Category: Uncategorized

  • Police FC yatsinze Rayon Sports (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Igitego kimwe cya Police FC cyatsinzwe na Nsabimana Eric Zidane cyahesheje intsinzi Police FC amanota atatu mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa 2 wa 2025-26.

    Rayon Sports ikaba yari yakiriye Police FC mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa kabiri aho kitakiniwe igihe kubera ko Rayon Sports yarimo yitegura imikino Nyafurika ya CAF Confederation Cup yakinnye na Singida.

    Umukino w’umunsi wa mbere Rayon Sports yatsinze Kiyovu mu gihe Police FC yatsinze Rutsiro FC.

    Police FC yatangiye umukino isatira ishaka igitego hakiri kare ndetse mu minota itanu ya mbere iba yakibonye cy’umutwe cya Lague ku mupira wari uhinduwe na Bacca ariko awukubita igiti cy’izamu.

    Police FC yakomeje gushaka igitego, ku munota wa 23 yabonye koruneri yatewe na Lague ayiha Kilongozi wahise amusubiza maze Lague ahindura imbere y’izamu Pavelh Ndzila awukuraho ntiwavaho neza maze Nsabimana Eric Zidane ahita atsindira Police FC igitego cya mbere.

    Ku munota wa 30 Police FC iba yabonye igitego cya kabiri ku mupira Lague yaha Bacca agasigara arebana n’umunyezamu Pavelh Ndzila ariko yatera mu izamu ugakubita igiti cy’izamu. Igice cya mbere cyarangiye ari 1-0.

    Police FC mu gice cya kabiri yagerageje gushaka igitego cya kabiri ariko biragorana ku kibona.

    Ni nako Rayon Sports yashatse uko yishyura iki gitego inakora impinduka Aziz Basane, Ishimwe Fiston, Harerimana Abdelaziz binjiyemo havamo Sefu, Kitoga na Habimana Yves.

    Gusa izi mpinduka ntacyonzayifashije kuko umukino warangiye ari 1-0.

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11974

  • Ibizafasha Guverinoma y'u Rwanda kongera umusaruro w'ubuhinzi ku kigero cya 50% – #rwanda #RwOT

    Ubwo Minisitiri w'Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yagaragazaga ibigomba gushyirwamo imbaraga ngo u Rwanda rugere kuri iyo ntego, yavuze ko hazashyirwa imbaraga muri gahunda zigamije kongera umusaruro ndetse no gufasha abahinzi kwimakaza ikoreshwa ry'ikoranabuhanga mu kongera umusaruro.

    Mu 2024 ubuhinzi bwari bugize 25% by'umusaruro mbumbe w'igihugu hakaba hifuzwa ko uwo musaruro wongerwaho 50% mu 2029.

    Minisitiri Dr. Nsengiyuma Justin yagaragaje ko ubuhinzi ari inking ya mwamba mu iterambere ry'igihugu ari na yo mpamvu bukwiye gushyirwamo imbaraga.

    Ati 'Nk'uko twese tubizi, mu gihugu cyacu, ubuhinzi ni inkingi ya mwamba mu kugera ku iterambere ry'ubukungu burambye. Ubuhinzi bugira kandi uruhare rwihariye mu izamuka ry'imibereho myiza y'abaturage.'

    Yavuze ko kuba abantu babayeho neza bigaragarira mu nzego zitandukanye ariko zose ziruzuzanya. Izo nzego zirimo ubuzima, uburezi, imiturire, kubona imirimo ibyara inyungu, kubona serivisi z'ibanze, ndetse n'urwego rw'amafaranga umuntu yinjiza (income).

    Yasobanuye ko muri gahunda y'Igihugu cyacu yo kwihutisha Iterambere (NST2), mu rwego rw'imibereho myiza, ikigamijwe ari ukugeza ku Banyarwanda bose ubuzima bwiza n'ubushobozi bwo gukora, kwiteza imbere no guteza imbere imiryango yabo, bityo bagatanga umusanzu wabo mu iterambere rirambye ry'Igihugu.

    Ati 'Mu rwego rw'ubuhinzi, ikigamijwe ni ugukomeza kuzamura ikigero cyo kwihaza mu biribwa mu buryo burambye. Kizava kuri 79,6% mu 2024 kikagera ku 100% muri 2029.'

    Uruhare rw'ubuhinzi n'ubworozi hamwe n'urw'izindi nzego zitandukanye z'ubukungu rwafashije kuzamura umusaruro mbumbe ku muturage wavuye ku madorali 754 yariho mu 2017 ugera ku madorari 1.040 mu 2024.

    Ni mu gihe agaciro k'ibyatunganyirijwe mu nganda bikomoka ku buhinzi n'ubworozi, kavuye kuri 369Frw mu 2017, kagera kuri Miliyari 1000 Frw mu 2024.

