Category: Uncategorized

  • Lionel Richie yahishuye ko Michael Jackson yagiraga umwanda n'impumuro mbi #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w'icyamamare wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Lionel Richie, yahishuye amakuru atigeze amenyekana ku buzima bw'inshuti ye magara nyakwigendera Michael Jackson, amugaragaza nk'umuntu wagiraga ikibazo cyo kutiyitaho mu isuku. Mu gitabo gishya yanditse yise 'Truly', Richie w'imyaka 76 y'amavuko yavuze ko hari ubwo Michael Jackson yagaragaraga afite umwanda ndetse agahorana impumuro itari nziza, ibintu byatunguye abakunzi benshi b'uyu muhanzi wigeze kwitwa 'Umwami wa Pop.'

    Nk'uko abivuga, igihe Jackson yari akiri kumwe n'umuryango we, by'umwihariko yitabwaho na nyina n'abavandimwe, nta kibazo cy'isuku cyamugaragaragaho.

    Ariko ubwo yatangiye kwibana wenyine, byamugoye cyane kwita ku mibereho ye ya buri munsi, bigatuma hari igihe atambara imyenda isukuye cyangwa akagira impumuro mbi.

    Lionel Richie yavuze ko we na Quincy Jones bakundaga gutebya, bamwita izina rya 'Smelly', risobanura umuntu ufite impumuro mbi. Nubwo byafatwaga nk'urwenya, ngo byari uburyo bwo kumwibutsa ko hari ubwo atari kwiyitaho nk'uko bikwiye. Michael Jackson, ngo ntabwo yabifata nabi, ahubwo ntiyabyumvaga mu kinyabupfura yabwirwagamo, agaseka nk'uwumva ko ari igice cy'ubucuti bwabo bari gutebyamo.

    Aya makuru yashyizwe hanze na Lionel Richie yakomeje gutungura benshi kuko Jackson yari azwi nk'umuntu wigaragaza mu buryo bw'imyambarire, imbyino n'umuziki udasanzwe, akagira isura y'icyitegererezo ku Isi yose.

    Richie ariko yasobanuye ko atabivuze agamije kumusebya, ahubwo ashaka kwerekana ko n'ubuzima bw'ibyamamare bugizwe n'intege nke z'abantu basanzwe.

    Igitabo 'Truly' cyahise gitangira guhabwa igikundiro muri Amerika, cyongera gutera impaka ku buzima bwite bwa Michael Jackson, wagiye asiga amateka akomeye mu muziki n'imyidagaduro mpuzamahanga.

    Igitabo 'Truly' cyatangiye guhabwa igikundiro muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bitewe n'amagambo yavuze kuri nyakwigendera Michael Jackson

     

    Source : https://kasukumedia.com/lionel-richie-yahishuye-ko-michael-jackson-yagiraga-umwanda-nimpumuro-mbi/

  • Abanya-Nigeria baba mu Rwanda bizihije ubwigenge bw'Igihugu cyabo – #rwanda #RwOT

    Ibirori byo kwizihiza iyo sabukuru y'imyaka 65 byabereye i Kigali mu ijoro ry'itariki ya 1 Ukwakira 2025.

    Ni umuhango witabiriwe n'abakomoka muri Nigeria baba mu Rwanda bibumbiye mu muryango witwa Association of Nigerians in Rwanda ari na wo wateguye ibyo birori n'inshuti zabo.

    Witabariwe kandi n'abayobozi muri Ambasade ya Nigeria mu Rwanda, umuhuzabikorwa w'amashami ya Loni mu Rwanda, Ozonnia Ojielo, Ambasaderi w'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi, Belén Calvo Uyarra n'abandi batandukanye.

    Waranzwe ahanini n'ibikorwa bigaragaza umuco wa Nigeria ndetse n'ubusabane.

    Ambasaderi wa Nigeria mu Rwanda, Ibrahim Zann yavuze ko imyaka 65 ishize igihugu cye kibonye ubwigenge ari ikintu gikomeye, ndetse ashimangira ko igituma icyo gihugu kirushaho gukomera ari abaturage bacyo n'umuco wabo urimo n'umuziki wamaze kubaka izina ku rwego rwa Afurika.

    Yavuze ko uyu munsi abakomoka muri Nigeria baba mu Rwanda baterwa ishema no kuba Abanyarwanda batandukanye bazi cyane ibihangano by'abahanzi bo muri icyo gihugu kuko bagaragaza ko umuco wabo ukomeje kogera ku Isi hose.

