Category: Uncategorized

  • Shizzo yatunguye benshi nyuma yo gutangaza ko atazi umuhanzikazi Bwiza n'umukinnyi wa filime Nyambo #rwanda #RwOT

    Umuraperi Hakizimana Ishimwe Agappe uzwi ku izina rya Shizzo yatunguye benshi nyuma yo gutangaza ko atazi umuhanzikazi Bwiza n'umukinnyi wa filime Nyambo, n'ubwo amazina yabo yakomeje kugarukwaho mu nkuru zijyanye n'ubukwe bwe n'umugore we Kayitesi Yvonne uzwi nka Tessy.

    Shizzo na Tessy, umunyamakuru uzwi mu itangazamakuru ry'imyidagaduro, basezeranye mu birori bikomeye byabereye muri Intare Conference Arena ku Cyumweru tariki ya 10 Mutarama 2026. Ibi birori byitabiriwe n'abantu b'ingeri zitandukanye barimo abahanzi, abanyamakuru, inshuti za hafi n'abavandimwe, bikaba byararanzwe n'akanyamuneza n'indirimbo zihariye.

    Nyuma y'ibi birori, ku mbuga nkoranyambaga hatangiye kuvugwa cyane ku mpamvu Bwiza na Nyambo batagaragaye muri ubu bukwe, mu gihe basanzwe bazwi nk'inshuti za hafi za Tessy. Ibi byatumye havuka ibihuha byinshi, bamwe bakeka ko haba hari umubano utifashe neza hagati yabo n'abashakanye.

    Mu gusubiza ibi bivugwa, Shizzo yatangaje ko atazi Bwiza na Nyambo ku giti cye, ashimangira ko kuba baba ari inshuti z'umugore we bitavuze ko na we aba abazi cyangwa bafitanye umubano. Yongeyeho ko ubukwe bwe bwateguwe hagendewe ku nshuti n'abantu basanzwe bafitanye umubano wa hafi n'abashakanye bombi.

    Bwiza na Nyambo baherukaga kugaragara mu nshuti zaherekeje Tessy mu birori byo kwambikana impeta y'urukundo byabereye i Dubai tariki 15 Mutarama 2025, ariko ntibigeze bagaragaza impamvu zituma batitabira ubukwe bwabaye mu Rwanda.

    Iyi nkuru yakomeje gukurura impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bavuga ko ari ibisanzwe mu buzima bw'abantu, abandi bakabifata nk'ikimenyetso cy'umubano wahindutse.

    Nyuma y'ibi birori, ku mbuga nkoranyambaga hatangiye kuvugwa cyane ku mpamvu Bwiza na Nyambo batagaragaye muri ubu bukwe, mu gihe basanzwe bazwi nk'inshuti za hafi za Tessy
    Shizzo yatunguye benshi nyuma yo gutangaza ko atazi umuhanzikazi Bwiza n'umukinnyi wa filime Nyambo

    Source : https://kasukumedia.com/shizzo-yatunguye-benshi-nyuma-yo-gutangaza-ko-atazi-umuhanzikazi-bwiza-numukinnyi-wa-filime-nyambo/

  • Diarra Adama Traoré agiye kwerekeza mu ikipe ya West Ham United #rwanda #RwOT

    Adama Traoré agiye kwerekeza mu ikipe ya West Ham United avuye mu ikipe Fulham, nyuma y'uko amakipe yombi yemeye amasezerano yo kumugura. Ibi byemejwe n'abantu ba hafi mu bijyanye n'igura n'igurisha ry'abakinnyi, aho byatangajwe ko impande zombi zamaze kugera ku mwanzuro, hasigaye gusa ibizamini by'ubuzima biteganyijwe gukurikiraho.

    Uyu mukinnyi w'umunya-Mali ukina ku ruhande rw'ibumoso mu busatirizi, yari amaze igihe kinini yifuza kwerekeza muri West Ham, cyane cyane kuva mu Ukuboza umwaka ushize. Icyifuzo cye cyari ugukina mu ikipe ifite intego zo guhatanira imyanya myiza muri Premier League no kwitabira amarushanwa mpuzamahanga, ibintu West Ham ishobora kumuha.

