Category: Uncategorized

  • Gashinya: Abaturage baratabaza kubera inda ziterwa abangavu #rwanda #RwOT

    Abaturage batujwe mu Mudugudu w'abatishoboye wa Gashinya, uherereye mu Murenge wa Nduba, Akarere ka Gasabo, baratabaza inzego z'ubuyobozi n'abafatanyabikorwa mu mibereho myiza y'abaturage, nyuma yo kubona ikibazo cy'abakobwa babyara imburagihe n'abandi batwita bakiri bato gikomeje gufata indi ntera.

    Bamwe mu baturage bavuga ko ubukene bukabije n'inzara byabaye intandaro yo kuba hari abagabo bamwe bifashisha ibiribwa n'amafaranga make mu gushuka abana b'abakobwa, bakabatera inda bakiri bato, bigatuma bamwe babyara batarageza igihe n'abandi bagahura n'ingaruka zikomeye ku buzima bwabo n'umwana babyaye.

    Umubyeyi utuye muri uyu Mudugudu yagize ati: 'Abana bacu bari mu bihe bikomeye. Inzara ituma bamwe babura amahitamo, bagafatwa n'abantu babizeza kubafasha, bikarangira batwite. Turasaba ko habaho ubufasha burambye.'

    Abayobozi b'inzego z'ibanze bavuga ko ikibazo bakizi kandi ko hari ingamba zatangiye gufatwa zirimo gukangurira abaturage kurinda abana, gukurikirana abakekwaho kubangamira abana no gukorana n'inzego z'umutekano n'iz'ubuzima mu gufasha abahuye n'iki kibazo.

    Abafatanyabikorwa mu mibereho myiza y'abaturage basabwa kongera imbaraga mu gufasha imiryango itishoboye, by'umwihariko mu gutanga inkunga y'ibiribwa, ubujyanama ku buzima bw'imyororokere, no gushyigikira gahunda zo kurinda abana.

    Abaturage basaba ko hakongerwa ubufasha n'ubukangurambaga, kugira ngo abana b'abakobwa barindwe ihohoterwa, bagire amahirwe yo gukomeza amashuri no kubaho mu buzima butekanye.

    Source : https://kasukumedia.com/gashinya-abaturage-baratabaza-kubera-inda-ziterwa-abangavu/

  • Burera: Abaturage bahisemo kujya bagendana amatungo yabo aho bagiye hose kubera ubwiyongere bw'ubujura #rwanda #RwOT

    Mu karere ka Burera, hari abaturage batangiye gufata ingamba zidasanzwe zo kurinda amatungo yabo, aho bamwe basigaye bayajyana aho bagiye hose, haba ku mirimo ya buri munsi, mu ngendo, cyangwa no mu masoko. Ibi babitewe n'ubwiyongere bw'ubujura bw'amatungo bumaze iminsi bugaragara muri aka Karere, aho abajura bayiba mu ngo, bakayabaga mu buryo butemewe n'amategeko, hanyuma bakagurisha inyama mu ibanga.

    Abaturage bavuga ko ikibazo cyatangiye kugaragara cyane mu mezi ashize, aho inka, ihene n'intama byagiye byibwa nijoro cyangwa mu masaha y'akazi ka nyirabyo. Bamwe mu bahuye n'iki kibazo bavuga ko gusiga itungo mu rugo byabaye nko kuriteganyiriza abajura, ari yo mpamvu bahisemo kurigumana n'ubwo bigora imibereho yabo ya buri munsi.

    Umwe mu baturage yagize ati: 'Twahisemo kujya tugendana amatungo yacu kuko kuyasiga mu rugo byari nko kuyashyikiriza abajura. N'ubwo bigoye kuyajyana mu mirima cyangwa mu masoko, twumva ari yo nzira yo kuyabungabunga.' Abandi bavuga ko byabagabanyiriza igihombo, ariko bikongera umunaniro n'ibindi bibazo by'imibereho.

    Ubuyobozi bw'inzego z'ibanze mu Karere ka Burera bwemeza ko bwatangiye gukurikirana iki kibazo, busaba abaturage gukomeza gutanga amakuru ku gihe no gufatanya mu kurinda umutekano. Banashishikariza abaturage gushyira hamwe mu matsinda yo kurinda umutekano no gukorana n'inzego z'umutekano, kugira ngo ubujura bw'amatungo bucike burundu, bityo abaturage bongere kugirira icyizere umutekano w'iwabo.