    Yakomje agaragaza ko umubano w'ibihugu byombi na wo ugenda urushaho gutera intambwe kuko wimakaza ubufatanye bwungura impande zombi.

    Ati 'Dufite banki ebyiri zikomoka muri Nigeria zikorera mu Rwanda harimo Access Bank na GT Bank zigira uruhare mu iterambere ry'u Rwanda. Dufite kandi na gahunda y'ubufanye mu kubaka ubushobozi bw'abakozi mu bihugu bikiri mu nzira y'amajyambere twatangiye mu myaka irenga 30. Muri iyo gahunda ubu dufitemo abarimu 28 bose hamwe bishyurwa na Leta ya Nigeria batanga ubufasha bwa tekiniki mu kwigisha muri kaminuza zo mu Rwanda.'

    Yashimiye kandi uburyo Leta y'u Rwanda n'Abanyarwanda muri rusange bakiriye Abanya-Nigeria baba mu Rwanda, ndetse aboneraho gushishikariza Abanyarwanda na bo gusura Nigeria kuko boroherejwe kubona ibyangombwa by'inzira.

    Umushoramari wo muri Nigeria, Kelechi Anyonwu ukorera mu Rwanda, yavuze ko ari ahantu gukorera ishoramari bishoboka kandi rikagenda neza.

    Yavuze ko ari ingenzi cyane ko ibindi bihugu bya Afurika byafatira urugero ku Rwanda mu gukuriraho visa Abanyafurika mu rwego rwo koroshya ubuhahirane.

    Abaturage bo muri Nigeria baba mu Rwanda bari bishimiye ubwigenge bw’Igihugu cyabo bamaranye imyaka 65

    Umuhuzabikorwa w’amashami ya Loni mu Rwanda, Ozonnia Ojielo, yitabiriye ibirori byo kwizihiza ubwigenge bwa Nigeria

    Babyinnye imbyino gakondo zo muri Nigeria

    Ambasaderi w'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi mu Rwanda, Belén Calvo Uyarra, yitabiriye ibirori byo kwizihiza ubwigenge bwa Nigeria

    Ambasaderi wa Nigeria mu Rwanda, Ibrahim Zann yavuze ko mu myaka 65 ishize igihugu cye kibonye ubwigenge, cyageze kuri byinshi

    Abanya-Nigeria baba mu Rwanda bishimira ko ari ahantu heza ho gukorera no gutura

    Nigeria imaze imyaka 65 ibonye Ubwigenge


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanya-nigeria-baba-mu-rwanda-bizihije-ubwigenge-bw-igihugu-cyabo

  • Nyamasheke: Mu mezi atatu abagabo 19 batawe muri yombi bakekwaho gusambanya abana – #rwanda #RwOT

    Inda ziterwa abangavu ni kimwe mu bibazo byugarije umuryango nyarwanda aho usanga akenshi izo nda baziterwa n'abagabo bakuze basanzwe bafite ingo.

    Umuyobozi wungirije w'Akarere ka Nyamasheke, ushinzwe imibereho myiza y'abaturage, Mukankusi Athanasie yabwiye IGIHE ko bafite abangavu 110 babyariye iwabo.

    Ati 'Turacyarwana no kugira ngo abahohotera abo bana bamenyekane, bashobore kuba bashyikirizwa ubutabera kuko ni icyaha gihanwa n'amategeko kandi ni n'icyaha kidasaza'.

    Visi Meya Mukankusi yavuze ko gufata abakekwaho iki cyaha harimo imbogamizi kuko abangavu batewe inda hari ubwo bahishira ababahohoteye, banamenyekana ugasanga imiryango hari ubwo ishaka kunga icyo cyaha.

    Ati 'Mu bana 110 basambanyijwe bagaterwa inda, ibirego 41 byashyikirijwe ubugenzacyaha. Abagabo 19 bamaze gutabwa muri yombi. Ubwo dufite abana batangiye gutera intambwe bakagaragaza ababasambanyije turatekereza ko bizatanga umusaruro ababangiza bakagabanya umurindi'.

    Uyu muyobozi yibukije ababyeyi ko icyaha cyo gusambanya umwana ari icyaha kitungwa, abasaba gucika ku ngeso yo kujya gushaka uwasambanyije umwana ngo babiganireho.

