Category: Uncategorized

  • Roman Abramovich: Ubuyobozi bwe buracyakurikirana Chelsea – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Bwongereza (FA) ryahishuye ko ikipe ya Chelsea FC yakoze ibyaha 74 bijyanye n'amategeko agenga abahuza (agents) ndetse n'abahuza hagati (intermediaries), byakorewe hagati y'umwaka wa 2009 na 2022. Ibi byaha byibanze ku kwishyura abahuza amafaranga atagaragajwe mu nyandiko, gukoresha abahuza batanditswe no gushora amafaranga mu bakinnyi mu buryo butemewe n'amategeko.

    FA yavuze ko ibi byaha byinshi byabaye mu gihe ikipe yayoborwaga na Roman Abramovich, ufite inkomoko mu Burusiya, mu gihe Chelsea nayo yemeje ko amakosa yamenyekanye mu igenzura ry'ibikorwa byayo mbere yo kugurishwa muri Gicurasi 2022, maze ibimenyesha FA. Ikipe yizeye ko gukorana neza n'iri shyirahamwe bizagabanya ibihano kandi yiteguye gukemura iki kibazo vuba.

    FA yahaye Chelsea igihe kugeza ku 19 Nzeri 2025 kugira ngo isubize ku byaha yashinjwe, mu gihe amakuru akomeje gukurikiranwa n'imbuga mpuzamahanga nka  Sky Sports.

    Source : https://yegob.rw/roman-abramovich-ubuyobozi-bwe-buracyakurikirana-chelsea/

  • FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y'u Rwanda 2025/26 #rwanda #RwOT

    Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bwa FERWAFA n'Inama y'Ubutegetsi ya Rwanda Premier League basinye ku mabwiriza mashya azagenga imikino y'uyu mwaka w'imikino wa 2025/26.

    Iki gikorwa cyitabiriwe n'abasifuzi b'imikino yo mu cyiciro cya mbere, aho bemeye gukorera hamwe mu kwimakaza ubunyangamugayo n'ubunyamwuga kugira ngo shampiyona igende neza.

    Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, na Perezida w'Inama y'Ubutegetsi ya Rwanda Premier League, Hadji Yusufu Mudaheranwa, bashimangiye ko gukorera hamwe ari yo nzira yo guteza imbere umupira w'u Rwanda.

     

    Mu rwego rwo gushyigikira abasifuzi, FERWAFA yatangaje ko agahimbazamusyi kabo kazikuba inshuro zirenga ebyiri ugereranyije n'uko byari bisanzwe, ndetse bakazajya banabona ubufasha mu myitozo ya buri munsi igamije kubafasha kuzamura urwego rwabo.

    Aya mabwiriza mashya yitezweho kuzamura ireme rya shampiyona y'u Rwanda no kuyigira indorerwamo y'ubunyangamugayo n'ubunyamwuga muri ruhago nyafurika.

    The post FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y'u Rwanda 2025/26 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/ferwafa-na-rwanda-premier-league-basinye-amabwiriza-mashya-agenga-shampiyona-yu-rwanda-2025-26/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=ferwafa-na-rwanda-premier-league-basinye-amabwiriza-mashya-agenga-shampiyona-yu-rwanda-2025-26

  • Papi Clever n'umugore we Dorcas bahishuye byinshi ku buzima bwabo (Video) – #rwanda #RwOT

    Aba bombi bafitanye abana batatu barimo abakobwa babiri n'umuhungu umwe bibarutse umwaka ushize. Papi Clever yasezeranye imbere y'Imana na Ingabire tariki ya 7 Ukuboza 2019 muri Dove Hotel ku Gisozi.

    Ubukwe bw'aba bombi bwabaye nyuma y'icyumweru Papi Clever asabye akanakwa Ingabire mu birori byabereye mu Karere ka Musanze ku wa 30 Ugushyingo 2019. Kuri uwo munsi banasezeranye byemewe n'amategeko y'u Rwanda mu muhango wabereye mu Murenge wa Muhoza.

    Isezerano ryo kubana byemewe n'Itorero ADEPR babarizwamo ryaheshejwe umugisha na Pasiteri Ndayizeye Isaïe, ubarizwa muri Ntora English Church Service aho Papi Clever asengera. Kuva basezerana kubana akaramata, batangiye kuririmbana ndetse bigarurira imitima ya benshi.

    Kuri iyi nshuro bahuriye mu kiganiro babazanya ibibazo biteye amatsiko ku buzima bwabo. Ni muri gahunda ya IGIHE binyuze mu kiganiro IGIHE Kulture, aho abatumirwa hagati yabo babazanya ibibazo bitandukanye biteye amatsiko. Ni ibibazo birimo iby'ubuzima busanzwe, urukundo, umwuga wabo n'ibindi.

    Papi Clever:Ni ikihe gihugu cyangwa ahantu twagiye kuririmba wishimiye uburyo twitwaye ku rubyiniro?

