Category: Uncategorized

  • Thomas Frank ahamya ko Bissouma agifite umwanya ukomeye muri Tottenham Hotspur #rwanda #RwOT

    Umutoza mukuru wa Tottenham Hotspur F.C, Thomas Frank, yongeye kugaragaza icyizere afite mu bakinnyi be, avuga ko nta mpungenge afite zo kubura abakinnyi bakomeye muri iyi minsi isoko ry'igura n'igurisha rikomeje. Mu magambo ye yagize ati: 'Nzatangazwa no kubona hari uva muri twe ubu. Bissouma ari mu ikipe, kandi turamukeneye mu rugamba ruri imbere.'

    Ibi bisubije ibibazo byakomeje kuzamurwa n'abakunzi b'iyi kipe bavuga ko hari amahirwe make yo kubona Yves Bissouma aguma muri Tottenham Hotspur, dore ko amakipe atandukanye yo mu Bwongereza no ku mugabane w'u Burayi yakomeje kugaragaza inyota yo kumwegukana.

    Gusa Thomas Frank yashimangiye ko umunya-Mali ari mu mushinga we w'igihe kirekire, kandi ko ari umukinnyi ufite umwihariko mu kubaka hagati mu kibuga.

    Uyu mutoza ukomoka muri Denmark yavuze ko icyizere afitiye Bissouma gishingiye ku mpano ye, imbaraga no guhangana kw'uyu mukinnyi, akemeza ko ari umwe mu nkingi zikomeye zizafasha Tottenham Hotspur guhangana n'amakipe akomeye mu mwaka mushya w'imikino. Yongeyeho ko kugumana abakinnyi bafite ubunararibonye nka Bissouma ari kimwe mu bituma ikipe igira imbaraga z'igihe kirekire.

    Abasesenguzi b'umupira w'amaguru basanga amagambo ya Thomas Frank ari ikimenyetso cy'uko Tottenham Hotspur yifuza gukomeza kubaka ikipe ifite ubushobozi bwo guhatana mu cyiciro cya mbere.

    Ku rundi ruhande, abafana b'iyi kipe barishimye cyane bumvise ko Bissouma agifite umwanya ukomeye, kuko bamufata nk'umutima wo hagati mu kibuga.

    Mu gihe isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi rigikomeje, amagambo ya Thomas Frank yagaragaje ko Tottenham Hotspur ishaka kwirinda icyuho cy'ingenzi cyaterwa no kubura umukinnyi ukomeye nka Bissouma, bityo ikabasha guhangana neza n'ibihe bikomeye by'imbere.

    Thomas Frank ahamya ko Bissouma agifite umwanya ukomeye muri Tottenham Hotspur

    Source : https://kasukumedia.com/thomas-frank-ahamya-ko-bissouma-agifite-umwanya-ukomeye-muri-tottenham-hotspur/

  • U Rwanda mu bihugu byatoye bishyigikira ubwigenge bwa Palestine – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nzeri 2025 nibwo ibihugu biri mu Muryango w'Abibumbye byatoye bishyigikira amahame yiswe aya New York (New York Declaration).

    Aya mahame agizwe n'amapaji arindwi yateguwe bigizwemo uruhare n'u Bufaransa na Arabie Saudite. Yemejwe muri Nyakanga 2025 mu Nama y'Umuryango w'Abibumbye. Agena ibijyanye n'ishyirwa mu bikorwa ry'umwanzuro wa Loni wo kugabanya Abanya-Israel n'Abanye-Palestine igihugu.

    Igitekerezo cyo kugabanya Abanya-Israel n'Abanya-Palestine igihugu ntabwo ari gishya, kuko cyemejwe bwa mbere muri Loni mu 1947, gusa ishyirwa mu bikorwa ryacyo ryagiye rizamo ibibazo, ari na yo mpamvu ryongeye kuganirwaho.

    Aya mahame ya New York agaragaza ko gahunda yo kugabanya Abanya-Israel n'Abanya-Palestine igihugu igomba gushyirwa mu bikorwa mu gihe cy'amezi 15 agabanyije mu byiciro bitandukanye.

    Agena ko hakwiriye kubaho igihugu cyitwa Palestine gifite ubusugire, cyigenga, giteye imbere mu bukungu kandi kigendera kuri demokarasi, ariko ntikigire igisirikare.

    Agena kandi ko Hamas ikwiriye kurambika hasi intwaro, ubuyobozi bwa Gaza ikabushyira mu biganza bya Leta ya Palestine, ndetse ibihugu by'amahanga bikemera Palestine nk'ihugu.

    Kuri uyu wa Gatanu u Rwanda ni kimwe mu bihugu byatoye bishyigikiye ibijyanye n'aya mahame. Ashyigikiwe kandi n'ibihugu nk'u Bufaransa, u Bwongereza, u Bubiligi, Qatar n'ibindi.