    Ubuhinzi kandi butanga akazi ku kigero cya 55% mu bice by'icyaro na 12% mu mijyi mu gihe abahinga bagamije isoko mu 2025 bari ku kigero cya 48% mu gihe hafi 70% y'Abanyarwanda batunzwe nabwo,

    Ibizashyirwamo imbaraga

    Kubera akamaro k'ubuhinzi n'ubworozi mu iterambere ry'ubukungu n'imibereho myiza, aho hafi 70% y'Abanyarwanda batunzwe nabwo, Guverinoma yakomeje kugenda izamura ingengo y'imari igenera uru rwego.

    Minisitiri w'Intebe yavuze ko mu rwego rwo guteza imbere ubuhinzi hazongerwa ubuso bw'ubutaka bwuhirwa bukava kuri hegitari zirenga gato ibihumbi 74.375 bukagera ku 132.171 mu 2029.

    Mu gufasha abahinzi, guverinoma ibunganira kubona bikoresho byo kuhira ku buso buto butarenze hegitari 10, aho itanga itanga 50% by'ikiguzi cy'ibikoresho nk'imashini zuhira, umuhinzi na we akishyura 50%.

    Yanagaragaje kandi ko hashyizwe imbaraga muri gahunda yo gutuburira imbuto z'indobanure mu Rwanda mu kugabanya ikiguzi byatwaraga zitumijwe mu mahanga.

    Ku bijyanye no gukoresha ifumbire mvaruganda, ubu bigeze ku gukoresha ibiro 73,1 kuri hegitari mu gihe byitezweho kizagera ku biro 94,6 mu 2029 bikazafasha kongera umusaruro.

    Minisitiri Nsengiyumva kandi yagaragaje ko mu gufasha urwego rw'ubuhinzi, hagiye gushyirwa imbaraga mu kongera imari ishorwa muri uru rwego aho kugeza ubu 6% by'inguzanyo zitangwa ari zo zijya mu buhinzi bikaba byifuzwa ko nibura byagera kuri 10% mu 2029.

    Yashimangiye kandi ko abahinzi bashishikarizwa gukomeza kwishingira ibihingwa byabo kuko birinda ibihombo bya hato na hato.

    Kuva gahunda y'ubwishingizi bw'ibihingwa n'amatungo yatangizwa, Leta imaze gushoramo agera kuri miliyari 5 Frw mu gihe ibigo by'imari byashumbushije abahinzi agera kuri miliyari 7,1 Frw.

    Muri iyo gahunda abahinzi bangana 307.593, aborozi ni 56.761. Ibihingwa byishngirwa birimo umuceri, ibigori, ibirayi, ibishyimbo, soya, imyumbati, imiteja n'urusenda.

    Dr. Nsengiyumva ati 'Ibigo by'ubwishingizi turabishishikariza ko byajya byihutisha iyo gahunda yo gushumbusha abahinzi kuko hari aho byagaragaye ko bitinda.'

    U Rwanda rufite ubushobozi bwo guhunika ibinyampeke bingana na toni 318.000 buvuye kuri 240.000 bikaba buzagera kuri toni 420.000 muri 2029.

    U Rwanda kandi rufite gahunda yo kongera umusaruro w'ubworozi nk'aho umukamo w'amata y'inka witezweko uzava kuri litiro 1.092.430.000 bikazagera kuri 1.300.000.000 ku mwaka mu 2029.

    Umusaruro w'amafi wari toni 28.000 muri 2017, ugera kuri 48.000 mu 2024 bikaba byitezwe ko uzagera ku 77.000.

    Ku bijyanye n'amagi umusaruro uzagera nibura kuri toni 21.000 mu 2029, uvuye kuri 17.000 mu 2024.

    Ubwo Minisitiri w'Intebe Dr, Justin Nsengiyumva yagaragazaga ibigomba gushyirwamo imbaraga ngo u Rwanda rugere ku ntego yo kongera umusaruro w’ubuhinzi

    Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva yabigaragarije imbere y’Inteko rusange imitwe yombi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibizafasha-guverinoma-y-u-rwanda-kongera-umusaruro-w-ubuhinzi-kugero-cya-50

  • Rutsiro: RFI yeretse abayobozi uko babungabunga ibimenyetso kugira ngo hatangwe ubutabera bwihuse – #rwanda #RwOT

    Ibi RFI yabibasabye kuri uyu wa 2 Ukwakira 2025, ubwo bari mu bukangurambaga bwiswe 'Sobanukirwa RFI 2025''. Ubu bukangurambaga bugamije kumenyekanisha serivisi iki Kigo gitanga ndetse no kwereka abayobozi mu nzego zitandukanye uko bafasha abaturage mu kubungabunga ibimenyetso by'ahabereye ibyaha.

