Category: Uncategorized

  • Nkubwiye kuri Fall Ngagne naba nkubenshye – Umutoza wa Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry yavuze ko nta makuru na make afite kuri rutahizamu w’iyi kipe, Fall Ngagne ku buryo agize n’icyo amutangazaho yaba abeshye.

    Ni nyuma y’uko kuva yagera mu Rwanda tariki ya 19 Ukuboza 2025 atarahura n’uyu rutahizamu kuko atari mu Rwanda.

    Fall Ngagne ukomoka muri Senegal, yagize imvune y’ivi mu mwaka ushize w’imikino yatumye atongera kugira umukino akinira Gikundiro kugeza uyu munsi.

    Gusa yatangiye imyitozo ndetse n’amakuru avuga ko yakize icyari gisigaye ari abatoza gufata umwanzuro wo kumugarura gake gake.

    Uyu rutahizamu wigaruriye imitima y’abakunzi ba Rayon Sports akaba yaragiye iwabo kubera impamvu z’umuryango we, Rayon Sports iracyamutegereje.

    Nyuma yo gutsinda AS Muhanga 2-0, umufaransa utoza Rayon Sports, Bruno Ferry yavuze ko uyu rutahizamu nta makuru ye afite nta n’icyo yamuvugaho.

    Ati “Uyu mwanya nta makuru ye mfite, nta kintu nababwira kubera ko nta kintu nzi.”

    Fall Ngagne yagize imvune muri Gashyantare 2025 mu mukino wa Shampiyona wahuje Rayon Sports n’Amagaju.

    Rayon Sports ubu ifata Fall Ngahe nk’uwataye akazi ku buryo bamaze kumwandikira bamumenyesha ko uyu munsi ku wa Mbere tariki ya 5 Mutarama 2026 agomba kuba ari mu kazi, atagaragara hagakurikizwa amategeko.

    Fall Ngagne yafashwe nk’uwataye akazi

    Umutoza Bruno Ferry yavuze ko nta makuru amufiteho

    Source : http://isimbi.rw/nkubwiye-kuri-fall-ngagne-naba-nkubenshye-umutoza-wa-rayon-sports.html

  • Tony Kitoga yavuze kuri APR FC, Rayon ifite akazi gakomeye #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa Rayon Sports, Tony Kitoga yavuze ko muri iyi kipe ifite abafana benshi bafite akazi kenshi ko gukorera abakunzi bayo kuko ari bo babatera imbaraga umunsi ku munsi.

    Ni nyuma y’umukino baraye batsinzemo AS Muhanga 2-0 akaba yanaje gutsinda igitego cya mbere akanatorwa nk’umukinnyi w’umukino.

    Tony Kitoga akaba yavuze gutsinda uyu mukino ari imyiteguro myiza ku mukino wa Super Cup bazahuramo na APR FC muri iki cyumweru.

    Ati 'Ku wa Gatandatu dufite umukino na APR FC wa Super Cup, ni byiza rero kuba twatsinze umukino w’uyu munsi biradutegura neza ku mukino wo mu cyumweru gitaha (ni iki turimo kuko yabivuze ejo).'

    Yakomeje kandi avuga ko bagomba gukora ibishoboka byose ngo batsinde kuko Rayon Sports ari ikipe ikomeye kandi y’abafana benshi.

    Ati 'Rayon Sports ni ikipe y’abafana, dufite byinshi byo gukora kubera ko ni ikipe ikunzwe cyane y’abafana.'

    Rayon Sports izagaruka mu kibuga ku wa Gatandatu tariki ya 10 Mutarama 2026 ikina na APR FC mu mukino w’Igikombe kiruta ibindi mu gihugu (Super Cup).

    Tony Kitoga yavuze ko babonye imyiteguro myiza ya Super Cup

    Source : http://isimbi.rw/tony-kitoga-yavuze-kuri-apr-fc-rayon-ifite-akazi-gakomeye.html

  • Twaratandukanye burundu n’ubushuti ntibugihari – Yampano ku mugore we #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Yampano yavuze ko Uwineza Diane wari umugore wanagaragaye bari kumwe mu mashusho y’urukuzosoni batandukanye burundu ndetse ko n’ubushuti busanzwe butagihari.

    Yabigarutseho mu kiganiro kirambuye yagiranye na ISIMBI, Yampano yavuze ko umubano we n’umukunzi we Uwineza Diane babanaga mu nzu nk’umugore n’umugabo wangiritse burundu ndetse ko n’ubushuti busanzwe butagihari kugeza ubu.

    Ati 'Twaratandukanye burundu ntabwo tukiri kumwe nk’umugore n’umugabo ariko n’ubushuti busanzwe ntabwo kuko ntitukivugana cyangwa ngo duhure kuva twashwana, umubano wamaze kwangirika burundu kandi hashize igihe bibaye .'

