Category: Uncategorized

  • Karongi: Imiryango isaga 6000 yafashijwe kuzibukira amakimbirane – #rwanda #RwOT

    Ibi ni bimwe mu byagarutsweho ku wa 9 Nzeri 2025, harebwa ibyo abaturage bagejejweho n'umushinga wari ugamije gukura mu bukene abaturahe bo mu mirenge ya Ruganda, Mutuntu na Twumba.

    Havugimana Dominique, wo mu Kagari ka Biguhu, Umurenge wa Ruganda, avuga mbere yo kwegerwa yari afite imibanire mibi n'umugore kubera ubusinzi, byatumaga badasenyera umugozi umwe n'ubukene bugahora mu rugo.

    Avuga ko nyuma yo kwigishwa ubu byabaye byiza aho basigaye bizigama, bagatangira mituweli ku gihe n'ibindi

    Ati 'Kubera ko nta buhuza twari dufite, buri wese yanyuraga ukwe, ariko nyuma yo kwegerwa, ubu turakorana, mituweli itangirwa ku gihe ndetse n'abana twabohereje ku ishuri, ubu bimeze neza. Iyo mu rugo hari intambara, igera no ku nka mworoye, abana, n'ikindi cyose mufite, ni yo mpamvu ntacyo twageraho kubera nta mutekano.''

    Avuga ko ubu baguze amatungo barorora, bavugurura inzu yabo, bakaba bakomeje kwiteza imbere

    Umugore we Mukamana Spéciose, yibuka ko mbere yo kwigishwa umugabo we yahoraga amukubita atashye yasinze, ndetse n'amafaranga yakoreye yose yayanywereye, akabona hazaziramo kumwica, afata umwanzuro wo kwahukanira iwaco, urugo ruradindira ndetse n'abana babiri bo mu rugo bata ishuri kubera kubura ubitaho.

    Gusa ngo kubera ubuhuza bwakozwe binyuze mu Itorero basengeramo ku bufatanye na World Relief, bongera kwiyunga barasubirana.

    Umuyobozi Mukuru wa World Relief mu Rwanda, Nkulikiyinka Clémence, yagaragaje ko gukemura amakimbirane mu miryango ari ikintu bakomeyeho cyane kuko basobanukiwe neza ko ari yo soko y'iterambere no kubana neza kw'abagize umuryango.

    Yavuze ko imibanire myiza y'umuryango ari na yo ituma abana bakura neza bakagana ishuri bakazaba Abanyarwanda beza.

    Ati 'Bituma abana bakurira mu muryango utekanye, ubitaho unabakunze, bakajya mu bigo mbonezamikurire ku myaka mito, ndetse bakajya no ku ishuri, bityo bakazagira ejo heza habereye Umunyarwanda.'

    Umuyobozi muri Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu (MINALOC), Ushinzwe kurengera abatishoboye, Uwababyeyi Benilde, yashimye World Relief yatanze umusanzu mu kuzamura abaturage bo muri Karongi kuko inyigisho batanze n'ubundi bufasha byazamuye imyumvire yabo muri byose.

    Ati 'Byagaragaye ko mwinjiye mu by'ingenzi biranga urugo rwivanyeyo, nko kongera umutungo ubyara inyungu mu muryango, kuko ni inkingi ya mbere yerekana ko urugo ruri kwivana mu bukene, kuzamura umuco wo kwizigamira bajya no mu matsinda yo kwizigama, ibi byose ni ibikorwa bigaragaza iterambere, kandi abo mwakoranye hari aho bageze.'

    Yanagaragaje ko kuba barahereye ku kurwanya amakimbirane mu muryango ari igikorwa gikomeye, kuko baba bizeye neza ko uwo muryango uzakomeza kubaka ibirama no mu bihe biri imbere.

    Ati 'Iyi gahunda mwakoze guhera mu 2018, nashimye ukuntu mwayikoze, iruzuzanya na gahunda y'igihugu yo gufasha abaturage kwivana mu bukene yatangiye mu 2022. Mwe mwabitangiye kare, mubigendamo neza, mwarakoze cyane!'

    Umuyobozi w'Akarere ka Karongi wungirije Ushinzwe Iterambere ry'Ubukungu, Ntakirutimana Julienne, yavuze ko bishimira ko abafashijwe n'uyu mushinga bahinduye imyumvire ubu bakaba ari imiryango isigaye ikorera ku ntego binyuze mu kwizigama no gukorera hamwe mu bimina bakagurizanya amafaranga, ari nako bakora imishinga ibyara inyungu, agahamya ko ari impamba nziza basigaranye izabageza ku iterambere.

    Uyu mushinga usize imiryango isaga 6000 mu rugendo rw'iterambere, aho hakozwe amatsinda yo kwizigama 215, imiryango 470 yafashijwe gusezerana imbere y'amategeko, bikaba ari ibikorwa byanyuze mu bukangurambaga bwifashishije amatorero 147 yegereye abaturage aha muri Karongi.

    Mukamana Spéciaose n’umugabo we Havugimana Dominique, ubu bongeye kurebana akana ko mu jisho nyuma yo kwigishwa ndetse ubu bakomeje kwiyubaka mu bukungu

    Umuyobozi Mukuru wa World Relief mu Rwanda, Nkulikiyinka Clémence, yagaragaje ko kwita ku gukemura amakimbirane mu miryango, ari wo musingi w’amajyambere

    Umuyobozi muri Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu (MINALOC), Ushinzwe kurengera abatishoboye, Uwababyeyi Benilde, yashimye World Relief yatangije ibikorwa byo gukura abaturage mu bukene kare

    Visi Meya wa Karongi Ushinzwe Iterambere ry’ubukungu, Ntakirutimana Julienne, yasabye aba baturage kutazasubira inyuma mu rugendo bariho mu iterambere

    Abamaze gutera imbere mu mibanire myiza bashyizwe mu matsinda yo kwizigama 215 afasha gukomeza urugendo rw’iterambere


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/karongi-imiryango-isaga-6000-yafashijwe-kuzibukira-amakimbirane

  • Minisiteri ya Siporo yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda mu gikombe cya Afurika kizabera mu Misiri #rwanda #RwOT

    Ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu, tariki ya 10 Nzeri 2025, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, yahaye ibendera ry'igihugu ikipe y'igihugu y'ingimbi zitarengeje imyaka 20 (Amavubi U20).