    Umuyobozi w'Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dative, yavuze ko nyuma yo gusobanurirwa uko babungabunga ibimenyetso by'ahabereye ibyaha bagiye kubisobanurira abaturage mu nama zose zibahuza na bo.

    Yakomeje agira ati 'Abaturage bacu bategaga bakajya mu Mujyi wa Kigali bagiye gushaka serivisi za RFI ariko ubu twamenye uko twazibasobanurira neza, ibibazo byinshi dukunze guhura nabyo ni ibijyanye n'abahohotewe cyane cyane abangavu, ugasanga ababateye inda babihakana, ikindi tugira ibibazo by'inyandiko mpimbano cyangwa se iz'irage rero twabonye ko bazipima bakamenya ukuri.''

    Mukaramutsa Console yavuze ko yishimiye ko RFI yabafashije kubasobanurira serivisi batanga ku buryo nawe agenda akazisobanurira abandi neza atibeshye, yavuze ko hari ubwo abaturage baburanaga ku irage ku buryo kumenya ufite ukuri bitoroha.

    Ati 'Ariko ubu twamenye ko dushobora gufata za mpapuro bari kuvuga ko zasinywe n'umubyeyi tukazipimisha tukamenya ukuri, bizatuma uburiganya bucika abaturage banabone ubutabera bwuzuye.''

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w'Akagari ka Nyarubuye mu Murenge wa Musasa,Hagenimana Bernard, yavuze ko we yungukiyemo ko mu gihe habaye ibyaha ashobora kuzitira aho byabereye mu rwego rwo gufasha inzego z'umutekano kubona ibimenyetso byakwifashishwa mu butabera.

    Ati 'Turagenda natwe tubisobanurire abaturage, tubereke uko babungabunga ibimenyetso n'uburyo bakwirinda amanyanga bitewe n'uko RFI ifite uburyo bwinshi bwo kuyatahura.''

    Umuyobozi mukuru ushinzwe serivisi zo gupima imibiri y'abitabye Imana muri RFI, Dr. Innocent Nkurunziza, yasabye abayobozi mu nzego z'ibanze mu Karere ka Rutsiro gusobanurira abaturage serivisi iki kigo gitanga ndetse no kubasaba ko bajya babungabunga ikimenyetso.

    Ati ''Ikimenyetso kibungwabungwe aho kiri hose yaba ahari umuntu witabye Imana, ahari umujura wamennye idirishya n'ibindi byinshi. Aho habereye icyaha niho hari amakuru yatuma hatangwa ubutabera bwiza, mu gihe wahageze mbere hazengurutse akagozi cyangwa amabuye.''

    RFI itanga serivisi zirimo gupima uturemangingo ndangasano, gupima uburozi n'ingano ya Alukoro mu maraso, gupima ibiyobyabwenge n'ibinyabutabire, gupima inyandiko zigibwaho impaka n'ibikumwe.

    Hari kandi gusuzuma ibimenyetso bishingiye ku ikoranabuhanga, gusuzuma inkomere n'imibiri y'abitabye Imana, gusuzuma ibyahumanijwe na mikorobe ndetse no gupima ibimenyetso by'imbunda n'amasasu.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dative, yavuze ko mu nama zose bazajya bagirana n’abaturage bazajya babasobanurira serivisi za RFI

    Umuyobozi muri RFI,Dr. Innocent Nkurunziza, yasabye abayobozi ba Rutsiro gusobanurira abaturage serivisi batanga

    SP Ashimirwe Japhet ukora muri RFI yasobanuye serivisi zitangwa n’iki kigo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rutsiro-rfi-yeretse-abayobozi-uko-babungabunga-ibimenyetso-kugira-ngo-hatangwe

  • Byinshi utamenye ku magambo yo gushyogozanya hagati ya Ricard na Kasuku #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru Ishimwe Ricard, uzwi cyane ku izina ry'umutasi, usanzwe akorera radio ya SK FM, amaze iminsi ari guterana amagambo n'umublogger Jay Squeezer uzwi ku izina rya Kasuku. Aba bombi bamaze igihe kitari gito batumvikana, ibintu byatumye habaho impaka zikomeye mu bakurikira amakuru n'imyidagaduro ku mbuga nkoranyambaga.

