Category: Uncategorized

  • Cristiano Ronaldo yasabwe kugendera ku mahame y'ikipe ya Al Nassr #rwanda #RwOT

    Cristiano Ronaldo ukinira Al Nassr akomeje kuvugwaho imyitwarire idahwitse nyuma yo kugaragaza kutishimira imikorere y'ubuyobozi bugenzura amakipe akomeye muri Shampiyona ya Arabia Saudite. Uyu mukinnyi w'icyamamare ku Isi, bivugwa ko yagiye yanga gukina imikino imwe n'imwe, ashinja ubuyobozi kutita ku ikipe ye nk'uko byakabaye.

    Public Investment Fund (PIF), ari nayo igenzura amakipe ane akomeye ariyo Al Nassr, Al Hilal, Al Ahli na Al Ittihad, yasabwe gusubiza ibintu mu murongo no gusobanura ko amahirwe n'ingengo y'imari bihabwa amakipe hashingiwe ku mishinga n'icyerekezo cya buri kipe. Amakuru avuga ko Ronaldo atishimiye ukuntu andi makipe by'umwihariko Al Hilal na Al Ittihad, yahawe ubushobozi bwo kugura abakinnyi bakomeye barimo Karim Benzema, mu gihe Al Nassr we yumva itarashyigikiwe bihagije ngo ihatane ku gikombe cya shampiyona.

    Iyi myumvire ni yo bivugwa ko yatumye Ronaldo atagaragara mu mukino Al Nassr iheruka gukina ku wa Mbere, ndetse hakaba hari impungenge ko atazagaragara no mu mukino ukomeye uteganyijwe kuri wa Gatanu, aho Al Nassr igomba guhura na Al Ittihad.

    Abasesenguzi ba ruhago muri Arabia Saudite bagaragaza ko n'ubwo Ronaldo ari umukinnyi ukomeye kandi ufite ijambo rikomeye, akwiye kubahiriza amahame n'amategeko y'ikipe akinira, akirinda kwivumbura bishobora guhungabanya umwuka w'ikipe. Ku rundi ruhande, abafana ba Al Nassr barasaba ubuyobozi gushakira umuti iki kibazo vuba, kugira ngo iyi kipe ikomeze guhatanira ibikombe bitayivuye mu biganza.

    Cristiano Ronaldo yasabwe kugendera ku mahame y'ikipe ya Al Nassr
    Iyi myumvire ni yo bivugwa ko yatumye Ronaldo atagaragara mu mukino Al Nassr iheruka gukina ku wa Mbere

    Source : https://kasukumedia.com/cristiano-ronaldo-yasabwe-kugendera-ku-mahame-yikipe-ya-al-nassr/

  • Ishimwe Anicet abaye umukinnyi wa gatanu w'Umunyarwanda ugiye gukina muri Libya #rwanda #RwOT

    Umukinnyi w'umupira w'amaguru w'Umunyarwanda Ishimwe Anicet yamaze kwerekeza muri Libya aho agiye gukinira ikipe ya Assabah SC, isanzwe ibarizwamo mugenzi we Nsabimana Aimable. Ibi byatumye aba umukinnyi wa gatanu w'Umunyarwanda ugiye gukina muri Shampiyona y'icyiciro cya mbere muri Libya, shampiyona imaze igihe ikurura abakinnyi benshi b'Abanyarwanda.

    Ishimwe Anicet yari asanzwe akinira Olympique de Béja yo muri Tunisia, aho yari amaze kwigaragaza mu mikino itandukanye ya shampiyona. Iyi kipe yahisemo kumutiza muri Assabah SC yo muri Libya mu gihe kingana n'amezi atandatu, mu rwego rwo kumuha amahirwe yo kubona umwanya wo gukina no gukomeza kuzamura urwego rwe mu mupira w'amaguru.

