Category: Uncategorized

  • Ibibazo uruhuri biri mu mikorere y'Isoko Mpuzamipaka rya Bugarama – #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y'aho tariki 19 Nzeri 2025, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu, Kayisire Marie Solange asuye iri soko ryubakiwe koroshya ubuhahirane hagati y'u Rwanda n'ibihugu by'abaturanyi bya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n'u Burundi.

    Mu bibazo bibangamiye abarema iri soko harimo kuba rirema kabiri mu cyumweru kandi bo bifuza ko ryarema buri munsi. Bavuga ko iyo ryaremye ari bwo babona abakiliya benshi.

    Bavuga ko ikindi kibazo iri soko rifite ari uko iyo imvura iguye amazi anyura mu madirishya akangiza ibicuruzwa byabo.

    Nyiranzabahimana Christine yavuze ko abagore bacururiza muri iri soko bashimira Perezida Kagame ku bw'iri soko yabubakiye akabakiza izuba, umuyaga n'ivumbi.

    Ati “Ariko dufite ikibazo iyo imvura iguye amahuhwezi atubanamo menshi, ibicuruzwa byacu bikangirika. Ikindi kibazo ni ubwiherero, ubwiherero nta mazi arimo biduteza umwanda”.

    Mu bibazo iri soko rifite harimo no kuba ari rito, ibituma abenshi mu barikoreramo bacururiza hanze imvura n'izuba bikangiza ibicuruzwa byabo.

    Mukeshimana Djamilla yavuze ko ikindi kibazo rifite ari uko camera z'umutekano waryo zidakora.

    Ati “Tujyamo batubwiye ko rifite umutekano, none banyibiyemo 27 500Frw bambwira ko bazamfasha kubona uwayibye ntibamfasha kubera ko camera zidakora”.

    Ikibazo cya gatandatu rifite ni uko inzira z'amazi zazibye, ibituma iyo imvura iguye amazi abura uko atemba akuzura mu mbuga y'isoko no mu isoko imbere.

    Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yavuze ko mu cyumweru gishize bari basuye iri soko ndetse muri ibi bibazo harimo ibyo nabo bari babonye.

    Ati “Tugiye koherezayo abakozi bashinzwe imyumbakire mu Karere hari ibyo bakosora bidasabye ko hakorwa inyigo ihambaye, hakaba n'ibisaba ko hakorwa inyigo hagashakwa n'ingengo y'imari, turiha amezi atatu kugira ngo iby'ingenzi tube tubikoze kuko buriya ntabwo bigoye”.

    Isoko mpuzamipaka rya Bugarama ryuzuye mu 2021 ritwaye arenga miliyari 1Frw. Ririmo ibibanza byo gucururizamo 158, imiryango 50 y'ubucuruzi rikagira iguriro ry'inyama, ububiko n'igice cyagenewe gukorera ubucuruzi bw'ibiribwa n'ibinyobwa (Bar& Restaurant).

    Abakorera mu Isoko Mpuzamipaka rya Bugarama, bagaragaje ko hari ibibazo bibangamiye akazi kabo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibibazo-uruhuri-biri-mu-mikorere-y-isoko-mpuzamipaka-rya-bugarama

  • Kigali: Insengero zimwe zashyize amateraniro 'online' mu gihe cya Shampiyona y'Isi y'Amagare – #rwanda #RwOT

    Ibyo bigamije gufasha bamwe mu bayoboke b'ayo madini bashoboraga kugorwa no kugera aho insengero ziri.

    Ayo madini n'amatorero yahisemo gukoresha uburyo bwombi bwo guterana imbonankubone n'iya kure, ndetse mu zindi gahunda zirimo gusenga mu mubyizi na ho hagenda hakorwa impinduka.

    The New Times yanditse ko insengero zigera kuri eshanu zo muri Kigali ari zimwe mu zashyizeho uburyo bwihariye bwo gukora amateraniro. Zirimo ADEPR Kimihurura, Healing Center Church Rwanda, New Life Bible Church, Church of the Nazarene na Christian Life Assembly Church.

    Muri Christian Life Assembly Church i Nyarutarama nta materaniro y'imbonankubone ateganyijwe kuri iki Cyumweru tariki ya 21 no ku wa 28 Nzeri 2025 ahubwo araba mu buryo bw'iya kure guhera Saa Yine za mu gitondo.

    Ni mu gihe amateraniro yo mu mibyizi yabaga ku wa Kabiri yo yabaye ahagaritswe muri iki gihe i Kigali hari kubera Shampiyona y'Isi y'Amagare.

    Umushumba w'Itorero Church of Nazarene rikorera i Remera, Pasiteri Niyonsaba Jacques yavuze ko amateraniro aba ku Cyumweru no ku wa Gatanu muri iryo torereo azakorwa mu buryo bw'imbonankubone n'iya kure kugira ngo bafashe abayoboke babo bose guterana.

    Pasiteri Niyonsaba yasabye abayoboke b'iryo torero kuzakurikiza imikoreshereze y'imihanda uko yagenwe bakagera ku materaniro, ariko kandi no kuzajya kureba abazaba bari gusiganwa ngo kuko ari umugisha ukomeye kuba u Rwanda ruryakiriye.

    Umushumba Mukuru wungirije w'Itorero New Life Bible Church ku Kicikiro, Fred Isaac Katangwa we yavuze ko iryo torero rizaterana ku wa Gatanu no ku Cyumweru kandi ryahisemo gukoresha uburyo bwombi, gusa bakuraho amateraniro y'abana.

    Ati 'Amateraniro yo ku Cyumweru azakomeza kuva Saa Tanu ku bantu bazabasha kugera ku rusengero. Ariko nta materaniro y'abana azaba. Ndasaba abakirisitu bacu ko bazafata amafunguro ya mu gitondo ubundi bakicara nk'umuryango bagakurikira amateraniro mu buryo bw'iya kure.'