    Ati 'Ikindi twabwira ababyeyi ni uko igihe umwana yasambanyijwe agaterwa inda bidakwiye kuba umwanya wo kumutererana ko ahubwo akwiye gufashwa kugira ngo umwana azibaruka azagire ubuzima bwiza n'uwasambanyijwe abashe gukomeza amashuri, mu gihe kwiga bidakunze ashakirwe ikindi kintu cyamufasha kwitunga no gutunga umwana yibarutse'.

    Visi Meya Mukankusi yasabye abangavu kubakira ku ndangagaciro z'umuco nyarwanda, bakarinda ubusugi bwabo, ariko bakamenya n'amakuru ajyanye n'ubuzima bw'imyororokere, bakamenya ko igihe cyose bakoze imibonano mpuzabitsina idakingiye baba bafite ibyago byo gusama no kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyamasheke-mu-mezi-atatu-abagabo-19-batawe-muri-yombi-bakekwaho-gusambanya

  • Abasura ababo mu magororero ntibazongera guhaha ibyo babashyira – #rwanda #RwOT

    Ubusanzwe umuntu wajyaga gusura uwe mu igorero, yabanzaga kujya kugura ibintu aza gushyira uwe muri cantine iri mu igororero.

    Ni ibintu byatwaraga umwanya munini kuko wasangaga abantu batonze imirongo miremire, bikagabanya umwanya umuntu yamaranaga n'uwe.

    Kuri iyi nshuro byahindutse nk'uko RCS yabitangaje. Ibinyujije kuri X yagize iti 'Guhera ku wa 1 Ukwakira 2025, abasura ababo bose bazajya bakoresha uburyo bwari busanzwe bwa MOMO PAY gusa. Serivisi y'imibereho myiza ku igororero ikazajya iba ari yo ihahira abagororwa.'

    RCS yatangaje ko ibi byakozwe mu kwihutisha serivisi ihabwa abajya gusura ababo bari mu magororero hirya no hino mu gihugu, ndetse no kugabanya umwanya bamaraga bari guhaha ibyo bashyira abo basuye.

    RCS yashyizeho nimero ya MOMO izajya yifashishwa n'abafite ababo bari mu magororero atandukanye ndetse n'umurongo ugize ikibazo ashobora kwifashisha, agahamagara bakamufasha.

    Abasura ababo mu magororero ntibazongera guhaha ibyo babashyira


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abasura-ababo-mu-magororero-ntibazongera-guhaha-ibyo-babashyira

  • Kayonza: Abafana 16 barebaga umukino wa APR FC na Pyramids FC bakubiswe n'inkuba – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye ku wa Gatatu tariki ya 1 Ukwakira 2025 mu Mudugudu wa Kabuye mu Kagari ka Kabura mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza. Iyi nkuba yabakubise ahagana saa Cyenda ubwo barebaga umupira wahuzaga APR FC na Pyramids FC, bakaba bareberaga uyu mupira mu rugo rw'umuntu.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Kabarondo, Gatanazi Longin, yabwiye IGIHE ko aba bafana bakubiswe n'inkuba ariko ku bw'amahirwe ntihagira n'umwe upfa cyangwa ngo akomereke mu buryo bukomeye.

    Yagize ati 'Ahagana saa Cyenda nibwo iyo nkuba yakubise maze abafana ba APR bari bagiye kurebera umupira mu rugo rw'umuntu barahungabana, bari 16 bose uko bari muri salo ariko umunani nibo byagaragaye ko bagize ibibazo. Mu bibazo bagize harimo ababyimbye amaguru, ababyimbye mu maso no mu bindi bice, twabajyanye ku kigo nderabuzima cya Kabarondo ubu niho bari kuvurirwa.''

    Gitifu Gatanazi yakomeje avuga ko mu bakubiswe n'inkuba harimo umugore n'umwana w'imyaka ine nabo bari baje kureba umupira, yavuze ko nyuma y'uko ubuyobozi bujyanye abakomeretse kwa muganga, bwanahumurije abaturage bubasaba gushyira imirinda nkuba ku nzu zabo ndetse no kwirinda ibyatuma inkuba ibakubita.

    Umukino wahuzaga APR FC na Pyramids FC warangiye iyi kipe yo mu Misiri itsindiye mu Rwanda ibitego 2-0 byatsinzwe na Fiston Mayele.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kayonza-abafana-16-barebaga-umukino-wa-apr-fc-na-pyramids-fc-bakubiswe-n-inkuba

  • Hatangijwe ihuriro ry'abashoramari b'Abongereza mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ihuriro ry'Abashoramari b'Abongereza mu Rwanda (British Chamber of Commerce in Rwanda) rigamije guhuriza hamwe abafite ibikorwa by'ubucuruzi n'ishoramari mu Rwanda aho ryitezweho kugira nibura abanyamuryango 400.