    Shampiyona yo muri Libya ikomeje kugaragaza icyizere igirira abakinnyi b'Abanyarwanda, aho usibye Ishimwe Anicet na Nsabimana Aimable bakinira Assabah SC, hari n'abandi barimo Manzi Thierry ukinira Al Ahli Tripoli, Rwatubyaye Abdul ukinira Al Suqur SC ndetse na Nshuti Innocent uherutse kwerekeza muri Wedfaq Ajdabiya avuye muri Es Zarzis yo muri Tunisia.

    Uku kwiyongera kw'abakinnyi b'Abanyarwanda berekeza muri Libya kugaragaza ko umupira w'u Rwanda ukomeje gutanga impano zishobora guhangana ku rwego mpuzamahanga. Bitezwe ko Ishimwe Anicet azafasha Assabah SC kugera ku musaruro mwiza, anazamure izina rye n'iry'igihugu mu mupira w'amaguru wo ku mugabane wa Afurika.

    Ishimwe Anicet abaye umukinnyi wa gatanu w'Umunyarwanda ugiye gukina muri Libya

    Source : https://kasukumedia.com/ishimwe-anicet-abaye-umukinnyi-wa-gatanu-wumunyarwanda-ugiye-gukina-muri-libya/

  • Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atitabiriye ibihembo bya Grammy Awards 2026 #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w'Umunya-Uganda Eddy Kenzo, wari mu bahanzi bahataniye ibihembo bikomeye bya Grammy Awards mu 2026, yatangaje impamvu atabashije kwitabira umuhango wo kubitanga wabereye i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ibi bihembo byatanzwe mu ijoro ryo ku wa 1 Gashyantare 2026.

    Eddy Kenzo yari ahatanye mu cyiciro cy'umuhanzi mwiza wo ku Mugabane wa Afurika, icyiciro cyegukanywe n'umuhanzi w'Umunya-Afurika y'Epfo Tyla. N'ubwo yari ku rutonde rw'abahatanye, Kenzo ntiyagaragaye muri ibi birori, ibintu byatumye hibazwa byinshi, dore ko mbere yari yavuze ko atitabiriye kubera impamvu ze bwite.

    Mu kiganiro yagiranye na radio KFM, Eddy Kenzo yahishuye ko impamvu nyamukuru yamuteye kutitabira Grammy Awards ari ibibazo bya Visa. Yasobanuye ko muri icyo gihe yari ahugiye cyane mu bikorwa byo kwamamaza Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, bituma atinda gukurikirana ibijyanye no kongeresha Visa ye.

    Ati: 'Muri kiriya gihe nari mpugiye mu bikorwa byo kwamamaza, bituma ntinda gutanga ubusabe bwo kongeresha Visa yanjye. Visa yanjye ijyanye n'akazi, kandi ntikorera hano muri Afurika, ahubwo ikorerwa muri Amerika kubera imiterere y'akazi nkora.'

    Eddy Kenzo yakomeje asobanura ko uko kudakurikirana ibyo hakiri kare byatumye atabona Visa ku gihe, bityo ananirwa kujya kwitabira umuhango wari ufite agaciro gakomeye mu rugendo rwe rwa muzika.

    Uyu muhanzi yongeye kugaruka ku mateka ye na Grammy Awards, avuga ko ubu ari ubwa kabiri ashyizwe ku rutonde rw'abahatanye, nyuma yo mu 2023 ubwo yari yahatanye abikesha indirimbo ye 'Gimme Love', ibintu byerekana intambwe akomeje gutera ku rwego mpuzamahanga.

    Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atitabiriye ibihembo bya Grammy Awards 2026

    Source : https://kasukumedia.com/eddy-kenzo-yasobanuye-impamvu-atitabiriye-ibihembo-bya-grammy-awards-2026/

  • Gemini ikomeje kurusha OpenAI icyizere mu ishoramari rya AI #rwanda #RwOT

    Abakurikiranira hafi iterambere ry'ikoranabuhanga by'umwihariko ubwenge buhangano (AI) bemeza ko Google yongeye kwiyubaka ku rwego rwo hejuru, aho ubu ibarwa nk'ikigo cyizewe kurusha OpenAI mu maso y'abashoramari ku isoko mpuzamahanga. Ibi bibaye mu gihe AI irimo kwaguka ku muvuduko udasanzwe, igahindura imikorere y'ibigo bikomeye ku Isi.