    Yasabye kandi abakirisitu gusengera Igihugu muri iki gihe cyakiriye abashyitsi baje muri Shampiyona y'Isi y'Amagare ndetse no gusabira uburinzi abazaba batwaye amagare ingendo zikagenda neza.

    Mu Itorero Healing Center Church Rwanda ry'i Remera ho amateraniro azakomeza yaba ayo mu mibyizi no ku Cyumweru ariko na bo bakaba bazanayatambutsa kuri murandasi kugira ngo abatazahagera bazabashe kuyitabira.

    Ni mu gihe muri ADEPR Kimihurura amateraniro yari asanzwe aba ku Cyumweru imbonankubone ho yimuriwe ku wa Gatandatu Saa Kumi n'Imwe z'umugoroba. Bivuze ko ayari kuba kuri iki Cyumweru bayakoze ejo naho ayo mu gitaha bazayakora ku wa Gatandatu.

    Shampiyona y'Isi y'Amagare iri kubera i Kigali kuva ku itariki 21-28 Nzeri 2025 ndetse inzego zitandukanye zamenyesheje abantu mbere amabwiriza bazakurikiza ariko muri rusange ntibizahagarika ubuzima bw'imikorere ya buri munsi.

    Itorero New Life Bible Church ryashyizeho uburyo bwo gukurikirana amateraniro hifashishijwe iya kure


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kigali-insengero-zimwe-zashyize-amateraniro-online-mu-gihe-cya-shampiyona-y-isi

  • Abanyarwanda barabikoreye- Yolande Makolo ku kwakira Shampiyona y'Isi y'amagare – #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru tariki 21 Nzeri 2025, nibwo mu Mujyi wa Kigali hatangira Shampiyona y'Isi y'Amagare, ibifatwa nk'amateka kuko ari ubwa mbere ibereye ku Mugabane wa Afurika.

    Mu butumwa Yolande Makolo yashyize hanze kuri iki Cyumweru, yavuze ko kwakira iyi shampiyona ari ibyishimo bidasanzwe ku gihugu, kandi ko Abanyarwanda babikoreye.

    Ati 'Shampiyona y'Isi y'Amagare igiye kuba. Abanyarwanda barabikoreye cyane kugira ngo babone aya mahirwe yo kwakira iri rushanwa mpuzamahanga rijyanye na siporo dukunda kandi dushyigikira mu byishimo byinshi.'

    Yakomeje avuga ko Abanyarwanda biteguye gukora ibishoboka byose ngo iyi shampiyona izagende neza.

    Ati 'Abanyarwanda bakoreye hamwe bari gukora ibishoboka byose kugira ngo abarushanwa, abafana ndetse n'abandi twese tuzagirire muri Kigali ibihe byo guhora tuzirikana. Twese dukwiriye ibyishimo n'inyungu bizanwa na siporo ndetse n'ubucuruzi buyishamikiyeho.'

    The UCI Road World Championships is finally here. Rwandans have worked hard for this opportunity to host a global competition for a sport that we love & joyfully support. Rwandans together are doing our best to ensure that competitors, fans & all of us have a memorable time in… https://t.co/yHVWUEu7rH

    — Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) September 21, 2025

    Shampiyona y'Isi y'Amagare izabera mu Mujyi wa Kigali tariki ya 21-28 Nzeri 2025.

    Kuri iki Cyumweru harakinwa icyiciro cy'abasiganwa n'ibihe mu bagore no mu bagabo, aho Umunya-Afghanistan, Yulduz Hashimi, mu cyiciro cy'abagore ari we uzahaguruka mbere y'abandi saa Yine n'iminota 10.

    Aho uyu mukinnyi ba bagenzi be bazanyura hamaze gutegurwa, haba ku byapa byo ku mihanda bibayobora, ndetse n'ibyuma bifasha abafana kureba igare hirindwa n'impanuka byagezemo.

    Si aha gusa kandi aho bazatangirira muri BK Arena hamaze gutunganywa, ndetse n'aho bazasoreza mu ihuriro ry'imihanda kuri Kigali Convention Centre na ho ni uko.

    Yolande Makolo yavuze ko kwakira Shampiyona y'Isi y'Amagare ari ibintu Abanyarwanda bakoreye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyarwanda-barabikoreye-yolande-makolo-ku-kwakira-shampiyona-y-isi-y-amagare

  • Iryavuzwe riratashye, amateka yanditswe u Rwanda rwakiriye Shampiyona y’Isi (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umunsi wari utegerejwe na benshi wageze, ni amateka k’u Rwanda ubwo rwakiraga Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025.

    Ni ubwa mbere iyi shampiyona ibereye muri Afurika, u Rwanda rukaba rwanditse amateka yo kuba ari cyo gihugu cy’Afurika kiryakiriye bwa mbere aho ryitabiriwe n’abakinnyi 918 bo mu bihugu 110 bazarushanwa mu masiganwa 13 mu gihe cy’iminsi umunani.

    Shampiyona y’Isi y’Amagare igiye kuba ku nshuro ya 98 mu myaka 104, ikaba inshuro ya 12 ibereye hanze y’u Burayi.

    Ryatangiye uyu munsi tariki ya 21 Nzeri rika rizasozwa tariki 28 Nzeri 2025.

    Uyu munsi hakaba hakinwa gusiganwa n’ibihe ku mukinnyi ku giti cye (Individual Time Trial).

    Hakaba haherewe mu cyiciro cy’abagore “Women Individual Time Trial” (W ITT).