    Ambasaderi w'u Bwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe, yavuze ko ubwo yarugeragamo, yashatse guhura n'abahagarariye iryo huriro ariko asanga ritabaho, abona ko hari icyuho kuko usanga mu bindi bihugu rigiye rihari.

    Yahise asaba ko iryo huriro ryashyirwaho mu rwego rwo kunoza ubucuruzi hagati y'u Rwanda n'u Bwongereza ndetse no kunoza ibijyanye n'ishoramari kandi rikaba ryitezweho kwagura umubano w'ibihugu byombi.

    Yakomeje ati 'Iri huriro rizagira uruhare rukomeye mu guhuza abashoramari bo mu Bwongereza n'amahirwe y'ishoramari ari mu Rwanda kandi rizanafasha abashoramari bo mu Rwanda kwaguka ku ruhando mpuzamahanga by'umwihariko ku isoko ry'u Bwongereza.'

    Yagaragaje ko hari intambwe imaze guterwa mu nzego zinyuranye zirimo urw'imari, ikoranabuhanga, ubuhinzi n'ibikorwaremezo bityo ko kwaguriramo imikoranire ari ingenzi cyane.

    Yavuze ko abashora imari mu Rwanda bishimira ibirimo uburyo rworohereza abashoramari, ahamagarira abashaka kuyishora mu Rwanda kubishyiramo imbaraga ndetse n'Abanyarwanda abagaragariza ko amarembo afunguye ku kugeza ibicuruzwa byabo ku isoko ry'u Bwongereza.

    Umuyobozi Uhagarariye Ihuriro ry'Abongereza bakora ubucuruzi mu Rwanda, Jo Nicholas, yagaragaje ko amaze imyaka 20 mu Rwanda kandi yishimira kuba ari igihugu giha amahirwe buri wese ndetse kikaba gitekanye.

    Yavuze ko biteze kongera ingano y'ibikorwa by'ishoramari by'Abongereza mu Rwanda kandi ko hari inzego zitandukanye zigaragaramo amahirwe yaryo.

    Umuyobozi Mukuru Wungirije w'Urwego rw'Igihugu rushinzwe Iterambere RDB, Julianna Muganza, yashimye abakomeje gushora imari mu gihugu, yemeza ko u Rwanda ruzakomeza guha amahirwe abashoramari barugana.

    Yagaragaje ko igihugu gifite intego yo kubaka Urwego rw'Abikorera rukomeye ku buryo rugira nibura uruhare rungana na 21,9% by'umusaruro mbumbe w'igihugu bitarenze mu 2029 bivuye kuri 15,9% byariho mu 2023.

    Yagaragaje kandi ko igihugu gikomeje guteza imbere gahunda yo gukorera ibicuruzwa mu Rwanda mu rwego rwo kugabanya ibitumizwa mu mahanga, kongera umusaruro no guhanga imirimo.

    Ati 'Aho u Rwanda ruherereye n'aho ni ingenzi. Binyuze mu masezerano y'isoko rusange rya Afurika abashoramari bashobora kugera ku isoko ry'abarenga miliyari 1,3. Hamwe n'ibikorwaremezo nk'Ikibuga cy'Indege cya Kigali kiri kubakwa mu Bugesera, n'ibindi, u Rwanda kandi ruri guharanira kuba igihugu cyo gukoreramo ubucuruzi n'ishoramari.'

    Yagaragaje ko hari inzego nyinshi u Rwanda n'u Bwongereza byakwaguriramo imikoranire nko mu gukoresha ikoranabuhanga mu buvuzi, guhangana n'ingaruka z'ihindagurika ry'ibihe, umuco, ingufu zisubira, serivisi z'imari n'ibindi.

    Ati 'U Rwanda rurafunguye, ruriteguye kandi u Rwanda rwifuza gukorana namwe.'

    Komiseri Mukuru w'Ikigo cy'Igihugu cy'Imisoro n'Amahoro, Niwenshuti Ronald, yibukije abashoramari bakorera mu Rwanda ko bagomba kubahiriza amategeko arimo n'arebana no kwishyura imisoro kuko igira uruhare mu guteza imbere igihugu.

    Yagaragaje ko u Rwanda rworohereje abashoramari mu buryo bwo kwishyura no kumenyekanisha imisoro binyuze ikoreshwa ry'ikoranabuhanga.

