Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, mu Karere ka Karongi ahazwi nko kuri Dawe uri mu Ijuru, habereye impanuka y'imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yari itwaye amatungo. Iyo modoka yavaga mu gace ka Rusizi yerekeza i Kigali, itwaye ihene zigera ku 200, ariko ntibyagenze neza kuko yaje gukora impanuka umugabo witwa Alexandre ahita ahasiga ubuzima mu buryo butunguranye.
Amakuru yemejwe n'ubuyobozi bw'ibanze avuga ko muri izo hene 200 zari zitwawe, ihene 30 zahise zipfira aho, izindi zigira ibikomere.
Ababonye ibyabaye batangaje ko imodoka yashatse gukatira ahantu mu manga, umushoferi ayoberwa inzira, imodoka nuko yisanga hasi, ari na bwo yahise igwamo uwo muturage wari utwawe niyo modoka hafi agahita ahasiga ubuzima.
Abaturage bo muri ako gace bavuze ko ibi bikwiriye kuba isomo ryo kwita ku mutekano, kuko 'uwirinda ntahomba'. Aborozi na bo bakanguriwe gushaka uburyo bwo gutwara amatungo mu buryo bukurikije amategeko, kugira ngo birinde kongera kugira impanuka nk'izi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, mu Karere ka Karongi ahazwi nko kuri Dawe uri mu Ijuru, habereye impanuka y'imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yari itwaye amatungo
Ikipe ya Rayon Sports imaze imyaka 6 iriho itariho ahanini bishingiye ku bibazo by’imiyoborere byanatumye muri iyo myaka yose yaratwayemo igikombe kimwe nacyo cy’Amahoro cya 2023.
Uwavuga ko abakunzi ba Rayon Sports bishimiye uburyo ikipe ya bo ibayeho yaba abeshye kubera ko kuva muri 2019 ifite ibibazo bishingiye ku buyobozi.
Uzumva hari abavuga ko Rayon itarimo ibibazo, itarimo akavuyo yaba atari Rayon Sports abakunzi bayo bakunze, ngo hagomba kuba hari ikintu cyabaye, muri make ngo igomba kubaho itanga amakuru ku kabi n’akeza.
Ngarutse ku myaka 6 iheruka, byose byatangiye muri 2019 ubwo Paul Muvunyi yari asoje manda ye ahitamo kuzana Munyakazi Sadate.
Ntabwo abakunzi ba Rayon Sports bishimiye umusaruro wo mu myaka 6 iheruka
Imyaka 6 y’icuraburindi kuri Rayon Sports
Ubwo Munyakazi Sadate yatorerwaga kuyobora Rayon Sports, benshi bumvaga ibibazo birangiye cyane iby’amikoro kuko yari anamaze iminsi afasha Muvunyi Paul guhemba amezi ya nyuma.
Ibi bikiyongera ku mishinga migari yari azanye muri iyi kipe nka MK Card aho buri mukunzi wa Rayon Sports wari kuba ayifite yajya ayikoresha ahaha, anywa amavuta y’imodoka (essence) amafaranga yishyuye hari ijanisha rizajya rijya muri Rayon Sports, umushinga wa Gikundiro Stadium ndetse n’indi. Mbese byari byiza cyane, wahuraga n’umukunzi wa Rayon yisetsa kuko na we warabyumvaga ni yo waba utayifana ukumva ubukene muri iyi kipe bugiye kuba amateka.
Iminsi ibyara idahatse! Gusa ntibyateye kabiri Sadate yatangiye kumvikana mu bibazo n’abarayon batemeraga uburyo ayiyoboye na we agatsimbarara aho yavugaga ko abamurwanya bifitanye isano n’abo yafungiye amayira bari batunzwe na Gikundiro mu nziro zidasobanutse. Bagerageje gushaka uburyo yava mu ikipe ariko ababera ibamba, Muvunyi wamuzanye na we amukuraho amaboko ndetse na we bagiranye ibibazo, amakuru akavuga ko kuva icyo bitaranakemuka.
Muri ibyo bihe byose Sadate yatangiye kujya agenda agaragaza imikorere itari myiza abamubanjirije bakoreragamo, uburyo amafaranga yinjiraga ariko ntagaragare uko yasohotse n’icyo yakoze, byageze aho anandikira Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame agaragaza ko iyi kipe abamubanjirije bayibye, uko banyuraga mu basifuzi n’ibindi.
Bagerageje kumweguza ariko biranga kugera aho Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere 'RGB’ na Minisiteri ya Siporo babyinjiyemo maze tariki 23 Nzeri 2020 RGB yaseshe komite ya Munyakazi Sadate maze ishyiraho Komite y’Inzibacyho yari iyobowe na Murenzi Abdallah. Icyo gihe basabye abandi bose kujya ku ruhande.
Bahaye iyi komite kuyobora ukwezi kumwe ubundi igategura amatora kandi basaba abahoze bayobora iyi kipe kujya ku ruhande ntibazavangire umuyobozi cyane ko batari bemerewe kuba bagaruka muri Komite yari igiye gutorwa.
Aha ni ho byatangiye kugenda bivugwa ko ba nyir’ikipe bayibambuye bigijwe ku ruhande.
