Category: Uncategorized

  • Icyo Pavelh Ndzila yasabye abakunzi ba Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Umunyezamu wa Rayon Sports, Pavelh Ndzila yavuze ko yishimiye cyane gutangira shampiyona batsinda mukeba Kiyovu Sports, asaba abafana gukomeza kubashyigikira.

    Wari umukino we wa mbere kuva yasinyira iyi kipe yambara ubururu n’umweru.

    Ni umukino ikipe ye yatsinzemo Kiyovu Sports 2-0 mu mukino w’umunsi wa mbere shampiyona.

    Pavelh Ndzila akaba yabwiye ISIMBI ko yishimiye cyane gutsinda uyu mukino cyane ko wari n’umukino w’abakeba.

    Ati “ni ibyishimo byinshi kuko wari umukino w’abakeba, gutangira shampiyona mukina derby mukayitsinda ni byiza ndishimye.”

    Yakomeje ashimira abafana b’iyi kipe abasaba no gukomeza kuza kubashyigikira.

    Ati “Abafana ndabashimira uburyo baje kudushyigira ari benshi, ndabasaba ko no mu mikino itaha bazaza ari benshi bakadutera ingabo mu bitugu.”

    Pavelh Ndzila ni umunyezamu ukomoka muri Congo Brazaville, yinjiye muri Rayon Sports muri uyu mwaka w’imikino wa 2025-26 avuye muri APR FC yari asojemo amasezerano.

    Pavelh Ndzila yasabye abakunzi ba Rayon Sports kubashyigikira umunsi ku munsi

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11853

  • Perezida wa Rayon Sports yasetse cyane abajijwe kuri rutahizamu Ndikumana Asman (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée yaruciye ararumira ahubwo araseka cyane ubwo yari abajijwe kuri rutahizamu w’umurundi, Asman Ndimumana uhetse Gikundiro muri iyi minsi.

    Ni nyuma yo gutsinda Kiyovu Sports mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona ibitego 2-0 byose byase bya Ndikumana Asman kuri uyu wa Gatandatu.

    Byari ibyishimo bikomeye ku bayobozi ba Rayon Sports cyane ko wari umukino w’abakeba.

    Umukini urangiye ubwo itangazamakuru ryageragezaga kuvugisha Twagirayezu Thadée wari kumwe Me Freeddy yaruciye ararumira.

    Abanyamakuru bagerageje kumucokoza bishoboka kose, umwe ati “perezida uyu rutahizamu wamukuyehe”, undi ati “tubwire ijambo rimwe kuri rutahizamu Asman”.

    Ibi byose yabyumvaga ariko aho kubasubiza akiskera cyane ubona ko yasazwe n’ibyishimo.

    Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée yaruciye ararumira ahubwo araseka cyane ubwo yari abajijwe kuri rutahizamu w’umurundi, Asman Ndimumana uhetse Gikundiro muri iyi minsi.

    Ni nyuma yo gutsinda Kiyovu Sports mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona ibitego 2-0 byose byase bya Ndikumana Asman kuri uyu wa Gatandatu.

    Byari ibyishimo bikomeye ku bayobozi ba Rayon Sports cyane ko wari umukino w’abakeba.

    Umukini urangiye ubwo itangazamakuru ryageragezaga kuvugisha Twagirayezu Thadée wari kumwe Me Freeddy yaruciye ararumira.

    Abanyamakuru bagerageje kumucokoza bishoboka kose, umwe ati “perezida uyu rutahizamu wamukuyehe”, undi ati “tubwire ijambo rimwe kuri rutahizamu Asman”.

    Ibi byose yabyumvaga ariko aho kubasubiza akiskera cyane ubona ko yasazwe n’ibyishimo.

    Ndikumana Asman ahagaze neza kuva yagera muri Rayon Sports

    Thaddée yari yishimye bikomeye

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11855

  • Umunyamakuru washinze Kigali Protocol yateye ivi (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru washinze Kigali Protocol, Umukundwa Josué uzwi nka Jidenah yambitse impeta umukunzi we Umwali Teta bamaze imyaka 2 bakundana.

    Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Jidenah yavuze ko yasabye Umwali Teta kuzamubera umugore na we akabyemera.

    Yabigaragaje mu mafoto meza cyane aho yashinze ivi asaba Umwali usanzwe ari CEO wa Kigali Protocol kwemera igihe basigaje ku Isi bakakimara bari kumwe.

    Ibirori byo kwambika uyu mukobwa impeta byabereye i Dubai muri leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, aho bamaze iminsi basohokeye.

    Byari ibyishimo bikomeye

    Yashinze ivi hasi amusaba kuzamubera umugore

    Yabyemeye ntakuzuyaza

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11856

  • Amarangamutima ya Sam wo muri Zuby Comedy wasoje icyiciro cya 3 cya Kaminuza #rwanda #RwOT

    Mucyo Samson wo mu itsinda rya Zuby Comedy ari mu byishimo bikomeye nyuma yo gusoza icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Masters) muri ‘Development Studies’.

    Uyu musore wamamaye nka Sam Zuby, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yashimiye buri umwe wamufashije muri uru rugendo.

    Ati “Amashimwe ni ay’Imana ku bw’uru rugendo, Masters muri ‘Development Studies’, ndashimira byimazeyo inshuti zanjye zagendanye nanjye zikantera imbaraga, zikanyizereramo muri buri ntambwe nteye, iyi ntsinzi ni iyacu.”

    Sam Zuby uheruka kwiyamamariza kuba umudepite ntibigende neza, ‘Development Studies’ yize bifitanye isano na politiki, imibereho myiza, ubukungu.

    Muri 2023 akaba yari yasoje icyiciro cya kabiri cya Kaminuza (Bachelors Degree) mu Itangazamakuru n’Itumanaho.

    Sam Zuby yasoje icyiciro cya gatatu cya Kaminuza

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11857

  • Igisubizo cya RCS ku bavuga ko bafite ababo bagifunze bararangije ibihano – #rwanda #RwOT

    Byatangarijwe ku Igororero rya Rusizi ku wa 6 Nzeli 2025, ubwo Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evariste Murenzi yari yasuye iri gororero, muri gahunda y'ubukangurambaga bwo gusaba abafite ababo bafunze kwirinda ibyaha bikomoka ku kugerageza kwinjiza ibibujijwe n'amategeko mu igororero avuga ko iyo migirire ibangamira umutekano w'abagororwa n'abafite ababo bari mu magororero.

    Ubwo hari hagezweho umwanya wo kungurana ibitekerezo, umwe mu bafite ababo bagororerwa mu igororero rya Rusizi yavuze ko bafite ikibazo cy'uko hari abantu babo bakomeza gufungwa kandi bararangije ibihano.

    Ati 'Hari igihe nk'umuntu wawe arangiza ibihano, ugategereza ko umuntu wawe azaza ukabibura. Ukibaza uti 'Ese byagenze gute?' Nko ku gihe yari afite ugasanga harenzeho amezi atatu, ane, atanu'.

    Umuvugizi wa RCS, CSP Sengabo Hellary Emmanuel, yavuze ko icyo kibazo cy'abantu bavuga ko barangije ibihano ariko bakaba bagifunzwe, RCS ikunze kukibazwa.

    Ati “Mwebwe mufite uburenganzira bwo kumenya idosiye z'abantu banyu bafunze, mushobora no kubabaza kuko tubaha amakuru y'amadosiye yabo. Ubu dufite sisiteme ya IECMS, ihuza igororero, RIB, urukiko n'Ubushinjacyaha. Ni sisiteme y'ikoranabuhanga igaragaza amakuru y'umuntu wafashwe, uko yireguye, uko yahanwe kugera ari mu igororero. Iyo igihe cyo gutaha kigeze, sisiteme irakubwira yo ubwayo ngo uyu muntu agomba gutaha”.

    CSP Sengabo avuga ko ikibazo gikunze kuba ku bantu baburanye kera by'umwihariko abaregwa ibyaha bya Jenoside bafashwe bakaburanishwa nyuma.

