Imikino yakurikiyeho ya Mlandege na KMC ntabwo yayikinnye kubera uburwayi bwa Malaria yamufashe imushyira hasi.
Amakuru ISIMBI ikesha umwe mu bantu bari Tanzania ni uko nyuma y’umukino wa KMC banganyije 1-1 wabaye ku wa Mbere nibwo hafashwe umwanzuro wo kumwohereza i Kigali kuko babonaga kuri we irushanwa ryarangiye.
Amakuru avuga ko ubu Cheikh Djibril Ouattara arwariye mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe ndetse akaba arimo agenda yoroherwa.
Cheikh Djibril Ouatarra wa APR FC arwariye I Kanombe
Polisi y’u Rwanda yemeje ko yataye muri yombi umwe mu basore batatu bagaragaye batema umukobwa.
Ku mugoroba w’ejo hashize nibwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho abasore batatu barimo batema umukinnyi bakoresheje umuhoro.
Polisi yavuze ko ubu bugizi bwa nabi bwabereye mu Kagari ka Rwampara mu Murenge wa Nyarugenge tariki ya 11 Nzeri 2025.
Polisi ibunyujije ku rukuta rwa Twitter kuri uyu wa Gatanu yagize iti “Turabamenyesha ko umwe mu bagaragaye mu mashusho, aho abantu batatu bakoreraga umuturage igikorwa cy’ubugome yafashwe. Gushakisha abandi babiri bari hamwe birakomeje.”
Mu Rwanda hari urwego rwihariye rw'ingabo rufite inshingano zo kurinda abayobozi bakuru n'ibikorwa remezo by'ingenzi by'Igihugu. Uru rwego ni Republican Guard (RG), abenshi bita Abajepe. Aba basirikare batoranywa mu ngabo z'Igihugu kubera ubunyamwuga, ubuhanga n'ubunyangamugayo, bagahabwa amahugurwa akomeye yo gucunga umutekano wihariye. Dore abo bafite uburenganzira bwo gucungira umutekano n'aba basirikare b'inkorokoro:
1. Perezida wa Repubulika n'umuryango we
Perezida w'u Rwanda arindwa n'Abajepe kuva agitorwa kugeza asoje manda ye. Ariko bitarangira aho, kuko no nyuma yo kuva ku buyobozi, Perezida wa Repubulika akomeza kurindwa n'aba basirikare ubuzima bwe bwose, kimwe n'umuryango we wa hafi. Ibi bigaragaza agaciro Igihugu giha umutekano w'umukuru wacyo.
Perezida wa Repubulika n'umuryango weUmukuru wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame
2. Perezida mushya utararahira
Iyo hatowe Perezida mushya ariko ataratangira inshingano ze ku mugaragaro, we n'umuryango we wa hafi bahabwa kurindwa n'Abajepe. Ibi bikorwa hagamijwe kwirinda ibyago byavuka muri icyo gihe cy'inzibacyuho.
3. Abakuru b'Ibihugu n'abahagarariye guverinoma basura u Rwanda
Iyo umukuru w'Igihugu cy'amahanga cyangwa se intumwa nkuru ya guverinoma y'icyo gihugu igiriye uruzinduko mu Rwanda, umutekano wabo uba uri mu maboko y'Abajepe. Ni uburyo bwo kubaha ishema no kurinda umutekano w'abanyamahanga ba bayobozi b'Ibihugu muri rusange.
Abakuru b'Ibihugu n'abahagarariye guverinoma basura u Rwanda
4. Minisitiri w'Intebe
Minisitiri w'Intebe wa Repubulika y'u Rwanda nawe arindwa n'Abajepe igihe cyose ari mu nshingano. Na nyuma yo kuva ku buyobozi, akomeza kurindwa mu gihe cy'amezi atandatu kugira ngo ubuzima bwe busubire mu buryo bwari busanzwe.
Minisitiri w'Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva
5. Perezida wa Sena
Perezida wa Sena wa Repubulika y'u Rwanda na we agenerwa kurindwa n'Abajepe mu gihe cy'inshingano ze, kandi na nyuma yo kuva ku buyobozi akomeza kurindwa mu gihe kingana n'amezi atandatu.