    Muri rusange ibihugu byatoye biyashyigikiye ni 142. Ibitayashyigikiye ni 10 birimo Israel, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Tonga na Hongrie.

    Ibihugu byifashe ni 12 birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Guatemala, Ethiopia, Fiji, Sudani y'Epfo, Samoa n'ibindi.

    U Rwanda rwatoye uyu mwanzuro nyuma y'umunsi umwe rusohoye itangazo ryamagana ibikorwa bya Israel, cyane cyane ibitero iherutse kugaba kuri Qatar igamije kwikiza abayobozi b'umutwe wa Hamas.

    Inkomoko y'amakimbirane ya Israel na Palestine

    Ikibazo cya Israel na Palestine gifatwa nka kimwe mu bimaze imyaka myinshi ku Isi ndetse kikaba n'intandaro y'intambara zagiye ziyogoza Uburasirazuba bwo Hagati mu bihe bitandukanye.

    Benshi iyo baganira kuri iki kibazo hari ingingo ikunze kwibazwaho, hagati y'Abayahudi n'Abayisilamu. Ni bande babanje gutura ku butaka uyu munsi bufatwa nka Israel na Palestine?

    Abagerageza gusubiza iki kibazo bashobora kubona ibisubizo bitandukanye, bitewe n'aho bahereye amateka. Ariko reka tugerageze kujya kure hashoboka.

    Amateka agaragaza ko Abayahudi babaye muri aka gace ko mu Burasirazuba bwa hagati mu myaka irenga 3000 ishize.

    Ubwami bwa Isiraheli n'ubw'Aba-Yuda buvugwa muri Bibiliya bwabarizwaga ku butaka uyu munsi buzwi nka Israel na Palestine. Abayahudi ni bo bari bagize itsinda rya mbere ry'abantu bemeye gukurikira inyigisho za Yezu nyuma y'urupfu rwe n'izuka. Aba ni na bo babaye inkomoko y'Ubukirisitu. Iki gitekerezo mu nyandiko ni cyo cyitwa Urusengero rwa mbere rwa Yeruzalemu.

    Ahagana muri 70 nyuma y'Ivuka rya Yezu Abanyaroma bateye Yeruzalemu, mu ntambara izwi nk'iya mbere y'Abayahudi n'Abanyaroma (yatangiye mu 66-73).

    Mu mwaka wa 70 ni bwo Abanyaroma babashije kwigarurira neza Yeruzalemu, bica Abayahudi abandi barafungwa ndetse bamwe bagurishwa nk'abacakara. Abarokotse bahungiye hirya no hino mu Bwami bw'Abanyaroma (u Burayi bw'uyu munsi) no mu majyaruguru ya Afurika.

    Ku rundi ruhande Abarabu tubona uyu munsi mu Burasirazuba bwo hagati ntabwo bari bahatuye. Benshi babaga mu kigobe cy'Abarabu (Arabian Peninsula) giherereye mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bwa Aziya, agace kagizwe ahanini n'ubutayu. Amoko y'Abarabu yabayeho mbere ni Aba- Bedouins.

    Benshi mu Barabu bo muri ibyo bihe basengaga Imana nyinshi (Polytheism) ariko nyuma y'ivuka rya Islam bayiyoboka ku bwinshi.

    Muri 632 nyuma y'urupfu rw'Intumwa y'Imana Muhammad [Imana imuhe amahoro n'imigisha], Abarabu bari barayobotse Islam ku bwinshi batangiye intambara zo kwagura ubutaka bwabo n'imbibi z'idini ryabo.

    Nyuma yo kwigarurira iki kigobe cy'Abarabu mu buryo bwuzuye, bakurikijeho igice cya Byzantine Levant (Syria, Liban, Jordan na Palestine by'uyu Munsi).

    Muri 637 aba Barabu bigaruriye Yeruzalemu yari isigayemo Abayahudi bake, abandi barahungiye hirya no hino.

    Muri 636 bari babanje kwigarurira Iraq y'uyu munsi.

    Mu majyaruguru ya Afurika Abarabu bayobowe na Amr ibn al-As bigaruriye Misiri, Islam igenda yagukira no mu bindi bice byo mu majyaruguru y'umugabane.

    Nyuma yaho Abarabu bigaruriye Uburasirazuba bwo Hagati, iki gice cyatangiye kuvukamo Ubwami butandukanye burimo ubwa Abbasid ndetse n'ubwa Ottoman.

    Abarabu bakomeje kororoka umubare wabo urenga kure uw'Abayahudi muri aka gace, cyane ko benshi bari barahunze nyuma yo guterwa n'Abaroma.

    Mu 1900 ubu butaka twita Israel na Palestine bwari igice cy'ubwami bwa Ottoman cyangwa se Ottoman Empire. Cyari gituwe n'abaturage b'abakirisitu, abayisilamu ndetse n'umubare muto w'Abayahudi babanaga mu mahoro.