    Ati 'Murabizi ko nta bucuruzi, ntihabaho imisoro, kandi nta misoro nta bucuruzi bwabasha gukorwa.'

    Raporo ya RDB yo mu 2024, igaragaza ko u Rwanda rwanditse handitswe ishoramari rishya ringana na miliyari 3,2 $, avuye kuri miliyari 2,4 $ mu 2023.

    U Bwongereza buza ku mwanya wa gatanu mu bihugu byakoze ishoramari rinini, aho ryageze kuri miliyoni 144,6$ yashyizwe mu mishinga 14 itandukanye.

    Umuyobozi Mukuru wungirije wa RDB, Julianna Muganza yavuze ko u Rwanda rufunguriye amarembo abarugana

    Hatangijwe ihuriro ry'abashoramari b'Abongereza mu Rwanda, biyemeza kongera ishoramari ryabo

    Komiseri Mukuru wa RRA, Ronald Niwenshuti, yagaragaje ko abakora ishoramari baba bagomba no kwishyura neza imisoro

    Umuyobozi Uhagarariye Ihuriro ry'Abongereza bakora ubucuruzi mu Rwanda, Jo Nicholas, yagaragaje ko amaze imyaka 20 mu Rwanda

    Ambasaderi w'u Bwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe, yagaragaje ko ishoramari hagati y’ibihugu byombi rigomba kwiyongera

    Umuyobozi wa Solvit Africa, Semafora Joseph na we yitabiriye iki gikorwa

    Abitabiriye iki gikorwa babonye umwanya wo kungurana ibitekerezo

    Abakora ibikorwa by’ishoramari bari batumiwe

    Amafoto: Habyarimana Raoul


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hatangijwe-ihuriro-ry-abashoramari-b-abongereza-mu-rwanda-biyemeza-kongera

  • Mugisha Gilbert ntazakina umukino wa Pyramids kubera ubukwe #rwanda #RwOT

    Ntabwo Mugisha Gilbert ari mu bakinnyi ba APR FC bazakina umukino wo kwishyura kubera azaba afite ubukwe.

    Ni nyuma y’umukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze wa CAF Champions League APR FC yaraye itsinzwemo na Pyramids 2-0.

    Umukino wo kwishyura uzaba tariki ya 5 Ukwakira 2025 mu Misiri ikaba izaba idafite rutahuzamu wa yo usatira anyuze ku mpande, Mugisha Gilbert wanabanjemo mu mukino ubanza kuko azaba afite ubukwe kuri uwo munsi. APR FC azahaguruka mu Rwanda ejo ku wa Gatanu.

    Ubukwe bwa Mugisha Gilbert bukaba buzaba tariki ya 5 Ukwakira 2025 rero bikaba byahuriranye n’uyu mukino.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko aya matariki yateguwe mbere ndetse bakaba bari banagendeye ku ngengabihe ya mbere y’Imikino Nyafurika batarahindura imikino ya APR FC.

    Nyuma yo kuyihindura basanze bitapfa gukunda ko bahindura itariki y’ubukwe bitewe na gahunda y’umugore we cyane ko atuye hanze.

    Muri Nzeri 2024 ni bwo Mugisha Gilbert yambitse Impeta ya Fiançailles umukunzi we Mpinganzima uba muri Canada ni mu gihe mu Kwakira 2024 basezeranye imbere y’amategeko.

    Mugisha Gilbert afite ubukwe ku Cyumweru

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11971

  • Abafana 16 bakubiswe n’inkuba bareba umukino wa APR FC na Pyramids #rwanda #RwOT

    Abafana 16 bo mu Karere ka Kayonza bakubiswe n’inkuba 8 muri bo barakomereka ubwo barimo bareba umukino wa APR FC na Pyramids.

    Wari umukino ubanza w’ijonjora ry’Ibanze wabaye ejo ku wa Gatatu tariki ya 1 Ukwakira 2025 kuri Kigali Pele Stadium aho Pyramids yatsinze 2-0.

    Aba baturage bakaba barimo bareba uyu mukino kuri Televiziyo, Mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Kabarondo baje gukubitwa n’Inkuba maze 8 muri bo barakomereka banajyanwa kwa Muganga.

    Uyu mukino wabaye saa 14h00′, inkuba yo yakubise ahagana saa 15h amakuru akaba avuga ko yabakubitiye mu rugo rw’umuntu aho bareberaga.

    Abakubiswe n’inkuba harimo umugore n’umwana w’imyaka ine nabo bari baje kureba umupira.