    Ikipe y'igihugu igiye i Cairo mu Misiri mu irushanwa rya CAVB Men's U20 African Nations Championship rizaba kuva ku ya 11 kugeza ku ya 21 Nzeri 2025.

    Ikipe iyobowe n'umutoza mukuru Ntawangundi Dominique, afatanyije n'abungirije Niyonkuru Yves na Rwamahungu Richard (ushinzwe kongerera abakinnyi imbaraga), ndetse n'umuganga Umulisa Henriette.

    Urutonde rw'abakinnyi:

    Setter: Mugisha Moses (Gisagara VA)

    Libero: Mugisha G. Josue (GSOB VC)

    Receivers: Mpambara Pacifique (Umutara Poly), Munyinya Mugisha (Rusumo HS VC), Kayiranga Tristan (College Christ Roi), Ganza Nolan Enzo (Nyanza TSS), Kaneza Hugo Denzel (APE Rugunga)

    Opposites: Butera Aime Chris (Gisagara VA), Manzi Kevin (Nyanza TSS)

    Middles: Mupenda N. Christian (College Christ Roi), Ntyomba I. Guervy (GSOB VC), Sharita Saidi (GS St Joseph Kabgayi)

     

    The post Minisiteri ya Siporo yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda mu gikombe cya Afurika kizabera mu Misiri appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/minisiteri-ya-siporo-yahaye-ibendera-abakinnyi-bagiye-guhagararira-u-rwanda-mu-gikombe-cya-afurika-kizabera-mu-misiri/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=minisiteri-ya-siporo-yahaye-ibendera-abakinnyi-bagiye-guhagararira-u-rwanda-mu-gikombe-cya-afurika-kizabera-mu-misiri

  • Bite by'ubutaka bwa RSSB butabyazwa umusaruro n'umushinga wa Kigali Green Complex? – #rwanda #RwOT

    Ubwo yari imbere ya Komisiyo y'Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y'umutungo wa leta (PAC) mu 2022, RSSB yasabwe ibisobanuro ku butaka ifite bwatanzweho miliyari 137 Frw bukaba bwari bumaze imyaka igera ku 10 budakoreshwa ndetse raporo y'Umugenzuzi w'Imari igaragaza ko yari imaze kubutangaho agera kuri miliyoni 394 z'amafaranga y'u Rwanda.

    Aya mafaranga arimo imisoro n'ayo kubwitaho no kubucungira umutekano, bivuze ko uko butinda gukoreshwa ari na ko bukomeza guteza ibihombo. Hagaragajwe by'umwihariko ubutaka bwaguzwe mu Karere ka Rwamagana ariko butigeze bubyazwa umusaruro mu myaka irenga 10.

    Ubwo yari mu kiganiro n'itangazamakuru kuri uyu wa 10 Nzeri 2025, Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro, yavuze ko RSSB ifite ubutaka hirya no hino mu gihugu, burimo ubutarabyazwa umusaruro, ariko ko hari ingamba zashyizweho.

    Yagize ati 'RSSB ifite ubutaka ahantu hatandukanye, impamvu ifata ubwo butaka iba igira ngo mu nyungu z'igihugu, ntabwo wakubaka umushinga nka Vision City yaba iya mbere cyangwa iya kabiri, udafite ubutaka buhagije, cyangwa ngo wubake inzu ziciriritse zigere ku bihumbi 12 cyangwa ibihumbi 15 udafite ubutaka buhagije, cyangwa ngo wubake ivuriro cyangwa kaminuza udafite ubutaka buhagije.'

    Yakomeje avuga ko 'Ntabwo bidasanzwe y'uko mu mikoranire ya hafi RSSB n'inzego zitandukanye za leta bigirana, bumwe mu butaka bwa RSSB bushobora guhindurirwa icyabugenewe kugira ngo habe hakubakwa nka kaminuza cyangwa se ikindi gikorwaremezo Leta yifuza. Ibyo byoroha gukorwa kuko nta muturage uba ugomba kwimurwa, ndetse n'umushoramari uba uje gukora icyo gikorwa akabikora mu buryo bwihuse.'

    Rugemanshuro yavuze ko mu rwego rwo kuvugutira umuti icyo kibazo gikunze kugaruka cy'ubutaka butabyazwa umusaruro, hari ibiri gukorwa kandi bahamya ko bizatanga igisubizo kirambye.

    Ati 'Dufite igenamigambi ry'ubutaka, rigena buri butaka RSSB ifite n'icyo buzakoreshwa, ndetse n'ubwo twasanze ari buto cyangwa buri ahantu hatazabyara umusaruro, buzashyirwa ku isoko abashoramari babyifuza babe babufata babukoreshe.'

    By'umwihariko ku butaka ifite i Rwamagana, RSSB yagaragaje ko nta mushoramari w'Umunyarwanda cyangwa w'umunyamahanga urabegera agaragaza uburyo ashaka kububyaza umusaruro ngo binanirane, yavuze ko ahubwo ababegera ari abakomisiyoneri na bo baba bashaka kubucuruza ngo babonemo inyungu ubwabo.

    Ati 'Umuntu ufite umushinga ubyara umusaruro, hari ubutaka yarambagije agasanga ari ubwa RSSB aze tuganire, biri mu byo dukora. Hari imishinga twiga twebwe ubwacu nk'urwego turebe uko twayibyaza umusaruro ku butaka buhari bugakoreshwa. Ugomba no gutekereza.'

    Yongeyeho ati 'Hariya ni ahantu hashobora kuba hajya ishuri, hashobora kuba hajya umudugudu…Ariko mbisubiremo ufite umushinga wubaka, wunguka, rwose RSSB tuzawujyanamo, atari hariya i Rwamagana gusa, na hano iruhande rwa Golf, kuko umutungo wa RSSB ni uw'abanyamuryango.'

    Ikindi Umuyobozi Mukuru wa RSSB yagarutseho, ni uko kuba bagura ubutaka bukamara igihe butarabyazwa umusaruro hari ubwo bigira umumaro, cyane ko ubutaka bugenda buzamura agaciro, bityo bagiye kubugura mu gihe bashaka gukora icyo gikorwa, nko kubaka inzu zihendutse, bituma ikiguzi cyabyo kitiyongera kuko baba bagiye kuzubaka ku butaka bataguze ako kanya ngo bube bubahenze.