    Ingabire Dorcas: Ahantu twagiye nkumva ndishimye ni muri Amerika. Igituma iki kibazo kinshimisha ni uko nashakaga kuboneraho guteza abantu bo muri iki gihugu ko tugiye gusubirayo. Nagiyeyo meze nk'ufite intege nke, nari nkuriwe ntekereza ko ntari bubishobore ndavuga nti 'bishobora kunanira' ariko mpagirira ibihe byiza.

    Nazengurutse ukwezi kose n'umwana wenda kuvuka mu nda nari nafite ubwoba nkavuga nti nk'ubu ngize ikibazo, nkabyarirayo nkibaza ukuntu bizagenda ariko ndavuga nti Imana irantumye ngo nkore umurimo wayo, ngomba kubikora. Imana iramfasha bigenda neza. Ahantu byari bigoraniye twari turi ahantu mu banyamahanga. Naragarutse iminsi icyumweru gishize ndabyara.

    Ingabire Dorcas: Ni iki ukunda kuri njye?

    Papi Clever: Ntabwo natoranyamo kimwe kuko ngukunda wese! Buri kimwe kuri wowe. Nkunda intoki zawe, ngakunda amaso, isura yawe ukuntu uri umwimerere…reka tube turekeye ibyo.

    Ni iki cyaguteye kubana nanjye ese ubona inzozi zawe zarasubijwe?

    Dorcas: Icyanteye kubana nawe, ni uko nagukunze. Nguhitamo nk'umuntu tugomba kubana. Ni wowe mahitamo yanjye. Inzozi zanjye zarasubijwe, hajyaho n'icyo Imana yasabye. Numvaga mfite inzozi z'umuntu mwiza ukunda Imana, utekanye mu rugo, nkumva ndagarukira ku byo numva bimpaye amahoro ariko yararebye ibona igomba kumpa ibyuzuye, ikampa ibyo nasengeye n'ibyo ntasengeye.

    Ni ikihe kintu utazibagirwa wabwiwe n'umufana wacu?

    Papi Clever: Ni ikintu nabwiwe n'umugabo witwa Amos wo muri Uganda. Yaranyandikiye arambwira ati njye nari umuntu mubi, nakubitaga umugore, nywa inzoga nyinshi, nkubita umugore. Ariko narahindutse. Amafaranga nakoreraga njyana mu kabari ubu tubayeho neza n'umuryango wanjye.

    Papi Clever: Ni iyihe mpano itunguranye twaha abakunzi bacu by'umwihariko abatuye muri Amerika?

    Dorcas: Ni uko tugomba gutaramana nabo kandi tuzajya tubasanga aho bari.

    Ni izihe ndirimbo zacu eshatu ukunda cyane?

    Papi Clever: Iya mbere nkunda cyane yitwa 'Impamvu z'ibifatika'. Indi ni 'Narakwiboneye' iya gatatu biterwa kuko hari igihe mparara, ariko hari indirimbo yo mu gitabo nkunda yo mu gitabo ya 151, ivuga ngo 'Yesu Arusha abanda bose kudukunda'.

    Ni uwuhe muhanzi cyangwa itsinda ryakubereye icyitegererezo?

    Dorcas: Ni benshi cyane. Njye ndi umuntu wafannye abahanzi hahandi ho kwisiga n'amarangi. Iyo wakoraga indirimbo ikangeraho ubwo nyine nabaga umufana, nkavuga nti iyi ndirimbo iraryoshye. Ariko abahanzi baririmbaga icyo gihe barimo Dominic Ashimwe, Aime Uwimana, Patient Bizimana, Richard Nick Ngendahayo, Gaby Kamanzi bose narabafanaga.

    Iwacu I Musanze habaga umuhanzi w'Umudive witwa Sahihi naramufannye bigera aho iyo biba ari nk'umupira nari kwisiga amarangi. Umunsi umwe habaga igitaramo tujyayo yaririmbye, ngera aho kurira.

    Twari dufite telephone dufatanije turi batatu ya gatushi. Sahihi ari kuririmba turafashwa, abantu bakamuha amafaranga, njye nari ngiye kumuha ya telephone ariko barayinyaka.

    Iyo utaba umuririmbyi wari kuba iki?

    Papi Clever: Iyo ntaba umuhanzi nari kuba umucuruzi. Ubu n'ubundi turacuruza gusa sinzi ko wenda icyo gihe aribyo nari gutangiriraho. Ibintu byose birimo amafaranga mba numva nabikora ariko nkunda umucuruzi utahicaye, noneho njye nkamenya ibindi.

    Waba warigeze gucibwa intege n'abantu cyangwa n'ibihe bikomeye ukumva wava mu muziki?

    Dorcas: Njye ntabwo nigeze ntangira ndi umuhanzi ukishakisha. Igitaramo cya mbere nakiririmbyemo muri BK Arena. Natangiye gufata indangururamajwi ndi umuhanzi ndi muri BK Arena. Ntabwo nigeze mpa umuntu 'flash' ngo ayanjye.

