Category: Uncategorized

  • Liam Rosenior yahakanye ibihuha bivuga ko Cole Palmer agiye kwerekeza muri Manchester United #rwanda #RwOT

    Mu minsi ishize, ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru bitandukanye, hakomeje kuvugwa ibihuha by'uko Cole Palmer yaba atishimiye uko ibintu bimeze muri Chelsea, ndetse ko yaba ari gutekereza kujya muri Manchester United. Ibi byateje impaka nyinshi mu bakunzi b'umupira w'amaguru, by'umwihariko abafana ba Chelsea n'aba Man United. Gusa, umutoza Liam Rosenior yateye utwatsi ayo makuru ayita ibihuha bidafite ishingiro.

    Mu kiganiro yagiranye n'itangazamakuru, Rosenior yavuze ko Cole Palmer yishimiye cyane kuba ari muri Chelsea. Yagize ati: 'Palmer arishimye hano, ni byo. Ni umukinnyi tudashobora gutakaza, kandi ibyo bavuga byose ni ibinyoma.' Yongeyeho ko nta kibazo na kimwe kiri hagati y'umukinnyi n'ikipe, ndetse ko inkuru zose zivuga ko yaba atishimiye aho ari zidafite aho zishingiye.

    Uyu mutoza yasobanuye ko Cole Palmer ari umwe mu bakinnyi bafitiye Chelsea akamaro kanini, haba mu mikinire ye ku kibuga no mu mwitwarire ye hanze yacyo. Yagize ati: 'Cole ni umukinnyi udasanzwe. Ibihuha byo kumvikanisha ko adatuje cyangwa ko ashaka kugenda si ukuri, nta n'impamvu yo kubigarukaho.'

    Rosenior kandi yavuze ko nta mpamvu n'imwe yatuma ubuyobozi bwa Chelsea busohora itangazo ryihariye ribyemeza, kuko ibyo kuvuga ko yaba agiye kujya muri Man United ari ibintu bidashoboka kandi byazanywe n'abantu badafite amakuru y'ukuri. Yasoje avuga ko ayo makuru yaturutse ahantu hatazwi, kandi ko ari ibinyoma.

    Aya magambo Rosenior  yatangaje yaje ahumuriza abafana ba Chelsea, bagaragaje ko Cole Palmer akomeje kuba umwe mu nkingi za mwamba z'iyi kipe, kandi ko azakomeza kuyifasha mu ntego zayo z'igihe kizaza.

    Liam Rosenior yahakanye ibihuha bivuga ko Cole Palmer agiye kwerekeza muri Manchester United

    Source : https://kasukumedia.com/liam-rosenior-yahakanye-ibihuha-bivuga-ko-cole-palmer-agiye-kwerekeza-muri-manchester-united/

  • Rubavu: Abatujwe i Gora baravuga ko batishimiye imibereho babayemo, nyuma yo gutuzwa mu nzu zidafite ibikoni #rwanda #RwOT

    Abaturage batujwe mu Mudugudu wa Gora, mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, baravuga ko batishimiye imibereho bafite nyuma yo kwimurirwa muri uwo mudugudu. Aba baturage bavuga ko inzu batujwemo zituzuye neza kandi ko zimwe muri zo zitanafite ibikoni, ibintu bavuga ko bibangamiye imibereho yabo ya buri munsi.

    Bamwe muri bo bavuga ko kubaho badafite ibikoni bibashyira mu bibazo by'umutekano n'isuku, kuko bibahatira gutekera hanze cyangwa mu byumba baryamamo, ibintu bavuga ko bitajyanye n'ubuzima bwiza. Abo baturage kandi bagaragaza ko n'ibindi bikorwaremezo by'ingenzi bikiri ikibazo, bityo bagasaba ubuyobozi kubitaho byihuse.

    Ku rundi ruhande, ubuyobozi bw'Umurenge wa Cyanzarwe buravuga ko ibyo abaturage bavuga bitandukanye n'ukuri. Ubuyobozi bwo buvuga ko inzu zose zubatswe zahawe ibikoni, ariko ko hari abaturage babisenye ku bushake bwabo, bakabikuramo ibiti byakoreshejwe mu bwubatsi bakabicana cyangwa bakabigira ibindi bakoresha mu ngo zabo.