    Abatuye aka gace batangiye kuba ba nyamwigendaho, bamwe bumva ko bidahagije gusa ko baba abaturage b'iki gihugu bo mu bwoko bw'Abarabu, ko ahubwo ari Abanye-Palestine.

    Ibi byabaye mu gihe mu Bayahudi naho hatangiye kuvuka inkundura ya 'Zionism' yo kuvuga ko u Buyahudi bidakwiriye kuba izina gusa, ahubwo bikwiriye no kujyana no kugira igihugu bisangamo, cyane ko Abayahudi bari bamaze igihe batotezwa hirya no hino aho babaga i Burayi.

    Mu myaka ya mbere 10 y'ikinyejana cya 20 Abayahudi babarirwa mu binyacumi by'ibihumbi bari baramaze kwimukira kuri ubu butaka bwari bugize Ottoman Empire, bavuye mu Burayi.

    Intambara ya Mbere y'Isi yabaye kuva mu 1914 kugeza mu 1918 yasize Ubwami bwa Ottoman butsinzwe ndetse mu 1922 buraseswa mu buryo budasubirwaho.

    U Bufaransa n'u Bwongereza byemeranyije kwigabanya ibi bice byo mu Burasirazuba bwo hagati.

    U Bwongereza ni bwo bwatwaye igice uyu munsi kibarizwaho Israel na Palestine bucyita 'British Palestine'. Mu minsi ya mbere iki gihugu cyakomeje kwemerera Abayahudi ko baza gutura muri iki gice bavuye hirya no hino mu Burayi, ariko uko umubare wabo wakomezaga kuzamuka barushagaho gushyamirana na bagenzi babo b'Abarabu.

    Umubare w'Abayahudi bava mu Burayi bajya gutura muri iki gice warushijeho kuzamuka nyuma ya Jenoside yabakorewe izwi nka 'Holocaust' ndetse Isi yose itangira kubashyigikira kuko yabonaga ari bwo buryo bwonyine bazabasha kubaho bafite amahoro.

    Hagati aho mu gihe Abayahudi bari bakomeje gusaba ko bahabwa igihugu cyabo, u Bwongereza bwayoboraga Palestine bwagize impungenge ko bazashyamirana n'Abarabu.

    Mu 1947, Umuryango w'Abibumbye wafashe umwanzuro wo kubagabanya iki gihugu, Abayahudi bagafata igice cyabo n'Abarabu bagafata igice cyabo. Umujyi wa Yeruzalemu, ubu bwoko bwombi bufata nk'ahantu hatagatifu, wagumye mu cyeragati ugirwa agace gahuriweho n'amahanga.

    Abayahudi bemeye iyi gahunda ndetse mu 1948 batangaza ubwigenge bw'Igihugu cyabo cya 'Israel'.

    Ku rundi ruhande Abarabu batuye muri aka gace babonye iyi gahunda y'Umuryango w'Abibumbye nk'uburyo bw'amayeri y'Abanya-Burayi bashaka kubibira ubutaka. Iyi ni yo yabaye intandaro y'intambara y'ibihugu by'Abarabu byihurije hamwe byiyemeza guhangana na Israel mu ntambara yabaye mu 1948.

    Iyi ntambara yari igamije gushyiraho igihugu kimwe cya Palestine nk'uko byahoze mu gihe cy'ubukoloni bw'Abongereza. Byaje kurangira Israel itsinze iyi ntambara ndetse ihita gifata umwanzuro wo kurenga imipaka yari yarashyizweho n'Umuryango w'Abibumbye, ifata igice kinini cya Yeruzalemu ndetse n'ubundi butaka bwagombaga kuba ubwa Palestine.

    Iyi ntambara yarangiye Israel igenzura ubutaka bwose uretse Gaza yagenzurwaga na Misiri na West Bank yagenzurwaga na Jordan.

    Mu 1967 Israel yongeye kwisanga mu ntambara y'iminsi itandatu n'ibi bihugu by'Abarabu, na none irangira Israel itsinze ndetse yigararuriye West Bank na Gaza. Bivuze ko iki gihe Israel yari ifite ubutaka bwose bwahoze buzwi nka 'Palestine' harimo na Yeruzalemu.

    Inteko rusange ya Loni yatoye umwanzuro ushyigikira ko habaho Leta ya Palestine


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-mu-bihugu-bishyigikiye-ubwigenge-bwa-palestine

  • Iburasirazuba: Abagore basabwe kugira uruhare mu gusubiza mu ishuri abana 1700 baritaye – #rwanda #RwOT

    Ibi babisabwe kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Nzeri 2025, ubwo mu Karere ka Rwamagana hateraniraga Inama y'Igihugu y'abagore bo mu Ntara y'Iburasirazuba. Iyi nama yari igamije kurebera hamwe ibyakozwe mu mwaka ushize, ibibazo bikibangamiye umuryango ndetse n'ingamba zafatwa.

    Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, yabwiye abagore bahagarariye abandi ko bakwiriye kugira uruhare mu kugarura mu ishuri abana baritaye ndetse n'abandi bakiri ku mihanda.