    Intandaro y'iri terambere ni modeli ya Gemini 3, yagaragaje umusaruro ushimishije haba mu mikorere yayo no mu nyungu igenera Google. Alphabet, ikigo gifite Google mu nshingano, cyatangaje ko ishoramari ryayo muri AI riri gutanga umusaruro ugaragara mu nzego zose, cyane cyane mu bijyanye n'ubucuruzi n'ikoranabuhanga ryo kubika amakuru kuri internet.

    Nk'urugero, inyungu ya Google Cloud yazamutseho 48% mu gihembwe cya kane cy'umwaka ushize, igaragaza ko abakiriya n'ibigo byinshi barushaho kwitabira serivisi zayo zishingiye kuri AI. Ibi byatumye Google itangaza ko izashora ari hagati ya miliyari 175$ na miliyari 185$ mu 2026, hagamijwe kongera ubushobozi no kwagura ibikorwa bya AI.

    Ku ruhande rw'abakoresha, Gemini igeze ku bakoresha miliyoni 750 buri kwezi, ivuye kuri miliyoni 650 yariho mbere. Byiyongeraho, Google yagurishije impushya miliyoni umunani ku bakoresha Gemini yisumbuye.

    Iri terambere ryagize ingaruka nziza ku migabane ya Google, yazamutseho hafi 36% kuva mu Ukwakira, mu gihe iy'ibigo bikorana na OpenAI nka Microsoft yagabanyutseho 20%, iya Oracle ikagabanukaho hafi 49%. Isoko ry'imigabane i New York (NYSE) rigaragaza ko Google ari yo mahitamo yizewe, mu gihe OpenAI ikomeje gutera impungenge abashoramari.

    Gemini ikomeje kurusha OpenAI icyizere mu ishoramari rya AI

    Source : https://kasukumedia.com/gemini-ikomeje-kurusha-openai-icyizere-mu-ishoramari-rya-ai/

  • Kimenyi Yves yatangaje ko umubano we na Miss Muyango uhagaze neza #rwanda #RwOT

    Mu myaka ibiri ishize, urugo rwa Kimenyi Yves na Miss Muyango rwagiye ruvugwa cyane mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bagiye batanga ibitekerezo ku mubano wabo, bituma bakomeza kugaragara ku mpapuro za mbere z'ibitangazamakuru bitandukanye.

    Miss Muyango Claudine wabaye Nyampinga uberwa n'amafoto muri Miss Rwanda 2019, aherutse kuvugira ku rubuga rwa TikTok amagambo yatumye benshi bongera kwibaza ku mibereho ye y'ubu. Yavuze ko muri iki gihe yibanze ku gushaka amafaranga no gushaka amahoro yo mu mutima.

    Yagize ati: 'Reka nkubwire Pastor, urabizi ko ngukunda, ariko ibintu by'abagabo ube ubinkuye mu bwonko. Ndishakira amafaranga. Iby'abagabo narabibonye, narakunze, ndakunda, ariko aho byangejeje, nari mpfuye.'

    Yakomeje agira ati: 'Ni ukubona umuntu agenda. Ni ukuri nari mpfuye. Abantu bakabona umugabo witonda, bakavuga ngo Muyango yakoze ibi n'ibi, ariko uwababwira agahinda kose nanyuzemo… noneho umugabo aje hano nta kibi yavuga.'

    Muyango Claudine yavuze ko icyo abura muri iki gihe ari amahoro yo mu mutima, n'ubwo yemeza ko ibindi byose abifite. Ati: 'Nta kintu na kimwe mbuze. Imana yampaye gusa neza, impa guhagarara ku mwana wanjye, impa amafaranga, ni ukuri ndashima Imana.'

    Mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 5 Gashyantare 2026, Kimenyi Yves yagaragaye mu kiganiro cyanyuze kuri TikTok aganira n'inshuti ye Yago Pon Dat.