    Ati 'Ushaka kubaka inzu ziciriritse uyu munsi, ku gaciro k'ubutaka kagezweho uyu munsi, za nzu zishobora guhenda. Ni ukuvuga ngo tugiye kubaka umushinga tukajya kwimura abaturage uyu munsi, bishobora kugorana.'

    'Kigali Green Complex' ntiratangira

    Rugemanshuro kandi yavuze no ku mushinga wa 'Kigali Green Complex', byari byavuzwe ko wari ugiye gutangira bidatinze, ariko bikaba bisa n'ibyadindiye kuri ubu, agaragaza ko nta mpungenge bikwiye guteza kuko umushinga uzakorwa.

    Yagize ati 'KGC umushinga urimo uranozwa, ibishushanyo mbonera byari bihari, ariko umushinga urimo uranozwa, umunsi warangije kunozwa neza ibigomba gukorwa byose tuzabamenyesha igihe uzatangirira, ariko uriya mushinga uzaba ntabwo wahagaritswe, uzaba kandi ugomba kugenda neza, hariya hagashyirwa inzu y'icyitegererezo.'

    'Kigali Green Complex' ni inyubako iri mu mushinga w'ubwubatsi w'Urwego rw'Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB binyuze mu kigo Ultimate Developers Ltd (UDL).

    Iyi nyubako izaba iherereye mu kibanza kiri ahahoze Ikigo Ndangamuco cy'Abafaransa hafi na rond point nini yo mu Mujyi wa Kigali rwagati, ku muhanda ugana kuri Peage.

    Nyuma yo kuzura kwa KGC izaba ari yo nyubako ya mbere ndende mu Rwanda [amagorofa 29], izaba ikurikiwe na KCT (20), Grand Pension Plaza [18] na Makuza Peace Plaza igeretse inshuro 15.

    Umuyobozi Mukuru wa RSSB yavuze ko hamaze gukorwa igenamigambi ry’uburyo ubutaka bwayo bwose buzabyazwa umusaruro

    RSSB yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 10 Nzeri 2025

    Ubuyobozi bwa RSSB bwaganiriye n’abanyamakuru ku musaruro w’imyaka itanu ishize

    RSSB yavuze ko hari inyigo zigikorwa kuri ‘Kigali Green Complex’


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bite-by-ubutaka-bwa-rssb-butabyazwa-umusaruro-n-umushinga-wa-kigali-green

  • Iburasirazuba: Barifuza ahantu hahoraho hajya habera Expo – #rwanda #RwOT

    Ibi babisabye kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Nzeri ubwo hasozwaga imurikagurisha ryateguwe n'Urugaga rw'Abikorera bo mu Ntara y'Iburasirazuba, ryaberaga mu Karere ka Rwamagana ku kibuga cya Polisi. Iyi Expo yari imaze iminsi 23 iba kuko yatangiye tariki ya 18 Kanama 2025, aho ryitabiriwe n'abamurika bagera kuri 280.

    Ndayambaje Janvier wavuze mu izina ry'abandi bamuritse ibikorwa byabo, yavuze ko bishimiye uburyo bacuruje cyane ndetse anashimira PSF ku kuba yaremeye ubusabe bwacu, Expo ikava ku minsi 15 ikagera ku minsi 23.

    Yakomeje avuga ko byatuma bacuruza cyane mwarakoze cyane ku buryo buri wese atashye anezerewe, yasabye ubuyobozi ko kandi bwabafasha hakaboneka ahantu hahoraho hajya habera imurikagurisha rihoraho kuko ryabafasha mu kwirinda ibihombo byo kubaka aho bakorera buri mwaka.

    Ati 'Mu minsi ishize hano haguye imvura yangiza ibintu byinshi ariko ku bufatanye n'izindi nzego twarwanyije amazi, niyo mpamvu twifuza ko igikorwa cyo kubaka ahantu hahoraho hajya habera iyi expo byashirwamo imbaraga.''

    Umuyobozi w'Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yibukije Urugaga rw'Abikorera ko hari ikibanza cyiza aka Karere kageneye kubakwamo ibi bikorwa bya Expo anabasaba ko bashyira imbaraga mu kuhubaka kuko ubutaka buhari.

    Umuyobozi w'Urugaga rw'Abikorera mu Ntara y'Iburasirazuba, Nkurunziza Jean de Dieu, yavuze ko koko bitewe n'uburyo aho basanzwe bakorera hasigaye hababana hato kandi hakagendera amafaranga menshi buri mwaka mu kubaka ibintu bakongera bakabisenya, bakeneye kubaka aho bazajya bakorera Expo mu buryo burambye.

    Ati 'Abantu babashaga gusura bari hagati 4000 na 6000 buri munsi, ni ikigaragaza ko iri murikagurisha rimaze kugera ku rundi rwego ku buryo dutekereza ko ubutaha iki kibuga kizatubana gito, ubutaka twemerewe n'Akarere ka Rwamagana nituba twamaze kubutunganya bizaba ari amahire kuko amafaranga dushyira aha hanyuma iminsi 20 yashira tukabivanaho nacyo ni igihombo ariko turimo turabishakira igisubizo.''

    Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yavuze ko bamaze iminsi baganira ku gikorwa cyo kubaka ahazajya habera imurikagurisha, ashimira Akarere ka Rwamagana n'ubuyobozi bwa Njyanama bwabahaye ubutaka bungana na hegitari hafi enye.

    Ati 'Igikurikiye ni ukwishakamo amikoro dufatanyije kugira ngo ariho tuzajya dukorera iri murikagurisha hari ibisabwa byose, ntabwo ari indoto kuko twamaze kumenya ibisabwa, inyigo zirahari ubu hakurikiyeho kumenya uko twakwishakamo amikoro dufatanyije.''

    Mu gusoza iri murikagurisha hanasinywe amasezerano y'imikoranire hagati y'ubuyobozi bw'Intara, uturere ndetse n'abayobozi b'Urugaga rw'Abikorera hagamijwe kunoza ubufatanye burambye. Muri aya masezerano harimo gushyiraho komite zisuzuma ibikorwa bizakorwa n'ibindi byinshi.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/iburasirazuba-barifuza-ahantu-hahoraho-hajya-habera-expo

  • Minisitiri Dr. Bizimana yatamaje abana b'abajenosideri babeshya ko bayirokotse mu gushakira inkunga FDLR – #rwanda #RwOT

    Gatebuke Claude ni umuhungu wa Gatebuke Justin, ukomoka mu yahoze ari Komine Kayove muri Segiteri Gishwati.

