Category: Uncategorized

  • Ni we ufite inzu ndangamurage rukumbi itari iya leta: Inkuru ya Ngabo wiyeguriwe ubugeni – #rwanda #RwOT

    Kuko bamwe baba bararayabayemo kandi ari ngombwa ko bayiga mu buryo bwose butandukanye ni yo mpamvu hashyirwaho inzu ndangamurage zirimo ibyaranze amateka y'igihugu kugira ngo buri wese ayamenye ayasobanurire n'abanyamahanga.

    Mu Rwanda usanga inzu ndangamurage hafi ya zose ari iza Leta, ugasanga izashinzwe n'abikorera ari mbarwa. Byatumye Ngabo King yiyemeza gushinga inzu ndangamurage agamije kwerekana ibyaranze u Rwanda mu bihe bitandukanye.

    Yabikoze kandi kugira ngo atange ubumenyi abinyujije mu buhanzi n'ubugeni yigishe amateka n'umuco Nyafurika ariko yahereye ku yo mu Rwanda, bimwe bw'ijya kurisha ihera ku rugo.

    Ngabo avuga ko yashinze Museum Ingabo muri 2023, igitekerezo agikuye ku gihangano yari yakoze cyitwa 'ISALIYUTI' kivuga urugendo rw'Inkotayi rwo kubohora igihugu.

    Muri 'Museum Ingabo', harimo ibihangano bikubiye mu byiciro bitandukanye, birimo icyo yise 'Kamwe'. Ni igitekerezo gishingiye ku nkuru y'umwambaro umwe wambawe mu minsi 100 ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ikindi kiri mu by'ingenzi muri iyi nzu ni inzira y'inzitane ari na yo unyuramo mbere yo kuhinjira. Igisobanuro cyayo ni urugendo rw'imyaka 30 kuva 1994 kugeza muri 2024, u Rwanda rwanyuzemo mu kwiyubaka.

    Ngabo ati 'Mbere y'uko ntangira Museum Ingabo, hari igihangano nari nakoze gishyirwa mu nzu ndangamurage y'igihugu, ni ho amatsiko yatangiye yo kwibaza niba nakora inzu ndangamurage, mbaza ababishinzwe, barambwira ko barabona nabishobora ariko nari mfite imbogamizi z'ubushobozi.'

    Mu gihe yibazaga aho azakorera, yateguye imurikabikorwa ryitabirwa abarimo Clare Akamanzi, wayoboraga Urwego rw'Igihugu rushinzwe Iterambere, RDB, ubwitabire bw'uyu muyobozi bumubera inzira y'ibikorwa afite n'ubu.

    Ati 'Yambajije ikibazo cyampinduriye ubuzima. Yarambajije ngo inzozi zanjye ni izihe, mubwira ko ari ugushinga inzu ndangamurage.'

    Ngabo akomeza avuga ko Akamanzi yamubajije icyo abura, amwereka ibitekerezo ariko amubwira ko imbogamizi ari uko ntaho gukorera afite.

    Icyo gihe RDB n'Umujyi wa Kigali bamuhaye aho gukorera haherereye ku musozi wa Rebero, atangira ubuzima atyo, ndetse uyu munsi abantu barahasura bagasobanurirwa amateka.

    Icyakora haracyari imbogamizi z'abatarumva umumaro w'abahanzi by'umwihariko abanyabugeni, bigatuma n'abana batabona ubwo bumenyi kuko abakabaye babibereka banababwira umumaro wabyo na bo batabizi.

    Ati 'Abantu twakira baracyari bake, kubera ko batari bumva umumaro w'ibihangano n'inkuru haba ku bana babo cyangwa kuri bo muri rusange. Inzu ndangamurage zagenewe abantu bose, ariko abarezi n'ababyeyi ntabwo bari bumva umumaro w'umuhanzi, biragoye ko tubona abantu baza kuhasura bisanzwe nk'uko ahandi biba bimeze ku Isi, uyu munsi twakira amashuri n'abakerarugendo baba baje muri Mujyi wa Kigali.'