    Ati 'Tujya tugira imibare y'abana bata ishuri, tugira imibare y'abana banajya mu mihanda bamwe twita za mayibobo bagakora ibyaha bito na bito. Turabona urubyiruko rugenda rwugarizwa n'ibibazo by'ubusambanyi, kunywa inzoga, turabona ingo zitana cyangwa se izibana zitarashyingiranwe n'abakobwa basambanywa bakiri bato.''

    Yakomeje agira ati 'Mutima w'urugo mu Isibo, mutima w'urugo mu Mudugudu, mutima w'urugo mu rugo rwe no mu zindi nzego za Leta, turashaka ko abikurikirana buri munsi kugira ngo ibishobora gukosoka bikosoke hakiri kare twabijeje ubufatanye kuko natwe tubifite mu nshingano.''

    Guverineri Rubingisa yavuze ko umwana avukira mu muryango ari yo mpamvu uruhare rw'ababyeyi ari ingenzi.

    Iturerere Liliose wo mu Karere ka Kirehe, yavuze ko bagiye gukorana n'inzego z'ibanze mu gucukumbura ibibazo imiryango imwe n'imwe ifite bituma abana babo bava mu ishuri abandi bagatorongera bakayivamo.

    Ati 'Kiriya ni ikibazo gikomeye cyugarije umuryango Nyarwanda, bariya bana bazerera nibo Rwanda rw'ejo, iyo rero bari gutana igihugu kiba gihomba. Ikibazo rero ahanini kiba kiri mu miryango iwabo, twiyemeje guhaguruka tukamenya imiryango ifite ibyo bibazo tukayegera tukayiganiriza kugira ngo ibibazo bafite bishakirwe umuti.''

    Umukozi wa Plan International Rwanda, Bakundukize Jacques, yijeje abo mu nama y'Igihugu y'abagore ubufatanye mu gukurikirana abana bari ku mihanda mu kumenya icyatumye bava mu muryango ndetse no mu kumvisha abo babyeyi kugaruka mu nshingano zabo.

    Umuyobozi w'inama y'Igihugu y'abagore mu Ntara y'Iburasirazuba, Mukamucyo Jeanette, we yavuze ko bagiye kugirana ubufatanye n'ababyeyi ku buryo bamenya imbogamizi abana bahura nazo zinatuma bata amashuri.

    Ati 'Birashoboka cyane gusubiza mu ishuri bariya bana kuko dufite inzego z'abagore kuva ku Mudugudu, mu mijyi akenshi uko utera imbere ni nako uzana ibibazo byinshi ariko tugiye gukorana n'ababyeyi ndetse n'abarezi ku buryo abana bataye ishuri bose tubakurikirana bakagaruka mu ishuri.''

    Abagore bahagarariye abandi basinyanye imihigo n'ubuyobozi bw'uturere mu gufatanya gukurikirana ibibazo bibangamiye umuryango n'ibindi bitandukanye.

    Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yasabye abagore bahagarariye abandi kugira uruhare mu kugarura mu ishuri abana 1718 bataye ishuri

    Abagore b’i Burasirazuba biyemeje gutanga umusanzu mu gusubiza abana mu ishuri


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/iburasirazuba-abagore-basabwe-kugira-uruhare-mu-gusubiza-mu-ishuri-abana-1700

  • Inkuru y'umunyabugeni wabereye umugongo mugari abana bo ku muhanda – #rwanda #RwOT

    Ako gahinda kose no kwirirwa wirukankanwa, umunsi waba uciye ikibu ukabiseserana munsi y'ikiraro, nta bwoba bwa 'cya gisimba kirandya. Ibyago bikaba ibindi iyo imvura iguye wa muferege wo munsi y'iteme ukanyuramo amazi icyari 'uburyamo' kigahinduka igishanga. Nawe umva ako gahinda.

    Uwo mwana benshi bita mayibobo, ni bwo ibibazo bimurenga akiyahuza ibiyobyabwenge, atatabarwa mu maguru mashya ubuzima bwe bukaba burangiritse by'iteka ryose.

    Art for Change Rwanda ikigo gifasha abana bahoze ku muhanda mu kwagura impano zabo binyuze mu gushushanya, kuririmba n'ibindi by'ingenzi byitezweho kububakira ejo hazaza heza.

    Iki kigo cyatangijwe mu 2020 n'Umunyabugeni witwa Ganza Hodari. Ganza yizera ko ubugeni bushobora guhindurira ubuzima uwabwiyemeje.

    Igitekerezo cyatangiye ubwo Hodari yahuraga n'abana baba ku muhanda i Musanze. Benshi ntibagiraga aho bataha, babaho nabi, nta muntu wo kubereberera.

    Ntabwo yabirengagije nk'uko abandi bigenda. Yababonyemo ubushobozi, abona ko bahawe umwanya na bo baba bafite inzozi baharanira ko zaba impamo bagatangira ubuzima bushya bufite icyerekezo.