    Dr. Bizimana yasobanuye ko Gatebuke Justin, Se wa Gatebuke Claude, abyarwa na Rwamwaga bahimbaga Kinyuka, akaba yari afite abagore babiri, uwitwa Nyambuga Agnès na Ntabugi ari na we nyina wa Gatebuke Claude. Bombi ni Abahutukazi.

    Gatebuke Justin afite abavandimwe be barimo Enias Ukwitegetse wari umubazi w'amatungo mu isoko rya Nkora na Théophile Burindi wabaye Umwanditsi wa Komini Kayove imyaka myinshi, hakaba na mushiki we Nyiramakuba.

    Ati 'Aba bose ntibigeze baba Abatutsi.'

    Gatebuke Justin yize mu ishuri nderabarezi ry'i Rubengera no muri Kaminuza Nkuru y'u Rwanda mu Ishuri rikuru ryigishaga ubuvuzi rusange, akaba yari afite ikarita y'ishuri N°81/145.

    Muri raporo y'umwaka w'amashuri 1982/1983 yakozwe na Ntakirutinka Charles wari Umunyamabanga Mukuru wa Kaminuza, ku wa 7 Gashyantare 1983, igaragaza urutonde rw'abanyeshuri b'iryo shuri, handitse ko Gatebuke Justin yigaga mu mwaka wa gatatu (Bac. III), akaba Umuhutu, wavutse mu 1956, muri Komini Kayove ku Gisenyi.

    Gatebuke Justin arangije kaminuza, yakoreye Ikigo cy'Igihugu cy'Imibereho y'Abaturage (ONAPO), ayihagararira muri Perefegitura ya Gitarama na Byumba.

    Dr. Bizimana ati 'Mu myaka yose Gatebuke Justin yamaze akora muri ONAPO, yari intagondwa ruharwa mu irondabwoko ryanga kandi ritoteza Abatutsi, akabifatanya n'inshuti ye Nyirasafari Gaudence wari Umuyobozi Mukuru wa ONAPO. Gatebuke Justin yari n'inshuti y'umugabo wa Nyirasafari Gaudence witwaga Phocas Habimana wabaye Umuyobozi Mukuru wa Radio y'abajenosideri RTLM. Uru rwango ni rwo rwatumye muri ONAPO hakoramo abakozi bake cyane b'Abatutsi kandi hakarangwa ubugome n'irondabwoko rikomeye Gatebuke Justin yagiragamo uruhare.'

    Mu bakozi 252 bakoreraga ONAPO muri icyo gihe, barindwi gusa ni bo bari Abatutsi kandi na bo bari mu myanya iciriritse nk'abanditse, abashoferi n'indi yoroheje.

    Ati 'Aho FPR itangirije urugamba rwo kubohora igihugu, aba Batutsi barafunzwe barengana, ndetse n'Abahutu bakekwagaho ukuri barafungwa. Nyuma y'amasezerano ya N'sélé hagati ya FPR na Guverinoma y'u Rwanda yateganyaga ko abafungiwe kubeshyerwa kwitwa ibyitso by'Inkotanyi bafungurwa nta mananiza, bakanasubizwa mu kazi, ONAPO yanze kubyubahiriza. ONAPO yirukanye abakozi bayo b'abagore babiri ibahora gusa ko abagabo babo babiri bari barafunzwe mu byitso kandi yanga kubasubiza mu mirimo yabo.'

    Hari kandi abakozi babiri ba ONAPO Ishami ryo ku Gisenyi nabo bangiwe gusubira mu myanya yabo.

    Dr. Bizimana ati 'Ngabo abategetsi bakoraga ako karengane, bahuje urwango na Gatebuke Justin, ubyara Gatebuke Claude, wihimbye uwacitse ku icumu ry'ubugome n'ubwicanyi byaranze Se.'

    Yasobanuye ko hashingiwe ku bimenyetso by'irangamimerere rya Gatebuke Justin, ubyara Gatebuke Claude, hakiyongeramo ibikorwa by'ubugome n'urwango byikoma Abatutsi byaranze Gatebuke Justin akora muri ONAPO, afatanyije na Nyirasafari Gaudence n'umugabo we Phocas Habimana, bigaragara ko 'nta n'umwe muri bo wigeze aba Umututsi.'

    Ati 'Nta n'umwe kandi muri bo wigeze atotezwa cyangwa ngo yicirwe abe azizwa Ubututsi nk'uko byakorewe abandi Batutsi muri Jenoside. Kuba rero Gatebuke Claude uba muri USA, yerura atihishiriye akabeshya icya Semuhanuka ko yarokotse Jenoside, ni uko afite gahunda nyinshi mbi z'ingenzi.'

    Minisitiri Dr. Bizimana yavuze ko Gatebuke Claude agamije 'amaco y'inda yo kugira ngo atere impuhwe Abanyamerika bitume n'abatabizi bagira impuhwe bakamutega amatwi kandi bakamuha imfashanyo ashyira FDLR n'abandi barwanya u Rwanda.'

    Yongeyeho ko ibikorwa by'uyu mugabo bigamije “kwimika iturufu isigaye ikoreshwa n'abandi benshi bavuka ku bajenosideri biyitirira Ubututsi ngo babone impamvu ntavuguruzwa yo gupfobya no kugoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi no gusebya ubuyobozi bw'u Rwanda. Bituma abatazi ayo mayeri n'imiterere y'ibyo binyoma bagwa mu mutego woroshye wo gutega amatwi abo babeshyi no guha agaciro ibinyoma byabo, bizera koko ko ari abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi yemejwe ku rwego mpuzamahanga, yabaye Isi yose ibireba, nyamara ari ikinyoma n'amaco y'inda bigamije gukomeza ikwirakwizwa ry'ingengabitekerezo y'urwango rwateye Jenoside yakorewe Abatutsi.'

    Umwanditsi kuri Jenoside yakorewe Abayahudi, Pierre Vidal-Naquet yanditse ko abahakana Jenoside bahora bashaka uburyo bwose batoneka abarokotse Jenoside.