    Papi Clever: Njye sinabara abantu banciye intege menya barageze aho bagasanga ntazo ngira. Reka nguhe urugero, hari umuntu wigeze kumbwira ndi kwiga guitar, ati uzabireke ntuzigera umenya gucuranga.

    Dorcas: Utekereza ko ari iki abantu batwibeshyaho?

    Papi Clever: Abantu bashobora batwibeshyaho ko turi abantu bo hejuru cyane. Ikindi abantu bibeshya kuri wowe ko ushobora kuba wirata.

    Dorcas: Ntabwo nirata! Nakwirataho mu kanya turahurira mu ivumbi mu gakinjiro? Ariko byatangiye nkiri umwana kubera kuvuga make. Mbere kubera kutavuga n'abo twabanaga mu rusengero no muri korali babyibeshyagaho ariko nk'inshuti zanjye ubibabwiye baguseka. Ni umuntu usabana, unavuga cyane.

    Papi Clever: Nihe wibona mu myaka itanu mu muziki?

    Dorcas: Tuzaba twarakoze indirimbo nyinshi zitari izo mu gitabo. Ikindi twarakoze izindi ndirimbo nyinshi z'izindi ndimi. Nzaba naragiye ku migabane itandukanye mu ivugabutumwa. Ntekeza ko hamwe n'Imana tuzaba twarakoze umurimo mugari. Niryo sengesho ryacu.

    Wakijijwe ryari?

    Papi Clever: Nakuze iwacu dusenga ariko nakijijwe mu 2013, maze gusobanukirwa ibyo ndimo. Mfata umwanzuro wo gukizwa. Hari ukuntu dukura iwacu batwigisha kujya mu rusengero, ariko wumva ugomba kurubamo kuko ugomba kujyayo ariko ukaza kumenya ukuri. Njye mu mashuri yisumbuye hari ukuntu nabivangaga, gusa urumva byaje kugera aho nkumva ntazi umurongo ndi kugenderamo.

    Uretse kuririmba hari impano cyangwa ubumenyi abantu batazi wigeze werekana?

    Dorcas: Kuba umubyeyi, menya ariyo mpamvu Imana yampaye umugisha. Kwita ku byo mu rugo ndabikunda no kugabura. No gucuruza.

    Ni iki gitandukanya injyana zacu n'izindi mu muziki wo kuramya Imana?

    Papi Clever: Twe turirimba injyana zose, twabasha gutambutsamo ubutumwa bwiza. Icyo umwuka w'Imana atubashishije gukora.

    Dorcas: Nk'ubu Wabasha kuririmba Kinyatrap?

    Papi Clever: Bikunze nabikora!

    Dorcas: Ni iki utazibagirwa cyabaye mu rugendo rwacu rw'ivugabutumwa? Kuri njye ni igitaramo cyacu cyabereye mu Intare Arena. Njye ntabwo byanyoroheye kuba twari tugiye gukora igitaramo tutishyuje. Nari mfite ubwoba bwinshi ko tutazabona. Imana yaraje iradufasha bigenda neza. Ntabwo ririya vugabutumwa nzaryibagirwa.

    Papi Clever: Ni iki cyatunguye kuri njye?

    Dorcas: Ni ukubana umuntu w'umunebwe mu kurya. Ikindi ni ukubona umuntu ufite ifitiriti n'inyama ariko akarya ibijumba, ikindi ni ukubona ukumva mu buryo butabana. Ikindi ni ukubana n'umuntu mudahuje imico mutareranywe, ni twinshi.

    Dorcas: Ni ubuhe butumwa bwihariye waha abakunzi bacu?

    Papi Clever: Turagerageza kubaha ibintu byiza kandi abantu bose bari bwisangemo rero ubutumwa bwihariye ni uko abantu badakunda ibintu usanga niba twakoze gutya ejo dukora ukundi. Navuga ko uburyo dukoramo umuziki ari uguha abantu ibintu byiza. Turi kubategurira izindi ndirimbo nyinshi.

    Ni iki cyagutunguye ukimenya ubuhamya bwanjye?

    Dorcas: Kubona umusore mwiza nkawe wakubiswe…washaririwe. Reka ukambwira ngo wacuruje amandazi, ubundi ukambwira ngo wacuruje tuvugane. Najya kumva nkumva ngo wacuruje amashashi. Imyaka ufite n'ubuzima wabayemo ntabwo bihura. Waravugaga uti navaga mu ishuri nkajya gushaka 2000 Frw byo gufasha mu rugo. Nkavuga nti n'urugo uzarutunga niba warabashije ibi.

    Ni gute ubona urwego rw'umuziki wo kuramya Imana mu Rwanda?