    Ricard, umunyamakuru ukunze kugaragara mu biganiro byo kuganira ku makuru y'imikino, ayagize ati: 'Petit Kasuku, iki gihe si cyo gutera ubwoba Umunyarwanda. Amategeko asumba amabuye kuremera. Icyo ucyeka ko uricyo ntibyatuma itegeko ritakugeraho. Ntuhubuke nagato, udakora ikosa uri umuntu nk'abandi imbere y'amategeko, Petit.'
    Aya magambo agaragaza ko Ricard yumva hari ibikorwa Kasuku akora bitubahirije amategeko cyangwa bigamije guhutaza abandi mu buryo butemewe, by'umwihariko mu rwego rw'itangazamakuru n'imbuga nkoranyambaga.

    Ku rundi ruhande, Kasuku ntiyatinye gusubiza Ricard mu magambo akomeye, agaragaza ko afite ikibazo gikomeye n'ubunyamwuga bwa Ricard, cyane cyane ku bijyanye no gutangaza amakuru y'ukuri. Kasuku avuga ati: 'Uyu mwana w'umunyamakuru aba abeshya Abanyarwanda ababwira ko afite amashuri kandi ntayo abahungu banjye barabizi bafite indangamanota ze, ikindi kandi ko nibyo abatangariza Abanyarwanda mu bijyanye no mu mupira w'amaguru atari byo. Iyo amaze gutangaza ibyo, nyuma ashaka kuvuga ko yibeshye, kandi nyuma y'ibyo aba yatangarije abafana muri rusange batajya babyakira neza.'

    Aya magambo agaragaza ko Kasuku afite impungenge z'uko Ricard atubahiriza ukuri kandi akenshi agashaka gukosora ibyo yatangaje mu buryo budasobanutse, bigatuma abafana n'abakurikirana amakuru y'umupira w'amaguru batishimira uko ibintu bimeze.

    Abafana ba Wamipango bo ntibemeranya nibyo umunyamakuru w'imikino Ishimwe Richard ibyo aba atangariza abakunzi b'imikino kandi ko kwigerereza Kasuku biri bumukoreho uko byagenda kose!

    Impaka nk'izi zigaragaza uburyo abanyamakuru n'abablogger bashobora guhura mu mvururu bitewe n'imyitwarire yabo mu itangazamakuru, aho buri wese agerageza kwerekana ko afite ukuri ku ruhande rwe.

    Abasesenguzi mu by'itangazamakuru bo bavuga ko guterana amagambo gutya bishobora kugira ingaruka ku buryo Abanyarwanda bafata amakuru, bityo bikaba ingenzi ko haba ibiganiro byubaka, aho buri wese yakwiga ku myitwarire y'abanyamakuru n'abablogger kugira ngo hatagira uwivanga mu makuru atari yo.

    Ibi kandi byagaragaza ko gukoresha imbuga nkoranyambaga n'itangazamakuru bisaba ubwitonzi, ubwenge, n'ubunyamwuga kugira ngo ubutumwa butangwa butazatesha agaciro uburenganzira bw'abaturage ku makuru y'ukuri.

    Abakurikira iyi mvugo ya Ricard na Kasuku ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko ibi bituma abantu batandukanye bagira uruhare mu mpaka, aho bamwe bashyigikira Ricard, abandi bashyigikira Kasuku, bityo bikongera umubare w'abakurikira n'abatanga ibitekerezo ku mpaka z'amagambo hagati y'aba bombi. Hari abagaragaza impungenge ko izi mvugo zishobora gutuma habaho kutumvikana hagati y'abaturage n'abanyamakuru, bityo bikaba ngombwa ko haba ibiganiro byubaka ku buryo amakuru atangwa neza kandi mu mucyo.

    'Petit Kasuku, iki gihe si cyo gutera ubwoba Umunyarwanda. Amategeko asumba amabuye kuremera. Icyo ucyeka ko uricyo ntibyatuma itegeko ritakugeraho. Ntuhubuke nagato, udakora ikosa uri umuntu nk'abandi imbere y'amategeko, Petit.'
    'Uyu mwana w'umunyamakuru aba abeshya Abanyarwanda ababwira ko afite amashuri kandi ntayo abahungu banjye barabizi bafite indangamanota ze, ikindi kandi ko nibyo abatangariza Abanyarwanda mu bijyanye no mu mupira w'amaguru atari byo'

     

    Source : https://kasukumedia.com/byinshi-utamenye-ku-magambo-yo-gushyogozanya-hagati-ya-ricard-na-kasuku/

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu, tariki 1 Ukwakira 2025, hasozwaga imikino ya 1/2 cya Rwanda Cup mu bagabo yabereye muri Petit Stade.


    Mu mukino wa mbere,
    Tigers BBC yatsinze APR BBC ku manota 76-74, ukaba wari umukino wari urimo guhatana gukomeye kugeza ku munota wa nyuma.

    Nyuma yaho, ikipe REG BBC yatsinze Kepler BBC ku manota 75-58, ikomeza kwerekana ubukombe bwayo mu irushanwa.