    Ubuyobozi bukomeza buvuga ko bwahise butangira gukurikirana icyo kibazo, bushishikariza abaturage gufata neza ibikorwaremezo bahawe no kubibungabunga. Bwanavuze ko hari ibiganiro biri gukorwa kugira ngo harebwe uko ibibazo biri kuvugwa byakemurwa mu bwumvikane, hagamijwe ko abaturage babaho neza kandi batekanye.

    Ibi bikomeje kugaragaza icyuho kiri mu itumanaho hagati y'abaturage n'ubuyobozi, aho impande zombi zisaba ko hakorwa igenzura ryimbitse kugira ngo hamenyekane ukuri ku byabaye, bityo haboneke igisubizo kirambye ku kibazo cy'imiturire y'abatujwe i Gora.

    Abatujwe i Gora baravuga ko batishimiye imibereho bafite, nyuma yo kwimurirwa muri uwo Mudugudu

    Source : https://kasukumedia.com/rubavu-abatujwe-i-gora-baravuga-ko-batishimiye-imibereho-bafite-nyuma-yo-kwimurirwa-muri-uwo-mudugudu/

  • CAF yasesenguye ibyabaye ku mukino wa nyuma wa AFCON hagati ya Senegal na Morocco #rwanda #RwOT

    Ejo hashize, abayobozi batandukanye b'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru muri Afurika (CAF) bakoze inama ikomeye yabereye kuri Zoom yamaze amasaha arenga ane, biga ku kibazo cyavuzwe cyane cyabaye ku mukino wa nyuma wa CAN wahuje Senegal na Morocco, warangiye Senegal yegukanye igikombe.

    Iyi nama yitabiriwe n'abayobozi bakuru ba CAF, impuguke mu by'amategeko ya siporo ndetse n'abahagarariye komisiyo ishinzwe imyitwarire, hagamijwe gusuzuma mu buryo bwimbitse ibyabaye ku mukino no kureba niba hari amategeko yarenzwe.

    Mu byaganiriweho cyane, harimo gufatira hamwe ibihano ku batubahirije inshingano zabo ku ruhembe rw'ikibuga. By'umwihariko, hanagarutswe ku cyemezo cya Senegal cyo kwikura mu kibuga mu gihe umukino wari ukomeje, igikorwa cyafashwe nk'ikitubahirije amategeko ya CAF, bitewe n'uko batari bemeye bimwe mu byemezo by'umusifuzi w'umukino.

    CAF yatangaje ko iri gusuzuma niba imyitwarire yagaragajwe yaragize ingaruka ku isura y'irushanwa ndetse n'icyizere cy'abakunzi b'umupira w'amaguru muri Afurika. Hanaganiriwe ku nshingano z'abasifuzi n'uko bagomba kurindwa igitutu gituruka ku makipe n'abayobozi bayo.

    Biteganyijwe ko imyanzuro y'iyi nama irajya hanze mu gihe kitarenze iminsi ibiri. Icyo gihe ni bwo hazamenyekana ibihano byafashwe, niba hari amakipe cyangwa abantu bazabihanirwa, ndetse n'ingamba CAF yashyizeho mu gukumira ko ibyabaye byasubira mu mikino iri imbere.

    Abakunzi b'umupira w'amaguru muri Afurika bakomeje gutegereza imyanzuro ya CAF, mu gihe impaka n'ibitekerezo bitandukanye bikomeje kuyihozaho.

    CAF yasesenguye ibyabaye ku mukino wa nyuma wa AFCON hagati ya Senegal na Morocco

    Source : https://kasukumedia.com/caf-yasesenguye-ibyabaye-ku-mukino-wa-nyuma-wa-afcon-hagati-ya-senegal-na-morocco/

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W'INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE #rwanda #RwOT

    Mu gihe hitegurwa amatora yo kuyobora ishyaka rya FDU-Inkingi ateganyijwe ku wa 31 Mutarama no ku itariki ya 1 Gashyantare 2026, hatangiye kugaragara amazina y'abantu biyamamariza kuyobora uyu mutwe uzwiho kuba indiri y'abahakana n'abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Mu biyamamaza bagaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga harimo Rwalinda Pierre Celestin, umuntu wamamaye atari kubera ibikorwa byubaka igihugu cyangwa politiki nzima, ahubwo kubera imvugo n'ibikorwa birangwa no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, kuyipfobya, no guharabika ingabo zari iza RPA-Inkotanyi zahagaritse Jenoside zikanabohora igihugu.