    Papi Clever: Tumaze gutera imbere ku buryo navuga mu bigaragara tuyoboye. Hari ibihugu tuzi by'umuziki nka Afurika y'Epfo na Nigeria, ukuyemo ibyo wakurikizaho u Rwanda kuri ubu. Iyo ubonye umuhanzi nka Mbonyi kuko niwe uri hejuru arayoboye ariko ugasanga arayoboye muri Afurika y'Iburasirazuba. Ariko ntabwo twakwibagirwa abandi nka Rose Muhando batangiye kera. Mu Rwanda icyo tukibura ni amikoro, bigatuma dusa nk'aho tugira nk'uwo umwe uri hejuru.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/papi-clever-n-umugore-we-dorcas-bahishuye-byinshi-ku-buzima-bwabo-video

  • Social Mula yashimiye Munyakazi Sadate wamufashije mu muziki – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE, ubwo yari abajijwe niba koko Munyakazi Sadate yaramufashije.

    Ati ''Ma Vie' nayikoze tutakiri kumwe, kuko njye nakoranye na sosiyete ye imwe yitwa 'Promo One'. Ahubwo indirimbo twakoranye harimo 'Ku Ndunduro', ni nawe wangiriye inama yo gukora indirimbo ya RnB Afrobeats. Yarambwiye ati 'ufite ijwi ryiza rikeneye kumvinaka mu bundi buryo butari Afrbeats'. Ampa ingero z'izindi ndirimbo zo hambere z'Abanyamerika.”

    Yakomeje avuga ko uyu mugabo yaje kumugira inama yo guhindura injyana.

    Ati 'Ubundi nari nsanzwe ndirimba Afrobeats, Dancehall cyangwa se 'Chorus' za Hip Hop. Arambwira ati 'ibi bintu bishobora gukunda cyane'. Kuva ku 'Ndunduro', 'Umuturanyi', 'Amahitamo' ndetse na 'Humura. Ariko nyuma yazo izindi zirimo 'Ma Vie' ni izo nakoze ku giti cyanjye. Ni umugabo wagize uruhare runini cyane mu rugendo rwanjye rw'umuziki. Ndamushimira.'

    Social Mula uvuga ko ateganya igitaramo cyo kumvisha abakunzi be n'abantu ba hafi album nshya aheruka gushyira hanze yise 'Confidence', agaragaza kandi Sadate n'ubwo aba afite akazi kenshi yizeye ko nawe ari mu bazakibonekamo.

    Reba ikiganiro twagiranye na Social Mula

    Reba indirimbo zigize album ya Social Mula


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/social-mula-yashimiye-munyakazi-sadate-wamufashije-mu-muziki

  • Uwayezu Jean Fidele yatungutse mu Nzove yakiranwa urugwiro, ubwoba buba bwinshi (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Uwahoze ari perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yatungutse mu Nzove yakiranwa urugwiro rwinshi n’bari bitabiriye iyi myitozo.

    Jean Fidele wayoboye Gikundiro hagati ya 2020 na 2024 ni na we ufite ibikombe iyi kipe iheruka icy’Amahoro cya 2023 na Super Cup ya 2023.

    Ubwo yari ageze mu Nzove abakunzi b’iyi kipe bamwakiranye yombi na we wabonaga yishimye.

    Yakurikiye imyitozo ari kumwe na perezida Twagirayezu Thaddée ubona baganira bishimye cyane.

    Uku kuza kwa Jean Fidele mu Nzove, byatunguye benshi ndetse bisa nibyemeza amakuru y’uko iyi kipe izajya ikorera umwiherero mu Karumuna iwe.

    Aje mu gihe hari umwuka utari mwiza hagati ya Twagirayezu Thaddée n’Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports iyobowe na Muvunyi Paul.

    Uku kutumvikana byanatumye asohoka mu nama yahuje inzego zose z’ubuyobozi za Rayon Sports nyuma yo kutumvikana ku ngingo yo gushyiraho Murenzi Abdallah nka CEO w’ikipe.

    Twagirayezu Thaddée yababwiye ko gushyiraho CEO atari byo byihutirwa ahubwo bakabanje kuvugurura amategeko shingiro.

    Niba bifuza CEO bareka Uwimpuhwe Liliane usanzwe ari Executive Director agakora izo nshingano kuko ni na we batanze muri CAF nka CEO.

    Bakomeje kutabyumvakano birangira asohoka itarangiye ariko ababwira ko atamwemera.

    Bivugwa Twagirayezu Thaddée nubwo atumvikana n’Inama y’Ubutegetsi ariko na we afite abo bari kumwe bariko Munyakazi Sadate na Uwayezu Jean Fiedele.

    Uwayezu Jean Fidele yarebye imyitozo ari kumwe na Twagirayezu Thaddée

    Byari ibyishimo bikomeye

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11840

  • RSSB yasobanuye igihe gahunda yo kujya yishyura amavuriro mbere y'uko atanga serivisi izatangirira – #rwanda #RwOT

    Ubwo ubuyobozi bwa RSSB bwari mu kiganiro n'itangazamakuru ku wa 10 Nzeri 2025, cyagarukaga ku ishusho y'uko urwo rwego ruhagaze kuva mu myaka itanu ishize, by'umwihariko mu mwaka wa 2024/2025.