    Ibi byatumye
    Tigers BBC na REG BBC zibona itike yo gukina umukino wa nyuma, uteganyijwe ku wa Gatanu, tariki ya 3 Ukwakira 2025.

    Ku rundi ruhande, APR BBC na Kepler BBC zizahatana ku mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu.


    Imikino yombi izabera muri
    Petit Stade, aho umukino wo guhatanira umwanya wa 3 uzatangira saa kumi n'ebyiri z'umugoroba (18:00), naho umukino wa nyuma ukaba saa mbiri n'igice z'ijoro (20:30).



    Ni ku nshuro ya kabiri
    Rwanda Cup ikinwa mu byiciro byombi (abagabo n'abagore), aho ku nshuro ya mbere yabaye mu 2024, APR BBC yegukanye igikombe itsinze REG BBC ku manota 110-92 mu mukino wa nyuma wabaye ku wa 9 Kanama 2024.

    Source : https://rushyashya.net/reg-bbc-na-tigers-bbc-zageze-ku-mukino-wa-nyuma-wa-rwanda-cup-zisezereye-apr-bbc-na-kepler-bbc/

  • Rwaciye inka amabere? Ishingiro ry'u Rwanda mu kwamagana ibitero bya Israel kuri Qatar – #rwanda #RwOT

    Iki gihugu kandi cyagaragaje ko Qatar ikwiye gushimirwa uruhare ikomeje kugira mu guhuza impande zihanganye hirya no hino ku Isi, gisaba ko amakimbirane amaze igihe mu Burasirazuba bwo Hagati akemurwa hashingiwe ku itegeko mpuzamahanga no mu kwimakaza amahoro.

    Nyuma y'igitutu cy'amahanga, Minisitiri w'Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ubwo yari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika tariki ya 29 Nzeri 2025, yavuganye na mugenzi we wa Qatar ku murongo wa telefoni, amusaba imbabazi, amumenyesha kandi ko igihugu cye kitazongera kurasa i Doha.

    U Rwanda rwasabye ko hafatwa ingamba zatuma umuhuza nka Qatar atongera kugabwaho ibitero. Tariki ya 29 Nzeri, Perezida Donald Trump wa Amerika, yasohoye iteka ryemerera igihugu cye gutabara Qatar mu gihe yakongera kugabwaho igitero nk'iki, kuko kizafatwa nk'ikibangamira inyungu z'ibihugu byombi.

    Ubutumwa bw'u Rwanda bugaragaza uko rushyigikiye rwemye amahame shingiro mpuzamahanga agenga ibihugu bigize Umuryango w'Abibumbye, arimo kudatera ikindi gihugu, kubaha ubusugire bwacyo no gukemura amakimbirane binyuze mu biganiro.

    Ni ubutumwa bushimangira amahame iki gihugu kimaze igihe kirekire kigenderaho, arimo kutagira uruhande kibogamiraho mu ziri makimbirane. Urugero rufatika ni urw'imyanzuro myinshi yatowe mu Muryango w'Abibumbye, kigahitamo kwifata ariko kinakangurira abari mu makimbirane kuyakemura ku neza y'abasivili.

    Iyi inzu iri mu mujyi wa Doha yangijwe n’igisasu cy’ingabo za Israel

    Ubunyangamugayo bw'u Rwanda

    Ubutumwa bw'u Rwanda ku gitero cya Israel kuri Qatar bugaragaza ko rwahisemo kuba inyangamugayo muri politiki mpuzamahanga. Iyo ruvuga ku makimbirane, rushingira ku cyo amategeko mpuzamahanga ateganya, nta guca ku ruhande.

    Ibi bigira umumaro ukomeye muri dipolomasi kuko kutabogama birufasha kubana neza n'impande ziri mu makimbirane. Nubwo rwamaganye igitero cya Israel, bisanzwe ari inshuti, kandi runafitanye umubano mwiza na Qatar.

    U Rwanda rwanyuze mu bihe by'umwijima bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, rwongera kwiyubaka, ruba icyitegererezo mu iterambere ryihuse no mu mikorere myiza y'inzego zitandukanye zirimo urw'umutekano.

    Mu bituma u Rwanda ruba icyitegererezo harimo kugendera ku mategeko, yaba ay'imbere mu gihugu na mpuzamahanga. Kutabogama mu bihe by'amakimbirane birufasha gukomeza kubungabunga ibigwi rwubatse mu myaka 31 ishize.

    Ubutumwa bw'u Rwanda ku gitero cya Israel i Doha bushimangira ko ruzakomeza kwamagana imyitwarire idindiza gahunda y'amahoro no gushyigikira abahuza bakora ubutaruhuka kugira ngo intambara zikomeje gutikiriramo ubuzima bw'abatuye Isi zihagarare.

