Category: Uncategorized

  • Uyu munsi Tiamo Lounge iraba isibaniro ry'imyidagaduro #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, tariki 11 Mutarama 2026, Tiamo Lounge irahinduka isoko y'ibyishimo n'imyidagaduro idasanzwe, ubwo abakunzi b'imyidagaduro n'ibyamamare bitandukanye mu muziki nyarwanda barahurira aho mu kwidagadura no kwishimira ubuzima mu buryo budasanzwe. Iri joro rirangwa n'akanyamuneza, umuziki mwiza n'ubusabane bwihariye, bituma Tiamo Lounge yongera kugaragaza ko ari hamwe mu hantu h'imyidagaduro z'icyitegererezo mu Mujyi wa Kigali.

    Umuziki w'iri joro uravangwa n'abahanga mu kuvanga imiziki ari bo Dj Caspi na Dj Crush, bakaba barasusurutsa abaribuze binyuze mu ndirimbo zigezweho n'izakunzwe, bituma abakunzi b'imyidagaduro badahwema kubyina no kwishima iri joro ryose.

    Iki gikorwa kirayoborwa na Tania na Jesca, mu buhanga mu kwakira abantu no gutuma gahunda igenda neza mu mwuka w'ibyishimo.

    Abagana Tiamo Lounge bakomeje guhabwa serivisi nziza zirimo ibinyobwa byujuje ubuziranenge, ahantu heza ho kwicarana n'inshuti, ndetse n'umutekano usesuye. Ibi byose bikomeje gutuma Tiamo Lounge ihitamo rya benshi mu minsi isanzwe no mu birori byihariye, by'umwihariko ku bakunda imyidagaduro yo ku rwego rwo hejuru.

    Source : https://kasukumedia.com/kuri-uyu-wa-gatanu-tiamo-lounge-iraba-isibaniro-ryimyidagaduro/

  • APR FC yanyagiye Rayon Sports yakinnye nabi (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    APR FC yegukanye Igikombe kiruta ibindi mu gihugu (Super Cup) inyagiye Rayon Sports 3-0.

    Ni mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Mutarama 2026.

    Rayon Sports ikaba mu bakinnyi 11 yabanje mu kibuga harimo 6 bashya iheruka kugura ari bo Kwizera Olivier, Ben Aziz Dao, Tshimanga Tshilemb, Lakau Kitoko, Yannick Bangala na Joachim.

    Aba bakinnyi nta kintu bafashije iyi kipe uretse gutuma itsindwa aho nk’igitego cya mbere cyatsinzwe na William Togui Mel ku munota wa 20 ni ku ikosa rya Kwizera Olivier wamwihereye umupira.

    Igitego cya kabiri cyatsinzwe na Ssekiganda Ronald ku munota wa 40, yawuteranye Tshimanga Tshilemb utagize icyo akora.

    Ku munota wa 71, Yussif Dauda yatsinze igitego cya 3, ni nyuma yo kunyura mu bakinnyi bagera kuri batanu ba Rayon Sports.

    Rayon Sports yabonye impazamarira ku munota wa 3 w’inyongera w’igice cya kabiri cyatsinzwe na Ndikumana Asman.

    Mamadou Sy ntiyatumye bahumeka kuko ku munota wa 4 w’inyongera yahise atsinda igitego cya kane.

    Umukino warangiye ari 3-0 maze APR FC yegukana Super Cup, ni ku nshuro ya mbere APR FC yegukanye Super Cup iyitwaye Rayon Sports kuko inshuro 2 ziheruka bahuye Rayon yarabatsinze, 2017 yabatsinze 2-0 n’aho 2023 ibatsinda 3-0.

    APR FC yanyagiye Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/apr-fc-yanyagiye-rayon-sports-yakinnye-nabi-amafoto-12481.html

  • IShowSpeed yeretswe urukundo rudasanzwe i Kigali, ataka u Rwanda #rwanda #RwOT

    IShowSpeed, yandikiye amateka mu mihanda ya Kigali, ni nyuma yo kwerekwa urukundo rudasanzwe n’abakunzi be aho yavuze ko nta gihugu cyiza nk’u Rwanda yabonye.