    Uru rwego rwagaragaje ko ikibazo cyo gukererwa kwishyura amavuriro aba yahaye serivisi abanyamuryango gisa n'icyamaze kuvugutirwa umuti by'umwihariko kubera ikoreshwa ry'ikoranabuhanga, aho kuri ubu byibuze ikigo cyohereje ibisabwa kishyurwa mu minsi 23 kuri Mutuelle de Sante n'iminsi 30 kuri RAMA.

    'Muribuka…mu 2021 kwishyura byajyaga bigera ku mezi atandatu, ibaze gukora ugatanga serivisi ukamara amezi atandatu utishyuwe! Uyu munsi twishimiye kuvuga yuko tugeze ku mpuzandengo y'iminsi 23 kuri Mutuelle, kuri RAMA ni iminsi 30,'

    'Ibi rero bivuze ko iyo ubonye amafaranga kare, bivuze ko abakozi uzabahembera ku gihe, imiti uzayigurira ku gihe, ibikoresho uzabigurira ku gihe, ukabasha no gutanga serivisi umunyamuryango yibonamo, akeneye ku gihe. Iki rero cyavuye cyane cyane mu ikoranabuhanga, ndetse n'impinduka mu mikorere, ndetse twizeye ko bitazasubira inyuma.'

    Nubwo hari intambwe yatewe mu kwishyurira igihe ibigo by'ubuvuzi bikorana na RSSB, Umuyobozi Mukuru wayo, Kanyonga Louise, yavuze ko hari guteganywa no gutangira gukoresha uburyo bwa 'capitation' kugira ngo serivisi zirusheho kunoga ndetse hirindwe n'uburiganya. Yavuze ko igerageza rizabanza gukorerwa mu Ntara y'Iburasirazuba mu mavuriro bakorana.

    Yagize ati 'Twakoze isesengura ryimbitse kugira ngo turebe amavuriro n'izindi nzego z'ubuvuzi uko zagendaga zikoresha amafaranga n'uko twagendaga tubishyura, tureba n'abanyamuryango bakira, kugira ngo tumenye ese bakeneye angana gute. Ibyo byarakozwe…kugira ngo tumenye amafaranga twabagenera mbere anagana gute.'

    Yavuze ko yo gahunda yari igeze kure, aho bateganya kubitangiza muri Nyakanga ariko ntibyakozwe kuko hahise haba impinduka muri tariff y'ibijyanye n'imiti, ariko yagaragaje ko bongeye gusubira mu biciro ngo babijyanishe na tariff nshya, na byo bikaba bigeze kure.

    Ati 'Ubu ngubu dufite gahunda yo kuzatangira mu kwezi gutaha, Ukwakira, tuzatangira n'igerageza ry'umushinga mu Ntara y'Iburasirazuba, ibigo by'ubuvuzi byose biri Iburasirazuba ni byo tuzaheraho, hanyuma tukabikurikiranira hafi, tukareba uko umushinga uri gushyirwa mu bikorwa, tukareba aho tugomba kongera imbaraga, uburyo tugomba gukorana n'ibigo by'ubuvuzi, izo nyigo zose tuzikoreshe, tuvugurure ubundi tubikwize mu gihugu hose.'

    Kugeza ubu ibigo by'ubuvuzi bikorana na RSSB byavuye kuri 953 mu 2021 bigera kuri 1182 kuri Mutuelle, naho kuri RAMA byavuye kuri 810 bigera kuri 1152.

    Louise Kanyonga yavuze ko guhera mu Ukwakira ibigo by’ubuvuzi byose by’Iburasirazuba bizaba bikoreshwamo uburyo bwa ‘capitation’


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rssb-yasobanuye-igihe-gahunda-yo-kujya-yishyura-amavuriro-mbere-y-uko-atanga

  • Hagiye kujya hifashishwa 'facial recognition' mu kwakira abivuriza kuri RAMA na Mutuelle de Santé – #rwanda #RwOT

    Mu bisanzwe, hari ibigo bitandukanye by'ubwishingizi bwo kwivuza bikoresha uburyo bw'ikoranabuhanga bwo kugenzura ko ugiye kwivuza ari umunyamuryango koko, aho bimwe bikoresha uburyo bwo kugenzura ibikumwe, isura cyangwa ubundi. Gusa kuri RSSB si ko byari bimeze kuko ahenshi bakoreshaga impapuro n'ahatangiye gukoreshwa ikoranabuhanga hakaba nta buryo bwo gusuzuma ko ugiye ari umunyamuryango by'ukuri.