    Iki kiganiro cyibanze ku rugendo rwe mu mupira w'amaguru no ku buzima bwe bwo muri iki gihe, aho yahisemo kwinjira mu bucuruzi bwo gutumiza no gucuruza imodoka azikuye mu Bushinwa.

    N'ubwo ikiganiro cyari kigamije kugaruka ku bucuruzi, ibibazo by'abacyitabiriye byibanze cyane ku mibereho ye y'urugo na Miss Muyango Claudine.

    Yago Pon Dat wari uyoboye ikiganiro, yavuze ko atiteguye kubaza Kimenyi ku rugo rwe, ariko amuha umwanya wo kwisobanurira niba yumva hari icyo yabitangaho.

    Yago yagize ati 'Ibi byose ndashaka ko ari wowe ubyivugira. Ntabwo ari ikibazo, ariko abantu benshi barashaka kumenya ibijyanye n'urugo rwawe. Ibijyanye n'umuryango wawe. N'uburenganzira bwawe, bwo kubivugaho cyangwa ntubivugeho, ariko njyewe impamvu nkubwiye gutya ntabwo ndi mu murongo mwiza wo ku kubuza ibintu bijyanye n'urugo rwawe, kuko nanjye ubwanjye nta kintu njya mbivugaho (iby'urugo rwe) […]' Hari abibaza ese Kimenyi na Muyango baratandukanye koko? Ese bakoze 'Divorce'? […]'

    Yavuze ko hari abibaza niba Kimenyi Yves na Miss Muyango baratandukanye cyangwa se niba barahanyes gatanya.

    Mu gusubiza kuri ibyo bibazo byose, Kimenyi Yves yavuze ko nta byinshi yiteguye kuvuga ku buzima bwe bwite, ariko ahamya ko umubano we n'umugore we umeze neza. Yagize ati: 'Ibyo ng'ibyo byose rwose nta kintu mbivugaho pe pe pe. Gusa, ibintu bimeze neza.'

    Iri jambo rye ryasize benshi basobanukiwe ko, n'ubwo hari byinshi byagiye bivugwa, we yemeza ko urugo rwe ruhagaze neza.

    Kimenyi Yves yemeje ko umubano we na Miss Muyango Claudine uhagaze neza, n'ubwo hashize igihe havugwa inkuru zitandukanye ku buzima bwabo bw'urugo, avuga ko nta byinshi yiteguye kuwuvugaho uretse ko 'ibintu bimeze neza

    Miss Muyango Claudine aherutse gutangaza ko muri iki gihe yibanze ku gushaka amahoro yo mu mutima no kwishakira amafaranga, avuga ko yanyuze mu bihe bikomeye by'urukundo ariko ubu akishimira aho ageze n'inkunga ahabwa n'Imana.

    Kimenyi Yves yatangaje ko umubano we na Miss Muyango uhagaze neza

     

    Source : https://kasukumedia.com/kimenyi-yves-yatangaje-ko-umubano-we-na-miss-muyango-uhagaze-neza/

  • Igisubizo cya Ndikumana Asman ku kuba Rayon izatwara shampiyona #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa Rayon Sports, Ndikumana Asman yavuze ko imikino igihari kandi ubu ari bwo batangiye gutsinda bagomba gukomerezaho, igikombe cya shampiyona kigishoboka.

    Ni nyuma y’umukino wa shampiyona baraye batsinzemo AS Kigali 1-0, iyi kipe ikaba yari imaze ukwezi itabona amanota 3 aho yayaherukaga tariki ya 4 Mutarama 2026 batsinda AS Muhanga 2-0.

    Aganira na ISIMBI, Asman yavuze ko yishimiye cyane kuba bongeye kubona amanota 3 nyuma y’igihe batabona amanota 3 yuzuye.

    Ati 'Ndishimye kuba uyu munsi twatsinze, hari hashize igihe tudatsinda, ubu rero twatangiye gutsinda kandi tugomba gukomerezaho.'

    Agaruka ku kuba abona hakiri amahirwe ku gikombe cya shampiyona nubwo ubu bari inyuma amanota menshi, yavuze ko amahirwe agihari.