    Aya magambo yumvikanye mu mashusho acisha kuri channel ye ya Youtube mu buryo bwa 'live’ aho agenda yerekana ibikorwa bitandukanye ari gukorera mu bihugu yasuye, mu Rwanda yakurikirwaga n’abantu barenga ibihumbi 87.

    IShowSpeed wageze mu Rwanda mu ibanga rikomeye mu ijoro ryo ku wa 9 Mutarama rishyira ku wa 10 Mutarama 2026, ahita yerekeza i Musanze muri One & Only Gorilla’s Nest mu Kinigi aho yaraye.

    Yasuye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga akaba yavuze ko mu minsi mike azashyira hanze amashusho y’urugendo rwe mu Birunga.

    Nyuma yo gusura ingagi we n’itsinda rye, basuye 'Gorilla Guardians Village’ ikigo cy’abahoze ari abahigi muri Pariki kuri ubu biyeguriye kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima ndetse bakanigisha amateka y’aka gace n’umuco nyarwanda muri rusange.

    Nyuma y’ibyo bikorwa IShowSpeed yerekeje i Kigali aho yahise ajya kuri Club Rafiki ahasanga abafana be benshi bakorana ibikorwa bitandukanye birimo imyitozo ngororamubiri, kugerageza gukurura moto ebyiri ziri kugenda mu byerekezo bibiri bitandukanye n’ibindi.

    Ari kuva kuri Club Rafiki, ni bwo IShowSpeed yavuze ko mu bihugu byose amaze gusura, u Rwanda ruri mu byiza yagezemo ku buryo yumva azanagaruka.

    Ati 'Ntabwo ngiye kubeshya u Rwanda mu buzima bwanjye bwose ni cyo gihugu cyiza nagezemo. Reba nka hariya uba uri kureba umusozi. Nagiye hanze y’umujyi, nagiye mu ishyamba ntabwo ndi kubabeshya ni heza. Ibidukikije ni byiza cyane.'

    Akomeza ati ' U Rwanda ni rwiza cyane nzagaruka nk’icyumweru mu biruhuko.'

    Yakomereje kuri Stade Amahoro, aho yasanze itorero ribyina Kinyarwanda akabyinana na ryo, afatanya n’abakaraza kuvuza ingoma, ndetse azenguruka stade ayereka abari bamukurikiye.

    Mu magambo ye yavuze ko Stade Amahoro ari imwe muri stade nziza yagezemo muri Afurika.

    Nyuma yerekeje kuri BK Arena aho yasanze bamwe mu bakinnyi ba Basketball bagirana ibihe byiza bakinana uwo mukino. Umwe mu bari mu itsinda rye ubwo yageragezaga gutera umupira mu nkangara, yituye hasi avunika ukuguru.

    Yahise yerekeza kuri Zaria Court aho na ho yari ategerejwe n’abafana be benshi, barimo abamuhaye igishushanyo bamukoreye, cake ikoze mu isura ye, akora n’indi mikino ngororamubiri.

    IShowSpeed aho yacaga hose yeretswe urukundo kuko yabaga ashagawe n’abamukurikira benshi bagenda bavuga izina rye, ndetse ubwo yavaga kuri Zaria Court yahuye n’umwe mu bafana be wamubonye afatwa n’amaragamutima ararira mu muhanda.

    Nyuma y’ibyo yerekeje mu ruhongore ajya kwerekwa uko bakama inka ndetse azimanirwa amata.

    Mu masaha abiri n’igice ari gukora live streaming mu Rwanda, yabonye abamukurikira bashya barenga ibihumbi 92.

    Yavuze ko ari bo benshi yaba yaragize muri ibi bikorwa bye byo kuzenguruka ibihugu ugereranyije n’uko byari bimeze mu bindi bihugu yasuye.

    Yahavuye ajya ahazwi nko mu marange mu Biryogo, aho yagiye kugerageza ibiryo byo mu Rwanda.

    IShowSpeed yagiye muri restaurant izwi nko kwa Issa mu Biryogo, aho yahawe Isombe, ubugali, umuceri w’ipilau na brochette.

    Muri iyi restaurant yahahuriye n’umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga ukoresha izina rya Osmarito, aho bakinanye umukino wo kumvana imbaraga (arm wrestling).