    Uku kwimuka kwa Adama Traoré kuje gukurikirana iy'undi mukinnyi Guido Rodríguez, wemeje kuva mu ikipe West Ham agasubira muri Espagne aho yerekeje muri Valencia. Ibi byahaye West Ham umwanya wo kongera kubaka ikipe, cyane cyane mu gice cy'ubusatirizi, aho Traoré azazana imbaraga, umuvuduko n'ubunararibonye bwo gukina shampiyona ikomeye y'u Bwongereza.

    Abafana ba West Ham bakomeje kwerekana ibyishimo ku mbuga nkoranyambaga, bategerezanyije amatsiko kubona Adama Traoré yambara umwambaro w'iyi kipe y'amahundo. Mu gihe ibizamini by'ubuzima bizagenda neza, hazakurikiraho itangazo ryemewe rimushyira ku mugaragaro nk'umukinnyi mushya wa West Ham United.

    Diarra Adama Traoré agiye kwerekeza mu ikipe ya West Ham United

    Source : https://kasukumedia.com/diarra-adama-traore-agiye-kwerekeza-mu-ikipe-ya-west-ham-united/

  • Igitaramo ni kimwe mu bintu by'ingenzi bishobora gutuma umuntu ahorana akanyamuneza #rwanda #RwOT

    Igitaramo ni kimwe mu bintu by'ingenzi bishobora gutuma umuntu ahorana akanyamuneza, akaruhuka mu mutwe no mu mubiri, akibagirwa imihangayiko y'icyumweru. Ni muri urwo rwego, abakunzi b'imyidagaduro n'umuziki mwateguriwe igitaramo kidasanzwe cyiswe 'THE SUNDAY NIGHT', kizaba ku Cyumweru tariki 25 Mutarama 2026, mu kabari kazwiho gutanga serivisi zinoze Ti'Amo Lounge i Remera.

    Iki gitaramo kizaba kirimo umuziki uvanzwe neza n'aba-DJ bakunzwe kandi bazi gufata amarangamutima y'abitabira ibitaramo, barimo Tasha Deejay, Dj Cyusa na Dj Pinky, bazasusurutsa abazitabira bakoresheje injyana zinyuranye, kuva ku za kera, izikunzwe kugeza ku zigezweho ziri ku isonga mu myidagaduro, umushyushyarugamba aba ari Jesca.

    Rekera guhangayikishwa n'aho waruhukira mu minsi ya weekend. Wazengurutse kenshi ushaka ahantu heza ho gusohokera? Igitaramo 'THE SUNDAY NIGHT' kuri iki Cyumweru ntikizagucike. Ni igitaramo kizaba cyuzuyemo umunezero udasanzwe, n'ikirere kidasanzwe cyo gusabaniraho.

    By'umwihariko, Ti'Amo Lounge yabazaniye promotion idasanzwe, aho ibiciro bya Don Julio na Hennessy byagabanyijweho 20%, guhera ku isaha ya 10:00 z'ijoro. Tangira witegure wowe n'abawe, mu gukaza kwishimira iryo joro ridasanzwe.

    Muri Ti'Amo, abataraharonkera mwisiganuza, ahubwo ni muhagere mwihere ijisho. Si ubwa mbere iyi lounge ivugwa neza n'abatari bake kubera serivisi nziza, umutekano n'ikirere cyiza gihora gihari.

    Igitaramo ni kimwe mu bintu by'ingenzi bishobora gutuma umuntu ahorana akanyamuneza

    Source : https://kasukumedia.com/igitaramo-ni-kimwe-mu-bintu-byingenzi-bishobora-gutuma-umuntu-ahorana-akanyamuneza/

  • Mugesera: Abaturage barasaba ubufasha bwihuse, nyuma yo guterwa n'ibiza #rwanda #RwOT

    Abaturage bo mu Murenge wa Mugesera, mu Karere ka Ngoma, baravuga ko bamaze igihe barasenyewe n'ibiza ariko bakaba bakiri mu gihirahiro n'ubwo bizezwa ubufasha butabageraho. Ibi biza byibasiye imiryango myinshi bigasenya inzu, imyaka ikangirika, ibikoresho by'ibanze bigatwarwa n'amazi, bituma benshi babura aho bikinga n'ibibatunga.

    Bamwe mu baturage bagaragaza ko bagiye batanga amakuru ku bayobozi b'inzego z'ibanze, bagasurwa n'inzego zitandukanye zije kureba ingaruka z'ibiza, ndetse bagahabwa icyizere cy'uko ubufasha bugiye kubageraho vuba. Icyakora, hashize amezi, amaso yabo akaba 'yaraheze mu kirere' kuko nta bufasha bugaragara barabona.