    Ati “Nibo usanga avuga ngo nyamara maze igihe kinini nararengeje igihe cyo gufungurwa, ariko akabara n'igihe wenda yari ari muri kasho za komine kera, wajya gushaka muri sisiteme ugasanga ibitabo byo muri kasho avuga yabayemo ntabihari. Ayo ni amateka y'igihugu cyacu. Ugasanga twebwe dufite iby'igihe yinjiriye mu igorero, bibaze yenda ko akatiye imyaka 15, akaba asigaje umwe, ariko we akongeraho n'undi umwe yamaze muri komine tudafitiye ibimenyetso, icyo gihe ntabwo aba abarwa nk'umuntu ufunze binyuranyije n'amategeko…uburyo bwo kumenya amakuru ni ukubaza nyir'ubwite cyangwa ukaza mu ishami ryacu rishinzwe amadosiye y'abagororwa”.

    CSP Sengabo yabwiye abafite ababo bari mu magororero ko bemerewe kujyayo no ku munsi utari uwo gusura, ukabwira kuri bariyeri ko ufite ikibazo ushaka kujya kubaza mu buyobozi bw'igororero, icyo gihe ngo umuyobozi w'igororero arakwakira akanagufasha kumenya dosiye y'umuntu wawe ufunze uko ihagaze.

    Umuvugizi wa RCS wa CSP Sengabo yasabye abafite ababo mu magorero kujya bagana amagorero bagahabwa kuri dosiye z’ababo bafunze

    Abagororwa bagira umwanya wo gusurwa n’abo mu miryango yabo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/igisubizo-cya-rcs-ku-bavuga-ko-bafite-ababo-bagifunze-bararangije-ibihano

  • Urubyiruko rwiyemeje gusobanura amayeri mashya akorwamo ibyaha byifashisha ikoranabuhanga – #rwanda #RwOT

    Uwo mukoro rwawihaye ku wa 12 Nzeri 2025 ubwo rwasozaga amahugurwa y'iminsi itanu yateguwe n'ubuyobozi bw'Ingabo z'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara aho rukomeye, EASF.

    Ni amahugurwa yabereye i Kigali agamije kwigisha urubyiruko kubungabunga amakuru koranabuhanga no kwirinda ibyaha birikorerwaho birimo n'iterabwoba.

    Yitabiriwe n'abantu 53 bo mu Rwanda barimo abasirikare n'abapolisi, abiga n'abasoje kaminuza n'urundi rubyiruko.

    Ishimwe Élysée wize 'Information System' muri kaminuza, yavuze ko nk'urubyiruko, umusanzu we ari ugusobanurira abandi amayeri akoreshwa mu butubuzi bukorerwa mu ikorabuhanga bakayamenya.

    Muri ayo mayeri yagarutse ku bahamagara abandi bababwira ko batsindiye ibihembo kandi nta byo bigeze biyandikishamo cyangwa ngo bakine mu marusahanwa runaka.

    Iyo ibyo bibaye hari ababibwirwa bakagira amarangamutima bakemera ibyo babwiye harimo amakuru runaka bakwa ndetse n'amafaranga.

    Yongeyeho ko hari abantu mushobora kuba muziranye bakagusaba ko bafunguza konti bakoresheje indangamuntu yawe cyangwa kugura 'sim card' bakayikwandikishaho.

    Izo 'sim cards' zishobora gukoreshwa mu bujura kandi uwo zinditseho atabizi ku buryo ashobora no kwitirirwa ayo makosa mu gihe za konti zo zifashishwa mu kunyuzaho amafaranga yibwe kugira ngo nibimenyekana hazakurikiranwe uwo iyo konti yanditseho.

    Ikuzwe Rémy yavuze ko kurinda amakuru abantu bafite mu ikoranabuhanga ari mwe mu nzira yo kurwanya ibyaha bikorerwaho kuko uko iyo bibagoye babireka.

    Ati 'Umuntu ntakwiye kureba hafi mu gihe ari guhanga ijambo banga kandi agomba no guhisha amakuru y'umwirondoro we. Niba umaze gukoresha mudasobwa ugomba gusiga uyizimije no mu gihe wishyurisha telefone ugomba kubikora uhisha umubare w'ibanga.'