    Yitwaje ibikoresho bike cyane nk'uburoso, impapuro n'umuhamagaro we mu buhanzi n'ubugeni, Hodari yatangiye guhamagara ba bana akabasaba ko birirwana kugira ngo agire icyo abigisha.

    Icyari uguhura bisanzwe cyavuyemo umushinga ukomeye ufasha abana mu gutegura ejo heza habo. Art for Change Rwanda yahindutse umuryango udaharanira inyungu ugamije kwifashisha ubugeni nk'inzira abana bifashisha bava ku muhanda.

    Ubu abana barenga 70 bavuye ku muhanda. Abana 32 muri bo Hodari yakomeje kubaha ubufasha burimo amahugurwa yo gushushanya, kubyina, kuririmba, kudoda n'ibindi.

    Hodari ati 'Binyuze muri iyi mirimo abana bavumbuye impano bari bafite, bituma bongera kwiyubakamo icyizere. Ubwo bufasha bwarenze ubuhanzi, ahubwo gahunda yagurirwa no kubashakira amafunguro, ibikoresho by'isuku, ubujyanama, kubafasha gusubira mu ishuri. Ku bana benshi ni bwo mbere bari bitaweho gutyo.'

    Kwita kuri aba bana byagukiye no ku miryango yabo. Ntako bisa kubona umwana wawe wari warahebye agarukanye icyizere cyo kubaho, yiga ubona afite icyizere.

    Ba bana birukankanwaga na buri wese ubabonye abakekaho ikibi, bamwe babaye ibyitegererezo kuri bagenzi babo, ibigaragaza uburyo impinduka nziza ishoboka.

    Hodari agaragaza ko ba bana 70 ari intangiriro. Arajwe ishinga ryo kwagura iyi gahunda ikagera ku bana bo mu Rwanda hose, ba bana bataye icyizere cyo kubaho bakongera kubona ubuzima bushya.

    Ati 'Ubugeni bwifitemo ubushobozi bwo gukiza, kunga ndetse no guhindura ubuzima. Buri mwana afite uburenganzira bwo kugira intego, guhanga no kumva ahawe agaciro mu muryango.'

    Art for Change Rwanda inafasha abana mu kubaha ibikoresho by’ishuri n’iby’isuku

    Art for Change Rwanda yigisha abana bahoze ku muhanda ibirimo no gukoresha ibikoresho by’umuziki bigezweho

    Muri Art for Change Rwanda abana bigishwa ubugeni bukorwa mu buryo butandukanye

    Art for Change Rwanda ifasha abana barenga 70

    Abana bahoze ku muhanda bigishwa na Art for Change Rwanda imyuga irimo no kudoda

    Art for Change Rwanda yiyemeje guhindurira ubuzima abana bo ku mihanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/inkuru-ya-art-for-change-rwanda-yabereye-umugongo-mugari-abana-bo-ku-muhanda

  • Ozonnia Ojielo yashimye uruhare rw'u Rwanda mu gushaka ibisubizo bishingiye ku ikoranabuhanga – #rwanda #RwOT

    Yabitangaje ku wa Gatanu tariki 12 Nzeri 2025, hizihizwa Umunsi Mpuzamahanga wahariwe ubutwererane mu bya politiki, ubukungu, imibereho, umuco, ihindagurika ry'ibihe n'ibidukikije hagati y'ibihugu bikiri mu nzira y'amajyambere (South- South Cooperation).

    Ni ibirori byitabiriwe n'abayobozi bo mu nzego zitandukanye mu gihugu, abahagarariye ibihugu n'imiryango mpuzamahanga by'umwihariko ishamikiye ku Muryango w'Abibumbye, abikorera n'abandi.

    Ozonnia Ojielo yavuze ko u Rwanda binyuze muri Rwanda Cooperation Initiative, rugira uruhare rukomeye mu gusangiza ubumenyi ibihugu bikiri mu nzira y'amajyambere asaba ibindi bihugu kurwigiraho.

    Agira ati 'U Rwanda, binyuze muri Rwanda Cooperation Initiative, rwihaye umukoro mu gusangiza ubumenyi ibindi bihugu, ibi mbibona nk'ibidasanzwe kuko kuba igihugu kiri mu nzira y'amajyambere ntibivuze ko ntacyo gifite cyo gusangiza abandi.'

    Akomeza agira ati 'U Rwanda rufatanya n'Umuryango w'Abibumye muri uru rugendo rwo gushyigikira gahunda zigamije kunoza itangwa rya serivisi za Leta, kongera imikorere inoze, no kubaka uburyo buhuriweho na bose, nk'uko bigaragara mu byo ruri gusangiza Eswatini na Guinea. Ibi ni urugero rw'ibifatika ariko sinumva impamvu ibindi bihugu bya Afurika bitabyigana.'