    Abafite ingo zasenyutse bavuga ko bari kuba mu bukene bukabije, bamwe bakinga imisaya mu nzu z'abandi, abandi bakaryama batwikiriwe n'amabati yangiritse. Abahinzi bo bavuga ko imyaka yabo yangiritse burundu, bigira ingaruka ku mibereho yabo n'imirire y'imiryango yabo.

    Hari abavuga ko bakomeje kwihangana no kwizera ko Leta n'abandi bafatanyabikorwa bazabibuka, ariko bagasaba ko ibyasezeranyijwe byashyirwa mu bikorwa vuba, mbere y'uko ibihe by'imvura byongera kubagiraho ingaruka.

    Abaturage basaba ubuyobozi bw'Akarere ka Ngoma n'izindi nzego bireba ko bwabegera bukabagezaho ibisubizo bifatika, birimo kubafasha kubona aho kuba by'agateganyo, ibikoresho by'ibanze n'ubufasha mu kongera kwiyubaka. Bo bavuga ko bifuza ubufasha butari amagambo gusa, ahubwo bugaragara, bukabafasha kongera kwiyubaka no gusubira mu buzima busanzwe.

    Abaturage bo mu Murenge wa Mugesera, mu Karere ka Ngoma, baravuga ko bamaze igihe barasenyewe n'ibiza ariko bakaba bakiri mu gihirahiro n'ubwo bizezwa ubufasha butabageraho.

    Source : https://kasukumedia.com/mugesera-abaturage-barasaba-ubufasha-bwihuse-nyuma-yo-guterwa-nibiza/

  • Umubiri ni uwanjye kandi mubinyubahire – Shaddyboo #rwanda #RwOT

    Nyuma y’igihe kinini yibasirwa ku mbuga nkoranyambaga kubera impinduka zigaragara mu mibereho n’imigaragarire ye, Shaddyboo yasabye kubahwa nk’umuntu ufite amahitamo ye.

    Abinyujije ku rubuga rwa Instagram, Shaddyboo yagaragaje ko anyuzwe n’uko abayeho ubu, anenga imvugo zimugenera imbibi mu mikoreshereze y’umubiri we ndetse n’imyitwarire ye.

    Mu butumwa bwe, Mbabazi Shadia yasabye abantu kubaha uburenganzira bwe bwo kwiyumva no kwifatira imyanzuro ku buzima bwe, avuga ko umubiri n’ubuzima bwe ari amahitamo ye bwite.

    Ati 'Umubiri wanjye. Imbibi zanjye. Niyumva neza uko ndi. Ndabinginze mubyubahe.'

    Ibi yabivuze nyuma y’uko mu minsi ishize yari aherutse kugaragaza ko umwaka ushize wamubereye igihombo gikomeye ku mutima, aho yumvaga yisanga wenyine mu rugamba rutoroshye rwo kwishakisha no gukira ibikomere byo mu mutima.

    Yavuze ko yanyuze mu bihe byo kwiheba n’agahinda gakabije, ariko akabihisha, kuko yumvaga atabasha gusangiza abandi intimba ye.

    Nubwo yari afite inshuti, Shaddyboo yagaragaje ko muri icyo gihe nta n’umwe wamubaye hafi ngo amufashe kwikorera uwo mutwaro, bigatuma yiyumvamo irungu rikomeye.

    Kurundi ruhande ariko uyu mubyeyi w’abana babiri yahishuye ko nubwo yanyuze mu mwaka wuzuye intimba n’irungu, yabashije kwiyubaka ahereye ku bana be no ku kwizera kwe, ahitamo gukomeza ubuzima yishimiye uwo ari we.

    Yagaragaje ko abakobwa be babiri ari bo bamubereye urumuri mu mwijima, bamubera imbaraga zo gukomeza kubaho no guhaguruka buri munsi n’iyo byamugoraga.