    Rwalinda Pierre Celestin avuka mu Majyaruguru y'u Rwanda, mu Mudugudu wa Gatongo, Akagari ka Gashyamba, Umurenge wa Janja, mu Karere ka Gakenke (icyahoze ari Komini Gatonde, Segiteri Kivune). Ni mwene Rukaza na Bizagwira. Kuri ubu atuye mu Bufaransa, aho abana n'umugore we Febronie Nyiranganizi.

    Uyu Febronie Nyiranganizi yakoraga kuri Radiyo Rwanda mu gihe cya Jenoside, aho yakoranaga n'abandi banyamakuru baje kumenyekana nk'abagize uruhare rukomeye mu icengezamatwara ry'urwango n'ubwicanyi, barimo Jean Baptiste Bamwanga, wakoreshejwe mu gutangaza amakuru y'ibinyoma yashishikarije Interahamwe kwica Abatutsi, by'umwihariko mu Bugesera.

    Rwalinda yashatse mu muryango uzwiho kuba mu mutima wa MRND, CDR n'Akazu. Sebukwe we Ruzinge, wari Interahamwe kabombo, ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Komini Gatonde na Janja. Ruzinge yari umuntu uvugaga rikijyana, akifashisha ubwamamare bwe mu gushishikariza abandi kwica Abatutsi. Nyuma ya Jenoside, yarafashwe, arakatirwa, aza kugwa mu bitaro bya Musanze bitewe n'izabukuru.

    Abana ba Ruzinge benshi bari bafite imyanya ikomeye muri Leta y'Akazu, harimo abakoraga muri Radiyo Rwanda, RTLM, mu gisirikare cya Ex-FAR no mu nzego nkuru za Leta. Aha ni ho Rwalinda akura igice kinini cy'ingengabitekerezo ye yo guhakana no gupfobya Jenoside, no gutagatifuza Interahamwe.

    Ahandi h'ingenzi Rwalinda akura ibitekerezo bye ni ku Ingabire Victoire, washinze FDU-Inkingi. Umubano w'aba bombi si uwa politiki gusa, ahubwo ufite imizi mu muryango n'Akazu. Nyina wa Ingabire, Therese Dusabe, na we ashinjwa uruhare rukomeye mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi, cyane cyane i Butamwa, aho yari ayoboye ikigo nderabuzima.

    Iyi sano y'imiryango n'ingengabitekerezo ni yo yatumye FDU-Inkingi na DALFA-Umurinzi bihuriza ku mugambi umwe wo kongera kubeshaho ingengabitekerezo ya Jenoside, gutagatifuza abakoze Jenoside, no kugerageza gusubiza ku ruhando rwa politiki abantu n'imiryango yahoze muri MRND na CDR, benshi muri bo bahunze ubutabera mpuzamahanga.

    Kuva washingwa, FDU-Inkingi ntiyigeze iyoborwa n'umuntu utagira isano n'abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Rwalinda Pierre Celestin ashaka gusimbura Kayumba Placide, nawe ufite inkomoko ihuzwa n'abahamijwe ibyaha bya Jenoside. Ibi bigaragaza ko uyu mutwe ukomeje kuba urubuga rwo gukusanyirizamo abantu bafite agahinda n'umujinya wo gutsindwa kwa Jenoside, bakawuhindura urwango n'ivanguramoko.

    Uyu mutwe kandi ushinjwa gukusanya amafaranga mu izina rya politiki, bavuga ko ari ayo gufasha 'intumwa zabo mu Rwanda', nyamara ayo mafaranga akoherezwa mu mashyamba ya Congo gufasha FDLR, umutwe w'iterabwoba ugizwe n'abasize bakoze Jenoside.

    Mu bandi biyamamaza harimo Dr Emmanuel Mwiseneza, umuganga w'amatungo wigize umunyapolitiki, ushaka kuba Visi Perezida wa FDU-Inkingi. Akomoka mu Karere ka Huye, akaba azwiho gukomeza kwihambira ku itsinda ry'abahezanguni n'ubwo hakunze kugaragara amacakubiri ashingiye ku turere n'inyungu bwite.
    Rwalinda Pierre Celestin, kimwe na Ingabire Victoire n'abandi bayobora FDU-Inkingi, bafatwa nk'imbuto z'Akazu, zitari mu bikorwa bya Jenoside mu buryo buziguye ariko zifite inshingano yo kuyisigasira mu bitekerezo, mu mvugo no mu bikorwa bya politiki. Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, kuyipfobya no gutagatifuza Interahamwe ni byo shingiro ry'imvugo n'imigambi yabo.