Paul Muvunyi na Munyakazi Sadate bari inshuti ariko nyuma yo kumuzana muri Rayon Sports hari ukuntu umubano bahungabanye
Tariki ya 24 Ukwakira 2020 nibwo habaye amatora maze Cpt (Rtd) Uwayezu Jean Fidele atorerwa kuyiyobora mu gihe cy’imyaka 4, na we yari yasabwe kugarura ubumwe bwa ba Rayon, agahuza aba bayobozi ariko bisa n’ibyananiranye.
Ubanza uyu munsi agize amahirwe yo kujya imbere y’itangazamakuru atakongera kuvuga amagambo yavuze agitorwa kuko yagize ati 'amateka y’ibibazo muri Rayon Sports ararangiye.'
Uko iminsi yagiye ishira ashobora kuba yaragiye abona ukundi kuri kwari gutandukanye n’uko azi cyangwa yakekaga, yararwanye bishoboka ariko kuko yari umwe n’abo yagombaga kugarura hafi y’ikipe ngo bamuhe amaboko byaranze, birushaho kuba bibi.
Ntibyananiranye kuko atabikoze ahubwo yarabigerageje biranga, uyu mugabo wabonaga ari nka nyakamwe yarakukuje maze muri 2023 yegukana igikombe cy’Amahoro ari nacyo ifite mu myaka 6 iheruka, gusa niko hakomezaga kuvugwa ko ba nyir’ikipe bigijweyo iyo babasubiza ikipe ya bo yaba imeze neza.
Iki gitutu cyanatumye mu mpera za manda, Uwayezu Jean Fidele yegura, maze iki gihe ba basaza bavuga ko ikipe yari iyabo bayobowe na Paul Muvunyi baragaruka.
Uwayezu Jean Fidele yayoboye imyaka 4 Rayon ari we wenyine, ubanza ibi bihe atazabikumbura
Abagabo barimo Gacinya Chance Denis, Rwagacondo n’abandi bari bamaze igihe batagaragara mu bikorwa bya Rayon Sports baragaruka, abakunzi ba Rayon bari bameze nk’ababonekewe na Malayika Gabriel wagiye kubwira Bikira Mariya ko azabyara umwana w’Imana.
Bamwe bumvaga barota, gusa byari ibyishimo ku bakunzi ba Rayon Sports bavugaga ko bari barambuwe ikipe, kubona aba bagabo bagarutse muri Rayon Sports yari ishusho nziza noneho bavuga ko bafite miliyoni 500 frw (ibyavuzwe mu itangazamakuru) biteguye guhita bashora muri Rayon Sports, abakunzi ba yo bakumva amata yabyaye amavuta, ya mvugo ya Uwayezu Jean Fidele ko 'amateka y’ibibazo muri Rayon Sports arangiye' nibwo bumvaga yakoreshwa.
Batangiye gushaka uzabayobora maze tariki ya 16 Ugushyingo 2024 Aba-Rayon bitorera Twagirayezu Thaddée nka perezida w’Umuryango wa Rayon Sports maze Muvunyi Paul atorerwa kuyobora Urwego rw’Ikirenga cyangwa Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports.
Rayon ntijya yiburira, nyuma y’iminsi mike habaye Inteko Rusange yatorewemo izi komite yongeye kwisanga muri RGB bayandikira, ntabwo turi bwinjire muri byinshi ariko RGB yabagiriye inama ko izo komite zombi zitakorera mu rwego rumwe ahubwo hakwiye kujyaho komite imwe.
Hari hasigaye kumenya igumaho n’ivaho cyane ko zose nta n’imwe yashakaga kurekura, gusa bamwe mu bakunzi ba Rayon Sports bakifuza ko amategeko yavugurwa maze zose zikavamo bagatora bushya imwe igomba kuba ari iya board 'Inama y’Ubutegetsi' (niko ngo RGB yabwiye ko imiryango iyoborwa na board) hakanishyirwaho CEO ukurikirana ibikorwa by’umunsi ku munsi.
Umwuka mubi hagati y’aba bombi warakomeje aho Muvunyi yashinjaga Thaddée kutamwumva kandi ari we uyoboye urwego rumukuriye, gusa we n’abo bafatanya kuyobora barabihakanaga.
Byageze aho Komite Nyobozi ivuga ko hari abo mu Rwego rw’Ikirenga bashakaga ko ikipe itsindwa.
Mu bindi byagiye bivugwa ko batumvikanyeho harimo kuba perezida Twagirayezu Thaddée yarashatse ko ishyirwa mu bikorwa ry’Umushinga wa Rayon Sports Company abigiramo uruhare akaba ari we ubikurikirana ariko bamutera utwatsi kuko bamushinjaga kubasuzugura.
Ikindi uru rwego rutumvaga neza ni uburyo hari abantu yagiye aha akazi batabizi bakababona mu nshingano.