    Shaddyboo yasabye abantu kumurekera ubuzima bwe yahisemo kubamo

    Source : http://isimbi.rw/umubiri-ni-uwanjye-kandi-mubinyubahire-shaddyboo.html

  • Munyakazi Sadate afite inzozi zo kubona Kompanyi z’u Rwanda zubaka mu bihugu bikomeye ku Isi (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Ibigo bikora Imirimo y’Ubwubatsi mu Rwanda (AEBTP), Munyakazi Sadate yavuze ko bafite intego yo kujya bajya no guhatana ku rwego mpuzamahanga aho yavuze bifuza kugera ku rwego rwo kujya kubaka mu bihugu bikomeye nk’Ubushinwa nk’uko nabo baza mu Rwanda.

    Ibi Munyakazi yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Mutarama 2026 yahuje Abagize Ishyirahamwe ry’Ibigo bikora Imirimo y’Ubwubatsi mu Rwanda (AEBTP) n’inzego za Leta mu rwego rwo kuganira kugira ngo barebe uko icyo bafasha Igihugu ariko na none bakoranye n’Inzego za Leta kuko niyo nkingi yo kubaka Igihugu.

    Yari yitabiriwe na Meya w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel wavuze ko kugeza muri 2029 bafite intego yo kuba barubatse amacumbi agezweho ibihumbi 187 mu rwego rwo guca akajagari.

    Ati “Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), yatugaragarije ko dukeneye inzu ibihumbi 187 kugeza mu 2029, kugira ngo tubashe gucubya ikibazo cy’abantu bakeneye amacumbi aciriritse, hanakemurwe icyo kibazo cy’akajagari. Ni ukuvuga inzu nshya ziyongera ku zisanzwe hagamijwe ko abatuye umujyi baba ahantu heza. Ibi rero birerekana ko hari amahirwe menshi kuri mwebwe nk’ishyirahamwe ry’abubatsi bo mu Rwanda'.

    Sadate yavuze ko byaba bisekeje nyuma y’Imyaka 31 U Rwanda rwibohoye hari serivisi bajya gusaba abanyamahanga rero ko bakwiye kubigiraho bakajya no kubikora mu bihugu byabo.

    Ati “Byaba bisekeje cyane kuba nyuma y’imyaka 31 hari serivisi twaba tujya gusaba Abanyamahanga, ni yo mpamvu umuryango wacu twahagurutse ngo twigire kuri abo banyamahanga noneho ibyo batwigisha tubibyaze umusaruro.”

    Uyu mushoramari wanayoboye Rayon Sports, yavuze ko yifuza kuba yabonaga u Rwanda rujya nko kugira ibyo rwubaka mu Bushinwa nk’uko nabo babikora mu Rwanda.

    Ati “Agaciro k’umuntu ni ibikorwa bye, niba wubaka ibisenyuka, agaciro kawe ni igisenyuka, ni yo mpamvu tugomba kubaka umwuga unoze kandi wihuse uhatana ku isoko rya hano mu Rwanda ariko tukagira n’ubwo bushobozi bwo guhatana ku masoko mpuzamahanga, ntabwo tugomba kuguma hano mu Rwanda, tugomba kwaguka nk’uko abashinwa baza kubaka hano mu Rwanda natwe tukabasanga iwabo, bikaba kimwe kimwe.”

    Yemeje ko ubu uyu muryango ufite Kompanyi zimwe na zimwe zubaka hanze y’u Rwanda nko muri Centrafrique.

    Ati “Iyo ntambwe tumaze kuyitera, tujya no kurunguruka n’ahandi tukareba uko bimeze, aho muri Centrafrique n’ahandi, yego turacyari bake.”

    Yavuze ko nk’abikorera imbogamizi bagihura nazo zikomeye ni uko kugeza ubu amasoko menshi ahabwa abantu ku giti cyabo rimwe na rimwe baba batanafite ubushobozi bakubaka nabi ejo bigasenyuka, yasabye abahagarariye inzego za Leta kujya batanga isoko babanje kureba ko uwo muntu barihaye abarizwa mu muryango (Association).

    Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore yavuze ko ashimira uruhare rw’abubatsi mu iterambera ry’igihugu ndetse ko bakwiye gushyigikirwa.

    Ati 'Imibare dufite ni uko 7% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu waturutse mu rwego rw’ubwubatsi, urumva ko ari uruhare runini cyane bityo ko ari ngombwa kongeramo imbaraga. Ni yo mpamvu tugomba kongera imikoranire hagati ya Leta n’abikorera cyane cyane abari mu rwego rw’ubwubatsi, kugira ngo turusheho kunoza ibyo dukora, ndetse tunavaneho imbogamizi zaba ziri kuri buri ruhande'.