    Dr Bizimana yasobanuye ko kuba hari abiyitirira kuba abarokotse Jenoside kandi bakomoka ku babyeyi bayikoze bwadukanywe na bamwe mu bana b'abajenosideri, buri muri iyi gahunda mbisha yo gukomeza ikorwa rya Jenoside bakoresheje ikaramu n'imvugo z'ikinyoma, ubugome n'ubushinyaguzi, babizi neza kandi babishaka.

    Ati 'Ntihagire uwo bayobya.'

    Minisitiri Dr. Bizimana yasabye abantu kwirinda kuyobywa n’abana b’abajenosideri babeshya ko barokotse Jenoside yakorewe abatutsi bagamije gushakira inkunga FDLR


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisitiri-dr-bizimana-yatamaje-abana-b-abajenosideri-babeshya-ko-barokotse

  • Hakozwe ikoranabuhanga rizifashishwa mu kugabanya ibihombo byaterwaga n'imyenda mu bucuruzi buto – #rwanda #RwOT

    Ibyo bishobora gutuma uri gukora ubucuruzi ahura n'igihombo gikomeye gishobora no kuganisha ku gufunga ibikorwa bye by'ubucuruzi.

    Ikigo cy'Abanyarwanda cyakoze ikoranabuhanga rizajya ryifashishwa mu kugenzura no gukurikirana imyenda abacuruzi batanze ku baguzi babo binyuze muri porogaramu ishobora gushyirwa muri telefoni cyangwa mudasobwa yiswe 'Trust me'.

    Ni porogaramu ishobora gufasha mu kugabanya abarya imyenda batazishyura kuko mbere yo gutanga umwenda, umuguzi n'umucuruzi bagirana amasezerano ashobora no kuzifashishwa mu nzego z'ubutabera nubwo aba ari mu buryo bw'ikoranabuhanga.

    Ni ibisanzwe mu bice bitandukanye by'igihugu by'umwihariko mu bacuruzi bo mu bice bituwemo usanga batanga amadeni ku bakiliya babo, rimwe bakabandika mu makayi cyangwa ntibabandike.

    Hari ubwo bashobora kutumvikana ku ngano y'umwenda biturutse ku kutawibuka cyangwa akaba yabikora nkana agamije kumwambura burundu.

    Majyambere Philbert uri mu bakoze porogaramu ya Trust me, yagaragaje ko kuyitekereza byari bigamije gufasha abacuruzi kwirinda ibihombo bituruka ku myenda itishyurwa uko bikwiye no kugabanya amakimbirane ashobora guturuka ku mafaranga.

    Ati 'Ifasha abacuruzi mu gihe bagiye gutanga amadeni ku bakiliya babo kuko hari ikibazo ko abacuruzi igihe batanga imyenda ariko ugasanga ntiyishyurwa kubera yayahaye abantu benshi. Porogaramu ya Trust me icyo igufasha ni uko niba umuntu ubona ko ugomba kumuha ideni, umusaba ko arisabira muri yo noneho twebwe tukazagaruka mu gihe cyo kwishyura aho tumumenyesha wa muntu kugeza igihe yemereye kwishyura. Iyo yanze kwishyura, kubera ko cya gihe yuzuza ibisabwa bisa naho yakoraga amasezerano, twebwe dufata ya masezerano tukayatwara mu nzego bireba kugira ngo dufashe wa muntu watanze imyenda.'

    Yakomeje ati 'Igikomeye cyane ni ugukumira ibintu bitaraba, kuko ubwabyo uko iyo porogaramu ikoze, umuntu ushaka guhemuka ntabwo yakwemera kwiyandikishamo icyiza ahubwo ni uko utamuha ideni. Iyo uyifite rero ubwira abantu bawe ko gutanga amadeni ubikorera muri Trust me. Uwatinze kwishyura na we biba bigaragara muri sisitemu ku buryo nta wundi mucuruzi ashobora gusaba ideni kuko bihita bigaragara ko atizewe.'

    Ubu buryo bushobora kwifashishwa mu bintu bitandukanye harimo ibigo by'amashuri, inganda, abakodesha inzu n'abandi bakora

    Uretse ibijyanye no gucunga no kugaruza amadeni, iyo porogaramu ifite n'icyiciro gifasha mu gukurikirana amakuru y'abakozi bo mu ngo ku buryo atapfa guhemukira umukoresha we cyangwa ngo we amuhemukire.

    Kenshi usanga abakozi bo mu ngo bakunze guhemukira abakoresha bakabiba utwabo binyuze mu kuba bataba babafitiye imyirondoro yabo yose bikagira ingaruka ku mibanire n'imibereho y'abantu.

    Muri ubwo buryo, ufite Porogaramu ya Trust me abashaka kwandika imyirondoro y'umukozi we yuzuye, ku buryo mu gihe habaye ikibazo ashobora kumenya aho abariza.

    Ku rundi ruhande ariko umukozi na we ashobora kuyifashisha mu gihe umukoresha ashatse kumuriganya.

    Majyambere yavuze ko bagiye gushyira abakozi muri buri kagari ku buryo bazafasha Abaturarwanda gusobanukirwa no koroherezwa gukoresha Trust me.

    Abacuruzi bato bashyiriweho ikoranabuhanga rizabafasha kwirinda ibihombo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hakozwe-ikoranabuhanga-rizifashishwa-mu-kugabanya-ibihombo-byaterwaga-n-imyenda

  • Inyungu ya RSSB yageze kuri miliyari 361,7 Frw – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho mu kiganiro abayobozi ba RSSB bagiranye n'itangazamakuru, cyagarukaga ku ishusho rusange y'uko ihagaze kuva mu myaka itanu ishize (2021-2025).

    Hanagarutswe no ku ishusho ya RSSB mu mwaka w'ingengo y'imari wa 2024/2025.

    Rugemanshuro yavuze ko muri rusange umutungo wa RSSB wikubye kabiri mu myaka itanu ishize ugera kuri miliyari 3000 Frw muri Kamena 2025.

    Urwunguko ku gishoro rwavuye kuri 1,4% mu 2021 rugera kuri 14,2% muri Kamena 2025, bingana na miliyari 361,7 Frw, ugendeye ku ishoramari rya miliyari 2846 Frw RSSB yari yakoze.