    Hari n'imbogamizi z'uko hari abumva ko ibigo by'ubugeni atari ahantu nyaburanga kuko usanga iyo inzego za leta zamamaza ahantu nyaburanga bo batibukwa, kandi na bo bagira uruhare runini rwo kwigisha amateka.

    Ikindi ni uko uyu munyabugeni agaragaza ko ibihangano bye byose bigurishwa cyane mu mahanga ari na ho atanga imisoro myinshi, ibigurishirizwa mu Rwanda bikaba bike, bigatuma atadanga umusanzu we ku kubaka u Rwanda nk'uko abyifuza.

    Ati 'Nshobora gutanga igihangano cyanjye bakajya kukigurisha mu mahanga, bakabishyura miliyoni 10Frw, njyewe nkakira miliyoni 3 Frw, izindi ebyiri akaba ari imisoro y'icyo gihugu, andi asigaye abangurishirije bakayagabana, ugasanga njyewe mu gihugu cyanjye ntanzemo imisoro mike cyane.'

    Impamvu y'ibyo byose ni uko nta bigo by'ubugeni bihari ku buryo abantu baturutse mu mahanga bashobora kuza bakabona ibyo bihangano, bakabigurira mu Rwanda misoro yose igatangirwa mu Rwanda.

    Icyakora nubwo ahura n'imbogamizi zitandukanye, ntabwo yacitse intege. Akomeje kugerageza uko ashoboye ndetse avuga ko yiteguye gukomeze akagera ku ntego ze.

    Ngabo yavuze ko ari gushaka amikoro ngo bubake ikigo kigezweho kizajya cyakira abahanzi, abashakashatsi, abakora ibijyanye n'ikoranabuhanga 'kugira ngo duhurize hamwe turebe ikintu twatangaho umusanzu tugikore tunakore ibintu bishya.'

    Ngabo King yanze gucika intege yiyemeza gutanga ubumenyi abinyujije mu buhanzi ashinga inzu ndangamurage

    Aha ni mu gice cy’inzu ndangamurage ya Ngabo King kigaragaza ibikoresho by’umuziki gakondo

    Izi ngunguru zitondetse muri ubu buryo zigaragaza inzira y’inzitane isobanura urugendo u Rwanda rwanyuzemo rwiyubaka mu myaka 31 ishize

    Kamwe ni igihangano gishingiye ku mwambaro wambawe mu minsi 100 ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

    Inanga nk’igikoresho cyifashishwa mu gucuranga umuziki gakondo kiri mu biri muri Museum Ingabo

    Ngabo King ni we wenyine ufite inzu ndangamurage itari iya Leta

    Mu nzu ndangamurage ya Ngabo harimo ibihangano bivuga inkuru zitandukanye zigaruka ku muco Nyarwanda n’uwa Afurika muri rusange


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ni-we-ufite-inzu-ndangamurage-rukumbi-itari-iya-leta-inkuru-ya-ngabo-wiyeguriwe

  • Urubyiruko rwatojwe na AEGIS rwinjiye mu rugamba rwo gukora ibikorwa biharanira amahoro – #rwanda #RwOT

    Uru rubyiruko rwishyize hamwe rukora ihuriro 'Peace Ambassadors Network Kigali' aho rugenda rukora ibikorwa bitandukanye birimo gukemura amakimbirane yo mu miryango, gukura abana mu mihanda, kwigisha urubyiruko kubungabunga amahoro, no kumenya amateka.

    Umuhuzabikorwa w'iri huriro mu Mujyi wa Kigali, Aline Happy Nzamukosha, yasobanuye ko urubyiruko rwinshi rwitiranya amahoro n'umutekano nyamara umutekano ari kimwe mu bigize amahoro.

    Yagize ati 'Iyo tuvuze amahoro tuba tuvuze umutekano, iterambere, imibereho myiza, n'urukundo. Ibyo byose ubihurije hamwe ni byo bibyara amahoro, kuko buriya umuntu ufite umutekano adafite iterambere cyangwa imibereho myiza nta mahoro yuzuye aba afite.'