    Ati 'Yego! Imikino iracyahari, turacyakina, turimo gushaka gushyiramo imbaraga kugira ngo tube mu makipe ane ya mbere ku rutonde kandi tugomba gukora cyane kugira ngo tube aba mbere, biracyashoboka.'

    Kugeza ubu Rayon Sports iri ku mwanya wa 6 n’amanota 29, APR FC iri ku mwanya wa mbere ifite amanota 36, bivuze ko iyirusha amanota 7.

    Ndikumana Asman yavuze ko icyizere ku gikombe kigihari

    Source : http://isimbi.rw/igisubizo-cya-ndikumana-asman-ku-kuba-rayon-izatwara-shampiyona.html

  • Mu ndirimbo ‘IG Post’ Lisaa yagaragaje urukundo rutajya ruhishirwa ku mbuga nkoranyambaga (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Lisaa yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise 'Ig Post', indirimbo avuga ko yamusabye igihe n’imbaraga nyinshi kugira ngo igere ku rwego yifuzaga.

    Ni indirimbo ifungura umwaka we w’ibikorwa by’umuziki, igaragaza icyerekezo gishya mu rugendo rwe, aniyemeza gukomeza kwiyubaka nk’umuhanzi uhatana ku rwego mpuzamahanga.

    Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Lisaa yasobanuye ko 'Ig Post' atari indirimbo isanzwe, ahubwo ari ubutumwa bujyanye n’ibihe turimo, cyane cyane uko urukundo rugaragazwa n’urubyiruko muri iki gihe cy’ikoranabuhanga n’imbuga nkoranyambaga.

    Yagize ati 'Ig Post ni indirimbo yanditswe na njye ubwanjye, mfatanyije na Producer Loader ndetse na Bernard Bagenzi. Yiganjemo amagambo y’urukundo, ariko ikaba yaraturutse ku buzima busanzwe aho hari abakundana bagahitamo guhishanya cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga.'

    Lisaa asobanura ko muri iyi ndirimbo, agaragaza ishusho y’umukobwa wemera urukundo rwe ku mugaragaro, akumva ko gukundana bitagomba kuba ibanga igihe ari urukundo nyarwo. Avuga ko 'Ig Post' yibutsa abantu ko urukundo rugomba no kwigaragaza, cyane cyane mu bihe bidasanzwe nko mu gihe cya Saint Valentin.

    Yagize ati 'Aha, umukobwa aba ashaka ko uwo bakundana atamuhisha, ahubwo akamwereka abandi, akabishyira kuri Instagram cyangwa ku zindi mbuga nkoranyambaga, bikamenyekana ko ari umuntu wafashwe, ko akundwa kandi ko akundana.'

    Uyu muhanzikazi akomeza avuga ko iyi ndirimbo ari uburyo bwo kwereka uwo ukunda ko wamwihariye, ko umwishimiye kandi ko umwiyumvamo, ibintu avuga ko abantu benshi bifuza kubona mu rukundo rw’iki gihe.

    Ati 'Ni indirimbo ishobora kuba igikoresho cyiza cyo kubwira uwo ukunda ko ari uwe wenyine, ko umwishimiye kandi ko witeguye kubimwereka n’abandi,' yakomeje atyo.

    Amashusho y’iyi ndirimbo 'Ig Post' yakozwe na John Elarts, aho agaragaza ubuhanga mu guhuza ishusho n’ubutumwa bw’indirimbo, bikagira uruhare mu gutuma iyi ndirimbo igera ku mutima w’abayireba.

    Mu ncamake, 'Ig Post' ni indirimbo yerekana ko Lisaa akomeje gukura mu muziki, akazana inkuru zishingiye ku buzima busanzwe, ariko zifite ubutumwa bufite aho buhurira n’abantu benshi, cyane cyane urubyiruko ruri mu rukundo n’uruha agaciro imbuga nkoranyambaga.

    Ni intangiriro ikomeye y’umwaka we, kandi ikimenyetso cy’uko afite intego yo kwagura imbago z’umuziki we kurushaho.