    Niyonagira Adelphine we yavuze ko yamenye ko mu mikoreshereze y'imbuga nkoramyambaga urubyiruko rujya rukora amakosa yo kwizerana n'abantu rudafiteho andi makuru na make, rugatangira kubasangiza amakuru yarwo.

    Ayo makuru rero ni yo aba ashobora kwifashishwa mu gukora ibyaha byifashisha ikoranbuhanga nyamara abayatanze bo batari bazi ikigamijwe.

    Yakomeje ati 'Uko ikoranabuhanga rigenda ritera imbere bagenda bahimba andi mayeri ariko twese tubashije kubigiraho amakuru byadufasha kubyirinda.'

    Umuyobozi ushinzwe ibijyanye n'umutekano w'ikoranabuhanga mu Rwego rw'Igihugu rushinzwe Umutekano w'Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi n'Itumanaho (NCSA), Kayigi Ghislaine, yavuze ko hagikenewe ubumenyi ku mutekano mu ikoranabuhanga kuko hakirimo icyuho.

    Ati 'Mukomeze kwiga ibyerekeye umutekano w'ikoranabuhanga no gukumira iterabwoba rikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga n'ibyaha byo kuri murandasi, kugira ngo mu gihe kizaza namwe muzafashe mu kwigisha abandi haba mu Rwanda, muri Afurika n'ahandi ku Isi.'

    Yongeyeho ati 'Dukeneye inzobere nyinshi mu by'umutekano w'ikoranabuhanga kuko ubu ntizihagije. Uko ikoranabuhanga ritera imbere n'ibyago bigenda byiyongera ni yo mpamvu dukeneye inzobere nyinshi.'

    Umuyobozi ushinzwe Ikoranabuhanga muri EASF, Maj Faustin Ngaboyimanzi, yabwiye urwo rubyuruko ko kuba rwaturutse mu byiciro binyuranye ari ingenzi kuko rwitwezweho umusanzu ukomeye mu kukaba amahoro mu Karere, umutekano no guhashya ibyaha bikorerwa ku ikoranabuhanga.

    Aya mahugurwa yari yateguwe n'ubuyobozi bw'Ingabo z'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara aho rukomeye, EASF

    Urubyiruko rw’ingeri zitandukanye ni rwo rwitabiriye aya mahugura ku kurwanya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga

    Umuyobozi ushinzwe ibijyanye n'Umutekano w'Ikoranabuhanga Rwego rw'Igihugu rushinzwe Umutekano w'Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi n'Itumanaho (NCSA), Kayigi Ghislaine, yavuze ko hakiri icyuho cy’ubumenyi

    Nyuma y’amahugurwa hatanzwe impamyabumenyi

    Uru rubyiruko rwahuguwe iminsi itanu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/urubyiruko-rwiyemeje-gutanga-umusanzu-mu-gusobanura-amayeri-mashya-akorwamo

  • APR FC na none muri CECAFA biranze, isezerewe nabi (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    APR FC isezerewe itageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup itageze ku mukino wa nyuma, ni nyuma yo gutsindwa na Al Hilal ibitego 3-1.

    Yari inshuro ya kabiri yikurikiranya APR FC na Al Hilal zihurira muri 1/2 cya CECAFA Kagame Cup kuko n’umwaka ushize zarahuye APR FC iyisezerera kuri penaliti.

    APR FC yari yakiriye abakinnyi ba yo bari mu mu makipe y’ibihugu barimo Omborenga Fitina na Niyomugabo Claude babanje mu kibuga, hari Ishimwe Pierre, Mugisha Gilbert, Ronald Ssekiganda na Denis Omedi bari ku ntebe y’abasimbura.

    Abasore ba APR FC wabonaga bashaka igitego hakiri kare ndetse baba bakibonye ariko Hakim Kiwanuka umupira yacomekeye Togui ari wenyine ntiwamugeraho.

    Aya makosa baje kuyakosora ku munota wa 31 nyuma yo gukinana neza ku mupira Omborenga Fitina yahaye Memel Raouf Dao agahindura imbere y’izamu maze William Togui Mel agahita ashyira mu izamu.