    Uworizagwira Florien wamenyekanye mu muziki nka Yampano wamaze no gushyira hanze indirimbo nshya yise 'Nyaboneka’ yanagaragaje ko muri uyu mwaka afite intego zo kuzashyira hanze album ye ya mbere yise 'On The World’.

    Iyi album izaba igizwe n’indirimbo zigera kuri 15 biteganyijwe ko izashyirwa hanze bitarenze hagati ya Gicurasi na Kamena 2026.

    Uyu muhanzi yavuze ko indirimbo zose zizayisohokaho ari izizaba zaramaze gusohoka zirimo izisaga 7 zasohotse kuri EP 'Inkanda Vibe’.

    Yampano yanahishuye ko yashinze inzu imureberera inyungu yise 'Wa Boi Music’ mu rwego rwo kwirinda amakosa yamubayeho mu mwaka ushize yavuye kugambanirwa agashyirirwa hanze amashusho y’urukozasoni bikozwe n’abo bitwaga ko bakorana.

    Ati 'Kuri ubu namaze gushinga 'Wa Boi Music’ mu rwego rwo kugira ngo nirinde abantu baza bitwaje ko bamfasha mu muziki kandi atari abizerwa ari nabyo byavuyemo kugambanirwa ndetse n’ibindi byago byose nanyuzemo muri 2025.'

    Nubwo yirinze kugira icyo abivugaho, kuri ubu bivugwa ko hari andi mashusho ya Yampano yongeye kujya hanze mu gihe abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, Ishimwe François Xavier na Kwizera Nestor uzwi nka Pappy Nesta bari kuburana mu bujurire ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, nyuma y’uko baketsweho uruhare mu gusakaza amashusho ya Yampano ari gutera akabariro n’umugore we.

    Indirimbo 'Nyabuneka’ imaze kurebwa n’abasaga ibihumbi makumyabiri n’umunani ku rubuga rwa Youtube mu gihe cy’amasaha 12 imaze ishyizwe kuri shene ye.

    Yampano yavuze ko yamaze gutandukana n’umugore we

    Source : http://isimbi.rw/twaratandukanye-burundu-n-ubushuti-ntibugihari-yampano-ku-mugore-we.html

  • Mostbet Hesabı Silmək Mümkündürmü: Addımlar və Vacib Məqamlar #rwanda #RwOT

    Mostbet Hesabı Silmək Mümkündürmü: Addımlar və Vacib Məqamlar

    Mostbet hesabını silmək mümkündür, lakin bu proses platformanın qaydalarına və istifadəçinin vəziyyətinə görə fərqli ola bilər. Hesabın silinməsi üçün müəyyən addımlar atmaq tələb olunur və istifadəçilərin bu proses zamanı diqqətlə davranması vacibdir. Hesabınızın tamamilə silinməsi, şəxsi məlumatlarınızın sistemdən çıxarılması və digər hüquqi məsələlərlə bağlıdır. Bu yazıda Mostbet hesabını necə silmək, hansı addımları yerinə yetirmək və nələrə diqqət etmək lazım olduğu haqqında ətraflı məlumat veriləcək. Həmçinin, hesabınızı silməzdən əvvəl bilməli olduğunuz mühüm məqamları da əhatə edəcəyik.

    Mostbet Hesabının Silinməsi Üçün Zəruri Şərtlər

    Mostbet hesabını silmək istəyərkən, ilk öncə bunu edə bilmək üçün müəyyən şərtlərə cavab verməlisiniz. Hesabın aktiv olmaması və ya balansın sıfır olması əsas tələblərdən biridir. Əgər hesabınızda qalığı pul varsa, hesabı silməzdən əvvəl həmin məbləği çıxarmalısınız. Həmçinin, bəzi hallarda istifadəçi hesabının təhlükəsizliyi və şəxsiyyətin təsdiqi üçün əlavə məlumatları təsdiqləmək tələb oluna bilər. Hesabın bağlanması prosedurundan öncə bütün açıq mərclərin nəticəsini gözləmək və heç bir hüquqi məsuliyyətin olmaması da vacibdir.

    Əsas tələblər bunlardır:

    • Hesab balansının sıfır olması
    • Şəxsiyyətin düzgün təsdiq edilməsi
    • Açıq mərclərin olmaması
    • Qanuni və texniki prosedurların tamamlanması

    Mostbet Hesabını Silmək Üsulları və Addım-addım Təlimat

    Mostbet hesabınızı ləğv etmək üçün bir neçə üsul mövcuddur və onları düzgün izləmək çox vacibdir ki, hesabınız problemler olmadan silinsin. Ən çox istifadə olunan üsullar hesabın bloklanması və rəsmi müştəri xidməti vasitəsilə hesabın silinməsidir. Bu proses adətən aşağıdakı addımlarla həyata keçirilir:

    1. Mostbet hesabına daxil olun. Əsas paneldən 'Hesab Ayarları' bölməsinə keçin.
    2. Müştəri xidmətləri ilə əlaqə yaradın. Hesabınızı silmək üçün dəstək xidməti ilə əlaqə qurun və lazımi səbəb barədə məlumat verin.
    3. Şəxsiyyətinizi təsdiqləyin. İstifadəçi təhlükəsizliyi üçün şəxsiyyəti təsdiq edən sənədləri təqdim edin.
    4. Hesab balansını çıxarın. Hesabınızda qalan pul varsa, onu çıxarmaq üçün əməliyyatları tamamlayın.
    5. Hesabın silinməsi və ya bağlanması barədə təsdiq alın. Müştəri xidməti sizə hesaba dair son məlumatı və təsdiqi verəcək.