    Dore inzira abagore bakoresheje ku ntera y’ibilometero 31,2: BK Arena- Rwahama- Kimironko (Simba Supermarket) – Kwa Chez Lando – Prince House – Sonatube – Nyanza ya Kicukiro – Gahanga (Master Steel)- Kugaruka Sonatube – Rwandex – Mu Kanogo – Roundabout yo mu Mujyi- Kugaruka mu Kanogo- Mediheal- Kwa Mignone – Ku Muvunyi – KCC.

    Nirere Xaveline, Umunyarwandakazi, mushiki wa Ndayisenga Valens na we wakiniye Team Rwanda, ni we wanditse amateka yo gutangiza iri siganwa kuko ni we wahagurutse mbere y’abandi.

    Muri Shampiyona y’Isi y’Amagare, buri wese akina isiganwa rye, yarirangiza agahembwa [mu gihe yatsinze].

    Hari abakinnyi baba bafite isiganwa rimwe, abakina abiri n’abakina atatu bitewe n’uburyo umutoza yabihisemo.

    Abakinnyi bahembwe mu bagore (WE ITT) ni:

    Umudali wa Zahabu + Umwambaro w’uwatwaye isiganwa uriho amabara y’umukororombya: Marlen Reusser (U Busuwisi) akaba yakoresheje iminota 43,09.

    Umudali wa Feza: Anna van der Breggen (U Buholandi) yasizwe amasegonda 51,89.

    Umudali w’Umuringa: Katrine Aalerud (Norvege) yasizwe umunota n’amasegonda 24.

    Nirere Xaverine wahagurutse mbere y’abandi bose, yabaye uwa 27 akoresheje iminota 50,07 ku ntera y’ibilometero 31,2, arushwa iminota itandatu n’amagonda 58 n’umukinnyi wa mbere.

    Ingabire Diane yabaye uwa 35 akoresheje iminota 52,57 aho yarushijwe n’umukinnyi wa mbere iminota icyenda n’amasegonda 48.

    Abakinnyi 44 ni bo bahatanye muri iki cyiciro, babiri ba nyuma baba Abanya-Qatar bakurikiye Umunya-Uganda, Trinitah Namukasa.

    Umudali w’Umuringa: Katrine Aalerud (Norvege)

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11901

  • Ibintu 10 bidasanzwe wamenya kuri Azerbaijan yasuwe na Perezida Kagame – #rwanda #RwOT

    Mu bikorwa bye, Perezida Kagame yashyize indabo muri 'Alley of Honor', irimbi riri murwa mukuru w'iki gihugu 'Baku', aharuhukiye bamwe mu bayobozi bakomeye iki gihugu cyagize.

    Perezida Kagame kandi yagaragaje ko u Rwanda na Azerbaijan bifite byinshi bihuriyeho, anashimangira icyifuzo cyo kurushaho gukorana mu bikorwa by'iterambere.

    Nubwo ibiganiro bya dipolomasi n'ubufatanye ari byo byibanzweho, Azerbaijan ubwayo ni igihugu gifite amateka akungahaye, umuco wihariye, ubugenge n'ibintu bidasanzwe binyuranye.

    Azerbaijan ni igihugu kiri mu gice cyitwa South Caucasus (mu Burengerazuba bw'Aziya), hagati y'u Burayi na Aziya. Gihana imbibi n'u Burusiya mu Majyaruguru, Armenia mu Burengerazuba, Iran mu Majyepfo, Turikiya ku gace gato ka Nakhchivan, kandi gihana imbibi n'Inyanja ya Caspienne mu Burasirazuba.

    Ni igihugu gifite ubuso bugera kuri kilometero kare 86,600, bivuze ko gikubye u Rwanda inshuro hafi eshatu, kikaba gituwe n'abaturage babarirwa muri miliyoni 10.5.

    Azerbaijan ni igihugu gifite umwanya wihariye ku rwego mpuzamahanga kubera peteroli, ingufu, umuco n'aho giherereye.

    Perezida Kagame na Aliyev baganira ku bufatanye mu nzego z’ingenzi

    Perezida Kagame yakiriwe mu cyubahiro gihabwa abakuru b’ibihugu

    Dore ibintu 10 bidasanzwe ukwiye kumenya kuri iki gihugu.

    1. Igihugu cy'Umuriro udakama

    Mu gace gakikijwe n'amazi ka Absheron hafi ya Baku, hari ahantu gaze isohokera mu butaka ugasanga umuriro uhora waka. Urugero ni ahitwa Yanar Dagh, hari imisozi ihora yaka umuriro. Hari kandi urusengero rwitwa Ateshgah Fire Temple mu myaka yo hambere rwahurirwagamo n'abagendera ku myemerere yo kuramya umuriro w'iteka barimo abitwa Zoroastrian, Abahindu n'Abasikh. Ubu hahindutse inzu ndangamurage.

    2. Igihugu cya mbere cy'Abayisilamu cyahaye abagore uburenganzira bwo gutora

    Mu 1918, ubwo Repubulika ya Demokarasi ya Azerbaijan yashingwaga, abagore bahise bahabwa uburenganzira bwo gutora. Byatumye iki gihugu kiba icya mbere cyiganjemo Abayisilamu cyatanze ubwo burenganzira.

    Azerbaijan ni kimwe mu bihugu bifite abayisilamu byahaye amahirwe n’abagore

    3. Ibirunga bivubukamo icyondo byinshi ku Isi

    Azerbaijan ifite ibirunga bihora bivubukamo icyondo birenga 350 (abandi bavuga ko bishobora kuba birenga 400), ibyo bita 'mud volcanoes'. Bimwe bikora kugeza n'ubu, bikaruka gaze n'icyondo, hamwe usanga biruka mu buryo butangaje.