Perezida wa Sena, Dr François-Xavier Kalinda
6. Perezida w'Umutwe w'Abadepite
Perezida w'Umutwe w'Abadepite agenerwa umutekano uhabwa n'Abajepe mu gihe cy'inshingano ze, ndetse n'amezi atandatu nyuma yo kuva ku buyobozi.
Perezida w'Umutwe w'Abadepite, Gertrude Kazarwa
7. Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga
Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, nk'umwe mu bacamanza bakuru b'igihugu, na we arindwa n'Abajepe mu gihe ari mu nshingano ze no mu mezi atandatu akimara kuzisoza.
Mu karere ka Gatsibo, Umurenge wa Gitoki, Akagari ka Mpondwa, haravugwa inkuru iteye ubwoba y'umugabo ukekwaho gutema urutoki rwa mugenzi we nyuma y'ukutumvikana kwabereye mu kabari. Ababibonye bavuga ko aba bombi bari basanzwe bafitanye amakimbirane yoroheje, ariko uwo munsi byaje gufata indi ntera ubwo bari bari kumwe basangirira kamwe nkibisanzwe.
Bamwe mu baturage baturiye aho byabereye bavuze ko impaka zaturutse ku kinyobwa banywaga bombi rimw, doreko cyaje gukura ziba intandaro y'amakimbirane akomeye.
Mu gihe abandi bari bagerageje kubunga, umwe muri bo yahise asohokana umujinya ari wose, bituma yisanzura ubwo yatemaga urutoki rwa mugenzi we rwose .
Ubuyobozi bw'Umurenge wa Gitoki bwaboneyeho gusaba abaturage kwirinda amakimbirane aterwa n'ubusinzi no gushakira ibisubizo mu nzira z'ibiganiro aho kwishora mu bikorwa by'ubugizi bwa nabi bishobora guhitana ubuzima bw'abantu cyangwa kubasiga iheruheru.
Inzego z'umutekano zatangaje ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane ukuri ku byabaye, ndetse n'uburemere bw'icyaha bushinjwa ukekwaho guhohotera mugenzi we.
Mu karere ka Gatsibo, Umurenge wa Gitoki, Akagari ka Mpondwa, haravugwa inkuru iteye ubwoba y'umugabo ukekwaho gutema urutoki rwa mugenzi we nyuma y'ukutumvikana kwabereye mu kabari
Gigio Donnarumma, umunyezamu w'Ikipe y'Igihugu y'u Butaliyani akaba n'umukinnyi wahoze akinira Paris Saint-Germain, yakoze imyitozo ye ya mbere hamwe na Manchester City mbere y'uko haba umukino ukomeye wa Manchester Derby uzahuza City na Manchester United. Ibi byagaragaye nk'intangiriro ry'urugendo rwe rushya nk'umukinnyi usanzwe afite izina rikomeye mu mupira w'amaguru ku rwego mpuzamahanga.
Donnarumma yinjiye muri Man City nyuma y'igihe kirekire avugwa mu makipe akomeye yo ku mugabane w'u Burayi, aho byavugwaga ko ikipe izamwegukana izaba yungutse umunyezamu ufite uburebure, ubunararibonye n'ubushobozi bwo gukiza ikipe mu bihe bikomeye.
Mu myitozo yabereye Etihad Campus, uyu munyezamu w'imyaka 26 yagaragaje imbaraga n'ubuhanga bimuteye kwizerwa n'abatoza be bashya.
Umutoza Pep Guardiola yagaragaje ko yishimiye kubona Donnarumma, avuga ko ari umunyezamu ushobora gufasha ikipe mu mikino minini, cyane cyane muri shampiyona ya English Premier League no mu mikino ya UEFA Champions League. Abafana ba City nabo ntibatanzwe, kuko ku mbuga nkoranyambaga bagaragaje ibyishimo by'uko ikipe yabo yabonye umukinnyi ushobora kubafasha kongera kwegukana ibikombe.