    IShowSpeed abajijwe n’umwe mu bo yasanze muri iyi restaurant igihe azamara mu Rwanda, yamusubije ko azahamara igihe kuko yahaguze inzu.

    Mu Rwanda ibi bikorwa yabikoze yambaye umupira w’ubururu wanditseho u Rwanda mu mugongo ndetse n’umubare karindwi, ibifite aho bihuriye n’umukinnyi w’umupira w’amaguru akunda cyane, Cristiano Ronaldo na we wambara umubare 7 ku myenda akinana.

    IShowSpeed yasize inkuru i Kigali

    Source : http://isimbi.rw/ishowspeed-yeretswe-urukundo-rudasanzwe-i-kigali-ataka-u-rwanda.html

  • FERWAFA yirukanye ikipe imwe burundu #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryafashe umwanzuro wo kwirukana burundu Kirehe FC nyuma yo kumara imyaka 3 ititabira amarushanwa ya FERWAFA.

    Ni umwe mu mwanzuro wafatiwe mu nama w’Inteko Rusange isanzwe ya FERWAFA yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Mutarama 2026.

    Muri iyi Nteko Rusange imwe mu ngingo yagombaga kwigwaho ni ukwirukana umunyaryango niba ahari, ni ho umunyamabanga wa FERWAFA, Bonnie Mugabe yahise afata ijambo avuga ko amategeko ateganya ko iyo umunyamuryango wa FERWAFA amaze imyaka 2 yikurikiranya atitabira amarushanwa ahagarikwa, yabikora imyaka 3 yikurikiranya ahagita yirukanwa.

    Yahise asaba Abanyamuryango ko bakwemeza ko Kirehe FC yakwirukanwa kuko imaze imyaka 3 ititabira amarushanwa ya FERWAFA kuko iheruka gukina mu mwaka w’imikino wa 2021-2022, umwaka ukurikiyeho yariyandikishije ariko ntiyakina.

    Kirehe FC ikaba itakinariho kuko yamaze kwivanga n’ikipe ya Etoile del’Est ndetse n’abayobozi barivanga aho akarere ka Kirehe gasigaye gafatanya n’aka Ngomba gutunga iyi kipe ya Etoile del’Est.

    Kirehe FC yirukanywe burundu

    Source : http://isimbi.rw/ferwafa-yirukanye-ikipe-imwe-burundu.html

  • APR FC iraganurira imodoka yayo nshya kuri Rayon Sports (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    APR FC yemeje ko ku mukino wa Super Cup ihuramo na Rayon ari bwo iri bugende bwa mbere mu modoka yayo nshya iheruka kugura.

    Ni mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo aho yavuze ko imodoka yayo nshya ari yo itwara abakinnyi uyu munsi ku mukino wa Super Cup.

    Ni imodoka nini cyane ubona ko iri ku rwego rukwiye ikipe nka APR FC.

    Ikaba yari itegerejwe cyane n’abakunzi ba APR FC kuva muri Gashyantare 2025 Chairman w’iyi kipe Brig Gen Deo Rusanganwa yavuga ko mu minsi 45 izaba yabonetse.

    Gusa muri Nzeri 2025, Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yabwiye ISIMBI ko bus yatangiye gukorwa ariko uko bifuza ko izaba imeze ari byo byayitindije.

    Ati “Bus yo ndibaza ko umuterankunga wacu mukuru ari we MINADEF yatanze ‘commande’ kandi byarakozwe, gusa habayemo ikibazo, bus twifuzaga ni imodoka ifite uko ikozwe atari iyo bagurisha mu isoko yararangiye gukorwa.”

    “Ifite ibintu by’ingenzi bigomba kujyamo, igomba gukorwa mu ruganda rero ibyo twabahaye twifuza bizaba biyirimo nibyo byabateye gutinda, ariko ibyo ari byo byose izaza.”

    APR FC uyu munsi tariki ya 10 Mutarama 2026 irahura na Rayon Sports kuri Stade Amahoro mu mukino wa Super Cup.