    Inzu ndangamurage y'ibitabo bito cyane

    Mu murwa mukuru Baku hari inzu ndangamurage y'ibitabo bito cyane, harimo ibifite ubunini bwa milimetero 2 gusa. Ni imwe mu makusanyirizo akomeye ku Isi y'ibitabo bito.

    Iryo somero ririmo ibitabo bito ni rimwe mu yabumbatiye amateka akomeye ku Isi

    Isomero ririmo ibitabo bito muri Azerbaijan

    5. Ibice bya Baku biri munsi y'igipimo cy'inyanja

    Bimwe mu bice bya Baku bifite ubutumburuke buri munsi y'ubw'inyanja. Hari n'ahantu hubatswe ku butaka bwari bugizwe n'amazi ku nkengero z'Inyanja ya Caspienne. Bamwe bavuga ko hari uduce tugera kuri metero 28 munsi y'ubutumburuke bw'inyanja.

    6. Nakhchivan: Igice cya Azerbaijan kiri kure yayo

    Nakhchivan ni intara yigenga ya Azerbaijan ariko iherereye kure y'iki gihugu, kuko hagati yayo n'iki gihugu harimo igihugu cya Armenia. Nakhchivan ikora ku mipaka ya Iran na Turikiya, ikagira ubuyobozi bwayo bwihariye, ndetse n'amateka n'umuco bitandukanye.

    Umujyi wa Nakhichevan ni umujyi wigenga

    7. Icyayi kirakunzwe cyane nubwo gitumizwa mu mahanga

    Nubwo Azerbaijan ifite uduce dukwiranye n'ubuhinzi bw'icyayi, buri mwaka itumiza mu mahanga toni zirenga 12.000 z'icyayi. Icyayi ni igice cy'umuco wabo wa buri munsi kandi gikoreshwa cyane mu buzima busanzwe.

    8. Ifite amateka mu gutunganya peteroli

    Mu ntangiriro z'ikinyejana cya 20, Azerbaijan yari mu bihugu bya mbere ku Isi mu gutunganya peteroli. Mu 1901, yatanze igice kinini cy'umusaruro w'isi yose. Mu ntambara ya kabiri y'isi yose, iki gihugu cyabaye isoko rikomeye rya peteroli kuri Leta Zunze Ubumwe z'Abasoviyete.

    Azerbaijan ifite ubutunzi bwinshi bwa peteroli n'ubusanzwe ifatanya na kompanyi mpuzamahanga mu bucukuzi no gutunganya.

    Ikigo cya leta gicunga peteroli n'ingufu ni SOCAR (State Oil Company of Azerbaijan Republic), mu gihe umushinga uzwi cyane ari Azeri—Chirag—Gunashli (ACG) oil field, ari na wo mushinga munini wa peteroli muri Caspienne, ukorwamo n'amakompanyi nka BP.

    Azerbaijan yubatse imiyoboro minini itwara peteroli, harimo Baku—Tbilisi—Ceyhan pipeline (BTC), itwara peteroli kuva i Baku (Azerbaijan), igaca muri Georgia, igasohokera ku nyanja ya Mediterane muri Turukiya.

    Ubucukuzi bwa Peteroli ni kimwe mu bibumbatiye ubukungu bwa Azerbaijan

    Azerbaijan ni kimwe mu bihugu bifite ubucukuzi bwa Peteroli bwihagazeho

    9. Idini, imiyoborere n'imitegekere

    Nubwo abaturage barenga 90% muri Azerbaijan ari Abayisilamu, ni igihugu kigendera ku mahame adashingiye ku idini. Itegeko nshinga ntiryemerera Leta kugendera ku mahame y'idini runaka. Abaturage bafite ubwisanzure mu myemerere, ariko Leta ikayoborwa hatabayeho guha idini runaka imbaraga.

    Bivugwa ko abaturage b'iki gihugu nibura hagati ya 93—99% bafite imyemerere ya kisilamu aho abayisilamu b'aba-Shia bari hagati ya 55-65% naho aba-Sunni bakaba bari hagati ya 35-45%.

    Hejuru ya 90% by’abaturage ba Azerbaijan ni abayisilamu

    10. Ibendera rinini

    Mu murwa mukuru Baku hari agace bita 'State Flag Square', ahantu hanini cyane hari ibendera rinini ry'igihugu. Ryabaye ikimenyetso gikomeye cy'ishema n'icyubahiro by'Azerbaijan.

    Azerbaijan rero ni igihugu gifite umwihariko, uhereye ku muriro w'iteka, ibirunga bivubukamo ibyondo, amateka y'uburinganire, kugeza ku muco w'icyayi no ku bikorwa bikomeye bya peteroli.

    Uruzinduko rwa Perezida Kagame rugaragaza uburyo u Rwanda n'iki gihugu bishobora gufatanya mu iterambere, umuco no mu bucuruzi.

    Ni uku ahantu hari ibendera ry’igihugu hagaragara

    Ahantu hagenewe ibendera ry’igihugu hazwi nka National Flag square i Baku


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/paul-kagame-yasuye-azerbaijan-ibintu-10-bidasanzwe-ukwiye-kumenya-kuri-iki

  • Umujyi wa Kigali ubereyemo abaturage arenga miliyoni 177 Frw akomoka ku mpushya zo kubaka – #rwanda #RwOT

    Ni ibyagaragajwe n'isesengura ryakozwe na Komisiyo y'Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n'Ibidukikije ku isesengura ryakozwe n'umugenzuzi mukuru w'imari ya leta ku itangwa ry'impushya zo kubaka n'igenzura ry'inyubako mu Mujyi wa Kigali.

    Igenzura ricukumbuye ryakozwe n'Umugenzuzi Mukuru w'Imari ya Leta muri Mata 2025 ku itangwa ry'impushya zo kubaka n'igenzura ry'inyubako mu Mujyi wa Kigali.