    Bu addımları düzgün izlədikdən sonra hesabınız sistemdən tamamilə silinə bilər Mostbet.

    Mostbet Hesabının Bloklanması və Müvəqqəti Dayandırılması

    Əgər hesabınızı tamamilə silmək istəmirsinizsə, onu müvəqqəti olaraq bloklamaq da mümkündür. Bu seçim platformada bir müddət dayanmamaq istəyən, lakin daha sonra yenidən istifadə etmək niyyətində olan istifadəçilər üçün uyğundur. Hesabın bloklanması hesab məlumatlarının qorunmasını təmin edir və gələcəkdə hesabı yenidən aktivləşdirməyə şərait yaradır. Bunun üçün Mostbet saytında müştəri xidmətləri ilə əlaqə saxlayıb, hesab bloklanması üçün müraciət etmək lazımdır. Bu proses adətən daha sadə və sürətlidir, ancaq hesab tam silinmir.

    Hesab Silərkən Nəyə Diqqət Etməliyik?

    Mostbet hesabınızı silərkən bəzi vacib məqamlara diqqət etmək lazımdır. İstifadəçinin hüquq və vəzifələri, platformanın qaydaları, balans və mərclərin statusu kimi faktorlar diqqətlə yoxlanmalıdır. Hesab bağlanandan sonra sistemdə məlumatların bərpası çətin və ya mümkün olmaya bilər. Həmçinin, silmə prosesində istifadəçinin şəxsi məlumatlarının qorunmasına dair qanunvericilik tələbləri yerinə yetirilməlidir. Əgər silməzdən əvvəl nağdlaşdırılmamış qalıq varsa, bu pula girmək imkanı itirilə bilər. Odur ki, hesab silməyə qərar vermədən əvvəl bütün maliyyə hissələrini tamamlayın.

    Nəticə

    Mostbet hesabını silmək mümkündür, lakin bunun üçün müəyyən şərtlər mövcuddur və proses müəyyən addımlarla icra olunmalıdır. Hesabın tam silinməsi üçün balansın çıxarılması, şəxsiyyət təsdiqi və müştəri xidməti ilə qarşılıqlı əlaqə ən önəmli mərhələlərdəndir. Hesabınızı bağlamazdan əvvəl, açıq mərclərin nəticəsini gözləmək və maliyyə vəsaitinizi tamamlamaq çox vacibdir. Hesabın müvəqqəti olaraq bloklanması da alternativdir və bu zaman hesabınız gələcəkdə istifadə üçün saxlanılmış olur. Nəticədə, Mostbet istifadəçiləri öz seçimlərinə uyğun olaraq hesab idarəçiliyini düzgün qurmalıdırlar ki, hüquqlarını qoruyaraq hesablarını silə bilsinlər.

    Tez-tez Verilən Suallar (FAQ)

    1. Mostbet hesabımı özüm silə bilərəm?

    Mostbet hesabının silinməsi üçün istifadəçi müştəri xidməti ilə əlaqə saxlamalıdır. Hesabı tamamilə özünüz silmək mümkün deyil, lakin hesabı bloklamaq üçün bəzən istifadəçi tərəfindən əməliyyatlar aparılır.

    2. Hesabımı sildikdən sonra məlumatlarım silinir?

    Hesab silindikdə, platforma qanunvericiliyə uyğun olaraq istifadəçi məlumatlarını müəyyən müddət saxlayır və daha sonra silir. Bu proses Hüquqi və təhlükəsizlik tələblərinə əsaslanır.

    3. Mənim hesabımda pul varsa, onu necə çıxara bilərəm?

    Hesabınızı silməzdən əvvəl bütün pul balansınızı çıxarmalısınız. Bunun üçün çıxarış bölməsindən bank transferi və ya digər ödəniş üsullarından istifadə edə bilərsiniz.

    4. Hesabımı müvəqqəti bloklamaq mümkündür?

    Bəli, Mostbet istifadəçiləri hesablarını müvəqqəti bloklamaq imkanı əldə edirlər və bu zaman hesabları deaktiv olur amma sistemdə qalır.

    5. Hesab silinməsi üçün nə qədər vaxt lazım olur?

    Hesabın tam silinməsi adətən bir neçə iş günü çəkir, bu müddət istifadəçinin məlumatlarının yoxlanması və balansın tam çıxarılması ilə bağlıdır.