    Uyu munsi APR FC iragenda muri bus nshya

    Source : http://isimbi.rw/apr-fc-iraganurira-imodoka-yayo-nshya-kuri-rayon-sports-amafoto.html

  • APR FC vs Rayon Sports: Abakinnyi batanu bo kwitondera uyu munsi #rwanda #RwOT

    Harabura amasaha abarirwa ku ntoki, amakipe abiri y’amakeba mu Rwanda, Rayon Sports na APR FC zigacakirana mu mukino w’Igikombe kiruta Ibindi mu Gihugu 'Super Cup’.

    Ni umukino ugomba kuba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Mutarama 2026 kuri Stade Amahoro i Remera saa 18h30′.

    Amateka agaragaza ko APR FC itarabasha gutsinda Rayon Sports ku mukino w’Igikombe kiruta ibindi kuko inshuro zose aya makipe yahuye, Rayon Sports yatsinze.

    Muri 2017 Rayon Sports yegukanye iki gikombe itsinze APR FC 2-0 mu mukino watangiriye i Rubavu ukaza gusorezwa i Kigali, nyuma y’uko kuri Stade Umuganda umuriro waje kubura.

    Aya makipe aheruka guhura kuri Super Cup 2023 nabwo APR FC yatsinzwe uyu mukino ibitego bitatu ku busa mu mukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.

    Abakinnyi bo kwitega kuri buri kipe

    Uyu ni umukino amakipe yombi aba yiteguye ashaka gutsinda kuko ashobora kwirukanisha umutoza umwe mu gihe undi yaba arimo aririmbwa.

    Iyo ugiye kureba uko amakipe yombi ahagaze kuri ubu, wavuga ko APR FC ari yo ihabwa amahirwe bitewe n’uko abakinnyi bayo bamenyeranye mu gihe Rayon Sports yo yongeyemo amaraso mashya menshi ndetse bakaba ari wo mukino wabo wa mbere bagiye gukina.

    Kwizera Olivier

    Ni umunyezamu mushya wa Rayon Sports, ni umwe mu bakinnyi bitezwe kuri uyu mukino kuko nyuma yo kuyigarukamo ashaka kwemeza ko akiri wa wundi abantu bamenye akora itandukaniro mu mukino.

    Ni igihe cyiza cyo kwerekana ko n’ikipe y’Igihugu Amavubi yakongera kumutekerezaho, abamwegereye bakubwira ko yifuza gukina uyu mukino nk’aho ari wo wa nyuma.

    APR FC igomba kuza itiraye izi ko mu izamu harimo umunyezamu ushobora kugumisha ikipe ye mu mukino bitandukanye n’abo yari isanganywe. Ikindi ni uko ari umunyezamu wayikiniye kandi ukeneye kongera kwemeza ko agikomeye, rero bagomba kuza biteguye ko mu bakinnyi bari buyigore Kwizera Olivier arimo.

    Ndikumana Asman

    Uyu ni rutahizamu w’Umurundi ukinira Rayon Sports, ni umukinnyi ubwugarizi bwa APR FC bugomba kuza kwitondera kuko ni umukinnyi ukinisha ubwenge bwinshi, utsindisha umutwe n’amaguru kandi ufite imbaraga nyinshi.

    Ni rutahizamu bidasaba kubona amahirwe menshi ngo abe yatsinda, uburyo buke abona aba yiteguye kuba yabubyaza umusaruro.

    Cheikh Djibril Ouattara

    Ni rutahizamu wa APR FC ukomoka muri Burkina Faso, uwavuga ko ari inzozi mbi kuri Rayon Sports ntiyaba abeshye, n’ubu barakibuka ibyo bakoreye ku mukino wa nyuma y’Igikombe cy’Amahoro cya 2025.

    Ouattara wavuga ko atihuta cyane ariko iyo afashe umupira ateza ibibazo bikomeye, azi gucenga, azi gutsinda, azi guhagarara neza mu kibuga mu mwanya wa nyawo mu gihe cya nyacyo ni umukinnyi bidasaba amahirwe arenze amwe ngo atsinde, ni we mukinnyi muri APR FC baba bizeye ko isaha n’isaha yabona amahirwe bitari bumusabe aya kabiri. Ubwugarizi bwa Rayon Sports burasabwa kwitondera cyane uyu rutahizamu.