    Ati 'RSSB mu myaka itanu ishize yahinduye uburyo yashoragamo imari, yibanda cyane mu gushora mu mutungo utimukanwa mu buryo burambye, ndetse no gushyiraho ingamba z'uko buri shoramari rishya ryose rigomba kubanza gusuzumwa mu buryo bwimbitse. Ku bw'ibyo rero umusaruro urigaragaza kandi ni byo twifuza kugumaho.'

    Yakomeje agira ati 'Ikindi ni uko mu myaka itanu ishize, uretse kuba hari ishoramari ritagendaga neza ryabashije gutezwa imbere, hari n'iryo twabashije kugurisha…hari ibigera aho bimaze kugera ku rugero rushyitse mukaba mwasohokamo ariko mugasohokamo mu nyungu.'

    Yavuze ko ibyo byose bikuraho ibyakundaga kuvugwa ko RSSB ikorera mu gihombo, ati 'Ibi rero bitanga icyizere ko umutungo w'abanyamuryango ucunzwe neza, ukoreshwa mu nyungu z'abanyamuryango, iz'igihugu, mu guteza imbere no guhanga imirimo bateza imbere igihugu cyacu.'

    Mu myaka itanu ishize, ibigo by'ubuvuzi bikorana na RSSB kuri Mutuelle de Sante byavuye kuri 953 bigera kuri 1182, na ho ibikorana na RAMA biva kuri 810 bigera kuri 1152.

    RSSB igaragaza ko nubwo muri rusange ibijyanye n'ishoramari mu nyubako bikiri inyuma, iryo shoramari rigize 10% y'ishoramari rya RSSB ryose.

    Yagize ati 'Hano ni hamwe mu ho dutekereza ko dukeneye kuzamura imikorere, nubwo hari impinduka mu bijyanye n'imishinga ishyirwa mu bikorwa, haracyagaragara gukererwa, gutinda gutangira, gutinda gusoza, bijyanye yaba ari ubushobozi bwo kubikurikirana, ariko n'urwo rwego rw'imyubakire rukeneye kongera umusasuro.'

    Yagaragaje ko mu mishinga mishya iri kurangira harimo nk'uwa Heza Estate, kuri ubu 70% by'inzu zahubatswe zamaze kuzigamwa n'abazishaka nubwo imirimo ikiri kugana ku musozo.

    Rugemanshuro yavuze ko RSSB iteganya kwagura ibikorwa by'ishoramari ku butaka ifite hafi ya Kigali Golf Course.

    Iteganya kuhubaka hoteli nshya y'inyenyeri eshanu, ndetse hari n'abandi bashoramari bari kuvugana n'uru rwego bateganya kuhashyira ibindi bikorwa.

    Rugemanshuro yagaragaje ko nubwo hakiri ibyo kongeramo imbaraga, ariko mu myaka itanu ishize uru rwego rwagaragaje iterambere mu bikorwa bitandukanye, ndetse rwagize uruhare mu iterambere ry'igihugu.

    Inyungu ya RSSB yageze kuri miliyari 361,7 Frw


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/inyungu-ya-rssb-yageze-kuri-miliyari-361-7-frw

  • Nyamagabe: Meya Niyomwungeri yavuze ku bwegure bw'Umuyobozi w'Umurenge wa Nkomane – #rwanda #RwOT

    Amakuru y'igura rya Gitifu w'Umurenge wa Nkomane, Ntagozera Ngarambe Emmanuel yatangiye gucicikana ku mbuga nkoranyambaga ku wa 8 Nzeri 2025.

    Mu kiganiro Meya Niyomwungeri yagiranye na IGIHE mu gitondo cyo ku wa 10 Nzeri, yavuze ko ibaruwa yo kwegura kwe yageze ku buyobozi bw'Akarere ku wa 1 Nzeri 2025, ariko ko ubwegure bwe kugeza ubu butaremezwa kuko 'ntabwo akarere karamusubiza.'

    Meya Niyomwungeri, yakomeje avuga ko ibyavuzwe ku mbuga nkoranyambaga ko yaba yari afitanye imibanire itari myiza n'inzego zimukuriye atari yo kuko yari umukozi usanzwe mu kazi ke.

    Ati 'Nta myitwarire idahwitse yamurangaga.'

    Hari amakuru avuga ko uyu muyobozi yaba yarasezeye ku kazi ke ari muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, gusa ubuyobozi bw'Akarere ka Nyamagabe buvuga ko ntacyo bubiziho.

    Ibi bibaye mu gihe ku wa 15 Nyakanga uyu mwaka, hari abayobozi babiri b'amashami y'imirimo bari bahagaritswe ku kazi by'agateganyo, undi arasezera, ndetse bikavugwa ko hari n'abandi banyamabanga nshingwabikorwa b'imirenge bari bihanangirijwe ndetse bakanandika amabaruwa yo gusaba imbabazi ku makosa bashinjwaga. Icyo gihe n'uyu w'Umurenge wa Nkomane yari arimo.

    Uyu muyobozi yari amaze igihe kigera ku myaka ine mu murenge, aho yehereye mu Murenge wa Uwinkingi, nyuma yimurirwa muri Nkomane.

    Ntagozera Ngarambe Emmanuel aherutse kwandika ibaruwa ko yeguye ku buyobozi bw’Umurenge wa Nkomane, ariko akarere ntikaramusubiza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyamagabe-meya-niyomwungeri-yavuze-ku-bwegure-bw-umuyobozi-w-umurenge-wa

  • Yarashwe kenshi ararusimbuka, arwana n'ibyihebe ntiyapfa- Gen (Rtd) Ibingira ku bigwi bya Lt Gen Kabandana – #rwanda #RwOT

    Lt Gen Kabandana yavutse mu 1968. Yari mu ngabo zarwanye urugamba rwo kubohora igihugu kuva mu 1990 zinahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Gen (Rtd) Fred Ibingira babanye mu gisirikare ubwo yari mu mugoroba wo kwizihiza ubuzima bwa Lt Gen Kabandana ku wa 9 Nzeri 2025, yavuze ko abenshi bagiye mu gisirikare bakiri bato byari umuhamagaro wo gushakira Abanyarwanda amahoro no kuba mu gihugu bose bibonamo.