    Ryakorewe mu turere dutatu tugize Umujyi wa Kigali ku mpushya zo kubaka zatanzwe kuva muri Nyakanga 2021 kugeza mu Ukuboza 2024.

    Abadepite basanze harimo ibibazo by'ingutu mu itangwa ry'impushya zo kubaka birimo ibishushanyombonera byimbitse (Physical Plans) bitakozwe ku buso bwari buteganyijwe mu cyiciro cya mbere, ubukererwe mu kwemeza ibishushanyo mbonera byimbitse, Ibishushanyo mbonera byimbitse byemejwe ku buryo bunyuranije n'igishushanyo mbonera cy'Umujyi wa Kigali n'ibibazo mu gukora inyemezabwishyu z'impushya zo kubaka.

    Hagaragaye kandi ibibazo byo kudahuza ubuso bw'ibishushanyo mbonera by'ahagenewe kubakwa n'uburi ku mpushya zo kubaka zatanzwe, gutanga ibisubizo bituzuye ku basabye impushya zo kubaka n'inyubako zubatswe hatabayeho ubugenzuzi bw'imisingi yazo bwemewe n'inzego zibifitiye ububasha no gutangira gukorera mu nyubako zuzuye nta burenganzira.

    Mu bibazo byagaragajwe kandi harimo ibibazo byagaragaye mu mpushya zishyuzwa ku buryo budakwiye, amafaranga Leta yahombye kubera imikorere itari myiza ndetse n'abaturage batswe amafaranga y'umurengera.

    Mu biganiro n'Abadepite bagize Komisiyo, Abayobozi b'Umujyi wa Kigali basobanuye ko kwishyuza mu buryo budakwiye byatewe n'imikorere ya BPMIS, ikoranabuhanga ryifashishwaga mu gutanga impushya zo kubaka. Bwavuze ko yamaze kuvugururwa kandi ko ibyo bibazo byakemutse.

    Hongeweho ko abaturage basabwe amafaranga arenze ayo bagombaga gutanga bakwiye kuyasubizwa guhera mu mwaka w'ingengo y'imari wa 2025-2026, hakanatekerezwa uburyo amafaranga ya Leta na yo azagaruzwa.

    BPMIS yari yagaragawemo ibibazo byinshi birimo ibyo gutanga impushya zarangije igihe zagenewe zitari zemezwa, impushya zatanzwe zirengeje imyaka itanu iteganywa n'Iteka rya Minisitiri, ubusabe butandukanye bufite uruhushya rumwe, impushya zitandukanye zatanzwe ku busabe bumwe, kwisubiramo kw'amakuru muri BPMIS, BPMIS idakozwe ku buryo ikumira abashaka kuyinjiramo batabifitiye uburenganzira no kudatandukanya inshingano z'abashinzwe ikoreshwa rya BPMIS.

    Ibyo byatumye Umujyi wa Kigali wishyuza abaturage amafaranga y'umurengera agera kuri miliyoni 177,1 Frw bataragombaga kuyishyura.

    Byanagaragaye kandi ko hari amafaranga atarinjiye mu isanduku ya Leta yagombaga kujyamo ashingiye ku itangwa ry'ibyangombwa byo kubaka angana na 14.380.000 Frw.

    Nyuma y'uko hakozwe iryo sesengurwa bikagaragara ko hari amafaranga y'umurengera yatswe abaturage ku mpushya z'ibyangombwa byo kubakwa, Inteko Ishinga Amategeko yatoye umwanzuro usaba ko agomba gusubizwa abaturage ndetse ayo Leta yahombye na yo akagaruzwa.

    Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w'Abadepite wasabye Minisiteri y'Ubutegetsi bw'igihugu kugaragaza ingengabihe (roadmap) y'Umujyi wa Kigali igaragaza igihe kugaruza amafaranga atarinjiye mu isanduku ya Leta 14.380.000 Frw no gusubiza abaturage amafaranga arenze ayo bagombaga gutanga angana na 177.165.500 Frw ku mpushya zo kubaka bizarangirira.

    Yasabwe kandi kugaragaza ingamba Umujyi wa Kigali wafashe zo kunoza itangwa ry'impushya zo kubaka hagamijwe kwirinda gukomeza gusiragiza abazisaba.

    MINALOC kandi yasabwe kubikora mu gihe kitarenze amezi abiri gusa uhereye igihe umwanzuro wafatiwe.

    Iyo Minisiteri kandi yasabwe, gusaba Umujyi wa Kigali gukemura ikibazo cy'inyubako zikomeza kubakwa zidakorewe igenzura ry'imisingi n'izitangira gukorerwamo zitabiherewe uburenganzira, hagamijwe kwirinda ingaruka zaterwa n'izo nyubako.

    Inteko Ishinga Amategeko yasabye Umujyi wa Kigali kwishyura vuba miliyoni 177 Frw zishyujwe abaturage bitari ngombwa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/byagenze-bite-ngo-umujyi-wa-kigali-wishyuze-abaturage-arenga-miliyoni-177-frw

  • Imishinga y'amashyanyarazi u Rwanda rugiye gushoramo miliyari 1$ – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro na RBA ubwo haganirwaga ku biciro bishya by'amashanyarazi byavuguruwe. Ibiciro byavuye ku giciro fatizo cya 186 Frw kuri kilowatt kigera kuri 214 Frw kuri kilowatt.

    Urwego rw'ingufu mu Rwanda rwateye imbere ku buryo bigaragara. Mu 2000 abagerwaho n'amashanyarazi bari 2% mu 2010 ari 10% uyu munsi u Rwanda rukaba rugeze kuri 85%. Ni intambwe ikomeye kuko mu bihugu byo mu Karere byose biri munsi ya 75%.