    The post Mostbet Hesabı Silmək Mümkündürmü: Addımlar və Vacib Məqamlar first appeared on Intyoza.

    The post Mostbet Hesabı Silmək Mümkündürmü: Addımlar və Vacib Məqamlar appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2026/01/03/mostbet-hesabi-silmk-mumkundurmu-addimlar-v-vacib-mqamlar/

  • Pin-up Casino İndir: Tətbiq Yenilənməsi Qaydası və Addımları #rwanda #RwOT

    Pin-up Casino İndir: Tətbiq Yenilənməsi Qaydası və Addımları

    Pin-up Casino, onlayn kazino oyunlarından zövq alan istifadəçilər üçün müasir və əlverişli bir platformadır. Bu məqalədə, Pin-up Casino tətbiqinin necə düzgün şəkildə yenilənəcəyini və bu prosesi asanlaşdıran addımları müzakirə edəcəyik. Tətbiqin yenilənməsi, istifadəçilərə yeni oyunlarla tanış olmaq, mövcud problemləri aradan qaldırmaq və təhlükəsizlik təkmilləşdirmələrindən faydalanmaq üçün vacibdir.

    Pin-up Casino Tətbiqinin Üstünlükləri

    Pin-up Casino, istifadəçilərinə bir sıra üstünlüklər təqdim edir. Bunlar aşağıdakılardır:

    • Kazino oyunlarının geniş çeşidi — slotlar, kart oyunları, rulet və daha çox.
    • Mobil uyğunluq — tətbiqi mobil cihazlarda asanlıqla istifadə etmək mümkündür.
    • İstifadəçi dostu interfeys — deyiləsi bir interfeys sayəsində yeni başlayanlar belə rahatlıqla oynaya bilərlər.
    • Bonuslar və promosyonlar — yeni istifadəçilər üçün cəlbedici bonuslar mövcuddur.
    • Tez ödəniş sistemləri — pul əməliyyatları sürətlidir.

    Pin-up Casino Tətbiqinin Yenilənməsi Niyə Vacibdir?

    Tətbiqin müntəzəm şəkildə yenilənməsi, bir neçə səbəbdən dolayı son dərəcə vacibdir. Birincisi, yeniləmələr yeni oyun şəkillərinin və xüsusiyyətlərinin əlavə edilməsinə imkan yaradır. İkincisi, təhlükəsizlik məsələlərini həll edir, bu da istifadəçi məlumatlarının qorunmasını təmin edir. Üçüncüsü, yenilənmə prosesləri tətbiqin işləmə sürətini və effektsizliyini artırır. Dördüncüsü, istifadəçi araşdırmaları əsasında tətbiq etmələrdəki səhvlərin düzəldilməsi mümkündür. Beləliklə, istifadəçilər daha qüsursuz təcrübə əldə edirlər.

    Pin-up Casino Tətbiqinin Yenilənməsi Üçün Addımlar

    Pin-up Casino tətbiqini yeniləmək üçün aşağıdakı addımları izləməlisiniz:

    1. Mobil cihazınızda 'App Store' (iOS) və ya 'Google Play' (Android) açın.
    2. Axtarışda 'Pin-up Casino' yazın və tətbiqi tapın.
    3. Əgər tətbiqinizin yenilənməsi varsa, 'Yenilə' düyməsini basın.
    4. Proses tamamlandıqdan sonra tətbiqi açın və yeni xüsusiyyətlərin cəminə daxil olun.
    5. Əgər tətbiqinizi düzgün yeniləyə bilmirsinizsə, tətbiqi tamamilə silib yenidən quraşdıra bilərsiniz.

    Yenilənmə Problemlərinin Həlli

    Bazən, tətbiqi yeniləməkdə çətinliklər yarana bilər. Bu zaman aşağıdakıları yoxlamaq faydalı ola bilər:

    • Mobil internet və ya Wi-Fi bağlantısının mövcudluğunu təmin edin.
    • Tətbiq quraşdırılması üçün kifayət qədər boş yerin olub olmadığını yoxlayın.
    • Əgər yeniləmə hələ də mümkün deyilsə, cihazınızı restart edin.
    • Tətbiq versiyasını yoxlayaraq, əgər köhnədirsə, onu silib yeni versiyanı yükləyin.

    Nəticə

    Pin-up Casino tətbiqini yeniləmək, yalnız yeni oyunlardan və xüsusiyyətlərdən yararlanmağı deyil, həm də təhlükəsizlik və istifadəçi təcrübəsinin yaxşılaşdırılmasını təmin edir. Yuxarıda verilmiş addımları izləyərək, istifadəçilər tam kabinetsiz və problemsiz bir oyun təcrübəsi yaşayacaqlar. Beləliklə, mobil kazino dünyasında mütəmadi yeniləmələr etmək mütləqdir pin up.