     

    Source : https://kasukumedia.com/burera-abaturage-bahisemo-kujya-bagendana-amatungo-yabo-aho-bagiye-hose-kubera-ubwiyongere-bwubujura/

  • Burera: Abaturage bahisemo kujya bagendana amatungo yabo aho bagiye hose kubera ubwiyongere bw'ubujura #rwanda #RwOT

    Mu karere ka Burera, hari abaturage batangiye gufata ingamba zidasanzwe zo kurinda amatungo yabo, aho bamwe basigaye bayajyana aho bagiye hose, haba ku mirimo ya buri munsi, mu ngendo, cyangwa no mu masoko. Ibi babitewe n'ubwiyongere bw'ubujura bw'amatungo bumaze iminsi bugaragara muri aka Karere, aho abajura bayiba mu ngo, bakayabaga mu buryo butemewe n'amategeko, hanyuma bakagurisha inyama mu ibanga.

    Abaturage bavuga ko ikibazo cyatangiye kugaragara cyane mu mezi ashize, aho inka, ihene n'intama byagiye byibwa nijoro cyangwa mu masaha y'akazi ka nyirabyo. Bamwe mu bahuye n'iki kibazo bavuga ko gusiga itungo mu rugo byabaye nko kuriteganyiriza abajura, ari yo mpamvu bahisemo kurigumana n'ubwo bigora imibereho yabo ya buri munsi.

    Umwe mu baturage yagize ati: 'Twahisemo kujya tugendana amatungo yacu kuko kuyasiga mu rugo byari nko kuyashyikiriza abajura. N'ubwo bigoye kuyajyana mu mirima cyangwa mu masoko, twumva ari yo nzira yo kuyabungabunga.' Abandi bavuga ko byabagabanyiriza igihombo, ariko bikongera umunaniro n'ibindi bibazo by'imibereho.

    Ubuyobozi bw'inzego z'ibanze mu Karere ka Burera bwemeza ko bwatangiye gukurikirana iki kibazo, busaba abaturage gukomeza gutanga amakuru ku gihe no gufatanya mu kurinda umutekano. Banashishikariza abaturage gushyira hamwe mu matsinda yo kurinda umutekano no gukorana n'inzego z'umutekano, kugira ngo ubujura bw'amatungo bucike burundu, bityo abaturage bongere kugirira icyizere umutekano w'iwabo.

    Source : https://kasukumedia.com/burera-abaturage-bahisemo-kujya-bagendana-amatungo-yabo-aho-bagiye-hose-kubera-ubwiyongere-bwubujura-2/

  • Muhanga: Umuryango w'abantu batatu utishoboye uhangayikishijwe n'ubuzima bwo kuba mu nzu yasenyutse #rwanda #RwOT

    Bamwe mu baturage n'abanyura ahazwi nko mu Rugarama, mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, bagaragaza impungenge zikomeye ku buzima bubi n'umutekano muke umuryango w'abantu batatu umaze hafi umwaka uba mu nzu yasenyutse. Uwo muryango ugizwe n'umukecuru uri mu zabukuru n'umwana muto, bakaba babayeho mu buzima bugoye kandi buteye impungenge.

    Abaturage bavuga ko iyo nzu yasenyutse bitewe n'imvura n'imyaka ishize idasanwa, ku buryo ibisenge byaguye, inkuta zigasaduka, bityo kuba muri iyo nzu bikaba ari nko kwiyemeza ibyago. Mu gihe cy'imvura, amazi yinjira mu nzu, bigatuma umwana n'uwo mukecuru barara mu bwoba bwo kuba yagwira cyangwa bagafatwa n'indwara ziterwa n'umutekano muke n'umwanda.

    Bamwe mu bahatuye bavuga ko bagiye bagerageza gufasha uko bashoboye, babazanira ibiribwa n'ibikoresho by'ibanze, ariko bikaba bidahagije ngo bikemure ikibazo cy'icumbi. Bagasaba ubuyobozi n'abandi bafatanyabikorwa mu iterambere kwihutira kubegera bagashakirwa igisubizo kirambye, cyane cyane ko harimo umwana ukwiye kurindwa no kubaho mu buzima bwiza.