    U Rwanda rushyira imbere iyubahirizwa ry’amategeko mpuzamahanga

    U Rwanda ruzirikana abababaye

    Ingabo za Israel ziri kugaba ibitero bikomeye muri Gaza kuva mu Ukwakira 2023, ubwo Hamas yicaga Abisirayeli barenga 1100, ikanashimuta abarenga 250.

    Minisiteri y'Ubuzima yo muri Gaza ivuga ko kuva icyo gihe, abarenga ibihumbi 66 bamaze gupfira muri ibi bitero, abandi barenga ibihumbi 168 bakomeretse, mu gihe miliyoni 1,9 bahunze ibice bari batuyemo, bajya ahatekanye.

    Mu Ukwakira 2023, u Rwanda rwoherereje abo muri Gaza toni 16 z'imfashanyo irimo ibiribwa n'imiti, rubinyujije mu muryango w'ubugiraneza bw'ubwami bwa Jordanie.

    Mu Ugushyingo 2024, u Rwanda rwohereje izindi toni 19, muri Gicurasi 2025 rwohereza toni 20, rwohereza izindi toni 20 muri Nyakanga, rushimangira ko ruzakomeza gushyigikira gahunda mpuzamahanga y'ubutabazi.

    Ibi bikorwa bigaragaza uburyo inzirakarengane z'abasivili ziri ku mutima w'u Rwanda, ikaba ari yo mpamvu rushyigikiye ko ibi bitero bihagarara kugira ngo amakimbirane akemuke binyuze mu nzira y'amahoro.

    Mu Nteko Rusange ya Loni yateranye tariki ya 12 Nzeri, u Rwanda rwatoye umwanzuro ushyigikira ko Palestine igira ubwigenge, kuko ari bwo buryo bwatuma intambara yo muri Gaza ihagarara burundu. Uyu mwanzuro watowe n'ibindi bihugu 141.

    Mu gihe muri Gaza hakomeje kugabwa ibitero, u Rwanda rwoherezayo imfashanyo zirimo ibiribwa n’imiti


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwaciye-inka-amabere-ishingiro-ry-u-rwanda-mu-kwamagana-ibitero-bya-israel-kuri

  • Ruhango: Yashoye miliyoni 200 Frw mu guhashya ikibazo cy'ibura ry'imbuto y'ibirayi – #rwanda #RwOT

    Gusa igiciro cy'ibirayi ku isoko gikunze guhindagurika ahanini bitewe n'imbogamizi zikunze kugaragazwa n'abahinzi babihinga zirimo ko imbuto zabyo zabuze, akaba ari yo mpamvu ibiciro bikunze kwiyongera cyane.

    Nyuma yo kubona iryo hindagurika ku biciro by'ibirayi, Mukamusoni Philomène, wari usanzwe akora ubucuruzi busanzwe, yahisemo kujya mu buhinzi bwabyo ariko ahereye ku gutubura imbuto zabyo kugira ngo abahinzi babashe kubona izo bakeneye.

    Uyu mubyeyi ukorera ibi bikorwa byo gutubura mu Murenge wa Byimana, Akarere ka Ruhango, agaragaza ko icyo gitekerezo cyo gutubura imbuto z'ibirayi yakigiranye n'umugabo we, Ndagijimana Anastase, bareba icyakomeza kubateza imbere ndetse kikanafasha n'abaturage muri rusange.

    Ati 'Njyewe n'umutware wanjye twatekereje umushinga ushobora kudufasha gukomeza kwiteza imbere ariko tunateza imbere abaturage, dusanga ari ugushora mu bijyanye n'ibirayi ariko tukabijyamo mu rwego rwo gutubura imbuto zabyo.'

    Nyuma yaho bateguye umushinga neza, bawushyikiriza CDAT, kugira ngo ibahe inkunga nyunganizi kuko n'ubundi bari baranatangiye kubishyira mu bikorwa, nyuma baza kwemererwa iyo nkunga akaba ari byo byabafashije gutangira neza.

    Umushinga wa CDAT, ugamije guteza imbere ubuhinzi n'ubworozi mu Rwanda, washowemo miliyari 300 Frw harimo inkunga nyunganizi yagenewe miliyari 15 Frw yagenewe gufasha abakora ubuhinzi n'ubworozi kubona inkunga ibafasha kubikora mu buryo bugezweho.

    Binyuze mu nkunga nyunganizi, umushinga wa Mukamusoni wo gutubura imbuto z'ibirayi watwaye agera kuri 203.804.500 Frw, CDAT yatanze agera kuri 70.000.000 Frw, mu gihe asigaye agera kuri miliyoni 133.804.500 Frw yishyuwe na Mukamusoni.