    Al Hilal yo muri Sudani iba yishyuye iki gitego ariko umunyezamu Ruhamyankiko Yvan ababera ibamba aho hari umupira w’umutwe ukomeye yakuyemo. Amakipe yagiye kuruhuka ari 1-0.

    Mu gice cya kabiri Al Hilal yokeje igitutu APR FC yarimo irushwa cyane.

    Umutoza wa APR FC, Taleb yaje gukora impinduka akuramo William Togui Mel na Memel Raouf Dao hinjiramo Mugisha Gilbert na Lamine Bah.

    Aha APR FC yarushijwe cyane binatuma bishyurwa igitego ku munota wa 81 cyatsinzwe na Abdelrazig Taha. Umukino warangiye ari 1-1.

    Bahise bongeraho iminota 30 maze ku munota wa 93, ku makosa ya Ruboneka Bosco wasubije umupira inyuma ntugere kuri Ruhamyankiko Yvan, Sunday Damilare yatsindiye Al Hilal igitego cya kabiri.

    APR FC yari yageze ku mukino wa nyuma umwaka ushize, inzozi zaje kurangira ku munota w’106, ubwo Ahmed Salem yatsindiraga Al Hilal igitego cya 3. Umukino warangiye ari 3-1.

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11850

  • APR FC na none muri CECAFA biranze, isezerewe nabi (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    APR FC isezerewe itageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup itageze ku mukino wa nyuma, ni nyuma yo gutsindwa na Al Hilal ibitego 3-1.

    Yari inshuro ya kabiri yikurikiranya APR FC na Al Hilal zihurira muri 1/2 cya CECAFA Kagame Cup kuko n’umwaka ushize zarahuye APR FC iyisezerera kuri penaliti.

    APR FC yari yakiriye abakinnyi ba yo bari mu mu makipe y’ibihugu barimo Omborenga Fitina na Niyomugabo Claude babanje mu kibuga, hari Ishimwe Pierre, Mugisha Gilbert, Ronald Ssekiganda na Denis Omedi bari ku ntebe y’abasimbura.

    Abasore ba APR FC wabonaga bashaka igitego hakiri kare ndetse baba bakibonye ariko Hakim Kiwanuka umupira yacomekeye Togui ari wenyine ntiwamugeraho.

    Aya makosa baje kuyakosora ku munota wa 31 nyuma yo gukinana neza ku mupira Omborenga Fitina yahaye Memel Raouf Dao agahindura imbere y’izamu maze William Togui Mel agahita ashyira mu izamu.

    Al Hilal yo muri Sudani iba yishyuye iki gitego ariko umunyezamu Ruhamyankiko Yvan ababera ibamba aho hari umupira w’umutwe ukomeye yakuyemo. Amakipe yagiye kuruhuka ari 1-0.

    Mu gice cya kabiri Al Hilal yokeje igitutu APR FC yarimo irushwa cyane.

    Umutoza wa APR FC, Taleb yaje gukora impinduka akuramo William Togui Mel na Memel Raouf Dao hinjiramo Mugisha Gilbert na Lamine Bah.

    Aha APR FC yarushijwe cyane binatuma bishyurwa igitego ku munota wa 81 cyatsinzwe na Abdelrazig Taha. Umukino warangiye ari 1-1.

    Bahise bongeraho iminota 30 maze ku munota wa 93, ku makosa ya Ruboneka Bosco wasubije umupira inyuma ntugere kuri Ruhamyankiko Yvan, Sunday Damilare yatsindiye Al Hilal igitego cya kabiri.

    APR FC yari yageze ku mukino wa nyuma umwaka ushize, inzozi zaje kurangira ku munota w’106, ubwo Ahmed Salem yatsindiraga Al Hilal igitego cya 3. Umukino warangiye ari 3-1.

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11851

  • Rayon Sports irakina umukino wa mbere ibura inkingi za mwamba #rwanda #RwOT

    Rayon Sports ibura abakinnyi 3 babanza mu kibuga, iratangira shampiyona ikina na Kiyovu Sports.

    Ni umukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Nzeri 2025 kuri Kigali Pelé Stadium saa 18h30′.

    Ni umukino Rayon Sports igiye gukina ibura abakinnyi batatu bose iyo ari bazima baba babanza mu kibuga, akaba ari ukubera imvune.