    Ipfunwe n'ikimwaro byo kuba bakomoka mu miryango yagize uruhare rukomeye mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside, ni byo bituma aba bantu bakomeza guhangana n'ukuri kw'amateka, bakoresheje imbuga nkoranyambaga n'imitwe ya politiki nk'ibikoresho byo gukomeza guhembera ingengabitekerezo ya Jenoside.

    Source : https://rushyashya.net/icyo-wamenya-kubiyamamariza-kuyobora-fdu-inkingi-umutwe-winterahamwe-zihebeye-kubunza-ingengabitekerezo-ya-jenoside/

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n' u Rwanda natwe bikatureba #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wa AFC/M23, Corneille Nangaa Yobeluo, yatangaje ko ubufatanye buri hagati y'iri huriro n'u Rwanda butagamije gufashanya mu ntambara, ahubwo bushingiye ku kurinda umutekano w'abaturage n'inyungu rusange z'ibihugu bihuriye ku mipaka, cyane cyane mu guhangana n'umutwe w'iterabwoba wa FDLR umaze imyaka myinshi uhungabanya umutekano w'akarere k'Ibiyaga Bigari.

    Ibi Nangaa yabitangarije mu kiganiro yagiranye n'itangazamakuru i Goma, aho yasobanuye ko gukorana n'igihugu gihana imbibi na Congo bitandukanye no kugiha ubufasha bwa gisirikare.
    Yagize ati:
    'Ese gukorana bivuze gufasha? Oya. Dukorana n'u Rwanda, ariko tunakorana na Uganda. Dufite ikibazo gihuriweho cy'umutekano, cyane cyane ku mutwe wa FDLR ukomeje guhungabanya akarere.'

    Nangaa yavuze ko FDLR ari umutwe ufite intego yo guhungabanya ubutegetsi bw'u Rwanda, kandi ukomeje no kwica abaturage muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
    Ati:
    'FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke. Gusenya uwo mutwe bireba Congo, bireba u Rwanda natwe bikatureba.'
    Yavuze kandi ko kuva AFC/M23 yafata Umujyi wa Goma, abarwanyi ba FDLR benshi bafashwe bagashyikirizwa inzego zibishinzwe, ibyo bikaba bigaragaza ubufatanye mu gucunga umutekano w'akarere.

    Ku mipaka ihuza u Rwanda n'ibice igenzurwa na AFC/M23, ubucuruzi n'ingendo byakomeje nk'ibisanzwe, aho abantu barenga ibihumbi 40 bambuka imipaka buri munsi binyuze kuri Grande Barrière, Petite Barrière, Rusizi na Bugarama.
    Nangaa yavuze ko ibi bisaba ubufatanye mu by'umutekano ku mpande zombi, kuko hari abakozi b'inzego z'abinjira n'abasohoka ku ruhande rw'u Rwanda n'abo ku ruhande rwa AFC/M23 bagomba gukorana.

    Mu cyumweru gishize, Ambasaderi w'u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana, yatangarije abadepite bo muri Washington D.C. ko u Rwanda rukorana na AFC/M23 mu rwego rw'umutekano.
    Yasobanuye ko impamvu nyamukuru ari ukurinda Abanye-Congo bo mu bwoko bw'Abatutsi bakomeje kwibasirwa n'imitwe irimo FDLR n'indi mitwe yitwaje intwaro ishyigikiwe na FARDC.

    Ambasaderi Mukantabana yagize ati:
    'U Rwanda rukorana na AFC/M23 kubera impamvu z'umutekano. Ibi tubivuga mu mucyo kugira ngo hubakwe icyizere.'
    Aya magambo yahise atuma bamwe mu bayobozi ba Leta ya Congo, u Burundi n'itangazamakuru mpuzamahanga batangaza ko u Rwanda rwemeye ku mugaragaro gufasha AFC/M23, ibintu u Rwanda rwakomeje guhakana kenshi mu bihe byashize.
    Mu mwaka ushize, AFC/M23 yafashe Umujyi wa Goma nyuma y'imirwano ikomeye yari ihanganyemo n'ingabo za RDC, iz'igihugu cya Afurika y'Epfo, Tanzania, Malawi, MONUSCO ndetse n'imitwe ya Wazalendo. Nyuma y'ibyumweru bike, yafashe n'Umujyi wa Bukavu mu Ntara ya Kivu y'Amajyepfo.