Ibi byaje guhumira ku mirari ubwo ikipe yarimo yiyubaka yitegura umwaka w’imikino wa 2025-26 aho habayeho ihangana ry’imbaraga aho bamwe bazanaga umukinnyi urundi ruhande rutamwemera, nk’umutoza Afhamia Lotfi yasinye Thaddée atamwemera avuga ko yumviye visi perezida we Muhirwa Prosper, Mohammed Chelli n’Umunyezamu Drissa Kouyate na bo biba uko kuko Twagirayezu Thadée atabemeraga ariko ngo byagizwemo uruhare na 'board’ cyane ko nk’uko byagiye bigarukwaho mu itangazamakuru perezida wa 'board’, Paul Muvunyi ni we wabategeye, bageze mu Rwanda no gusinya byaratinze kuko perezida Twagirayezu Thaddée atabyumvaga.
Ihangana risa n’iryeruye ryabaye mu minsi ishize ubwo uru rwego rwanditse rutumizaho Inama y’Inteko Rusange muri uku kwezi kwa Kanama ariko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée avuga ko bidashoboka ahubwo yaba muri Nzeri 2025. Kutagaragara muri Rayon Day kwa Muvunyi Paul ntabwo byavuzweho rumwe aho bamwe baketse ko bifitanye isano n’umwuka mubi uvugwa ku mpande zombi.
Muri Rayon Sports hongeye kumvikanamo urunturuntu nyuma y’amezi agera ku munani ikipe yongeye gusubizwa abitwa 'Abasaza b’ikipe’, bari bitezweho kuyisubiza ikuzo yahoranye ariko icyizere bari bafitiwe kigenda gisa n’ikiyoyoka.
Twagirayezu Thaddée ashobora kwisanga akora ari nyakamwe
Abaswayile ni bo bavuga ngo 'ishara za nyakati' cyangwa se ibimenyetso by’ibihe. Iyo ubisomye usanga Thaddée uvuga ko atiteguye kwegura ahubwo igihe kigeze ngo akorere Rayon, agiye gukora wenyine.
Uko Uwayezu Jean Fidele yakoze wenyine ushobora kuba ari wo mujyo kuko bamwe batangiye kwegura abandi bakaba batumvikana.
Mu Nteko Rusange yabaye ku Cyumweru tariki 7 Nzeri 2025, havugiwemo ibintu byinshi bigeye bitandukanye byanatumye bamwe amarira Ashoka.
Perezida Thaddée yagiye agaragaza amwe mu makosa yakorewe n’abo bari kumwe muri Komite Nyobozi nk’aho afite visi perezida utajya umwitaba kandi bakorana.
Yanavuze ko hari ibyemezo bimwe na bimwe yagiye afata kubera uwo visi perezida nko gusinyisha umutoza n’ibindi, gusa ngo yamucaga inyuma akagira ibyo akora bidakwiye ari na yo mpamvu yahisemo kujya afata imyanzuro nka perezida uzabibazwa.
Muri iyi Nteko Rusange ni ho visi perezida Ngoga Aimable Roger yeguriye aho yanavuze ko yatengushwe n’abasaza (iyo bavuze abasaza, benshi ni abahoze bayobora iyi kipe bavuga rikijyana), ngo yari azi ko nibagaruka ibintu bizagenda neza ariko byarushijeho kuba bibi, kuri we abona na Uwayezu Jean Fiedele yarabarushije gukora neza.
Si we gusa kuko na Rukundo Patrick wari ushinzwe umutungo na we yamaze kwegura kuri izi nshingano ze.
Mu kiganiro aheruka kunyuza ku muyoboro wa YouTube wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée yemeye ko hari ibibazo yagiranye n’abo bakorana yaba muri komite ye n’iya board, ariko barimo gushaka uko byakemuka.
Ati 'baravuga ngo ntazibana zidakomanya amahembe ariko na none iyo ziyakomanyije cyane zirakomeretsanya, iyo rero mutangiye gukomeretsanya nibwo mwicara mugatuza, igisubizo rero naguhereza twarabibonye ko habayeho gukomanya amahembe ni yo mpamvu twavuze tuti reka twicare dushyireho amategeko ahamye atuyobora buri muntu munshingano ze.'
'Twaravuze ngo reka dushyireho abanyamwuga mu ikipe, uyu munsi njyewe perezida sinjye mu miyoborere y’icungamari cyangwa ngo njye mu zindi nzego za Rayon Sports zitanandeba ahubwo hajyemo abanyamwuga, ni muri urwo rwego rero, bivuze ngo ayo mahembe nubwo yakomanye ariko turi gushaka ibisubizo.'
Yanagarutse kandi kuri iyi Nteko Rusange yatumijwe ikanayoborwa na 'Board’ (yiganjemo abasaza) yavuze ko yahayeho kwandika nabi imyanzuro yafatiwemo ko iyo bafashe atari yo yanditswe ariko bazashaka uko babikosora.
Ese byaba bivuze ko abayobozi ba Rayon Sports batorwa badashoboye cyangwa ni abasaza badashobotse?
Nyuma y’ibi byose byabaye mu myaka 6 ishize, benshi batangiye kwibaza niba Rayon Sports yaba ihitamo abayobozi badashoboye cyangwa aba bitwa abasaza b’ikipe badashobotse kuko na none ntabwo byumvikana ukuntu abantu bose baza baba badashoboye cyane ko muri 3 baheruka 2 bazanywe na Paul Muvunyi.