    Akomeza avuga ko bibanda ku rubyiruko kuko ' ari rwo rwinshi mu gihugu ndetse arirwo mbaraga z'ejo. Bivuze ko igikorwa urubyiruko rwagiramo uruhare cyagira imbaraga kurushaho, ubundi tukabinyuza mu bintu urubyiruko rukunda nk'ubuhanzi, imbyino, ikinamico n'ibindi.'

    Uru rubyiruko mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe amahoro uba ku wa 21 Nzeri buri mwaka, rwateguye iserukiramuco rigamije gukangurira urubyiruko kubungabunga amahoro ariko runerekana ibyo rwagezeho mu gihe rumaze rukora ibikorwa byo kubungabunga amahoro.

    Claudette Uwizeye wigisha uru rubyiruko, yavuze ko hari abo bafashe barabaswe n'ibiyobyabwenge, abandi bafite ibibazo byo mu miryango birimo amakimbirane ndetse n'ubukene bashyirwa hamwe mu matsinda barahugurwa, ndetse bafashwa gukora imishinga iciriritse ituma biteza imbere.

    Ati 'Twagiye tubashyira mu matsinda hanyuma tugenda dukora imishinga itandukanye ibafasha kwiteza imbere. Nko mu karere ka Rwamagana urubyiruko rwakoze umushinga w'ubworozi bw'ingurube, inkoko inkwavu n'ibindi ku buryo bagenda borozanya bose bakabasha kugera ku iterambere.'

    Umuyobozi wa AEGIS mu Rwanda, Munyantwali Alphonse, yavuze ko aho uru rubyiruko rugeze ari aho kwishimira ndetse ibikorwa byarwo byivugira.

    Ati 'Aba bateguye iki gikorwa cyitwa 'turi umwe festival' ni abagiye bafata ingamba zo kugira icyo bakomeza gukora atari ukugira indangagaciro zo kubaka amahoro no gukumira ibyahungabanya amahoro gusa, ahubwo na bo bafashe umugambi wo gukora ibikorwa bigera ku bandi kugira ngo na bo bagire urwo ruhare.'

    Akomeza avuga ko uyu ari umusaruro w'amahugurwa bahawe kuko mu byo babatoza harimo no kumenya uruhare rwa buri wese mu kubungabunga amahoro ndetse no kuyasigasira cyane ko mu batozwa harimo n'ababyeyi ndetse n'abarezi ku buryo imbaraga zabo zose zihurizwa hamwe.

    AEGIS Trust Rwanda imaze imyaka 17 mu Rwanda ikora ibikorwa byo kwigisha urubyiruko ibikorwa byo kubungabunga amahoro no kuyaharanira.

    Urubyiruko ruri mu ihuriro rya 'Peace Ambassadors Network Kigali' ni urwahuguriwe mu turere turindwi turimo Gatsibo, Rwamagana, Kayonza, Bugesera, Kicukiro, Nyarugenge, na Gasabo.

    Urubyiruko rwerekana imishinga mito rwakoze

    Urubyiruko rutandukanye rwatojwe na AEGIS Trust Rwanda rwiyemeje gukora ibikorwa byo kubungabunga no gusigasigasira amahoro mu turere ruturukamo

    Ihuriro Peace Ambassador Network Kigali rikora ibikorwa bitandukanye biromo ubuhanzi, ikinamico, imbyino n'ibindi bigamije gukangurira urubyiruko guharanira amahoro

    Umuhuzabikorwa Peace ambassadors network Kigali mu Mujyi wa Kigali, Aline Happy Nzamukosha yavuze ko kugira ubuzima bwiza biri mu bigize amahoro

    Umuyobozi wa AEGIS mu Rwanda, Munyantwali Alphonse, yasabye urubyiruko kudahagarara no kutirara mu kubungabunga amahoro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/urubyiruko-rwatojwe-na-aegis-rwinjiye-mu-rugamba-rwo-gukora-ibikorwa-biharanira

  • Icyo rutahizamu wa Rayon Sports yasabye ubuyobozi #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa Rayon Sports, Habimana Yves yasabye ubuyobozi bw’iyi kugumya kubaba hafi bakabashyigikira ko na bo bazasezerera Singida Black Stars.