    Yibukije ko bamwe mu bari ku rugamba bapfuye abandi barakomereka bagira ubumuga bwa burundu, abandi barakomereka byoroheje abandi barakira ariko 'icyo twari tugendereye baba abatabarutse, baba abakomeretse burundu, baba ibyo byiciro bindi mvuze cyari iki gihugu kandi cyarabonetse…ibyo yagombaga gukora mu buto bwe byose yarabikoze.'

    Gen (Rtd) Ibingira yavuze ko mu myaka 35 yabanye na Lt Gen Kabandana, ari umwe mu bantu barashwe kenshi ariko agasimbuka urupfu.

    Ati 'Kabandana ari mu barashwe kenshi. Urupfu rero aho rubera imbwa, …ntabwo rwakabaye rufata Kabandana Umugaba Mukuru w'Ingabo ari hano afite ingabo ayoboye izo ngabo zakabaye zigabwa zigahangana n'urupfu ntirutware Kabandana ariko imbwa irakwiba ukayoberwa uko yakwibye.'

    Lt Gen Kabandana yarokotse impfu nyinshi…

    Gen (Rtd) Ibingira yavuze ko ku wa 21 na 22 Ukuboza mu 1990 Kabandana yakomerekeye ahitwa Nkanda, ubu habarizwa mu Murenge wa Kiyombe ubwo umwanzi yabagerahago hagati ya saa Kumi n'Ebyiri na saa Moya bari hagati y'imisozi ibiri kubera umunaniro n'inzara bakanguka babona umwanzi ari kubarasa.

    Mu nzira yo guhunga baca muri iyo mikoki Lt Gen Kabandana yarakomeretse bwa mbere ariko ntiyatinda gukira.

    Ati 'Icyo nenda kubabwira ko rero umuntu apfira umunsi we, uwo munsi Kabandana yagombaga gupfa. Kandi abahaguye bari benshi ariko Kabandana yarakomeretse bisanzwe arakira.”

    Yasobanuye ko mu 1991 Ingabo za RPA zirasa mu Ruhengeri, Cyanika na Muremure hose Lt Gen Kabandana yaharwanye ari umusirikare muto ariko 'ufite imbaraga nyinshi.'

    Muri Gicurasi 1991 umuyobozi w'urugamba yahaye imbunda za machine gun 10 abasirikare bari muri batayo ya Bravo na Mike, kandi zagombaga gufatwa n'umusirikare ufite imbaraga kandi utagira ubwoba. Icyo gihe Kabandana yabaye umwe mu bahawe machine gun.

    Izo batayo zombi zagombaga kuva mu birunga zikajya gufunga umuhanda wa Rusumo.

    Ati 'Aho ni ho namenyeye Kabandana neza rero. Tubaha imbunda nimugoroba, zipfunyitse mu mashashi zigifite amavuta bazisiga, byasabaga abazihawe kugira ngo bagende bazoze bazitunganye ibashe gukora akazi neza. Kabandana amanukana iyo mbunda kuko njye nari umuyobozi abasirikare bandinda hari aho baba bateguye ndaba, abamanukiramo, umwe mu basirikare aramufata ati wowe uraca aha nka nde? Afata ba basirikare [kandi bitwaga ko ari bo bakomeye] arabakubita barahahamuka bariruka.'

    Gen (Rtd) Ibingira yavuze ko bakoranye imyaka 35

    Umwe mu bari abarinzi ba Ibingira yagiye kumureba amubwira ko hari umusirikare wasaze akabakubita bose.

    Mu gitondo Gen Rtd Ibingira ngo yabajije abasirikare uwaba yakubise abarinzi be, Kabandana ahita abyemera ndetse aravuga ati 'bagukunda kuturusha? Bagiye kugira ndabakubita'

    Yahamije ko ipeti rya mbere rya Caporal Kabandana yariherewe aho. Mu rugendo rugana ku muri pariki [Iburasirazuba] ku wa 18 Gicurasi 1991, Batayo yari iyobowe na Rtd Gen Ibingira yari imbere, umuyobozi abasaba kuruhuka, Bravo yari inyuma ikarinda umutekano, ariko umwanzi anyura imbere agera ku basinziriye baryamye mu bihuru.

    Ati 'Twakuwemo n'amasasu menshi, mu basirikare batoya barwanye bagatabara bagenzi babo Kabandana yari arimo. Uko yagasohotse mu gihuru….na machine gun ye atangira kurasa umwanzi nta n'umuyoboye, nta n'umubwiye ngo kora ibi n'ibi kubera iyo mbunda yabaga ifite imbaraga nyinshi bituma abenshi basohoka mu bihuru turisuganya turasa umwanzi. Ndibuka kuri iyo tariki ni bwo Gen Musemakweri yarashwe n'abandi benshi bararaswa.'

    Umwanzi yari ahafite ingabo 900 zari zihanganye na batayo y'abantu 200 badafite ibikoresho, bahangana n'ingabo za Leta.

    Ku wa 21 Gicurasi Gen Ibingira yarakomeretse ajya kuvurizwa hanze, asubira ku rugamba nyuma y'umwaka n'igice yongera kubana na Kabandana muri batayo imwe.

    Icyo gihe Kabandana yari yungirije ushinzwe ibikorwa bya politiki mu mutwe w'ingabo babarizwagamo, akabifatanya no kurwana urugamba.

    Ati 'Mu 1994 mu rugamba rwo kubohora igihugu cyacu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi Kabandana turi kumwe guhera mu Mutara kuzagera i Butare. Ni umwe mu bantu bajya baboneka kuri izi mbuga nkoranyambaga i Karubamba ateruye umwana w'uruhinja warokotse mu bantu biciwe muri iriya paruwasi.'

    Yavuze ko Kabandana yarokotse urupfu rurokokwa na bake cyane mu gisirikare kuko mu 1994 bageze ku Ruhuha mu Bugesera, yerekeje ahari hari Gen Mubarakh Muganga, ajyanye n'imodoka ya Daihatsu agarukana abantu babarirwa muri 12 muri iyo modoka bari barokotse.

    Mu muhanda Nemba-Nyanza wari utezemo mine ahantu hose, bagaruka imodoka yaturikanywe na mine abantu bose yari arokoye barapfa, we ashya wese ariko ntiyapfa.

    Ati 'Izi ntambara zose Kabandana yarazirwanye abaho ejo bundi ajya kurwana n'ibyihebe mu mahanga, gutangayo umutekano ntiyapfa araza yicwa n'indwara.'