    AEBTP yavutse mu 1997 igamije guhuriza hamwe abakora umwuga w’ubwubatsi kugira ngo batere imbere banateze imbere Igihugu muri rusange.

    Bamwe mu bagize Umuryango w’Ibigo by’abubatsi mu Rwanda

    Abayobozi mu nzego zitandukanye bari bahari

    Meya w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel na Munyakazi Sadate

    Meya w’Umujyi wa Kigali yavuze ko muri 2029 hazaba hamaze kubakwa amacumbi ibihumbi 187

    Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore yavuze ko abubatsi bakwiye gushyigikirwa kuko bagira uruhare mu iterambera ry’igihugu

    Munyakazi Sadate yavuze ko bakigowe no kubona amasoko

    Yifuza kubona hari Kompanyi zo mu Rwanda zubaka mu bihugu bikomeye

    Source : http://isimbi.rw/munyakazi-sadate-afite-inzozi-zo-kubona-kompanyi-z-u-rwanda-zubaka-mu-bihugu.html

  • Tombola yatandukanyije Rayon na APR FC #rwanda #RwOT

    Tombola y’uko amakipe azahura mu gikombe cy’Intwari, yasize APR FC igomba guhura AS Kigali, Rayon Sports na Police FC.

    Ni Tombola yabereye ku Cyicaro gikuru cya FERWAFA ku gicamunsi cy’uyu wa Gatanu tariki ya 23 Mutarama 2025.

    Benshi bari biteze ko amakipe abiri akunzwe mu Rwanda, Rayon Sports na APR FC ashobora guhura ariko amategeko ntabwo yabyemeraga.

    Iri rushanwa rw’Igikombe cy’Intwari 2026, rizahuza amakipe 4 yabaye aya mbere mu mwaka w’imikino ushize.

    APR FC yabaye iya mbere na Rayon Sports yabaye iya kabiri akaba yagombaga gutomborwa, AS Kigali yatamboye APR FC maze Police FC itombora Rayon Sports.

    Bivuze ko kugira ngo aya makipe ahure muri iri rushanwa ni uko yahurira ku mukino wa nyuma.

    Imikino ya 1/2 APR FC izakina na AS Kigali tariki ya 28 Mutarama, bukeye bwaho Rayon Sports ikine na Police FC Imikino izabera kuri Kigali Pelé Stadium mu gihe umukino wa nyuma uzaba tariki ya 1 Gashyantare 2026 kuri Stade Amahoro. Uzabanzirizwa n’umukino w’abagore uzahuza Rayon Sports WFC na Indahangarwa.

    APR FC na Rayon Sports zakwepanye

    Source : http://isimbi.rw/tombola-yatandukanyije-rayon-na-apr-fc.html

  • Casemiro yatangaje ko vuba aha agiye gutandukana n'ikipe ya Manchester United #rwanda #RwOT

    Umukinnyi mpuzamahanga w'Umunya-Brésil, Casemiro, yatangaje ko azatandukana na Manchester United nk'umukinnyi wigenga (free agent) mu kwezi kwa Kamena uyu mwaka, inkuru yashenguye imitima ya benshi mu bafana b'iyi kipe ikomeye yo mu Bwongereza. Nubwo hatangiye kuvugwa ku iherezo ry'urugendo rwe muri Old Trafford, Casemiro yagaragaje ko urugendo rwe rutararangira burundu, kuko hakiri byinshi byo kurwanira hamwe n'ikipe.

    Casemiro yavuze ko kuva umunsi wa mbere agera muri iyi stade y'amateka ya Old Trafford, yahise yumva urukundo n'ishyaka ridasanzwe by'abafana ba Manchester United. Ati: 'Kuva umunsi wa mbere nava mu rwambariro nkajya mu kibuga, numvise ishyaka n'urukundo rwa Old Trafford. Uwo mutima w'urukundo nanjye nahise nkusangira n'abafana b'iyi kipe y'i Manchester.'

    Yakomeje ashimangira ko n'ubwo atari igihe cyo gusezera burundu, hari andi mezi ane akomeye asigaye azakoresha yitanga uko ashoboye kose. Ati: 'Si igihe cyo kuvuga ngo ni iherezo. Haracyari ibihe byinshi byo kwibuka no guhanga amateka mu mezi ane ari imbere.'