    Umuyobozi Mukuru w'Ikigo gishinzwe kumenyekanisha udushya n'ibisubizo u Rwanda rwishatsemo (RCI), Uwera Patricie, yavuze ko igihe kigeze ngo Afurika izamuke igere ku rwego rushimishije kandi ko u Rwanda ruzakomeza gutanga umusanzu.

    Ati 'Niba hari igihe Afurika yagombaga kuzamuka, icyo gihe ni iki. Niba hari igisekuru gifite ubushobozi bwo kuyobora urwo rugendo, ni iki. Kandi niba hari ahantu ubufatanye bushobora gutanga impinduka, ni hano mu Rwanda ndetse namwe mwese.'

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga, Clementine Mukeka, yavuze ko ibihugu biri mu nzira y'amajyambere bigomba kwishakamo ibisubizo bihereye ku byo bifite.

    Agira ati 'Tugomba gukomeza gushaka ibisubizo bituruka imbere mu gihugu. Udushya ntituvuka gusa mu Majyaruguru cyangwa mu bukungu bw'ibihugu bikomeye tuboneka no mu bihugu biri mu nzira y'amajyambere, mu bantu no mu bushobozi bwo kwihangana.'

    Kuva mu 2018, u Rwanda rwakiriye intumwa zirenga 700 ziturutse mu bihugu bigera kuri 70, rwerekana ibisubizo rwishatsemo ndetse n'uburyo bushya bwo kuyobora binyuze mu ikoranabuhanga, gutanga serivisi, no guhindura imibereho y'abaturage.

    Umuyobozi Mukuru wa RCI, Uwera Patricie, yavuze ko igihe kigeze ngo Afurika ikore igere ku rwego rushimishije

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga, Clementine Mukeka, yavuze ko ibihugu bikwiye kwishakamo ibisubizo bahereye ku byo bafite

    Ozannia Ojielo yashimye uruhare rw’u Rwanda mu gusangiza ubumenyi ibihugu bikiri mu nzira y'amajyambere.

    Ni ibirori byitabiriwe n’abayobozi bo mu nzego zitandukanye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ozonnia-ojielo-yashimye-uruhare-rw-u-rwanda-mu-gushaka-ibisubizo-bishingiye-ku

  • Kigali: Abandi babiri bagaragaye bakomeretsa umukobwa bafashwe – #rwanda #RwOT

    Ibi yabitangaje mu ijoro ryo ku wa 12 Nzeri 2025, nyuma y'uko mu masaha ya mu gitondo yari yataye muri yombi umwe muri abo basore bagaragaye bakomeretsa umukobwa.

    Polisi y'u Rwanda yagize iti 'Turabamenyesha ko abantu babiri bari basigaye mubagaragaye mu mashusho bakorera igikorwa cy'ubugome umuturage wo mu Kagari ka Rwampara bose bafashwe.'

    Abatemye uyu mukobwa babikoreye mu Kagari ka Rwampara taliki ya 11 Nzeri 2025.

    Raporo y'Urwego rw'Ubucamanza yagaragaje ko ibyaha byiganje muri sosiyete nyarwanda birangajwe imbere n'ubujura aho mu mwaka wa 2024/2025 w'ubucamanza hinjiye dosiye zirebana n'ubujura zirenga ibihumbi 13 mu nkiko.

    Icyaha cy'ubujura ni cyo kiza ku isonga aho hakiriwe dosiye 13.956, gikurikirwa n'icyaha cyo gukubita no gukomeretsa, ahagaragaye dosiye 10.948.

    Itegeko riteganya ko umuntu wese uhamijwe n'urukiko icyaha cy'ubujura ahanishwa igifungo kitari munsi y'umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni 2 Frw.

    Uwagihamijwe ashobora gutegekwa gukora imirimo y'inyungu rusange mu gihe cy'amezi atandatu.

    Ku cyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake giteganywa n'itegeko riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange, aho riteganya ko umuntu, ubishaka, ukomeretsa undi, umukubita cyangwa umusagarira ku buryo bwa kiboko bubabaje aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'amezi atandatu ariko kitarenze umwaka 1 n'ihazabu itari munsi ya 100.000 Frw ariko itarenze 300.000 FRW.

    Iyo byateye uwakorewe icyaha indwara idakira, ubumuga buhoraho butuma ntacyo yikorera, kubuza burundu urugingo rw'umubiri gukora no gutakaza igice cy'umubiri, igihano kiba igifungo kitari munsi y'imyaka imyaka itanu.

    Polisi yataye muri yombi bari basigaye bagaragaye batema umukobwa i Nyarugenge


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kigali-abandi-babiri-bagaragaye-bakomeretsa-umukobwa-bafashwe

  • EAC: Abanyeshuri b'abanyamahanga bagiye kujya bishyura 'minerval' ingana n'iy'abenegihugu – #rwanda #RwOT

    Ni ukuvuga ngo niba uri Umunyarwanda ugiye kwiga muri Uganda uzajya wishyura nk'ayo Abanya-Uganda bishyura. Ubusanzwe bishyuraga nk'abanyamahanga.