    Tez-tez Verilən Suallar (FAQ)

    1. Pin-up Casino tətbiqini necə yükləyə bilərəm?

    Google Play və ya App Store vasitəsilə tətbiqi axtarıb yükləyə bilərsiniz.

    2. Tətbiq yeniləmələrini necə avtomatik edə bilərəm?

    Mobil cihazınızın ayarlarından tətbiq yeniləmələrini avtomatik aktivləşdirə bilərsiniz.

    3. Tətbiqini silsəm, oyun tarixim necə olacaq?

    Hesabınıza daxil olduğunuz zaman oyun tarixiniz təhlükəsizdir, silmə əməliyyatı onu nəzərə almayacaqdır.

    4. Yeniləmə zamanı problem yaşayanda nə etməliyəm?

    Yuxarıda qeyd olunan addımları izləyərək bağlantınızı, boş yaddaşınızı yoxlayın və yenidən cəhd edin.

    5. Pin-up Casino-da necə bonuslar əldə edə bilərəm?

    Yeni üzv olarkən qeydiyyatdan keçərkən qeyd edilən bonuslardan yararlana bilərsiniz.

    The post Pin-up Casino İndir: Tətbiq Yenilənməsi Qaydası və Addımları first appeared on Intyoza.

    The post Pin-up Casino İndir: Tətbiq Yenilənməsi Qaydası və Addımları appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2026/01/03/pin-up-casino-indir-ttbiq-yenilnmsi-qaydasi-v-addimlari/

  • Kamonyi-Urukiko: Umukozi w'Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage #rwanda #RwOT

    Abanyamategeko bunganira Théoneste Ndererimana mu rubanza aregwamo n'Ubushinjacyaha kunyereza amafaranga agera muri Miliyoni 10 z'amafaranga y'u Rwanda muri Koperative COABAMARU yari abereye umuyobozi, babwiye Urukiko rw'Ibanze rwa Gacurabwenge ko Laetitia Mukabucyana, Umukozi w'Akarere ka Kamonyi ushinzwe iterambere ry'Amakoperative, Ibigo bito n'Ibiciriritse ko yagize uruhare mu gushimuta no gufungisha uyu muturage binyuranije n'Amategeko, akabikora mu nyungu ze bwite.  

    Laetitia Mukabucyana, amazina y'uyu mukozi w'Akarere ka Kamonyi yagarutsweho mu rukiko, akavugwa inshuro zisaga icumi(10). Abanyamategeko babiri bunganira Théoneste Ndererimana, babwiye urukiko ko umukiriya wabo uburana ifungwa n'ifungurwa ry'agateganyo arimo kuzira abamufiteho ububasha babikora mu nyungu zabo bwite, barimo uyu mukozi w'Akarere Laetitia Mukabucyana.

    Aba banyamategeko, babwiye Urukiko ko intandaro yo gushimutwa no gufungwa binyuranije n'Amategeko kwa Théoneste Ndererimana ari uko aba bamufungishije bashakaga ko yemera ko Umusaruro w'Umuceri wa Koperative COABAMARU uhabwa uruganda rwa RWABUYE RICE(rutonora umuceri), we akabyanga.

    Umwe muri aba banyamategeko yagize ati' Abamufungishije, bifuzaga ko yemera ko uruganda rwa RWABUYE RICE arirwo ruhabwa umusaruro uva muri Koperative(COABAMARU), we akabyanga kubera ko hari urundi ruganda bari basanzwe bakorana kandi bakorana neza'. Akomeza avuga ko babonye uyu Théoneste Ndererimana abyanze, bahitamo gukoresha ububasha bafite baramufungisha.

    Yasabye Urukiko ko mbere y'uko rusuzuma icyifuzo cy'Ubushinjacyaha cy'uko yaba afunzwe by'agateganyo, rukwiye kubanza gusuzuma uburyo yafashwe agafungwa, niba bikurikije Amategeko.

    Yabwiye kandi Urukiko ko nk'Abanyamategeko bunganira uyu Théoneste Ndererimana, basabye Ubushinjacyaha ko mu Iperereza bukora ku mukiriya wabo, bwanakora Iperereza ku buryo yafashwemo ariko ngo ibyo ntabwo Ubushinjacyaha bwigeze bubikora.

    Yavuze ko uyu Théoneste Ndererimana yafashwe Tariki ya 27 Ugushyingo(11) 2025, afungirwa kuri Sitasiyo ya Gacurabwenge bikozwe ngo n'abo bafite ububasha bakoresheje mu nyungu zabo, hafungwa udafite icyo afungiye kuko nta Dosiye yakorewe igaragaza ibyo azira.

    Uyu Munyamategeko, yabwiye Urukiko ko Tariki 5 Ukuboza 2025 Theoneste Ndererimana afunzwe nta Dosiye aribwo Laetitia Mukabucyana n'abo yajyanye(bivugwa ko barimo umukozi wa RCA), bagiye ku Mugina ahabarizwa Koperative COABAMARU gukora igenzura (Audit) nyamara uwo barikorera baramaze kumufunga.