Umukino wa Derby utegerejwe cyane uzaba ari intangiriro ikomeye kuri Donnarumma, kuko ushobora gutanga ishusho y'uko azitwara mu gihugu gikunze gukoresha imbaraga n'umuvuduko mu mupira w'amaguru
Gigio Donnarumma yakoze imyitozo ye ya mbere muri Manchester CityGigio Donnarumma, umunyezamu w'Ikipe y'Igihugu y'u Butaliyani akaba n'umukinnyi wahoze akinira Paris Saint-Germain, yakoze imyitozo ye ya mbere hamwe na Manchester City
Yafashwe ku gicamunsi cyo ku wa Kane, tariki ya 11 Nzeri 2025, mu Murenge wa Masoro, mu bikorwa bya Polisi bigamije kurwanya ubucukuzi butemewe bw'amabuye y'agaciro bukorerwa muri bimwe mu bice byo muri aka karere.
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyaruguru, IP Ignace Ngirabakunzi mu kiganiro na IGIHE, yavuze ko batazihanganira na rimwe abaturage bishora muri ubu bucukuzi butemewe.
Ati “Abantu birinde buriya bucukuzi butemewe, kuko bishobora gushyira ubuzima bw'ababikora mu kaga, ibirombe bikabagwaho cyangwa bakabukuramo indwara, usanga kandi aho bukorerwa hahora umutekano muke n'urugomo bituruka ku makimbirane hagati y'ababukora n'abangirizwa imirima, kandi ababufatiwemo barafungwa imiryango yabo ikabura abayikorera.”
Yakomeje avuga ko ibikorwa byo gufata abinangiye kureka ubu bucukuzi, bikorwa umunsi ku munsi kandi batabihanganira.
Yabitangaje ku wa 11 Nzeri 2025, ubwo yari yitabiriye umuhango wo gushyingura imirambo umunani y'abakozi bagwiriwe n'urukuta. Ni abakozi bari mu mirimo yo kubaka urugomero ruherereye mu Mudugudu wa Rwaramba, Akagari ka Bisumo, Umurenge wa Cyato.
Umuhango wo gusezera no gushyingura abaguye muri iyi mpanuka wabimburiwe no gufata imirambo ku bitaro bya Kibogora byakurikiwe n'igikorwa cyo kubashyingura cyabereye mu Murenge wa Cyato.
Uyu muhango witabiriye n'abaturage, inshuti n'imiryango ya ba nyakwigendera ndetse n'abayobozi mu nzego za Leta n'inzego z'umutekano.
Guverineri Ntibitura Jean Bosco yavuze ko Ikigo DNG Rwanda Ltd kiri kubaka uru rugomero gifite ubwishingizi, bityo ko hazakurikizwa icyo amategeko ateganya.
Ati 'Kompanyi y'ubwishingizi nayo yarahageze iza kureba uko byagenze. Bivuze ko natwe nk'ubuyobozi tuzakomeza gufatanya na kompanyi mu gukurikirana ibijyanye n'ubwishingizi'.
Guverineri Ntibitura yavuze ko abantu 10 bakomerekeye muri iyi mpanuka babiri bamaze gutaha. Umunani basigaye mu bitaro, barindwi bari mu bitaro bya Kibogora naho umwe yoherejwe ku bitaro bya Kaminuza i Butare CHUB.
Ati 'Twabahaye ubutumwa bw'ihumure ko ubuyobozi bwifatanyije nabo, bwihanganisha imiryango yagize ibyago. Umuturage wese upfuye ntabwo ari igihombo ku muryango gusa, ahubwo ni n'igihombo ku gihugu'.
Ikusanyamakuru ryakozwe n'ikigo cyakoreshaga aba bakozi kiri kumwe n'ubuyobozi bw'inzego z'ibanze ryagaragaje ko abakozi bakoraga kuri uru rukuta umunsi rugwa ari 26. Muri bo umunani bahise bitaba Imana, abandi 10 barakomereka.
Abantu 8 baguye mu mpanuka y’urukuta rw’amabuye i Nyamasheke bashyinguwe
Umuhango wo gushyingura abaguye mu mpanuka y’urukuta witabiriwe n’imbaga y’abaturage biganjemo inshuti n’imiryango
Guverineri Ntibitura yijeje ababuriye ababo mu mpanuka y’urukuta ko bazahabwa impozamarira
Iyi miryango yatangiye gusezeranywa kuva ku wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri 2025, ubwo mu Ntara y'Iburasirazuba hatangizwaga icyumweru cyahariwe ibikorwa byo kwimakaza ihame ry'uburinganire kizwi nka 'Gender Accountability Week''.