    Uretse mu Rwanda no muri Kenya ho abanyamahanga bishyura angana n'abenegihugu, mu bihugu bisigaye umunyamahanga yishyuraga asumba ay'umwenegihugu.

    Ni umwe mu myanzuro yafashwe mu nama y'abaminisitiri b'uburezi bo muri EAC yaberaga muri Uganda guhera ku wa 9 -12 Nzeri 2025.

    Minisitiri w'Uburezi mu Rwanda, Nsengimana Joseph yavuze ko abanyeshuri bava mu bihugu biri muri EAC badakwiye kwishyuzwa nk'abanyamahanga, ahubwo bagakwiye kwishyura nk'abandi benegihugu nk'uko bikorwa mu Rwanda.

    Ati ' Mu Rwanda abanyeshuri bose bishyura kimwe hatitawe ku gihugu baturukamo, ntekereza ko ari na ko bimeze muri Kenya ariko ntabwo ari ko biri hano muri Uganda, no mu bindi bihugu. Turashaka gushyiraho uburyo abanyeshuri bacu b'Abanyarwanda nibaza muri Uganda, bazishyura nk'Abanya-Uganda.'

    Akomeza avuga ko muri iyi nama kandi bemeje ko impamyabumenyi zivuye muri kaminuza zemewe zo mu bihugu bigize EAC zihabwa agaciro mu rwego rwo guha amahirwe abanyeshuri bose yaba ayo gukora cyangwa gukomeza amasomo.

    Inama y'abaminisitiri b'uburezi muri EAC itaha, izabera i Kigali mu 2027. Hazasuzumwa ishyirwa mu bikorwa ry'imyanzuro yafatiwe muri iyi nama ndetse no kurebera hamwe izindi ngingo zazamura ireme ry'uburezi muri EAC.

    Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, yasabye ibihugu bya EAC gufatira urugero ku Rwanda mu korohereza abanyeshuri kwiga bitagoranya

    Inama y’abaminisitiri b’uburezi muri EAC yemeje ko impamyabushobozi zose zo muri kaminuza zemewe zo mu bihugu byo muri uyu muryango zihabwa agaciro

    Inama y’abaminisitiri b’uburezi muri EAC yafatiwemo ibyemezo bitandukanye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/eac-abanyeshuri-b-abanyamahanga-bagiye-kujya-bishyura-minerval-ingana-n-iy

  • APR FC na Rayon Sports ntabwo tuzitinya, turazubaha – Alain Kirasa utoza Gorilla FC #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Gorilla FC, Alain Kirasa yavuze ko yaba ari Rayon Sports na APR FC nta kipe n’imwe batinya uretse kuba bazubaha nk’amakipe makuru.

    Yabivuze nyuma yo gutsinda AS Muhanga 2-0 mu mukino ufungura shampiyona ya 2025-26 waraye ubaye.

    Alain Kirasa yavuze ko intego ze na Gorilla FC ari ugutsinda umukino ku mukino atavuga ngo bazatwara ibikombe ibi n’ibi ariko nibatsinda umukino ku wundi bazabyegukana.

    Ku kuba nta kipe abona muri iyi shampiyona imuteye ubwoba, yavuze ko ntayo rwose uretse kuba bakubaha Rayon Sports na APR FC nk’amakipe makuru.

    Ati “nta kipe n’imwe yadutera ubwoba, ni umupira ni ukuza tugakina, twubaha amakipe makuru, ayo twita makuru kuko afite amazina kandi amaze gutwara ibikombe, tuvuga APR FC, tuvuga Rayon Sports si ukuzivuga gusa kuko zarigaragaje, ntabwo tuzitinya turaza tugakina iyo witeguye neza ushobora no gutsinda.

    Kugeza ubu Gorilla FC nyuma yo gutsinda AS Muhanga ni yo iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 3, ni mu gihe indi mikino y’umunsi wa mbere ikinwa uyu munsi n’ejo.

    Alain Kirasa yavuze ko nta kipe n’imwe ibateye ubwoba

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11848

  • Polisi y'u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda #rwanda #RwOT

    Nyuma y'uko kuri uyu wa 12 Nzeri 2025 Polisi y'u Rwanda itangarije ko yamaze guta muri yombi umwe mu bantu bagaragaye mu mashusho batemagura Umukobwa bari baryamishije hasi i Nyamirambo, Rwampara, abagaragaye bose muri ayo mashusho bamaze gutabwa muri yombi. Ikimenyetso si musiga cy'uko gukora icyaha ku butaka bw'u Rwanda bigoye kwihisha kuko inzego z'Umutekano zimaze kwerekana kenshi ko bitinde bitebuke ukekwa arashakishwa agafatwa.