    Yves Habimana yavuze ko nta bintu byinshi babuze ku mukino ubanza ahubwo ari amahirwe make bagize aho Singida yabonye amahirwe ikayabyaza umusaruro bityo ko nabo bagiye kwicara bakiga kubitagenze neza bakabikosora.

    Kuba babasha gutsindira Singida Black Stars muri Tanzania, yabwiye ISIMBI ko bishoboka cyane.

    Ati “Birashoboka, birashoboka nk’uko bagize amahirwe bagatsindira hano, natwe twajyayo tugatsinda nta gikomeye.”

    Yasezeranyije abakunzi b’iyi kipe ko kuba batishimye babyumva bagiye gukora ibishoboka bakazabashimisha mu mukino wo kwishyura.

    Yavuze ko ubu nta kindi yasaba ubuyobozi bwa Rayon Sports uretse kugumya kubaba hafi nk’uko bubikora.

    Ati “Nta kindi nabusba, ni ukugumya kutuba hafi nk’uko bubikora, umukino wo kwishyura uzagenda neza.”

    Rayon Sports izakina umukino wo kwishyura udafite rutahizamu ngenderwaho, Ndikumana Asman wavunikiye mu mukino ubanza.

    Uyu mukino wo kwishyura uteganyijwe tariki ya 26 Nzeri 2025 muri Tanzania, Rayon Sports kugira ngo ikomeze ikaba isabwa gutsinda uyu mukino kandi ibitego biri hejuru ya kimwe.

    Yves Habimana yasabye ubuyobozi gukomeza kubaba hafi

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11904

  • Nywa amazi birashira – Nduhungirehe ku mudepite w’Umubiligi wababajwe n’uko u Rwanda rwakiriye UCI #rwanda #RwOT

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yasubije Umudepite w’u Bubiligi Lydia Mutyebele Ngoi, waneze ko u Rwanda rwahawr kwakira Shampiyona y’Isi y’amagare, ko bagenzi be b’Ababiligi baryitabiriye ubu bishimye.

    Abinyujije kuri Twitter, Lydia Mutyebele Ngoi, yagaragaje ko u Rwanda rutari rukwiye kwemererwa kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare arushinja guhonyora uburenganzira bwa muntu, akifuza ko ruhabwa akato mu mikino nk’uko byakorewe u Burusiya.

    Mu kumusubiza, Minisitiri Nduhungirehe yagize ati “Madamu Mudepite, Ababiligi bagenzi bawe bari i Kigali baragutashya. Umukinnyi wanyu w’indashyikirwa, Remco Evenepoel, na we yatsinze, ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, mu bagabo mu gusiganwa n’ibihe.”

    “Ahasigaye, usome ku mazi ashyushye, ubundi biraza gushira”.

    Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera i Kigali kuva kuri uyu wa 21 Nzeri kugeza ku wa 28 Nzeri 2025, ikaba ari ubwa mbere ibereye ku mugabane wa Afurika mu myaka 104 imaze gukinwa.

    Umubiligi, Evenepoel Remco ni we ejo wegukanye Shampiyona y’Isi mu gusiganwa n’ibihe umukinnyi ku giti cye bizwi nka “Individual Time Trial”.

    Remco Evenepoel, Umubiligi ni we wegukanye ITT

    Olivier Nduhungirehe yasubije Umudepite w’Umubiligi kunywa mazi ko ibibazo afite bishira

    Ababiligi bari benshi baje gushyigikira ikipe ya bo

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11905

  • Ibitaravuzwe ku mukino wa Singida! Uko umutoza wa Rayon Sports atavugirwamo #rwanda #RwOT

    Reka twinjirane gato mu byabanjirije umukino wa Rayon Sports na Singida Black Stars, aho umutoza wa yo, Afhamia Lotfi yanze kugirwa inama.