Iki cyumweru cyatangirijwe mu Murenge wa Nyamirama ahasezeranyijwe imiryango 47 yabanaga mu buryo butemewe n'amategeko. Uretse mu Karere ka Kayonza iki gikorwa kandi cyanakorewe mu tundi turere twose.
Niyonsaba Florence na Mudaheranwa Alex batuye mu Murenge wa Nyamirama mu Kagari ka Shyogo mu Mudugudu wa Nyakagarama, bavuze ko bari bamaranye imyaka 23, bakaba barabyayemo abana umunani.
Niyonsaba yagize ati 'Gusezerana ni ibintu binejeje cyane kuko uko ngana uku ku myaka 45 mu mvugo yo hanze bavuga ko iyo utasezeranye uba uri indaya, byari binteye ipfunwe ariko ubu ndumva nishimye, umugabo wanjye n'abana bacu biduhesheje agaciro, abana bari banditse kuri njye gusa ariko ubu nishimiye ko bananditswe kuri papa wabo.''
Mudaheranwa we yavuze ko yicuza ibintu byinshi yatakaje kubera kugira urugo rurimo amakimbirane.
Yavuze ko mu myaka 23 yakabaye yarateye imbere ariko kubera amakimbirane yatumye abana batiga neza.
Yavuze ko kuri ubu bagiye gukoresha imbaraga nyinshi biteze imbere.
Mugabo Frank, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'umuryango Benishyaka umaze gufasha imiryango irenga 600 gusezerana imbere y'amategeko mu turere twa Gatsibo na Kayonza, yavuze ko iyi miryango bayigisha amezi atanu n'igice bayereka ibibi by'amakimbirane yo mu ngo.
Ati 'Twe turi umuryango utegamiye kuri Leta rero iyo imiryango myinshi yigishijwe igahinduka ikabana mu mahoro biradushimisha, ubu uyu munsi imiryango 24 mu yigera kuri 84 turi kwigisha yabashije gusezerana kandi yiyemeza kwikura mu bukene.''
Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yasabye imiryango yasezeranye kurushaho kubana neza no gufasha indi miryango ibana mu makimbirane mu kuyavamo kuko ngo nta keza kayo ahubwo asenya umuryango Nyarwanda.
Ati 'Tuzakomeza muri iki cyumweru gusezeranya imiryango, ubu tumaze kubarura imiryango 3277 yifuza gusezerana, aha n'ahandi henshi byakozwe ariko ni igikorwa kigikomeza, dufite imiryango igera ku 3716 twashoboye kubarura ibana mu makimbirane, turifuza gusoza iki cyumweru twumva ubuhamya bwiza bwabo.''
Biteganyijwe ko muri iki cyumweru hazasezeranywa imiryango myinshi, hagakorwa ubukangurambaga bigamije kurwanya amakimbirane yo mu miryango, kurwanya imirimo ivunanye ikoreshwa abana, kwandika abana batanditse mu bitabo by'irangamimerere, gufasha abangavu batewe inda, kurwanya ibiyobyabwenge n'ibindi byinshi.
Mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Ryimiyaga, Akagari ka Ntoma, haravugwa inkuru idasanzwe y'umusore w'imyaka 19 witwa Tuyizere, wari usanzwe akorera mu rugo, watorokanye nyirabuja bakajya kubana nk'umugore n'umugabo.
Amakuru avuga ko uyu mugore yasize urugo rwe n'umuryango we, asanga uyu musore wamufashaga mu mirimo yo mu rugo, bitungura abaturanyi ndetse n'ababyeyi b'uyu musore.
Abaturage bavuga ko iki gikorwa kidasanzwe gishobora guteza ibibazo mu miryango yombi, ndetse bakibaza uko byakemurwa mu rwego rw'amategeko, cyane ko bivugwa ko umugore yashatse umugabo mbere y'uko afata icyemezo cyo gusohoka mu rugo rwe.