    Mu itangazo Polisi y'u Rwanda yanyujije ku rubuga rwayo rwa X rwahoze rwitwa Twitter, yagize iti' Turabamenyesha ko abantu babiri bari basigaye mubagaragaye mu mashusho bakorera igikorwa cy'ubugome umuturage wo mu kagari ka Rwampara bose bafashwe'.

    Kuva Polisi yatangaza ko umwe mu bagaragaye mu mashusho batemagura uwo muturage yatawe muri yombi, abatari bake bagize icyo bavuga ku butumwa bwa Polisi bw'uko bose batawe muri yombi, bagaragaje ko aba bafashwe bakwiye guhanwa by'intangarugero.

    Hari n'abatatinye kugaragaza ko aba bakwiye igihano kirenze gukatirwa igihano cy'Igifungo cya burundu, bakicwa nk'uko amakuru acaracara ku mbuga nkoranyambaga avuga ko aba basanzwe ari ikipe itari ntoya ikora ibikorwa bibi birimo gutega abantu bakabica, abandi bagahohoterwa mu buryo butandukanye. Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi

    Nubwo abo Polisi y'u Rwanda ivuga ko yamaze guta muri yombi ari batatu bagaragaye mu mashusho, hari amakuru yakomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga avuga ko aba batawe muri yombi bagize itsinda rigari ry'abagizi ba nabi bagera kuri barindwi b'Abanyarwanda n'Abanyamahanga bakora ibikorwa bibi birimo n'Ubwicanyi bakorera abaturage.
    intyoza

    The post Polisi y'u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda first appeared on Intyoza.

    The post Polisi y'u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/09/12/polisi-yu-rwanda-yamaze-guta-muri-yombi-abantu-bose-bagaragaye-batemagura-umuntu-ku-muhanda/

  • Gen Patrick Nyavumba yasuye APR FC (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, Gen Patrick Nyamvumba, yasuye ikipe aho iri mu mwiherero, ababwira ko ejo bagomba gukora ibishoboka bagasezerera Al Hilal tuzahura mu mikino ya CECAFA Kagame Cup.

    Amb. Gen Patrick Nyamvumba akaba yahaye ikaze nanone ikipe ya APR FC mu gihugu cya Tanzania, ababwira ko yaba umuryango w’abanyarwanda baba mu gihugu cya Tanzania ndetse na Leta y’u Rwanda ahagarariye bose bari inyuma y’ikipe.

    Yasabye abakinnyi gukora ibishoboka byose bakazitwara neza ku mukino wa Al Hilal, abizeza ko bazaba babashyigikiye kandi na we azaba ari ku kibuga.

    Yagize ati: Ejo tugomba gutsinda, kandi nidutsinda tuzaba twongereye amahirwe yo gutwara igikombe. Tubari inyuma twese, ariko iki gikombe tugomba kugitwara kuko ni twe tugitera inkunga .

    Abababanjirije bagitwayeho, APR yaragitwaye inshuro zirenze imwe. Turabasaba namwe kubikora.

    Mu ijambo rye Kapiteni Niyomugabo Claude yashimiye Amb. Gen Nyamvumba kuba yasuye ikipe, avuga ko nk’abakinnyi biteguye guhatana kugeza ku munota wa nyuma.

    Umutoza Abderrahim Taleb we akaba yatangaje ko kubona Amb. Gen Patrick Nyamvumba hari ikindi bibongereye nk’ikipe, amwizeza ko uko byagenda kose bazatwara igikombe i Kigali 'kuko ni yo ntego yatuzanye'.

    Amb. Gen Patrick Nyamvumba yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda kuva mu mwaka wa 2013-2019 aho ikipe ya APR FC yari mu biganza bye ndetse akaba yarakomeje kuba hafi y’ikipe y’Ingabo z’Igihugu na nyuma yaho.

    APR FC ikaba izahura na Al Hilal Ombdurman ku wa Gatandatu saa sita n’igice za Dar es Salaam, ni ku kibuga cya KMC kiri Kinondoni.

    Undi mukino wa ½ cy’irangiza ukazahuza ikipe zo muri Tanzania Singida Black Stars na KMC FC.

    Imikino ya CECAFA Kagame Cup mukomeje kuyikurikirana ku bufatanye na More Up igukorera amavuta meza ndetse n’ibyo kunywa bigezweho ndetse na IKAZE House igufitiye ibyumba byo gukoreramo cyangwa wakoresha nka Depot.

    Turi kumwe kandi na Resilience igukorera ibikoresho byiza byo mu nzu utasanga ahandi aho iherereye i Remera Sonatubes.

    Kigali Parents ni ntagereranywa mu gutanga Uburezi bujyana n’Uburere, kikaba ikigo kiza ku isonga mu gutsindisha mu Mujyi wa Kigali n’uburambe bw’igihe kinini. Hope line sports, ni iduka rya Siporo riherereye Sonatubes i Remera, usangamo ibikoresho byose bijyanye na siporo.

    Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, Gen Patrick Nyamvumba yasuye APR FC

    APR FC yamwizeje ko bazatsinda

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11846