    Ubwo RSSB yaganiraga n'itangazamakuru ku wa 10 Nzeri 2025, Umuyobozi Mukuru wayo, Regis Rugemanshuro, yavuze ko intego yabo ari uko bazageraho nta koreshwa ry'impapuro muri serivisi zabo zose, ndetse nta n'umunyamuryango uzongera gukora urugendo hari serivisi agiye gusaba, ibyiswe 'Zero Paper, Zero Trip'.

    Yagaragaje ko serivisi z'uru rwego zigeze kuri 70% zishyirwa ku ikoranabuhanga, kandi ko hari gushyirwamo imbaraga kugira ngo ziba 100%.

    Ati 'Twizera ko umwaka wa 2026/2027 uzarangira ari 'Zero Paper Zero Trip', bivuze ko ibigega byose bya RSSB na serivisi, bizaba nta mpapuro zikoreshwa.'

    Yagaragaje ko kuri ubu Ikigega cy'Abagore bari mu kiruhuko cyo kubyara ndetse n'icya EjoHeza, ari byo bimaze kujya ku ikoranabuhanga ku kigero cya 100%, aho ababikoresha bashobora kubona serivisi zose bakeneye batavuye aho bari.

    Ati 'Bigabanya igihe byatwaraga, bikagabanya gusiragizwa, ndetse bikanongera gukorera mu mucyo. Nko mu bijyanye n'ubuvuzi, ibijyanye n'uburiganya ubasha kugenzura buri rupapuro, ubanza ari na yo mpamvu byatindaga [kwishyura], ariko ubu ngubu nubwo biri ku ikoranabuhanga igice hari icyo byagabanyije.'

    Umuyobozi ushinzwe Ikoranabuhanga muri RSSB, Ngendakuriyo Lionel, yavuze ko bitarenze uyu mwaka w'ingengo y'imari, 2025/2026 hatazaba hagikenewe umukozi wa RSSB ujya gukorera ku bitaro kugenzura abanyamuryango, ahubwo ko hazajya hakoreshwa ikoranabuhanga rya 'facial recognition', ku buryo hifashishijwe telefone hazajya hagenzurwa isura bikamenyekana ko uwo muntu ari umunyamuryango, ubundi agahabwa serivisi.

    Ati 'Turashaka gutangirana n'uyu mwaka, aho umurwayi atazongera gukora ku mpapuro, ahubwo uzajya wandikirwa imiti na muganga nugera no kuri farumasi babirebe bifashishije ikoranabuhanga babone imiti yose muganga yakwandikiye, ibyo rero bizarinda amakosa cyangwa kwibeshya umuganga cyangwa ukora muri farumasi ashobora kugira, ikindi ni uko bizanarinda uburiganya.'

    'Vuba aha turatangiza uburyo bwa 'facial recognition' turashaka ko ari ibintu bizaba byoroshye, aho gusa uzajya ukoresha telefone igasuzuma isura yawe, ukaba utazongera gutegereza ku murongo, utegereje ko umukozi yandika indangamuntu yawe ku rupapuro, ibi kandi bizanakumira uburyo ubwo ari bwo bwose bw'uburiganya nk'uko rimwe na rimwe bijya biba.'

    Yongeyeho ko mu gusuzuma dosiye zishyuza hasigaye hifashishwa ikoranabuhanga ry'ubwenge buhangano (AI) bikoroshya akazi, bikarinda kwibeshya ndetse bikanihutisha cyane, kuko wasangaga ari umuntu ugomba gusuzuma impapuro umurundo, akazisesengura.

    Umuyobozi Mukuru wa RSSB yasobanuye ko ikindi bishimira muri uru rugendo rwo gushyira serivisi zose ku ikoranabuhanga, ari uko sisitemu zose uru rwego rukoresha zikorwa n'Abanyarwanda bakazikorera mu Rwanda

    Yagize ati 'Izi sisitemu zose mubona ni iz'Abanyarwanda, zikorerwa hano mu Rwanda n'abana b'Abanyarwanda, ndetse hari n'ibihugu bimwe bijya bisura bikifuza ko zimwe muri zo zabasha gukoreshwa mu bihugu byabo… na byo bizakorwa, ariko igishimishije zikorerwa hano n'Abanyarwanda kandi umusaruro urashimishije.'

    'Ubundi kera izi sisitemu zose zishyurwaga amadevize, zikishyurwa zikozwe n'abanyamahanga bakanabona n'amakuru yacu, ubundi rimwe na rimwe bataba banakwiye kumenya, ariko bitanagenda neza na zo bakazitwara.'

    Yagaragaje ko nubwo zitarabasha gukora ku bigega byose na serivisi zose, ariko ko aho zikora zatanze umusaruro ndetse ari na byo byafashije mu kubona umusaruro RSSB yagiye ibona mu myaka ishize.