    Ibi birego n'ibisobanuro bigaragaza ko ikibazo cy'umutekano mu Burasirazuba bwa Congo kidashobora gusobanurwa mu buryo bworoshye, kuko gifitanye isano n'amateka maremare y'imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR.

    FDLR igizwe ahanini n'abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ikaba imaze imyaka irenga 30 ikorera ku butaka bwa Congo, aho yakomeje kwica abaturage, gufata abagore ku ngufu, gusahura no guhungabanya umutekano w'akarere.
    Kuba uyu mutwe ukomeje kubaho ni imwe mu mpamvu nyamukuru zituma umutekano w'u Rwanda, uwa Congo n'uw'akarere kose uhora mu kaga.
    Impuguke mu by'umutekano zigaragaza ko igihe cyose FDLR ikiriho kandi igafatanya n'imitwe imwe ishyigikiwe n'inzego za Leta ya Congo, amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC azakomeza kuba inzozi.

    Ni muri urwo rwego AFC/M23 ivuga ko ubufatanye n'ibihugu bihana imbibi na Congo butagamije politiki y'intambara, ahubwo bugamije kurinda abaturage, ubucuruzi n'umutekano w'akarere, mu gihe igisubizo kirambye cy'iki kibazo kigomba kuboneka binyuze mu gukuraho burundu imitwe y'iterabwoba nka FDLR.

    Source : https://rushyashya.net/fdlr-bari-muri-congo-barica-abantu-bateza-umutekano-muke-gusenya-uwo-mutwe-bireba-congo-bireba-u-rwanda-natwe-bikatureba/

  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Mutarama 2026, nibwo kapiteni w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda, Amavubi, yasezeye Al Ahli yo muri Libya yakiniraga.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Djihad yanditse ubutumwa bwo gusezera iyi kipe yari amazemo umwaka umwe nyuma y'aho yakinaga mu gihugu cya Ukraine.

    Ni ubutumwa bugizwe no gushimira ubuyobozi bw'ikipe, abainnyi bakinanaga ndetse n'abafana b'iyi kipe yari amazemo umwaka umwe akanatwarana n'ikipe igikombe cya shampiyona.

    Djihad w'imyaka 29 y'Amavuko asezeye atandukanye n'iyi kipe habura amasaha make ngo hirya no hino ku Isi isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi rigungwe, bikaba bivugwa ko uyu mukinnyi ashobora kwerekezq ku mugabane w'i Burayi.


    Si uyu mukinnyi mukinnyi gusa wasezeye aho yakinaga, kuko umunyarwanda Hakim Sahabo wakinaga muri Standard de Kiége nawe ashobora kwerekeza mu gihugu cy'u Bugereki mu ikipe ya AEK Athens.


    Sahabo wari wasinye amasezerano y'imyaka 3 muri Standard akaba yari asigajemo umwaka umwe, biravugwa ko ashobora gutangwaho Miliyoni imwe n'igice y'Ama Euro.

    Source : https://rushyashya.net/bizimana-djihad-yasezeye-al-ahli-yo-muri-libya-yari-amazemo-umwaka-hakim-sahabo-mu-nzira-zimujyana-mu-bugereki/

  • Gisa Cyinganzo mu myiteguro y’album nshya #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’Umunyarwanda Gisa Cyinganzo yatangaje ko ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ye nshya, ayifata nk’intambwe ikomeye igiye kongera kubyutsa no gushimangira urugendo rwe rw’umuziki umaze imyaka myinshi.

    Umuhanzi Gisa James wamamaye nka Gisa Cyinganzo uzwiho ijwi rikora ku mutima ya benshi, yahishuye ko afite album iri hafi kurangira ku kigero cya 60%, ikazaba igizwe n’indirimbo 12.

    Gisa Cyinganzo yasobanuye ko iyi album izaba itandukanye n’izo yakoze mbere, kuko izibanda cyane ku byiyumvo byimbitse, ubuzima bwa buri munsi n’amasomo yakuye mu rugendo rwe rw’ubuzima n’umwuga.

    Ati 'Ndi gukora kuri album yanjye nshya igeze ku kigero cya 60% , izibanda ahanini mu kwibutsa abantu njyewe bazi ndetse no kubaha amasomo y’ubuzima bwa buri munsi.'