    CDAT yafashije Mukamusoni kumwubakira 'screenhouse', akaba ari uburyo bumwe bwo gutubura imbuto bukorerwa ahantu harinzwe kandi hizewe, hakaba hafite akamaro ko kurinda indwara ndetse no kwirinda udukoko dushobora kwangiza ibihingwa mu mirima.

    Ndagijimana agaragaza ko ingemwe bakuramo imbuto z'ibirayi zose bazikura muri Laboratwari y'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n'Ubworozi, RAB.

    Ati 'Mbere na mbere kugira ngo tugere kuri iki cyiciro mwasanze turiho, izi ngemwe tuzikura muri laboratwari ya RAB zitwa 'plantlet' ariko ziba zujuje ubuzirange kubera ko ziba zarakozweho ubushakashatsi.'

    Yakomeje avuga ko iyo izo 'plantlet' bamaze kuzizana bahita bazishyira mu nzu zabugenewe ari zo 'screenhouse' bakazitera nyuma hakazeramo uturayi duto 'mini-tubers', aho bahita batugurisha abatujyana nk'imbuto z'ibirayi.

    Ati 'Ubwo burayi butoya rero iyo busaruwe ahangaha tubugirisha n'abatujyana mu mirima minini.'

    Utwo turayi duto iyo tumaze kugurishwa tujyanwa guterwa mu murima ariko icyo gihe tuba ari imbuto yitwa 'Imbuto fatizo', nyuma yaho byongera guhingwa mu murima bikavamo 'Imbuto shingiro'. Iyo mbuto noneho ni yo ihabwa abahinzi bahinga ibirayi bakayihinga nyuma ikazoherezwa ku isoko.

    Mukamusoni agaragaza ko ku nshuro ya mbere basaruraga imbuto, umwaka ushize basaruyemo izigera ku bihumbi 320 zibinjiriza akayabo.

    Ati 'Ubundi ku mwaka dusarura imbuto zigera ku bihumbi 320, tukaba twarakuyemo agera kuri miliyoni 47 Frw.'

    Yakomeje avuga ko intego bafite ari ukongera umusaruro kubera ko abifuza izi mbuto bakomeza kwiyongera uko bwije n'uko bukeye.

    Ati 'Mu ntego tugira harimo ko byibura imbuto imwe ishobora kweraho uturayi dutanu, gusa dushobora kurenga cyangwa bikagabanuka ikindi kandi akarayi kamwe tukagurisha 150.'

    Kugeza ubu bafite ingemwe ibihumbi 80 bakaba biteze kuzasaruramo imbuto ibihumbi 400 ku buryo bashobora kurenza amafaranga agera kuri miliyoni 60 Frw.

    Umuyobozi ushinzwe ishoramari muri CDAT, Mugambira Bonfils, yavuze ko uyu mushinga wo gutubura wa Mukamusoni uje ari amahirwe akomeye ku bahinzi bari basanzwe bakora ubuhinzi bw'ibirayi kubera ko bazajya babasha kubona imbuto z'ibirayi ku buryo biboroheye.

    Ati 'Kuba yarabizanye hano ni amahirwe kuko hano mu Ntara y'Amajyepfo hari ahantu hakorerwa ubuhinzi bw'ibirayi muri Nyamagabe na Nyaruguru bizaboroherera kugira ngo babashe kubona imbuto bakoresha bahinga ibirayi.'

    CDAT iteza imbere ubuhinzi n'ubworozi bugamije isoko no kugabanya ibibubangamira, yatangiye gushyirwa mu bikorwa muri Mutarama 2023.

    Imaze gufasha imishinga igera kuri 244 yujuje ibisabwa mu gihugu hose aho yemerewe inkunga y'arenga miliyari 8,6 Frw.

    Mukamusoni agaragaza ko ku nshuro ya mbere basaruraga imbuto umwaka ushize, basaruyemo izigera ku bihumbi 320 zibinjiriza akayabo

    Ndagijimana avuga ko binjiye mu butubuzi bw’imbuto z’ibirayi mu rwego rwo kuzajya bageza izo mbuto ku bahinzi bahinga ibirayiNdagijimana avuga ko binjiye mu butubuzi bw’imbuto z’ibirayi mu rwego rwo kuzajya bageza izo mbuto ku bahinzi bahinga ibirayi

    Umuyobozi ushinzwe Ishoramari muri CDAT, Mugambira Bonfils, yavuze ko uyu mushinga uje gutanga umusanzu mu kugeza imbuto nziza z’ibirayi ku bahinzi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ruhango-yashoye-miliyoni-200-frw-mu-guhashya-ikibazo-cy-ibura-ry-imbuto-y

  • Zari yatoboye aravuga nyuma y’impanuka ikomeye yakoze #rwanda #RwOT

    Umuherwekazi ukomoka muri Uganda uba muri Afurika y’Epfo, Zari Hassan yavuze ko akeneye imodoka nshya ya ‘Range Rover’ kuko indi yangirikiye mu mpanuka yakoze.