    Rugemanshuro yavuze ko bishimira ko sisitemu zose bakoresha zikorwa n’abana b’Abanyarwanda

    Ngendakuriyo Lionel ushinzwe ikoranabuhanga muri RSSB yagaragaje ko hagiye kujya hakoreshwa uburyo bwa ‘facial recognition’ ku banyamuryango bajya kwivuza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hagiye-kujya-hifashishwa-facial-recognition-mu-kwakira-abivuriza-kuri-rama-na

  • Hari gutekerezwa impinduka muri Mutuelle de Santé – #rwanda #RwOT

    Byagarutsweho mu kiganiro ubuyobozi bw'uru rwego bwagiranye n'itangazamakuru kuwa 10 Nzeri 2025.

    Dr. Hitimana Regis ushinzwe ibigenerwa abanyamuryango muri RSSB, yavuze ko hari igihe umuntu aba adafite umwanya wo kunyura mu nzira zose ziteganywa ku bafite Mutuelle basanzwe, bityo ko hari uburyo azajya yongeraho amafaranga bigatuma abasha kubona serivisi RSSB itanga mu buryo bw'imena.

    Yagize ati 'Turi gushaka uburyo hajyaho ubwisungane mu kwivuza bwisumbuyeho (CBHI+), aho abantu bari muri Mutuelle ariko bifuza kubona ibyo Mutuelle igena ariko mu bundi buryo, urugero nko kubona icyumba cyihariye, kubonana na muganga usimbutse ikigo nderabuzima…harimo abantu bafite agaciro k'umwanya wabo bavuga bati njye ndashaka kubona ibi ngibi muri ubu buryo,'

    Dr. Hitimana yongeyeho ko nubwo uwo muntu azafatwa mu buryo bwihariye, ariko serivisi azahabwa n'ubundi ni iziri ku rutonde rw'izemewe na Mutuelle.

    Ati 'Nubwo ari rwa rutonde Mutuelle yemera ariko ukabibona mu buryo bukorohoye, bakaba banatanga n'amafaranga menshi kurusha, turi gukora uburyo bazajya barenza ku musanzu umunyamuryango wa Mutuelle atanga, natwe tukabahereza ibijyanye n'ibyo bifuza ariko twakoreye imibare. Biri mu nyigo ubu ngubu kuburyo mu minsi mike tuzatangaza ibyavuye muri iyo nyigo.'

    Mu kurushaho kunoza imitangire ya serivisi ku banyamuryango bayo muri rusange, by'umwihariko abakoresha Mutuelle de Sante, RSSB yanagarutse ku kibazo cy'ibura ry'imiti gikunze kugaragara mu mavuriro amwe n'amwe, igaragaza ko hari imbaraga ziri gushyirwa mu kugishakira umuti.

    Dr. Hitimana yavuze ko RSSB iri gukorana na Minisiteri y'Ubuzima ndetse na Rwanda Medical Supply (RMS), kugira ngo ibibazo bihari bituma imiti rimwe na rimwe itaboneka gikemuke.

    Yagize ati 'Kuko iboneka hasi [ibigo nderabuzima] kuruta hejuru [ku bitaro], kuko uko ujya mu bitaro ni ko urutonde rw'imiti rwiyongera bakagombye kuba bafite, kubura umwe cyangwa ibiri ni ibintu bishoboka, icya kabiri ni uko n'ibitaro bishobora kugira ibintu byinshi bibazwa, ugasanga wenda imiti ntihawe agaciro nk'uko bigenda mu bigo nderabuzima, ubundi ikigo nderabuzima kidafite imiti gishatse cyafunga.'

    'Bimwe mu byo turi kuvugana na RMS ni uko twarebye ibitaro bikunda kugira ibibazo byo kubura imiti, tunavugana na byo, ubu turi gukora mu buryo dukorana, tugakorana n'abantu bamenyereye ubucuruzi bw'imiti bakaba ari bo baza gukora mu bitaro…ya farumasi imenyereye iby'ubucuruzi bw'imiti akaba ari yo iza gukorera mu bitaro, akaba ari yo tuzajya tubaza ko imiti ihari, kuko bo baba bashobora kuyigura muri RMS cyangwa ahandi.'

    Yavuze ko kuri iyo gahunda, ubu RSSB yamaze kubona abafatanyabikorwa babiri bagiye gutangira mu bitaro bike nk'isuzuma, haherewe kuri bya bindi byaburaga imiti.

    Dr. Hitimana Regis yavuze ko hari gukorwa inyigo y’uburyo Mutuelle yakongererwa agaciro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hari-abazafatwa-mu-buryo-bwihariye-hari-gutekerezwa-impinduka-muri-mutuelle-de

  • U Rwanda rwamaganye ibitero bya Israel kuri Qatar – #rwanda #RwOT

    Mu itangazo u Rwanda rwashyize hanze kuri uyu wa Kane, rwavuze ko kurenga ku mahame y'ibanze agenga imibanire y'ibihugu, biganisha ku Isi itagendera ku mategeko.