    Uyu mugabo ukomoka muri Tunisia, abo bakorana bemeza ko iyo yumva inama bamugiriye mbere y’umukino bashobora kuba barabonye umusaruro utandukanye n’uwo babonye wo gutsindwa 1-0.

    Hari mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup aho tariki ya 20 Nzeri 2025, Rayon Sports yari yakiriye Singida Black Stars.

    ISIMBI yamenye amakuru ko mu kwitegura uyu mukino habaye impaka nyinshi hagati ye n’abo bakorana kubera abakinnyi yashakaga kubanza mu kibuga na sisiteme yashakaga gukina.

    Afhamia Lotfi benshi bazi ko akunda sisiteme ya 3-5-2 ni nayo yashaka gukina kuri Singida ariko bamubwira ko abakinnyi afite yibeshye akaba ari yo akina yatsindwa byinshi, yaje kwemera arahindura akina gakondo ya 4-4-2.

    Intambara yaje kuba mu bakinnyi bagomba kubanza mu kibuga, hari ibyemezo yafashe n’ako umuntu yavuga ko inama yagiriwe zose nta n’imwe yakurikije.

    Bamusabye kapiteni, Serumogo Ali Omar yabanza hanze maze ku mwanya we hagakina Nshimiyimana Emmanuel Kabange maze mu mutima w’ubwugarizi hagakina Rushema Chris na Youssou Diagne.

    Ibi yabiteye utwatsi Serumogo akina ku mwanya we, Kabange akina mu mutima w’ubwugarizi maze Youssou Diagne aricara, ibintu byatunguye benshi.

    Ahandi ni ukuntu yari yasabye Bigirimana Abedi gukina uyu mukino mu gihe we yavugaga ko atameze neza atarakira, amakuru avuga staff yamubwiye ko niba umukinnyi avuga ko atarakira yamureka wenda akaza asimbura, arabihakana avuga ko agomba kubanza mu kibuga.

    Amakuru avuga ko Abedi wumvaga atarakira neza, yabonye ko bashobora kuzamushyira mu kibuga imvune ikaba yakwiyongera, ahitamo no kudakora imyitozo ya nyuma, yari ku kibuga ariko ntiyakoze. Byaje kurangira avuye mu bakinnyi bagomba gukina.

    Ahandi habaye impaka nyinshi ni ukumubwira kubanzamo Aziz Basane, yababwiye ko bidashoboka kuko Basane atari umukinnyi umuha ibyo yifuza iyo yabanje mu kibuga, ngo ni umukinnyi mwiza iyo aje asimbuye.

    Byatumye ahitamo kubanzamo Adama Bagayogo, Basane yinjiramo asimbura.

    Amakuru avuga ko ubuyobozi bwa Rayon Sports mbere yo gukina umukino wo kwishyura na Singida uzabera muri Tanzania tariki ya 26 Nzeri, bazicarana n’umutoza bakajya inama y’uburyo ikipe igomba gukina, ndetse hashobora kuzabamo impinduka mu bakinnyi bazakina umukino wo kwishyura.

    Afhamia Lotfi ntabwo yumvikanye n’abungiriza be mbere y’umukino wa Singida Black Stars

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11906

  • Urujijo ku bihembo bya Ballon D'or, uyu munsi iregukanwa nande #rwanda #RwOT

    Uyu munsi i Paris, mu murwa mukuru w'Ubufaransa, haraba ibirori bikomeye byo gutanga igihembo gikomeye kurusha ibindi mu mupira w'amaguru, Ballon D'or. Ni umunsi utegerejwe n'abafana b'umupira hirya no hino ku isi, kuko iki gihembo gifatwa nk'ikimenyetso nyamukuru cy'umukinnyi w'ikirangirire w'umwaka.

    Abakinnyi batandukanye bari mu bahabwa amahirwe yo kwegukana iki gihembo barimo Osmane Dembélé, Raphinha ndetse na Lamine Yamal, umusore ukiri muto wigaragaje cyane muri FC Barcelona.

    Abakunzi b'umupira barimo kwibaza niba uyu musore w'imyaka mike yagira amateka akomeye yo kuba umwana muto uhawe Ballon D'or.