    Lisaa yashyize hanze indirimbo IG Post

    Lisaa ni umwe mu bahanzikazi barimo kuzamuka neza

    IG Post ni indirimbo y’urukundo iryoheye amatwi

    Source : http://isimbi.rw/mu-ndirimbo-ig-post-lisaa-yagaragaje-urukundo-rutajya-ruhishirwa-ku-mbuga.html

  • Bull Dogg na Logan Joe bashimangiye ko Hip Hop igeze ku rwego rwo kwihagararaho no kugaragaza ishema ry'abayiririmba n'abayikunda #rwanda #RwOT

    Ubwiyongere bw'ibitaramo byubakiye ku njyana ya Hip Hop bukomeje gufatwa nk'intambwe ikomeye mu iterambere ry'umuziki w'u Rwanda, by'umwihariko ku baraperi n'abakunzi b'iyi njyana. Ibi ni byo abaraperi bakomeye barimo Bull Dogg na Logan Joe batangaje, bashimangira ko Hip Hop igeze ku rwego rwo kwihagararaho no kugaragaza ishema ry'abayiririmba n'abayikunda.

    Aba baraperi bavuze ibi nyuma yo guhura mu gitaramo 'Mu Cyumba cya Rap', cyabaye umwanya mwiza wo kongera guhuza abaraperi n'abafana, kigaragaza ko Hip Hop ikomeje gukundwa no gutera imbere mu Rwanda. Ubu, aba bahanzi bagiye kongera guhurira mu kindi gitaramo gikomeye cya Hip Hop cyiswe 'Mic Tribe', giteganyijwe kubera muri Mundi Center ku wa Gatandatu tariki ya 7 Gashyantare 2026.

    Igitaramo 'Mic Tribe' kitezweho kuzaba ikirori nyakuri cya Hip Hop, aho abaraperi batandukanye bazahurira ku rubyiniro rumwe bagasangira impano n'ubuhanga bwabo. Mu bahanzi bazakitabira harimo Bull Dogg, Logan Joe, Fifi Raya, B-Threy, Pro Zed, ndetse na Yosh-B Bahati, umuhanzi w'inararibonye uturutse mu Mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), uzanye umwimerere n'imbaraga z'umuziki wo mu Karere.

    Bull Dogg yagaragaje ko ibi bitaramo bigenda byiyongera bigaragaza ko Hip Hop itakiri injyana yo ku ruhande, ahubwo ari igice gikomeye cy'umuco w'urubyiruko n'uruganda rw'imyidagaduro. Logan Joe na we yunzemo ko guhuriza hamwe abaraperi batandukanye bifasha guteza imbere ubufatanye, guhanga udushya no gukomeza gusunika Hip Hop ku rwego mpuzamahanga.

    Abakunzi b'umuziki wa Hip Hop barasabwa kwitegura igitaramo 'Mic Tribe', kuko giteganyijwe kuzaba urubuga rwo kugaragaza impano, ubutumwa n'ingufu z'iyi njyana ikomeje kwigarurira imitima ya benshi. Ni amahirwe yo kwishimira iterambere rya Hip Hop no gushyigikira abahanzi bakomeje kuyihesha ishema.

    Source : https://kasukumedia.com/bull-dogg-na-logan-joe-bashimangiye-ko-hip-hop-igeze-ku-rwego-rwo-kwihagararaho-no-kugaragaza-ishema-ryabayiririmba-nabayikunda/

  • Abakunzi b'imyidagaduro ntimuzacikwe n'igitaramo 'FIRST CLASS FRIDAY' kizabera Ti'Amo Lounge #rwanda #RwOT

    Igitaramo cyo ku wa Gatanu giteganyijwe muri Bar & Resto Ti'Amo Lounge i Remera kiraca impaka ugereranyije n'ibyo abantu basanzwe babona mu myidagaduro yo mu mpera z'icyumweru. Ni igitaramo kije gutanga umunezero udasanzwe, kigahuza umuziki, ibyishimo n'ikirere cyihariye cy'ahantu hakomeje kuvugwa na benshi kubera serivisi nziza batanga.