    Ruboneka Bosco

    Ushobora kuvuga ngo ntabwo atsinda ariko ni umukinnyi ukunda kugaragara cyane ku mikino mikuru. Uyu munyarwanda ukina mu kibuga hagati atanga akazi gakomeye kubo bahanganye, afasha ikipe mu busatirizi kandi aba afite imbaraga, imikino myinshi yakinnye na Rayon ari muri APR FC, byarangiraga atowe nk’umukinnyi w’umukino, urumva ko atari umukinnyi wo kujenjekera.

    Memel Raouf Dao

    Undi mukinnyi Rayon igomba kwitondera ni Memel Raouf Dao. Ni umukinnyi ukina afasha abataha izamu ukomoka muri Burkina Faso.

    Dao ni umukinnyi bigoye kwambura umupira kandi ukorerwaho amakosa menshi, azi gucenga kandi agana ku izamu, urebye ku mpande zombi ni we mukinnyi ufite ubushobozi bwo gutanga imipira yavamo ibitego igoranye cyane kubo bahanganye.

    Dao azwiho kurema uburyo bwinshi mu mukino ku buryo bishobora kutaza korohera ikipe ya Rayon Sports, birasaba ko agomba kuba afite umuntu umucungira hafi.

    Ruboneka Bosco byitezwe ko ari buze guha akazi Rayon Sports

    Rutahizamu Cheikh Djibril Ouattara ni uwo kwitondera kuri uyu mukino

    Memel Dao ugiye gukina derby ye ya mbere, byitezwe ko ari butange akazi

    Ubwugarizi bwa APR FC burasabwa guhoza ijisho kuri Ndikumana Asman

    Kwizera Olivier ni umukinnyi na we wo kwitega kuri uyu mukino

    Source : http://isimbi.rw/apr-fc-vs-rayon-sports-abakinnyi-batanu-bo-kwitondera-uyu-munsi.html

  • Uko FERWAFA izasarura arenga miliyoni 200 Frw mu bakinnyi b’Abanyamahanga #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje ko mu mwaka wa 2026 rizinjiza arenga miliyoni 200 z’Amafaranga y’u Rwanda avuye mu bakinnyi b’Abanyamahanga bakina muri Shampiyona y’u Rwanda.

    Byavugiwe mu Nteko Rusange ya FERWAFA ubwo hagaragazwaga ahazava Ingengo y’Imari ingana na 14,627,652,743 Frw izakoreshwa mu mwaka wa 2026.

    Muri aya mafanga biteganyijwe ko hari amafaranga y’u Rwanda angana na 73,250,000 azatangwa na perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice akaba ari amafaranga agenerwa na CAF yo kumufasha mu bikorwa bya buri munsi, we akaba yarahisemo kuzayatanga akajya mu guteza imbere umupira w’amaguru.

    Muri aya mafaranga kandi hari miliyoni zirenga 200 z’Amafaranga y’u Rwanda azava mu bakinnyi b’abanyamahanga bakina muri Shampiyona y’u Rwanda.

    Nshuti Thierry Komiseri ushinzwe umutungo yavuze ko uburyo amafaranga azava muri aba bakinnyi b’abanyamahanga ari igihe amakipe azaba agiye kubandikisha kuko umukinnyi umwe kumwandikisha ari miliyoni 2 Frw.

    FERWAFA iteganya kuzinjiza 6,178,952,743 Frw avuye muri Ministeri ya Siporo akaba azakoreshwa ku bizagenda mu ikipe y’Igihugu, Irerero rya Bayern, imishahara no kubaka ibibuga bya 'Mini Foot’.

    Iteganya kuzabona 2,270,750,000 Frw azava muri FIFA Forward 3.0 azakoreshwa mu kugura ibikoresho, ingendo z’ikipe y’igihugu n’ibindi. Hari kandi amafaranga ya FIFA Forward Project Fund angana na 1,805,307,780 Frw.

    FERWAFA kandi izabona amafaranga ya TDS azajya mu bikorwa byo guteza imbere umupira w’amaguru uhereye mu bato, kwishyura abatoza, ubwishingizi bizatwara angana 483, 450,000 Frw. Hari amafaranga ya CAF Impact angana na 512,750,000 Frw.