    Bitandukanye n'uko byajyaga bigenda mu myaka yashize, ubu nta mukinnyi n'umwe wigeze amenyeshwa mbere ko ari we uzegukana igihembo. Ibi byongeye gusiga urujijo rukomeye kuko byatumye n'abakinnyi ubwabo basigara bibaza uko bizagenda.

    Ubusanzwe, uwagombaga kwegukana Ballon D'or yamenyeshwaga mbere, bikamuha n'umwanya wo kwitegura neza ibirori.

    Ku rundi ruhande, ikipe ya Real Madrid yatangaje ko ku nshuro ya kabiri yikurikiranya nta mukinnyi wayo uzitabira ibi birori. Ibi byatunguye benshi kuko Real Madrid ari imwe mu makipe akomeye ku isi. Ndetse, abakinnyi Lewandowski na Pedri ba FC Barcelona na bo bavuze ko batazaboneka kubera gahunda zo kuruhuka.

    Kugeza ubu, haracyari urujijo ku bakinnyi ba Paris Saint-Germain (PSG) niba bazitabira cyangwa niba bazahitamo kuguma iwabo. Ibi birori rero byitezweho byinshi, byaba mu bijyanye n'amateka mashya yo gutanga Ballon D'or, ndetse no mu kugaragaza abakinnyi bashya bashobora kwandika izina ryabo mu mateka y'isi y'umupira w'amaguru.

    Ururujijo ku gihembo Ballon D'or, uyu munsi iregukanwa nande
    Mu bagore
    Mu bagabo

    Source : https://kasukumedia.com/ururujijo-ku-gihembo-ballon-dor-uyu-munsi-iregukanwa-nande/

  • Arabura ibitego 55 ngo yuzuze ibitego 1000 #rwanda #RwOT

    Cristiano Ronaldo, rutahizamu w'ibihe byose ku myaka 40 ye y'amavuko, ari mu rugendo rudasanzwe rwo kwandika amateka mashya mu mupira w'amaguru. Kugeza ubu amaze gutsinda ibitego 945 mu mikino yose yakinnye mu makipe atandukanye no mu ikipe y'igihugu ya Portugal.

    Kuba abura ibitego 55 gusa ngo yuzuza ibitego 1000 byemewe, ni urugero rukomeye rw'uburyo yamaze kuba icyitegererezo mu mupira w'amaguru ku Isi yose.

    Ronaldo yatangiye kugaragara ku rwego rwo hejuru akinira Sporting CP, nyuma yerekeza muri Manchester United, aho yahise yigaragaza nk'intwaro ikomeye. Nyuma yo gukomereza muri Real Madrid, yahubatse amateka akomeye, atwara ibikombe byinshi, harimo UEFA Champions League, n'ibindi byinshi.

    Yaje gukinira Juventus mu Butaliyani, ubu akaba ari mu ikipe ya Al-Nassr yo muri Arabia Saudite, aho akomeje kugaragaza ko imyaka ari umubare gusa.

    Abasesenguzi bavuga ko kugera ku ntego y'ibitego 1000 bishobora kumutwara indi myaka ibiri cyangwa itatu, bitewe n'imyitwarire ye y'imyitozo n'uburyo akiri ku rwego rwo hejuru mu gutsinda. Ibi bizaba bihindura Ronaldo umukinnyi wa mbere mu mateka ugerageje kugera kuri iyo ntera idasanzwe.

    Abafana bo ku isi hose bakomeje kumushyigikira, bamwe bamwita 'Umwami w'ibitego,' abandi bakamufata nk'umukinnyi utazibagirana. Ndetse n'iyo intego atayigeraho, kuba ari hafi yayo ni icyubahiro gikomeye kigaragaza ubuzima bwe bw'imikino bwaranzwe no kutarambirwa no guharanira guhora ari hejuru.