Wakibaza igihita kiba bakigera ku buyobozi kuko ari bwo batangira kutumvikana n’uwabazanye, wakibaza niba hari ibyo baba bumvikanye mbere badakora bakijya ku buyobozi cyangwa niba aba azi ko nibajyaho azajya abayoboreramo bakemera nka baringa bageraho bakamwihinduka.
Uwo atizaniye ni Uwayezu Jean Fidele ariko na we amakuru avuga ko hari izindi mbaraga yarwanaga na zo hanze y’ikipe zakoraga ibishoboka byose kugira ngo atsindwe bigaragare ko yananiwe ikipe abe yayamburwa isubizwe ba nyirayo nk’uko byavugwaga, gusa ntabwo abo bantu bavugaga abo ari bo ariko hari igihe yavugaga aho inama izibera.
Abantu baribaza niba ari abatorerwa kuyobora Rayon Sports baba badashoye cyangwa ari abasaza badashobotse
Kutumvikana ku myanzuro imwe n’imwe nibyo bikomeje kuranga Rayon Sports aho ubu Inama y’Ubutegetsi yamaze gushyiraho CEO na Komite Nyobozi igashyiraho uwayo.
Rayon Sports gushyiraho umuyobozi ukurikirana ibikorwa bya yo bya buri munsi uzwi nka “CEO” ni umwe mu myanzuro yavuye mu nama y’Inteko Rusange yabaye tariki ya 7 Nzeri 2025, gusa ngo hari abari bagiye mu Nteko Rusange bazi ko bavayo yashyizweho.
Nyuma y’iyi Nteko Rusange yatumiwe ikanayoborwa n’Inama y’Ubutegetsi, visi chairman w’iyi nama, Rwagacondo Emile Claude yandikiye abarimo Komite Nyobozi abatumira mu nama izahuza inzego z’ubuyobozi za Rayon Sports ku wa Gatatu tariki ya 10 Nzeri 2025.
Ni inama yagombaga kuganira ku migendekere y’Inteko Rusange n’uruhare rwa buri rwego mu gushyira mu bikorwa imyanzuro yayifatiwemo.
Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée ngo yaje kumenya ko muri iyi nama bazahita bashyiraho na CEO, asanga byaba binyuranye n’ibyavugiwe mu Nteko Rusange na we niko guhita yandika avuga ko imyanzuro yafatiwe mu Nteko Rusange atari yo yanditswe.
Nko ku ngingo ya 9 ivuga “inama y’Ubutegetsi izashyiraho CEO imaze kubijyaho inama na Komite Nyobozi, wasobanuwe ko bigomba gukorwa nyuma y’uko amategeko nshingiro avuguruye yemejwe agaragaza neza rwego nshingwabikorwa n’ishyirwa mu bikorwa ryarwo mbere y’uko uwo mwanzuro ushyirwa mu bikorwa.”
Thaddée rero akaba atumva impamvu hajyaho CEO amategeko ataremezwa.
Iyi nama yaraye ibereye Nyarutarama kuri B Hotel, amakuru ISIMBI yamenye ni uko Inama y’Ubutegetsi yamenyesheje abitabiriye Inama ko Murenzi Abdallah ari we CEO mushya wa Rayon Sports.
Twagirayezu Thadée na we yababwiye ko bidashoboka kuko na we yashyizeho Uwimpuhwe Liliane usanzwe ari Executive Director nka CEO ndetse n’izina rye yaritanze muri CAF.
Ibaruwa ya Rwagacondo itumizaho inama
Thaddée Twagirayezu ibaruwa yanditse avuga ko hari imyanzuro yanditswe nabi
Twagirayezu Thadée na we yavuze ko afite CEO we
Inama y’Ubutegetsi yavuze ko Murenzi Abdallah ari we CEO wa Rayon Sports
CRBC iri mu bigo bya mbere byakomeje imirimo yabyo mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo bifatanye n'ubuyobozi kubaka igihugu cyari cyabaye umuyonga.
CRBC yomgeye kumvikana mu mitwe y'Abanyarwanda cyane, nyuma y'uko Minisiteri y'Ibikorwaremezo itangaje ko ari yo bafatanyije kugira ngo mu Rwanda hamurikwe drones zitwara abantu.
Ni drones zizwi nka 'eVTOL' zikorwa n'Uruganda rwo mu Bushinwa rwa EHang. Zikoresha amashanyarazi ku rugero rwa 100%. Imwe itwara abantu babiri cyangwa ibilo birenga 620 by'imizigo.
Ishobora kugenda intera y'ibilometero 30 iri mu kirere. Ishobora kugenda iminota 25 itarashiramo umuriro.
Umuyobozi Mukuru wa CRBC mu Rwanda, Huang Qilin, ati 'Turi inshuti y'akadasohoka y'u Rwanda. Turi ikiraro gihuza udushya two mu Bushinwa n'utwo mu Rwanda. Turashaka ko u Rwanda ruba icyitegererezo muri Afurika.'
CRBC iri mu biganiro na Guverinoma y'u Rwanda harebwa uburyo iri koranabuhanga ry'izi ndege ryakwagurwa, bigafasha mu bijyanye n'ubwikorezi ariko hatibagiwe n'ubukerarugendo.
