyonkuru Emmanuel, Ukurikiyimfura Theoneste, Rutaganda Bosco, Shiragahinda Ernest, Nshimyumurenyi Jean Claude, Byiringiro Garno, Niyihoze Patrick na Karangwa Eliakimu. Aba bose bahakana ibyaha baregwa.

    Umwanzuro kuri uru rubanza rwa Ndayizera na bagenzi be uzasomwa ku wa 6 Gicurasi 2021 saa Tanu z'amanywa.

    Phocas Ndayizera na bagenzi barashinjwa kugira uruhare mu bikorwa byo gushaka guhungabanya umutekano


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/phocas-ndayizeye-wasabiwe-gufungwa-burundu-yasabye-kurekurwa

  • Kigali: Akanyamuneza ni kose ku baturage nyuma yo kuva muri Guma mu rugo (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Tariki ya 8 Gashyantare 2021 yabaye umunsi udasanzwe kuko Abanya-Kigali bongeye kumwenyura nyuma yo gusubira mu kazi bari bamaze ibyumweru bitatu badakora.

    Umujyi wa Kigali washyizwe muri Guma mu Rugo bitewe n'ubwiyongere bukabije bw'imibare y'abandura Coronavirus bwawubonekagamo. Iminsi yari ishize abawutuye bari mu ngo zabo keretse abatangaga serivisi mu bikorwa by'ingenzi byari byemerewe gukomeza gukora.

    Inama y'Abaminisitiri yateranye ku wa 2 Gashyantare 2021 imaze gusuzuma uko iki cyorezo gihagaze mu gihugu hose yanzuye ko kuri uyu wa Mbere hatangira kubahirizwa ingamba nshya zirimo no kongera gukora kw'ibikorwa byari byarahagaze ariko hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

    Abaturage baganiriye na IGIHE bakora imirimo inyuranye ibyara inyungu n'ababona ifunguro ari uko bakoze bishimiye kongera kugaruka mu mirimo yabo cyane ko ariyo bakesha amaramuko.

    Twagiramungu Vincent utwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali ari mu bishimiye kugaruka mu kazi cyane ko atari yorohewe n'imibereho muri Guma mu rugo.

    Yagize ati 'Turishimye cyane, ni inkuru yadushimishije kuko abantu twari dutangiye kwibaza uko biri bugende cyane ko twe turya kuko twakoze. Uretse nanjye ariko urabona ko abantu basabagijwe n'umunezero ku maso. Guma mu rugo ntiyari yoroshye pe kuko niba umuntu yarakeneraga kurya ari uko yakoze birumvikana ko byari bigoye cyane kuri twe imirimo yari yarahagaze.''

    Uwera Marie Clarisse ukora ubucuruzi buciriritse na we yagaragaje akanyamuneza, anishimira kugaruka mu kazi.

    Yagize ati 'Utakishimira kugaruka mu mirimo yaba akabije, iminsi yari ibaye myinshi turi mu rugo birumvikana hahindutse byinshi, yaba no mu bushobozi bwacu. Dutekereza ko ibi biruta cyane kwirirwa wicaye mu rugo. Mu by'ukuri twizeye ko biri budufashe kubona amikoro dukabasha no kubona ibitunga imiryango yacu.'

    Kongera gukora kw'ibikorwa bitandukanye mu Mujyi wa Kigali bijyana ahanini n'ibikorwa by'ubwikorezi rusange. N'ubwo ingendo zihuza Kigali n'uturere dutandukanye tw'igihugu zibujijwe ariko iz'abawurimo zo zirakomeje.

    Birumvikana ko iyo ibikorwa bitandukanye biri kujya mbere ababikora bakenera uburyo bwo kugera aho biri cyangwa aho bashakishiriza amaronko. Ni serivisi igomba gushyirirwaho amabwiriza agenga imikorere y'ingendo harimo ko imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zizajya zitwara 50% by'abagenzi.

    Ahishakiye Jean Paul ukora mu mirimo yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange yavuze ko yavuze ko ingamba zo kwirinda COVID-19 zigomba kurushaho kwitabwaho.

    Yagize ati 'Iminsi yari ishize ari myinshi turi mu rugo urumva ko twabyakiriye neza. Tugarutse mu kazi n'ingamba nshya zo kwiteza imbere no kwizigamira. Ingamba zo kwirinda zo tugomba kurushaho kuzubahiriza cyane ko duhura n'abantu benshi kuko nta muntu ukeneye kongera gusubira mu rugo. Rwose Guma mu rugo iragatsindwa.'

    Abanya-Kigali nubwo bavuye muri Gahunda ya Guma mu rugo banashyiriweho ingamba zihariye bagomba gukomeza gukurikiza by'umwihariko bakomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

    Minisiteri y'Ubuzima igaragaza ko ingamba zafashwe kuva tariki ya 19 Mutarama 2021 kugeza ku wa 2 Gashyantare 2021 zatanze umusaruro kuko ubwo Guma mu rugo muri Kigali yatangiraga, ku munsi handuraga abagera kuri 200, baza kugera ku bari hagati ya 50 na 60.

    Izi ngamba nshya zatangiye kubahirizwa kuri uyu munsi, biteganyijwe ko ku wa 22 Gashyantare 2021 aribwo zizavugururwa bitewe n'uko icyorezo kizaba gihagaze mu gihugu. Ingamba nshya ziteganya ko ibikorwa by'abikorera bigomba gufunga saa Kumi n'Imwe mu gihe isaha yo kugera mu rugo ari saa Moya.