    Hari miliyoni 158 zizava muri PSG Academy. FERWAFA iteganya ko ahandi hantu hose iteganya kuzakura amafaranga bazahakura 3,147,192,220 Frw.

    FERWAFA muri 2026 izakoresha arenga miliyari 14 z’amafaranga y’u Rwanda

    Source : http://isimbi.rw/uko-ferwafa-izasarura-arenga-miliyoni-200-frw-mu-bakinnyi-b-abanyamahanga.html

  • Harmonize yangobotse aho bikomeye birenze ibi mubona – Frida Kajala #rwanda #RwOT

    Umunyamideli n’umukinnyi wa filime ukomoka muri Tanzania, Frida Kajala, yongeye kuvugisha benshi nyuma yo gutanga ubuhamya bweruye ku mubano umaze imyaka myinshi afitanye n’icyamamare mu muziki, Harmonize.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Rick Media, Kajala yagarutse ku mateka yabo ashingiye ku bihe bagiranye kera, mbere y’uko bombi bagera ku izina n’amafaranga bafite uyu munsi.

    Kajala yavuze ko yamenyanye na Harmonize akiri umusore uhanganye no gushaka izina mu muziki, maze bagenda bubaka umubano wabo buhoro buhoro.

    Yibutse cyane igihe yahuye n’ikibazo gikomeye cy’ubukungu, aho yaburaga amafaranga yo kwishyura ishuri ry’umukobwa we, Paula wari mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye.

    Ati 'Hari igihe Paula yoherejwe mu rugo kuko nari ntabashije kubona amafaranga y’ishuri. Nari mu bihe bitoroshye cyane. Nabwiye Harmonize uko bimeze, nubwo na we icyo gihe yari akirwana no kwiyubaka. Yagiye kuri banki ahita ampa ayo mafaranga aho twari duhagaze ku muhanda.'

    Uyu mwanzuro wa Harmonize, Kajala awufata nk’ikimenyetso cy’ubuntu n’ubufasha nyabwo, ndetse agaragaza ko yahoraga yitanga kugira ngo uburezi bw’umwana we butazigera buhagarara, n’iyo byaba bisaba kwiyibagirwa ubwe.

    Aya magambo aje akurikira amashusho aherutse gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza Kajala na Harmonize bari kumwe mu kabyiniro, bagaragara bishimanye cyane mbere y’uko Harmonize ajya ku rubyiniro rw’ako kabari.

    Ibi byahise bituma abantu bongera kwibaza niba urukundo rwabo rwarasubukuwe, nyuma y’imyaka hafi itatu bari baratandukanye ku mugaragaro.

    Nubwo hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga hari abafana babo bishimiye kongera kubabona bari kumwe, abandi basabye kwitonda, bibutsa amateka y’umubano wabo waranzwe n’urukundo rwinshi, gutandukana inshuro nyinshi no kongera gusubirana mu ruhame mu buryo batangiye kugereranya nk’inkinamico.

    Kajala yagarutse ku bikorwa bikomeye Harmonize yamukoreye

    Source : http://isimbi.rw/harmonize-yangobotse-aho-bikomeye-birenze-ibi-mubona-frida-kajala.html

  • Donald Trump yavuze ko ibyo kubabarira P. Diddy, atabiteganya ubu #rwanda #RwOT

    Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira ko adateganya kubabarira umuraperi w'icyamamare Sean Combs uzwi cyane nka P. Diddy, nubwo uyu yari yaramaze kugaragaza icyizere cyo kuzahabwa imbabazi mu ntangiriro za 2026.

    Mu kiganiro Trump yagiranye n'ikinyamakuru The New York Times, yavuze ko koko yakiriye ibaruwa ya P. Diddy amusaba imbabazi za Perezida, ariko ashimangira ko icyo cyifuzo kitari mu byo atekereza muri iki gihe. Yagize ati, 'Nazi neza ko yabisabye, ariko ubu ntabwo ndi kubitekerezaho.'