    Umunyamategeko, anenga ibyavuzwe n'Ubushinjacyaha ko iryo genzura(Audit) ngo ryakozwe n'ikigo gifite Amakoperative mu nshingano(RCA). Ati' Ubushinjacyaha mu Iperereza bukavuga ngo ni ikigo RCA!?. Mukabucyana bakoze iperereza basanga ni umukozi wa RCA?, ntabwo ari byo'.

    Agira kandi ati' Nyakubahwa(Perezidante w'urukiko), umuntu afunzwe kuri 27 bagiye gukora Audit(igenzura) ku itariki eshanu(5) nk'uko Raporo, ikiswe Raporo kibigaragaza'.

    Akomeza avuga ko hari Itegeko ribisobanura neza ko gufungwa by'agateganyo ari igihe hari ibyagezweho bihagije mu Iperereza. Ati' Kuri Théoneste Ndererimana, mbona Iperereza bararicuritse! kuko we barabanje baramufata, baramufunga, hashize iminsi afunze bajya gukora Iperereza'.

    Akomeza avuga ko ibyakorewe Umukiriya we ari ibintu bibabaje cyane kuko ngo yahawe Inyandiko mvugo yo gufata no gufunga Tariki 11 Ukuboza 2025, nyuma hafi ibyumweru 2 afunzwe nta Dosiye.

    Ati' Ibintu bibabaje nyakubahwa Perezida! Njyewe nahoze mbibwira n'Abagenzacyaha n'Abashinjacyaha nti nk'ibi bintu bibaye ku muvandimwe wawe! Ibi bintu mukabisigiriza mukabirebera!, umuntu agafunga undi binyuranije n'Amategeko akamuzanira PVA akayandika ko ari 11 twaramaze kumugaragariza ibimenyetso ko kuva kuri 27 yari afunzwe!'. Yakomeje avuga ko ubwo yabazaga icyo umukiriya we afungiye yasubijwe ko ari Akarere kasabye ko afungwa ngo hirindwa ko atoroka.

    Yabwiye urukiko ati' Ibi ntabwo tubyita gufungwa, tubona yarashimuswe. Ni uko gusa yashimuswe ajyanwa mu nzego zizwi'. Yakomeje asaba Urukiko ko mu bushishozi bwarwo rukwiye kurekura Théoneste Ndererimana kuko nta kindi azira uretse kwanga gukora ibyo yabonaga bitanyuze mu mucyo byashakwaga n'abamufiteho ububasha mu nyungu zabo bwite.

    Uyu munyamategeko, yasabye Urukiko ko rwarekura Théoneste Ndererimana, byaba ari n'Ingwate isabwa cyangwa abamwishingira nawe agashyirwa mu bishingizi kuko azi neza ko atari uwatoroka ubutabera, ko kandi niba hari n'impungenge Urukiko rufite, nawe nk'Umunyamategeko wemera kwishingira Umukiriya we.

    Mu rukiko, hagaragajwe ko bijya gutangira, byahereye Tariki ya 19 Ugushyingo 2025, ubwo Laetitia Mukabucyana ngo n'uwitwa Davide ugaragara muri Raporo ngo bagiye kwivanga mu matora ya Koperative n'Ubuyobozi bwa Koperative COABAMARU.

    Muri aya matora, uwazanywe gutorwa yabanje kwangwa n'abari bagize inteko itora bavuga ko atari umunyamuryango, ko ndetse atari kuri Lisiti y'abaje gutora boherejwe n'ama ZONE babarizwamo, ariko ntacyo byamaze kuko amatora yarabaye birangira uwazanywe atowe.

    Koperative COABAMARU, mu gutangira kwayo bari Abarobyi b'Amafi ndetse n'icyangombwa bagira kitigize gihindurwa na RCA kiracyari icy'uko ari Koperative y'Abarobyi aho kuba iy'Abahinzi b'Umuceri, ibitera bamwe no kwibaza impamvu RCA iza mu matora y'abahinzi b'Umuceri bakigendera ku cyangombwa cy'Abarobyi b'Amafi yakabaye yarabahinduriye.

    Kuburana ifungwa n'ifungurwa ry'agateganyo ntabwo biba bisobanuye ko Uburana afite icyaha cyangwa se atagifite. Urebye, haba harebwa cyangwa hasuzumwa ibintu by'ingenzi bibiri aribyo; Kureba impamvu zikomeye zituma ukekwaho icyaha, kureba ngo Ese ziramutse zihari, haba hari impamvu zitegeka ko ugomba gufungwa?. Kugira ngo uregwa arekurwe, akaburana ari hanze agomba kuba agaragaza impamvu zihamya ko adashobora Gutoroka, ko kandi abaye arekuwe atabangamira Iperereza cyangwa se ngo abe yasibanganya ibimenyetso.