    Rwavuze ko Qatar ikwiriye kuba ishimirwa kubera uruhare iri kugira mu buhuza bugamije gukemura ibibazo bimaze igihe kandi bikomeye mu Burasirazuba bwo Hagati no muri Afurika.

    Inkuru irambuye ni mukanya…


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rwamaganye-ibitero-bya-israel-kuri-qatar

  • Kubaka inganda zitunganya amazi yanduye n'ibimoteri bigezweho; Imishinga Dr. Kabaasha wa WASAC ashyize imbere – #rwanda #RwOT

    Icyerekezo 2050 kigaragaza igishushanyombonera (Sanitation Masterplan) cyerekana ingano y'imyanda iteganyijwe kuzaboneka mu turere dutandukanye, hakanemezwa ahazashyirwa ibimoteri byo gukusanyirizwamo iyo myanda, yaba ibora n'itabora.

    Dr. Asaph Kabaasha yabwiye IGIHE ko mu bice bitandukanye by'igihugu hagenwe ahazubakwa ibimoteri bitandukanye nko mu Mujyi wa Kigali, hemejwe Ikimoteri cya Nduba.

    Uturere twa Nyanza, Kayonza na Nyagatare ho hamaze kuzura ibimoteri bikaba biteganijwe no mu turere umunani ari two Musanze, Karongi, Rusizi, Rubavu imirimo yo kubaka ibimoteri irarimbanyije mu gihe Muhanga, Huye, Bugesera na Rwamagana inyigo zikinozwa.

    Ati 'Uko rero imirimo yo kubaka mu buryo bunoze ibimoteri binyuranye navuze izagenda irangira, ni na ko isuku n'isukura izagenda yiyongera, ndetse n'imyanda ibyazwa umusaruro.'

    Yerekanye ko ku bijyanye no gutunganya amazi yanduye no kubyaza umusaruro imyanda iyakomokaho ni igikorwa kigenda gifata umurongo.

    Akomeza ati 'Kugeza ubu dufite inganda ntoya zigera kuri 35 muri Kigali, tukagira inganda eshashatu mu Turere twa Nyamagabe, Nyanza, Rulindo, Gicumbi, Kayonza na Nyagatare. Kuri izi nganda hiyongeraho izindi enye zirimo kubakwa mu Turere twa Rusizi, Karongi, Rubavu na Musanze.'

    Yavuze ko mu gihe izo nganda zizaba zuzuye zizanifashishwa n'utundi turere tutarubakwamo inganda na ho muri Kigali hari kubakwa urutunganya imyanda iva mu musarani ruri kubakwa i Masaka.

    Ati 'Muri Kigali hiyongeraho uruganda rutunganya imyanda ruri kubakwa i Masaka ruzajya rutunganyirizwamo imyanda iva mu misarani, ariko hari n'uruganda runini rugiye kubakwa ku Giti cy'Inyoni, ari rwo ruzatunganya amazi yanduye aturuka muri Nyarugenge. Uturere twa Gasabo na Kicukiro na two twakorewe inyigo, harimo gushakishwa ingengo y'imari yo kuzahubaka inganda zitunganya amazi yanduye.'

    Kubyaza umusaruro imyanda yo mu ngo bigeze he?

    Minisiteri y'Ibidukikije n'Ikigo Mpuzamahanga cyita ku bidukikije (GGGI), batangije uburyo bwo gutunganya imyanda yo ku kimoteri cya Nduba no kuyibyaza umusaruro.

    Ku wa 19 Kamena 2024 ni bwo hatashywe ibikorwaremezo byubatswe guhera muri Nyakanga 2021 ku nkunga ya Minisiteri y'Ibidukikije n'Ikigo cya Luxembourg cyita ku rusobe rw'ibinyabuzima.

    Mu bikorwaremezo byatashywe harimo ibifasha mu kuvangura imyanda bizwi nka 'Waste Sorting and Separation Facility' bifite ubushobozi bwo gutunganya nibura toni 100 ku munsi.

    Dr. Asaph Kabaasha yavuze ko hari imishinga yafatwa nk'igerageza ku buryo bwo kubyaza umusaruro imyanda itandukanye yakorewe mu turere twa Nyanza, Huye, Bugesera, Kayonza, Nyagatare, Nyarugenge na Nduba.

    Ati 'Nyuma rero yo kubona ko hari ibishoboka, nko kuba twabyazamo ifumbire imyanda ibora, turashishikariza ba Rwiyemezamirimo babifitemo ubumenyi, ubushobozi n'ubushake, kuba bategura imishinga, bakegera ibigega by'imari bakaba bafatanya na Leta.'

    Yavuze ko uko ubushobozi buzagenda buboneka, abaturage bazajya bahugurwa ku buryo bwo kuvangurira imyanda mu ngo za bo bikazatuma imyanda ishyirwa mu bimoteri igenda igabanuka.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kubaka-inganda-zitunganya-amazi-yanduye-ibimoteri-n-imishinga-yo-kubyaza