Yavuze ko bashaka kugira uruhare rukomeye cyane mu mu iterambere ry'ubukungu bw'u Rwanda binyuze mu kurugezamo ikoranabuhanga rigezweho.
Ati 'Ndasaba n'ibindi bigo byo mu Bushinwa n'ahandi ku Isi kuza gushora mu Rwanda. U Rwanda kiri mu bihugu byiza mu bijyanye n'ishoramari.'
Huang Qilin yavuze ko bamaze gukora ibikorwa bihambaye mu iterambere ry'ibikorwaremezo, aho 70% by'imihanda ya kaburimbo mu Rwanda ari bo bayubatse.
Umuyobozi Mukuru wa CRBC mu Rwanda, Huang Qilin, yavuze ko bamaze gushyira mu bikorwa imishinga 60 y’ubwubatsi
Yavuze ko bamaze gushyira mu bikorwa imishinga ikomeye ifite aho ihuriye n'ubwubatsi irenga 60 imaze gutangwaho arenga miliyari 1$.
Ati 'Nawe tekereza igihe tumaze. Dushaka ko u Rwanda rugera ku ntego yarwo yo kuba igihugu gikize tubigizemo uruhare. Turashaka kurenza imyaka 100 turi mu Rwanda. Iyo myaka izajyana n'ibikorwa bigaragara.'
Mu mishinga CRBC harimo umuhanda wa Kivu Belt Kivu unyura ku nkengero z'Ikiyaga cya Kivu ukanyura mu turere twa Rubavu, Rutsiro, Karongi, Nyamasheke na Rusizi wuzuye mu 2017.
Mu myaka 15 ishize bubatse imihanda y'ibilometero 36 mu bice bitandukanye by'Umujyi wa Kigali. Mu myaka irindwi ishize na bwo batangiye undi mushinga wo kubaka imihanda ireshya n'ibilometero 54.
Ati 'Mu myaka itatu ishize twasoje umushinga wo kubaka Umuhanda Sonatubes-Gahanga. Ni umuhanda ukomeje kugira uruhare mu iterambere.'
Uretse imihanda, CRBC yagize uruhare rukomeye no mu kubaka ibindi bikorwaremezo. Na bo bafite ukuboko mu iyubakwa ry'Ikibuga Mpuzamahanga cy'Indege cy'i Bugesera, biteganyijwe ko kizuzura mu 2028, kizajya cyakira abagenzi bagera kuri miliyoni umunani ku mwaka n'imizigo ipimye toni ibihumbi 150.
Huang Qilin yavuze ko bari kugira uruhare mu kubaka inyubako y'ibanze yifashishwa n'abagenzi bagiye gukora ingendo.
Ati 'Ni inyubako izakoreshwaho ibyuma bipima toni zirenga ibihumbi 10. Ni yo nyubako izaba ari nini mu Rwanda ndetse ikoresheje ibyuma bingana uko.'
CRBC ni yo iri kugira uruhare mu kubaka umuhanda wa gari ya moshi ugezweho, uhuza imijyi ya Mombasa na Nairobi ufite ibilometero 472.
Uyu muyobozi yavuze ko bafite intumbero ko kubaka undi uhuza Kenya na Uganda.
China Road and Bridge Corporation iri kugira uruhare mu iyubakwa ry’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cy’i Bugesera
Mu Rwanda umushinga wo kubaka umuhanda wa gari ya moshi ukunda kugarukwaho cyane, ni uhuza u Rwanda na Tanzania.
Amasezerano yo kubaka umuhanda Isaka-Kigali w'ibilometero 532 yashyizweho umukono ku wa 9 Werurwe 2018. Uyu mushinga wagombaga gutwara miliyari 3,6$.
Iki gihugu kiri mu Burasirazuba bw'u Rwanda ni cyo byitezwe ko inzira ya gari ya moshi yerekeza mu Rwanda izanyuramo, ndetse n'aho umuhanda uzaca hamaze gushyirwa ibimenyetso.
U Rwanda rusabwa arenga miliyari 1,5$, Tanzania ari na yo ifite igice kinini cy'uyu muhanda igasabwa arenga miliyari 2,5$.
Ati 'Icyo twifuza ni uko dushingiye ku bushobozi bwacu, igisabwa cyose twagikora kugira ngo hubakwe umuhanda wa gari ya moshi mu Rwanda. Yaba ari umuhsinga mwiza.'
CRBC ifite amashami arenga 30 mu bihugu bitandukanye bya Afurika. Buri shami riba rifite ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa imishinga igihugu gifite ku rugero rwo hejuru.
Mu 2024 habarugwaga imihanda ingana n'ibilometero 1500 yubatswe na CRBC muri Afurika y'Iburengerazuba. Mu myaka 50 yari ishize igeze mu Rwanda CRBC yari imaze guhanga imirimo irenga 500.000, ikagira abakozi barenga 2200 b'Abanyarwanda bangana na 96% by'abakozi bose, 20% bakaba abagore.