    Uyu mukinnyi w'imyaka 32 yavuze ko intego ye nyamukuru ari ugufasha Manchester United gutsinda no kugera ku ntsinzi zifatika, yaba mu mikino ya shampiyona no mu marushanwa atandukanye. Yasoje avuga ko Manchester United atari ikipe yakiniye gusa, ahubwo ari igice cy'ubuzima bwe.

    Mu gihe abafana bakomeje kwibaza ku hazaza h'iyi kipe, amagambo ya Casemiro agaragaza ko azasoza urugendo rwe atanze byose, asiga amateka adasibangana muri Old Trafford.

    Casemiro yatangaje ko vuba aha agiye gutandukana n'ikipe ya Manchester United

    Source : https://kasukumedia.com/casemiro-yatangaje-ko-vuba-aha-agiye-gutandukana-nikipe-ya-manchester-united/

  • Ku wa Gatanu igitaramo cyiswe 'FIRST CLASS FRIDAY' kizaca impaka i Remera Ti'Amo #rwanda #RwOT

    Nyuma yo kuzenguruka henshi ushaka aho waruhukira, aho wahurira n'inshuti, aho wasanga umuziki mwiza, igisubizo ntakindi ni Ti'Amo Lounge i Remera. Ku wa Gatanu taliki 23 Mutarama 2026, hateganyijwe igitaramo kidasanzwe cyiswe 'FIRST CLASS'.

    Ni ijoro rizarangwa n'umuziki uvangavanze neza hamwe na DJ Caspi na DJ Cyusa, bamenyerewe gutuma ijoro riba rito ku bakunzi b'imyidagaduro. Ibirori bizayoborwa na Zeby na Tania, bazahesha abitabiriye umwihariko n'akanyamuneza. Ni ijoro rizaba ryuzuyemo umunezero udasanzwe, amarangamutima n'ibihe byo kwidagadura mu rwego rwo hejuru.

    Ti'Amo Lounge imaze igihe ivugwa na benshi kubera serivisi nziza, umuziki uhatse ku rwego mpuzamahanga, ibinyobwa bya premium n'ibiryo biteguye neza ku buryohe budasanzwe. Ni ahantu ujya ukahava wumva wahabonye ibirenze ibyo wiri witeze.

    Igihe kirageze ngo wambare neza (Dress sharp), uuhabwe ibinyobwa byiza (Sip premium) maze winjire muri weekend mu buryo bwa First Class nkuko igitaramo cyiswe. Ntuzabure, kuko uhabuzewazicuza by'iteka.

    Ku wa Gatanu igitaramo cyiswe 'FIRST CLASS FRIDAY' kizaca impaka i Remera Ti'Amo

    Source : https://kasukumedia.com/ku-wa-gatanu-igitaramo-cyiswe-first-class-friday-kizaca-impaka-i-remera-tiamo/

  • Police FC yasinyishije abakinnyi batatu (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Police FC yasinyishije abakinnyi batatu bashya bagomba kuza kongera imbaraga bakayifasha kwegukana shampiyona.

    Police FC yasoje imikino ibanza ya shampiyona aho ifite amanota 34 ku mwanya wa 2 inyuma ya Al Hilal ifite 35, APR FC ibura umukino umwe ifite 33.

    Police FC ikaba yasinyishije abakinnyi batatu barimo myugariro ukomoka muri Nigeria, Isaac Ezeh na rutahizamu Rudasingwa Prince bavuye muri AS Kigali. Yasinyishije kandi umukinnyi wo hagati Nshimirimana Ismail Pitchou ukomoka i Burundi utari ufite ikipe aho aheruka muri APR FC.

    Iyi kipe irimo gukora ibishoboka byose ngo irebe ko yatwara igikombe cya Shampiyona yatandukanye na Eric Ssenjobe bivugwa ko ishobora kurekura abarimo Ndizeye Samuel na Henry Musanga wagiye mu igeragezwa.

    Isaac Ezeh ni yakiniraga AS Kigali, ubu yerekeje muri Police FC

    Rudasingwa Prince yavuye muri AS Kigali

    Pitchou ni umukinnyi wa Police FC

    Source : http://isimbi.rw/police-fc-yasinyishije-abakinnyi-batatu-amafoto.html