    Ubuyobozi bw'inzego z'ibanze busabwa kureba uko uwo muryango wabona icumbi rifite umutekano cyangwa ugashyirwa muri gahunda zifasha abatishoboye. Abaturage bavuga ko gufasha uwo muryango atari impuhwe gusa, ahubwo ari inshingano zo kurengera ubuzima bw'abaturage, cyane cyane abatishoboye, kugira ngo babeho mu cyubahiro n'umutekano.

    Muhanga: Umuryango w'abantu batatu utishoboye uhangayikishijwe n'ubuzima bwo kuba mu nzu yasenyutse

    Source : https://kasukumedia.com/muhanga-umuryango-wabantu-batatu-utishoboye-uhangayikishijwe-nubuzima-bwo-kuba-mu-nzu-yasenyutse/

  • Noopja yahakanye ibyo kurebana ay’ingwe na Element #rwanda #RwOT

    Noopja yateye utwatsi amakuru y’umwuka mubi umaze iminsi uvugwa hagati ye na Element Eleéeh nyuma y’uko avuye muri Country Records barebana ay’ingwe.

    Mu ntangiro z’umwaka wa 2023 ni bwo hadutse umwuka mubi hagati ya Producer Element n’ubuyobozi bwa Country Records iyobowe na Noopja yari amaze hafi imyaka itatu akorera, byanavuyemo ko ayitera umugongo ahava yerekeza muri 1:55AM Ltd ya Coach Gael.

    Byanavuzwe ko icyo gihe ubuyobozi bwa Country Records bwababajwe bikomeye no kuba uyu musore yaragiye atunguranye ndetse bakiri mu kiriyo dore ko bari bamaze iminsi mike babuze umuvandimwe wabo Kinyoni wafatwaga nk’ukuboko kw’iburyo mu mirimo yabo yo gutunganya indirimbo, akaba murumuna wa Noopja.

    Mu kiganiro na ISIMBI, umuyobozi akaba na nyiri country Records yahakanye iby’umubano we na Element bivugwa ko wantangiye kuzamo agatotsi kuva muri 2023, ahubwo yitsa ku kuba aya makuru aturuka ku icengezamatwara rishyirwamo imbaraga rikanakwirakwizwa n’abashaka amaramuko kuri murandasi.

    Ati 'Ibyo n’ibyo abantu bakura mu magambo akwirakwizwa kuri interineti n’ababifitemo inyungu runaka gusa nta kibazo mfitanye na Element rwose.”

    'Yego ibibazo hagati y’abantu bishobora kubaho ariko Element ni umuhungu wanjye anakumvise uvuga nabi izina ryanjye sinzi niba mwakiranuka amahoro kubera ibyo nawe azi neza ko namukoreye.'

    Producer Element ufatanya imirimo yo gutunganya indirimbo no kuba umuhanzi , ubu ni umwe mu bahanzi bafite indirimbo zakunzwe na benshi mu Rwanda kuva kuri 'Kashe' kugera kuri 'Fou de toi', 'Milele' n’izindi.

    Noopja yahakanye umwuka mubi uvugwa hagati ye na Element Eleéeh

    Source : http://isimbi.rw/noopja-yahakanye-ibyo-kurebana-ay-ingwe-na-element.html

  • Rutanga Eric wakiniye Rayon na APR FC yasezeye ruhago #rwanda #RwOT

    Myugariro w’inyuma ku ruhande rw’ibumoso wakiniye APR FC, Rayon n’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Rutanga Eric yashyize akadomo ku rugendo rwe rwo gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, nyuma y’imyaka myinshi.

    Uyu mukinnyi w’imyaka 33 yabitangaje abinyujije mu butumwa yacishije ku rukuta rwe rwa Instagram kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Mutarama 2025, aho yagaragaje amarangamutima y’ishimwe n’icyubahiro afitiye umupira wamugize uwo ari we uyu munsi.

    Mu butumwa bwe, Rutanga yagize ati 'Warakoze umupira w’amaguru. Wampaye intego, imyitwarire, amasomo n’ibihe bitazibagirana. Warandeze, unyigisha guhangana, kwizera no gukura mu buzima.'