China Road and Bridge Corporation yagize uruhare mu Muhanda wa Kivu Belt Kivu unyura ku nkengero z'Ikiyaga cya Kivu ukanyura mu turere twa Rubavu, Rutsiro, Karongi, Nyamasheke na Rusizi
Iyi mpanuka yabereye ahitwa kuri Dawe uri mu ijuru mu Mudugudu wa Rufumberi, Akagari ka Ngoma, Umurenge wa Gishyita, mu Karere ka Karongi ku wa 10 Nzeli 2025.
Umushoferi w'iyi Fuso yageze mu ikorosi ryo kuri Dawe uri Mu Ijuru gukata biramunanira agonga ibyuma byo ku muhanda arawurenga imodoka igusha urubavu.
Abantu batatu yari itwaye harimo Dusengumukiza Alexandre w'imyaka 30 ufite indangamuntu yatangiwe Kabare mu Karere ka Kayonza wahise yitaba Imana, na ho Uzabakiriho Alpha wari uyitwaye na Nyirahabumugisha Asinathe bakomereka byoroheje bitabwaho n'ibitaro bya Mugonero barataha.
Umuvugizi w'Ishami rya Polisi y'u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Muhanga SP Emmanuel Kayigi, yavuze ko impanuka yatewe n'imiyoborere mibi y'ikinyabiziga no kutaringaniza umuvuduko byakozwe n'umushoferi.
Ati 'Impanuka yatewe no kutaringaniza umuvuduko k'umushoferi no kugenda nabi mu muhanda k'umushoferi, hakiyongeraho n'umunaniro kuko umushoferi yari yaraye ijoro agenda, atagize umwana wo kuruhuka”.
SP Kayigi yibukije abashoferi kujya bitwararika, akabanza kumva ko ameze neza, ari muzima no kujya ba bafata umwanya bakaruhuka.
Iyi mpanuka ibaye nyuma y'iminsi mike mu Karere ka Nyamasheke habereye impanuka ya kasiteri itwara abagenzi mu buryo bwa rusange yarenze umuhanda igatangirwa n'igiti, nyuma y'aho shoferi yari yamenyesheje abagenzi ko afite ibitotsi abagenzi bakamuhatiriza gukomeza urugendo.
Mu karere ka Karongi, impanuka yahitanye umuntu umwe n’ihene 30
Ati 'Mu byo twagerageje gutegura ni uburyo bwo guhererekanya abarwayi, ku buryo nk'umurwayi uturutse i Burasirazuba wenda aje hano CHUK kandi icyo gice cya CHUK gifunze, uwo murwayi tuzamwohereza wenda za Kanombe kuko serivisi yagombaga kubonera CHUK n'i Kanombe irahari.'
Akomeza ati 'Ibindi twakoze ni ukureba uburyo ba barwayi bafite rendez-vous batangira kugera kwa muganga hakiri kare cyangwa se no kubakira muri iki gihe kandi ibyo twarabikoze.'
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yasobanuye ko n'ubwo imihanda myinshi izaba ifunze ariko hari amasaha iyo mihanda izajya iba ifunguye ndetse ko impinduka zose zizajya ziba bazajya bamenyesha abaturage.
Yagize ati ' Ibikorwa by'isiganwa bizajya bitangira hagati ya saa mbiri za mu gitondo na saa kumi n'imwe n'igice za nimugoroba, abantu bazajya baba babashije gutambuka mbere y'ayo masaha na nyuma y'ayo birumvikana ko ntakibazo bazahura na cyo.'
Akomeza avuga ko n'ubwo ayo ari yo masaha yagenwe bazajya bafungura imihanda hagendewe ku buryo irushanwa ryagenze, ku buryo rirangiye kare bazajya bafungura imihanda kare.
Shampiyona y'Isi y'Amagare ni irushanwa ngarukamwaka ryitabirwa n'amakipe y'ibihugu mu mukino wo gusiganwa ku magare, ritegurwa n'Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry'uyu mukino ari ryo Union Cycliste Internationale (UCI).
Irizabera mu mujyi wa Kigali kuva tariki ya 21 kugeza 28 Nzeri 2025, ni rimwe mu masiganwa azaba akomeye yabayeho kuko rizaba rigizwe n'inzira y'ibilometero 267,5 irimo akazamuko ka metero 5.475.
MINISANTE yatangaje ko mu gihe cya Shampiyona y’Isi y’Amagare serivisi z’ubuvuzi zizakomeza
'Smart Ibiruhuko' ni gahunda ya MINICIT n'abandi bafatanyabikorwa batandukanye yatangijwe muri Nyakanga 2025 aho ifasha abana bari mu biruhuko mu kubaha amasomo atandukanye mu by'ikoranabuhanga binyuze kuri murandasi.
Abanyeshuri bahabwa aya masomo bifashisha mudasobwa zo mu bigo by'amashuri no mu bigo by'urubyiruko ndetse abandi babasha kubona ibikoresho by'ikoranabuhanga bakayakurikira bari iwabo mu rugo.
Igenewe abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye, abiga tekiniki, imyuga n'ubumenyingiro (TVET), ndetse n'urubyiruko rutakiri mu mashuri ariko rufite inyota yo kwiga ibijyanye n'ikoranabuhanga.
Ubwo iyi gahunda yatangizwaga MINICT yatangaje ko ihuje n'icyerecyezo cy'Igihugu mu by'ikoranabuhanga.