    Arabura ibitego 55 ngo yuzuze ibitego 1000

    Source : https://kasukumedia.com/arabura-ibitego-55-ngo-yuzuze-ibitego-1000/

  • Rusizi: DASSO yasabwe kwirinda gukingira ikibaba abakekwaho ibyaha – #rwanda #RwOT

    Byatangajwe ku wa 19 Nzeli 2025, ubwo hasozwaga amahugurwa y'iminsi ibiri yahawe aba-DASSO mu Karere ka Rusizi.

    Ni amahugurwa yateguwe n'Akarere ka Rusizi ku bufatanye n'Umushinga “Uhaki bila mipaka ushyirwa mu bikorwa n'Umuryango Alert International. Aya mahugurwa yari agamije kongerera abadaso ubumenyi mu bijyanye no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

    Ibiganiro byatanzwe byibanze ku mategeko n'amabwiriza arebana n'uburenganzira bw'ukekwaho icyaha, uburenganzira bw'urwego rugiye kumufata, n'amategeko agenga urujya n'uruza ku mibi z'ibihugu.

    By'umwihariko aba-DASSO bagaragarijwe ko mu makosa bagenzi babo bakora harimo guhamagara ukekwaho amakosa cyangwa ibyaha bakamubwira ko inzego zigiye kuza kumufata bigatuma atoroka. Basabwa kubyirinda kuko bigaragaza kudakora akazi kinyamwuga

    Niyonsenga Elysee, ushinzwe ibikorwa byo gukura abana mu muhanda yavuze ko yari atarasobanukirwa ibijyanye n'uburenganzira bw'umuturage.

    Ati 'Byateraga ikibazo, hari aho twageragaho bitewe n'uko tutazi itegeko rirengera umuturage tukaba twamutwara nabi twibwira ko turi mukuri. Uyu munsi nyuma yo guhugurwa twamenye uko dushobora gufasha umuturage ukekwaho ibyaha tutamuhutaje ndetse n'uko twafasha umuturage kwirinda kugwa mu byaha'.

    Uwiringiyimana Patience, ukorera mu Murenge wa Kamembe, ugiye kumara ukwezi yinjiye mu rwego rwa DASSO yavuze ko aya mahugurwa yatumye yunguka ubumenyi buzamufasha gushyira umuturage ku isonga no gufasha abaturage mu iterambere.

    Umuyobozi wungirije w'Umushinga Uhaki biba Mipaka, Yvonne Nyiramugwaneza yavuze ko aya mahugurwa yatanzwe binyuze muri gahunda yo kubakira inzego ubushobozi ikorwa n'uyu munshinga uharanira ubutabera ku baturage baturiye imipaka n'abambukiranya imipaka.

    Ati 'Mu baturage bambukiranya imipaka habamo ibibazo byinshi birimo kwambuka badakurikije amategeko, kwambutsa ibicuruzwa bidatanze imisoro, bagiye bagaragaza ko rimwe na rimwe bahutazwa n'urwego rwa DASSO ubuyobozi bw'Akarere budusaba ko DASSO twayongerera ubumenyi'.

    Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yavuze ko DASSO ari urwego rukorana n'abaturage umunsi ku munsi bityo ko byari ngombwa ko rusobanukirwa uburenganzira bw'umuturage kugira ngo bamenye uko bamufasha batamuhutaje.

    Ati 'Turabasaba gukomeza gukora kinyamwuga bakibuka ko ibyo dukora byose tubikora ku bw'inyungu z'umuturage. Umurimo w'umutekano w'abaturage usaba kububaha, kutabahutaza no gukorana na bo mu bwubahane. Abaturage icyo twababwira ni uko gukora neza n'inzego ari byo bizatuma bagera ku iterambere n'imibereho myiza irambye'.

    Aba-DASSO bakorera mu Karere ka Rusizi bose uko ari 141 bitabiriye aya mahugurwa, mu byo bayitezeho hakaba harimo gukumira ubushyamirane hagati y'aba-DASSO n'abaturage.

    Aba-DASSO b’i Rusizi bavuze ko hari bumwe mu burenganzira bw’abakekwaho ibyaha batari bazi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rusizi-dasso-yasabwe-kwirinda-gukingira-ikibaba-abakekwaho-ibyaha

  • Yiswe Umunyarwandakazi! Miss Uganda yateje ururondogoro (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Nyuma y’uko Muhoza Trivia Elle atorewe kuba Nyampimga wa Uganda, impaka zabaye nyinshi bavuga ko ari Umunyarwandakazi.