    Nk’uko yabitangaje mu kiganiro yagiranye na The New Times.
    Yavuze ko ari kuyishyiramo umutima n’ubunararibonye amaze kugeraho, agamije gukomeza kuguma ku mwanya mwiza mu muziki nyarwanda no guha abakunzi be umuziki ufite ubutumwa bufatika.

    Uyu muhanzi agaragaza ko ari gukorana n’abatunganya indirimbo bafite izina rinini, anizeza abafana be ko azabaha izindi ndirimbo nshya mbere y’uko album isohoka.

    Kugaruka kwa Gisa Cyinganzo mu muziki byongeye kugaragara cyane mu mpera za 2025, ubwo yasohoraga indirimbo 'Kumutima', yamubereye intangiriro nshya nyuma y’igihe yari amaze atagaragara cyane mu ruhando rw’umuziki.

    Iyi ndirimbo yakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki, igaragaza ko agifite ubushobozi bwo gukora indirimbo zifite amarangamutima n’ubutumwa bukora ku mitima ya benshi.

    Gisa Cyinganzo yanyuze mu bihe bitamworoheye mu rugendo rwe, birimo no gufungwa gusa akaza kurekurwa muri Mata 2019 nyuma yo kurangiza igihano yari yarakatiwe azira gukoresha ibiyobyabwenge. Ibyo bihe avuga ko byamubereye amasomo y’ingenzi mu buzima bwe.

    Mu bagize uruhare runini mu kongera kumwereka abanyarwanda, harimo umuhanzi The Ben, wamuhaye umwanya wo kuririmba mu gitaramo cya NU Year Groove, igikorwa Gisa avuga ko cyamwongereye icyizere no kongera kumva ko agishyigikiwe n’abakunzi b’umuziki.

    Gisa Cyinganzo agiye gusohora album

    Source : http://isimbi.rw/gisa-cyinganzo-mu-myiteguro-y-album-nshya.html

  • Niyo David yerekeje muri Ukraine #rwanda #RwOT

    Intizanyo y’Intare FC muri Kiyovu Sports, Niyo David, yagiye gukora igeragezwa mu ikipe ya NK Veres Rivine ikina icyiciro cya mbere muri Ukraine.

    Niyo David umwe mu bakinnyi beza iyi kipe igenderaho akaba yamaze gufata rutimikirere asanga iyi kipe muri Turikiya aho shampiyona y’iki gihugu ikinirwa mu gihe yaritsinda yahita ayisinyira.

    Uyu mukinnyi w’imyaka 19 wakuriye mu ishuri ryigisha umupira rya APR FC akaza kujya mu Intare FC agomba gukora igeragezwa kugeza tariki ya 11 Gashyantare 2026.

    Yageze muri Kiyovu Sports muri 2025 atijwe n’Intare akaba muri uyu mwaka w’imikino wa 2025-26 yarafashije Kiyovu Sports gusoza imikino ibanza iri ku mwanya wa 5 n’amanota 27.

    Niyo David ukina mu kibuga hagati ariko asatira akaba amaze gutsinda ibitego bitatu ndetse yanatanze imipira ine yavuyemo ibitego, bivuze ko afite uruhare rw’ibitego 7 mu bitego 16 Kiyovu imaze gutsinda.

    Niyo David yagiye gukora igeragezwa mu ikipe yo muri Ukraine

    Source : http://isimbi.rw/niyo-david-yerekeje-muri-ukraine.html

  • Inda yanjye si umushinga rusange – Miss Naomie Nishimwe #rwanda #RwOT

    Nyampinga w’u Rwanda 2020, Nishimwe Naomie yavuze ko ibyo gutwita kwe atari umushinga rusange bityo ko abantu bakwiye kumuha amahoro.

    Ibi yasubizaga uwitwa Edman Ishimwe wagiye ku rukuta rwa Twitter akandika ati 'Umwaka urashize n’undi uratashye, Miss Naomie akoze ubukwe, ariko nta kanunu ko gusama.'

    Ni amagambo yakuruye impaka ndende benshi babwira uyu muntu kureka kwivanga mu bitamureba kuko atari byiza na gato kujya mu buzima bwite bwa muntu.

    Miss Nishimwe Naomie na we yanze guceceka maze amubwira ko gutwita kwe atari umushinga rusange kandi ko nta w’uwamushinze kugenzura ubuzima bwe.

    Ati 'Ni inde wagushinze kugenzura ubuzima bwanjye? Gutwita kwanjye si umushinga rusange nshuti. Shyiraho indi nkuru nyamuneka. Mujye mwubaha.'