    Mu minsi yashize nibwo hakwirakwiye amakuru ko Zari Hassan ko yakoze impanuka ikomeye cyane.

    Uyu mugore wabyaranye na Diamond Platnumz yemeje aya makuru ko yakoze impanuka iba yaranatwaye ubuzima bwe.

    Yashyize hanze imodoka ye ya Range Rover yangiritse uruhande rw’imbere aho umushoferi yicara ariko akaba ashima Imana ko ameze neza.

    Mu magambo ye yagize ati “nkeneye Range Rover nshya”.

    Zari Hassan yakoze impanuka mu minsi ishize

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11969

  • Jasinta uheruka kubica mu mwambaro wa APR FC, yatandukanye n’umugabo we #rwanda #RwOT

    umwe mu banyarwandakazi baheruka kubica ku mbuga nkoranyambaga mu mwambaro wa APR FC ubwo yari muri Tanzania mu mikino ya CECAFA Kagame Cup, Jasinta Makwabe yatandukanye n’umugabo we.

    Uyu munyarwandakazi uba muri Tanzania akaba umuhanga mu kumurika Imideli, muri Gashyantare 2025 nibwo hagiye hanze amakuru y’uko yarushinze.

    Jasinta w’imyaka 28 akaba yaragiye avugwa mu rukundo n’ibyamamare birimo na Diamond Platnumz akaba yaratandukanye n’umugabo we.

    Jansita akaba aheruka kwigarurira imitima ya benshi mu kwezi gushize ubwo yagaragaye yagiye gushyigikira APR FC mu mikino ya CECAFA Kagame Cup

    Jasinta yatandukanye n’umugabo we

    Jasinta aheruka kubica ku mbuga nkoranyambaga mu mwambaro wa APR FC

    Jasinta aheruka kubica ku mbuga nkoranyambaga mu mwambaro wa APR FC

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11970

  • Bushoke na Juliet Zawedde bagiye gukora ubukwe #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w'icyamamare wo muri Tanzania, Bushoke, ari mu byishimo bikomeye nyuma yo gutangaza ko agiye kurushinga na Juliet Zawedde, umushoramari w'Umunya-Uganda ukunzwe cyane muri Amerika. Uyu mukobwa usanzwe azwi nk''umushoramari uhuza imbaraga mu muziki,' yamamaye kubera ibikorwa bye byo gushyigikira abahanzi bo muri Uganda n'ahandi muri Afurika.

    Ni ubukwe buzabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku itariki ya 18 Ukwakira 2025, bikaba bizitabirwa n'inshuti n'imiryango yombi ndetse n'abandi banyacyubahiro batandukanye. Amerika ni naho Juliet Zawedde asanzwe atuye akanakorera ibikorwa bye by'ubucuruzi.

    Mu kwezi kwa Kanama 2025 nibwo Bushoke yambitse impeta y'urukundo Juliet Zawedde, amusaba kumubera umugore. Byari ibirori byasize amateka mu bakunzi b'aba bombi, kuko Juliet atigeze abanza na gato kwibaza kabiri ku cyifuzo cy'uwo yihebeye.

    Iyi nkuru yakiriwe mu buryo butandukanye muri Uganda, dore ko benshi bari bazi ko Juliet Zawedde yakundana na Dr Jose Chameleone.

    Uyu muhanzi yari yaranamufashije cyane igihe yari arwariye muri Amerika mu minsi yashize, ari nayo mpamvu amakuru y'ubukwe bwe na Bushoke yakomeje gucengera ibitangazamakuru bitandukanye, bikabyita 'inkuru y'ikinyejana.'

    Bushoke we asanzwe ari umuhanzi uzwi mu ndirimbo z'urukundo zakunzwe n'abatari bake muri Tanzania no muri Afurika y'Uburasirazuba. Kwinjiza urukundo n'ubuhanzi muri uru rugendo rushya rw'ubuzima bwe ni intambwe nshya ishobora no gufungura amarembo mashya mu muziki.

    Ubukwe bwabo bwitezwemo ishyaka n'ibyishimo bikomeye, kuko buzahuriza hamwe umuziki, ubucuruzi n'urukundo nyakuri mu gihugu cya kure.

    Bushoke na Juliet Zawedde bagiye gukora ubukwe

     

    Source : https://kasukumedia.com/bushoke-na-juliet-zawedde-bagiye-gukora-ubukwe/