    Yakomeje ashimira amakipe yose yakiniye, abatoza, abo bakinnye, abayobozi n’abafana bamubaye hafi mu rugendo rwe rwose.

    Rutanga Eric yagaragaje ko umupira atawubonaga nk’umukino gusa, ahubwo yawufataga nk’umuryango n’ubuzima bwe bwa buri munsi. Yagize ati buri myitozo, buri mukino n’ibitambo yatanze byamugize umuntu wubatse indangagaciro z’ubwiyemeze n’ubupfura.

    Uyu myugariro yavuze ko nubwo afashe indi ntambwe mu buzima bwe, abikoze ashimira uru rugendo rurerure anyuzemo, agaragaza ko atari ugusezera burundu ku mupira, ahubwo ari ugushimira ibyo wamuhaye n’abantu bose yawuhuriyemo.

    Mu rugendo rwe rwo gukina umupira w’amaguru, Rutanga Eric yakiniye amakipe atandukanye akomeye mu Rwanda. Aheruka gukinira Gorilla FC, ariko izina rye ryamamaye cyane mu gihe yakiniraga Rayon Sports kuva mu mwaka w’imikino wa 2017/2018, ubwo yari avuye muri APR FC, kugeza mu 2020 ubwo yagurishwaga muri Police FC.

    Mu gihe yamaze muri Rayon Sports, Rutanga yafashije iyi kipe kwegukana ibikombe bitandukanye birimo igikombe cya Shampiyona ya 2018/2019, igikombe cy’Agaciro 2017 n’icy’Intwari 2018. Yanagize uruhare mu mateka ya Rayon Sports ubwo yageraga muri kimwe cya kane cya CAF Confederation Cup ya 2018.

    Rutanga Eric wakiniye ikipe y’Igihugu Amavubi yasezeye ruhago

    Rutanga Eric yandikanye amateka na Rayon Sports

    Yanabaye kapiteni wa Police FC

    Rutanga yakuriye muri APR FC

    Source : http://isimbi.rw/rutanga-eric-wakiniye-rayon-na-apr-fc-yasezeye-ruhago.html

  • Bimwe mu byaha DJ Toxxyk akurikiranyweho #rwanda #RwOT

    Shema Arnaud De Bosscher uzwi ku izina rya DJ Toxxyk ari mu maboko y'ubutabera, aho akurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo ubwicanyi butaturutse ku bushake ndetse n'ibikorwa bifitanye isano n'ibiyobyabwenge n'urusobe rw'imiti ikoreshwa nka byo.

    Ibi byaha bifitanye isano n'impanuka yabaye mu rukerera rwo ku wa 20 Ukuboza 2025, aho imodoka yavugwaga ko yari itwawe na DJ Toxxyk yagize impanuka ikomeye, ikaba yaraguyemo umupolisi wari mu kazi. Nyuma y'iyo mpanuka, inzego z'umutekano zatangiye iperereza ryimbitse, ari na ryo ryaje gutuma hasangwa ibiyobyabwenge iwe, bikomeza gukomeretsa dosiye ye.

    Itegeko riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange, mu ngingo ya 111, risobanura ko umuntu wica undi atabigambiriye, bitewe n'uburangare, kutitonda cyangwa kudakurikiza amategeko, aba akoze icyaha cy'ubwicanyi budaturutse ku bushake. Iyo agihamijwe, ahanishwa igifungo kiri hagati y'amezi atandatu n'imyaka ibiri, ndetse n'ihazabu ishobora kuva kuri 500,000 FRW ikagera kuri 2,000,000 FRW.

    Ku bijyanye n'ibiyobyabwenge, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ubifatanwa, ubikoresha cyangwa ubyitaho mu buryo ubwo ari bwo bwose, aba akoze icyaha gihanwa n'igifungo kiri hagati y'umwaka umwe n'imyaka ibiri cyangwa imirimo y'inyungu rusange.

    Biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatatu DJ Toxxyk agezwa imbere y'Urukiko rw'Ibanze rwa Nyarugenge, aho aburanishwa ku ifungwa n'ifungurwa ry'agateganyo. Yatawe muri yombi ku wa 21 Ukuboza 2025 mu Karere ka Karongi, aho bikekwa ko yari ari mu nzira ahunga nyuma y'iyo mpanuka.