    Naomie avuze ibi mu gihe mu gitabo 'More Than Crown’ aheruka gushyira hanze, muri Chapter 9 yagarutse ku buryo inda ye yatwitse yaje kuvamo.

    Miss Nishimwe Naomie yasezeranye mu mategeko n’umugabo we Michael Tesfay ku wa 27 Ukuboza 2024, mu gihe indi mihango y’ubukwe bwabo yabaye ku wa 29 Ukuboza uwo mwaka, nyuma y’igihe bari bamaze bakundana.

    Kuva icyo gihe, yakomeje kwibutsa abantu ko ibyerekeye umuryango we ari ibye bwite, bidasaba kugibwaho impaka ku mbuga nkoranyambaga.

    Who assigned you to monitor my life? my womb is not a public project Nshuti. Next headline please.
    Respectfully

    — Naomie (@NaomieNishimwe) January 27, 2026

    Naomie yavuze ko gutwita kwe atari umushinga rusange

    Source : http://isimbi.rw/inda-yanjye-si-umushinga-rusange-naomie-nishimwe.html

  • Mugisha Didier ni we rutahizamu Rayon Sports yari ikeneye? #rwanda #RwOT

    Nyuma yo gutizwa na Police FC rutahizamu Mugisha Didier, impaka zabaye nyinshi benshi bavuga ko atari we mukinnyi yari ikeneye abandi bakemeza ko yari imukeneye ariko uburyo yajemo ikipe nka Rayon Sports itakabyemeye.

    Rayon Sports muri Mutarama 2026 yabaye nk’ikipe yasubiye ku isoko bundi bushya aho yagiye yongeramo abakinnyi benshi kugeza ubu abo imaze gutangaza ni 7.

    Mugisha Didier bagize impungenge niba azafasha Rayon Sports cyane ko yari amaze iminsi muri Police FC adakina kuba yaza agahita afatiraho agafasha Gikundiro.

    Nta muntu washidikanya ku mpano ya Mugisha Didier, ni umukinnyi ufite imbaraga, ushobora gucenga agatanga akazi ku bwugarizi bahanganye.

    Mugisha Dideir ni we Rayon Sports yari ikeneye?

    Ugiye kureba ku isoko rya ba rutahizamu by’umwihariko b’abanyarwanda bashobora kuboneka wavuga ko nta rutahizamu umuri hejuru rero kumuzana yaba ari amahitamo.

    Gusa na none ntiwakirengagiza ko na none nta tandukaniro rinini rihari no kuba barekura Rivaldo bakazana Didier bose ni abakinnyi bari ku rwego rumwe bakaba batandukanira ku byo umutoza yifuza gukina.

    Ikindi kuri Mugisha Didier, uwanenga Rayon Sports ko yemeye gutizwa uyu mukinnyi amezi 6 ntabwo yaba abeshye, ni umukinnyi byanashobokaga ko yamubona burundu cyane ko nawe yabishakaga kuko muri Police FC ibintu bitari bimeze neza.

    Hari impungenge ko Didier ufite amasezerano y’umwaka n’igice wa Police FC, aramutse yitwaye neza mu mezi 6 yatijwe, ntabwo Rayon Sports yamubona umwaka utaha kuko Police FC yahita imwisubiza nta gushidikanya, rero yakabaye yaratekereje ibirenze kuko ni umukinnyi mwiza kandi w’umuhanga.

    Nubwo ari umukinnyi mwiza gusa hari ibyo bamushinja binatuma n’abatoza akenshi batamukinisha, uretse kuba yaba avugwaho imyitwarire itari myiza gusa kubijyanye n’imikinire ashinjwa kutumva ibyo abatoza bamubwira.

    Mugisha Didier ashinjwa na bagenzi be kuba yiharira adakunda gukinana n’abandi, iyo afashe umupira biragorana ko awurekura inshuro nyinshi bakanawumwambura rero ntibishimishe bagenzi be n’umutoza.

    Iki ni ikintu asabwa gukoraho kuko mu gihe atahindura imikinire bizagorana ko no muri Rayon Sports yazakina kuko nta mutoza ukunda umukinnyi wiharira umupira ntakinane na bagenzi be.

    Mugisha Didier ni umukinnyi mushya wa Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/mugisha-didier-ni-we-rutahizamu-rayon-sports-yari-ikeneye.html