    Kanda hano urebe andi mafoto menshi agaragaza ishusho ya Kigali ku munsi wa mbere abayituye bavuye muri Guma mu Rugo.

    Abantu bari babukereye berekeje mu mirimo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali

    Abantu bari urujya n’uruza muri Gare ya Nyabugogo ku munsi wa mbere wo gukuraho Guma mu rugo i Kigali

    Amabwiriza yo kwirinda COVID-19 nayo yagombaga kubahirizwa, harimo guhana intera no kwambara neza agapfukamunwa

    Benshi banabonye umwanya wo kujya guhaha

    Urubyiruko rw’abakorerabushake muri Gare ya Nyabugogo rwari maso rukurikirana iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kwirinda COVID-19

    Imodoka zitwara abagenzi zemerewe gutwara abantu 50% by’abasanzwe bagendamo

    Imodoka za sosiyete z’ubwikorezi zitandukanye zageze mu mihanda hakiri kare

    Ahantu hahurira abantu benshi hakajijwe ingamba zo gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune

    N’abamotari basubiye mu mihanda nyuma y’igihe bari bamaze iminsi bari mu rugo

    Uyu yakoresheje moto agiye guhaha

    Gare ya Kimironko ni uku yari imeze ku munsi wa mbere Kigali ivanywe muri Guma mu rugo

    Abagenzi muri Gare ya Kimironko bategereje imodoka bahanye intera

    Abamotari bari babukereye biteguye gutwara abagenzi

    Abatwara abantu ku magare na bo bageze mu mihanda kare

    Umuhanda uva muri Gare ya Remera mu Giporoso ni uku wari umeze mu gitondo

    Ibinyabiziga byari byinshi mu mihanda

    Urubyiruko rw’abakoranabushake ruhabwa amabwiriza y’uko ruri bukore akazi ko gukurikirana iyubahirizwa ry’ingamba zo kwirinda Coronavirus

    Mu masaha y’igitondo, abagenzi babanje kubura imodoka

    Amafoto: Igirubuntu Darcy


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kigali-akanyamuneza-ni-kose-ku-baturage-nyuma-yo-kuva-muri-guma-mu-rugo-amafoto

  • Nyagatare: Abanyeshuri ba Kaminuza bafashwe basinze barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 – #rwanda #RwOT

    Aba banyeshuri bafatiwe mu Mudugudu wa Nyagatare ya kabiri mu Kagari ka Nyagatare mu Murenge wa Nyagatare ahagana saa Mbili z'ijoro. Abafashwe ni abakobwa bane n'abahungu icumi bakaba bafatiwe aho bakodesha.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburasirazuba, CIP Twizeyimana Hamdun yabwiye IGIHE ko aba banyeshuri uko ari 14 bafatiwe aho bamwe muri bo bakodesha bari kubyina bahahinduye akabari.

    Yagize ati 'Basanzwe aho bamwe batuye, bagiye bagura inzoga baratangira baranywa banabyina abandi basakuza cyane, abaturage rero bahise bahamagara Polisi ijyayo igezeyo isanga bari mu nzu imwe bari kunywa inzoga basakuza cyane.'

    Yakomeje avuga ko nyuma yo gufatwa barajwe kuri Polisi aho n'abandi baturage baba barenze ku mabwiriza barazwa, Polisi n'inzego z'ibanze ngo mu gitondo bagiyeyo barabaganiriza babibutsa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus ko nabo abareba, nyuma yo kuganirizwa baciwe amande anagana 10 000 Frw kuri buri umwe bararekurwa.

    Umuyobozi w'Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage, Murekatete Julliette, yabwiye IGIHE ko nyuma y'uko aba banyeshuri bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus hagiye kongerwa ubukangurambaga bwo kwirinda iki cyorezo muri iyi kaminuza.

    Yagize ati ' Nyuma y'uko tubaciye amande twavuganye n'ubuyobozi bwa kaminuza dutegura ko twajyayo kubigisha n'ubundi twajyaga tujyayo ariko tugiye kubyongera cyane, tuzajyayo tubereke abandi tubabwire ko bidakwiriye kubona abanyeshuri ba kaminuza aribo bafatwa barenze ku mabwiriza aribo bagafashije leta mu kwigisha abaturage.'

    Uyu muyobozi yavuze ko mu minsi ishize muri iyi kaminuza hari hagaragayemo abanyeshuri banduye iki cyorezo ariko ko baje kwitabwaho bagakira kuri ubu hakaba nta cyorezo kihaheruka.

    Murekatete yasabye abanyeshuri kwirinda guhura mu kivunge kuko no mu ishuri bicara batandukanye.

    Ati ' Na bariya batubwiraga ko impamvu bari bari kumwe ari uko bafite ibizamini uyu munsi, rero ntabwo bakwiriye kujya kwigira hamwe ngo ni uko bafite ikizami kandi naho bigira bicara basize intera, amabwiriza nabo arabareba uzajya afatwa azajya abihanirwa.'

    CIP Twizeyimana we yasabye abanyeshuri biga muri za kaminuza n'abanyarwanda kwirinda kwirara buri wese akirinda ku giti cye yubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda Coronavirus.

    Aba banyeshuri bagiriwe inama bacibwa amande

    Aba banyeshuri bafashwe bari kunywa inzoga kandi barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyagatare-abanyeshuri-ba-kaminuza-bafashwe-basinze-barenze-ku-mabwiriza-yo