     

    Source : https://kasukumedia.com/bimwe-mu-byaha-dj-toxxyk-akurikiranyweho/

  • Urubanza rwa DJ Toxxyk rwatewe ipine #rwanda #RwOT

    Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwasubitse iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya Arnaud Shema wamamaye mu mwuga wo kuvanga imiziki nka DJ Toxxyk.

    Uyu musore akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’impanuka yo mu muhanda yakozwe n’imodoka yagonze umuntu igahita icika, bikavugwa ko iyo mpanuka yahitanye ubuzima bw’umupolisi wari mu kazi.

    Ibyabaye byatumye inzego z’umutekano zitangira iperereza ryihuse, ari na ryo ryaje kuvamo ifatwa rya DJ Toxxyk.

    Iburanisha ku ifungurwa ry’agateganyo ryari riteganyijwe ku wa 7 Mutarama, ariko ryaje gusubikwa nyuma y’uko Shema n’abamwunganira mu mategeko basabye urukiko igihe cyiyongereye cyo kwiga neza dosiye y’urubanza.

    Abunganizi be bagaragaje ko dosiye bayibonye bitarenze amasaha 24 mbere y’uko iburanisha ritangira, bityo bikabagora gutegura neza uko baburana.

    Urukiko rwumvise izo mpamvu, rwemeza ko iburanisha risubikwa kugira ngo impande zombi zibone umwanya uhagije wo kwitegura.

    Nk’uko byatangajwe n’Urukiko, DJ Toxxyk akurikiranyweho ibyaha bine, nubwo ibisobanuro birambuye kuri ibyo byaha bitatangajwe.

    Icyaha cy’ubwicanyi budaturutse ku bushake, itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu ngingo ya 111 iteganya uburyo ubwicanyi budaturutse ku bushake n’uko buhanwa.
    Ivuga ko umuntu wica undi by’ububuraburyo, uburangare, ubushake buke, umwete muke, kudakurikiza amabwiriza cyangwa se ubundi ubuteshuke bwose ariko adafite umugambi wo kumwica, aba akoze icyaha.

    Umuntu uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwica bidaturutse ku bushake, ahanishwa igifungo kitari mu nsi y’amezi atandatu (6),ariko kitarenze imyaka ibiri (2) n’ihazabu ya 500,000 Frw ariko atarenze miliyoni ebyiri (2) Frw, cyangwa se kimwe muri ibyo bihano.

    Urubanza rwa Dj Toxxyk rwimuwe

    Source : http://isimbi.rw/urubanza-rwa-dj-toxxyk-rwatewe-ipine.html

  • Shaddy Boo yahishuye ko yatereranywe n’inshuti ze hafi gupfa #rwanda #RwOT

    Shaddy Boo yatangaje uburyo umwaka ushize wamubereye igihe kiremereye cyuzuyemo imitwaro ikomeye no gutereranwa n’inshuti mu buryo budasanzwe, ariko akiyemeza kudaheranwa n’izo ntege nke.

    Mbabazi Shadia wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka Shaddy Boo, yanyujije ubutumwa ku rubuga rwa Instagram agaragaza ko aherutse kunyura mu bihe bitamworoheye na gato.

    Ni ubutumwa bwuje amarangamutima, agaragaza uko umwaka ushize wamubereye uw’igeragezwa rikomeye.

    Mu byo yanditse, Shaddy Boo yavuze ko yifuza gusangiza abantu bimwe mu byo yanyuzemo, agira ati 'Umwaka ushize wabaye umwaka wansenye. Nta kintu wantwaye, ariko waranyangije cyane. Naribuze, nishakisha mu buryo bwa bucece, mu mubabaro, mu ijoro aho nta n’umwe nabashaga gusangiza amarira yanjye.'

    Yakomeje asobanura ko muri ibyo bihe yumvaga ari wenyine cyane, nta muntu n’umwe umuba hafi cyangwa umusobanukirwa.

    Ati 'Nari njyenyine. Umwe rukumbi. Nta n’umwe wamfashije kwikorera umutwaro wanjye, nta muntu wumvaga urwo rugamba rutagaragara rwahoraga mu mutwe n’umutima byanjye.'