    Théogène Munyaneza

    The post Kamonyi-Urukiko: Umukozi w'Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi-Urukiko: Umukozi w'Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2026/01/05/kamonyi-urukiko-umukozi-wakarere-ushinzwe-amakoperative-yavuzwe-mu-gushimuta-no-gufungisha-umuturage/

  • Liam Rosenior agiye kugirwa umutoza mukuru wa Chelsea FC #rwanda #RwOT

    Liam Rosenior, umutoza w'Umwongereza uri mu bahabwa amahirwe menshi mu mupira w'amaguru w'i Burayi, ari i Londres aho ategerejwe guhabwa inshingano zo kuba umutoza mukuru wa Chelsea FC muri iki cyumweru, mu gihe RC Strasbourg ikomeje gushaka umusimbura we. Amakuru yizewe avuga ko ibiganiro biri kugenda neza kandi ko impande zombi zifuza ko iyi gahunda yarangira vuba bishoboka.

    Chelsea, iri mu rugendo rwo gutangiza ibihe bishya by'imiyoborere n'imikinire, yamaze kwitegura kwakira Rosenior, imufata nk'umutoza ujyanye n'icyerekezo cy'iyi kipe: kubaka ahazaza hifashishijwe impano z'abakiri bato, gukina umupira ugaragara, no gusubiza ikipe ku rwego rwo guhangana mu marushanwa akomeye i Burayi.

    Rosenior yagaragaje ubuhanga mu kazi yakoraga muri RC Strasbourg, aho yafashije iyi kipe gutera intambwe mu mikinire no mu myumvire y'abakinnyi, bituma yitabwaho n'amakipe akomeye arimo na Chelsea. Kuba afitanye isano ya hafi n'abayobozi ba Chelsea binyuze mu mikoranire y'aya makipe byongereye amahirwe yo kubona amasezerano byihuse.

    Biteganyijwe ko RC Strasbourg izatangaza umutoza mushya mu minsi ya vuba, bikorohereza Rosenior gutangira akazi ke ka mbere muri Premier League nk'umutoza mukuru wa Chelsea. Abafana ba Chelsea biteze byinshi muri iyi ntangiriro nshya, bafite icyizere ko izi mpinduka zizagarura icyubahiro n'ibyishimo kuri Stamford Bridge.

    Source : https://kasukumedia.com/liam-rosenior-agiye-kugirwa-umutoza-mukuru-wa-chelsea-fc/

  • Byampaye undi mukoro _ Alto ku gutaramira bwa mbere muri Kigali Arena #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Alto yagaragaje ko urukundo yeretswe ubwo yasusurutsaga abari bitabiriye igitaramo 'The Nu Year Groove' rwamuhaye umukoro udasanzwe muri uyu mwaka.

    Mu kiganiro na ISIMBI, Alto yatangaje ko ubwuzu yakiranywe n’abakunzi be ubwo yataramiraga bwa mbere mu nyubako ya BK Arena byamuhaye ishusho ngari y’ibyo agomba kubaha muri 2026.

    Ati 'Byari indorerwamo nziza yo gupima ibyo nkora nubwo byose bisaba gukora cyane, gusa kiriya gitaramo cyanyeretse ko hari abanyarwanda bakunda ibyo nkora ndetse ngiye kubikuba cyane.'

    Akomoza ku by’album ye yasezeranije abakunzi be kuzasohoka mu mwaka ushize amaso agahera mu kirere, Alto yemeje ko nubwo ibizazane byatambamiye ishyirwa hanze ryayo ariko ko vuba azayisohora.

    Ati 'Album yanjye ndacyari kuyikoraho , iriho indirimbo 12, iri no mu bintu byatumye ntasohora indirimbo nyinshi umwaka ushize, hazamo izindi mbogamizi ariko nditegura kuyisohora.”

    'Ndashaka kuzashyirira hanze indirimbo zose ziyigize icyarimwe bitarenze muri kimwe cya kabiri cy’uyu mwaka kandi ntabwo bizambuza gucishamo nkasohora n’izindi ndirimbo mbere yayo.'

    Uyu muhanzi yanashimangiye ko nawe ashyigikira ihangana mu muziki hagati y’umuhanzi na mugenzi we mu gihe hatajemo ibyo gufatana mu mashingu ubwo yasobanuraga iby’ihangana riri hagati ya Bruce Melodie na The Ben muri iki gihe basangiye urubyiniro .

    'Kuri njyewe ihangana ni ryiza mu gihe ritari rya rindi risesereza cyangwa ibishobora gutuma umuntu akora ikintu kibi ku wundi cyangwa kwinjirirana mu buzima bwite kuko bituma n’uruganda rwa Muzika rushyuha.'

    Tariki ya mbere Mutarama 2026, ni bwo uyu muhanzi yahawe umwanya wo gutaramira Imbaga yari yuzuye BK Arena mu gitaramo 'The Nu -Year Groove' cyari cyahurije hamwe Bruce Melodie na The Ben.