    Ni impaka zavutse ku mbuga nkoranyambaga, ni nyuma yo kubona ko ari we wegukanye ikamba ry’Umukobwa uhiga abandi mu buranga n’ubwenge (Miss Uganda 2025).

    Benshi bavugaga ko nubwo atowe akaba ari we ubaye Miss Uganda 2025 ariko ari Umunyarwandakazi.

    Ikinyamakuru Mbu cyatangaje ko Muhoza Trivia Elle abaye Miss Rwanda, kuri post yashyize kuri Instagram uwitwa Vanessa Kamara yagize ati “Miss Uganda? Cyangwa ni Miss Rwanda?”

    Winnie Renne we ati 'Miss Rwanda muri Uganda!',

    Farha Eid Monteza, ati 'Abanyarwanda bamaze kwigarurira byose muri Uganda, murebe n’abari kwiyamamariza imyanya mu nteko ishinga amategeko.'

    Si Muhoza Trivia Elle wegukanye ikamba rya Miss Uganda akavugwaho kuba Umunyarwandakazi kuko n’uwo asimbuye Natasha Nyonyozi byamuvuzweho, ni mu gihe na Miss Uganda 2023, Hannah Karema na we byavuzwe ko ari Umunyarwandakazi.

    Muhoza Trivia Elle wabaye Miss Uganda, yavuzweho kuba Umunyarwandakazi

    Natasha Nyonyozi yasimbuye na we yavuzweho kuba Umunyarwandakazi

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11907

  • Ubutumwa bwa Asman Ndikumana wa Rayon nyuma y’imvune ikomeye yagize #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa Rayon Sports ukomoka mu gihugu cy’u Burundi, Asman Ndikumana yabwiye abakunzi b’iyi kipe ko azagaruka akomeye, ni nyuma y’imvune ikomeye yagize.

    Ndikumana Asman yagize imvune y’ukuboko ku mukino Rayon Sports yatsinzwemo na Singida Black Stars 1-0 ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki ya 20 Nzeri 3025.

    Hari mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup 2025-26.

    Ubwo umukino wari ugeze ku munota wa 90 bamaze kongeraho iminota 5, Ndikumana Asman yagize ikibazo cy’imvune y’ukuboko kw’ibumoso.

    Hari nyuma yo gusimbuka ashaka umupira yisanga hagati y’abakinnyi babiri ba Singida Black Stars, Anthony Tra Bi Tra na Kenedy Wilson Juma Ambasa akaboko ke gafatwa hagati yabo aba aravunitse.

    Byabaye ngombwa ko imbangukiragutabara (Ambulance) yinjira mu kibuga imuha ubutabazi bw’ibanze mbere yo kujyanwa kwa muganga.

    Nyuma yo kunyura mu cyuma basanze igufa ry’ukuboko ryavunitse akaba agomba kubagwa.

    Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yaremye agatima abakunzi ba Rayon Sports ko azagaruka akomeye.

    Ati “nzagaruka nkomeye kurushaho. Imana n’ibishaka.”

    Bidasubirwaho akaba atazakina umukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze Rayon Sports izasuramo Singida Black Stars tariki ya 26 Nzeri 2025 muri Tanzania.

    Amakuru avuga ko uyu rutahizamu umaze kwigarurira imitima y’abakunzi ba Rayon Sports azamara hanze y’ikibuga byibura hagati y’amezi abiri n’atatu.

    Ndikumana Asman yinjiye muri Rayon Sports ku munsi wa nyuma w’isoko ry’igura n’igurishwa aho yasinyiye Gikundiro imyaka 2. Mu mikino itatu amaze gukinira iyi kipe yambara ubururu n’umweru yayitsindiye ibitego 4.

    Imvune ikomeye yagize

    Yakuwe mu kibuga kuri Ambulance

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11903