    Icyakora, Shaddy Boo yagaragaje ko nubwo yababaye bikomeye, hari ikintu cyamubereye inkingi yo kudacika intege ari cyo abakobwa be babiri bato.

    Ati 'Gusa nari mfite abakobwa banjye bato babiri. Bari bahari. Mu maso yanjye ananiwe, barambyutsaga buri gitondo. Iyo bataza kubaho, nanjye sinari kuba ngihari. Bambereye impamvu yo gukomeza guhaguruka, igihe cyose hari icyashaka ko ngwa.'

    Uyu mugore yavuze kandi ko n’ubwo yahoranye inshuti, muri icyo gihe gikomeye nta n’umwe wamubaye hafi ngo amusangire uwo mutwaro w’ububabare yikoreye, ibintu byatumye arushaho kumva uburemere bw’urugamba yarimo.

    Yongeyeho ati 'Gusa ku bw’ubuntu bw’Imana, nararokotse, kandi muri uko gucungurwa nongeye kwibona. Ubwo buribwe bwamfunguye amaso, buranyubaka, bungira mushya.'

    Shaddy Boo yasoje avuga ko uyu munsi atewe ishema n’uwo ari we, kandi ko umwaka wa 2026 yawinjiyemo yiteguye guhangana n’ibyashaka kumuhungabanya.

    Yanashimangiye ko yizeye ko ibizamugerageza bizamutinya, na we akaba yiteguye kuwubamo neza, afite icyizere n’imbaraga nshya zo gukomeza urugendo rw’ubuzima.

    Shaddy Boo yavuze ko umwaka ushize wamushaririye

    Source : http://isimbi.rw/shaddy-boo-yahishuye-ko-yatereranywe-n-inshuti-ze-hafi-gupfa.html

  • Na M23 ifata Goma ntiyankanze ntankanswe ibya Yampano _ Alyn Sano ku gutinyisha igihangano #rwanda #RwOT

    Alyn Sano yagaragaje ko atajya yita ku by’impungenge zo gutinya gushyira hanze igihangano cye mu gihe hari inkubiri y’andi makuru ari kuvugwa cyane atinya ko kitazarebwa.

    Mu kiganiro kirambuye yagiranye na ISIMBI, Aline Sano yavuze ko kuba atari umuhanzi ukora indirimbo zo kumvwa ako kanya gusa ari byo bimuha imbaraga zo gutera umugongo ibyo kuzitinyisha kugira ngo zitazarebwa cyane bitewe n’ikiri kwigarurira imitwe y’ibitangazamakuru muri icyo gihe.

    Ati 'Reka reka buriya nta kintu cyambuza gushyira hanze igihangano cyanjye kuko n’igihe M23 ifata Bukavu ntiyigeze imbuza nkanswe amashusho ya Yampano atamara n’iminsi ibiri.”

    'Impamvu mbyizera gutyo ni uko nyuma y’imyaka ingahe uzaza kureba cyangwa kumva ya ndirimbo ntazita ngo yasohotse ku gihe cy’amashusho y’urukozasoni ya Yampano.'

    Shengero Aline yanongeyeho ko abona umuhanzi ushingira inganzo ye ku bigezweho mu gihe runaka aba afite ibyago byinshi byo kuzima mu gihe adashyize imbere umwihariko we mu byo akora.

    Ati 'Umuhanzi ukurikira ibigezweho akaba ari byo aririmba gusa ntashyiremo bwa budasa bwe abantu bamumenyereyeho akiza aba ashobora kuzima mu gihe runaka by’umwihariko iyo Trend igeze ku musozo.'

    Uyu muhanzikazi yanemeje ko muri uyu mwaka yitegura kuzashyirira hanze album ye ya kabiri nyuma y’iyo yise 'Rumuri' yaherukaga gusohora.

    Kuri iyi album atarashyirira hanze izina yemeje ko izaba inagizwe na zimwe mu ndirimbo ze zamaze gusohoka zirimo 'Chop Chop’ yakoranye na Bensoul wahoze mu itsinda rya Sauti Sol, ‘Turn It Up’ na 'Fire’.

    Alyn Sano yavuze ko nta cyamubuza gusohora indirimbo

    Source : http://isimbi.rw/na-m23-ifata-goma-ntiyankanze-ntankanswe-ibya-yampano-_-alyn-sano-ku-gutinyisha.html