    Bayobowe na rutahizamu Fall Ngagne we umaze igihe yaravunitse, guhera umwaka ushize w’imikino mu ntangiriro y’imikino yo kwishyura.

    Ubu nibwo arimo kugenda agaruka aho yatangiye gukora imyitozo ariko akaba agifite ukwezi hanze y’ikibuga.

    Hari myugariro Emery Bayisenge wavunikiye ku mukino wa Vipers FC, amakuru we avuga ko ku mukino wa Singida Black Stars azaba yiteguye.

    Hari kandi Mohammed Chelly, umunya-Tunisia uheruka gusinyira Gikundiro ariko akaba yaragize imvune ituma atarimo kugaragara mu mikino ya Rayon Sports.

    Umunsi wa mbere wa shampiyona

    Ku wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri 2025

    Gorilla FC 2-0 AS Muhanga

    Ku wa Gatandatu tariki ya 13 Nzeri 2025

    Bugesera FC vs Gicumbi FC
    Etincelles vs Gasogi United
    Mukura VS vs Musanze FC
    Police FC vs Rutsiro FC
    Kiyovu Sports vs Rayon Sports

    Ku Cyumweru tariki ya 14 Nzeri 2025

    AS Kigali vs Amagaju

    Mohammed Chelly (ibumoso), Emery Bayisenge (hagati) na Fall Ngagne (iburyo) ntabwo bakina umukino w’umunsi wa mbere

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11849

  • Abaturage ba Byimana baratabaza kubera umwanda uri mu muhanda uterwa no kwangirika kw'itiyo y'amazi #rwanda #RwOT

    Abaturage bo mu Mudugudu wa Byimana, mu Kagali ka Kigarama, mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro baratabaza kubera ikibazo cy'umwanda w'amazi asa nabi aturuka ku itiyo y'amazi yangiritse. Iyo tiyo bivugwa ko yangirikiye ahazwi nka Taribani, amazi akajya asandara mu muhanda akanyura mu ngo z'abaturage ndetse akabangamira ubuzima bwabo bwa buri munsi.

    Bamwe mu baturage bavuga ko imvura iguye yateza ibindi bibazo, doreko amazi aba menshi, yivanga n'ibyondo n'umwanda bigatuma nta muntu ugenda mu muhanda nta n'uwacamo n'imodoka kandi ko n'umuhandi uba unanuka.

    Abafite ibikorwa by'ubucuruzi hafi aho nkuwitwa Manuel: 'Abavuga ko bakunda guhomba kuko abakiriya babura inzira yo kubageraho baba batinye guca mu mwanda bawubona. Hari n'abemeza ko ubu buryo bushobora guteza indwara ziterwa n'isuku nke nka cholera, bikaba intandaro yo guhungabanya ubuzima rusange.'

    Umwe mu batuye hafi aho utifuje gutangaza amazina ye yatangarije Kasuku Media agira ati: 'Iyo uri muri uwo muhanda uba uhasanga amazi yanduye, bikaba byakugora guca muri ako gace. Abana bacu bari mu kaga kuko bakunda gukina muri ayo mazi asa nabi.'

    Aba baturage bavuga ko bamaze igihe kinini batabaza inzego zibishinzwe 'WASAC' ariko ikibazo ntikirabonerwa igisubizo gihamye. Basaba ko amazi ava muri iyo tiyo yangiritse yahita akosorwa kugira ngo imibereho yabo ibashe kuba myiza, kandi bakongera kugira isuku n'umutekano nkuko byahoze.

    Ku rundi ruhande, hari n'abifuza ko ubuyobozi bw'ibigo bitanga amazi bwashyiraho uburyo bwo kugenzura kenshi amatiyo yangiritse kugira ngo hatazongera kubaho ikibazo nk'iki gituma abaturage batakaza ubuzima bwabo bwa buri munsi. Abaturage bifuza ko iki kibazo cyakemurwa vuba.

    Source : https://kasukumedia.com/abaturage-ba-byimana-baratabaza-kubera-umwanda-uri-mu-muhanda-uterwa-no-kwangirika-kwitiyo-yamazi/