    Uku kwiyongera k'abagerwaho umuriro bijyana no kongera ingano y'amashanyarazi akorwa, imiyoboro unyuzwamo n'ibindi. Uyu munsi u Rwanda rugeze ku gukora amashanyarazi angana na megawatt 460.

    Amashanyarazi akomoka ku ngomero z'amazi mu Rwanda angana na megawatt 109,66 bingana na 24% by'umuriro wose, ava kuri gaz methane angana na megawatt 85,79 bingana na 18% by'umuriro wose.

    Amashanyarazi akomoka kuri nyiramugengeri angana na megawatt 85, angana na 18%, n'akomoka ku mirasire y'izuba ungana na megawatt 12 bingana na 3%.

    U Rwanda kandi rubona megawatt 39 unagana 8% ava mu mishinga rufatanyije n'ibindi bihugu, rugatumiza mu mahanga umuriro wa megawatt 106,1 (uva Uganda) 23%, icyakora rukataje mu mishinga itandukanye izafasha kugeza amashanyarazi ku baturage ku kigero cya 100%.

    Minisitiri Murangwa ati 'Bizadusaba hafi miliyari 1$ yo gushora muri icyo gihe. Bizadufasha nk'igihugu kugira ngo imirimo iboneke ibyo twifuza byinshi tubikorere mu Rwanda n'ingo zisigaye na zo zibone umuriro.'

    Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Yusuf Murangwa yavuze ko hagiye gushorwa miliyari 1$ mu mirimo yo gutunganya amashanyarazi

    Amashanyarazi u Rwanda ruteganya n'ay'amoko atandukanye. Rwiyemeje ko bitarenze mu 2028 ruteganya ko ruzababona megawatt 57,7 zikomoka ku ngomero z'amazi.

    Bizagirwamo n'uruhare runini n'Urugomero rwa Nyabarongo II ruzatanga amashanyarazi angana na megawatt 43,5 ndetse rufiteho 'dam' izafasha kubika amazi kugira ngo rujye rukora ingano y'amashanyarazi imwe mu gihe cyose kandi ayo mazi yifashishwe mu bikorwa byo kuhira.

    Ruri kubakwa ku buso bwa hegitari 600 mu turere twa Rulindo na Gakenke mu Majyaruguru ndetse na Kamonyi mu Majyepfo ukazarangira bitarenze mu 2028.

    U Rwanda rusanzwe rufite imishinga y'amashanyarazi migari irimo Nyabarongo II, Rusizi III, yose yitezweho gutanga amashanyarazi menshi ku gihugu.

    U Rwanda kandi ruri guteganya megawatt 200 zizakomoka ku mu shinga w'ingufu zikomoka ku mirasire y'izuba.

    Biteganyijwe ko inyigo y'ibanze ku mushinga w'amashanyarazi akomoka ku mirasire y'izuba izarangirana na 2025 ku buryo mu 2026 hazaba hatangiye kubonwa icyerekezo.

    Ni amashanyarazi azajya atunganywa ariko akanabikwa kugira ngo akoreshwe mu gihe cyagenewe cyane cyane mu ijoro.

    Hitezwe kandi na megawatt 136 z'amashanyarazi azaturuka kuri gaz méthane, na megawatt 100 zizaturuka mu baturanyi bijyanye n'ubufatanye busanzweho n'izindi megawatt 162 zizajya viza mu karere.

    U Rwanda kandi rufite umushinga ukomeye cyane wa megawatt 440 w'amashanyarazi akomoka ku ngufu za nucléaire bitarenze mu 2032.

    Ni umushinga mugari cyane kuko bitarenze mu 2030, u Rwanda ruzaba ruri mu bihugu bike muri Afurika bifite uruganda rutunganya amashanyarazi akomoka ku ngufu za nucléaire.

    U Rwanda rwiteze megawatt 136 z'amashanyarazi azaturuka kuri gaz méthane

    Ni umushinga wo kubaka inganda nto zitunganya izi ngufu zizwi nka 'Small Modular' na 'Micro Reactors' zidakenera ubuso bunini, zigatanga umusaruro utubutse ndetse zitagira ingaruka ku baturage. Rumwe rukenera nk'abakozi bari hagati ya 220 na 250, bakora mu byiciro bine.

    Biteganyijwe ko abakozi 234 bazaba bakenewe gukora muri urwo ruganda ruzaba twanabagize mu 2028.

    Ni mu mushinga mugari wo kwimakaza ingufu za nucléaire mu kwihaza ku ngufu kuko kugira ngo u Rwanda rugere ku cyerekezo 2050, aho ruzaba ruri mu bihugu bikize, ruzakenera gukora amashanyarazi angana na 'gigawatt' eshanu.

    Ni imishinga izafasha u Rwanda kugera ku cyerekezo 2035 aho ruzaba ruri mu bihugu bifite ubukungu bugereranyije nta bibazo byo kubura umuriro ngo ni uko udahagije.

    Kugeza uyu munsi 60% by'amashanyarazi akorerwa mu Rwanda uturuka mu nganda z'abikorera bigatuma leta iyagura ku giciro kiri hejuru kugira ngo iyatange akoreshwe.

    U Rwanda kandi rufite andi mahirwe yo kuba rubarizwa mu muryango uzwi nka 'Eastern Africa Power Pool' ugizwe n'ibihugu 13 byo muri Afurika y'Iburasirazuba mu rwego rw'imihahiranire mu bijyanye n'ingufu.

    Bisobanuye ko niba nka Ethiopia iherutse kunguka Urugomero ruzwi nka Grand Ethiopian Renaissance Dam (GERD) ruzajya rutanga megawatt 5.150 kuko na yo ari umunyamuryango, u Rwanda na rwo rushobora kuyungukiraho ariko na bo bakungukira ku yo u Rwanda rukora.