    Igitaramo cyiswe 'FIRST CLASS' kizaba ku wa Gatanu tariki ya 6 Gashyantare 2026, kikaba kitezweho guhuza abakunzi b'imyidagaduro bose bifuza kuruhuka, gusabana no kwidagadura mu buryo butandukanye. Umuziki uzaba uvanze neza n'aba-DJ b'inararibonye barimo DJ Caspi na DJ Cyusa, bazasusurutsa abakunzi b'umuziki w'ingeri zose, haba uw'ubu, uw'umuco n'uw'ibyamamare byo ku rwego mpuzamahanga.

    Si umuziki gusa uzaba uhari, kuko n'abazasusurutsa nka Zeby na Tania bazaba baje gutanga ibyishimo byihariye, bazaba bari gususurutsa igitaramo mu buryo butuma abacyitabiriye batazabyibagirwa. Niba warazengurutse henshi ushaka aho waruhukira muri weekend ukabura gica, iki ni cyo gisubizo cyawe.

    By'umwihariko, Ti'Amo Lounge yashyizeho promotion idasanzwe ya 20% izatangira guhera ku isaha y'isaa 10:00 z'ijoro, bigatuma buri wese abasha kwishimira igitaramo atabangamiwe n'ibiciro. Ku batarahagera na rimwe, si umwanya wo kwibaza cyangwa kwiganyira, ahubwo ni umwanya wo kuhagera ukihera ijisho serivisi nziza n'ikirere cyiza bihasanzwe.

    Ti'Amo Lounge i Remera iragutegereje wowe n'abawe, tangira witegure kuko FIRST CLASS FRIDAY si igitaramo gisanzwe, ni uburambe budasanzwe mu mikorere yo gushimisha abitabira ibirori.

    Abakunzi b'imyidagaduro ntimuzacikwe n'igitaramo 'FIRST CLASS FRIDAY' kizabera Ti'Amo Lounge

    Source : https://kasukumedia.com/abakunzi-bimyidagaduro-ntimuzacikwe-nigitaramo-first-class-friday-kizabera-tiamo-lounge/

  • Yari imaze ukwezi nta ntsinzi! Rayon Sports yatsinze AS Kigali #rwanda #RwOT

    Igitego kimwe rukumbi cya Mugisha Didier yatsinze AS Kigali cyahesheje Rayon Sports amanota atatu ihita inafata umwanya wa wa gatandatu mu rutonde rwa Shampiyona.

    Rayon Sports yakinaga umukino w’umunsi wa 18 aho yari yasuye AS Kigali kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Gashyantare 2026.

    Rayon Sports ikaba yari ikumbuye intsinzi aho yaherukaga gutsinda AS Muhanga 2-0 tariki ya 4 Mutarama 2026.

    Igice cya mbere yagikinnye ishaka igitego ku kabi n’akeza aho yaremye uburyo butandukanye ariko ntiyabubyaza umusaruro.

    Rayon yaje kubona igitego cya mbere ku munota 36 cyatsinzwe na Mugisha Didier ni kuri kufura yari itewe Emery Bayisenge ugakubita igiti cy’izamu ukagaruka maze Didier ahita ashyira mu izamu. Amakipe yombi yagiye kuruhuka ari 1-0.

    Mu gice cya kabiri cya kabiri, AS Kigali yashyizemo imbaraga ndetse ubona ko yarushije Rayon Sports, ishaka kwishyura ariko biranga. Umukino warangiye ari 1-0.

    Gutsinda uyu mukino Rayon Sports yahise ifata umwanya wa 6 n’amanota 29, APR FC ya mbere ifite 36, Al Hilal 35, Police FC 34, Al Merreikh 32, Mukura VS 30.

    Wari umukino utoroshye

    Mugisha Didier yatsinze igitego cye cya mbere muri Rayon Sports

    Bishimira igitego cya Mugisha Didier

    Rayon Sports yabonye amanota 3 yari ikeneye

    Source : http://isimbi.rw/yari-imaze-ukwezi-nta-ntsinzi-rayon-sports-yatsinze-as-kigali.html