Yagize iti 'Iyi gahunda ni igice kimwe kigize umushinga mugari wa Leta y'u Rwanda 'One Million Rwandan Coders (1MRC)' washyizweho ku ntego yo kuba mu myaka itanu iri imbere abantu babarirwa muri miliyoni biganjemo urubyiruko, bazahabwa amasomo y'ikoranabuhanga ajyanye na coding.'
'Smart Ibiruhuko' kandi igamije gufasha abanyeshuri kubyaza umusaruro ibiruhuko bunguka ubumenyi bushya bazakenera cyane ejo hazaza byuzuzunya na gahunda ya Leta yo kwihutisha iterambere icyiciro cya kabiri (NST2) igamije kongerera Abaturarwanda ubumenyi mu by'ikoranabuhanga bukenewe muri iki kinyejana cya 21.
MINICT igaragaza ko mu gihugu hose abagera ku 10.245 bitabiriye ayo masomo muri ibi biruhuko birangiye ndetse bahabwa impamyabumenyi zigera kuri 12,889 mu masomo atandukanye mu by'ikoranabuhanga bahawe.
Muri abo kandi harimo abagera ku 2.644 barangije amasomo menshi kurenza rimwe ari yo pamvu impambumenyi bahawe zirenga umubare wabo ndetse harimo abagera kuri 14 batsinze neza bahembwa ibirimo ibikoresho by'ikoranabuhanga nka mudasobwa zigendanwa na tablets.
Muri ayo masomo harimo ubumenyi bw'ibanze mu by'ikoranabuhanga (Digital Literacy), gusesengura amakuru mu ikoranabuhanga, kubaka porogaramu za mudasobwa, gukoresha Ubwenge Buhangano (Applied AI), Python Essentials, JavaScript Essentials, Internet of Things (IoT), UI/UX Design, ndetse n'ayandi menshi atandukanye.
Abanyeshuri bitabiriye iyo gahunda bishimiye ubumenyi bakuyemo bamwe bavuga ko bizatuma bakomeza mu masomo ajyanye na ryo ndetse ko ubumenyi bungutse mu by'ikoranabuhanga bagiye kubwifashisha mu buzima bwa buri munsi.
Gahunda ya 'Smart Ibiruhuko', MINICIT ivuga ko ari imwe mu ntambwe ziganisha ku urugendo rw'u Rwanda rwo kuba igicumbi cy'ikoranabuhanga.
Amasomo yatangwaga binyuze mu ikoranabuhanga
Umuyobozi Mukuru wa REB, Dr. Mbarushimana Nelson yitabiriye igikorwa cyo gusoza irushanwa ryo kwandika
Byagarutsweho mu kiganiro ubuyobozi bw'uru rwego bwagiranye n'itangazamakuru kuwa 10 Nzeri 2025.
Dr. Hitimana Regis ushinzwe ibigenerwa abanyamuryango muri RSSB, yavuze ko hari igihe umuntu aba adafite umwanya wo kunyura mu nzira zose ziteganywa ku bafite Mutuelle basanzwe, bityo ko hari uburyo azajya yongeraho amafaranga bigatuma abasha kubona serivisi RSSB itanga mu buryo bw'imena.
Yagize ati 'Turi gushaka uburyo hajyaho ubwisungane mu kwivuza bwisumbuyeho (CBHI+), aho abantu bari muri Mutuelle ariko bifuza kubona ibyo Mutuelle igena ariko mu bundi buryo, urugero nko kubona icyumba cyihariye, kubonana na muganga usimbutse ikigo nderabuzimaâ¦harimo abantu bafite agaciro k'umwanya wabo bavuga bati njye ndashaka kubona ibi ngibi muri ubu buryo,'
Dr. Hitimana yongeyeho ko nubwo uwo muntu azafatwa mu buryo bwihariye, ariko serivisi azahabwa n'ubundi ni iziri ku rutonde rw'izemewe na Mutuelle.
Ati 'Nubwo ari rwa rutonde Mutuelle yemera ariko ukabibona mu buryo bukorohoye, bakaba banatanga n'amafaranga menshi kurusha, turi gukora uburyo bazajya barenza ku musanzu umunyamuryango wa Mutuelle atanga, natwe tukabahereza ibijyanye n'ibyo bifuza ariko twakoreye imibare. Biri mu nyigo ubu ngubu kuburyo mu minsi mike tuzatangaza ibyavuye muri iyo nyigo.'
Mu kurushaho kunoza imitangire ya serivisi ku banyamuryango bayo muri rusange, by'umwihariko abakoresha Mutuelle de Sante, RSSB yanagarutse ku kibazo cy'ibura ry'imiti gikunze kugaragara mu mavuriro amwe n'amwe, igaragaza ko hari imbaraga ziri gushyirwa mu kugishakira umuti.
Dr. Hitimana yavuze ko RSSB iri gukorana na Minisiteri y'Ubuzima ndetse na Rwanda Medical Supply (RMS), kugira ngo ibibazo bihari bituma imiti rimwe na rimwe itaboneka gikemuke.