    Aya magambo aje akurikira amakuru yari yarasakaye avuga ko P. Diddy yabwiraga bagenzi be bafunganywe muri gereza ya FCI Fort Dix muri Leta ya New Jersey, mu Ugushyingo 2025, ko yizeye kuzahabwa imbabazi na Trump. Icyo gihe, TMZ yari yatangaje ko uyu muraperi yari afite icyizere cyinshi ku cyemezo cya Perezida.

    P. Diddy ari kurangiza igihano cy'amezi 50 yakatiwe nyuma yo guhamwa n'ibyaha bibiri bifitanye isano n'uburaya. Nyuma gato yo gukatirwa mu Ukwakira 2025, itsinda ry'abamwunganira mu mategeko ryavuganye n'umwe mu bayobozi bakuru ba White House, basaba ko igihano cye cyagabanywa cyangwa agahabwa imbabazi burundu.

    Donald Trump yavuze ko ibyo kubabarira P. Diddy, atabiteganya ubu

    N'ubwo mbere Trump yari yaragaragaje ko akiri mu gushidikanya, amagambo aheruka gutangaza agaragaza ko yamaze gufata umwanzuro wa nyuma. Mu Kanama 2025, Trump yari yavuze ko kubabarira P. Diddy bitoroshye, cyane ko bigeze gusangira, ariko nyuma akaza kumuvugaho amagambo atari meza, bikaba byarazambye umubano wabo.

    Source : https://kasukumedia.com/donald-trump-yavuze-ko-ibyo-kubabarira-p-diddy-atabiteganya-ubu/

  • Bukayo Saka yongereye amasezerano muri Arsenal kugeza mu 2031 #rwanda #RwOT

    Rutahizamu ukina anyuze ku mpande w'ikipe ya Arsenal, Bukayo Saka, yamaze kwemerera iyi kipe kumwongerera amasezerano mashya azamugeza mu mwaka wa 2031, bikaba ari intambwe ikomeye mu mushinga w'iyi kipe wo kugumana abakinnyi b'ingenzi bayifasha kugera ku ntsinzi.

    Saka ni umwe mu bakinnyi Arsenal yishingikirijeho kuva mu 2018, ubwo yazamurwaga mu ikipe nkuru avuye mu bato. Mbere y'aya masezerano mashya, yari afitanye n'iyi kipe amasezerano yari kumugeza mu 2027. Nyuma y'ibiganiro byamaze igihe hagati y'impande zombi, byaje kurangira byemejwe ko uyu musore akomeza kwambara umwambaro w'Aba-gunners, nk'uko byemejwe n'ikinyamakuru The Athletic.

    Kongerera Saka amasezerano biri mu mugambi wa Arsenal wo kubaka ikipe ikomeye ishingiye ku bakinnyi bayo beza. Abandi bakinnyi barimo Gabriel Magalhães, Eberechi Eze na Riccardo Calafiori bafite amasezerano azageza mu 2029, mu gihe William Saliba, Martin Zubimendi, Viktor Gyökeres, Ethan Nwaneri, Myles Lewis-Skelly na Noni Madueke bazageza mu 2030. Harimo kandi Cristhian Mosquera ufite amasezerano agera mu 2030 ashobora kongerwaho undi mwaka umwe.

    Mu mibare, Bukayo Saka amaze kugira uruhare mu bitego 105 muri Shampiyona y'u Bwongereza, aho yatsinze 57 anatanga imipira 48 yavuyemo ibindi bitego. Ibi abisangije na Cesc Fàbregas, bombi babigezeho batarageza ku myaka 25 y'amavuko

    Kuri ubu, Arsenal iyoboye Shampiyona y'u Bwongereza n'amanota 49, irusha Manchester City iyikurikiye amanota atandatu. No mu mikino Nyafurika ya UEFA Champions League, iri ku mwanya wa mbere n'amanota 18, mu mikino itandatu imaze gukina itaratsindwa n'umwe, ibintu bigaragaza ko kongerera Saka amasezerano ari icyemezo gihamye cy'ejo hazaza h'iyi kipe.

    Bukayo Saka yongereye amasezerano muri Arsenal kugeza mu 2031

    Source : https://kasukumedia.com/bukayo-saka-yongereye-amasezerano-muri-arsenal-kugeza-mu-2031/