    Yashimangiye ko Kabandana atazazima kuko asize abana, asize RDF, n'igihugu yarwaniriye akagishyira ku murongo.

    Ati 'Njya numva bamwe mu Nterahamwe bavuga ngo ijuru rizatwakira. Niba ijuru rizakira ziriya Nterahamwe twebwe nitwe tuzaba aba mbere kwakirwa n'ijuru. Nta kuntu ijuru ryabaho ngo ntiryakire Kabandana watanze ubuto bwe, agatanga imbaraga ze, agakora adakorera umushahara, adakorera ibyubahiro, agakorera Abanyarwanda. Uwo muntu ukorera ibyo imyaka ine yamaze ku rugamba nta mushahara kandi abakozi b'Imana iyo ashinze itorero arishinga uyu munsi, mu gitondo abature bagatangira gutura kuko iyo badatuye iryo torero rirasenyuka ariko yamaze imyaka ine adahembwa, aba mu itorero ridahemba, ariko rihemba ukuri, ubuzima, ubugingo.'

    'Muzi ko hari bagenzi bacu batatiriye iki gihango bakagira inda nini ariko ibihembo babonye barabizi, ntibazapfa babonye iki cyubahiro.'

    Lt Col (Rtd) Naramabuye, akaba na Muramu wa Lt Gen Innocent Kabandana yashimiye ubuyobozi bw'igihugu bwakoze ibishoboka byose ngo bavuze Lt Gen Kabandana.

    Ati 'Twabanye mu byiciro byinshi cyane, twabanye mu byiciro byo kwitegura gutabarira iki gihugu, tubana mu rugamba rwo kugitabarira na nyuma yaho turabana mu Majyepfo aho yari ashinzwe kugira inama urubyiruko n'abandi bose bitegura gukorera iki gihugu. Icyo gihe [abayobozi b'ingabo bo barabyibuka] bafashe icyemezo ko bamwe mu ngabo bajya gukomeza amashuri muri Kaminuza y'u Rwanda n'ahandi.'

    Lt Col (Rtd) Naramabuye wigaga muri kaminuza y'u Rwanda yafatanyije na Lt Gen Kabandana kugira inama urubyiruko no guhumuriza abari bafite ubwoba bwo kuzaryozwa uruhare rwa benewabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ati 'Utekereze izo mbaraga igihugu cyacu kuko abayobozi ni bo babaga bamutumye kujya kwigisha urukundo abantu bakoreye ubwicanyi abandi. Nkanamwibukira ku yandi masomo twafatanyaga guha urubyiruko rwari rucitse ku icumu rwigaga muri Kaminuza. Ntabwo nzi imbaraga aho zavaga ariko ngarutse ku byo twahoze tuganira nk'umuryango umuntu agizwe n'imbaraga z'ubwoko butatu. Hari imbaraga za Roho, imbaraga z'ubwenge n'imbaraga z'umubiri. Ibindi byose byubakwa biturutse kuri ubwo bwoko butatu bw'imbaraga.'

    Yahamije ko Lt Gen Kabandaha yagendeye kuri izi mbaraga zirimo iza Roho n'iz'ubwegnge

    Ati 'Ni zo zubaka ibikorwa byose umuntu akora, zari zubakiye ku rukundo nk'uko bakuru bacu batahwemaga kubidukangurira batubwira ko urukundo ari yo ntwaro ya mbere tugomba gukoresha nubwo tutarabona izindi ntwaro zinyuranye. Rurakora, babivuze bazahora babisubiramo, urukundo ni intwaro itaneshwa.'

    Yashimangiye ko Lt Gen Kabandana yakoresheje iyo ntwaro yubaka urubyiruko “mu ngero nke nabahaye n'izindi nyinshi agera ku ntego, abera urugero abantu benshi cyane, kandi ntabwo dushidikanya ko Imana yamwicaje hafi yayo. Ntabwo ari amarangamutima, ibikorwa bye birivugira.”

    Urubyiruko rwarazwe ibikorwa bya Lt Gen Kabandana…

    Naramabuye yasabye urubyiruko gutera ikirenge mu cya Lt Gen Kabandana waranzwe n'urukundo, kwitanga n'ibindi byinshi.

    Ati 'Icyo nakwisabira urubyiruko ni uko mwakurikiza urwo rugero rwiza mugakundana, mugakora imirimo ibahesha agaciro kandi ikagahesha n'abanyu. Iyi Si dutuyeho muragenda muyimenya, ni Isi ahanini itagendera ku rukundo, igendera ku nyungu gusa, igakora uko ishoboye abagerageza kubakira ibihugu byabo ku rukundo babaca intege. Ariko ntabwo tuzaneshwa na rimwe, twabayeho amateka mabi cyane ariko ubuyobozi bw'iki gihugu bwiza n'ingabo zireba kure bagaragaje ko mu gihe cyose tugendeye kuri izo mbaraga za roho, n'urukundo n'ubwenge Imana izaba hafi yacu ikaturinda ibyago byose ntiducike intege roro.'

    Yagaragaje ko mu 1994 Kiliziya n'insengero z'ababatijwe ari zo nyinshi ariko muri izi znu ziswe iz'Imana hiciwe abantu benshi.

    Ati 'Dushyire mu bikorwa inyigisho duhora twigisha nk'uko Lt Gen Kabandana yabitanzemo urugero kenshi. Yarwanye intambara nyinshi cyane, yahanganye n'ikibi, ntabwo yatinyaga ikibi, ntabwo yatinyaga kuvugisha ukuri, nubwo yaba abangamiye inyungu za bamwe yarababwiraga ati izi nyungu ntabwo ziramba…rubyiruko muri aha na bagenzi banyu, turabinginze nk'ababyeyi iyo ntambwe nimuyigenderaho ni bwo muzagaragaza ko mwakundaga kandi muzahora Mukunda Lt Gen Kabandana.'

    Lt Gen Kabandanaa yakoze inshingano nyinshi mu ngabo z’u Rwamda

    Abantu bo mu nzego zitandukanye bagiye kwizihiza ubuzima bwa Lt Gen Kabandana


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/izi-ntambara-zose-lt-gen-kabandana-yarazirwanye-yahanganye-n-ikibi-urwibutso