Yagize ati 'Kuko iboneka hasi [ibigo nderabuzima] kuruta hejuru [ku bitaro], kuko uko ujya mu bitaro ni ko urutonde rw'imiti rwiyongera bakagombye kuba bafite, kubura umwe cyangwa ibiri ni ibintu bishoboka, icya kabiri ni uko n'ibitaro bishobora kugira ibintu byinshi bibazwa, ugasanga wenda imiti ntihawe agaciro nk'uko bigenda mu bigo nderabuzima, ubundi ikigo nderabuzima kidafite imiti gishatse cyafunga.'
'Bimwe mu byo turi kuvugana na RMS ni uko twarebye ibitaro bikunda kugira ibibazo byo kubura imiti, tunavugana na byo, ubu turi gukora mu buryo dukorana, tugakorana n'abantu bamenyereye ubucuruzi bw'imiti bakaba ari bo baza gukora mu bitaroâ¦ya farumasi imenyereye iby'ubucuruzi bw'imiti akaba ari yo iza gukorera mu bitaro, akaba ari yo tuzajya tubaza ko imiti ihari, kuko bo baba bashobora kuyigura muri RMS cyangwa ahandi.'
Yavuze ko kuri iyo gahunda, ubu RSSB yamaze kubona abafatanyabikorwa babiri bagiye gutangira mu bitaro bike nk'isuzuma, haherewe kuri bya bindi byaburaga imiti.
Dr. Hitimana Regis yavuze ko hari gukorwa inyigo y’uburyo Mutuelle yakongererwa agaciro
Yavuze ko bizatangira muri rusange ku wa Gatandatu ku itariki 20 Nzeri, aho abakinnyi bazimenyereza mu mihanda bazakoreramo irushanwa, mbere yuko irusangwa ritangira ku Cyumweru, tariki 21 Nzeri 2025.
Kuri uwo wa Gatandatu imihanda izakoreshwa, ni ukuva kuri BK Arena – Controle technique – Simba Kimironko – Kwa Rwahama – Kwa Lando – Prince House – Godiyari – Sonatube – Kicukiro Centre – Nyanza – Gahanga – Nyanza – Kicukiro Centre – Rwandex – Kanogo – Peage – Rond Point mu Mujyi – Kwa Rasta – Ku Muvunyi – Kigali Convention Centre.
Kuri uwo munsi kandi yavuze ko hari abandi bazaba banyonga byo kwinezeza, aho bo bazahaguruka kuri KCC – Gishushu – Nyarutarama – MTN Centre – mu Kabuga Nyarutarama – La Frontiere – bazenguruke ikibuga cya Golf – SOS – Minagri – Kacyiru – UoK – RIB – Mediheals – Ku Muvunyi – KCC.
Yavuze ko ahanini no mu gihe cy'isiganwa nyirizina iyo mihanda ari yo izifashishwa n'abasiganwa, avuga ko by'umwihariko nka Gare ya Nyanza ya Kicukiro izaba yimutse mu gihe cy'iyi Shampiyona, kuko aho iri ari ku muhanda uzifashishwa cyane muri iri siganwa.
Ati “Gare [ya Nyanza] izimurwa, bavuze ko yajya ahana hirya kuri Canal Olympia, muri iyo minsi bazaba bakoresha kariya gace, mu gihe irushanwa rizimuka ritagikoresha kariya gace ni bwo gare izakomeza [aho yari isanzwe].”
ACP Rutikanga yavuze ko by'umwihariko ku bantu baturuka mu Karere ka Bugesera, bitewe n'uko umuhanda usanzwe uzaba ukoreshwa cyane n'abasiganwa, bashobora kujya banyura ku Mugendo, bagatunguka kuri Canal Olympia ku Irebero, bagahita bamanuka imbere ya Kaminuza ya UTB, ubundi bakaba baca i Nyamirambo mu Miduha, cyangwa akaba yaca i Gikondo – Segeem – Rugunga – Kiyovu – mu Mujyi.
Naho ku bava mu Burasirazuba, bashobora kuzifashisha umuhanda wo kuri 12 – Kigali Parents – Kimironko – Kibagabaga – Ku Mavaze – Kagugu – Utexrwa – Kinamba – Yamaha – Nyabugogo – mu Mujyi.
ACP Rutikanga yavuze ko “Nko ku munsi wa mbere w'isiganwa imihanda izafungwa saa 8:30 za mu gitondo, ifungurwe saa 17:15, ibyo bishobora guhinduka bikaba na mbere yaho cyangwa nyuma yaho gatoya, cyane cyane irushanwa rishobora kurangira na vuba tukaba twafungura mbere…aho basoreje ntabwo tuzarindira tuzahita dufungura.”
Shampiyona y'Isi y'Amagare ni ngarukamwaka. Yitabirwa n'amakipe y'ibihugu mu mukino wo gusiganwa ku magare, itegurwa n'Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry'uyu mukino ari ryo Union Cycliste Internationale (UCI).
Irizabera mu Mujyi wa Kigali kuva tariki ya 21 kugeza 28 Nzeri 2025, ni rimwe mu masiganwa azaba akomeye yabayeho kuko rizaba rigizwe n'inzira y'ibilometero 267,5 irimo akazamuko ka metero 5.475.
Shampiyona y’Isi y’Amagare izamara icyumweru ibera i Kgl