    Kugeza ubu amashanyarazi angana na 60% u Rwanda ruyagura mu bikorera. Kuba abikorera bafite uruhare rungana uko binatuma ibiciro biniyongera. Inkuru nziza ni uko iyi mishinga yose ari iya leta, bikazafasha mu kugenzura neza bya biciro kuko izaba igura amashanyarazi make.

    Hafi 60% by’amashanyarazi yo mu Rwanda atunganywa n’inganda z’abikorera


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/imishinga-y-amashyanyarazi-u-rwanda-rugiye-gushoramo-miliyari-1

  • Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Azerbaijan – #rwanda #RwOT

    Uyu musangiro ku ruhande rw'u Rwanda witabiriwe kandi n'Umuyobozi Wungirije w'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere, Juliana Kangeli Muganza, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe na Ambasaderi w'u Rwanda muri Azerbaijan, Lt Gen (Rtd) Charles Kayonga.

    Uretse gusangira abakuru b'ibihugu byombi bashimye umubano uri hagati y'u Rwanda na Azerbaijan, ndetse bemeranya ko ubufatanye bukwiriye kurushaho gushimangirwa mu nzego zirimo ubukungu, ubucuruzi, umuco, ubuhinzi, ubukerarugendo n'ibindi.

    Perezida Paul Kagame yageze i Baku muri Azerbaijan, ku wa 19 Nzeri 2025.

    Uruzinduko rwe rwasize Guverinoma y'u Rwanda n'iya Azerbaijan zigiranye amasezerano atanu y'ubufatanye mu buhinzi, uburezi, serivisi z'itumanaho ryifashishwa mu kirere, ubucuruzi n'imitangire ya serivisi.

    Perezida Kagame yabwiye Aliyev wa Azerbaijan ko u Rwanda ruzakora ibishoboka kugira ngo aya masezerano atange umusaruro yitezweho.

    Ati 'Bwana Perezida, mumenye ko mufite inshuti muri Afurika, mu Rwanda, bityo rero dushaka gukoresha aya mahirwe y'ubufatanye n'ubucuti bwacu hagati yawe nanjye, n'ibihugu bibiri, kugira ngo twihute tugana ku iterambere.'

    Perezida Aliyev yagaragaje ko u Rwanda na Azerbaijan ari inshuti nziza, kandi ko yishimiye ko umubano w'ibihugu byombi watangiye mu 2017 ushingiye ku musaruro.

    Perezida Paul Kagame yaherukaga i Baku muri Azerbaijan, mu Ugushyingo 2024, ubwo yari yitabiriye inama ya 29 y'Umuryango w'Abibumbye yiga ku kurwanya imihindagurikire y'ikirere, COP29.

    Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Azerbaijan


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yakiriwe-ku-meza-na-mugenzi-we-wa-azerbaijan

  • Isoko nyambukiranyamipaka rya Rusizi I ryatangiye kwangirika – #rwanda #RwOT

    Ni ibibazo bikekwa ko byaba byaraturutse ku myubakire itanoze, imicungire mibi yaryo cyangwa bikaba bituruka ku miterere y'ubutaka ryubatseho kuko aho ryubatse hasa no mu gishanga.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu, Kayisire Marie Solange, ku wa 19 Nzeri 2025, yasuye amasoko nyambukiranyamipaka yo mu Karere ka Rusizi arimo irya Rusizi I n'irya Bugarama, ari kumwe n'abandi bayobozi barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Iburengerazuba Uwambajemariya Florence n'Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel.

    Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yavuze ko inzu ikoreramo Isoko Nyambukiranyamipaka rya Rusizi I yubatswe hagamijwe kongera urujya n'uruza rw'abantu n'ubucuruzi hagati y'u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo ndetse ko iyo nteko u Rwanda rukiyikomeyeho.

    Ati 'Imbogamizi zagaragaye nko kuba harimo abacuruzi bake, ni ikibazo cy'uko abantu batari barabashije kwegerana ngo bicare bashyireho ingamba zituma abacuruzi bacu bakorera muri iriya nyubako'.

    Meya Sindayiheba yavuze ko imbogamizi zagaragajwe bagiye gutangira kuziganiraho n'Urugaga rw'Abikorera mu Karere ka Rusizi n'abacuruzi bake bahari kugira ngo Akarere kabafashe kuzikemura.

    Ati 'Tuzashyira imbaraga mu bicuruzwa bituruka mu Karere kacu ka Rusizi birimo inyama, imboga, imbuto n'amata. Ibyo byose ni ibicuruzwa bishobora gucururizwa muri ririya soko nyambukiranyamipaka'.

    Iri soko rigiye gusanwa

    Urebesheje amaso ubona kuri iri soko nyambukiranyamipaka rya Rusizi I hari inkingi zo ku ruhande zacitsemo kabiri, ndetse n'imbere mu byumba hari ahagiye hasatagurika.

    Nubwo biri uko ariko, Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel, yavuze ko raporo y'abahanga yakozwe kuri iri soko yagaragaje ko ibyo bimenyetso byo kwangirika birigaragaho bitaribuza gukomeza gukorerwamo.

    Ati 'Iyo raporo y'abahanga twabonye, iratuma uyu munsi bike mu bikwiye gukosorwa tubikosora, tukarushaho no kwegeranya abacuruzi kugira ngo bakore. Mu bikwiye gukosorwa harimo kunoza amarangi, kuyobora amazi y'imvura kugira ngo ye gukomeza gushoka ku nkuta, n'ibindi byoroheje'.

    Meya Sindayiheba yavuze ko bagiye no gukorana n'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe imyubakire (RHA) kugira ngo kigaragaze n'ibindi byakosorwa.