    Alto yishimiye gutaramira muri Kigali Arena

    Source : http://isimbi.rw/byampaye-undi-mukoro-_-alto-ku-gutaramira-bwa-mbere-muri-kigali-arena.html

  • Bruce Melodie yihanije abafana be basebya The Ben #rwanda #RwOT

    Bruce Melodie yasabye abafana be guhagarika guserereza The Ben muri iki gihe hakomeje igereranywa ridasanzwe ry’uburyo bombi bitwaye mu gitaramo ‘The Nu -Year Groove’.

    Mu kiganiro yakoreye ku rukuta rwe rwo ku rubuga rwa Instagram ku cyumweru tariki ya 4 Mutarama 2025, Bruce Melodie yasobanuye ko icyo abafana be bakomeje kuririraho mu kubahanganisha kugeza aho batangira gusenya The Ben, ari umuziki usanzwe kandi abona utagakwakiye kuba ikintu cyo gusebanyirizanyamo.

    Ati 'Abafana banjye mwubahe izina rya The Ben, mwirinde kurivuga nabi cyangwa se muriharabika kuko biriya ni umuziki usanzwe.'

    Itahiwacu Bruce atangaje ibi mu gihe hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugaragara benshi mu bavuga ko ari abafana be bifatira ku gahanga umuhanzi The Ben bari bamaze iminsi bari mu gisa n’ihangana ryeruye ryabanjirije iki gitaramo.

    Uku gusenya uruhande batabogamiyeho kw’aba bafana kongeye gufata indi ntera ubwo iki gitaramo cyabaye kuri Bonane cyarangiraga bakavuga ko Bruce Melodie yitwaye neza ku rubyiniro kurusha The Ben.

    Asubiza kuri ibi, Bruce Melodie yagaragaje ko umuziki kimwe n’ubundi bumenyi bushingiye ku mpano umuntu avukana, buri muntu wese agira igihe cye cyo gutumbagira gusa bitabuza ko n’icya mugenzi we kuzagera.

    Ati 'Uyu munsi nshobora kuba nabyutse neza ariko ejo akanyigaranzura cyangwa agasohora indirimbo igakundwa cyane ibintu bigahita bihindura isura kuko twese nta bubiko bw’indirimbo tugira.'

    Ni no muri iki gitaramo cyabereye muri BK Arena, Bruce Melodie yamurikiye ku mugaragaro indirimbo ye nshya yise 'Pom Pom’ yakoranye na Diamond Platnumz na Joel Brown.

    Bruce Melodie yasabye abafana be kureka gukomeza kwibasira The Ben

    Source : http://isimbi.rw/bruce-melodie-yihanije-abafana-be-basebya-the-ben.html

  • Abacururiza mu Isoko ryo mu Irebezo baratabaza ku gihombo baterwa n'isoko ritagira inyubako #rwanda #RwOT

    Abakorera mu isoko ryo mu Irebezo, riherereye mu Kagari ka Mahango, mu Murenge wa Kibungo, Akarere ka Ngoma, baravuga ko bahangayikishijwe n'uko bakorera mu isoko ritubakiye, bigatuma bahora bahura n'igihombo cyane cyane mu bihe by'imvura. Aba bacuruzi bavuga ko ibicuruzwa byabo byangirika kenshi bitewe n'amazi y'imvura, bikabatera igihombo gikomeye.

    Bamwe mu bacuruzi batangarije Kasuku Media bavuga ko iyo imvura iguye batabona aho bihisha, bagahitamo gutwarwa n'ibicuruzwa byabo, cyangwa bikangirika burundu. Bavuga ko ibiribwa nk'imboga, imbuto n'ibinyampeke byibasirwa cyane n'amazi n'ibyondo, bigatuma batabasha kubona inyungu bateganyaga.

    Umwe muri bo yagize ati: 'Dukora twizeye ko twabona icyo dutunga imiryango yacu, ariko imvura iyo iguye iraduhombya cyane. Ibyo tutagurishije bigenda byangirika, ugasanga twakoresheje amafaranga ntacyo yadusigiye.' Avuga kandi ko no mu gihe cy'izuba ikibazo gikomeza, kuko izuba ryinshi ryangiza bimwe mu bicuruzwa, bigatuma bigabanuka ku isoko.

    Aba bacuruzi basaba ubuyobozi bw'inzego z'ibanze kubafasha bakubakira isoko rifite inyubako ibarinda imvura n'izuba, kugira ngo babashe gukorera mu mutekano no guteza imbere imibereho yabo. Bavuga ko isoko ryubatse neza ryatuma bongera abakiriya, rikazamura ubucuruzi kandi rikagira uruhare mu iterambere ry'Akarere ka Ngoma muri rusange.

    Source : https://kasukumedia.com/abacururiza-mu-isoko-ryo-mu-irebezo-baratabaza-ku-gihombo-baterwa-nisoko-ritagira-inyubako/