    Umukino wa Pyramids na APR FC wakubitishije inkuba abantu 16

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11972

  • Muhanga: Abaturage bagabiwe inka ngo nizibyara bazoroze abandi, bahisemo kuzigurisha #rwanda #RwOT

    Mu Murenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga, abaturage bamwe bahawe inka muri gahunda ya Leta izwi nka Girinka Munyarwanda, bagombaga kuzibyaza ifumbire, amata ndetse bakaziturira bagenzi babo badafite. Ariko uko gahunda yagiye ishyirwa mu bikorwa, byaje kugaragara ko hari abahitamo kuzigurisha aho kuziturira abandi nk'uko byari biteganyijwe.

    Iyi gahunda yatangijwe mu mwaka wa 2006, igamije guteza imbere imibereho myiza y'abaturage, kurwanya imirire mibi no kuzamura umusaruro w'ubuhinzi binyuze mu ifumbire ituruka ku nka.

    Umuturage wayihabwaga yagombaga kuyifata nk'umusingi w'iterambere rye n'iry'abandi, ariko bamwe bafashe inka bahawe nk'impano bwite aho kuba ishingiro ry'ubufatanye.

    Abayobozi b'inzego z'ibanze batangaza ko ikibazo ahanini giterwa n'imyumvire ikiri hasi, bamwe bakumva ko nta mpamvu yo gutura mugenzi we kuko baba bakeneye amafaranga yo gukemura ibibazo by'ingo zabo. Hari n'abandi bavuga ko inka bahawe zabateje ibibazo by'uko kuzitaho bisaba ibikoresho n'ibiribwa byihariye, bityo zikababera umutwaro aho kuba inyungu.

    Abaturage bataritura bavuga ko kubona umuturanyi agurisha inka aho kuyibyaza umusaruro bibatera intimba kuko bitesha intego gahunda ya Leta yo gufasha bose. Abayobozi basaba abaturage kumva ko gutura ari indangagaciro y'ubufatanye izafasha benshi kurwanya ubukene no kugira imibereho myiza.

    Nubwo hari abatarubahirije amabwiriza, ubuyobozi buravuga ko gahunda ya Girinka yatanze umusaruro ufatika kuko hari benshi babonye amata, ifumbire ndetse bakava mu bukene bukabije. Ariko kugira ngo intego zayo zigerweho byuzuye, haracyakenewe ko abaturage bose bumva ko kugumana inka aho kuyiturira undi ari nko kubuza mugenzi wawe amahirwe yo gutera intambwe mu iterambere.

    Mu Murenge wa Kibangu, abaturage bamwe bahawe inka muri gahunda ya Leta izwi nka Girinka Munyarwanda, bagombaga kuzibyaza ifumbire, amata ndetse bakaziturira bagenzi babo, bahisemo kuzigurisha

     

    Source : https://kasukumedia.com/muhanga-abaturage-bagabiwe-inka-ngo-nizibyara-bazoroze-abandi-bahisemo-kuzigurisha/

  • Amafoto utabonye y’ubukwe bwa Miss Sonia Rolland #rwanda #RwOT

    Nyuma y’iminsi 10 akoze ubukwe, umunyarwandakazi wabaye Nyampimga w’u Bufaransa wa 2000, Miss Sonia Rolland hagiye hanze amafoto y’ubukwe bwe yashyizwe hanze na n’ikinyamakuru Paris Match

    Sonia Rolland na Guillaume Gabriel basezeraniye mu rusengero rwa Saint-Jacques d’Illiers-Combray tariki ya 20 Nzeri 2025 ni mu gihe indi mihango yabaye tariki ya 21 Nzeri 2025.

    Ubu bukwe bukaba bwaratashywe n’abakobwa babiri ba Sonia Rolland, Tess na Kahin.

    Guillaume Gabriel usanzwe ari umukinnyi ukomeye wa filime akaba muri Gicurasi 2025 nibwo yambitse ya impeta ya fiançailles Sonia Rolland undi arabyemera.

    Aba bombi bakaba hari na filime bahuriyemo igice cya gatanu cya filime y’uruhererekane ya 'Tropiques Criminels' cyagiye hanze mu 2024. Sonia na Guillaume bamaze imyaka 20 baziranye.

    Sonia Rolland aheruka mu Rwanda muri Mutarama 2025 aho yari yazanye n’umugabo we aho batembereye u Rwanda ndetse banasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

    Bwari ubukwe bubereye ijisho

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11973