    Ati 'Ariko uko inyubako imeze uyu munsi ni inyubako ifite umutekano, ahubwo ibindi tuzongeramo ni ama-camera adufasha gucunga umuteka, kuko nk'uko mwabibonye iriya nyubako nta camera ifite'.

    Isoko Nyambukiranyamipaka rya Rusizi I ryuzuye mu 2017 ritwaye arenga miliyari 1Frw. Kuva mu 2017 kugera mu 2019, Abanyekongo bazaga kurihahiramo. Aho icyorezo cya COVID-19 cyadukiye, Abanyekongo bagumye iwabo, Abanyarwanda babashyirayo ibicuruzwa isoko ribura abarikoreramo kuko nta bakiriya bahagije rikigira.

    Inkingi zo hanze zatangiye gusaduka

    Imbere mu byumba by’iri soko naho hagaragara ahagiye hasaduka

    Isoko nyambukiranyamipaka rya Rusizi I rigiye gushakirwa abarikoreramo

    Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC, Kayisire Marie Solange yasuye isoko mpuzamipaka rya Rusizi I


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/isoko-nyambukiranyamipaka-rya-rusizi-i-ryatangiye-kwangirika

  • World Vision izageza amazi, isuku n'isukura ku baturage barenga miliyoni mu myaka itanu – #rwanda #RwOT

    Ubushakashatsi bwa karindwi ku Mibereho y'Ingo muri Rusange (EICV) buheruka gusohorwa n'Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurirashamibare (NISR) ku wa 16 Mata 2025, bwagaragaje ko abagera ku mavomo rusange bakoresheje iminota iri munsi ya 30 bagera kuri 68% mu gihe 21% bakoresha iminota iri hejuru ya 30 ngo bagere ku ivomo cyangwa isoko y'amazi meza.

    Imibare ikubiye muri ubu bushakashatsi igaragaza ko hakiri urugendo kugira ngo abantu bose bo mu Rwanda babashe kugerwaho n'amazi meza bitabasabye kuzamuka imisozi.

    Ni muri urwo rwego World Vision isanzwe ifite intego yo kugeza amazi meza ku baturage yamurikiye abafatanyabikorwa bayo igenamigambi ry'imyaka itanu yo kugeza amazi meza,isuku n'isukura mu bice by'u Rwanda bikiri inyuma.

    World Vision yamuritse igenamigambi ry'imyaka itanu yo kugeza amazi meza isuku n'isukura binyuze mu mushinga w'uyu muryango, WASH, uzatangira gushyirwa mu bikorwa mu Ukwakira 2026 kugeza 2030.

    Umuyobozi wa World Vision ushinzwe ibikorwa, Innocent Mutabaruka, yasabye abafatanyabikorwa gushora mu bikorwa byo kugeza amazi meza ku baturage mu rwego rwo kugabanya imibare y'abantu byatwaraga iminota myinshi kugira ngo bagere ku mazi meza.

    Ati 'Turashishikariza n'abandi bikorera ku giti cyabo nk'amabanki mu rwego rwo kugira ngo badufashe muri iyi gahunda yo kugeza amazi meza ku Banyarwanda bose. Mu myaka itanu turateganya ko hazashyirwamo miliyari 49 Frw muri ibyo bikorwa ariko ayo mafaranga hari ayo tuzatanga andi atangwe n'abafatanyabikorwa bandi barimo Leta n'abandi bikorera.'

    Yakomeje avuga ko binyuze mu bufatanye n'abafatanyabikorwa ba World Vision abagera kuri miliyoni 2,5 bazafashwa kubona amazi meza, ubwiherero n'ubukarabiro bwujuje ibisabwa.

    Ati 'Turateganya ko binyuze muri iyi gahunda abagenerwabikorwa bazagezwaho amazi meza bazaba bagera kuri miliyoni 2,5.'

    Mutabaruka yakomeje avuga ko World Vision binyuze mu bufatanye na Leta y'u Rwanda ingo abarenga miliyoni 1 bazagezwaho amazi meza.

    Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y'Ibikorwaremezo, ushinzwe amazi, isuku n'isukura, Eng. Gemma Maniraruta, yahamagariye ibigo by'ubucuruzi kwigira kuri World Vision mu kugeza amazi meza ku Banyarwanda bose.

    Ati 'Abafatanyabikorwa mwese muri hano turabasaba gushora imari mu bikorwa byo kugeza amazi meza ku baturage kugira ngo dufashe igihugu cyacu kugera ku ntego cyihaye y'uko abaturage bose bakwiye kugira amazi meza ndetse akagera mu bice byose by'u Rwanda.'

    Ubushakashatsi bwa karindwi ku Mibereho Rusange y'Ingo (EICV7), bwagaragaje ko Abanyarwanda bagerwaho n'amazi meza bageze kuri 90% bavuye kuri 87% mu 2017.

    Umuyobozi wa World Vision ushinzwe ibikorwa, Innocent Mutabaruka, yasabye abafatanyabikorwa gushora mu bikorwa byo kugeza amazi meza ku baturage mu rwego rwo kugabanya imibare y'abantu bakoresha iminota myinshi bajya kuvoma

    Umuyobozi ushinzwe porogaramu muri BK Foundation, Pascal Nkurunziza, yari yitabiriye iki gikorwa

    Habaye ibiganiro nyunguranabitekerezo ku buryo ibikorwa by’amazi, isuku n’isukura bizagezwa ku baturage mu gihugu mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere

    World Vision irateganya kugeza amazi,isuku n’isukura ku baturage 1,3 miliyoni mu myaka itanu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/world-vision-izageza-amazi-isuku-n-isukura-ku-baturage-barenga-miliyoni-mu